
Urwego rutegura Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda, BK Pro League, rwatangaje uko ibikombe bya shampiyona ya 2025/2026 bizatangwa, nyuma y’impaka zari zimaze iminsi zivugwa kubera amakipe yo muri Sudani ari gukina muri iyi shampiyona.
Mu itangazo ryashyizwe hanze na BK Pro League, yavuze ko ikipe izarangiza iri ku mwanya wa mbere muri rusange izahabwa igikombe cya “BK Pro League Champions 2025/26”, kabone n’iyo yaba ari ikipe yo muri Sudani. Gusa kandi hanateganyijwe igikombe cya kabiri kizahabwa ikipe y’u Rwanda izaba yaritwaye neza kurusha izindi, ari yo izahagararira igihugu mu mikino ya CAF Champions League.
Ibi bije nyuma y’uko Al Hilal Omdurman ikomeje kuyobora urutonde rwa BK Pro League n’amanota 67, ikaba iri imbere ya APR FC ifite amanota 56. Indi kipe yo muri Sudani, Al Merrikh SC, nayo iri mu makipe ari imbere ku rutonde rwa shampiyona.
BK Pro League yavuze ko “amakipe yo muri Sudani yemerewe gukina muri shampiyona kubera ibibazo by’intambara biri mu gihugu cyayo, ariko atazahabwa amafaranga y’ibihembo ndetse atanemerewe guhagararira u Rwanda mu marushanwa ya CAF”. Bivuze ko ikipe y’u Rwanda izarangiza iri hejuru y’andi makipe yo mu gihugu ari yo izahabwa uburenganzira bwo gukina amarushanwa nyafurika.

Ikipe ya Al-Hilal Omdurman niyo ufite amahirwe yo gutwara Shampiyona y’ u Rwanda.

APR FC niyo ihabwa amahirwe yo kuba iya mbere mu makipe yo mu Rwanda igatwara miliyoni 80.









