Bizimana Helve

Ubushakashatsi bushya: Ibidukikije bishobora kugabanya stress, kwiheba n’ubwoba

Mu gihe abantu benshi bahura na stress, ubwoba n’ibindi bibazo bishobora kugira ingaruka ku buzima bwo mu mutwe, ubushakashatsi bushya bwagaragaje ko kumara igihe muri kamere bishobora gufasha mu kugabanya ibi bibazo. Ubushakashatsi bwasesenguye inyigo 25 zakorewe ku bantu 1,876, bugaragaza ko kumara igihe mu mashyamba cyangwa ahandi hantu hari ibimera byinshi bishobora kugabanya ibipimo…

Soma inkuru yose

Umunyakenya krazy Kenna yasabye Perezida Kagame ifoto nyuma yo kumubona imbona nkubone

Umunyakenya uzwi nka Krazy Kenna, ukora ibihangano byo gusetsa no kwidagadura ku mbuga nkoranyambaga, yagaragaje ibyishimo bikomeye ubwo yahuraga imbona nkubone na Perezida Paul Kagame, amusaba ko bafata ifoto y’urwibutso. Krazy Kenna ari mu Rwanda aho yaje nk’umukoresha w’imbuga nkoranyambaga ukunze gukoresha ibihangano bye mu kugaragaza ibintu bibaho mu buzima bwa buri munsi. Ku wa…

Soma inkuru yose

Tariki ya 24 Kanama: Ibikorwa n’amateka byaranze uyu munsi

Turi ku wa 24 Kanama 2026, umunsi wa 236 mu minsi igize umwaka. Hasigaye iminsi 129 ngo umwaka wa 2026 ugere ku musozo. Uyu munsi kandi wahariwe Umunsi Mpuzamahanga w’Imiziki idasanzwe (International Strange Music Day), umunsi ugamije gushishikariza abantu kumva no kuvumbura imiziki itandukanye n’iyo basanzwe bakunda. Nk’uko IGIHE ibivuga, tariki ya 24 Kanama ni…

Soma inkuru yose

MINEDUC yasobanuye ikosa ryatumye uwabaye uwa mbere mu bizamini bya Leta ataboneka mu muhango wo gutanga ibihembo

Ku wa 20 Kanama 2026, ku mbuga nkoranyambaga havutse impaka nyuma y’uko Uwamariya Leontine, wabaye uwa mbere mu bizamini bya Leta bisoza icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye, atagaragaye mu muhango wo gutanga ibihembo. Uwamariya ukomoka mu Karere ka Rusizi, yigaga mu Ishuri ry’Isumbuye rya ISF Nyamasheke, aho yagize amanota 98,7%, anganya na Musonga Isimbi Orah wigaga…

Soma inkuru yose

Abaganga bakuye mu ruhago rw’inkari rw’umurwayi ibuye ripima ibiro 3,1

Abaganga bo muri Sri Lanka bakoze igikorwa kidasanzwe cyo kubaga umugabo w’imyaka 55, bakamukuramo ibuye ryari mu ruhago rw’inkari ripima ibiro 3,1, bikekwa ko rishobora kuba ari ryo rinini cyane rimaze gukurwa mu muntu. Iki gikorwa cyabereye mu Bitaro byo mu Mujyi wa Trincomalee, mu Burasirazuba bwa Sri Lanka, mu cyumweru cyabanje. Uyu murwayi yari…

Soma inkuru yose

Utumashini twumisha inzara twica hafi 70% by’utunyangingo tw’uruhu

Ubushakashatsi bwakozwe n’abashakashatsi bo muri University of California San Diego muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bugaragaza ko imashini zikoreshwa muri za salon mu kumisha inzara za gel zishobora kwangiza utunyangingo tw’uruhu, bitewe n’imirasire ya ultraviolet (UV). Nk’uko IGIHE ibitangaza, ubu bushakashatsi bwatangajwe muri Nature Communications, bukaba bugaragaza ko gukoresha izi mashini kenshi bishobora kugira…

Soma inkuru yose

Super Cup ya FERWAFA ya 2026 yaburiwe igisobanuro nyuma y’uko APR FC yikuye mu irushanwa

Super Cup ya FERWAFA ya 2026 izakinwa mu buryo budasanzwe nyuma y’uko APR FC, yatwaye ibikombe bikomeye mu Rwanda mu mwaka w’imikino ushize, yikuye muri iri rushanwa. FERWAFA yatangaje ko Super Cup 2026 izitabirwa n’amakipe ane, aho azabanza gukina imikino ibiri ya ½ cy’irangiza, ubundi hakazakinwa umukino wa nyuma. Uyu mwanzuro wafashwe nyuma y’ibiganiro FERWAFA…

Soma inkuru yose

Uganda irateganya kwimurira umurwa mukuru i Nakasongola

Uganda iri gutekereza kwimurira umurwa mukuru wayo i Nakasongola, mu rwego rwo kubaka umujyi mushya wateguwe neza no gukemura ibibazo bikomeje kugaragara muri Kampala. Iki gitekerezo cyatangajwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Iterambere ry’Imijyi, Margaret Muhanga, ubwo yasobanuraga imbere y’Inteko Ishinga Amategeko gahunda zijyanye n’igenamigambi ry’imijyi. Muhanga yavuze ko Nakasongola ari ahantu hafite akamaro mu…

Soma inkuru yose

Kumara umwanya munini kuri telefone bishobora kongera ibyago by’umubyibuho ukabije

Ubushakashatsi bwakozwe muri Colombia bwerekanye ko gukoresha telefone zigezweho igihe kinini bishobora kuba bifitanye isano no kwiyongera kw’ibyago byo kugira umubyibuho ukabije. Nk’uko IGIHE yabitangaje, urubyiruko rumara amasaha arenga atanu ku munsi kuri telefone rufite ibyago biri hejuru ku kigero cya 43% byo kugira umubyibuho ukabije. Ubu bushakashatsi bwakorewe ku banyeshuri 1,060 biga ibijyanye n’ubuzima…

Soma inkuru yose