Ku isaha ya tatu n’iminota 45 kuri uyu wa Mbere wa Pasika, tariki 21 Mata 2025, ni bwo inkuru y’urupfu rw’Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Francis yamenyekanye binyuze mu itangazo ryasomwe na Karidinali Kevin Farrell, yemeza ko yaguye aho yari atuye muri Casa Santa Marta i Vatikani.
asigaranye igice gito cy’ibihaha kubera kubagwa, akaba yanagenderaga mu kagare k’abarwayi kubera indwara y’amavi itamwemereraga guhagaraga ngo ashingure igihe kirekire, ndetse n’iz’izabukuru.
Amatariki yibukwa cyane mu burwayi bwe, ni iya 22 Gashyantare 2025, ubwo ibiro bye byatangazaga ko akomeje kuremba cyane, ko yanashyizwe ku mashini zimufasha guhumeka.
Iminsi 38 yamaze mu bitaro yarangiranye n’itariki ya 23 Werurwe, ubwo yagaragaraga mu ruhame aseka ndetse anasuhuza abakirisitu bari bateraniye hafi y’aho yari ari ku ngazi y’ahitwa Gemelli. Yavuye i Roma icyo gihe asubira i Vatican kugira ngo akomeze kwitabwaho n’abaganga, cyane ko yari yasabwe gufata ikiruhuko cy’amezi abiri.
Ejo kuri Pasika ni bwo Papa Fransis yagaragaye ari muri ‘Pope Mobile, imodoka yifashishwa igihe Papa ari kuzenguruka mu mbaga y’abantu benshi, ndetse abifuriza umunsi mwiza w’izuka rya Kristu, mu butumwa bwa nyuma yatangiye imbere y’imbaga y’abasaga ibihumbi 50 bari baje guhimbaza Pasika ku rubuga rwa Bazilika yitiriwe Mutagatifu Petero.
Umuyobozi wa nyuma wahuye na Papa, ni Visi Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, James David Vance, aho bagiranye inama yihariye muri Casa Santa Marta i Vatikani.
Abayobozi mu nzego zitandukanye basohoye ubutumwa bwo kwihanganisha Abakristu Gatolika hirya no hino ku Isi, uhereye kuri uyu James David Vance bahuye bwa nyuma, Umwami w’u Bwongereza, Charles III; Perezida wa Komisiyo y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, Ursula von der Leyen; Minisitiri w’Intebe w’u Butaliyani, Giorgia Meloni.
Hari kandi Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron; Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde, Narendra Modi; Minisitiri w’Intebe wa Leta zunzwe ubumwe z’Abarabu, Sheikh Mohammed bin Rashid Al Maktoum; Umwami wa Jordan, Abdullah bin Al Hussein n’abandi.
Hakurikiyeho iki?
Iyo Papa yitabye Imana, amategeko ateganya ko mu minsi iri hagati ya 15 na 20 ari bwo haba hamenyekanye umusimbura we. Ni itora rikorwa mu nzira izwi nka ‘Conclave’.
Ibikorwa by’amatora bitangizwa na missa idasanzwe ya mu gitondo. Nyuma y’iyo missa, hatangazwa amagambo agira ati “Extra Omnes” bivuze ngo “abandi bose basohoke”, maze Abakaridinali bakarahirira kubika ibanga.
Nyuma y’ibyo, Abakaridinali bose bafite munsi y’imyaka 80 cyangwa bemerewe gutora, bateranira muri Chapelle ya Sistine, yakiriye Conclaves zose kuva mu 1858.
Kuri ubu Abakaridinali batanu bahabwa amahirwe menshi yo kuramutswa Intebe y’Ubushumba bwa Kiliziya Gatolika ku Isi, ni Umunya-Philippines Luis Antonio Tagle; Umutaliyani Pietro Parolin; Umunya-Ghana Peter Turkson; Umunya-Hungary Peter Erdő n’Umutaliyani Angelo Scola.