Abanyeshuri barenga Ibihumbi 258 mu bizamini bya Leta by’amashuri yisumbuye

Ibizamini bya Leta bisoza umwaka w’amashuri wa 2025/2026 mu cyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye (O-Level) n’icyiciro cya kabiri (A-Level) biratangira ejo ku wa Gatatu, tariki ya 15 Nyakanga 2026, hirya no hino mu Rwanda. Ibi bizamini biteganyijwe ko bizasozwa ku wa 24 Nyakanga 2026, nk’uko bigaragara mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’inzego zibishinzwe kuri uyu wa Kabiri…

Soma inkuru yose

NHIC Yakoresheje Ubwenge Buhangano na ‘e-Banguka’ mu Guhindura Urwego rw’Ubuzima

Ikigo cy’Igihugu Gikusanya Amakuru Ajyanye n’Ubuzima (NHIC) cyatsinze intambwe ikomeye mu mavugurura y’urwego rw’ubuvuzi mu Rwanda, nyuma yo gutangaza ko ubu gifite ubushobozi bwo gukusanya amakuru afite ubuziranenge n’icyizere ku gipimo cya 90,1%. Ibi byatangarijwe mu nama yahuje ibihugu byo muri Afurika ku wa 13 Nyakanga 2026, aho n’u Rwanda rwagaragaje ko ubu buryo bushya…

Soma inkuru yose

BNR Yatangije eKash, Uburyo Bushya Buzoroshya Kohereza Amafaranga Hagati ya Banki na Mobile Money

Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) yatangaje ku mugaragaro itangizwa rya Rwanda National Digital Payment System (RNDPS/eKash), uburyo bushya bwo kwishyurana hifashishijwe ikoranabuhanga buzafasha abakiliya kohereza no kwakira amafaranga hagati ya banki zitandukanye n’abatanga serivisi za Mobile Money mu buryo bwihuse, bwizewe kandi buhendutse. Iyi gahunda yatangiye gushyirwa mu bikorwa kuri 14 Nyakanga 2026, ikaba ari…

Soma inkuru yose

Wari Uzi ko Umugore Ashobora Kwihagarika Ahagaze? Menya Agakoresho Kabimufasha

Mu gihe ikoranabuhanga rikomeje gutanga ibisubizo ku bibazo bitandukanye abantu bahura na byo mu buzima bwa buri munsi, hari ibikoresho bishya bikomeje guhindura uburyo ibikorwa bisanzwe bikorwa. Kimwe muri byo ni Female Urination Device (FUD), agakoresho kagenewe gufasha abagore n’abakobwa kwihagarika bahagaze aho kwicara. Nubwo aka gakoresho kataramenyekana cyane mu Rwanda, mu bihugu byinshi kamaze…

Soma inkuru yose

PAC Yashimangiye Gukurikiranira Hafi Inzego Zagaragayemo Imicungire Mibi y’Umutungo wa Leta

Komisiyo y’Umutwe w’Abadepite ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’imari n’umutungo bya Leta (PAC) yatangaje ko izakomeza gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’inama yatanze ku nzego zagaragayemo amakosa mu micungire y’umutungo wa Leta, hagamijwe gukomeza kubazwa inshingano no kunoza imiyoborere. Ibi byagarutsweho nyuma y’uko inzego zitandukanye za Leta zitumijwe gusobanura ibibazo byagaragajwe muri raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta….

Soma inkuru yose

Ikibazo cy’ibinyobwa bitujuje ubuziranenge gikomeje guhangayikisha Leta y’u Rwanda

Ikibazo cy’ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye bitujuje ubuziranenge gikomeje kuba kimwe mu bibazo bihangayikishije inzego z’ubuyobozi mu Rwanda, nyuma y’uko hagaragaye abantu benshi bagize ibibazo by’ubuzima ndetse n’abapfuye bazize kubinywa. Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Habimana Dominique, yavuze ko bitangaje kubona bamwe mu baturage bagikomeza kunywa inzoga zizwiho kuba zishobora guteza ibibazo, harimo n’izifite amazina ateye ubwoba nka “Dundubwonko”….

Soma inkuru yose

U Burusiya bwahagaritse drones nyinshi zari zoherejwe kugaba igitero i Moscow.

U Burusiya bwatangaje ko bwaburijemo igitero gikomeye cya drones cyari kigamije Umujyi wa Moscow, aho ingabo zabwo zarashe indege zitagira abapilote nyinshi zoherejwe na Ukraine mbere y’uko zigera ku ntego zazo. Aya makuru yatangajwe n’Umuyobozi wa Moscow, Sergey Sobyanin, wavuze ko ku Cyumweru ubwirinzi bwo mu kirere bw’u Burusiya bwashenye drones nyinshi zari zerekeje ku…

Soma inkuru yose

Perezida Kagame Yageze i Doha mu Ruzinduko rwo Gufata mu Mugongo Umuryango wa Cyami wa Qatar

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yageze i Doha muri Qatar mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, mu ruzinduko rugamije kwifatanya n’iki gihugu mu kababaro k’urupfu rwa Sheikh Hamad bin Khalifa Al Thani, watabarutse ku wa 12 Nyakanga 2026. Umukuru w’Igihugu n’itsinda yari ayoboye bakiriwe ku Kibuga cy’Impuzamahanga n’abayobozi batandukanye, barimo Minisitiri Ushinzwe…

Soma inkuru yose

Impamvu Zitera Bamwe Kwemera ko Umugabo Yakubita Umugore Zashyizwe Ahagaragara, Sobanukirwa

Mu gihe u Rwanda rukomeje gushyira imbaraga mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina no kwimakaza ihame ry’uburinganire, ubushakashatsi buherutse gusohoka bwagaragaje ko hakiri abaturage benshi bemera ko hari impamvu zatuma umugabo akubita umugore we. Iyi myumvire igaragara cyane mu bantu batize, abafite amashuri make ndetse no mu bakobwa bakiri bato. Ibyavuye muri ubu bushakashatsi byerekana…

Soma inkuru yose

Guverinoma yerekanye ko ibura ry’amazi ari ikibazo gikomeye gikwiye kwitabwaho.

Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva, yatangaje ko Guverinoma ihangayikishijwe n’ikibazo cy’ibura ry’amazi gikomeje kugaragara hirya no hino mu gihugu, cyane cyane muri iki gihe cy’impeshyi, kikaba gifite ingaruka ku mibereho y’abaturage. Mu bice bitandukanye by’igihugu, abaturage bakomeje kugaragaza ikibazo cy’amazi make, aho hari n’aho igiciro cy’ijerekani imwe cyazamutse kigera hagati ya 700 Frw na 1000…

Soma inkuru yose

Iran yagabye ibitero mu bihugu bitandatu inemeza ko umuhora wa Hormuz wafunzwe.

Iran yakajije ibikorwa bya gisirikare mu Burasirazuba bwo Hagati, igaba ibitero ku bihugu bitandatu birimo Qatar, Oman, Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE), Jordan, Bahrain na Kuwait, mu gihe amakimbirane hagati yayo na Leta Zunze Ubumwe za Amerika akomeje gufata indi ntera. Ibi bitero byakurikiye guhererekanya misile na drones hagati ya Iran na Amerika. Ibihugu byibasiwe…

Soma inkuru yose

RBC: Ubwandu bwa Virusi itera Sida mu bagabo baryamana bahuje ibitsina buri kuri 5.8%

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) cyatangaje ko abagabo baryamana n’abo bahuje ibitsina bakomeje kuba mu byiciro byugarijwe cyane na Virusi itera Sida mu Rwanda, aho ubushakashatsi bwacyo bugaragaza ko ubwandu muri iki cyiciro buri ku gipimo cya 5.8%. Amakuru ya RBC agaragaza kandi ko umubare w’abagabo baryamana n’abo bahuje ibitsina wiyongereye uva ku bihumbi 18…

Soma inkuru yose

U Rwanda Rugiye Gutangiza Serivisi ya ‘Gériatrie’ Yo Kwita ku Bageze mu Zabukuru

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje gahunda nshya igamije guteza imbere ubuzima bw’abageze mu zabukuru, aho bagiye kujya bahabwa serivisi z’ubuvuzi zibagenewe by’umwihariko ndetse bakigishwa uburyo bwo kubaho ubuzima buzira umuze no gukomeza kugira imbaraga nubwo imyaka yaba yiyongereye. Ibi byatangajwe na Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, ubwo yagezaga ibisobanuro ku Nteko Ishinga Amategeko ku wa 9…

Soma inkuru yose

Ese umutima ushobora gukunda abantu barenze umwe? Dore icyo ubushakashatsi bugaragaza

Hari imyemerere imaze igihe ivuga ko urukundo rumeze nk’umugati cyangwa keke ugabanywa: iyo umuntu umwe abonye igice kinini, undi asigaranwa gito. Iyi myumvire ni yo ituma abantu benshi bagira ishyari, bagatinya ko umukunzi wabo naramuka agaragarije undi rukundo, urwo babahaga ruzahita rugabanuka. Ariko ubushakashatsi n’isesengura ryatanzwe na Aaron Ben-Ze’ev, impuguke mu mitekerereze ya muntu, bugaragaza…

Soma inkuru yose

Karan Patel yegukanye Rwanda Mountain Gorilla Rally 2026, isiganwa ryagaragayemo abagore bane

Isiganwa rya Rwanda Mountain Gorilla Rally 2026 ryasojwe kuri iki Cyumweru tariki ya 12 Nyakanga 2026, Umunya-Kenya Karan Patel aryegukana nyuma yo kwitwara neza mu byiciro byose byari bigize iri rushanwa. Patel, wari ufatanyije n’umwungiriza we Khan Tauseef mu modoka ya Skoda Fabia R5, yasoje iri siganwa akoresheje isaha imwe, iminota irindwi n’amasegonda 53, yegukana…

Soma inkuru yose

Menya amakuru y’ingenzi ku bihangano bitatu biteganyijwe gushyirwa mu Karere ka Karongi.

Akarere ka Karongi kagiye gushyira ibihangano nyabugeni bitatu ahantu h’ingenzi ku mihanda yinjira mu mujyi, hagamijwe kugaragaza umwihariko wako no guteza imbere ubukerarugendo. Ibi bihangano bizubakwa mu isantere ya Rubengera, ku bwinjiriro bw’Umujyi wa Karongi uturutse i Rubengera, ndetse no muri rond-point iri imbere y’Ibitaro bya Kibuye. Umuyobozi w’Akarere ka Karongi, Muzungu Gerald, yavuze ko…

Soma inkuru yose

Gisagara: Hamenwe Litiro Zirenga 3,000 z’Inzoga Zitujuje Ubuziranenge Zacuruzwaga Nk’Urwagwa

Mu rwego rwo gukaza ingamba zo kurwanya ibiyobyabwenge n’inzoga zitujuje ubuziranenge, Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo, ku bufatanye n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze n’abaturage, yamennye litiro zirenga 3,000 z’inzoga z’inkorano zizwi nka “Nyirantare”, zari zafatiwe mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara. Izi nzoga zari zibitswe mu rugo rw’umuturage wo mu Mudugudu wa Bwinyambo, Akagari…

Soma inkuru yose

Nyuma ya “Uriyo”, Alicia na Germaine bongeye gushimangira ubukaka bwabo na “Ibanga”

Abahanzi baririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Alicia na Germaine, bakomeje kwerekana izamuka rikomeye mu muziki wa Gospel nyuma y’uko indirimbo yabo nshya “Ibanga” ikomeje kwakirwa ku rwego rwo hejuru n’abakunzi bayo. Iyi ndirimbo yashyizwe hanze ku wa 8 Nyakanga 2026, ihita ikundwa n’abatari bake kuva ku munsi wa mbere. Mu masaha 24 ya…

Soma inkuru yose

Ese ujya wibaza impamvu amaherena atakiri ayo ku matwi gusa ? Sobanukirwa byose!

Mu myaka nka 20 ishize, kubona umugabo wambaye iherena cyangwa umukobwa wifashishije imitako idasanzwe ku mubiri byashoboraga gutuma abantu bamureba nk’udasanzwe cyangwa uciye ku muco. Icyo gihe amaherena yari azwi nk’umurimbo ugenewe cyane abagore n’abakobwa, kandi akambarwa ku matwi gusa. Gusa uko isi yagiye ihinduka, n’imyumvire y’abantu ku bijyanye n’imideri, uburanga no kwigaragaza yarahindutse ku…

Soma inkuru yose

RDF Yashimiye Abasirikare Basezerewe ku Murimo, Ishima Uruhare Bagize Mu Kurinda Igihugu

Ingabo z’u Rwanda (RDF) zashimiye ba Ofisiye baherutse kujya mu kiruhuko cy’izabukuru n’abarangije amasezerano y’akazi, zibashimira uruhare bagize mu kubaka no guteza imbere igisirikare cy’u Rwanda no kurinda ubusugire bw’igihugu. Uyu muhango wabereye ku Cyicaro Gikuru cya RDF ku Kimihurura, uyobowe na Minisitiri w’Ingabo, Juvénal Marizamunda, witabiriwe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo, General Mubarakh Muganga, n’abandi bayobozi…

Soma inkuru yose

Icyo urumogi rukora mu bwonko iyo rukoreshejwe kenshi

Abantu benshi bakoresha urumogi buri munsi bavuga ko rutakibatera kumva basinze nk’uko byabagendekeraga mbere. Ahubwo bavuga ko barukoresha kugira ngo bumve “bameze nk’ibisanzwe.” Mu gihe benshi bafataga ibi nk’ikimenyetso cy’uko umubiri wamaze kurumenyera (tolerance), ubushakashatsi bushya bugaragaza ko hari ikindi kiba cyarabaye: ubwonko buba bwaramaze kwihindura kugira ngo bujyane n’ikoreshwa rya buri munsi ry’urumogi. Ibi…

Soma inkuru yose

DRC: Abatavuga Rumwe n’Ubutegetsi Basabye Tshisekedi Guhagarika Gahunda yo Guhindura Itegeko Nshinga

I Kinshasa, Ihuriro C64, rihuza amashyaka n’abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi, ryatangaje ko ritazemera kwitabira ibiganiro bya politiki bifite ireme igihe cyose hakomeje gahunda yo guhindura Itegeko Nshinga rya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC). Iri huriro rivuga ko ibiganiro bishobora gutanga umusaruro ari ibigamije gushakira igihugu ibisubizo birambye, aho kwibanda gusa…

Soma inkuru yose

Abagore n’abagabo ntibasaza kimwe mu bwonko, dore icyo abahanga babonye

Abahanga mu by’imikorere y’ubwonko bagaragaje ko uko ubwonko busaza bitandukana hagati y’abagore n’abagabo. Ubushakashatsi bushya bwerekana ko hari igice cy’ingenzi cy’ubwonko gifasha kwibuka no kwiga gitangira guhinduka hakiri kare ku bagore kurusha abagabo, ibintu bishobora gusobanura impamvu indwara zimwe na zimwe zifata ubwonko, zirimo na Alzheimer, zikunda kugaragara cyane ku bagore. Ubu bushakashatsi bwakozwe n’itsinda…

Soma inkuru yose

Abaryamana bahuje ibitsina bakomeje guhura n’imbogamizi, nyuma ya Turikiya hatahiwe Misiri

Ubwato bw’abagenzi bwari butwaye abantu benshi bo mu muryango wa LGBTQ n’ababashyigikiye bwabujijwe kwinjira mu Misiri, nyuma y’uko na mbere yaho bwari bwamaze kwangirwa guhagarara ku byambu byo muri Turikiya. Ibi byabaye mu rugendo rwari ruteganyijwe kumara iminsi 10, ibintu byakuruye impaka n’ukutishimira icyemezo cyafashwe n’ibihugu byombi. Ubwo bwato bwitwa Scarlet Lady, bukaba bugenzurwa na…

Soma inkuru yose

Ishoramari mu Buhinzi Riracyari Rito, BRD Isaba Kongera Inkunga Ihabwa Abahinzi

Banki y’Amajyambere y’u Rwanda (BRD) yatangaje ko hakiri amahirwe menshi yo kongera ishoramari mu rwego rw’ubuhinzi n’ubworozi, ishimangira ko gukomeza gufasha amabanki kugabanya ibyago byo gutanga inguzanyo bizafasha abahinzi n’aborozi kubona igishoro bakeneye. Ibi byagarutsweho mu kiganiro cyibanze ku buryo bwo korohereza urwego rw’ubuhinzi kubona serivisi z’imari, aho hagaragajwe ko nubwo hari intambwe imaze guterwa,…

Soma inkuru yose

Impamvu Gusubiramo Ikintu Ari Inzira Iganisha ku Ntsinzi

Ubusesenguzi bushingiye ku ngingo zasohowe na Psychology Today Mu buzima bwa buri munsi, abantu benshi bifuza gutsinda vuba. Hari ushaka kwiga ururimi rushya mu mezi make, undi akaba yifuza kuba umuhanga mu muziki, siporo cyangwa ubucuruzi adaciye mu rugendo rurerure rw’imyitozo. Nyamara ubushakashatsi mu mitekerereze ya muntu (psychology) bugaragaza ko hari ihame rimwe ridahinduka: gusubiramo…

Soma inkuru yose

Agahinda i Nyamasheke: Umwana w’Imyaka 13 Yarohamye mu Kivu, Harakekwa ko Yasunitswemo na Mugenzi we

Umwana witwa Habumugisha Toni, wari ufite imyaka 13 y’amavuko wo mu Karere ka Nyamasheke, yapfiriye mu Kiyaga cya Kivu nyuma yo kurohama, mu gihe hakekwa ko yaba yarasunitswemo na mugenzi we w’imyaka 12. Ibi byabereye mu Mudugudu wa Bwerankori, Akagari ka Gitwa, Umurenge wa Gihombo ku wa 9 Nyakanga 2026, mu masaha y’igicamunsi, aho amakuru…

Soma inkuru yose

Nyabarongo II igiye kongererwa amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba angana na megawatt 200.

Minisitiri w’Intebe, Dr. Nsengiyumva Justin, yatangaje ko u Rwanda rukomeje gushyira imbaraga mu mishinga y’ingufu zigamije kongera amashanyarazi no kugabanya kwishingikiriza ku aturuka mu bihugu by’amahanga. Yabivugiye imbere y’Inteko Ishinga Amategeko kuwa 9 Nyakanga 2026, ubwo yagezaga ku Badepite n’Abasenateri ibikorwa bya Guverinoma bijyanye no gukomeza kubungabunga ubukungu no kuzamura imibereho myiza y’abaturage. Dr. Nsengiyumva…

Soma inkuru yose

Ibimenyetso 5 byerekana ko umubano wawe ushobora kurangira utabiteguye

Hari abantu benshi baba bari mu rukundo cyangwa mu rushako bumva ibintu byose bimeze neza, bakibwira ko umubano wabo uhagaze neza, ariko bagatungurwa no kubona umunsi umwe uwo bakundana ababwiye ko ashaka kubivamo. Kuri bamwe, ibyo bibabera nk’inkuba ikubise ahantu hatunguranye: nta makimbirane akomeye bari babona, nta nduru, nta gutongana gukabije, ahubwo bakumva ko bari…

Soma inkuru yose

Abagore batandukanye n’abo bashakanye bari guhindura impeta z’ubukwe iz’ubwahukane

Mu gihe abantu benshi bafata impeta y’ubukwe nk’ikimenyetso cy’urukundo n’urugo rwubatswe, hari abagore batangiye kuyibonamo ikintu kirenze urwibutso rw’ibyahise. Bamwe mu bamaze gutandukana n’abo bashakanye, aho kuyibika mu isanduku, kuyigurisha ku giciro gito cyangwa kuyireka ibabaza umutima, bahisemo kuyihinduramo indi mpeta nshya yitwa impeta y’ubwahukane. Izi mpeta ziri kugenda zimenyekana cyane mu bihugu bitandukanye, cyane…

Soma inkuru yose

U Rwanda Rwitegura Kwakira Toni Ibihumbi 40 z’Ibikomoka kuri Peteroli

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko mu mpera za Nyakanga 2026 hateganyijwe kugera ku cyambu cya Tanga muri Tanzania ubwato bwa mbere butwaye toni ibihumbi 40 z’ibikomoka kuri peteroli. Ni intambwe iri muri gahunda nshya igamije koroshya itumizwa ry’ibikomoka kuri peteroli, kugabanya ibiciro no kongera umutekano w’itangwa ryabyo mu gihugu. Gahunda Nshya Yo Gutumiza Peteroli Ibi…

Soma inkuru yose

Ashton Hall na Kagarara bari mu nzira berekeza i Kigali bavuye muri Benin

Umunyamerika Ashton Hall, uzwi cyane ku mbuga nkoranyambaga mu bijyanye n’imikino n’imyidagaduro, arimo gukomeza urugendo rwe ruzenguruka ibihugu bitandukanye bya Afurika. Nyuma yo kuva mu gihugu cya Benin, amakuru aremeza ko igihugu gikurikiyeho agomba gusura ari u Rwanda. Muri uru rugendo rwo guhura n’abafana be no gukora imikino itandukanye, Ashton Hall ntarimo kugenda wenyine. Ari…

Soma inkuru yose

Nyamagabe: Inzego z’Ubuyobozi n’Umutekano Zasabye Abaturage Gufatanya Mu Kurwanya Ibyaha

Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyepfo bufatanyije n’Ingabo z’u Rwanda (RDF), Polisi y’u Rwanda n’izindi nzego, bwakanguriye abaturage bo mu Karere ka Nyamagabe kurushaho kugira uruhare mu gukumira ibyaha, kubungabunga ibidukikije no gukomeza gufatanya n’inzego z’umutekano mu rwego rwo kubungabunga amahoro n’iterambere. Ubu bukangurambaga bwari buyobowe na Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alice Kayitesi, wari kumwe n’abayobozi b’Ingabo na Polisi,…

Soma inkuru yose

Rwamagana: Umwana w’imyaka 12 yarohamye mu Kiyaga cya Muhazi ajyanywe no kuvoma

Umwana w’umuhungu witwa Yaba Umuremyi Theonest, w’imyaka 12, wigaga mu mashuri yisumbuye ku Rwunge rw’Amashuri rwa GS Murambi, mu Kagari ka Murambi, Umurenge wa Muhazi, Akarere ka Rwamagana, yarohamye mu Kiyaga cya Muhazi ubwo yari yagiye kuvoma. Amakuru atangwa n’abaturage bavuga ko uyu mwana yari yoherejwe kuvoma, ariko ageze ku kiyaga we n’abandi bana bahitamo…

Soma inkuru yose

Mu masaha 24, Ebola yishe 74 muri RDC, abarenga 140 bayandura.

Ubwiyongere bw’abanduye Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo bwatumye umubare w’abamaze kuyandura muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ugera ku 1708, mu gihe abamaze guhitanwa na yo bageze kuri 580 kuva iki cyorezo cyatangazwa muri Gicurasi 2026. Intara ya Ituri ni yo ikomeje kwibasirwa cyane n’iki cyorezo, aho uturere twa Mongbwalu, Rwampara, Bunia, Mambasa na…

Soma inkuru yose

Ibyo Buri Mugore Akwiye Kumenya ku Miterere n’Impinduka z’Igitsina Cye

Igitsina cy’umugore ni rumwe mu ngingo z’umubiri zikunze kuvugwaho byinshi, nyamara hakaba hakiri urujijo ku miterere yacyo n’uko gihinduka mu byiciro bitandukanye by’ubuzima. Abahanga mu buvuzi bagaragaza ko ingano n’imiterere y’iki gice bitaguma uko bimeze, ahubwo bihinduka bitewe n’imikurire, imisemburo ndetse n’ibihe bitandukanye umubiri unyuramo. Nubwo abantu benshi bazi gusa igice kigaragara inyuma, igitsina cy’umugore…

Soma inkuru yose

Dangote yahisemo gushora imari muri Kenya aho kubaka uruganda rw’ibikomoka kuri peteroli muri Tanzania.

Umunyemari Aliko Dangote, uzwi nk’umuntu ukize kurusha abandi muri Afurika, yatangaje ko uruganda runini rutunganya peteroli ateganya kubaka muri Afurika y’Iburasirazuba ruzubakwa muri Kenya aho kuba muri Tanzania, ashyira iherezo ku minsi yari ishize havugwa igihugu kizakira uyu mushinga. Iki cyemezo cyatangajwe na Visi Perezida wa Dangote Industries Limited mu kiganiro yagiranye na AFP kuwa…

Soma inkuru yose

Perezida Kagame Yagizwe Umuyobozi Mukuru wa Komisiyo ya Loni Izayobora Iterambere rya AI Ku Isi

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yagizwe Umuyobozi Mukuru wa Komisiyo nshya y’Umuryango w’Abibumbye igamije guteza imbere ikoreshwa ry’ubwenge buhangano (Artificial Intelligence – AI) ku rwego rw’isi, mu rwego rwo gufasha ibihugu byose kungukira muri iri koranabuhanga no kugabanya icyuho kiri hagati y’ibihugu bikize n’ibikiri mu nzira y’amajyambere. Iyi komisiyo yiswe AI for Good…

Soma inkuru yose

Vestine na Dorcas bongeye kugaragara nyuma y’amezi atandatu: “Igihe cyo gutandukana na MIE cyari kigeze”

Nyuma y’amezi atandatu batagaragara ku mbuga nkoranyambaga no mu bikorwa by’umuziki nk’uko byari bisanzwe, abahanzikazi Vestine na Dorcas bongeye kwiyereka abakunzi babo mu kiganiro bagarutse ku rugendo rwabo, ubuzima banyuzemo muri icyo gihe ndetse n’icyerekezo gishya bafite mu muziki. Muri icyo kiganiro cyamaze iminota 16, aba bahanzikazi basobanuye byinshi ku byavuzwe nyuma yo gutandukana na…

Soma inkuru yose

Meta yugarijwe n’urubanza rukomeye ruyishinja gukoresha Facebook na Instagram mu gukurura abakiri bato

Ikigo cya Meta kiri mu gihirahiro gikomeye nyuma y’uko Leta zimwe zo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika zisabye ko cyahanishwa ihazabu ingana na miliyari 1.4 z’Amadolari, gishinjwa kuba cyarateguye imbuga nkoranyambaga za Facebook na Instagram mu buryo bukurura cyane abakiri bato, ndetse kikabeshya abaturage ku mutekano w’izo mbuga. Aya makuru yagaragajwe na Meta ubwayo…

Soma inkuru yose

RURAGERETSE HAGATI YA MBAPPÉ N’UMUSENATERI WO MURI PARAGUAY NYUMA Y’AMAGAMBO Y’IVANGURA.

Amakimbirane hagati ya rutahizamu w’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, Kylian Mbappé, na senateri wa Paraguay Celeste Amarilla bwafashe indi ntera. Ni nyuma y’uko uwo munyapolitiki atangaje amagambo yafashwe nk’irondaruhu akurikiye isezererwa rya Paraguay n’u Bufaransa mu Gikombe cy’Isi cya 2026.  Nyuma y’umukino warangiye u Bufaransa butsinze Paraguay igitego 1-0, kuri uyu wa Gatandatu tariki 4 Nyakanga 2026, Amarilla yanditse…

Soma inkuru yose