Introvert, Extrovert na Ambivert: Ese wowe uzi ikiciro uherereyemo? Sobanukirwa!

Mu buzima bwa buri munsi, abantu benshi bakunze kwibaza impamvu hari abandi bantu bakunda kuba ahantu hari abantu benshi, bakagira inshuti nyinshi kandi bakagirana umubano usesuye n’abandi bakisanzura mu buryo bwuzuye, nyamara hakaba n’abandi bakunda kwibera mu buzima bw’umutuzo cyane, bagashimishwa no kumara igihe kinini ari bonyine cyangwa mu matsinda mato bitandukanye cyane n’abandi. Mu…

Soma inkuru yose

Nyaruguru na Huye: Abagabo bane bafatiwe mu bujura bw’inka zirindwi

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo, ku bufatanye n’inzego z’ibanze ndetse n’abaturage, ikomeje ibikorwa byo gukumira no kurwanya ibyaha, aho amakuru atangwa n’abaturage akomeje kugira uruhare rukomeye mu gufata abakekwaho ibikorwa by’ubujura. Muri urwo rwego, abantu bane bakekwaho ubujura bw’amatungo bafatiwe mu bikorwa byo kwiba inka zirindwi mu Turere twa Nyaruguru na Huye. Amakuru…

Soma inkuru yose

Umuneke: Urubuto rwifitemo intungamubiri zifasha umutima, ubwonko n’igogorwa

Abahanga mu by’imirire n’ubuzima bemeza ko umuneke ari kimwe mu biribwa bikungahaye ku ntungamubiri zifasha umubiri gukora neza. Uru rubuto rurimo potasiyumu (potassium), magnesium, vitamine B6, vitamine C ndetse na fibre, byose bifite uruhare mu kubungabunga ubuzima bw’umuntu. Nubwo umuneke ukunze kuribwa nk’imbuto isanzwe cyangwa nk’akajyo hagati y’amafunguro, ubushakashatsi butandukanye bugaragaza ko ushobora kugira uruhare…

Soma inkuru yose

U Rwanda rwemeje ishyirwaho ry’ikigo cy’ubwenge buhangano (AI).

 Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 8 Kamena 2026 iyobowe na Perezida Paul Kagameyabereye muri Village Urugwiro, yemeje ishyirwaho ry’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubwenge Buhangano (AI) kikaba ari cyo kigo cya mbere kizaba gifite inshingano zo guteza imbere no kugenzura ikoreshwa rya AI mu Rwanda.  Iki kigo kizafasha kwihutisha ubushakashatsi, guhanga udushya, gukoresha no gushora imari mu ikoranabuhanga rya…

Soma inkuru yose

Ababyeyi Benshi Bibaza Impamvu Abana Batabumvira, Dore Igisubizo

Ababyeyi benshi bahura n’ikibazo cyo kubwira abana babo gukora ikintu runaka ariko ntibagikore cyangwa bakagikora nyuma y’igihe kinini. Hari ababyeyi bavuga ko bagera aho basubiramo amagambo amwe inshuro nyinshi mbere y’uko umwana ayumvira. Ibi bishobora gutera umunaniro, uburakari ndetse rimwe na rimwe bikangiza umubano mwiza wari ukwiye kuba hagati y’umwana n’umubyeyi. Nubwo bamwe batekereza ko…

Soma inkuru yose

Kanyanga yishe abantu batatu barimo abakecuru mu Karere ka Rwamagana.

Abantu batatu bo mu Murenge wa Muhazi, Akarere ka Rwamagana, barimo abakecuru babiri bafitanye isano ya hafi, bitabye Imana nyuma yo kunywa kanyanga bavuga ko bari bayifashe nk’umuti wo kubavura uburwayi bwo mu nda. Abo bakecuru, umwe w’imyaka 71 undi w’imyaka 68, batuye mu Mudugudu wa Ngendo, Akagari ka Murambi. Mu mpera z’icyumweru gishize, bahuye…

Soma inkuru yose

U Rwanda Rwanditse Amateka Muri Afurika nyuma yo Guhabwa Icyemezo Mpuzamahanga cya Teleport

Mu gihe ibihugu byinshi ku Isi bikomeje gushora imari mu ikoranabuhanga ryisumbuyeho, u Rwanda rukomeje kwigaragaza nk’imwe mu ngero z’ibihugu bya Afurika biri gutera intambwe igaragara mu rwego rw’ikoranabuhanga ry’isanzure. Ibi byongeye kugaragarira mu cyemezo mpuzamahanga giherutse guhabwa teleport y’u Rwanda, kikaba ari ikimenyetso cyerekana ko ibikorwaremezo by’itumanaho rya satellite byujuje ibisabwa ku rwego mpuzamahanga….

Soma inkuru yose

Kubera ikirere, gahunda y’amasaha ya Kigali International Peace Marathon yarahinduwe.

Abategura Irushanwa Mpuzamahanga ryo Gusiganwa ku Maguru rya Kigali International Peace Marathon batangaje ko abazasiganwa mu cyiciro cya Full Marathon (km 42) bazahaguruka saa 06:30 za mu gitondo, mu rwego rwo kwirinda ubushyuhe n’izuba rikabije rikunze kuranga ikirere cy’i Kigali muri iki gihe cy’impeshyi. Irushanwa Mpuzamahanga rya Kigali ryitiriwe amahoro, Kigali International Peace Marathon, rigiye…

Soma inkuru yose

Dore Impamvu Umukunzi Wawe Atuma Uba Umuntu Mwiza Kurushaho

Gukunda umuntu ukwiriye bishobora gufasha ubuzima bwawe kujya mu cyerekezo cyiza no kugera ku ntego wihaye. Mu buzima bwa buri munsi, abantu benshi bahora bashaka uburyo bwo kwiteza imbere. Hari abashaka kongera ubumenyi, abandi bagashaka kugira imyitwarire myiza, gukomera ku nshingano cyangwa kubaka icyizere cyo kwihesha agaciro. Akenshi, abantu bashakira ibisubizo muri gahunda z’amahugurwa, ibitabo…

Soma inkuru yose

RDC yasubije i wabo abarenga 50% by’abimukira bo muri Amerika y’Epfo birukanywe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yatangaje kuri uyu wa 5 Kamena 2026 ko abarenga kimwe cya kabiri cy’abimukira 15 bakomoka muri Amerika y’Epfo, bari barirukanywe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bakoherezwa i Kinshasa muri Mata, bamaze gusubira mu bihugu byabo by’amavuko. Kuwa 17 Mata 2026, abagabo n’abagore 15 bakomoka muri Colombia,…

Soma inkuru yose

Bruce Melodie na The Ben basabye abafana gushyigikira ubumwe mu muziki nyarwanda

Abahanzi bakomeye mu Rwanda, Bruce Melodie na The Ben, basabye abakunzi b’umuziki gushyigikira ubumwe n’imikoranire hagati y’abahanzi, mu gihe bitegura gutangira ibitaramo bizenguruka igihugu byiswe “Summer Country Tour”. Ibi babigarutseho mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye muri Camp Kigali, aho bagaragaje ko igihe kigeze kugira ngo amarushanwa hagati y’abahanzi abe ayubaka uruganda rw’umuziki aho kuba ayarusenya. The…

Soma inkuru yose

Putin yavuze ko intambara itazarangira u Burusiya butaragera ku ntego zabwo

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yongeye gushimangira ko igihugu cye kitazahagarika ibikorwa bya gisirikare muri Ukraine kugeza igihe intego zacyo zose zizaba zagezweho, nubwo Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yakomeje gusaba ibiganiro by’amahoro hagati y’impande zombi. Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye ihuriro ry’ubukungu ryabereye i Saint Petersburg ku wa 5 Kamena 2026, Putin yavuze ko…

Soma inkuru yose

AVEGA Agahozo yishimiye kwakira ivuriro rigendanwa ryatanzwe na Imbuto Foundation.

Umuyobozi Mukuru wa Imbuto Foundation, Elodie Shami, yashyikirije Umuryango AVEGA Agahozo impano y’ivuriro rigendanwa (mobile clinic), mu rwego rwo gukomeza gushyigikira ibikorwa by’ubuzima no kwegera abagenerwabikorwa b’uyu muryango. Iri vuriro rigendanwa ryashyikirijwe AVEGA Agahozo binyuze mu bufatanye hagati ya Imbuto Foundation n’Ikigo cya Leta ya Turukiya gishinzwe ubutwererane n’iterambere kizwi nka TIKA (Turkish Cooperation and…

Soma inkuru yose

Umugabo yatawe muri yombi akekwaho kwica umugore we akamumanika mu mugozi.

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Iburengerazuba yatangaje ko iri gushakisha umugabo w’imyaka 25 ukekwaho kwica umugore babanaga mu buryo bunyuranyije n’amategeko, nyuma akamumanika mu mugozi ahetse umwana wari ukiri muzima. Ibi byabereye mu Mudugudu wa Kaboneye, Akagari ka Rurara, Umurenge wa Mushonyi mu Karere ka Rutsiro, saa moya za mu gitondo (07:00) zo kuri…

Soma inkuru yose

Muhanga: Polisi y’u Rwanda yasabye urubyiruko rw’abakorerabushake kugira uruhare mu gukumira ibyaha

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yakanguriye urubyiruko rw’abakorerabushake gukomeza kugira uruhare rugaragara mu gukumira ibyaha no kubungabunga umutekano, ishimangira ko ari bamwe mu bafatanyabikorwa b’ingenzi mu kubaka igihugu gitekanye. Ibi byagarutsweho kuri uyu wa 05 Kamena 2026 mu bukangurambaga bwabereye kuri Muhanga Regional Stadium mu Karere ka Muhanga, bwahuje Polisi y’u Rwanda, ubuyobozi…

Soma inkuru yose

Mazutu yazamutseho 722 Frw, RURA itangaza ibiciro bishya by’ibikomoka kuri peteroli

Urwego Ngenzuramikorere, RURA, rwatangaje ibiciro bishya by’ibikomoka kuri peteroli bizatangira gukurikizwa guhera ku wa 6 Kamena 2026 Saa Kumi n’Ebyiri za mu gitondo, aho litiro ya mazutu yiyongereyeho amafaranga 722 Frw mu gihe iya lisansi yagumye ku giciro yari isanzweho. Nk’uko byatangajwe na RURA, litiro ya lisansi izakomeza kugurishwa 2.938 Frw, mu gihe litiro ya…

Soma inkuru yose

The Ben yateguje indirimbo nshya ‘Inshallah’ mbere ya Summer Country Tour

Umuhanzi nyarwanda The Ben yatangaje ko mu cyumweru gitaha azashyira hanze indirimbo nshya yise “Inshallah”, mu rwego rwo gutegura abakunzi b’umuziki we mbere y’uruhererekane rw’ibitaramo bya Summer Country Tour 2026 azahuriramo na Bruce Melodie. Iyi ndirimbo nshya izaba ari imwe mu mishinga mishya The Ben agejeje ku bakunzi be muri uyu mwaka wa 2026, nyuma…

Soma inkuru yose

Impamvu gukina ari ingenzi ku buzima n’ibyishimo by’abana mu gihe cya none

Mu gihe ikoranabuhanga rikomeje gufata umwanya munini mu buzima bwa buri munsi, abahanga mu buzima n’uburezi barahamya ko gukina no gukora imyitozo ngororamubiri bikomeje kuba inkingi ya mwamba mu kubungabunga ubuzima bwiza n’ibyishimo by’abana. Abana benshi ntibagikora imyitozo ihagije Mu myaka yashize, abana bakoreshaga igihe kinini bakina hanze, biruka cyangwa bitabira ibikorwa bitandukanye bya siporo….

Soma inkuru yose

Impamvu Abagore Barushaho Kwifuza Imibonano Mu Gihe cy’Uburumbuke

Hari igihe abagore benshi bumva ubushake bwo gukora imibonano mpuzabitsina bwiyongera kurusha ibindi bihe. Akenshi ibi bibaho mu gihe cy’uburumbuke, igihe umubiri uba uri gutegura cyangwa kurekura intanga ishobora gusama. Abashakashatsi bavuga ko impinduka z’imisemburo (hormones) zibera mu mubiri w’umugore muri iki gihe zishobora kugira uruhare mu kongera ubushake bw’imibonano mpuzabitsina. Impinduka Zigaragara Mu Mubiri…

Soma inkuru yose
Ibishanga

Kigali: Umushinga wo Gutunganya Ibishanga Bitanu Ugeze kuri 94% – Ibyo Ukwiye Kumenya

Minisiteri y’Ibikorwaremezo (MININFRA) yatangaje ko imirimo yo kuvugurura no gutunganya ibishanga bitanu binini byo mu Mujyi wa Kigali igeze ku kigero cya 94%. Uyu mushinga mugari ukorerwa ku buso bwa hegitari 491, ugamije kurwanya imyuzure, kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima, no guha abaturage ahantu heza ho kuruhukira no kwidagadurira. Umwihariko wa Buri Gishanga Ibi bishanga biri gutunganywa…

Soma inkuru yose
abimukira

Libya: Abaturage Bakoze Imyigaragambyo ikomeye Basaba ko Abimukira Bose Birukanwa mu Gihugu Cyabo

TRIPOLI – Kuri uyu wa 4 Kamena 2026, abaturage babarirwa mu magana bazindukiye mu myigaragambyo ikomeye imbere y’icyicaro cy’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi (UNHCR) mu murwa mukuru Tripoli, basaba ko abimukira bose birukanwa ku butaka bwabo ndetse n’ibiro bya UNHCR bigafungwa. “Libya si Ikimoteri cy’Isi” Abigaragambya bagaragaje uburakari budasanzwe, aho bashinze amahema imbere y’ibiro…

Soma inkuru yose
Andoni Iraola

Andoni Iraola Yagizwe Umutoza Mushya wa Liverpool Asimbuye Arne Slot

Ikipe ya Liverpool FC yatangaje ku mugaragaro ko Umunya-Espagne Andoni Iraola ari we wahawe inshingano zo kuyibera umutoza mukuru, asimbuye Arne Slot baherutse gutandukana. Urugendo rwa Arne Slot n’Ibibazo Ikipe Yagize Nubwo Arne Slot yari yayihesheje icyubahiro ahesha Liverpool igikombe cya Premier League mu mwaka we wa mbere asimbuye Jürgen Klopp, umwaka w’imikino wa 2025-2026…

Soma inkuru yose

Zelensky yanditse asaba Guhura na Putin ngo Hahagarikwe Imirwano

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yandikiye mugenzi we w’u Burusiya, Vladimir Putin, ibaruwa ifunguye asaba ko bahura imbonankubone ndetse anagaragaza ubushake bwo guhagarika intambara burundu. Ibiganiro n’Amahahirwe y’Amahoro Mu ibaruwa idasanzwe yoherejwe ku wa Kane, Zelensky yasabye ko hashyirwaho itariki ihamye yo kwicarana nk’abakuru b’ibihugu byombi. Yashimangiye ko igihugu cye kiteguye guhagarika kurasa mu gihe…

Soma inkuru yose

Kuki Uhora Unaniwe? Ukuri Abahanga Bahishura ku Munaniro Ukabije

Mu gihe benshi babyuka buri gitondo bumva bananiwe n’ubwo baba baryamye amasaha ahagije, abahanga mu buzima bavuga ko umunaniro ukabije utari ikibazo cyo kubura ubushake bwo gukora cyangwa ubunebwe, ahubwo ari ikimenyetso gishobora kwerekana ko umubiri n’ubwonko byarengewe n’imitwaro y’ubuzima bwa buri munsi. Mu buzima bwa none burangwa n’akazi kenshi, guhangayika no guhora umuntu yiruka…

Soma inkuru yose

U Rwanda na Pakistan bigiye gushimangira ubufatanye mu by’ingufu za nikeleyeri.

Amasezerano y’ubufatanye hagati y’u Rwanda na Pakistan mu rwego rw’ingufu za nikeleyeri yashyizweho umukono n’Urwego Ngenzuramikorere mu Rwanda (RURA), rwari ruhagarariwe n’Umuyobozi Mukuru Wungirije, Claude Nkusi, hamwe na Zia Hussain Shah, Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cya Pakistan gishinzwe kugenzura ingufu za nikeleyeri (PNRA). Uyu muhango wabereye muri Pakistan witabirwa na Ambasaderi w’u Rwanda muri icyo gihugu,…

Soma inkuru yose

Ruhango: Umugore akurikiranyweho gukata ubugabo bw’umugabo we

Umugabo witwa Bwanakweli wo mu Mudugudu wa Kanyinya, Umurenge wa Mbuye, Akarere ka Ruhango, yavuze ko yahuye n’uruva gusenya nyuma y’uko umugore we amukase ubugabo akoresheje urwembe mu ijoro bari baryamye. Ibi byabaye ku wa 2 Kanama 2026. Nyuma yo gukomereka bikomeye, Bwanakweli yahise ajyanwa kwa muganga aho ari gukurikiranirwa.Abaturage baturanye n’uyu muryango bavuga ko…

Soma inkuru yose

Umwarimu SACCO ugiye koroshya uburyo bwo kubona inguzanyo ku banyamuryango bayo.

Mu rwego rwo gukumira ibihombo no kurinda inyungu z’abanyamuryango, Umwarimu SACCO yashyizeho uburyo bushya bw’igenagaciro rikorerwa abasaba inguzanyo mbere yo kuzihabwa. Koperative Umwarimu SACCO yatangaje uburyo bushya bwo gukoresha igenagaciro ku basaba inguzanyo, bugamije kurinda abanyamuryango igihombo no kurushaho kunoza serivisi zitangwa mu rwego rw’inguzanyo. Mu itangazo yashyize ahagaragara mu mpera z’icyumweru gishize, Umwarimu SACCO…

Soma inkuru yose

Abakinnyi bavukana bazahurira mu Gikombe cy’Isi cya 2026.

Mu Gikombe cy’Isi cya 2026 kizabera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mexico na Canada, kizatangira tariki 11, Kamena kugeza 19 Nyakanga 2026, hari abakinnyi bavukana bose bazahagararira ibihugu byabo ari na ko bahurira muri iri rushanwa rikomeye nk’abavandimwe. Uretse kuba ari intwari z’amakipe yabo, bazaba banahagarariye imiryango yabo ku rwego rw’Isi.  Muri abo harimo…

Soma inkuru yose

Goma: Hatangajwe ko umurwayi wa Ebola yakize.

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ryatangaje ko umuntu umwe wari waranduye icyorezo cya Ebola mu Mujyi wa Goma yakize neza, asezererwa mu bitaro nyuma yo guhabwa ubuvuzi. Iri huriro ryavuze ko uwo murwayi yakurikiranwe n’inzego z’ubuzima kugeza igihe yemejwe ko yakize burundu, mbere yo gusezererwa. Aya makuru aje nyuma…

Soma inkuru yose

Ubushinwa buri hafi gusimbura RDC ku mwanya w’isoko rya mbere ry’ibicuruzwa by’u Rwanda.

Ubushinwa buri hafi kwambura RDC umwanya w’isoko rya mbere ry’ibicuruzwa by’u Rwanda, mu gihe imibare mishya igaragaza impinduka zikomeye mu bucuruzi mpuzamahanga bw’iki gihugu. Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) igaragaza ko Ubushinwa buri hafi gufata umwanya wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) nk’isoko rya mbere ry’ibicuruzwa byoherezwa mu mahanga biturutse mu Rwanda. Muri Mata…

Soma inkuru yose

Rubio yavuze ko intambara ya Ukraine yabereye u Burusiya ‘ibyago bikomeye’, mu gihe inama ya Putin yatangizwaga nyuma y’ibitero byateje inkongi i St. Petersburg.

Inama Mpuzamahanga y’Ubukungu ya St. Petersburg, ifatwa nk’iy’ingenzi kurusha izindi mu Burusiya, yafunguwe kuri uyu wa Gatatu mu gihe umujyi wari ukiriho umwotsi mwinshi nyuma y’ibitero bya Ukraine byibasiye ibikorwa by’ingufu n’ibya gisirikare, ibintu byahungabanyije isura i Kremlin yashakaga kugaragaza y’ubukungu bwihagazeho nubwo igihugu gifatiwe ibihano. Ibi byabaye mu gihe Umunyamabanga wa Leta wa Amerika…

Soma inkuru yose

Amavubi akomereje imyiteguro muri Misiri nyuma y’ihagarikwa ry’imikino ya gicuti yari kubera muri Maroc

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi, yakomereje umwiherero wayo i Cairo mu Misiri nyuma y’uko imikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga yari iteganyijwe kubera muri Maroc ihagaritswe ku mpamvu z’umutekano n’iz’ubuzima. Amavubi yari yateganyijwe gukina n’Ikipe y’Igihugu ya Comores ku wa 6 Kamena 2026 ndetse na Tanzania ku wa 9 Kamena 2026, mu mikino yari kubera mu…

Soma inkuru yose

Anguilla: Igihugu kimwe rukumbi cyakijijwe na AI

Tekereza ikirwa gito gituwe n’abantu bagera ku 16,000 gusa, ariko kikaba cyinjiza buri mwaka miliyoni nyinshi z’amadolari kubera indanga rubuga izwi nka (domain name) igizwe n’inyuguti ebyiri gusa (.ai). Ibi bisa nk’ibidashoboka ariko ni byo byabaye muri Anguilla, akarwa gato kayoborwa n’u Bwongereza kari mu nyanja ya Karayibe (Caribbean). Domain ya .AI ni iki? .ai…

Soma inkuru yose

URUBYIRUKO MU MUTEGO W’IBIYOBYABWENGE: INZOZI N’EJO HAZAZA BIRI KUZIMIRA BUCECE

Urubyiruko ni rwo mbaraga igihugu cyubakiraho ejo hazaza. Ni rwo rutegerezwaho kuzamura ubukungu, guteza imbere ikoranabuhanga no gutanga ibisubizo ku bibazo igihugu gihura na byo. Nyamara, mu gihe ari rwo rwagakomeje kuba isoko y’iterambere, hari ikibazo gikomeje kururya bucece ari cyo ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge. Mu Rwanda, ibiyobyabwenge bikomeje kuba ikibazo gihangayikishije inzego z’ubuzima, iz’umutekano n’imiryango myinshi….

Soma inkuru yose

Ukraine yibasiye ibikorwa bya peteroli n’ibya gisirikare i St. Petersburg mu gihe hafungurwaga inama mpuzamahanga iyobowe na Putin.

Perezida Volodymyr Zelensky yemeje ko ingabo za Ukraine zagabye ibitero ahantu h’ingezi mu Burusiya mu ijoro ryakeye, harimo ububiko bwa peteroli bwa St. Petersburg, ibikorwa bya gisirikare biri ku birindiro by’amato bya Kronstadt ndetse n’uruganda rukora ibikoresho bya gisirikare mu karere ka Tambov. Ibi bitero byateje inkongi ikomeye hafi ya St. Petersburg, mu gihe uwo…

Soma inkuru yose

Abacuruzi babitse litiro miliyoni ebyiri za lisansi basabwe kuzigeza ku isoko.

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) cyahaye abacuruzi b’ibikomoka kuri peteroli igihe cy’iminsi 30 kugira ngo basohore mu bubiko lisansi na mazutu bimazemo amezi arenga atandatu, bingana na litiro 1.993.750. RRA yasabye abo bacuruzi kwishyura imisoro ikwiye kuri ibyo bicuruzwa mbere yo kubishyira ku isoko, kugira ngo bitangire kugurishwa nk’ibisanzwe. Iki cyemezo kigamije gutuma ibikomoka kuri peteroli…

Soma inkuru yose

Andoni Iraola mu biganiro bya nyuma na Liverpool.

Ikipe ya Liverpool FC yatangiye ibiganiro n’umunya- Espagne Andoni Iraola wahoze atoza Bournemouth, mu rugendo rwo gushaka umusimbura wa Arne Slot uherutse gutandukana n’iyi kipe ikinira kuri sitade ya Anfield road.  Aya makuru yatangiye gukwirakwira kuri uyu wa Kabiri agaragaza ko Iraola ari mu bahabwa amahirwe menshi yo guhabwa aka kazi agasimbure Arne Slot watwsye…

Soma inkuru yose

Yampano yisobanuye ku byaha aregwa, Ubushinjacyaha busaba ko afungwa iminsi 30

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano yagejejwe imbere y’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro kuri uyu wa 2 Kamena 2026, aho yaburanye ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo nyuma yo gukurikiranwaho ibyaha bitandukanye bifitanye isano n’amakimbirane yo mu rugo. Mu iburanisha ryamaze amasaha menshi, Ubushinjacyaha bwagaragaje ko hari impamvu zikomeye zituma Yampano akekwaho ibyaha bitandatu birimo gukubita no gukomeretsa…

Soma inkuru yose

Nyamasheke: Bamwe mu baturage babangamiwe n’ibihombo baterwa n’inyamaswa zo muri Pariki ya Nyungwe.

Bamwe mu baturage bo mu karere ka Nyamasheke, umurenge wa Rangiro, bavuga ko bahangayikishijwe n’ibihombo baterwa n’inyamaswa ziva muri pariki ya Nyungwe mu masaha y’ijoro n’igitondo zikabangiriza imyaka. Aba baturage by’umwihariko abo mu tugari twa Banda na Gakenke, bavuga ko uko iminsi ishira ari ko inyamaswa ziva muri pariki ziyongera, zikabangiriza ibyakabatungiye imiryango, bikanishyurira abana…

Soma inkuru yose

Kuri uyu wa Gatatu hazatangira ibizamini bya Leta hirya no hino mu gihugu.

Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) irafungura ku mugaragaro ibikorwa by’ibizamini ngiro by’umwaka w’amashuri wa 2025/2026 kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 3 Kamena. Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) iratangiza ku mugaragaro ibizamini ngiro by’umwaka w’amashuri wa 2025/2026 kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 3 Kamena 2026, mu muhango uteganyijwe gutangira saa mbiri n’igice za mu gitondo. Ibi bizamini bizakomeza…

Soma inkuru yose

Ibitero bya misile na drones by’u Burusiya byahitanye 18, bikomeretsa abarenga 100 muri Ukraine.

Mu masaha yo mu rukerera rwo kuri uyu wa Kabiri, u Burusiya bwagabye ibitero bikomeye bya misile na drones mu bice bitandukanye bya Ukraine, bihitana nibura abantu 18 mu gihe abarenga 100 bakomerekeye muri ibyo bitero. Mu murwa mukuru Kyiv, abayobozi batangaje ko abantu batandatu bishwe naho 79 barakomereka, barimo abana batatu. Mu mujyi wa…

Soma inkuru yose

Dore ibihano bitegereje abahenda abavomyi bitwaje ibura ry’amazi.

WASAC Group yasobanuye ko ibura ry’umuriro ryiyongereye ku kibazo gisanzwe cyo kugabanuka kw’ingano y’amazi mu bihe by’izuba, bituma serivisi yo kugeza amazi ku bafatabuguzi ihungabana. Umuvugizi wa WASAC, Bimenyimana, yavuze ko kugeza ubu ikibazo gikomeye cy’ibura ry’amazi kizwi kiri mu Murenge wa Kigarama mu Karere ka Kicukiro no mu Murenge wa Mageragere mu Karere ka…

Soma inkuru yose