Fisto Hakizimana

Humana right watch yagaragaje uruhare rwa Wazalendo mu bwicanyi bwibasiye abaturage ba Congo

Ishami mpuzamahanga riharanira uburenganzira bwa muntu, Human Rights Watch (HRW), ryasohoye raporo ikubiyemo ibirego bikomeye by’ihohoterwa ryakorewe abaturage b’abasivile muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC), byakozwe n’abarwanyi bazwi ku izina rya Wazalendo bashyigikiwe n’ingabo za Leta Nk’uko iyi raporo ibivuga, muri aya mezi ashize, aba Wazalendo bakoze ibikorwa bitandukanye by’ihohotera birimo gukubita, kwica abaturage, no kubambura ibyabo…

Soma inkuru yose

Perezida Kagame yahuye na Cheick Camara wa ServiceNow baganira ku iterambere ry’ubwenge bukorano mu Rwanda

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yagiranye ibiganiro na Cheick Camara, Visi Perezida akaba n’Umuyobozi w’Ishami rya Afurika mu kigo cy’ikoranabuhanga cy’Abanyamerika kitwa ServiceNow, cyibanda ku gutanga serivisi zishingiye ku ikoranabuhanga. Ibi biganiro byabereye muri BK Arena, ku wa Gatandatu, ubwo bombi bari bitabiriye umukino wa Basketball Africa League (BAL) wahuje APR BBC yo mu Rwanda…

Soma inkuru yose

APR FC yaseshe amasezero n’uwari umutoza wayo Darko Novic

Ikipe y’ingabo z’igihugu, yamaze gutandukana n’umutoza wayo mukuru, Darko Nović, n’abamwungirije. Aya makuru yamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, nyuma y’uko aba batoza batagaragaye mu myitozo y’ikipe yabereye i Shyorongi, aho basimbuwe n’abatoza baturutse muri Intare FC – ishami ry’abatoza n’abakinnyi bato rya APR FC – barimo Mugisha Ndoli, Ngabo Albert na Bizimana…

Soma inkuru yose

Perezida Ramaphosa yahumurije abibazaga ku mubano we na Perezida Kagame, yemeza ko nta kibazo bafitanye

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, yatangaje ko we na Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, nta kibazo bafitanye, n’ubwo hari abibazaga ko hagati yabo hashobora kuba hari umwuka mubi. Ibi yabivugiye mu nama yiga ku iterambere ry’ubucuruzi ku mugabane wa Afurika, Africa CEO Forum, iri kubera i Abidjan muri Côte d’Ivoire Mu kiganiro cyayobowe n’Umunyamakuru…

Soma inkuru yose

Abayobozi 13 ba Chadema basezeye ku mirimo kubera kutumvikana n’imiyoborere y’ishyaka

Itsinda rigizwe n’abayobozi 13 bakuru b’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi rya Chadema muri Tanzania ryatangaje ko ryeguye ku mirimo kubera kutemeranya n’imiyoborere y’ishyaka ndetse no kunyuranya n’amabwiriza shingiro yaryo Mu itangazo ryashyizwe hanze ku wa 10 Gicurasi 2025, aba bayobozi bakomoka mu turere twa Pwani, Serengeti, Nyasa, Victoria n’ahandi, bavuze ko banahagaritse burundu ubunyamuryango bwabo muri…

Soma inkuru yose

Robert Francis Prevost Yatorewe Kuba Papa, ahabwa izina Leon wa XIV

Ku wa 8 Gicurasi 2025, Vatican yabaye ahantu h’amateka ubwo Abakardinali 133 bateraniye muri Chapelle ya Sistine batangazaga ko batoye Umushumba mushya wa Kiliziya Gatolika. Uwatoranyijwe ni Cardinal Robert Francis Prevost ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, wahise afata izina rya Leon wa XIV. Ibyo byatangajwe ku mugaragaro binyuze mu kimenyetso kizwi ku isi…

Soma inkuru yose

APR FC Yatsinze Marines FC 3-0, Igaruka ku Isonga rya ShampiyonaKu wa 7 Gicurasi 2025, Kigali

Mu mukino w’umunsi wa 26 wa Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere, APR FC yanyagiye Marines FC ibitego 3-0, itsinda ryayihesheje kugaruka ku mwanya wa mbere by’agateganyo Uyu mukino wabereye kuri Kigali Pele Stadium ku mugoroba wo ku wa Gatatu, tariki ya 7 Gicurasi 2025. APR FC yari ikeneye amanota atatu kugira ngo isubire ku isonga, mu…

Soma inkuru yose

Ubwongereza bwohereje intumwa yabwo mu Rwanda

Tiffany Sadler, uhagarariye Ubwami bw’u Bwongereza mu Rwanda, ategerejwe i Kigali mu cyumweru gitaha, aho azagirana ibiganiro n’abayobozi b’u Rwanda hagamijwe gushimangira no kurushaho kunoza umubano hagati y’u Rwanda na Leta Zunze Ubumwe z’u Bwongereza. Nk’uko byatangajwe n’Ambasade y’u Bwongereza mu Rwanda, Sadler azaza avuye mu ruzinduko yagiriye muri Uganda no muri Repubulika Iharanira Demokarasi…

Soma inkuru yose

Ingabo za SADC Zatangiye Gukurwa mu Burasirazuba bwa Congo, Zinyura mu Rwanda

Ingabo z’Umuryango w’Ibihugu byo mu Majyepfo ya Afurika (SADC) zatangiye kuva mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), aho zari zoherejwe kurwanya umutwe wa M23, zisubira iwabo zinyuze mu Rwanda. Ibikoresho bikomeye bya gisirikare, birimo ibifaru bikururwa n’iminyururu ndetse n’imodoka zitwara abasirikare, byatangiye gutambuka ku mupaka wa Rubavu binjira mu Rwanda, aho biri…

Soma inkuru yose

Umuhanzi Meddy ukunzwe na benshi ari mu byishimo bwo kwibaruka umwana we w’umuhungu

Meddy abinyujije ku rubuga rwa Instagram yagaragaje ko uyu mwana bamwise Zayn M Ngabo. Avuga ko nta kuzuyaza ubuntu bw’Imana buhora bumuriho iteka ryose. Uyu muhanzi yabitangaje nyuma y’ubundi butumwa yari yashyize ku rubuga rwe rwa Instagram, aho yanditse avuga ko azabwira amahanga yose ibyiza Imana yamukoreye. Ati “Nzabwira Isi ibyo wankoreye.” Muri Werurwe 2022,…

Soma inkuru yose

Niyo Bosco yaherekeje se uherutse kwitaba Imana

Mu muhango wuje agahinda n’amarangamutima menshi, umuryango, inshuti ndetse n’abavandimwe ba Niyo Bosco bitabiriye umuhango wo gusezera bwa nyuma kuri nyakwigendera, umubyeyi w’uyu muhanzi uri kuzamuka neza mu muziki nyarwanda. Ibirori byatangiriye aho umurambo wari waruhukiye mu bitaro, aho wakuwe mbere yo kujyanwa ku rugo kwa nyakwigendera kugira ngo abe ariho abavandimwe, inshuti n’abaturanyi bamusezeraho…

Soma inkuru yose

Twarahurwa Moses yatawe muri yombi n’urwego rwa RIB

Turahirwa Moses afunzwe akekwaho gukoresha ibiyobyabwenge Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi Turahirwa Moses, washinze inzu y’imideli ya Moshions, akurikiranyweho gukoresha ibiyobyabwenge. Dr. Murangira B. Thierry, Umuvugizi wa RIB, yabwiye itangazamakuru ko koko bafashe Turahirwa nyuma y’uko ibisubizo by’ibizamini byafashwe ku mubiri we byemeje ko yari yakoresheje ibiyobyabwenge. Ibyo bizamini byakorewe mu Kigo cy’Igihugu…

Soma inkuru yose

Rayon yahahwe amafaranga ngo yemere gukina umukino yari yarahiriye kutawukina

Mu Cyumweru gishize, ni bwo umukino wahuzaga Mukura VS na Rayon Sports mu Gikombe cy’Amahoro, wasubitswe kubera ibura ry’urumuri ruhagije muri Stade Mpuzamahanga ya Huye. Gikundiro yahise yandikira Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, Ferwafa, igaragaza ko ikwiye Ubutabera ikipe ya Mukura igaterwa mpaga. Mu guca uru rubanza, Ferwafa, yahisemo kuvuga ko umukino ugomba gusubirwamo uhereye…

Soma inkuru yose

Papa Francis umushumba mukuru wa kiriziya Gatholic ku isi yamaze kuva mu buzima

Umushumba wa Catholic Pop Francis wari umaze igihe arwaye yamaze gushiramo umwuka azize indwara y’umusonga wo mu bihaha Umushumba wa Kiriziya Cotholic Pop Francis yamaze gushiramo umwuka nk’uko byatangajwe na Vatican, Uyu mushumba yari amaze igihe arwaye indwara y’umusonga wo mu bihaha indwara yatangiye ku murembya mu ntangiriro z’uyu mwaka wa 2025 akaba ari nayo…

Soma inkuru yose

Perezida wa leta zunze ubumwe z’Amerika yavugurujwe n’urukiko rukuru.

Urukiko rw’Ikirenga rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika rwahagaritse by’agateganyo ishyirwa mu bikorwa ry’icyemezo cy’ubutegetsi bwa Perezida Donald Trump cyo kwirukana abimukira baturutse muri Venezuela. Urukiko rw’Ikirenga muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika rwategetse ko Leta itazakomeza kwirukana abimukira bari bafunzwe n’urwego rw’abinjira n’abasohoka, kugeza igihe hazasohokera umwanzuro mushya. Iyi ngingo yafashwe ku itariki ya 17…

Soma inkuru yose

Musanze: Arakekwaho kwica umugabo we maze akiyahura

Umutoni Fracoise w’imyaka 37 yasize amarira n’imiborogo mu banana be n’abaturanyi b’umuryango we bazindukiye ku nkuru y’inshamugongo, aho bikekwa ko yivuganye umugabo we witwa Hagenimana Innocent maze na we akiyahura. Mu ijoro ryo ku wa 17 Mata 2025, mu Mudugudu wa Gacondo, Akagari ka Rubindi, Umurenge wa Gataraga, Akarere ka Musanze, habaye igikorwa cy’ubwicanyi bwagize…

Soma inkuru yose

Kigali: Umugore yamennye isombe ishyushye ku mugabo we

Umugore w’imyaka 38 wo mu Murenge wa Kimisagara mu karere ka Nyarugenge,akurikiranyweho gukomeretsa umugabo we amumennyeho isombe ishyushye. Amakuru dukesha bagenzi bacu bo kuri Radio/TV10, avuga ko  yemera icyaha, akavuga ko atari yabigambiriye ahubwo ko yabitewe n’umujinya yatewe no gusanga umugabo we asangira n’indaya mu kabari. Uyu mugore ukurikiranywe n’Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Nyarugenge,…

Soma inkuru yose