RBC: Ubwandu bwa Virusi itera Sida mu bagabo baryamana bahuje ibitsina buri kuri 5.8%

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) cyatangaje ko abagabo baryamana n’abo bahuje ibitsina bakomeje kuba mu byiciro byugarijwe cyane na Virusi itera Sida mu Rwanda, aho ubushakashatsi bwacyo bugaragaza ko ubwandu muri iki cyiciro buri ku gipimo cya 5.8%. Amakuru ya RBC agaragaza kandi ko umubare w’abagabo baryamana n’abo bahuje ibitsina wiyongereye uva ku bihumbi 18…

Soma inkuru yose

U Rwanda Rugiye Gutangiza Serivisi ya ‘Gériatrie’ Yo Kwita ku Bageze mu Zabukuru

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje gahunda nshya igamije guteza imbere ubuzima bw’abageze mu zabukuru, aho bagiye kujya bahabwa serivisi z’ubuvuzi zibagenewe by’umwihariko ndetse bakigishwa uburyo bwo kubaho ubuzima buzira umuze no gukomeza kugira imbaraga nubwo imyaka yaba yiyongereye. Ibi byatangajwe na Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, ubwo yagezaga ibisobanuro ku Nteko Ishinga Amategeko ku wa 9…

Soma inkuru yose

Mu masaha 24, Ebola yishe 74 muri RDC, abarenga 140 bayandura.

Ubwiyongere bw’abanduye Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo bwatumye umubare w’abamaze kuyandura muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ugera ku 1708, mu gihe abamaze guhitanwa na yo bageze kuri 580 kuva iki cyorezo cyatangazwa muri Gicurasi 2026. Intara ya Ituri ni yo ikomeje kwibasirwa cyane n’iki cyorezo, aho uturere twa Mongbwalu, Rwampara, Bunia, Mambasa na…

Soma inkuru yose

Ibyo Buri Mugore Akwiye Kumenya ku Miterere n’Impinduka z’Igitsina Cye

Igitsina cy’umugore ni rumwe mu ngingo z’umubiri zikunze kuvugwaho byinshi, nyamara hakaba hakiri urujijo ku miterere yacyo n’uko gihinduka mu byiciro bitandukanye by’ubuzima. Abahanga mu buvuzi bagaragaza ko ingano n’imiterere y’iki gice bitaguma uko bimeze, ahubwo bihinduka bitewe n’imikurire, imisemburo ndetse n’ibihe bitandukanye umubiri unyuramo. Nubwo abantu benshi bazi gusa igice kigaragara inyuma, igitsina cy’umugore…

Soma inkuru yose

Umwenda munini wa miliyoni 121 Frw uteye impungenge Ibitaro bya Ruhango kubera kutamenya abo byishyuza.

Komisiyo Ishinzwe Gukurikirana Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo bya Leta (PAC) yagaragaje impungenge ku mwenda wa miliyoni 121 Frw Ibitaro by’Intara bya Ruhango biberewemo n’abarwayi, nyuma y’uko raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta igaragaje ko nta rutonde rw’abawufitiye ibitaro rwari ruhari mu gihe cy’igenzura. Raporo y’ubugenzuzi yakozwe muri Kamena 2025 yerekanye ko ibitaro byari biberewemo amafaranga agera…

Soma inkuru yose

RBC Yaburiye Abanyarwanda ko Igituntu Gishobora Kwangiza N’Imyanya Myibarukiro Iyo Kitavuwe Hakiri Kare

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) cyaburiye Abanyarwanda ko igituntu kitagomba gufatwa nk’indwara yibasira ibihaha gusa, kuko gishobora gukwira mu bindi bice by’umubiri birimo amagufa, inturugunyu, ubwonko ndetse n’imyanya myibarukiro y’abagore n’abagabo. Imibare igaragaza ko mu myaka irindwi ishize abantu 42.103 banduye igituntu mu Rwanda. RBC ivuga ko buri mwaka abarwayi 62 ku bantu 100.000 basanganwa igituntu,…

Soma inkuru yose

Kwicara Igihe Kirekire Bishobora Guteza Diyabete, Indwara z’Umutima n’Ibibazo by’Umugongo

Mu gihe ikoranabuhanga n’imiterere y’imirimo bikomeje gutuma abantu benshi bamara amasaha menshi bicaye, inzobere mu buzima ziraburira ko iyi myitwarire ishobora kugira ingaruka zikomeye ku mubiri no ku buzima bwo mu mutwe. Abantu bakora mu biro, abatwara ibinyabiziga, abakoresha mudasobwa igihe kirekire n’abandi bamara igihe kinini bicaye bavuga ko bakunze guhura n’ibibazo bitandukanye birimo uburwayi…

Soma inkuru yose

Ese ni gihe ki igitsina cy’umugabo gishobora guhagarara gukura? Sobanukirwa!

Igitsina cy’umugabo ni kimwe mu bice by’umubiri bikunze kuvugwaho cyane, cyane cyane iyo bigeze ku ngano yacyo, imikurire yacyo ndetse n’uruhare kigira mu buzima bw’imyororokere no mu mibanire y’abashakanye. Mu mico myinshi, usanga hari imyizerere ivuga ko ubunini bw’igitsina bushobora kujyana n’imbaraga z’umugabo cyangwa ubushobozi bwe mu mibonano mpuzabitsina, nubwo si ko buri gihe biba…

Soma inkuru yose

Inama 8 z’isuku ku bagabo n’abagore mbere na nyuma y’imibonano mpuzabitsina

Isuku mu buzima bw’imibonano mpuzabitsina ni imwe mu ngingo zikunze kwirengagizwa n’abantu benshi, nyamara ifite uruhare runini mu kurinda indwara no kongera umutekano n’ihumure hagati y’abakundana. Abahanga mu by’imitekerereze n’imibonano mpuzabitsina bagaragaza ko isuku itari igikorwa gisanzwe gusa, ahubwo ari n’inkingi ikomeye y’ubuzima bw’imibonano mpuzabitsina. Mu gihe hari abashobora gutinya kubiganiraho, abahanga bavuga ko nko…

Soma inkuru yose

Menya ibyiza byo kurya igihaza ku buzima bwawe

Igihaza kiri mu biribwa bimaze igihe kinini bizwiho kugira umumaro ukomeye ku buzima, nubwo hari abataragiha agaciro gahagije mu mirire ya buri munsi. Ni kimwe mu bihingwa byo mu muryango w’ibimera bya Cucurbitaceae, kandi gikunze kuribwa mu buryo butandukanye bitewe n’aho umuntu atuye n’uko akunda kugitegura. Hari abakirya nk’imboga zisanzwe zitekanye, abandi bakagikoramo potage, mu…

Soma inkuru yose

Dore uburyo bworoshye bwo kurinda impyiko no kwirinda diyabete n’umuvuduko ukabije w’amaraso

Impyiko ni imwe mu ngingo z’ingenzi zigize umubiri w’umuntu. Zifite inshingano zo kuyungurura amaraso, gukuramo imyanda n’uburozi mu mubiri binyuze mu nkari, kugenzura amazi n’imyunyu ngugu, ndetse no gufasha mu kugenzura umuvuduko w’amaraso. Iyo zangiritse, ubuzima bw’umuntu bushobora kujya mu kaga, kuko bishobora kuvamo indwara zikomeye zishobora no gusaba ko umuntu akorerwa dialyse cyangwa agaterwa…

Soma inkuru yose

Mu Bufaransa hagaragaye umurwayi wa mbere wanduye Ebola.

Minisiteri y’Ubuzima y’u Bufaransa yatangaje ko umuganga wanduye Ebola yahise ajyanwa mu kigo cyihariye cyita ku ndwara zandura zikomeye, kandi ko kugeza ubu ubuzima bwe buhagaze neza. Uyu muganga bivugwa ko yari aherutse kugaruka mu Bufaransa nyuma y’igihe yari amaze mu butumwa bw’ubutabazi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), aho icyorezo cya Ebola cyongeye…

Soma inkuru yose

Mu Rwanda: Abaganga bahuguwe mu buvuzi bwo kubaga no gusimbuza impyiko

U Rwanda rukomeje kwandika amateka mu rwego rw’ubuvuzi, nyuma yo kurenga ibikorwa 100 byo gusimbuza impyiko (Kidney Transplant) bikorewe imbere mu gihugu kuva gahunda yo gusimbuza impyiko ziturutse ku baterankunga bazima itangiye muri Gicurasi 2023. Iyi ntambwe yagezweho mu cyumweru gishize mu Bitaro byitiriwe Umwami Faisal, bikomeje kwiyubaka nk’ikigo cy’ubuvuzi gitanga serivisi zifite ubuziranenge ku…

Soma inkuru yose

Mu gihe cy’icyumweru kimwe, abarwayi basaga 100 bahawe impyiko nshya mu Rwanda.

U Rwanda rukomeje kwandika amateka mu rwego rw’ubuzima, aho ibikorwa byo gusimbuza impyiko byarengeje 100 kuva gahunda ya Living Donor Kidney Transplant Program yatangizwa muri Gicurasi 2023. Iyi ntambwe ntabwo isobanurwa gusa n’umubare w’abarwayi basimburiwe impyiko, ahubwo ni ikimenyetso cy’iterambere ry’u Rwanda mu kubaka ubushobozi bw’abaganga b’inzobere no gushimangira ubufatanye n’ibigo mpuzamahanga mu rwego rw’ubuzima….

Soma inkuru yose

Umwana w’imyaka 11 wo mu karere ka Rwamagana yasanzwe mu mugozi yapfuye, hakekwa ko yiyahuye.

Umwana w’umuhungu wari ufite imyaka 11 wo mu Mudugudu wa Bishangara, Akagari ka Sovu, Umurenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, yasanzwe amanitse mu mugozi yapfuye ku mugoroba wo kuwa 21 Kamena 2026, bikekwa ko yaba yiyahuye. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kigabiro, Rushimisha Mark, yatangaje ko uwo mwana yabonwe n’umuvandimwe we amanitse mu mugozi mu…

Soma inkuru yose

Umunsi Mpuzamahanga wa Yoga wizihizwa tariki 21 Kamena buri mwaka.

Ku itariki 21 Kamena, buri mwaka isi yose yizihije Umunsi Mpuzamahanga wa Yoga, umunsi washyizweho n’Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye mu mwaka wa 2014 hagamijwe gushishikariza abantu kumenya no gukoresha yoga nk’uburyo bwo guteza imbere ubuzima bwiza bw’umubiri n’ubwenge. Yoga ni imyitozo ikomoka mu Buhinde, ikaba ihuza imyitozo ngororamubiri, uburyo bwo guhumeka neza n’imitekerereze ituma umuntu agira…

Soma inkuru yose

Ikigo Nderabuzima cya Muyumbu cyo mukarere ka Rwamagana kigiye kwagurwa ku ngengo y’imari irenga miliyoni 700 Frw.

Umuryango Health Builders, ku bufatanye na Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) n’Akarere ka Rwamagana, watangije ku mugaragaro ibikorwa byo kwagura no kuvugurura Ikigo Nderabuzima cya Muyumbu mu mushinga uzatwara amadolari ya Amerika 485.000, asaga miliyoni 709 Frw. Uyu mushinga watangijwe kuwa 19 Kamena 2026, ugamije kongerera ubushobozi iki kigo nderabuzima mu gutanga serivisi z’ubuvuzi, by’umwihariko izijyanye no…

Soma inkuru yose

Uko amashusho y’urukozasoni agira ingaruka ku bwonko bw’umuntu, cyane cyane ku rubyiruko

Muri iki gihe cy’umwaduko udasanzwe kandi uri ku muvuduko utarigeze kubaho mu bindi binyejana by’ikoranabuhanga rikomeje koroshya uburyo abantu babona amakuru n’imyidagaduro n’ibindi byinshi bakenera binyuze kuri murandasi, ibyo bituma impuguke mu buzima bwo mu mutwe zivuga ko hakenewe ubukangurambaga bwisumbuyeho ku ngaruka zishobora guterwa no kureba amashusho y’urukozasoni, cyane cyane ku bana n’urubyiruko dore…

Soma inkuru yose

Ese Kuba Ingaragu Bishobora Kugira Ingaruka ku Buzima Bwo mu Mutwe? Dore Icyo Abahanga Babivugaho

Mu gihe hari abantu bavuga ko kubaho badafite uwo bakundana bibaha amahoro n’ubwisanzure, ubushakashatsi butandukanye bugaragaza ko kwigunga cyangwa kubura umubano wa hafi bishobora kugira ingaruka ku buzima bwo mu mutwe. Icyakora, impuguke zishimangira ko kugira umukunzi cyangwa gushaka atari byo byonyine bituma umuntu agira ubuzima bwiza bwo mu mutwe. Ubushakashatsi bwakozwe mu bihugu bitandukanye…

Soma inkuru yose

Kubura umurego kw’igitsinagabo bishobora kuba ikimenyetso cy’indwara zikomeye

Kutabasha gushyukwa neza cyangwa kugumana ubushakwe n’ubushobozi bwo gukora imibonano mpuzabitsina (erectile dysfunction) si ikibazo kireba ubuzima bw’imyororokere gusa. Abashakashatsi bavuga ko gishobora kuba kimwe mu bimenyetso bya mbere by’indwara zikomeye zirimo iz’umutima, diyabete, stroke ndetse n’izifata ubwonko. Ubushakashatsi butandukanye bugaragaza ko iki kibazo gikunze kugaragara ku bagabo benshi bafite imyaka 40 kuzamura. Nubwo bimeze…

Soma inkuru yose

Si Imyidagaduro Gusa: Uko Umuziki Ugira Uruhare mu Buzima bwa Muntu

Mu gihe umuntu ashobora kumva indirimbo imushimisha mu rugendo, undi akaba yayihungiramo ashaka kwikura mu gahinda cyangwa umunaniro, benshi bahuriza ku kintu kimwe: umuziki ufite imbaraga zirenze izo gususurutsa amatwi. Mu Rwanda no ku Isi hose, umaze imyaka myinshi ufatwa nk’igikoresho cy’imyidagaduro, ariko ubushakashatsi bugaragaza ko ugira uruhare rukomeye no ku buzima bw’umuntu. Mu mateka…

Soma inkuru yose

Kurara wambaye ikariso buri gihe bishobora kugira ingaruka ku buzima bw’imyanya ndangagitsina y’umugore

Nubwo kwambara ikariso ari kimwe mu bigize isuku n’imibereho ya buri munsi ku bagore n’abakobwa benshi, inzobere mu buzima zigaragaza ko kurara umuntu ayambaye buri gihe bishobora kugira ingaruka ku buzima bw’imyanya ndangagitsina, cyane cyane iyo ari ikariso ifashe cyane cyangwa ikozwe mu myenda idatuma umwuka winjira neza. Abaganga bavuga ko imyanya ndangagitsina y’umugore ikenera…

Soma inkuru yose

Icyorezo cya Ebola gikomeje kwibasira abakozi b’ubuzima muri RDC, aho abaganga barenga 70 bamaze kwandura.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ryatangaje ko icyorezo cya Ebola gikomeje kugira ingaruka zikomeye ku rwego rw’ubuzima muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), aho abaganga n’abakozi b’ubuzima 75 bamaze kwandura, mu gihe 17 muri bo bamaze kwitaba Imana. Ibi byatangajwe ku wa Gatanu na Marie Roseline Belizaire, umuyobozi ushinzwe ubutabazi bw’ibanze muri…

Soma inkuru yose

Kurara Utambaye: Ese Hari Inyungu Bigira ku Buzima? Dore Ibyo Ubushakashatsi Bwerekana

Abantu benshi bafite akamenyero ko kuryama bambaye imyenda yabugenewe cyangwa indi myambaro isanzwe, mu gihe hari n’abahitamo kurara batambaye. Nubwo bamwe babifata nk’umuco cyangwa uburyo bwo kwiyorohereza, hari ubushakashatsi bugaragaza ko kurara utambaye bishobora kugira akamaro ku buzima mu bihe bimwe na bimwe. Abahanga mu buzima bavuga ko inyungu z’ubu buryo ziterwa n’imiterere y’umuntu, aho…

Soma inkuru yose

Indwara 4 zandurira mu mibonano mpuzabitsina zihangayikishije

Mu myaka ya vuba, impuguke mu by’ubuzima zigaragaza ko hari indwara nshya ziri kugaragara cyane zandurira mu mibonano mpuzabitsina (STIs). Zimwe muri izi ndwara ziterwa na bagiteri zigenda zihindura uburyo zikwirakwira, bikaba bituma zirushaho guteza ibibazo ku buzima bw’abantu ndetse no kugora uburyo bwo kuzivura. Ubushakashatsi kuri izi ndwara bwakozwe n’inzego zitandukanye z’ubuzima n’abashakashatsi bo…

Soma inkuru yose

Ebola ikomeje gusiga ubuzima bw’abaturage bo muri RDC mu kangaratete.

Abaturage bo mu duce twugarijwe na Ebola muri RDC bakomeje kwibasirwa n’imibereho mibi, bitewe n’uko icyorezo cyiyongereye ku bibazo byari bisanzwe birimo ubukene, ikibazo cy’amazi meza n’isuku, ndetse n’intege nke z’urwego rw’ubuzima. Umuryango Oxfam uvuga ko imibare y’abanduye Ebola ishobora kuba iri hejuru kurusha itangazwa, kuko mu duce twinshi twugarijwe n’icyorezo bigoye kumenya abarwayi bose…

Soma inkuru yose

Watermelon: Imbuto yoroshye ariko ifite akamaro gatangaje ku buzima bw’imibonano mpuzabitsina

Watermelon, cyangwa pastèque, ni imwe mu mbuto zikunzwe cyane kubera uburyohe bwayo n’ubushobozi ifite bwo kuruhura inyota cyane cyane mu bihe by’izuba. Ariko uretse kuba ari imbuto ikungahaye ku mazi, abashakashatsi bavuga ko ishobora no kugira uruhare mu guteza imbere ubuzima bw’imibonano mpuzabitsina ndetse n’imikorere y’imiyoboro y’amaraso. Ubushakashatsi bwakozwe n’abahanga bo muri Leta Zunze Ubumwe…

Soma inkuru yose

Ese ujya ugira ikibazo cy’amenyo? Menya ibiribwa bikunze kuyangiza n’uko wabirinda

Mu gihe abantu benshi bita ku mirire hagamijwe kugira ubuzima bwiza, inzobere mu by’imirire n’ubuvuzi bw’amenyo ziragaragaza ko hari ibiribwa n’ibinyobwa bishobora kugira ingaruka zikomeye ku menyo iyo bifashwe kenshi kandi isuku yo mu kanwa ikirengagizwa. Abahanga bavuga ko ibiribwa birimo isukari nyinshi ndetse n’ibinyobwa bifite aside nyinshi biri mu bituma amenyo yangirika, agacukuka cyangwa…

Soma inkuru yose

Ni gute wamenya ko wanduye Virusi itera SIDA? Impuguke zisobanura ibimenyetso n’akamaro ko kwipimisha

Nubwo ubumenyi ku kwirinda Virusi itera SIDA (HIV) bukomeje kwiyongera hirya no hino ku Isi, haracyari abantu benshi bibaza uburyo bashobora kumenya niba baranduye nyuma yo gukora imyitwarire ishobora kubagusha mu kaga ko kugira aho ihurira n’agakoko. Abaganga n’inzobere mu buzima bashimangira ko umuntu adakwiriye gushingira gusa ku bimenyetso ngo yemeze ko yanduye cyangwa atanduye…

Soma inkuru yose

IMITEZI (GONORRHEA): INDWARA YANDURIRA MU MIBONANO MPUZABITSINA N’UKO YAKIRINDWA

Imitezi, izwi ku izina rya gonorrhea, ni indwara yandurira cyane mu mibonano mpuzabitsina iterwa na bagiteri yitwa Neisseria gonorrhoeae. Iyi ndwara ni imwe mu ziri mu bwoko bw’indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina (STIs), kandi ikomeje kugaragara cyane mu bice bitandukanye by’isi, cyane cyane ahari ubusumbane mu bumenyi ku buzima bw’imyororokere no kudakoresha neza uburyo bwo…

Soma inkuru yose

Mukorogo: Ubushakashatsi ku ngaruka zikomeye ziterwa no guhindura uruhu ku buzima

Mu myaka yashize, kwisiga amavuta ahindura uruhu azwi nka Mukorogo cyangwa Skin Bleaching Products yakomeje kwiyongera mu bihugu byinshi bya Afurika no ku Isi. Nubwo bamwe bayakoresha bagamije guhindura ibara ry’uruhu cyangwa gukuraho ibizinga byo ku ruhu, impuguke mu buzima ziburira ko ayo mavuta ashobora kugira ingaruka zikomeye ku ruhu no ku buzima muri rusange….

Soma inkuru yose

Ese Umugore Utwite Agomba Gukora Imirimo Yose? Sobanukirwa!

Gutwita ni urugendo rw’ingenzi mu buzima bw’umugore, rusaba kwitabwaho by’umwihariko kugira ngo umubyeyi n’umwana bazavuke bafite ubuzima bwiza. Nubwo gutwita atari uburwayi, hari ibikorwa bimwe na bimwe umugore utwite asabwa kwitondera cyangwa kwirinda kugira ngo hatazagira ingaruka ku buzima bwe cyangwa ubw’umwana atwite. Abahanga mu by’ubuzima bavuga ko umugore utwite ashobora gukomeza gukora imirimo yoroheje…

Soma inkuru yose

Uko gutanga intanga ngabo mu buryo butemewe bishyira imiryango mu bibazo by’amategeko n’imyitwarire

Mu gihe isi igenda itera imbere mu buvuzi bufasha abantu kubyara, ikibazo cyo gutanga intanga-ngabo (sperm donation) kiragenda gishyirwaho impaka nshya, cyane cyane ku buryo bikorwa hanze y’amavuriro yemewe n’amategeko. Inkuru ya Tianna na Nikki hamwe n’abandi batanga intanga igaragaza isura nshya y’iyi ngingo, aho ubushake bwo kubona umwana bushobora guhura n’ingaruka zikomeye z’amategeko n’imibanire…

Soma inkuru yose

Impamvu abageze mu zabukuru na bo bakenera ubufasha bwo kwita ku buzima bwo mu mutwe

Mu myaka myinshi ishize, abantu benshi bafataga serivisi zo kwita ku buzima bwo mu mutwe nk’igenewe cyane urubyiruko cyangwa abantu bari mu bihe byihariye by’ubuzima. Ariko uko ubushakashatsi bugenda bwiyongera, ni ko bigaragara ko n’abageze mu zabukuru bashobora kugirira akamaro gakomeye ubu bufasha, cyane cyane mu guhangana n’impinduka n’ibibazo bizanwa no gusaza. Ku bafite imyaka…

Soma inkuru yose

Umuneke: Urubuto rwifitemo intungamubiri zifasha umutima, ubwonko n’igogorwa

Abahanga mu by’imirire n’ubuzima bemeza ko umuneke ari kimwe mu biribwa bikungahaye ku ntungamubiri zifasha umubiri gukora neza. Uru rubuto rurimo potasiyumu (potassium), magnesium, vitamine B6, vitamine C ndetse na fibre, byose bifite uruhare mu kubungabunga ubuzima bw’umuntu. Nubwo umuneke ukunze kuribwa nk’imbuto isanzwe cyangwa nk’akajyo hagati y’amafunguro, ubushakashatsi butandukanye bugaragaza ko ushobora kugira uruhare…

Soma inkuru yose

Impamvu Abagore Barushaho Kwifuza Imibonano Mu Gihe cy’Uburumbuke

Hari igihe abagore benshi bumva ubushake bwo gukora imibonano mpuzabitsina bwiyongera kurusha ibindi bihe. Akenshi ibi bibaho mu gihe cy’uburumbuke, igihe umubiri uba uri gutegura cyangwa kurekura intanga ishobora gusama. Abashakashatsi bavuga ko impinduka z’imisemburo (hormones) zibera mu mubiri w’umugore muri iki gihe zishobora kugira uruhare mu kongera ubushake bw’imibonano mpuzabitsina. Impinduka Zigaragara Mu Mubiri…

Soma inkuru yose

Kuki Uhora Unaniwe? Ukuri Abahanga Bahishura ku Munaniro Ukabije

Mu gihe benshi babyuka buri gitondo bumva bananiwe n’ubwo baba baryamye amasaha ahagije, abahanga mu buzima bavuga ko umunaniro ukabije utari ikibazo cyo kubura ubushake bwo gukora cyangwa ubunebwe, ahubwo ari ikimenyetso gishobora kwerekana ko umubiri n’ubwonko byarengewe n’imitwaro y’ubuzima bwa buri munsi. Mu buzima bwa none burangwa n’akazi kenshi, guhangayika no guhora umuntu yiruka…

Soma inkuru yose

URUBYIRUKO MU MUTEGO W’IBIYOBYABWENGE: INZOZI N’EJO HAZAZA BIRI KUZIMIRA BUCECE

Urubyiruko ni rwo mbaraga igihugu cyubakiraho ejo hazaza. Ni rwo rutegerezwaho kuzamura ubukungu, guteza imbere ikoranabuhanga no gutanga ibisubizo ku bibazo igihugu gihura na byo. Nyamara, mu gihe ari rwo rwagakomeje kuba isoko y’iterambere, hari ikibazo gikomeje kururya bucece ari cyo ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge. Mu Rwanda, ibiyobyabwenge bikomeje kuba ikibazo gihangayikishije inzego z’ubuzima, iz’umutekano n’imiryango myinshi….

Soma inkuru yose

Menya ibiribwa bishobora guteza ibibazo iyo bivanze nabi

Nubwo ibiribwa byinshi bifitiye umubiri akamaro, abahanga mu buzima bagaragaza ko hari igihe uburyo ibiryo byateguwe, uko byahujwe cyangwa uko byabitswe bushobora gutera ibibazo by’ubuzima. Icyakora, nta bimenyetso bya siyansi bihagije byerekana ko uruvange rwihariye nk’indimu n’amata cyangwa ubunyobwa n’amavuta ya elayo bihita bihinduka “uburozi” ku bantu bose. Ahubwo ikibazo gikunze guturuka ku kwandura ibiribwa,…

Soma inkuru yose

Umuti mushya wongera igihe cyo kubaho k’umurwayi wa kanseri y’urwagashya (Pancreas).

Uyu muti witwa daraxonrasib ugaragara nk’intambwe ikomeye mu guhangana na kanseri y’urwagashya, imwe mu kanseri zica abantu benshi kurusha izindi. Uyu muti ukora uhagarika ikwirakwira rya kanseri binyuze mu gufunga no guhagarika gene ya KRAS yahindutse (mutated KRAS), iboneka mu bibyimba bya kanseri y’urwagashya birenga 90%, kandi ikaba ari yo ituma kanseri ikura vuba. Ubushakashatsi…

Soma inkuru yose

Uburyo bwo gutera akabariro bushobora gushyira umugabo mu kaga ko kuvunika igitsina

Abantu benshi bumva ko kuvunika igitsina cy’umugabo ari ibintu bidashoboka cyangwa se bidakunze kubaho. Nyamara, abaganga n’abashakashatsi bagaragaza ko iki kibazo kibaho kandi gishobora guterwa n’impanuka iba mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina. Iyo igitsina cy’umugabo kiri mu mwanya wo gufata umurego, kiba kirimo amaraso menshi atuma gikomera. Iyo habaye kugonga nabi, guhusha cyangwa kugonda igitsina mu…

Soma inkuru yose