Vitiligo si uburozi cyangwa SIDA: Dore ukuri ku ndwara y’amabara ku ruhu n’uko ivurwa

Indwara y’amabara ku ruhu izwi nka Vitiligo ni imwe mu ndwara zikunze gutera impinduka ku ruhu, ariko igakomeza kwibasirwa n’imyumvire itari yo. Hari abayihuza no kunywa inzoga zikomeye, abandi bakavuga ko ari ikimenyetso cya SIDA cyangwa uburozi, nyamara abaganga bavuga ko ibyo byose nta shingiro bifite. Nubwo Vitiligo idashyira ubuzima bw’umuntu mu kaga nk’izindi ndwara…

Soma inkuru yose

Déjà vu ni iki? Dore impamvu ushobora kumva ibintu biri kuba warigeze kubibona

Hari igihe umuntu aba ageze ahantu, akumva amagambo cyangwa akabona ibintu maze akumva ko atari ubwa mbere abibonye, nubwo yaba azi neza ko atigeze ahagera cyangwa ngo ahure n’icyo kibazo mbere. Icyo cyiyumviro kizwi nka déjà vu, kikaba ari kimwe mu bintu bikomeje gutera amatsiko abahanga mu mitekerereze n’imikorere y’ubwonko. Ubushakashatsi butandukanye bugaragaza ko hafi…

Soma inkuru yose

Mu gihe utwite, Dore ibimenyetso byerekana ko uri hafi kubyara

Gutwita ni urugendo rwihariye rusaba kwitabwaho kuva ku munsi wa mbere kugeza igihe umwana avukiye. Mu byumweru bya nyuma by’inda, umubiri w’umubyeyi utangira gukora impinduka zitandukanye zigaragaza ko igihe cyo kwibaruka cyegereje. Gusa kubera ko ibimenyetso bimwe bisa n’ibisanzwe bibaho mu gihe cyo gutwita, hari ababyeyi benshi, cyane cyane abatwite bwa mbere, bagorwa no kumenya…

Soma inkuru yose

Sobanukirwa akamaro k’ubuki ku buzima n’ibyo ukwiye kwitondera

Ubuki ni kimwe mu biribwa kamere bimaze ibinyejana byinshi bikoreshwa n’abantu mu mafunguro no mu buvuzi gakondo. Mu bice byinshi by’isi, bwakoreshejwe mu gufasha kuvura ibikomere, kugabanya inkorora no kongerera umubiri imbaraga. Nubwo ubuki bufite inyungu zitandukanye zemejwe n’ubushakashatsi, inzobere zishimangira ko butagomba gufatwa nk’umuti usimbura ubuvuzi bwemewe, cyane cyane ku ndwara zikomeye. Inyungu z’ubuki…

Soma inkuru yose

MINISANTE Yifashishije AI na Telemedicine Mu Kuzamura Ireme rya Serivisi z’Ubuvuzi

Urwego rwo kubungabunga ubuzima mu Rwanda rwongeye gutera intambwe ikomeye mu gukoresha ubuhanga n’ikoranabuhanga mu kurokora ubuzima bw’abarwayi. Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangije ku mugaragaro ikoreshwa ry’ikoranabuhanga rya ‘Telemedicine’ ryongerewe ubushobozi n’Ubwenge Buhangano (Artificial Intelligence – AI), gahunda igamije kugabanya mu buryo bwimbitse imfu z’ababyeyi n’abana bapfa bavuka, no kuzamura ireme rya serivisi z’ubuvuzi haba mu…

Soma inkuru yose

Sobanukirwa umumaro uhambaye wa “Tangawizi” ku buzima bwa muntu

Tangawizi ni kimwe mu bimera bimaze imyaka myinshi bikoreshwa nk’ibirungo ndetse n’umuti gakondo mu bihugu byinshi ku Isi. Gusa kandi uretse kongerera amafunguro uburyohe, ubushakashatsi butandukanye bugaragaza ko ifite intungamubiri n’ibinyabutabire bifasha umubiri guhangana n’indwara zitandukanye. Nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru Umuti Health, tangawizi ikungahaye ku binyabutabire bizwi nka gingerols, bifite ubushobozi bwo kugabanya uburibwe, kurwanya uburozi…

Soma inkuru yose

Abahanga Batangaje Amasaha Nyayo Ukwiye Gusinzira Buri Joro Bitewe n’Imyaka Ufite

Gusinzira ni kimwe mu bintu by’ingenzi bigira uruhare rukomeye mu mibereho n’ubuzima bwiza bw’umuntu. Nubwo abantu benshi bafata ibitotsi nk’igihe cyo kuruhuka gusa, mu by’ukuri ni igihe umubiri n’ubwonko bikora imirimo ikomeye yo kwisana, kubika amakuru mashya no kongera imbaraga zikoreshwa umunsi ku wundi. Abahanga mu by’ubuzima bagaragaza ko kubura ibitotsi bihagije bishobora kugira ingaruka…

Soma inkuru yose

Dore ibanga utari uzi ryihishe mu kunywa “Kawa” ihagije ku buzima

Ubushakashatsi bushya bugaragaza ko kunywa ikawa mu rugero bishobora kugira uruhare mu kurinda ubuzima bw’umutima no kugabanya ibyago byo kurwara zimwe mu ndwara zidakira. Abahanga bakavuga ko kunywa ibikombe bitanu bya kawa ku munsi bishobora kugabanya ibyago byo kurwara indwara z’umutima zirimo; diyabete yo mu bwoko bwa kabiri ndetse n’indwara z’ubwonko, ariko banaburira ko kunywa…

Soma inkuru yose

Uko wakemura ibibazo byo kurangiza vuba n’ubushake buke mu mibonano mpuzabitsina

Abagabo benshi bahura n’ibibazo byo kurangiza vuba, kugabanuka k’ubushake bwo gukora imibonano mpuzabitsina cyangwa izindi mbogamizi zifitanye isano n’ubuzima bw’imyororokere. Nubwo bishobora gutera ipfunwe no kugira ingaruka ku mubano w’abashakanye, abaganga bagaragaza ko byinshi muri ibi bibazo bishobora kuvurwa cyangwa kugabanywa iyo umuntu yisuzumishije hakiri kare. Kurangiza vuba, kugabanuka k’ubushake bwo gukora imibonano mpuzabitsina ndetse…

Soma inkuru yose

U Rwanda na Afurika biracyafite urugendo mu gutanga ubuvuzi bugabanya ububabare.

U Rwanda rumaze igihe rushyira imbaraga mu kubaka urwego rw’ubuzima rufasha abaturage bose kubona serivisi zibafitiye akamaro. Binyuze muri gahunda y’ubwishingizi bw’ubuzima, imikorere y’abajyanama b’ubuzima n’ikwirakwizwa rya serivisi z’ingenzi mu gihugu hose, rwabaye urugero rwiza rw’ibishoboka ku bindi bihugu byinshi bya Afurika. Nubwo bimeze bityo, ubuvuzi bwo kugabanya ububabare (palliative care) buracyafite urugendo rurerure kugira…

Soma inkuru yose

Abantu 5,500 bapfa buri mwaka bazize itabi mu Rwanda: Dore intambwe 10 zagufasha kurireka burundu

Mu gihe Isi yizihije Umunsi Mpuzamahanga wo Kureka Itabi, inzobere mu buzima zongeye kwibutsa ko guhagarika kurikoresha ari imwe mu ntambwe zikomeye umuntu yafata mu kurengera ubuzima bwe. Nubwo kubireka bitoroshye kuri bamwe, ubushakashatsi bugaragaza ko bishoboka iyo umuntu afashe icyemezo, akagira gahunda ihamye kandi akabona ubufasha bukwiye. Buri mwaka ku wa 31 Gicurasi, Isi…

Soma inkuru yose

Ibimenyetso 8 by’indwara z’umutima ku bana ababyeyi badakwiye kwirengagiza

Indwara z’umutima zikunze gufatwa nk’izibasira abantu bakuru, nyamara n’abana na bo zishobora kubibasira, ndetse hari abazivukana. Abaganga bagaragaza ko iyo zimenyekanye hakiri kare, abana benshi bashobora kuvurwa bagakira, bityo bagakura neza nk’abandi. Ibi byagarutsweho na Dr. Rusingiza Emmanuel, inzobere mu kuvura indwara z’umutima zifata abana mu Bitaro bya Kaminuza bya Kigali (CHUK), mu kiganiro cyatambutse…

Soma inkuru yose

Hamenyekanye icyateye indwara y’impiswi zikabije yibasiye Abanyamerika.

Ikigo gishinzwe gukumira no kurwanya indwara muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (CDC) cyatangaje ko cyamaze kumenya icyateye icyorezo cy’indwara y’impiswi cyibasiye abaturage benshi muri iki gihugu. Iperereza ryakozwe ku bufatanye n’Ikigo gishinzwe umutekano w’ibiribwa n’imiti (FDA) ryagaragaje ko iyi ndwara yatewe n’agakoko kitwa Cyclospora, kabonetse muri salade zatangirwaga muri restaurant za Taco Bell. Abashinzwe…

Soma inkuru yose

Ebola nta gahenge itanga muri RDC, abanduye barenga 2.180.

Icyorezo cya Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo gikomeje gukwirakwira ku muvuduko uteye impungenge muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyane cyane mu Ntara ya Ituri ifatwa nk’izingiro ryacyo. Minisiteri y’Ubuzima muri RDC yatangaje ko kugeza kuwa 17 Nyakanga 2026, abantu 2.181 bamaze kwemezwa ko banduye Ebola, barimo 864 bamaze guhitanwa na yo, mu gihe…

Soma inkuru yose

RDC iracyahanganye n’icyorezo cya Ebola kimaze kwica abarenga 820.

Minisiteri y’Ubuzima muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko kugeza kuwa 15 Nyakanga 2026, abantu 2.124 bamaze kwemezwa ko banduye Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo, mu gihe 828 muri bo bamaze guhitanwa n’iki cyorezo. Intara ya Ituri ni yo ikomeje kugaragaramo umubare munini w’abanduye kurusha izindi ntara enye iki cyorezo cyagezemo, nubwo ubuyobozi…

Soma inkuru yose

Wigeze Wibaza Impamvu Imibu Iruma Abantu Bamwe Kurusha Abandi? Dore Ibisobanuro Bitangwa na Siyansi

Abantu benshi bajya bibaza impamvu hari abo imibu ihora iruma cyane, mu gihe abandi baba bicaye iruhande rwabo ntihagire n’umwe uyibakoraho. Hari n’abavuga ko bafite “amaraso aryoshye”, ariko ubushakashatsi bugaragaza ko si amaraso aba akurura imibu, ahubwo ari uburyo umubiri w’umuntu usohora ibimenyetso bitandukanye. Imibu y’ingore ni yo iruma abantu kuko iba ikeneye poroteyine ziboneka…

Soma inkuru yose

Kugona Bishobora Kuba Ikimenyetso cy’Indwara Ikomeye Ishobora Kuguhitana Utabizi

Abantu benshi bafata kugona nk’ikibazo gisanzwe kibangamira abo basangira uburiri kubera urusaku. Hari n’abatekereza ko ari ikimenyetso cy’uko umuntu asinziriye cyane. Icyakora, abaganga bagaragaza ko hari igihe kugona biba ari ikimenyetso cy’indwara ikomeye ishobora kugira ingaruka zikomeye ku buzima bw’umuntu, cyane cyane iyo itavuwe hakiri kare. Inzobere mu kuvura indwara zo mu buhumekero mu Bitaro…

Soma inkuru yose

Abadepite b’u Bufaransa batoye bashyigikira uburenganzira bwo guhuhura abarwayi barembye.

Inteko Ishinga Amategeko y’u Bufaransa yemeje kuwa Gatatu umushinga w’itegeko uzemerera abantu bakuru bafite indwara zidakira kandi zitavurwa gusaba ubufasha bwo kurangiza ubuzima bwabo mu buryo bwemewe n’amategeko. Iri tegeko rifatwa nk’intambwe ikomeye mu mpaka n’ibiganiro bimaze imyaka myinshi bibera mu Bufaransa ku burenganzira bw’abarwayi bafite uburwayi bukomeye bwo kwifatira icyemezo ku iherezo ry’ubuzima bwabo….

Soma inkuru yose

Imihango Myinshi Ishobora Kuba Ikimenyetso cy’Indwara Ikomeye Abagore Batinda Gutahura

Ubushakashatsi bushya bugaragaza ko hari abagore bashobora kumara imyaka igera kuri 16 batamenye ko bafite indwara zifitanye isano no kuva amaraso, bitewe n’uko ibimenyetso byazo bikunze kwitirirwa kugira imihango myinshi isanzwe. Ibi bituma bamwe batinda kubona ubuvuzi bukwiye kandi bakabaho bafite ikibazo gishobora kubashyira mu kaga iyo kitamenyekanye hakiri kare. Indwara zo kuva amaraso mu…

Soma inkuru yose

Ese Kwemerera Umwana Kureba TV Amasaha Abiri Nyuma y’Ishuri Bishobora Kuba Ari Uburere Bwiza? Sobanukirwa

Mu gihe hari inama nyinshi zigirwa ababyeyi zibasaba kugabanya igihe abana bamara imbere ya televiziyo cyangwa ibindi bikoresho by’ikoranabuhanga, abahanga mu mitekerereze y’abana bavuga ko uburere bwiza butagomba gushingira ku mategeko amwe akurikizwa kuri buri muryango. Ahubwo bugomba kuzirikana imiterere yihariye y’umwana n’ibyo akeneye. Ibi ni byo byagarutsweho mu nyandiko yasohotse ku wa 15 Nyakanga…

Soma inkuru yose

Vitiligo: Ibyo Ukwiriye Kumenya Ku Ndwara Y’Amabara Ku Ruhu N’Uko Ivurwa

Vitiligo, izwi kandi nk’indwara y’amabara ku ruhu, ni imwe mu ndwara zifata uruhu zikunze gutera ipfunwe kubera amakuru atari yo akunze kuyivugwaho. Abahanga mu buzima bavuga ko iyi ndwara idaterwa n’umwanda, uburozi cyangwa izindi myizerere ikunze kuvugwa, ahubwo ko ari ikibazo cy’uturemangingo dutanga ibara ry’uruhu. Inzobere mu kuvura indwara z’uruhu mu Bitaro bya Kaminuza bya…

Soma inkuru yose

NHIC Yakoresheje Ubwenge Buhangano na ‘e-Banguka’ mu Guhindura Urwego rw’Ubuzima

Ikigo cy’Igihugu Gikusanya Amakuru Ajyanye n’Ubuzima (NHIC) cyatsinze intambwe ikomeye mu mavugurura y’urwego rw’ubuvuzi mu Rwanda, nyuma yo gutangaza ko ubu gifite ubushobozi bwo gukusanya amakuru afite ubuziranenge n’icyizere ku gipimo cya 90,1%. Ibi byatangarijwe mu nama yahuje ibihugu byo muri Afurika ku wa 13 Nyakanga 2026, aho n’u Rwanda rwagaragaje ko ubu buryo bushya…

Soma inkuru yose

Wari Uzi ko Umugore Ashobora Kwihagarika Ahagaze? Menya Agakoresho Kabimufasha

Mu gihe ikoranabuhanga rikomeje gutanga ibisubizo ku bibazo bitandukanye abantu bahura na byo mu buzima bwa buri munsi, hari ibikoresho bishya bikomeje guhindura uburyo ibikorwa bisanzwe bikorwa. Kimwe muri byo ni Female Urination Device (FUD), agakoresho kagenewe gufasha abagore n’abakobwa kwihagarika bahagaze aho kwicara. Nubwo aka gakoresho kataramenyekana cyane mu Rwanda, mu bihugu byinshi kamaze…

Soma inkuru yose

Ikibazo cy’ibinyobwa bitujuje ubuziranenge gikomeje guhangayikisha Leta y’u Rwanda

Ikibazo cy’ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye bitujuje ubuziranenge gikomeje kuba kimwe mu bibazo bihangayikishije inzego z’ubuyobozi mu Rwanda, nyuma y’uko hagaragaye abantu benshi bagize ibibazo by’ubuzima ndetse n’abapfuye bazize kubinywa. Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Habimana Dominique, yavuze ko bitangaje kubona bamwe mu baturage bagikomeza kunywa inzoga zizwiho kuba zishobora guteza ibibazo, harimo n’izifite amazina ateye ubwoba nka “Dundubwonko”….

Soma inkuru yose

RBC: Ubwandu bwa Virusi itera Sida mu bagabo baryamana bahuje ibitsina buri kuri 5.8%

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) cyatangaje ko abagabo baryamana n’abo bahuje ibitsina bakomeje kuba mu byiciro byugarijwe cyane na Virusi itera Sida mu Rwanda, aho ubushakashatsi bwacyo bugaragaza ko ubwandu muri iki cyiciro buri ku gipimo cya 5.8%. Amakuru ya RBC agaragaza kandi ko umubare w’abagabo baryamana n’abo bahuje ibitsina wiyongereye uva ku bihumbi 18…

Soma inkuru yose

U Rwanda Rugiye Gutangiza Serivisi ya ‘Gériatrie’ Yo Kwita ku Bageze mu Zabukuru

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje gahunda nshya igamije guteza imbere ubuzima bw’abageze mu zabukuru, aho bagiye kujya bahabwa serivisi z’ubuvuzi zibagenewe by’umwihariko ndetse bakigishwa uburyo bwo kubaho ubuzima buzira umuze no gukomeza kugira imbaraga nubwo imyaka yaba yiyongereye. Ibi byatangajwe na Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, ubwo yagezaga ibisobanuro ku Nteko Ishinga Amategeko ku wa 9…

Soma inkuru yose

Mu masaha 24, Ebola yishe 74 muri RDC, abarenga 140 bayandura.

Ubwiyongere bw’abanduye Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo bwatumye umubare w’abamaze kuyandura muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ugera ku 1708, mu gihe abamaze guhitanwa na yo bageze kuri 580 kuva iki cyorezo cyatangazwa muri Gicurasi 2026. Intara ya Ituri ni yo ikomeje kwibasirwa cyane n’iki cyorezo, aho uturere twa Mongbwalu, Rwampara, Bunia, Mambasa na…

Soma inkuru yose

Ibyo Buri Mugore Akwiye Kumenya ku Miterere n’Impinduka z’Igitsina Cye

Igitsina cy’umugore ni rumwe mu ngingo z’umubiri zikunze kuvugwaho byinshi, nyamara hakaba hakiri urujijo ku miterere yacyo n’uko gihinduka mu byiciro bitandukanye by’ubuzima. Abahanga mu buvuzi bagaragaza ko ingano n’imiterere y’iki gice bitaguma uko bimeze, ahubwo bihinduka bitewe n’imikurire, imisemburo ndetse n’ibihe bitandukanye umubiri unyuramo. Nubwo abantu benshi bazi gusa igice kigaragara inyuma, igitsina cy’umugore…

Soma inkuru yose

Umwenda munini wa miliyoni 121 Frw uteye impungenge Ibitaro bya Ruhango kubera kutamenya abo byishyuza.

Komisiyo Ishinzwe Gukurikirana Imikoreshereze y’Imari n’Umutungo bya Leta (PAC) yagaragaje impungenge ku mwenda wa miliyoni 121 Frw Ibitaro by’Intara bya Ruhango biberewemo n’abarwayi, nyuma y’uko raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta igaragaje ko nta rutonde rw’abawufitiye ibitaro rwari ruhari mu gihe cy’igenzura. Raporo y’ubugenzuzi yakozwe muri Kamena 2025 yerekanye ko ibitaro byari biberewemo amafaranga agera…

Soma inkuru yose

RBC Yaburiye Abanyarwanda ko Igituntu Gishobora Kwangiza N’Imyanya Myibarukiro Iyo Kitavuwe Hakiri Kare

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) cyaburiye Abanyarwanda ko igituntu kitagomba gufatwa nk’indwara yibasira ibihaha gusa, kuko gishobora gukwira mu bindi bice by’umubiri birimo amagufa, inturugunyu, ubwonko ndetse n’imyanya myibarukiro y’abagore n’abagabo. Imibare igaragaza ko mu myaka irindwi ishize abantu 42.103 banduye igituntu mu Rwanda. RBC ivuga ko buri mwaka abarwayi 62 ku bantu 100.000 basanganwa igituntu,…

Soma inkuru yose

Kwicara Igihe Kirekire Bishobora Guteza Diyabete, Indwara z’Umutima n’Ibibazo by’Umugongo

Mu gihe ikoranabuhanga n’imiterere y’imirimo bikomeje gutuma abantu benshi bamara amasaha menshi bicaye, inzobere mu buzima ziraburira ko iyi myitwarire ishobora kugira ingaruka zikomeye ku mubiri no ku buzima bwo mu mutwe. Abantu bakora mu biro, abatwara ibinyabiziga, abakoresha mudasobwa igihe kirekire n’abandi bamara igihe kinini bicaye bavuga ko bakunze guhura n’ibibazo bitandukanye birimo uburwayi…

Soma inkuru yose

Ese ni gihe ki igitsina cy’umugabo gishobora guhagarara gukura? Sobanukirwa!

Igitsina cy’umugabo ni kimwe mu bice by’umubiri bikunze kuvugwaho cyane, cyane cyane iyo bigeze ku ngano yacyo, imikurire yacyo ndetse n’uruhare kigira mu buzima bw’imyororokere no mu mibanire y’abashakanye. Mu mico myinshi, usanga hari imyizerere ivuga ko ubunini bw’igitsina bushobora kujyana n’imbaraga z’umugabo cyangwa ubushobozi bwe mu mibonano mpuzabitsina, nubwo si ko buri gihe biba…

Soma inkuru yose

Inama 8 z’isuku ku bagabo n’abagore mbere na nyuma y’imibonano mpuzabitsina

Isuku mu buzima bw’imibonano mpuzabitsina ni imwe mu ngingo zikunze kwirengagizwa n’abantu benshi, nyamara ifite uruhare runini mu kurinda indwara no kongera umutekano n’ihumure hagati y’abakundana. Abahanga mu by’imitekerereze n’imibonano mpuzabitsina bagaragaza ko isuku itari igikorwa gisanzwe gusa, ahubwo ari n’inkingi ikomeye y’ubuzima bw’imibonano mpuzabitsina. Mu gihe hari abashobora gutinya kubiganiraho, abahanga bavuga ko nko…

Soma inkuru yose

Menya ibyiza byo kurya igihaza ku buzima bwawe

Igihaza kiri mu biribwa bimaze igihe kinini bizwiho kugira umumaro ukomeye ku buzima, nubwo hari abataragiha agaciro gahagije mu mirire ya buri munsi. Ni kimwe mu bihingwa byo mu muryango w’ibimera bya Cucurbitaceae, kandi gikunze kuribwa mu buryo butandukanye bitewe n’aho umuntu atuye n’uko akunda kugitegura. Hari abakirya nk’imboga zisanzwe zitekanye, abandi bakagikoramo potage, mu…

Soma inkuru yose

Dore uburyo bworoshye bwo kurinda impyiko no kwirinda diyabete n’umuvuduko ukabije w’amaraso

Impyiko ni imwe mu ngingo z’ingenzi zigize umubiri w’umuntu. Zifite inshingano zo kuyungurura amaraso, gukuramo imyanda n’uburozi mu mubiri binyuze mu nkari, kugenzura amazi n’imyunyu ngugu, ndetse no gufasha mu kugenzura umuvuduko w’amaraso. Iyo zangiritse, ubuzima bw’umuntu bushobora kujya mu kaga, kuko bishobora kuvamo indwara zikomeye zishobora no gusaba ko umuntu akorerwa dialyse cyangwa agaterwa…

Soma inkuru yose

Mu Bufaransa hagaragaye umurwayi wa mbere wanduye Ebola.

Minisiteri y’Ubuzima y’u Bufaransa yatangaje ko umuganga wanduye Ebola yahise ajyanwa mu kigo cyihariye cyita ku ndwara zandura zikomeye, kandi ko kugeza ubu ubuzima bwe buhagaze neza. Uyu muganga bivugwa ko yari aherutse kugaruka mu Bufaransa nyuma y’igihe yari amaze mu butumwa bw’ubutabazi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), aho icyorezo cya Ebola cyongeye…

Soma inkuru yose

Mu Rwanda: Abaganga bahuguwe mu buvuzi bwo kubaga no gusimbuza impyiko

U Rwanda rukomeje kwandika amateka mu rwego rw’ubuvuzi, nyuma yo kurenga ibikorwa 100 byo gusimbuza impyiko (Kidney Transplant) bikorewe imbere mu gihugu kuva gahunda yo gusimbuza impyiko ziturutse ku baterankunga bazima itangiye muri Gicurasi 2023. Iyi ntambwe yagezweho mu cyumweru gishize mu Bitaro byitiriwe Umwami Faisal, bikomeje kwiyubaka nk’ikigo cy’ubuvuzi gitanga serivisi zifite ubuziranenge ku…

Soma inkuru yose

Mu gihe cy’icyumweru kimwe, abarwayi basaga 100 bahawe impyiko nshya mu Rwanda.

U Rwanda rukomeje kwandika amateka mu rwego rw’ubuzima, aho ibikorwa byo gusimbuza impyiko byarengeje 100 kuva gahunda ya Living Donor Kidney Transplant Program yatangizwa muri Gicurasi 2023. Iyi ntambwe ntabwo isobanurwa gusa n’umubare w’abarwayi basimburiwe impyiko, ahubwo ni ikimenyetso cy’iterambere ry’u Rwanda mu kubaka ubushobozi bw’abaganga b’inzobere no gushimangira ubufatanye n’ibigo mpuzamahanga mu rwego rw’ubuzima….

Soma inkuru yose

Umwana w’imyaka 11 wo mu karere ka Rwamagana yasanzwe mu mugozi yapfuye, hakekwa ko yiyahuye.

Umwana w’umuhungu wari ufite imyaka 11 wo mu Mudugudu wa Bishangara, Akagari ka Sovu, Umurenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, yasanzwe amanitse mu mugozi yapfuye ku mugoroba wo kuwa 21 Kamena 2026, bikekwa ko yaba yiyahuye. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kigabiro, Rushimisha Mark, yatangaje ko uwo mwana yabonwe n’umuvandimwe we amanitse mu mugozi mu…

Soma inkuru yose

Umunsi Mpuzamahanga wa Yoga wizihizwa tariki 21 Kamena buri mwaka.

Ku itariki 21 Kamena, buri mwaka isi yose yizihije Umunsi Mpuzamahanga wa Yoga, umunsi washyizweho n’Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye mu mwaka wa 2014 hagamijwe gushishikariza abantu kumenya no gukoresha yoga nk’uburyo bwo guteza imbere ubuzima bwiza bw’umubiri n’ubwenge. Yoga ni imyitozo ikomoka mu Buhinde, ikaba ihuza imyitozo ngororamubiri, uburyo bwo guhumeka neza n’imitekerereze ituma umuntu agira…

Soma inkuru yose

Ikigo Nderabuzima cya Muyumbu cyo mukarere ka Rwamagana kigiye kwagurwa ku ngengo y’imari irenga miliyoni 700 Frw.

Umuryango Health Builders, ku bufatanye na Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) n’Akarere ka Rwamagana, watangije ku mugaragaro ibikorwa byo kwagura no kuvugurura Ikigo Nderabuzima cya Muyumbu mu mushinga uzatwara amadolari ya Amerika 485.000, asaga miliyoni 709 Frw. Uyu mushinga watangijwe kuwa 19 Kamena 2026, ugamije kongerera ubushobozi iki kigo nderabuzima mu gutanga serivisi z’ubuvuzi, by’umwihariko izijyanye no…

Soma inkuru yose

Uko amashusho y’urukozasoni agira ingaruka ku bwonko bw’umuntu, cyane cyane ku rubyiruko

Muri iki gihe cy’umwaduko udasanzwe kandi uri ku muvuduko utarigeze kubaho mu bindi binyejana by’ikoranabuhanga rikomeje koroshya uburyo abantu babona amakuru n’imyidagaduro n’ibindi byinshi bakenera binyuze kuri murandasi, ibyo bituma impuguke mu buzima bwo mu mutwe zivuga ko hakenewe ubukangurambaga bwisumbuyeho ku ngaruka zishobora guterwa no kureba amashusho y’urukozasoni, cyane cyane ku bana n’urubyiruko dore…

Soma inkuru yose