Fisto Hakizimana

Robert Francis Prevost Yatorewe Kuba Papa, ahabwa izina Leon wa XIV

Ku wa 8 Gicurasi 2025, Vatican yabaye ahantu h’amateka ubwo Abakardinali 133 bateraniye muri Chapelle ya Sistine batangazaga ko batoye Umushumba mushya wa Kiliziya Gatolika. Uwatoranyijwe ni Cardinal Robert Francis Prevost ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, wahise afata izina rya Leon wa XIV. Ibyo byatangajwe ku mugaragaro binyuze mu kimenyetso kizwi ku isi…

Soma inkuru yose

APR FC Yatsinze Marines FC 3-0, Igaruka ku Isonga rya ShampiyonaKu wa 7 Gicurasi 2025, Kigali

Mu mukino w’umunsi wa 26 wa Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere, APR FC yanyagiye Marines FC ibitego 3-0, itsinda ryayihesheje kugaruka ku mwanya wa mbere by’agateganyo Uyu mukino wabereye kuri Kigali Pele Stadium ku mugoroba wo ku wa Gatatu, tariki ya 7 Gicurasi 2025. APR FC yari ikeneye amanota atatu kugira ngo isubire ku isonga, mu…

Soma inkuru yose

Ubwongereza bwohereje intumwa yabwo mu Rwanda

Tiffany Sadler, uhagarariye Ubwami bw’u Bwongereza mu Rwanda, ategerejwe i Kigali mu cyumweru gitaha, aho azagirana ibiganiro n’abayobozi b’u Rwanda hagamijwe gushimangira no kurushaho kunoza umubano hagati y’u Rwanda na Leta Zunze Ubumwe z’u Bwongereza. Nk’uko byatangajwe n’Ambasade y’u Bwongereza mu Rwanda, Sadler azaza avuye mu ruzinduko yagiriye muri Uganda no muri Repubulika Iharanira Demokarasi…

Soma inkuru yose

Ingabo za SADC Zatangiye Gukurwa mu Burasirazuba bwa Congo, Zinyura mu Rwanda

Ingabo z’Umuryango w’Ibihugu byo mu Majyepfo ya Afurika (SADC) zatangiye kuva mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), aho zari zoherejwe kurwanya umutwe wa M23, zisubira iwabo zinyuze mu Rwanda. Ibikoresho bikomeye bya gisirikare, birimo ibifaru bikururwa n’iminyururu ndetse n’imodoka zitwara abasirikare, byatangiye gutambuka ku mupaka wa Rubavu binjira mu Rwanda, aho biri…

Soma inkuru yose

Umuhanzi Meddy ukunzwe na benshi ari mu byishimo bwo kwibaruka umwana we w’umuhungu

Meddy abinyujije ku rubuga rwa Instagram yagaragaje ko uyu mwana bamwise Zayn M Ngabo. Avuga ko nta kuzuyaza ubuntu bw’Imana buhora bumuriho iteka ryose. Uyu muhanzi yabitangaje nyuma y’ubundi butumwa yari yashyize ku rubuga rwe rwa Instagram, aho yanditse avuga ko azabwira amahanga yose ibyiza Imana yamukoreye. Ati “Nzabwira Isi ibyo wankoreye.” Muri Werurwe 2022,…

Soma inkuru yose

Niyo Bosco yaherekeje se uherutse kwitaba Imana

Mu muhango wuje agahinda n’amarangamutima menshi, umuryango, inshuti ndetse n’abavandimwe ba Niyo Bosco bitabiriye umuhango wo gusezera bwa nyuma kuri nyakwigendera, umubyeyi w’uyu muhanzi uri kuzamuka neza mu muziki nyarwanda. Ibirori byatangiriye aho umurambo wari waruhukiye mu bitaro, aho wakuwe mbere yo kujyanwa ku rugo kwa nyakwigendera kugira ngo abe ariho abavandimwe, inshuti n’abaturanyi bamusezeraho…

Soma inkuru yose

Twarahurwa Moses yatawe muri yombi n’urwego rwa RIB

Turahirwa Moses afunzwe akekwaho gukoresha ibiyobyabwenge Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi Turahirwa Moses, washinze inzu y’imideli ya Moshions, akurikiranyweho gukoresha ibiyobyabwenge. Dr. Murangira B. Thierry, Umuvugizi wa RIB, yabwiye itangazamakuru ko koko bafashe Turahirwa nyuma y’uko ibisubizo by’ibizamini byafashwe ku mubiri we byemeje ko yari yakoresheje ibiyobyabwenge. Ibyo bizamini byakorewe mu Kigo cy’Igihugu…

Soma inkuru yose

Rayon yahahwe amafaranga ngo yemere gukina umukino yari yarahiriye kutawukina

Mu Cyumweru gishize, ni bwo umukino wahuzaga Mukura VS na Rayon Sports mu Gikombe cy’Amahoro, wasubitswe kubera ibura ry’urumuri ruhagije muri Stade Mpuzamahanga ya Huye. Gikundiro yahise yandikira Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, Ferwafa, igaragaza ko ikwiye Ubutabera ikipe ya Mukura igaterwa mpaga. Mu guca uru rubanza, Ferwafa, yahisemo kuvuga ko umukino ugomba gusubirwamo uhereye…

Soma inkuru yose

Papa Francis umushumba mukuru wa kiriziya Gatholic ku isi yamaze kuva mu buzima

Umushumba wa Catholic Pop Francis wari umaze igihe arwaye yamaze gushiramo umwuka azize indwara y’umusonga wo mu bihaha Umushumba wa Kiriziya Cotholic Pop Francis yamaze gushiramo umwuka nk’uko byatangajwe na Vatican, Uyu mushumba yari amaze igihe arwaye indwara y’umusonga wo mu bihaha indwara yatangiye ku murembya mu ntangiriro z’uyu mwaka wa 2025 akaba ari nayo…

Soma inkuru yose

Perezida wa leta zunze ubumwe z’Amerika yavugurujwe n’urukiko rukuru.

Urukiko rw’Ikirenga rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika rwahagaritse by’agateganyo ishyirwa mu bikorwa ry’icyemezo cy’ubutegetsi bwa Perezida Donald Trump cyo kwirukana abimukira baturutse muri Venezuela. Urukiko rw’Ikirenga muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika rwategetse ko Leta itazakomeza kwirukana abimukira bari bafunzwe n’urwego rw’abinjira n’abasohoka, kugeza igihe hazasohokera umwanzuro mushya. Iyi ngingo yafashwe ku itariki ya 17…

Soma inkuru yose

Musanze: Arakekwaho kwica umugabo we maze akiyahura

Umutoni Fracoise w’imyaka 37 yasize amarira n’imiborogo mu banana be n’abaturanyi b’umuryango we bazindukiye ku nkuru y’inshamugongo, aho bikekwa ko yivuganye umugabo we witwa Hagenimana Innocent maze na we akiyahura. Mu ijoro ryo ku wa 17 Mata 2025, mu Mudugudu wa Gacondo, Akagari ka Rubindi, Umurenge wa Gataraga, Akarere ka Musanze, habaye igikorwa cy’ubwicanyi bwagize…

Soma inkuru yose

Kigali: Umugore yamennye isombe ishyushye ku mugabo we

Umugore w’imyaka 38 wo mu Murenge wa Kimisagara mu karere ka Nyarugenge,akurikiranyweho gukomeretsa umugabo we amumennyeho isombe ishyushye. Amakuru dukesha bagenzi bacu bo kuri Radio/TV10, avuga ko  yemera icyaha, akavuga ko atari yabigambiriye ahubwo ko yabitewe n’umujinya yatewe no gusanga umugabo we asangira n’indaya mu kabari. Uyu mugore ukurikiranywe n’Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Nyarugenge,…

Soma inkuru yose

Meya wa Nyanza yatawe muri yombi nyuma yo kweguzwa na njyanama y’Akarere.

Ntazinda wayoboraga Akarere ka Nyanza yafunzwe nyuma y’amasaha make akuwe ku mwanya we Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi Ntazinda Erasme wahoze ari Meya w’Akarere ka Nyanza, hashize amasaha make ahagaritswe ku mirimo ye. Amakuru y’itabwa muri yombi rya Ntazinda yemejwe na Dr Murangira B. Thierry, Umuvugizi wa RIB, ubwo yavuganaga n’ikinyamakuru IGIHE kuri…

Soma inkuru yose

Trump yashinje Biden wahoze ayobora iki gihugu guteza intambara muri Ukraine

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yagaragaje Joe Biden yasimbuye ku butegetsi ari we wateye intambara yo muri Ukraine. Donald Trump wahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yavuze ko intambara iri hagati ya Ukraine n’u Burusiya yatangiye muri Gashyantare 2022 idakwiye kumwitirirwa, ahubwo ari iyatewe n’ubuyobozi bwa Joe Biden….

Soma inkuru yose

Leta ya Congo igiye kujyanwa mu nkiko n’abaturage bayo

Abaturage batatu bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bajyanye Leta yabo mu rukiko rw’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, EACJ, bayishinja ibyaha by’intambara n’ibyibasiye inyokomuntu. Masoso Bideri Antoinette ukomoka muri Minembwe, David Fati Karambi ukomoka i Goma na Mandro Logoliga Paul ukomoka muri Bunia, batanze iki kirego tariki ya 11 Mata 2025, bunganiwe n’abanyamategeko bane. Bagaragaje…

Soma inkuru yose