Abafite imitungo kuri Gare ya Nyabugogo baratangira kubarurirwa imitungo

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko guhera kuri uyu wa Kane tariki ya 17 Mata 2025, hatangira igikorwa cyo kubarura imitungo n’ibikorwa by’ubucuruzi bizimurwa mu rwego rwo kuvugurura Gare ya Nyabugogo. Ni igikorwa kigiye gukorwa n’abakozi ba Sosiyete Mpuzamahanga BESSTLtd, ikorera mu Rwanda ibijyanye n’inyigo z’ubwubatsi n’ibidukikije, igenagaciro no gusesengura ibyago by’ingaruka z’ibidukikije. Iri barura riratangira…

Soma inkuru yose

U Rwanda rwasobanuye aho Ihuriro AFC/M23 rivana intwaro

“Iyo bigeze ku ntwaro, umuterankunga wabo wa mbere mu by’ukuri ni Ingabo za Congo (FARDC), kubera ko buri ntambara M23 yarwanye ikanayitsinda ingabo zarahungaga zigasiga intwaro ahongaho.” Umuvugizi wa Guverinoma Yolande Makolo, yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na Anastasiya Lavrina, umunyamakuru w’ikinyamakuru ‘AnewZ’. Yavuze ko mu myaka itatu ishize M23 yabashije gukusanya intwaro nyinshi n’ibikoresho bya…

Soma inkuru yose

Meya wa Nyanza yatawe muri yombi nyuma yo kweguzwa na njyanama y’Akarere.

Ntazinda wayoboraga Akarere ka Nyanza yafunzwe nyuma y’amasaha make akuwe ku mwanya we Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi Ntazinda Erasme wahoze ari Meya w’Akarere ka Nyanza, hashize amasaha make ahagaritswe ku mirimo ye. Amakuru y’itabwa muri yombi rya Ntazinda yemejwe na Dr Murangira B. Thierry, Umuvugizi wa RIB, ubwo yavuganaga n’ikinyamakuru IGIHE kuri…

Soma inkuru yose

DJ Ira yashyikirijwe ubwenegihugu bw’u Rwanda yahawe na Perezida

Iradukunda Grace Divine wamamaye nka DJ Ira mu kazi ko kuvanga umuziki, nyuma yo kwemererwa ubwenegihugu na Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Kabiri tariki 15 Mata 2025, yarahiriye ku mugaragaro kuba Umunyarwandakazi byemewe n’amategeko. Tariki 16 Werurwe 2025, ubwo Perezida Kagame yari yahuriye n’abaturage bo mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali muri BK Arena,…

Soma inkuru yose

Ese umukwe n’umugeni bazajya batanga umusoro? RRA irabivugaho iki?

Ku wa 14-04-2025, amakuru yacicikanye ku mbugankoranyambaga nka X, yakuruye impaka za ngo turwane. Aya makuru agaragaza ko abakora ubukwe bazajya bishyura umusoro. Ubuyobozi bwa RRA (Rwanda Revenue Authority) bubajijwe ku byiri tangazo bwagize buti: “Dushingiye ku makuru ari guhanahanwa ku mbuga nkoranyambaga, turamesha abantu Bose ko amakuru agendanye n’abatanga serivise (service) zishyurwa mu birori…

Soma inkuru yose

Ese Mukura Victory Sport Yaba yatewe Mpaga na Rayon Sports ?

Mukura Victory Sport ishobora gutegwa mpaga ku mukino ubanza wa 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro yari yakiriyemo Rayon Sports ugasubikwa kubera ikibazo cy’amatara yo muri Sitade ya Huye yatinze kwaka naho yakiye iminota mike agahita yongera akazima. Ingingo ya 38. 3 mu mategeko agenga amarushanwa ya FERWAFA, ivuga ko iyo umukino uhagaze kubera umwijima uturutse ku kibazo…

Soma inkuru yose

Umukino wahuzaga Mukura VS na Rayon Sports urasubitswe bitunguranye

Kuri uyu wa Kabiri,Umukino ubanza wa 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro 2024-2025 wasubitswe wahuzaga Mukura VS na Rayon Sports kuri Stade Mpuzamahanga ya Huye wasubitswe nyuma y’iminota 27 kubera amatara yazimye bitunguranye. Ni icyemezo cyafashwe nyuma y’iminota yari imaze gukinwa ariko nanone habayemo guhagarara iminota umunani muri yo dore ko umupira ugenda wakinwe iminota 19 yonyine. Ni…

Soma inkuru yose

Trump yashinje Biden wahoze ayobora iki gihugu guteza intambara muri Ukraine

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yagaragaje Joe Biden yasimbuye ku butegetsi ari we wateye intambara yo muri Ukraine. Donald Trump wahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yavuze ko intambara iri hagati ya Ukraine n’u Burusiya yatangiye muri Gashyantare 2022 idakwiye kumwitirirwa, ahubwo ari iyatewe n’ubuyobozi bwa Joe Biden….

Soma inkuru yose

The Ben yongeye kugaragaza ko ari umwami w’umuziki mu Rwanda.

Umuhanzi MUGISHA Benjamin uzwi nka The Ben mu muziki w’u Rwanda yegukanye ibihembo bitatu (3) muri bitanu yarahataniye. Ibi ni ibihembo bitangirwa muri Kenya, Nairobi bikaba bihatanirwa n’ibirangirire bya Africa y’uburasirazuba EAEA. Ibihembo The Ben yegukanye birimo igihembo cy’umuhanzi mwiza w’umwaka mu Rwanda, indirimbo y’umwaka ufite amashusho mu Rwanda (indirimbo iri Kiri album ye) nkaho…

Soma inkuru yose

Abanyarwanda babiri basoje amasomo y’igisirikare mu Bwongereza

Abanyarwanda babiri barimo umuhungu wa Ambasaderi w’u Rwanda mu Budage, Igor Cesar, basoje amasomo mu ishuri rikuru rya gisirikare rya Royal Military Academy riherereye i Sandhurst mu Bwongereza. Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Busingye Johnston, yagaragaje ko Yuhi Cesar na Mugisha Blaine basoje amasomo tariki ya 11 Mata 2025. Ambasaderi Busingye yagize ati “Mushimirwe cyane…

Soma inkuru yose

Leta ya Congo igiye kujyanwa mu nkiko n’abaturage bayo

Abaturage batatu bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bajyanye Leta yabo mu rukiko rw’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, EACJ, bayishinja ibyaha by’intambara n’ibyibasiye inyokomuntu. Masoso Bideri Antoinette ukomoka muri Minembwe, David Fati Karambi ukomoka i Goma na Mandro Logoliga Paul ukomoka muri Bunia, batanze iki kirego tariki ya 11 Mata 2025, bunganiwe n’abanyamategeko bane. Bagaragaje…

Soma inkuru yose

Rayon Sports yahagaritse abatoza bayo mbere yo kujya i Huye, Ese bafite ubwoba cyangwa ?

Ikipe ya Rayon Sports yitegura gusura Mukura VS mu mukino ubanza wa 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro, yahagaritse umutoza mukuru Robertinho na Mazimpaka André utoza abanyezamu. Aba bagabo uko ari babiri bahagaritswe hagendewe ku musaruro mucye iyi kipe ifite kuva mu mikino yo kwishyura ya shampiyona aho ku manota 24 amaze gukinirwa mu mikino umunani iheruka, Rayon…

Soma inkuru yose

Michelle Obama yagize icyo avuga kuri gatanya iri gututumba hagati ye na Barack Obama

Michelle Obama yanyomoje amakuru yavugaga ko ari mu nzira za gatanya hagati ye n’umugabo we Barack Obama wahoze ayobora leta zunze umumwe z’Amerika Mu minsi yashize nibwo mu binyamakuru bitandukanye byo ku isi yose hakwirakwiye amakuru ko uwahoze ari perezida wa Leta Zunze ubumwe z’Amerka Barack Hussain Obama ashobora kuba atameranye neza n’umugore we Michelle…

Soma inkuru yose

Gakenke: Inyubako ya Leta imaze imyaka 23 idakoreshwa yashibutsemo ibiti 

Abaturage bo mu Kagari ka Muhororo, Umurenge wa Cyabingo mu Karere ka Gakenke, bababazwa n’inyubako ya Leta imaze imyaka igera kuri 23 itabyazwa umusaruro ikaba yarashibutsemo ibiti.  Abo baturage bifuza ko izo nyubako zatunganywa zikabyazwa umusaruro kuko Leta yazubatse izishoyeho akayabo. Abo baturage bavuga ko iyo nyubako yubatswe kugira ngo ibe ibiro by’Uturere twahuje  mu yahoze…

Soma inkuru yose

Byinshi ku bujura bwa Ndagijimana wahunganye amadolari akanagurisha inzu y’u Rwanda i Paris

Imwe mu nkuru zakurikiwe n’abantu benshi mu mwaka wa 2023, ni iyahishuwe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame ku bujura n’ubugambanyi bwa Jean-Marie Vianney Ndagijimana wagiriwe icyizere muri Guverinoma ya mbere nyuma yo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Icyo gihe Perezida Kagame yahishuye ko yatorokanye amadolari y’Amerika arenga 200.000 mu gihe Igihugu…

Soma inkuru yose

Gabon: Brice Clotaire Oligui Nguema wahiritse Ali Bongo ku butegetsi, yatorewe kumusimbura

Gen Brice Clotaire Oligui Nguema uyoboye ubutegetsi bw’igisirikare bwari buyoboye Gabon mu nzibacyuho nyuma yo guhirika Ali Bongo ku wa 30 Kanama 2023, yatorewe kuba Perezida w’icyo gihugu. Minisiteri y’Umutekano mu gihugu yatangaje ko ibyavuye mu matora by’agateganyo, byagaragaje ko Gen Nguema yatsinze agize amajwi 90.35%. Mu Ugushyingo umwaka ushize, muri Gabon habaye referandumu yemeje…

Soma inkuru yose

Inyeshyamba za M23 na Wazalendo bari kurwanira ku kibuga cy’indege cya Kavumu

Kuri ubu mu mijyi ya Kavumu, Katana na Lwiro yo mu karere ka Kabare mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, inyeshyamba za M23 zagabweho igitero gikomeye n’abarwanyi b’umutwe wa Wazalendo bafatanyije n’ingabo za Leta ya Congo (FARDC). Amakuru aturuka muri ako gace yemeza ko ibintu bikomeje kujya mu rujijo, kuko ingabo z’ihuriro rya AFC/M23 zitari zaza…

Soma inkuru yose