Trump ntiyumva ukuntu atemerewe kwiyamamariza manda ya gatatu

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko atumva ukuntu “atemerewe” kongera kwiyamamariza manda ya gatatu, avuga ko ibyo ari ibintu bimubabaza kandi bitumvikana. Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru ubwo yari mu ndege Air Force One ajya muri Koreya y’Epfo kuri uyu wa Gatatu, Trump yagize ati: “Mpagaze neza mu bijyanye n’ikusanyabitekerezo, kandi…

Soma inkuru yose

Israel yashinje Hamas kwica umusirikare wayo, igaba ibitero byaguyemo abarenga 60

Ibitero by’indege za gisirikare za Israel byagabwe mu ijoro rishyira kuri uyu wa Gatatu muri Gaza, byahitanye abantu 63, barimo abana 34, nk’uko bitangazwa n’abayobozi b’aho. Ibyo bitero byakurikiye itegeko rya Minisitiri w’Intebe Benjamin Netanyahu, ryatanzwe ku wa 28 Ukwakira 2025, ryo kugaba igitero gikomeye nk’uburyo bwo guhorera umusirikare wa Israel waguye mu mirwano yabereye…

Soma inkuru yose

Ishyaka PPRD rya Kabila ryiyemeje guhangana na Leta yarihagarikiye ibikorwa

Ishyaka Parti du Peuple pour la Reconstruction et la Démocratie (PPRD), ryashinzwe na Joseph Kabila, wahoze ayobora Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuva mu 2001 kugeza mu 2019, ryatangaje ko ryiteguye guhangana na Leta nyuma y’uko ryahagaritswe ku mugaragaro. Urukiko Rukuru rwa Kinshasa ni rwo rwemeje ihagarikwa ry’ibikorwa bya PPRD ku wa 27 Ukwakira 2025,…

Soma inkuru yose

Paul Biya w’imyaka 92 yatorewe manda nshya, akomeza kuba Perezida ukuze ku Isi

Paul Biya, Umukuru w’Igihugu cya Cameroun w’imyaka 92, yongeye gutorerwa indi manda yo kuyobora iki gihugu, akomeza kuba Perezida ukuze kurusha abandi bose ku Isi. Akanama gashinzwe kurengera Itegeko Nshinga ka Cameroun kemeje ko Biya yatsinze amatora n’amajwi 53,66%, mu gihe Issa Tchrioma Bakary wakurikiyeho yabonye 35,19%. Aya majwi yatangajwe ku manywa yo kuri uyu…

Soma inkuru yose

Tanzania: Perezida Samia ahabwa amahirwe menshi mu matora arimo amakimbirane n’ubwumvikane buke

Mu gihe Tanzania yitegura amatora rusange y’Umukuru w’Igihugu n’ay’abagize Inteko Ishinga Amategeko ateganyijwe ku wa 29 Ukwakira 2025, amahirwe menshi ari ku Perezida Samia Suluhu Hassan, usanzwe uyobora igihugu kuva mu 2021. Perezida Samia, uhagarariye ishyaka Chama Cha Mapinduzi (CCM) riri ku butegetsi, azahangana n’abakandida 16, barimo Kunje Ngombale (AAFP), Hassan Almas (NRA), Coaster Kibonde…

Soma inkuru yose

RDC: Ingabo za Leta zagabye ibitero bikomeye mu bice bigenzurwa na AFC/M23

Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) zagabye ibitero bikomeye mu bice bitandukanye bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23, biherereye mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko kuva mu rukerera rwo kuri uyu wa mbere, ingabo za Leta zagabye ibitero byifashishije drones n’imbunda zirasa kure, mu duce twa Kibati (Walikale), Bibwe, Nyabiondo…

Soma inkuru yose

Mali: Uwahoze ari Minisitiri w’Intebe Moussa Mara Yakatiwe Azira Gushyigikira Imfungwa za Politiki

Moussa Mara, wabaye Minisitiri w’Intebe wa Mali kuva mu 2014 kugeza mu 2015, yakatiwe igifungo cy’imyaka ibiri, irimo umwaka umwe usubitse, nyuma yo guhamywa icyaha cyo gushyigikira imfungwa za politiki no gutesha agaciro Leta. Ibi byaturutse ku butumwa Mara yanyujije ku mbuga nkoranyambaga mu Nyakanga 2025, aho yavugaga ko yasuye imfungwa za politiki muri gereza,…

Soma inkuru yose

Uganda: Umwuzure Wahagaritse Ibikorwa byo Kwiyamamaza kwa Bobi Wine

Robert Kyagulanyi, uzwi cyane nka Bobi Wine, yagowe no gukomeza ibikorwa bye byo kwiyamamariza umwanya w’Umukuru w’Igihugu mu turere twa Otuke na Alebtong kuri uyu wa 28 Ukwakira 2025, kubera umwuzure ukomeye. Abanyamuryango b’ishyaka National Unity Platform (NUP), riyoborwa na Bobi Wine, bagaragaye bagerageza kunyura mu mazi yari yarengeye umuhanda, bamwe bakuramo inkweto kugira ngo…

Soma inkuru yose

Sénégal: Inteko Ishinga Amategeko Yanze Ubusabe bwo Kuburanisha Macky Sall

Inteko Ishinga Amategeko ya Sénégal yatesheje agaciro ubusabe bwo kuburanisha Macky Sall, wahoze ayobora iki gihugu kuva mu 2012 kugeza mu 2024. Ubu busabe bwari bwatanzwe ku wa 15 Mata 2025 n’umudepite Guy Marius Sagna, wo mu ishyaka Pastef riri ku butegetsi, wamushinjaga ubugambanyi bukomeye. Sagna yavugaga ko raporo y’ubugenzuzi yagaragaje ko ubwo Macky Sall…

Soma inkuru yose

Kenya: Umwana w’Imyaka 9 Yatabaye Abari Bagiye Kugwa mu Mpanuka

Umwana w’imyaka icyenda wo mu gace ka Murang’a muri Kenya, yabaye intwari nyuma yo gutabara abantu icyenda bari bagiye kugwa mu mpanuka y’imodoka yagwiriye mu mugezi. Amakuru aturuka muri Kenya avuga ko uyu mwana yari ari mu modoka imwe n’ababyeyi be n’abandi bagenzi, ubwo iyi modoka yagwaga mu mugezi wa Kiama. Mu gihe abandi bari…

Soma inkuru yose

Uburyo Akarere kaba Umusemburo w’Icyerekezo n’Iterambere Twifuza

Ubwanditsi: Nyirindekwe Pierre Claver – Umukozi mu Rwego rw’Igihugu rushinzwe Imiyoborere (RGB), Umujyanama mu Nama Njyanama y’Akarere ka Gatsibo, akaba na Perezida wa Komisiyo y’Imiyoborere Myiza Mu Rwanda, Akarere ni urwego rw’ingenzi mu kubaka igihugu gitekanye, giteye imbere kandi gifite abaturage bishimira serivisi bahawe ndetse bagira uruhare mu bibakorerwa. Iyo tuvuga iterambere ry’igihugu, tugomba guhera…

Soma inkuru yose

Abakekwaho kwiba Inzu Ndangamurage ya Louvre batawe muri yombi

Abantu bakekwaho kwiba ibikoresho by’agaciro muri Nzu Ndangamurage ya Louvre i Paris batawe muri yombi n’inzego z’Ubutabera, nyuma y’icyumweru kimwe habaye ubu bujura bwatunguranye kubera ubuhanga n’umuvuduko bwakoranywe. Umushinjacyaha Laure Beccuau yatangaje ko abagenzacyaha b’inzobere mu kurwanya ubujura bukomeye ari bo bafashe abo bakekwa, mu ijoro ryo ku wa 24 Ukwakira 2025. Nk’uko byatangajwe na…

Soma inkuru yose

Abakekwaho kwiba Inzu Ndangamurage ya Louvre batawe muri yombi

Abantu bakekwaho kwiba ibikoresho by’agaciro muri Nzu Ndangamurage ya Louvre i Paris batawe muri yombi n’inzego z’Ubutabera, nyuma y’icyumweru kimwe habaye ubu bujura bwatunguranye kubera ubuhanga n’umuvuduko bwakoranywe. Umushinjacyaha Laure Beccuau yatangaje ko abagenzacyaha b’inzobere mu kurwanya ubujura bukomeye ari bo bafashe abo bakekwa, mu ijoro ryo ku wa 24 Ukwakira 2025. Nk’uko byatangajwe na…

Soma inkuru yose

Ingabo za Israel zishinjwa kwica abantu 93 kuva agahenge katangira muri Gaza

Minisiteri y’Ubuzima ya Palestina yatangaje ko kuva ku wa 11 Ukwakira 2025, ubwo agahenge hagati ya Israel na Hamas katangira kubahirizwa, ingabo za Israel zimaze kwica abantu 93 mu ntara ya Gaza, naho abagera kuri 324 bagakomereka. Iyi Minisiteri ibitangaje ku wa 25 Ukwakira 2025, nyuma y’aho mu masaha 48 ashize habaye igitero cya Israel…

Soma inkuru yose

Kamala Harris ashobora kongera guhatanira kuyobora Amerika mu 2028

Kamala Harris, wabaye Visi Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yatangaje ko ashobora kongera guhatanira umwanya w’Umukuru w’Igihugu mu matora ateganyijwe kuba mu mwaka wa 2028. Mu kiganiro yagiranye na BBC, uyu munyapolitiki wo mu Ishyaka ry’Aba-Démocrates yavuze ko yizera ko umunsi umwe Amerika izagira Perezida w’umugore, kandi ko bishoboka ko yaba ari we….

Soma inkuru yose

Venezuela ikomeje gushya ubwoba, yiteguye intambara na Amerika isaha n’isaha

Venezuela yatangaje ko iri mu bihe bikomeye by’ubwoba, nyuma y’uko Leta Zunze Ubumwe za Amerika ikomeje ibikorwa bya gisirikare hafi y’inkengero zayo, mu rwego Perezida Donald Trump avuga ko ari urwo “kurwanya ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge”. Tarek William Saab, Intumwa Nkuru ya Leta muri Venezuela, yatangaje ku Cyumweru ko igihugu cye gihangayikishijwe bikomeye n’imigambi ya Trump yo…

Soma inkuru yose

Amerika ikomeje kohereza amato y’intambara hafi ya Venezuela

Leta Zunze Ubumwe za Amerika yongeye kohereza ubwato bw’intambara muri Trinidad and Tobago, ikirwa kiri mu birometero 11 gusa uvuye muri Venezuela, mu gihe umubano w’ibihugu byombi ukomeje kugenda uba mubi hagati y’ubutegetsi bwa Donald Trump na Nicolas Maduro. Ubu bwato, bufite ubushobozi bwo kurasa indege, amato, ndetse no ku butaka hifashishijwe ibisasu bya misile,…

Soma inkuru yose

Amerika yohereje ubwato bw’intambara muri Trinidad and Tobago, hafi ya Venezuela

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zohereje ubwato bw’intambara bwa USS Gravely ku birwa bya Trinidad and Tobago, byegereye Venezuela, bivugwa ko bugiye mu myitozo ya gisirikare isanzwe. Ubu bwato bwageze kuri ibi birwa ku wa 26 Ukwakira 2025, bukaba buzwiho kuba bunini kandi bufite intwaro ziremereye, burimo abasirikare barwanira mu mazi ndetse bushobora kwakirwaho indege…

Soma inkuru yose

Umwimukira Amerika yohereje muri Uganda akanga, Liberia yemeye kumwakira

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko zageze ku masezerano na Liberia yo kwakira Kilmar Abrego Garcia, Umunya-El Salvador ushinjwa kugira uruhare mu bucuruzi bw’abantu n’abimukira binjira muri Amerika mu buryo bunyuranyije n’amategeko, nyuma y’uko yanze koherezwa muri Uganda. Minisiteri y’Ubutabera ya Amerika yatangaje ko Abrego azoherezwa muri Liberia bitarenze tariki ya 31 Ukwakira 2025….

Soma inkuru yose