Nyamasheke

Nyamasheke: Abakobwa baravugwaho gushukisha amafaranga abagabo bubatse

Mu Karere ka Nyamasheke, mu Murenge wa Bushekeri, abakobwa baravugwaho gushukisha amafaranga abagabo bafite ingo, maze bagatoteza abagore babo. Aba bagore bavuga ko barembejwe n’inkoni bakubitwa n’abagabo babo bitewe n’abagore ndetse n’abakobwa babarusha amafaranga bashukisha abagabo babo, bagatuma babakubita bagamije ko barambirwa, bakahukana maze izo ngo zigatahamo abo bakobwa. Ibi kandi biteza amakimbirane hagati y’abakazana…

Soma inkuru yose
Umutingito muri Afghanistan

Abarenga 1,400 barapfuye, Nta mugore wari wemerewe kuvurwa n’umugabo!

Umutingito ukomeye wibasiye igihugu cya Afghanistan wasize abarenga 1,400 bitabye Imana n’aho abasaga 3,124 barakomereka nk’uko byatangajwe na leta y’Abatalibani. Ku Cyumweru, nibwo umutingito wo kugipimo cya 6 watangiriye mu ntara ya Kunar ugakomereza mu ntara ya Nangarhar na Laghman biherereye muri Afghanistan. Ni umwe mu mitingito wishe abantu benshi muri iki gihugu cya Afghanistan…

Soma inkuru yose
GUHEKENYA SHIKARETE

UBUSHAKASHATSI BWAGARAGAJE IBYIZA BYO KURYA SHIKARETE

Guhekenya shikarete ni umuco umaze kwamamara cyane, inzobere mu buzima zivuga ko uyu muco wo guhekenya shikarete ari mwiza kubera ko bigabanya impumuro mbi mu kanwa. Nubwo bimeze bityo ariko hari abantu batishimira uyu muco wo guhekenya shikarete akaba ariyo mpamvu ikigo cya Nutrients cyakoreye ubushakashatsi bwacyo ku bantu batanduakanye. Ubu bushakashatsi bwagaragazaga ibyiza ndetse…

Soma inkuru yose

Minisiteri y’Uburezi Yatangaje Amanota y’Abanyeshuri Basoje Amashuri y’Isumbuye

Kigali, ku wa 1 Nzeri 2025 – Minisiteri y’Uburezi mu Rwanda (MINEDUC) yatangaje ku mugaragaro amanota y’abanyeshuri basoje amashuri yisumbuye, harimo abo mu mashuri rusange (S6), abarangije mu mashuri y’abarezi (TTC), abiga imyuga n’ubumenyingiro (TVET), ndetse n’abarangije amashuri y’imyuga n’ubuhanga ngiro byisumbuye (TSS). Nk’uko byagarutsweho n’itangazo rya Minisiteri, ikigero cy’imitsindire kiri hejuru ugereranyije n’imyaka yabanje,…

Soma inkuru yose

Nyaruguru: Abashoramari beretswe amahirwe ari mu gushora imari mu burezi

Akarere ka Nyaruguru, gaherereye mu majyepfo y’u Rwanda, kari mu turere turi kwihuta mu iterambere bitewe n’ibikorwaremezo bigenda byiyongera, birimo imihanda, amavuriro, gare n’ibindi bifasha abaturage kwiteza imbere. Kazwi cyane kandi nk’akarere k’ubukerarugendo bushingiye ku iyobokamana, kuko Kibeho gasurwa n’abasaga miliyoni imwe buri mwaka Nubwo ibyo bikorwa remezo bigenda byiyongera, abaturage ndetse n’abafatanyabikorwa b’akarere bagaragaje…

Soma inkuru yose

Abayobozi ba Gisagara barahamagarira abashoramari gushora imari yabo muri aka karere

Abayobozi b’Akarere ka Gisagara barasaba abashoramari b’imbere mu gihugu ndetse n’abanyamahanga gufata umwanzuro wo gushora imari muri aka karere, bakabyaza umusaruro amahirwe menshi ahari mu nzego zitandukanye. Mu kiganiro n’itangazamakuru, Umuyobozi w’Akarere ka Gisagara yavuze ko aka karere gafite amahirwe menshi atarabyazwa umusaruro, arimo ubuhinzi n’ubworozi, inganda zitunganya umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi, ubukerarugendo bushingiye ku…

Soma inkuru yose
Hinton Godfather of AI

Hinton watangije AI yaburiye Isi kubera ibyango bigiye guterwa na AI

Ku myaka 77, Geoffrey Hinton ufatwa nk’umuhanuzi mu ikoranabunga, akaba aherutse no gutsindira igihembo cya Nobel yatangaje ko ubwengebukorano (AI) buzateza ibyago mu Isi ntibutagenzurwa. Uyu mugabo wahawe akazina ka se wa batisimu w’ubwengebukorano (Godfather of AI) azwi nk’umwe mubatangije deep learning ndetse na neural network, ibi bikaba aribyo byashingiweho mu ikorwa rya AI imaze…

Soma inkuru yose
Job in Rwanda/ Akazi mu rwanda

Habonetse Imyanya 6 y’akazi muri CARITAS Kigali

Cartas Kigali iramenyesha abantu ko yifuza gutanga akazi mu bigonderabuzima n’ibitaro bya Arkidiyosezi ya Kigali ku myanya ikurikira: 1. Umukozi ushinzwe kuboneza urubyaro ku buryo bwa kamere (PFN): Umwanya 1 Abashaka akazi kuri uwo mwanya bagomba kuba bujuje ibi bikurikira. 2. Umubitsi (Cassier[e]): Imyanya 3 Abashaka akazi kuri uwo myanya bagomba kuba bujuje ibi bikurikira:…

Soma inkuru yose
Job in Rwanda/ Akazi mu rwanda

Itangazo ry’akazi ko kwigisha

Ubuyobozi bukuru bw’ishuri Maduc Bright Academy, rikorera mu murenge wa Kigabiro, akarere ka Rwamagana buramenyesha abantu bose babifitiye ubushobozi ko hari imyamya yo kwigisha mu mwaka w’amashuri 2025/2026. Hakaba hakenewe: Abasaba akazi bagomba kuba barize muri TTC. Ibyangombwa bisabwa Ibyo byangombwa bizatangira kwakirwa kuva kuwa 21/08/2025 ku cyicaro cy’ishuri mu minsi y’akazi. Umunsi wa nyuma…

Soma inkuru yose
Job in Rwanda/ Akazi mu rwanda

Itangazo rireba abifuza akazi

GardaWorld Rwanda Ltd irifuza gutanga akazi ko gucunga umutekano ku bantu bose babyifuza kandi bujuje ibi bikurikira: ABAFUZA AKA KAZI BAZAZANA IBYANGOMBWA BIKURIKIRA IKITONDERWA: Abifuza aka kazi bazazana ibyangombwa aho GARDAWORLD ikorera amahugurwa Kicukiro-Nyanya haruguru y’ikigo bategeramo imodoka. Dukora buri munsi mu minsi y’akazi, guhera saa mbili (8:00 Am) kugeza saa kumi (4:00 Pm) Ku…

Soma inkuru yose
M23/AFC

M23 irashinja Leta ya DRC ko irimo kwitegura intambara yeruye

Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko leta ya Kinshasa irimo gutegura intambara yeruye “nubwo bwose yasinye ku mahame yo kurangiza intambara”. Mu itangazo, umutwe wa M23 uvuga ko wabonye “ibikorwa byo kwegeranya ingabo n’ibikoresho” mu bice bitandukanye mu ntara za Kivu y’Epfo na Kivu ya Ruguru. Leta ya Kinshasa ntacyo iravuga kuri ibi birego bya M23…

Soma inkuru yose
Inka Zoshwe n'inkuba

Nyagatare: Imvura nyinshi yarimo inkuba isize yishe inka 4 z’umuturage

Kasagarira Benoit wo mu Mudugudu wa Gasinga, Akagari ka Gasinga, Umurenge wa Rwempasha mu Karere ka Nyagatare, ari mu gahinda gakomeye nyuma y’uko inka ze enye zikubiswe n’inkuba zigapfa. Uyu muturage avuga ko yatunguwe no gusanga in nka enye zose ziryamye hasi zapfuye, akaba avuga ko ari igihombo gikomeye cyane agize mu bworozi. Ati: “Inkuba…

Soma inkuru yose
Akarere ka Nyanza

Nyanza: Umugore yatawe muri yombi akekwaho kwica umugabo we

Nyanza: Polisi y’u Rwanda ikorera mu ntara y’Amajyepfo iratangaza ko umugore w’imyaka 21 yatawe muri yombi akekwaho kwica umugabo we. Byabereye mu murenge wa Ntyazo mu karere ka Nyanza aho bikekwa ko nyakwigendera yasanze umugore we ari kumwe n’undi mugabo i saa munani z’ijoro bagatangira kurwana. UMUSEKE wamenye amakuru ko iki cyaha cy’ubwicanyi bikekwa ko…

Soma inkuru yose
Ibibwana

Muri Congo abantu bafatanywe ibibwana by’intare bigiye kubakoraho

Abantu batandatu batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa ibyana bitatu by’intare ubwo bari mu muhanda wa Kasenga mu bilometero bicye uvuye i Lubumbashi mu Ntara ya Katanga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Aba bantu batandatu bafashwe mu cyumweru gishize tariki 08 Kanama 2025, boherejwe ku biro by’Ubushinjacyaha bw’Urukiko rwisumbuye rwa Lubumbashi kugira ngo basobanure…

Soma inkuru yose

Perezida Donald Trump yagaragaje ko yanyuzwe n’umwihariko w’Umuganda mu Rwanda

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko yashimishijwe n’igikorwa cy’Umuganda rusange gikorwa mu Rwanda, aho abaturage bafata umunsi umwe mu kwezi bagasohoka bagakora ibikorwa by’isuku n’iterambere rusange Ibi yabitangaje ku wa Mbere tariki ya 11 Kanama 2025, avuga ko yanyuzwe n’iyi gahunda, ndetse agaragaza ko ari urugero rwiza igihugu cye cyakwigiraho….

Soma inkuru yose
Indangamuntu

Icyumweru cy’irangamimerere gikemura byinshi ku mwirondoro w’umuntu

Kuri uyu wa Mbere tariki ya 11 Kanama 2025, haratangira icyumweru cyahariwe irangamimerere, aho ibibazo bijyanye na serivisi zaryo, zifasha kuba ku gihe ku bijyanye n’irangamimerere. Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ishishikariza abaturarwanda kwitegura, bakagana inzego bireba kugira ngo, amakuru yabo abe yuzuye kandi ajyanye n’igihe, cyane cyane muri iki gihe ikoranabuhanga rikataje mu nzego zitandukanye z’ubuzima…

Soma inkuru yose

Putin yahaye umunyamerika igihembo cy’ishimwe

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yageneye intumwa yihariye ya Donald Trump igihembo cy’ubutwari, cyahawe umuyobozi ukomeye muri CIA ufite umwana wapfiriye arwana ku ruhande rw’u Burusiya mu ntambara ya Ukraine. Nk’uko bitangazwa na BBC, Putin yahaye Steve Witkoff, intumwa ya Trump, umudali w’ishimwe mu ruzinduko yagiriye i Moscow muri iki cyumweru. Aba bombi bagiranye ibiganiro…

Soma inkuru yose
Tyla

Tyla yahishuye ko indirimbo water yamuzaniye ibibi byari bigiye gutuma areka umuziki

Tyla uri mu bahanziakazi bagezweho ku mugabane w’Afurika, yavuze ko indirimbo ye “Water” yatumye yegukana igihembo cya Grammy ariko yanamuzaniye ibicantege byinshi. Umuhanzikazi wo muri Afurika y’Epfo, Tyla yavuze ko nubwo indirimbo “Water” yatumye yegukana igihembo cya Grammy yari igeye gutuma areka umuziki burundu. Amaze kwegukana Grammy mu kiciro cya “Best African Music Performance” mu…

Soma inkuru yose
Job in Rwanda/ Akazi mu rwanda

Amahirwe ya kazi ko muri hotel

Ubuyobozi bwa EAST GATE HOTEL ishami rya Ngoma, Kirehe. Gatsibo na Burera, buramenyensha abantu bose babyifuza kandi babifitiye ubushobozi n’ubushake ko bwifuza gutanga akazi ku myanya ikurikira: Usaba akazi agomba kuba: Uwujuje ibisaba kandi akaba akeneye akazi, agomba kuba yagejeje ibaruwa isaba akazi yandikiwe Umuyobozi mukuru waho Hotel iherereye ishami rya Ngoma, mubiro by’umukozi ushinzwe…

Soma inkuru yose