Samuel Eto’o yongeye gujya mu mazi abira

Umuyobozi w’Ishyirahamwe rya Ruhago muri Cameroon, Samuel Eto’o, ashobora guhagarikwa imyaka itanu mu mupira w’amaguru kubera gukoresha umutungo nabi wa FECAFOOT, ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ayoboye. Uyu mugabo muwo yari yafatiwe ibihano n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), ashinjwa ibyaha bijyanye no gutega ndetse na ruswa yakoze mu bihe bitandukanye. Samuel Eto’o yaje kujurira mu rukiko…

Soma inkuru yose

Rayon Sport igiye kugarura Bakame nk’umunyezamu

Ndayishimiye Eric ‘Bakame’ wabaye umunyezamu ukomeye muri Rayon Sports, yongeye kuyisubiramo nk’umutoza w’abanyezamu mu mwaka utaha w’imikino wa 2025/26. Rayon Sports FC ikomeje kwiyubaka igerageza kureba uko izitwara neza mu mwaka utaha mu marushanwa y’imbere mu gihugu ndetse na CAF Confederation Cup. Muri iyi myiteguro harimo no gusinyisha abatoza bashya, aho nyuma ya Afahmia Lotfi…

Soma inkuru yose

PSG yamamaza ubukerarugendo bw’u Rwanda yatangije irerero i Los Angeles

Ikipe ya Paris Saint-Germain (PSG) yo mu Bufaransa yamamaza ubukerarugendo bw’u Rwanda yatangije ku mugaragaro Irerero ryigisha ruhago mu Mujyi wa Los Angeles muri Leta ya California. Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB, rwatangaje ko ibirori byo gufungura ku mugaragaro iri rerero byitabiriwe na Valliere Sheja, ushinzwe itumanaho muri RDB ndetse binitabirwa n’Umunyabigwi wa PSG, Grégory Van…

Soma inkuru yose

APR FC yatandukanye n’abakinnyi batandatu

Ubuyobozi bw’ikipe y’Ingabo, bwatangaje ko iyi kipe itazakomezanya n’abakinnyi batandatu barimo Victor Mbaoma na Taddeo Lwanga. Mbere yo kwinjiza abakinnyi bashya, APR FC, yatangiye gutandukana n’abo itazakomezanya na bo. Ikipe y’Ingabo ibicishije ku rukuta rwa X, yatangaje ko yatandukanye n’abakinnyi batandatu. Aba barimo Taddeo Lwanga, Victor Mbaoma, Ndayishimiye Dieudonne, Kwitonda Alain Bacca, Nshimirimana Ismail Pitchou…

Soma inkuru yose

Muhire Kevin yabonye ikipe nshya muri Sudani y’Epfo

Muhire Kevin wari kapiteni wa Rayon Sports yerekeje mu ikipe ya Jamus SC yo mu cyiciro cya mbere muri Sudani y’Epfo. Ibi byatangajwe n’iyi kipe ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga ihamagarira abafana bayo kwakira neza Muhire Kevin nk’umukinnyi wayo mushya ku kibuga cy’indege cya Juba International Airport kuri uyu wa Gatanu. Ibi bibaye nyuma y’uko Muhire…

Soma inkuru yose