Perezida Kagame yavuze ku buryo Tshisekedi yahawe ubutegetsi mu manyanga Kenyatta na Ramaphosa bareba
Perezida Paul Kagame yashimangiye ko uburyo Félix Antoine Tshisekedi yabaye Perezida burimo ikibazo, kuko yahamagawe mu biro ahabwa ubutegetsi, kubera inyungu yari yitezweho. Ibibazo byo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Perezida Kagame yabigarutseho mu Kiganiro yagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa Gatanu. Ni ikiganiro cyagarutse ku ngingo zitandukanye zirimo ibyagezweho mu myaka 31 nyuma yo…
