Devoz Divin

Munyakazi Sadate : Nigeze gukena kugera ku rwego ngurisha intebe zo mu nzu

Umunyemari akaba n’umuherwe Munyakazi Sadate yatangaje ko hari ibihe bibi yagize mu buzima bwe kugera ku rwego yakennye bikaba ngombwa ko agurisha intebe zo mu nzu kugirango abashe kuba yabona amafaranga. Ibi Munyakazi Sadate yabigarutseho mu kiganiro kihariye aheruka kugirana n’ikinyamakuru IGIHE, Muri iiki kiganiro yagarutse kuri byinshi abantu batazi cyangwa bajya bibeshyaho ku buzima…

Soma inkuru yose

Dore ibyiza byo kurarana amasogisi

Ubushakashatsi bwagaragaje ko kurara wambaye amasogisi byongerera umuntu amahirwe yo gusinzira vuba ugereranyije n’umuntu uryamye atayambaye, ndetse bikanongera igihe umuntu amara asinziriye. Inzobere mu kuvura indwara zo mu mutwe zishingiye ku bitotsi mu bitaro bya Cleverland, yashimangiye ko kwambara amasogisi ugiye kuryama bituma umubiri ugira ubushyuhe ibitotsi bikihuta kuza. Asobanura ko mu masaha y’amanywa umubiri…

Soma inkuru yose

Umwuka mubi uracyatutumba hagati y’u Rwanda na Congo

Nubwo ibihugu byombi bigaragaza ko biri mu nzira nziza yo gukemura amakimbirane bifitanye, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Thérèse Kayikwamba Wagner, yagaragaje ko agifitiye u Rwanda akangononwa. Inkuru nziza yatashye i Kigali n’i Kinshasa tariki ya 25 Mata 2025, ubwo u Rwanda na RDC, bibifashijwemo na Leta Zunze Ubumwe za Amerika,…

Soma inkuru yose

Chris Eazy yashimiye Diez Dola

Abinyujije mu ndirimbo “Folomiana” Chris Eazy yashimiye umuhanzi Diez Dola uri mu bagezweho muri iki gihe, iyi ni indirimbo yahuriyemo aba star bafite amazina akomeye mu Rwanda aribo Chris Eazy, The Ben ukunze kwiyita Tiger na Kevin Kade. Iyi ni indirimbo yashyizwe hanze kuri uyu wa Gatatu, imaze kugira abarenga 100K bamaze kuyireba ku rubuga…

Soma inkuru yose

M23/AFC ikomeje guhiga abahungabanya umutekano i Goma

Abarwanyi b’ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bamaze iminsi bagaragara ku ngo z’abaturage mu bice bitandukanye by’umujyi wa Goma, bashakisha abahungabanya umutekano wawo ndetse n’abandi babitse intwaro. Ni ibikorwa byakangaranyije abaturage bamwe na bamwe, cyane cyane abacumbikiye abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba wa FDLR, ingabo za RDC zahunze ndetse n’imitwe ya Wazalendo. Hari…

Soma inkuru yose

Kirehe: Miliyoni 4.2$ nizo ziri guhabwa abaturage

U Rwanda ruri kubakira inzu abaturage batuye mu Karere ka Kirehe mu ntara y’Uburasirazuba, izi ni inzu zizahabwa abangiririjwe n’iyubakwa ry’urugomero rutanga amashanyarazi mu bihugu 3 aribyo U Rwanda, Tanzania n’u Burundi. Uyu ni umushinga uriguterwa inkunga na Banki y’Isi binyuze mu mushinga wa Nile Equatorial Lakes Subsidiary Action Programe binyuze na none mu mushinga…

Soma inkuru yose

The Ben agiye guhurira ku rubyiniro na Green P

Nyuma y’iminsi 137 yari ishize badahurira ku rubyiniro, umuraperi Green P yatangaje ko agiye kongera gutaramana n’umuvandimwe we The Ben mu gitaramo cy’imbaturamugabo kizabera i Kampala muri Uganda, kikaba kigamije kumenyekanisha Album nshya yise ‘Plenty Love’. Ni inkuru yagaragaje amarangamutima menshi mu bakunzi b’aba bahanzi bombi, bitewe n’uburyo ubusabane bwabo bwagiye bugaragarira benshi mu ndirimbo,…

Soma inkuru yose

Gicumbi: Ubworozi bw’amasazi bwamugize umukungu

Uyu mugabo uri mu kigero cy’imyaka 31, avuga ko mbere yari mu batishoboye bo mu Murenge wa Byumba, ariko ingurube ebyiri yahawe ku nkunga y’Umushinga PRISM zamuhinduriye ubuzima nyuma yo kuzororana n’amasazi. PRISM ni umushinga w’imyaka itanu watangijwe na Guverinoma ifatanyije n’Ikigo cy’u Bubiligi gishinzwe Iterambere (Enabel) mu 2021, ari na cyo cyawuteye inkunga ya…

Soma inkuru yose

Polisi yabaguye gitumo bafite udupfunyika 93 tw’urumogi

Habimana Djuma w’imyaka 49 na Ntirenganya Felecien ufite imyaka 51 batawe muri yombi nyuma yo gusanganywa udupfunyika 93 tw’urumogi, nk’uko byatangajwe n’umukuru wa Polisi mu mujyi wa Kigali CIP Gahonzayire, yagize ati: “Uyu yafashwe afite urumogi udupfunyika 89 naho Uwitwa Ntirenganya Félicien w’imyaka 51 yafatanywe udupfunyika 4. Ifatwa ry’aba bagabo ryaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.”…

Soma inkuru yose

Papa Leo XIV yategetse ko abanyamakuru bafunzwe bafungurwa

Papa Leo XIV yahuye n’itangazamakuru ryo muri Rome kugira ngo barebere hamwe imigendekere y’amatora yamusize atorewe kuyobora kiliziya Gatorika. Iminsi 4 irirenze nyuma y’uko habayeho utorwa rya Papa mushya, Papa Leo XIV niwe wegukanye uyu mwanya wo kuyobora Kiliziya mu myaka iri imbere. Ku wa mbere taliki 12 Gicurasi 2025, nibwo yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru rya…

Soma inkuru yose

HE Paul KAGAME yagiranye ibiganiro na mugenzi we Alassane Ouattara

Perezida Paul Kagame uri i Abidjan muri Côte d’Ivoire, aho yitabiriye inama y’Ihuriro ry’abayobozi bakuru b’Ibigo byigenga muri Afurika (Africa CEO Forum), yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Côte d’Ivoire, Alassane Ouattara. Ibiro by’Umukuru w’igihugu, Village Urugwiro, byatangaje ko abakuru b’ibihugu byombi baganiriye ku kwagura umubano usanzweho mu nzego zitandukanye hagati y’u Rwanda na Côte…

Soma inkuru yose

Icyogajuru cy’Abarusiya cyaguye mu nyanja y’Abahinde nyuma y’imyaka 50

Icyogajuru cy’Abarusiya cyari cyaraheze mu kirere  kuva mu 1972 byamaze kwemezwa ko mu mpera z’icyumeru gishize byaje kurangira kigarutse ku Isi. Icyogajuru kitwa Kosmos 482 cyoherejwe mu isanzure mu myaka irenga 50  byari byarateganyijwe ko kigomba kugera ku mubumbe wa Venus, gusa uru rugendo rwahagaritswe n’uko iki cyogajuru cyagize ikibazo muri moteri. Uko imyaka yagendaga…

Soma inkuru yose

Musanze: Umusore w’imyaka 23 afungiwe gusambanya umwana w’imyaka 5

Ndayambaje Idrisa w’imyaka 23 yatawe muri yombi akurikiranyweho gusambanya umwana w’imyaka itanu y’amavuko, kuri ubu akaba afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi mu murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze. Bivugwa ko Ndayambaje yadukiriye uyu mwana ubwo nyirakuru yari amutumye kuri santeri ngo ajye kumugurirayo ibintu byoroheje, ashoboye gutwara. Byabereye Mu Mudugudu wa Gasanze, Akagari ka…

Soma inkuru yose

Umunyamakuru yabajije impamvu u Rwanda na Congo bijya kuganirira muri America na Quatar

Kuri uyu wa 12 Gicurasi 2025 abakuru b’ihugu bya Africa bahuriye mu nama ya “CEO Forum” yabereye i Abidjan muri Côte D’Ivoire, muri iyi nama abayobozi batandukanye bikije ku ntambara ishyamiranyije M23/AFC na DRC, nibwo umunyamakuru Larry Madowo yabajije HE Paul KAGAME niba gushakira igisubizo mu biganiro bya Doha atari ukudaha agaciro inzira yo kwishakamo…

Soma inkuru yose

UBUTABERA: “ESE MUGANGA YAMWANDIKIYE UMUTI WO KUNYWA URUMUGI?” TURAHIRWA MOSES ASUBIZA IMPAMVU ANYWA IBIYOBYABWENGE.

Imbere y’ubutabera TURAHIRWA Moses yaburanye yemera icyaha cyo kunywa urumogi ashijwa. Umucamanza yamubajije impamvu anywa ibiyobyabwenge, Moses yasubije ko anywa ibiyobyabwenge kubera ko ari umuti umuvura uburwayi afite ndetse ukanamurinda agahinda gakabije afite, nubwo uyu muti atawandikiwe n’amuganga. Yongeyeho ko asaba kuburanishwa adafunze kugira ngo yitabweho n’abaganga, dore ko ngo yari yaramaze no kugura itike…

Soma inkuru yose

Imirwano ikaze yongeye kubura hagati y’inyeshyamba za M23/AFC na Wazalendo.

Kuva mu mpera z’icyumweru gishize, biravugwa ko inyeshyamba za M23 n’abarwanyi ba Wazalendo ba CMC / FDP bagiye bashyamirana mu duce twinshi, nka Lubwe Sud, Businene, Kabizo na Mutanga.   Mu gihe hari amakuru yatangajwe mu mpera z’iki cyumweru gishize ko Abawazalendo bashoboye gusubiza inyuma inyeshyamba za M23, ibintu byahindutse mu gitondo cyo kuri uyu…

Soma inkuru yose

ITANGAZO RIGENEWE ABIFUZA KWINJIRA MURI POLISI Y’U RWANDA (RNP).

Nkuko isanzwe ibigenza, Rwanda National Police (RNP) yatangaje ko guhera tariki 07/07 kugeza tariki 17/05/2025 izatangira kwandika abifuza kwinjira muri Police ku rwego rw’aba ofisiye bato (Cardet course), kwiyandikisha bizabera ku karere uwiyandikisha atuyemo. Iyi serivisi izajya itangwa kuva saa 8:00 z’amanywa kugeza saa 05:00 z’ijoro. Dore ibyangombwa ugomba kuba ufite wowe wifuza kwinjira muri…

Soma inkuru yose

Donald Trump yatangaje ko amahoro agiye kuboneka muri Congo.

Kuri uyu wa 05-Gicurasi-2025, leta y’u Rwanda na leta ya Congo zashyikirije leta ya Amerika umushinga w’amahoro uhuriweho n’ibi bihugu byombi. Ni amasezerano asinywe nyuma y’ibiganiro byabereye n’ubundi muri America. Umunjyanama wa America muri Africa Massad yemeje aya makuru anaboneraho gutangaza ko yishimiye intambwe yatewe n’ibi bihugu byombi. Aho yagize ati: “Nakiriye neza inyandiko y’umushinga…

Soma inkuru yose