Amagaju FC yongeye gukaza izamu, isinyisha Sebwato

Nicholas Sebwato yamaze kwerekeza mu Amagaju FC nyuma yo gusinya amasezerano y’umwaka umwe, asoza urugendo rw’imyaka itanu yari amaze akinira Mukura Victory Sports. Uyu munyezamu wari umwe mu bakinnyi b’inararibonye ba Mukura VS, yasinye aya masezerano mu rwego rwo kongerera imbaraga Amagaju FC mu kwitegura umwaka w’imikino wa 2026/2027. Biteganyijwe ko azazana ubunararibonye bwe mu…

Soma inkuru yose

Umusifuzi wahize abandi muri Afurika azasifura umukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika y’Iburasirazuba no Hagati (CECAFA) yatangaje ko umusifuzi mpuzamahanga wo muri Somalia, Omar Abdulkadir Artan, ari we uzayobora umukino wa nyuma w’irushanwa rya CECAFA Kagame Cup 2026 riri kubera i Kigali. Artan ni umwe mu basifuzi bafite izina rikomeye ku Mugabane wa Afurika, aho mu 2025 yahawe igihembo cy’umusifuzi mwiza wa…

Soma inkuru yose

Diamond Platnumz yongeye kuba umubyeyi ku nshuro ya gatanu

Byamaze kuba impamo! Diamond na Zuchu bibarutse, Umuhanzi w’icyamamare muri Tanzania, Diamond Platnumz, n’umugore we Zuchu, bibarutse umwana wabo wa mbere, inkuru yakiriwe n’ibyishimo n’abakunzi babo bo hirya no hino muri Afurika. Amakuru y’ivuka ry’uyu mwana yaje nyuma y’iminsi havugwa ko Zuchu atwite, nubwo bombi batigeze bagira byinshi babivugaho mu ruhame. Kuri ubu, abakunzi babo…

Soma inkuru yose

Ingabire Jolie Ange wamamaye muri Miss Rwanda 2020 yambitswe impeta n’umuvandimwe wa Kenny Sol.

Mu ijoro ryo kuwa 31 Nyakanga 2026, Ingabire Jolie Ange n’umukunzi we batangaje ko biyemeje kubana, basangiza ababakurikira amafoto agaragaza umuhango wo kwambikana impeta wabereye muri Canada. Uyu musore wamwambitse impeta ni umuvandimwe w’umuhanzi Kenny Sol, usanzwe atuye muri Canada, aho anakunda kumufasha mu bikorwa bitandukanye iyo ahagiriye urugendo. Ingabire Jolie Ange yamenyekanye cyane ubwo…

Soma inkuru yose

Tenge Tenge yavuze uko yakiriwe ageze mu Rwanda

Umunyarwenya w’icyamamare Rango Tenge Tenge ukomoka muri Uganda yavuze ko yishimiye cyane kugera mu Rwanda, aho yitabiriye ibikorwa biteganyijwe mbere y’igitaramo Tintin Summer Festival kizaba ku wa 1 Kanama 2026 i Kanombe. Akigera ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, Tenge Tenge yagaragaje ibyishimo byinshi, ashimira abo yita ababyeyi…

Soma inkuru yose

Se wa Kitoko yitabye Imana

Se w’umuhanzi Kitoko Bibarwa Patrick yitabye Imana mu ijoro ryo ku wa 26 Nyakanga 2026, nyuma y’igihe yari amaze avurirwa mu Bitaro Byitiriwe Umwami Faisal i Kigali. Mu minsi yashize, uyu mubyeyi yari arembeye muri ibi bitaro, aho Kitoko yakundaga kumuba hafi amwitaho. Kuba yari amaze igihe agarutse gutura mu Rwanda, byatumye abona umwanya uhagije…

Soma inkuru yose

Taleb wa APR FC yavuze ko batsinzwe ariko batazacika intege, ashimangira ko bagiye gukosora amakosa

Nyuma yo kunyagirwa na Gor Mahia ibitego 5-0 mu mukino wa mbere wa CECAFA Kagame Cup 2026, umutoza wa APR FC, Taleb Abderrahim, yatangaje ko iryo tsindwa rikomeye ritagomba gufatwa nk’ikimenyetso cy’uko ikipe ye ari intege nke, ahubwo ko ryaturutse ku makosa agomba gukosorwa mbere y’imikino ikurikira. APR FC iri mu rugendo rwo gushaka kwisubiza…

Soma inkuru yose

Nyambo Jesca yambitswe impeta n’umukunzi we mu muhango wabaye mu ibanga rikomeye

Umukinnyi wa sinema nyarwanda Nyambo Jesca yateye indi ntambwe mu rugendo rw’urukundo nyuma yo kwambikwa impeta n’umukunzi we usanzwe atuye muri Australie, mu muhango wabaye mu ibanga rikomeye, watunguye benshi barimo na Nyambo ubwe. Amakuru y’uko Nyambo yambitswe impeta yatangiye gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga ku wa 23 Nyakanga 2026, nyuma y’uko bamwe mu bari bitabiriye…

Soma inkuru yose

Chris Brown yongeye kurekurwa by’agateganyo, amateka y’ihohotera yakoreye Rihanna arongera kuvugwa

Umuhanzi w’Umunyamerika Chris Brown yongeye kurekurwa by’agateganyo n’urukiko nyuma yo gutanga ingwate ya miliyoni 5 z’amapawundi (£5 miliyoni), mu gihe akomeje gukurikiranwa n’amategeko. Nubwo yemerewe gukomeza urugendo rw’ibitaramo bye, urubanza rwamuhamije ihohotera yakoreye uwahoze ari umukunzi we, Rihanna, mu 2009 rwongeye kuvugwa nk’urugero rw’ibibazo by’amategeko bimaze imyaka bimukurikirana. Chris Brown yitabye urukiko ku wa Gatanu,…

Soma inkuru yose

Ramjaane Joshua yavuze ko azasangiza amahanga amateka y’u Rwanda

Umunyarwenya Ramjaane Joshua Niyoyita yavuze ko gusura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi byamusigiye umukoro ukomeye wo gukoresha ijwi n’urubuga afite mu kumenyekanisha amateka y’u Rwanda, cyane cyane muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho asigaye akorera ibikorwa byinshi. Mu ruzinduko yakoranye n’Umuhanzi Mico The Best, Umunyarwenya Clapton Kibonke ndetse n’itsinda ry’abafatanyabikorwa ba…

Soma inkuru yose

Vestine na Dorcas basohoye amashusho y’indirimbo nshya “Itabaza”

Itsinda ry’abahanzi baririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas, ryashyize hanze amashusho y’indirimbo yabo nshya yise “Itabaza”, ikubiyemo ubutumwa bwo kwizera Imana no kuyiringira mu bihe byose. Iyi ndirimbo igaruka ku kuba Imana itandukanye n’abantu, ko idahinduka kandi ko iyo itanze isezerano irisohoza nk’uko yabivuze. Mu magambo ayigize, aba baririmbyi bashishikariza abakristo…

Soma inkuru yose

Iminota 120 isize Espagne yanditse amateka mashya ku Isi

Ikipe y’Igihugu ya Espagne yegukanye Igikombe cy’Isi cya 2026 cyabereye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Canada na Mexico, nyuma yo gutsinda Argentine igitego 1-0 cyatsinzwe na Ferran Torres mu minota y’inyongera, ku mukino wa nyuma wabaye kuri iki Cyumweru. Uyu mukino waranzwe n’ihangana rikomeye, kuko iminota 90 isanzwe yarangiye amakipe yombi anganya 0-0. Gusa…

Soma inkuru yose

AG Promoter yavuze abo Diamond Platnumz ashobora kubanza guhura na bo i Kigali

Umwe mu bamamaye mu gutegura no kwamamaza ibitaramo mu Rwanda, Agiraneza Pacifique uzwi nka AG Promoter, yatangaje ko mu gihe umuhanzi wo muri Tanzania, Diamond Platnumz, yagera mu Rwanda, ashobora kuzabanza gushaka guhura n’abantu babiri barimo Kagarara (Ashton Small) na The Ben. Ibi AG Promoter yabivuze nyuma y’uko Kagarara asoje urugendo rwamuzengurukije ibihugu bitandukanye byo…

Soma inkuru yose

Shakira na Burna Boy biteguye gutaramira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Isi

Shakira na Burna Boy bakoze imyitozo ya nyuma n’itsinda ry’abana b’ababyinnyi rya Ghetto Kids ryo muri Uganda, mu rwego rwo kwitegura igitaramo kizasusurutsa abafana mu kiruhuko cy’igice cya mbere cy’umukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026. Aba bahanzi bagaragaye bakorana imyitozo n’aba bana bamamaye ku Isi kubera impano yabo mu kubyina. Ghetto Kids yigeze no…

Soma inkuru yose

FIFA Yemeje ko Ikiruhuko cy’Umukino wa Nyuma w’Igikombe cy’Isi Kitazarenza Iminota 17

FIFA yemeje ko ikiruhuko cy’igice cya mbere cy’umukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 uzahuza Argentina na Espagne kizamara iminota 17 gusa, inyomoza amakuru yari amaze iminsi acaracara ku mbuga nkoranyambaga yavugaga ko cyari kuzagera ku minota 30. Uyu mukino utegerejwe n’abakunzi ba ruhago ku Isi yose uzabera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ukaba…

Soma inkuru yose

Police yo muri Afurika y’Epfo yatangiye iperereza ku rupfu rwa Jayden Adams.

Polisi yo muri Afurika y’Epfo yatangaje ko yatangiye iperereza ku rupfu rw’umukinnyi w’umupira w’amaguru Jayden Adams, wapfuye afite imyaka 25, nyuma y’igihe gito avuye mu Gikombe cy’Isi cya 2026 yakiniye ikipe y’igihugu ya Afurika y’Epfo, Bafana Bafana. Umurambo wa Adams wabonetse mu rugo ruherereye mu gace ka Schotsche Kloof mu mujyi wa Cape Town. Polisi…

Soma inkuru yose

Diamond Platnumz na Zuchu gatanya ishobora kurangira nta mutungo bagabanye

Mu gihe hakomeje kuvugwa amakuru y’uko umubano wa Diamond Platnumz na Zuchu wageze ku musozo ndetse ushobora gukurikizwa n’ubusabe bwa gatanya, amagambo aherutse gutangazwa na Diamond Platnumz ku mutungo we yakomeje gukurura impaka ku mbuga nkoranyambaga. Mu minsi ishize, Zuchu yatangaje ko we na Diamond Platnumz batakiri mu rukundo, ibintu byatunguranye kuko bombi bari bamaze…

Soma inkuru yose

Argentina yasezereye u Bwongereza igera ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi

Ikipe y’Igihugu ya Argentina yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 nyuma yo gutsinda u Bwongereza ibitego 2-1 mu mukino wa ½ wabaye ku wa 15 Nyakanga 2026. Uyu mukino wari utegerejwe na benshi kubera amateka akomeye ari hagati y’ibi bihugu byombi mu marushanwa mpuzamahanga. U Bwongereza bwatangiye neza, bubona igitego cya mbere…

Soma inkuru yose

Argentina isezereye u Bwongereza igera ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi

Ikipe y’igihugu ya Argentina yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 nyuma yo gutsinda u Bwongereza ibitego 2-1 mu mukino wa 1/2 wabereye muri Atlanta, ikomeza urugendo rwo gushaka kwisubiza igikombe. Uyu mukino watangiye amakipe yombi atangirana imbaraga asatira, ariko igice cya mbere kirangira ari ubusa ku busa. Mu gice cya kabiri, u…

Soma inkuru yose

Minisitiri Mukazayire yavuze icyihutirwa mu kubaka Amavubi akomeye

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, yatangaje ko imwe mu ntego z’ibanze Minisiteri ayoboye yihaye ari ukubaka ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru, Amavubi, ishobora guhatana ku rwego mpuzamahanga no kongera kwitabira amarushanwa akomeye. Yabigarutseho ku wa Kabiri mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru, cyagarutse ku isesengura ry’umwaka w’imikino ushize, ibyagezweho ndetse n’ibiteganyijwe mu bihe biri imbere. Mukazayire yavuze ko…

Soma inkuru yose

DJ Sonia yahaye imbabazi Pizzo Cassien na Kazungu Kaboss

DJ Sonia, umwe mu banyamakuru ndetse n’abavangamiziki bazwi mu Rwanda, yatangaje ko yafashe icyemezo cyo kubabarira abantu bari bakurikiranywe n’inzego z’ubutabera bazira kumuhohotera no kumusebya bakoresheje imbuga nkoranyambaga. Uyu mwanzuro yawutangaje abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, aho yavuze ko yawufashe amaze gutekereza ku ngaruka amakimbirane nk’ayo ashobora kugira ku babigizemo uruhare ndetse no ku miryango…

Soma inkuru yose

Davido Yatangaje Ko Akoresha Miliyoni Zigera Kuri 400 Frw Buri Kwezi

Umuhanzi w’icyamamare ukomoka muri Nigeria, David Adeleke, uzwi nka Davido, yatangaje ko ubuzima bwo kuba umwe mu bahanzi bakomeye muri Afurika busaba amafaranga menshi, aho yavuze ko buri kwezi akoresha hagati ya 200.000 na 300.000 by’Amadolari ya Amerika, angana na hafi miliyoni 300 kugeza kuri miliyoni 400 z’Amafaranga y’u Rwanda. Aya makuru yatangajwe n’ikinyamakuru IGIHE….

Soma inkuru yose

Ikipe ya Aston Villa igiye Kwamamaza ubukerarugendo bw’u Rwanda binyuze muri “Visit Rwanda”.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Nyakanga 2026 , Ikipe ya Aston Villa yo mu Bwongereza ikina muri Premier League yatangaje ubufatanye bushya n’u Rwanda, muri gahunda ya “Visit Rwanda” igiye kuba umwe mu baterankunga bayo hagamijwe kumenyekanisha ubukerarugendo bw’u Rwanda. Muri ubu bufatanye, ikirango cya Visit Rwanda kizajya kigaragara mu gatuza k’imyambaro Aston Villa…

Soma inkuru yose

Visit Rwanda yatangiye ubufatanye bushya na Aston Villa nyuma yo gusoza amasezerano na Arsenal

Visit Rwanda yinjiye mu masezerano mashya y’ubufatanye n’ikipe ya Aston Villa yo mu Cyiciro cya Mbere mu Bwongereza (Premier League), aho ikirango cyayo kizajya kigaragara ku gituza cy’umwambaro w’iyi kipe. Aya masezerano aje nyuma y’uko ubufatanye Visit Rwanda yari imaze imyaka umunani ifitanye na Arsenal burangiye hasozwa umwaka w’imikino wa 2025-2026. Mu rwego rwo gukomeza…

Soma inkuru yose

Ariel Wayz ni we muhanzi rukumbi uhagarariye u Rwanda mu bihembo bya AFRIMMA 2026

Umuhanzikazi Ariel Wayz ni we wenyine uhagarariye u Rwanda ku rutonde rw’abahanzi bahataniye ibihembo bya African Muzik Magazine Awards (AFRIMMA) 2026, kimwe mu bihembo bikomeye bihabwa abahanzi b’abanyafurika. Ariel Wayz yatoranyijwe mu cyiciro cya Best Female Artist East Africa, aho azahangana n’abahanzi bakomeye bo mu karere barimo Zuchu na Abigail Chams bo muri Tanzania, Winnie…

Soma inkuru yose

Karan Patel yegukanye Rwanda Mountain Gorilla Rally 2026, isiganwa ryagaragayemo abagore bane

Isiganwa rya Rwanda Mountain Gorilla Rally 2026 ryasojwe kuri iki Cyumweru tariki ya 12 Nyakanga 2026, Umunya-Kenya Karan Patel aryegukana nyuma yo kwitwara neza mu byiciro byose byari bigize iri rushanwa. Patel, wari ufatanyije n’umwungiriza we Khan Tauseef mu modoka ya Skoda Fabia R5, yasoje iri siganwa akoresheje isaha imwe, iminota irindwi n’amasegonda 53, yegukana…

Soma inkuru yose

Nyuma ya “Uriyo”, Alicia na Germaine bongeye gushimangira ubukaka bwabo na “Ibanga”

Abahanzi baririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Alicia na Germaine, bakomeje kwerekana izamuka rikomeye mu muziki wa Gospel nyuma y’uko indirimbo yabo nshya “Ibanga” ikomeje kwakirwa ku rwego rwo hejuru n’abakunzi bayo. Iyi ndirimbo yashyizwe hanze ku wa 8 Nyakanga 2026, ihita ikundwa n’abatari bake kuva ku munsi wa mbere. Mu masaha 24 ya…

Soma inkuru yose

Ashton Hall na Kagarara bari mu nzira berekeza i Kigali bavuye muri Benin

Umunyamerika Ashton Hall, uzwi cyane ku mbuga nkoranyambaga mu bijyanye n’imikino n’imyidagaduro, arimo gukomeza urugendo rwe ruzenguruka ibihugu bitandukanye bya Afurika. Nyuma yo kuva mu gihugu cya Benin, amakuru aremeza ko igihugu gikurikiyeho agomba gusura ari u Rwanda. Muri uru rugendo rwo guhura n’abafana be no gukora imikino itandukanye, Ashton Hall ntarimo kugenda wenyine. Ari…

Soma inkuru yose

Vestine na Dorcas bongeye kugaragara nyuma y’amezi atandatu: “Igihe cyo gutandukana na MIE cyari kigeze”

Nyuma y’amezi atandatu batagaragara ku mbuga nkoranyambaga no mu bikorwa by’umuziki nk’uko byari bisanzwe, abahanzikazi Vestine na Dorcas bongeye kwiyereka abakunzi babo mu kiganiro bagarutse ku rugendo rwabo, ubuzima banyuzemo muri icyo gihe ndetse n’icyerekezo gishya bafite mu muziki. Muri icyo kiganiro cyamaze iminota 16, aba bahanzikazi basobanuye byinshi ku byavuzwe nyuma yo gutandukana na…

Soma inkuru yose

RURAGERETSE HAGATI YA MBAPPÉ N’UMUSENATERI WO MURI PARAGUAY NYUMA Y’AMAGAMBO Y’IVANGURA.

Amakimbirane hagati ya rutahizamu w’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, Kylian Mbappé, na senateri wa Paraguay Celeste Amarilla bwafashe indi ntera. Ni nyuma y’uko uwo munyapolitiki atangaje amagambo yafashwe nk’irondaruhu akurikiye isezererwa rya Paraguay n’u Bufaransa mu Gikombe cy’Isi cya 2026.  Nyuma y’umukino warangiye u Bufaransa butsinze Paraguay igitego 1-0, kuri uyu wa Gatandatu tariki 4 Nyakanga 2026, Amarilla yanditse…

Soma inkuru yose

FIFA iri mu majwi nyuma y’uko u Bwongereza n’u Bufaransa bikurikiye icyemezo cyafashwe na Amerika.

Icyemezo cya FIFA cyo kwemerera Folarin Balogun gukina umukino wa 1/8 wahuje Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’u Bubiligi cyakomeje guteza impaka mu ruhando rw’umupira w’amaguru, aho ibihugu bimwe byatangiye gusaba ko ibihano byahawe abakinnyi babyo na byo byasubirwamo. Balogun yari yahawe ikarita itukura mu mukino Amerika yakinnye na Bosnie & Herzégovine, bituma byari biteganyijwe…

Soma inkuru yose

Neymar Jr yasezeye umupira w’amaguru, nyuma yo gutsindwa na Norway 2-1.

Nyuma y’imyaka isaga 15 ari umwe mu bakinnyi b’ikirangirire ku isi, Neymar Jr yatangaje ko asezeye ku mupira w’amaguru nk’uwabigize umwuga, ashyira akadomo ku rugendo rwaranzwe n’ubuhanga budasanzwe, ibikombe byinshi ndetse n’ibihe byamugoye birimo imvune zakurikiranye. Neymar da Silva Santos Júnior, uzwi cyane nka Neymar Jr, yavukiye muri Brazil maze atangira kumenyekana akiri muto akinira…

Soma inkuru yose

Rwanda Premier League Yasinyanye na Skol Amasezerano ya Miliyari Arenga Imwe Azafasha Guteza Imbere Shampiyona

Urwego rutegura Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda (Rwanda Premier League) rwasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’uruganda rwa Skol Brewery Ltd, azamara imyaka itatu kandi afite agaciro karenga miliyari imwe y’amafaranga y’u Rwanda. Aya masezerano yashyizweho umukono kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 30 Kamena 2026, akaba agamije kongera ubushobozi bw’imari muri shampiyona, kuzamura ubunararibonye bw’abafana no…

Soma inkuru yose

Umuhanzikazi Bwiza yiseguye ku bafana nyuma yo gukora impanuka ikamubuza gutaramira i Bugesera

Umuhanzikazi Bwiza yasabye imbabazi abakunzi be nyuma yo kubura mu gitaramo cya Summer Country Tour cyabereye mu Karere ka Bugesera, nyuma yo gukora impanuka mu gihe yari mu rugendo ajya aho cyabereye. Mu butumwa yashyize ku rubuga rwa Instagram, Bwiza yavuze ko impanuka yagize yatumye atabasha kugera ku rubyiniro no gutaramira abafana nk’uko byari biteganyijwe….

Soma inkuru yose

Udushya kuri Sitade umunani zo muri Quatar zakiriye igikombe cy’isi cya 2022.

Mu gihe abakinnyi bakomeje kwinubira sitade zo muri Amerika zitagenewe umupira w’amaguru, abakunzi bawo bakomeje kwibuka udushya twa sitade umunani zo muri Quatar. Igikombe cy’Isi cya FIFA 2022 cyabereye muri Qatar cyasize amateka akomeye, kuko ari cyo cya mbere cyabereye mu Burasirazuba bwo Hagati ndetse kikabera mu gihugu gito cyakoresheje stade umunani gusa zakiniwemo imikino…

Soma inkuru yose

Papa Leo XIV yavuze ko siporo uretse kubaka umuntu, ihuza amahanga ikanateza imbere ubuzima

Papa Leo XIV yashimangiye ko siporo idakwiye gufatwa nk’uburyo bwo guhatanira ibikombe cyangwa intsinzi gusa, ahubwo ko ari ishuri ryigisha indangagaciro zubaka umuntu, rikamufasha kugira ubuzima bwiza haba ku mubiri, mu mitekerereze no mu mibereho ye, ndetse rikagira uruhare mu guhuza abantu n’amahanga. Ibi yabitangaje mu butumwa yagejeje ku bagize Ishyirahamwe ry’Umukino wo Koga mu…

Soma inkuru yose

Okkama yatangaje ko atazongera gukorana na Producer Element amushinja gutinza imishinga ye

Umuhanzi Okkama yatangaje ko yafashe icyemezo cyo kutazongera gukorana na Producer Element, avuga ko yagiye atinda kumuha indirimbo ku buryo byagize ingaruka ku rugendo rwe rw’umuziki. Mu kiganiro aherutse kugirana n’itangazamakuru, Okkama yavuze ko icyemezo yafashe kidafitanye isano n’amakimbirane yihariye hagati ye na Element, ahubwo ko gishingiye ku buryo imishinga ye yagiye itinda kurangira cyangwa…

Soma inkuru yose

Messi yafashije Argentine kubona itike ya 1/16 cy’Igikombe cy’Isi

Lionel Messi yafashije Ikipe y’Igihugu ya Argentine gutsinda Autriche ibitego 2-0 mu mukino w’Igikombe cy’Isi cya 2026. Messi yagize uruhare rukomeye muri uyu mukino, aho yafashije ikipe ye kubona intsinzi y’ingenzi yayihesheje gukomeza mu kindi cyiciro cy’irushanwa. Iyi ntsinzi yahesheje Argentine amanota atandatu mu Itsinda J, bituma ikomeza kuyobora iri tsinda ndetse ihita ibona itike…

Soma inkuru yose

FERWABA Yahagaritse Ntore Habimana na Axel Mpoyo Nyuma yo Kwanga Kwitaba Ikipe y’Igihugu

Ishyirahamwe ry’Umukino wa Basketball mu Rwanda (FERWABA) ryafashe icyemezo cyo guhagarika by’agateganyo abakinnyi Ntore Habimana na Axel Mpoyo nyuma yo kutitaba ubutumire bw’Ikipe y’Igihugu yiteguraga imikino y’amajonjora y’Igikombe cy’Isi cya FIBA 2027. Nk’uko FERWABA yabitangaje, aba bakinnyi bari barahamagawe ngo bifatanye na bagenzi babo mu mwiherero wo kwitegura iri rushanwa, ndetse amakipe bakinira yari yamaze…

Soma inkuru yose

Gloria Mukamabano yongeye kwinjira mu itangazamakuru, agiye gukorana na Jean Pierre Kagabo

Nyuma y’igihe kitari gito atagaragara mu bikorwa by’itangazamakuru, umunyamakuru Gloria Mukamabano yatangaje ko yiteguye kongera kugaruka muri uyu mwuga wamumenyekanishije, aho azajya akorana ibiganiro na mugenzi we Jean Pierre Kagabo. Mu kiganiro cyanyuze ku rubuga rwa KP Media24, Gloria yavuze ko kuva yimukira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kugira ngo abe hafi y’umuryango we,…

Soma inkuru yose