U Rwanda rugiye gushora imari nini mu kongera ibigega bya Peteroli

Guverinoma y’u Rwanda ku bufatanye n’abatumiza ibikomoka kuri peteroli barimo gutegura ishoramari rinini rigamije kwagura no kubaka ibigega bishya bya lisansi na mazutu, mu rwego rwo kongera ubushobozi bw’igihugu bwo kubika ibi bikomoka kuri peteroli no kugabanya ingaruka z’ihindagurika ry’ibiciro ku isoko mpuzamahanga. Ibi bikorwa biri guteganywa mu gihe ibiciro bya peteroli bikomeje kuzamuka ku…

Soma inkuru yose

U Rwanda rwemeje ishyirwaho ry’ikigo cy’ubwenge buhangano (AI).

 Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 8 Kamena 2026 iyobowe na Perezida Paul Kagameyabereye muri Village Urugwiro, yemeje ishyirwaho ry’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubwenge Buhangano (AI) kikaba ari cyo kigo cya mbere kizaba gifite inshingano zo guteza imbere no kugenzura ikoreshwa rya AI mu Rwanda.  Iki kigo kizafasha kwihutisha ubushakashatsi, guhanga udushya, gukoresha no gushora imari mu ikoranabuhanga rya…

Soma inkuru yose

U Rwanda Rwanditse Amateka Muri Afurika nyuma yo Guhabwa Icyemezo Mpuzamahanga cya Teleport

Mu gihe ibihugu byinshi ku Isi bikomeje gushora imari mu ikoranabuhanga ryisumbuyeho, u Rwanda rukomeje kwigaragaza nk’imwe mu ngero z’ibihugu bya Afurika biri gutera intambwe igaragara mu rwego rw’ikoranabuhanga ry’isanzure. Ibi byongeye kugaragarira mu cyemezo mpuzamahanga giherutse guhabwa teleport y’u Rwanda, kikaba ari ikimenyetso cyerekana ko ibikorwaremezo by’itumanaho rya satellite byujuje ibisabwa ku rwego mpuzamahanga….

Soma inkuru yose

Uretse kuba intwaro “Uranium” yifashishwa no mu buvuzi bugezweho

Iyo bavuzwe uranium, abantu benshi bahita batekereza ku ntwaro za nikleyeri n’ibisasu bikomeye byasize amateka akomeye ku Isi. Nyamara, iki kinyabutabire gifite n’uruhare runini mu iterambere ry’ubuvuzi, ubushakashatsi ndetse no gutanga amashanyarazi. Mu ntangiriro z’ikinyejana cya 20, abahanga mu bya siyansi bakomeje kuvumbura amoko atandukanye ya radiation arimo alpha, beta na gamma rays. Ibyo byatumye…

Soma inkuru yose

Anthropic iherutse kwinjira mu mikoranire n’u Rwanda irasatira agaciro ka miliyari 1.000$

Ikigo Anthropic kiri mu bizobereye mu bijyanye n’ikoranabuhanga ry’ubwenge buhangano (AI), cyatangaje ko agaciro kacyo kageze kuri miliyari 965$, ica kuri OpenAI bihanganye. Kwiyongera kw’agaciro ka Anthropic kwaturutse kuri miliyari 65$ iherutse gukusanya, hagamijwe kurushaho guteza imbere ibikorwa byacyo. Iki kigo cyamenyekanye cyane kubera porogaramu ya AI cyakoze yitwa Claude. Aya mafaranga yatanzwe n’ibigo bishora…

Soma inkuru yose

Ibimenyetso by’ingaruka mbi zo gukoresha cyane imbuga nkoranyambaga biragenda byiyongera

Muri iyi myaka ya vuba, imbuga nkoranyambaga zabaye kimwe mu bintu abantu benshi badashobora kubaho badafite. Kuva umuntu abyutse kugeza agiye kuryama, telefoni iba iri mu biganza bye, akareba ubutumwa, amashusho, amafoto cyangwa amakuru mashya kuri TikTok, Instagram, Facebook, Snapchat na X. Ku rubyiruko rwo muri iki gihe, gukoresha imbuga nkoranyambaga byabaye nk’igice cy’ubuzima bwa…

Soma inkuru yose

Ivugururwa rishya rya mudasobwa rigiye koroshya akazi no kongera umutekano w’abayikoresha.

Sosiyete zikomeye zikora porogaramu za mudasobwa zikomeje gushyira hanze amavugurura mashya agamije korohereza abakoresha mudasobwa no kongera umutekano w’amakuru yabo. Mu mavugurura aheruka gushyirwa hanze harimo ayakozwe na Microsoft kuri sisiteme ya Windows 11 ndetse n’ikorwa na Apple kuri macOS. Aya mavugurura mashya azanye uburyo bwihuse bwo gukoresha mudasobwa, kunoza imikorere ya internet, gukemura ibibazo…

Soma inkuru yose

Hasohotse amadarubindi akoranye ikoranabuhanga rihambaye

Sosiyete ya Brilliant Labs ifite icyicaro gikuru mu gihugu cya Singapore, yashyize hanze ubwoko bw’amadarubindi y’ikoranabuhanga yiswe “Halo AI Glasses“, yakozwe mu buryo bugezweho hifashishijwe ubwenge buhangano bwa “Noa AI“, bushobora kumva, kureba no gusobanukirwa ibyo buri kubona cyangwa bwumva, hanyuma bugatanga ibisubizo bijyanye n’ibiri kuba ako kanya ku muntu uyambaye. Aya madarubindi mashya yaje…

Soma inkuru yose

Ikoranabuhanga rigezweho mu gukama inka riri guhindura ubworozi bw’amata mu Rwanda

Mu gihe ubworozi bukomeje kuba imwe mu nkingi z’iterambere ry’ubuhinzi mu Rwanda, ikoreshwa ry’ikoranabuhanga mu gukama inka rikomeje kuzana impinduka zikomeye mu musaruro no mu buryo bwo kwita ku nka. Mu mashuri n’ibigo byigisha ubuhinzi n’ubworozi agezweho nka Rwanda Institute for Conservation Agriculture (RICA), hakomeje gukoreshwa uburyo bugezweho bwo gukama inka hifashishijwe imashini zifasha aborozi…

Soma inkuru yose

Kagame yavuze ko u Rwanda rwiteguye gutangira gukoresha ingufu za Nikeleyeri

Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rwarangije neza icyiciro cya mbere cy’isuzuma ry’ikorwa ry’ingufu za Nikeleyeri ryakozwe na International Atomic Energy Agency, anagaragaza ko igihugu giteganya gutangira gukoresha izi ngufu mu ntangiriro za 2030. Mu gufungura inama mpuzamahanga ya Nuclear Energy Innovation Summit iri kubera i Kigali, Perezida Kagame yavuze ko isuzuma rya IAEA…

Soma inkuru yose

YouTube Shorts na Podcasts bikomeje kwigarurira imitima y’abakoresha internet

Mu gihe uburyo abantu bakoresha internet bukomeje guhinduka umunsi ku wundi, amashusho magufi azwi nka YouTube Shorts ari mu bintu biri gukurura abantu benshi cyane ku Isi. Ubu buryo bwo kureba video bwatumye abantu benshi batangira gukoresha igihe kinini kuri YouTube kurusha mbere. Imibare mishya igaragaza ko buri kwezi abantu bareba amasaha arenga miliyari ebyiri…

Soma inkuru yose

Ikoranabuhanga rya AI Riri Guha Icyizere Abagabo Babwirwaga ko Batabyara

Ikoranabuhanga rishingiye ku bwenge buhangano (AI) rikomeje kuzana impinduka zikomeye mu buvuzi, aho ubu ryanatangiye gufasha abagabo bafite ikibazo cy’ubugumba kubona amahirwe yo kubyara. Ubwo buryo bushya bwafashije umugore witwa Penelope n’umugabo we Samuel, bari bamaze imyaka irenga ibiri bagerageza kubona umwana nta ntsinzi. Indwara yari yarababujije kubyara Nyuma y’ibizamini byinshi, Samuel yaje gusanganwa indwara…

Soma inkuru yose

OpenAI yazanye Codex muri ChatGPT ya telefoni, igiye korohereza abandika porogaramu za mudasobwa

Sosiyete y’ikoranabuhanga ya OpenAI yatangaje ko yamaze gushyira porogaramu yayo yifashishwa mu gufasha abandika code, izwi nka Codex, muri ChatGPT ikoreshwa kuri telefoni za Android na iPhone. Ni intambwe nshya igamije gutuma abakora porogaramu za mudasobwa bashobora kubona ubufasha bw’ubwenge buhangano aho bari hose, badategereje kugera kuri mudasobwa zabo. Codex ni iki? Codex ni ikoranabuhanga…

Soma inkuru yose

Abagore bagiye gufashwa kubona moto zikoresha amashanyarazi binyuze mu bufatanye bwa Spiro na ESP

Sosiyete ya Spiro ikora moto zikoresha amashanyarazi muri Afurika, yagiranye ubufatanye na Sosiyete ya Entrepreneurial Solutions Partners (ESP) bugamije gufasha abagore kubona moto zikoresha amashanyarazi kugira ngo babashe kwihangira imirimo no kwiteza imbere. Aya masezerano yashyizweho umukono ku wa 14 Gicurasi 2026 mu nama y’abayobozi bakuru b’ibigo n’abashoramari muri Afurika izwi nka Africa CEO Forum….

Soma inkuru yose

Googlebook: Ikoranabuhanga rishya rigiye koroshya ubuzima bw’abakoresha mudasobwa

Mu gihe isi y’ikoranabuhanga ikomeje gutera imbere cyane, Sosiyete ya Google iri gutegura mudasobwa nshya yiswe “Googlebook”, izaba ifite ubushobozi bwo gukoresha cyane ubwenge buhangano buzwi nka Gemini AI. Iyi mudasobwa ni icyiciro gishya cya mudasobwa zitezweho gukora ibintu byinshi mu buryo bworoshye kandi bwihuse, aho umuntu azajya akoresha amagambo cyangwa amabwiriza make gusa mudasobwa…

Soma inkuru yose

Instagram yiyemeje gufasha abantu bahanga ibyabo bwite no guhagarika abakoporora iby’abandi

Urubuga rwa Instagram rwatangaje amategeko mashya agiye gufasha abantu birushya bahanga udushya twabo, rukajya ruhagarika konti zimenyereye gufata iby’abandi zikabigira ibyazo. Icyo Instagram igiye guhindura Muri iki gihe, hari konti nyinshi zizwi nka “Aggregator accounts” (izi ni konti zidahanga ibintu bishya, ahubwo zikusanya amafoto n’amashusho by’abandi zikabishyira kuri paji zazo). Instagram yavuze ko izi konti…

Soma inkuru yose

Ikoranabuhanga n’Uburinganire: Ese Abagore Bahabwa Amahirwe Angana mu Rwanda no ku Isi?

Mu mateka y’Isi, iterambere ry’ikoranabuhanga ryagiye rikorwa no gutezwa imbere ahanini n’abagabo. Ibi byatumye uburyo ikoranabuhanga rikoreshwamo ndetse n’imikorere yaryo byubakwa hashingiwe ku bitekerezo, ibibazo n’ibyifuzo by’abagabo kurusha uko byita ku bagore. Nubwo isi imaze gutera imbere cyane mu rwego rw’ikoranabuhanga, haracyagaragara icyuho kinini hagati y’abagabo n’abagore, cyane cyane mu bijyanye no kubona amahirwe angana…

Soma inkuru yose

U Burayi bukomeje urugamba rwo kwigenga ku ikoranabuhanga rya Amerika

Mu gihe isi ikomeje kugendera cyane ku ikoranabuhanga rituruka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ibihugu byinshi byo ku Mugabane w’u Burayi birimo gushyira imbaraga mu gushaka uburyo byakwihaza mu rwego rw’ikoranabuhanga no kugabanya kwishingikiriza kuri sosiyete zikomeye zo muri Amerika zirimo Google, Microsoft na Amazon. Ibi biri guterwa ahanini n’impungenge zimaze imyaka zigaragazwa ku…

Soma inkuru yose

OpenAI Yahagaritse Sora Mu buryo Butunguranye Nyuma y’Amezi Atandatu Gusa Itangijwe

Mu minsi ishize, ikigo cya OpenAI cyatangaje icyemezo cyo guhagarika Sora, porogaramu yacyo yari izwiho gukora amashusho hifashishijwe ubwenge buhangano (AI), nyuma y’igihe gito cyane imaze ishyizwe ku isoko. Mu ntangiriro, benshi bakekaga ko guhagarikwa kwa Sora byari bifitanye isano no gukusanya amakuru bwite y’abakoresha ChatGPT, ariko amakuru mashya yaje kugaragaza ko ikibazo nyamukuru cyari…

Soma inkuru yose

U Rwanda ruri mushinga Mugari wo Guhindura Imodoka zikoresha Lisansi zikajya zikoresha Amashanyarazi na Gaz

Mu rwego rwo gushaka igisubizo kirambye kandi gishingiye ku ikoranabuhanga rigezweho mu rwego rwo guhangana n’izamuka rikabije ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli ku isoko mpuzamahanga, Guverinoma y’u Rwanda binyuze mu nzego zayo zitandukanye, yatangaje ko iri gutegura gahunda y’ingirakamaro yo guhindura imodoka zisanzwe zikoresha lisansi cyangwa mazutu (Internal Combustion Engines), zikajya zikoresha ingufu z’amashanyarazi cyangwa gaz….

Soma inkuru yose

Ese AI yaba iri guhindura Gen-Z “Abanyabwenge b’abanebwe”?

Ikinyacumi cya gatatu cy’ikinyejana cya 21 gikomeje gutungurana. Urubyiruko rw’uyu munsi ruri mu biganza by’ikoranabuhanga. Nubwo isi ibona ko AI ari yo nkingi y’iterambere, hari abatabaza bavuga ko ubu bwenge bushobora kuba buri kugabanya ku kigero cyo hejuru ubushobozi bw’umuntu bwo gutekereza, gusesengura, n’ibindi budasize kugabanya imibanire y’abantu. Mu biro by’ibitangazamakuru bitandukanye, mu nzu zitunganya…

Soma inkuru yose

Ikoranabuhanga mu Rwanda: Ingamba nshya zo kurinda abana ihohotera n’imikoreshereze mibi ya murandasi

Mu gihe u Rwanda ruri kwihuta mu rugendo rw’ikoranabuhanga, aho rw’ubakiweho inkingi za mwamba mu burezi, mu bukungu n’imibereho y’abaturage, haje imbogamizi nshya zishingiye ku mutekano w’abana bakoresha murandasi. Guverinoma y’u Rwanda binyuze mu nzego zitandukanye, yafashe icyemezo cyo gushyiraho amategeko n’amabwiriza akaze azatuma ikoranabuhanga riba umuyoboro w’iterambere, aho kuba uwo guhungabanya ubusugire bw’umwana. Gukaza…

Soma inkuru yose

Netflix izanye “Clips”: uburyo bushya bwo kureba amashusho magufi bugiye guhindura uko dusanzwe duhitamo filime

Mu myaka micye ishize, uburyo abantu barebagamo amashusho kuri internet bwarahindutse ku buryo bugaragara. Niba mbere abantu bicaraga amasaha bareba filime cyangwa ibiganiro birebire kuri televiziyo, ubu benshi bahitamo amashusho magufi ashobora kurebwa mu minota mike cyangwa amasegonda make gusa. Ni muri urwo rwego urubuga Netflix rwatangaje ko rugiye kuzana uburyo bushya muri porogaramu yarwo…

Soma inkuru yose

Impinduramatwara ya AI muri Meta: Isura nshya y’akazi n’iherezo ry’imirimo

Ikirere cy’ikoranabuhanga ku isi kiri mu mpinduka zikomeye nyuma y’aho ibigo by’ibihangange, biyobowe na Meta (nyiri Facebook, Instagram na WhatsApp), byemeje ko Ubwenge Buhangano (Artificial Intelligence – AI) ari bwo nkingi ya mwamba mu mikorere yabyo y’ejo hazaza. Izi mpinduka ziri gusiga bamwe mu bakozi b’abantu mu gihirahiro, mu gihe ibigo byo bivuga ko bije…

Soma inkuru yose
Ubwizigame

Ubwizigame bw’u Rwanda bwitezwe kugera kuri miliyari 2,2$ mu 2026: Icyo bivuze ku muturage

Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi yatangaje ko byitezwe ko mu 2026 ubwizigame bw’u Rwanda buzazamuka bukagera kuri miliyari 2,2$ bivuze ko bushobora kwifashishwa mu gutumiza ibicuruzwa hanze mu gihe cy’amezi 4,3. Ikigereranyo cya Minisiteri y’Imari ni uko mu gihe kiri imbere, ni ukuvuga nyuma ya 2026 buzazamuka bukagera kuri miliyari 2,6$. Mu 2025, ikigereranyo cyari uko buzagabanuka…

Soma inkuru yose

Mu Buyapani: Hari kwigwa uburyo bwo gukumira abadafite icyemezo mu byo bamamaza ku mbuga nkoranyambaga

Mu Buyapani hatangiye kuvugwa cyane umushinga w’amategeko mashya ugamije kugenzura no kugabanya ibikorwa by’abantu bakoresha imbuga nkoranyambaga biyita “influencers” badafite ubumenyi cyangwa ubunyamwuga mu byo bamamaza. Aya mategeko ari gutekerezwaho aje mu gihe icyo gihugu gikomeje guhura n’ibibazo by’amakuru atizewe, kwamamaza kuyobya abantu, ndetse n’ibicuruzwa byamamazwa n’abantu badafite ubumenyi buhagije. Hari impungenge ko bamwe mu…

Soma inkuru yose

Uko wakoresha telefone neza utabangamiye umubano hagati yawe na mugenzi wawe

Mu buzima bwa none, telefone ngendanwa zabaye igikoresho cy’ingenzi mu itumanaho no mu mirimo ya buri munsi. Ariko nubwo zifite akamaro kanini, hari aho zishobora kugira ingaruka mbi ku mibanire y’abantu, cyane cyane ku bashakanye cyangwa abakundana. Iyo Telefone zitakoreshejwe neza, zishobora guhinduka inkomoko y’ibibazo aho kuba igikoresho cy’iterambere. Ikibazo cya mbere kigaragara ni uko…

Soma inkuru yose

Botswana: Ubushakashatsi ku ikoranabuhanga mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro ryifashisha ubwenge buhangano burarimbanyije

Ikigo cy’ubucukuzi cyitwa Botswana Minerals cyatangiye gukoresha ikoranabuhanga rigezweho ryitwa ubwenge buhangano (AI) rifatanyije n’uburyo busanzwe bwa siyansi y’ubutare, mu rwego rwo kwihutisha no kunoza ubushakashatsi ku mabuye y’agaciro mu gace ka Ngamiland. Ibi bikorwa bigamije kugabanya igihe bisaba kumenya aho amabuye aherereye no kongera ukuri mu gufata ibyemezo byo gucukura. Ubushakashatsi buri gukorerwa mu…

Soma inkuru yose

Ni ryari Umwana Akwiye Gutangira Gukoresha Smartphone?

https://mobile.igihe.com/ubuzima/article/ni-ku-myaka-ingahe-umwana-akwiye-gutangira-gukoresha-smartphoneIkibazo cy’ikoreshwa rya smartphone mu bana bato gikomeje gutera impungenge mu Rwanda. Abana benshi bakoresha imbuga nkoranyambaga bakabona ibirimo bidahuye n’imyaka yabo. Ibyo bishobora kubangiriza ubuzima bwo mu mutwe. Inzobere zivuga ko gukoresha smartphone hakiri kare bishobora gutera imyitwarire mibi n’agahinda gakabije. Impamvu Ikoresha rya Smartphones Riyobera Ababyeyi Abana baracyari bato ntibamenya gusobanura amakuru babona…

Soma inkuru yose

Australia: Meta izafunga konti z’abana bari munsi y’imyaka 16 ku mbuga nka Facebook na Instagram

Meta yatangaje ko yatangiye kumenyesha abakoresha Instagram, Facebook na Threads bo muri Australia bari munsi y’imyaka 16 ko konti zabo zizafungwa. Iki ni igikorwa gitegurwa mbere y’uko Australia ishyira mu bikorwa itegeko ribuza abana bari munsi y’imyaka 16 gukoresha imbuga nkoranyambaga, rizatangira ku wa 10 Ukuboza 2025. Abakoresha bafite hagati y’imyaka 13 na 15 bazahabwa…

Soma inkuru yose

Meta yaciwe miliyoni 550$ kubera gukoresha amakuru y’abakoresha mu buryo bunyuranyije n’amategeko

Urukiko rwo muri Espagne rwasabiye Sosiyete ya Meta – ifite Facebook na Instagram – kwishyura ibitangazamakuru amafaranga arenga miliyoni 550$ nyuma yo guhamwa no gukoresha amakuru bwite mu kwamamaza mu buryo butubahirije amategeko. Ibitangazamakuru 80 byari byareze Meta mu 2023, bivuga ko hagati ya 2018 na 2023 iyi sosiyete yawukoresheje mu bikorwa by’iyamamazabikorwa amakuru menshi…

Soma inkuru yose

Blue Origin yohereje kuri Mars ibyogajuru bibiri bya NASA mu bushakashatsi bushya

Ikigo cya Blue Origin cya Jeff Bezos cyakoze urugendo rwihariye rwohereza rocket yacyo mu isanzure, itwaye ibyogajuru bibiri bya NASA bigiye gukora ubushakashatsi ku mubumbe wa Mars. Ibyo byogajuru byiswe Escapade, bigiye gusesengura imiterere y’ikirere cya Mars n’imyuka iyigize, ndetse no kumenya icyatumye uyu mubumbe utakaza ikirere cyiza n’ubutaka bwari bworoshye, ukagubwa n’ubukonje bukabije no…

Soma inkuru yose

Telefoni za Google Pixel zahawe ubushobozi bwo koherereza ibintu iza iPhone hakoreshejwe Airdrop

Google yatangaje ko yavuguruye porogaramu yayo yo koherezanya amakuru, Quick Share, ku buryo ubu ishobora kohereza amafayili kuri telefoni za iPhone hifashishijwe uburyo bwa Airdrop. Airdrop ni tekinoloji ikoreshwa n’ibikoresho bya Apple bikoresha IOS mu guhanahana amafayili, kandi yari isanzwe ikorera hagati y’abakoresha ibikoresho bya Apple gusa. Ariko guhera ku rwego rwa telefoni Google Pixel…

Soma inkuru yose

Google yaburiye abantu bishingikiriza kuri AI nta bushishozi

Mu gihe isi ikomeje kwihutira gukoresha ubwenge buhangano (AI) mu mirimo itandukanye, Umuyobozi Mukuru wa Google na Alphabet, Sundar Pichai, yavuze ko bitari byiza ko abantu babwizera ku kigero cyo hejuru batabanje kubusesengura. Mu kiganiro yagiranye na BBC, Pichai yasobanuye ko nubwo AI yorohereza abantu gukora ibintu vuba kandi mu buryo bunoze, bidakwiye ko iba…

Soma inkuru yose

Umuti mushya wa malaria wagaragaje ubushobozi bwo kuyirwanya ku kigero cya 97%

Ikigo cy’Abasuwisi, Novartis, ku bufatanye na Medicines for Malaria Venture (MMV), cyatangaje ko umuti mushya wa malaria witwa ganaplacide/lumefantrine (GanLum) wagaragaje ubushobozi bwo kurwanya malaria ku rugero rwa 97%. Ibi byavuye mu igerageza ryakozwe ku bantu 1,688 barimo abana n’abantu bakuru, mu cyiciro cya gatatu cy’ubushakashatsi. Igerageza ryakorewe mu bigo 34 byo mu bihugu 12…

Soma inkuru yose

Abashakashatsi bwa mbere babonye inyenyeri isanduka mu buryo bwuzuye

Ku nshuro ya mbere mu mateka, abahanga mu by’isanzure babashije gukurikirana mu buryo bw’ako kanya uburyo inyenyeri isanduka igapfa burundu, igikorwa kizwi nka supernova. Ni kimwe mu bintu bifite imbaraga zikomeye bibera mu kirere. Aba bashakashatsi bakoze ibi bifashishije telesikopi nini yo muri Chili, imwe mu zifite ubushobozi buhanitse ku Isi mu kureba ibibera kure…

Soma inkuru yose

Microsoft izashora miliyari 15$ muri UAE mu myaka ine iri imbere

Microsoft yatangaje ko izashora miliyari 15,2$ muri Leta Zunze Ubumwe za Abarabu (UAE) mu gihe cy’imyaka ine iri imbere, nk’uko byatangajwe mu nama ya Abu Dhabi Global AI Summit, yibanze ku iterambere ry’ikoranabuhanga ry’ubwenge buhangano (AI). Umurwa Mukuru wa Abu Dhabi uzaba igicumbi cy’ubushakashatsi ku ikoranabuhanga rya AI, mu rwego rwo gutangiza ibikorwa bishya by’iyi…

Soma inkuru yose

Venezuela yashyize abaturage mu bikorwa byo kunekana hagati yabo kubera ubwoba bwa Amerika

Mu gihe umwuka ukomeje kuba mubi hagati ya Venezuela na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Perezida Nicolás Maduro yashyize abaturage be mu bikorwa byo gukoresha porogaramu ya telefoni yitwa VenApp, ifashishwa mu gukusanya amakuru no kunekana hagati yabo. Iyi porogaramu yashyizweho mu 2022 nk’igikoresho cyo gufasha abaturage mu bijyanye n’imibereho – nko gutanga ibibazo by’ibura…

Soma inkuru yose

Ibitero byo kuri internet n’ahazaza h’ikoranabuhanga muri BNR: Ikiganiro na Ndengeyingoma

Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ikoranabuhanga n’Inovasiyo muri Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR), Ndengeyingoma Bertrand, yatangaje ko ibitero by’ikoranabuhanga bikomeje kuba kimwe mu byago bikomeye bishobora kwibasira urwego rw’imari, asaba Abanyarwanda kugira ubushishozi no kugira uruhare mu kurinda umutekano w’amakuru yabo. Mu kiganiro yagiranye na BNR Podcast, Ndengeyingoma yasobanuye uko ikoranabuhanga rikomeje guhindura imikorere ya banki, anagaragaza…

Soma inkuru yose

Sobanukirwa uburyo bushya bwiswe ‘Ghost Posts’ ku rubuga rwa Threads

Urubuga rwa Threads rwa Sosiyete ya Meta rugiye gushyiraho uburyo bushya bwitwa “Ghost Posts”, buzafasha abakoresha gusangiza ubutumwa bugasiba nyuma y’amasaha 24. Ubu buryo buzatangira gukoreshwa mu cyumweru gitaha, bukazagera ku barenga miliyoni 400 bakoresha Threads buri kwezi. Ushaka gukoresha ‘ghost post’ azajya akora ubutumwa nk’uko bisanzwe, hanyuma ahitemo akamenyetso k’umuzimu (ghost icon). Iyo post…

Soma inkuru yose

TrAC igiye gushora miliyari 21 Frw mu gukwirakwiza internet mu byaro by’u Rwanda

Ikigo Trans Africa Communications (TrAC) cyatangaje ko kigiye gushora miliyari 21 Frw mu bikorwa byo gukwirakwiza internet mu bice by’ibyaro mu Rwanda, hagamijwe gufasha abaturage kubona serivisi z’itumanaho zihuse kandi zihendutse. Ibi bije nyuma y’uko TrAC, cyahoze cyitwa Axiom Networks ubwo cyashingwaga mu 2012, kigurwa na ‘Connecting Communities Africa’, ikigo gifite intego yo kuziba icyuho…

Soma inkuru yose

Imwe mu mishinga yo kwitega nyuma y’uko 5G igeze mu Rwanda

Hashize amezi atanu u Rwanda rutangije ku mugaragaro internet yihuta ya 5G, yatangijwe na MTN Rwanda, aho yabanje kuboneka muri Kigali Heights na Kigali Convention Centre (KCC). Iyi internet y’icyiciro cya gatanu izwiho umuvuduko uri hejuru cyane ugereranyije n’iyisanzwe, ikaba ifasha mu bikorwa bitandukanye nko kubaga abantu hifashishijwe uburyo bwo kure, imodoka zigenzurwa n’ubwenge bw’ubukorano,…

Soma inkuru yose