AC Millan yatangaje Roben Amorim nk’umutoza wayo mushya.

Ikipe ya AC Milan yatangaje ku mugaragaro ko yagize Ruben Amorim umutoza wayo mushya, asimbura Massimiliano Allegri wirukanwe nyuma y’umusaruro mubi yagize mu mwaka w’imikino ushize 2025-2026. Amorim w’imyaka 41 y’amavuko, ukomoka muri Portugal, yahawe inshingano zo kongera kubaka AC Milan nyuma y’uko iyi kipe isoje ku mwanya wa gatanu muri Shampiyona y’u Butaliyani (Serie A), bityo ikabura itike yo gukina…

Soma inkuru yose

Ifunguro rya Saa Sita: Impamvu Ridakwiye Gusimbukwa Niba Ushaka Kugumana Imbaraga n’Ubuzima Bwiza

Mu buzima bwa buri munsi, abantu benshi bahura n’umunaniro n’ibibazo byo kutabasha kwibanda ku kazi cyangwa ku masomo mu masaha y’igicamunsi. Abahanga mu mirire bavuga ko imwe mu mpamvu zibitera ari ukudasuzugura cyangwa gusimbuka ifunguro rya saa sita, nyamara rifite uruhare rukomeye mu kongera imbaraga no kubungabunga ubuzima. Ifunguro rya saa sita rifatwa nk’ikiraro gihuza…

Soma inkuru yose

Umugabo wari ugiye gusengera ahatemewe mu mugezi wa Musogoro yabonetse yapfuye

Umugabo wo mu Karere ka Karongi witwa Hakizumwami Emmanuel w’imyaka 40 yabonetse yapfuye nyuma y’aho yari yavuye mu rugo agiye gusengera ahantu hatemewe mu mugezi wa Musogoro, mu Murenge wa Rubengera. Ibi byabereye mu Mudugudu wa Buhoro, Akagari ka Kibilizi, Umurenge wa Rubengera ku wa 14 Kamena 2026. Nyakwigendera yari atuye mu Mudugudu wa Ruvumbu,…

Soma inkuru yose

Kigali International Peace Marathon yanditse amateka mashya mu Mujyi wa Kigali.

Irushanwa Mpuzamahanga ryo Gusiganwa ku Maguru rya Kigali International Peace Marathon 2026 ryanditse amateka mashya mu Mujyi wa Kigali, haba mu mubare munini w’abaryitabiriye, imigendekere myiza yaryo, ibihembo byatanzwe, ndetse n’umusaruro ushimishije w’Abanyarwandakazi mu cyiciro cya Half Marathon, aho bagaragaje ubwitange n’ubushobozi budasanzwe. Iri rushanwa mpuzamahanga ryabaye ku wa 13 no kuwa 14 Kamena 2026…

Soma inkuru yose

Zari Hassan na Shakib Cham Batandukanye Nyuma y’Imyaka Itanu Bari Kumwe

Umunyamyidagaduro n’umushoramari uzwi cyane muri Afurika y’Iburasirazuba, Zari Hassan, ndetse n’umugabo we Shakib Cham Lutaaya, batangaje ko bamaze gutandukana nyuma y’urugendo rw’urukundo rwari rumaze imyaka itanu. Aya makuru yamenyekanye binyuze mu itangazo ryasohowe n’aba bombi, bagaragaza ko nubwo bafashe umwanzuro wo gutandukana, bazakomeza kubahana no kwifurizanya ibyiza mu buzima bwabo bw’ahazaza. Iri tandukana ryatunguranye ku…

Soma inkuru yose

RDB Yatangaje Amasaha Mashya y’Ubucuruzi mu Gihe cy’Imikino y’Igikombe cy’Isi

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Iterambere (RDB) rwatangaje amabwiriza mashya agenga amasaha y’ubucuruzi n’ubukerarugendo mu Rwanda mu gihe cy’imikino y’Igikombe cy’Isi, hagamijwe korohereza abaturage n’abakerarugendo gukurikirana iyo mikino no kwidagadura mu buryo bwubahiriza amategeko. Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa 12 Kamena 2026, RDB yavuze ko ayo mabwiriza azatangira kubahirizwa kuva ku wa 12 Kamena kugeza…

Soma inkuru yose

Kamonyi: Polisi yakanguriye abaturage gufata iya mbere mu gukumira ibyaha

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yakomeje ibikorwa by’ubukangurambaga bugamije gukumira no kurwanya ibyaha, isaba abaturage gukomeza kugira uruhare rugaragara mu kubungabunga umutekano no gutanga amakuru ku gihe. Iki gikorwa cyabereye mu Murenge wa Musambira, Akarere ka Kamonyi, kuri uyu wa 10 Kamena 2026, guhera saa munani z’amanywa, cyitabirwa n’abayobozi batandukanye barimo Umuyobozi w’Umurenge…

Soma inkuru yose

Ubwiyongere bw’ibiciro muri Amerika bwazamutse bugera kuri 4,2%.

Ibiciro by’ibicuruzwa na serivisi muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika byazamutse ku muvuduko mwinshi muri Gicurasi 2026, aho igipimo cy’izamuka ry’ibiciro (inflation) cyageze kuri 4,2%, kivuye kuri 3,8% cyariho muri Mata. Nk’uko Ibiro bishinzwe Ibarurishamibare ry’Umurimo muri Amerika (BLS) byabitangaje, iri zamuka ryatewe ahanini n’izamuka rikabije ry’ibiciro by’ingufu zirimo lisansi, gaze n’amashanyarazi. Ni inshuro ya…

Soma inkuru yose

Amerika yasabye u Bubiligi gufata ingamba ku bagenzi baturuka muri RDC kubera Ebola.

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zasabye u Bubiligi gushyiraho ingamba zikomeye zigamije kugenzura cyangwa kugabanya kwinjira kw’abagenzi baturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), mu rwego rwo gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya Ebola. Ikinyamakuru De Morgen cyatangaje ko Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Bubiligi, Bill White, yasabye Guverinoma y’u Bubiligi gushyigikira ingamba…

Soma inkuru yose

Kanyanga yishe abantu batatu barimo abakecuru mu Karere ka Rwamagana.

Abantu batatu bo mu Murenge wa Muhazi, Akarere ka Rwamagana, barimo abakecuru babiri bafitanye isano ya hafi, bitabye Imana nyuma yo kunywa kanyanga bavuga ko bari bayifashe nk’umuti wo kubavura uburwayi bwo mu nda. Abo bakecuru, umwe w’imyaka 71 undi w’imyaka 68, batuye mu Mudugudu wa Ngendo, Akagari ka Murambi. Mu mpera z’icyumweru gishize, bahuye…

Soma inkuru yose

Kubera ikirere, gahunda y’amasaha ya Kigali International Peace Marathon yarahinduwe.

Abategura Irushanwa Mpuzamahanga ryo Gusiganwa ku Maguru rya Kigali International Peace Marathon batangaje ko abazasiganwa mu cyiciro cya Full Marathon (km 42) bazahaguruka saa 06:30 za mu gitondo, mu rwego rwo kwirinda ubushyuhe n’izuba rikabije rikunze kuranga ikirere cy’i Kigali muri iki gihe cy’impeshyi. Irushanwa Mpuzamahanga rya Kigali ryitiriwe amahoro, Kigali International Peace Marathon, rigiye…

Soma inkuru yose

RDC yasubije i wabo abarenga 50% by’abimukira bo muri Amerika y’Epfo birukanywe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yatangaje kuri uyu wa 5 Kamena 2026 ko abarenga kimwe cya kabiri cy’abimukira 15 bakomoka muri Amerika y’Epfo, bari barirukanywe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bakoherezwa i Kinshasa muri Mata, bamaze gusubira mu bihugu byabo by’amavuko. Kuwa 17 Mata 2026, abagabo n’abagore 15 bakomoka muri Colombia,…

Soma inkuru yose

AVEGA Agahozo yishimiye kwakira ivuriro rigendanwa ryatanzwe na Imbuto Foundation.

Umuyobozi Mukuru wa Imbuto Foundation, Elodie Shami, yashyikirije Umuryango AVEGA Agahozo impano y’ivuriro rigendanwa (mobile clinic), mu rwego rwo gukomeza gushyigikira ibikorwa by’ubuzima no kwegera abagenerwabikorwa b’uyu muryango. Iri vuriro rigendanwa ryashyikirijwe AVEGA Agahozo binyuze mu bufatanye hagati ya Imbuto Foundation n’Ikigo cya Leta ya Turukiya gishinzwe ubutwererane n’iterambere kizwi nka TIKA (Turkish Cooperation and…

Soma inkuru yose

Umugabo yatawe muri yombi akekwaho kwica umugore we akamumanika mu mugozi.

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Iburengerazuba yatangaje ko iri gushakisha umugabo w’imyaka 25 ukekwaho kwica umugore babanaga mu buryo bunyuranyije n’amategeko, nyuma akamumanika mu mugozi ahetse umwana wari ukiri muzima. Ibi byabereye mu Mudugudu wa Kaboneye, Akagari ka Rurara, Umurenge wa Mushonyi mu Karere ka Rutsiro, saa moya za mu gitondo (07:00) zo kuri…

Soma inkuru yose

Muhanga: Polisi y’u Rwanda yasabye urubyiruko rw’abakorerabushake kugira uruhare mu gukumira ibyaha

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yakanguriye urubyiruko rw’abakorerabushake gukomeza kugira uruhare rugaragara mu gukumira ibyaha no kubungabunga umutekano, ishimangira ko ari bamwe mu bafatanyabikorwa b’ingenzi mu kubaka igihugu gitekanye. Ibi byagarutsweho kuri uyu wa 05 Kamena 2026 mu bukangurambaga bwabereye kuri Muhanga Regional Stadium mu Karere ka Muhanga, bwahuje Polisi y’u Rwanda, ubuyobozi…

Soma inkuru yose

Mazutu yazamutseho 722 Frw, RURA itangaza ibiciro bishya by’ibikomoka kuri peteroli

Urwego Ngenzuramikorere, RURA, rwatangaje ibiciro bishya by’ibikomoka kuri peteroli bizatangira gukurikizwa guhera ku wa 6 Kamena 2026 Saa Kumi n’Ebyiri za mu gitondo, aho litiro ya mazutu yiyongereyeho amafaranga 722 Frw mu gihe iya lisansi yagumye ku giciro yari isanzweho. Nk’uko byatangajwe na RURA, litiro ya lisansi izakomeza kugurishwa 2.938 Frw, mu gihe litiro ya…

Soma inkuru yose
abimukira

Libya: Abaturage Bakoze Imyigaragambyo ikomeye Basaba ko Abimukira Bose Birukanwa mu Gihugu Cyabo

TRIPOLI – Kuri uyu wa 4 Kamena 2026, abaturage babarirwa mu magana bazindukiye mu myigaragambyo ikomeye imbere y’icyicaro cy’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi (UNHCR) mu murwa mukuru Tripoli, basaba ko abimukira bose birukanwa ku butaka bwabo ndetse n’ibiro bya UNHCR bigafungwa. “Libya si Ikimoteri cy’Isi” Abigaragambya bagaragaje uburakari budasanzwe, aho bashinze amahema imbere y’ibiro…

Soma inkuru yose

U Rwanda na Pakistan bigiye gushimangira ubufatanye mu by’ingufu za nikeleyeri.

Amasezerano y’ubufatanye hagati y’u Rwanda na Pakistan mu rwego rw’ingufu za nikeleyeri yashyizweho umukono n’Urwego Ngenzuramikorere mu Rwanda (RURA), rwari ruhagarariwe n’Umuyobozi Mukuru Wungirije, Claude Nkusi, hamwe na Zia Hussain Shah, Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cya Pakistan gishinzwe kugenzura ingufu za nikeleyeri (PNRA). Uyu muhango wabereye muri Pakistan witabirwa na Ambasaderi w’u Rwanda muri icyo gihugu,…

Soma inkuru yose

Ruhango: Umugore akurikiranyweho gukata ubugabo bw’umugabo we

Umugabo witwa Bwanakweli wo mu Mudugudu wa Kanyinya, Umurenge wa Mbuye, Akarere ka Ruhango, yavuze ko yahuye n’uruva gusenya nyuma y’uko umugore we amukase ubugabo akoresheje urwembe mu ijoro bari baryamye. Ibi byabaye ku wa 2 Kanama 2026. Nyuma yo gukomereka bikomeye, Bwanakweli yahise ajyanwa kwa muganga aho ari gukurikiranirwa.Abaturage baturanye n’uyu muryango bavuga ko…

Soma inkuru yose

Umwarimu SACCO ugiye koroshya uburyo bwo kubona inguzanyo ku banyamuryango bayo.

Mu rwego rwo gukumira ibihombo no kurinda inyungu z’abanyamuryango, Umwarimu SACCO yashyizeho uburyo bushya bw’igenagaciro rikorerwa abasaba inguzanyo mbere yo kuzihabwa. Koperative Umwarimu SACCO yatangaje uburyo bushya bwo gukoresha igenagaciro ku basaba inguzanyo, bugamije kurinda abanyamuryango igihombo no kurushaho kunoza serivisi zitangwa mu rwego rw’inguzanyo. Mu itangazo yashyize ahagaragara mu mpera z’icyumweru gishize, Umwarimu SACCO…

Soma inkuru yose

Abakinnyi bavukana bazahurira mu Gikombe cy’Isi cya 2026.

Mu Gikombe cy’Isi cya 2026 kizabera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Mexico na Canada, kizatangira tariki 11, Kamena kugeza 19 Nyakanga 2026, hari abakinnyi bavukana bose bazahagararira ibihugu byabo ari na ko bahurira muri iri rushanwa rikomeye nk’abavandimwe. Uretse kuba ari intwari z’amakipe yabo, bazaba banahagarariye imiryango yabo ku rwego rw’Isi.  Muri abo harimo…

Soma inkuru yose

Goma: Hatangajwe ko umurwayi wa Ebola yakize.

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ryatangaje ko umuntu umwe wari waranduye icyorezo cya Ebola mu Mujyi wa Goma yakize neza, asezererwa mu bitaro nyuma yo guhabwa ubuvuzi. Iri huriro ryavuze ko uwo murwayi yakurikiranwe n’inzego z’ubuzima kugeza igihe yemejwe ko yakize burundu, mbere yo gusezererwa. Aya makuru aje nyuma…

Soma inkuru yose

Ubushinwa buri hafi gusimbura RDC ku mwanya w’isoko rya mbere ry’ibicuruzwa by’u Rwanda.

Ubushinwa buri hafi kwambura RDC umwanya w’isoko rya mbere ry’ibicuruzwa by’u Rwanda, mu gihe imibare mishya igaragaza impinduka zikomeye mu bucuruzi mpuzamahanga bw’iki gihugu. Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) igaragaza ko Ubushinwa buri hafi gufata umwanya wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) nk’isoko rya mbere ry’ibicuruzwa byoherezwa mu mahanga biturutse mu Rwanda. Muri Mata…

Soma inkuru yose

Rubio yavuze ko intambara ya Ukraine yabereye u Burusiya ‘ibyago bikomeye’, mu gihe inama ya Putin yatangizwaga nyuma y’ibitero byateje inkongi i St. Petersburg.

Inama Mpuzamahanga y’Ubukungu ya St. Petersburg, ifatwa nk’iy’ingenzi kurusha izindi mu Burusiya, yafunguwe kuri uyu wa Gatatu mu gihe umujyi wari ukiriho umwotsi mwinshi nyuma y’ibitero bya Ukraine byibasiye ibikorwa by’ingufu n’ibya gisirikare, ibintu byahungabanyije isura i Kremlin yashakaga kugaragaza y’ubukungu bwihagazeho nubwo igihugu gifatiwe ibihano. Ibi byabaye mu gihe Umunyamabanga wa Leta wa Amerika…

Soma inkuru yose

Ukraine yibasiye ibikorwa bya peteroli n’ibya gisirikare i St. Petersburg mu gihe hafungurwaga inama mpuzamahanga iyobowe na Putin.

Perezida Volodymyr Zelensky yemeje ko ingabo za Ukraine zagabye ibitero ahantu h’ingezi mu Burusiya mu ijoro ryakeye, harimo ububiko bwa peteroli bwa St. Petersburg, ibikorwa bya gisirikare biri ku birindiro by’amato bya Kronstadt ndetse n’uruganda rukora ibikoresho bya gisirikare mu karere ka Tambov. Ibi bitero byateje inkongi ikomeye hafi ya St. Petersburg, mu gihe uwo…

Soma inkuru yose

Abacuruzi babitse litiro miliyoni ebyiri za lisansi basabwe kuzigeza ku isoko.

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) cyahaye abacuruzi b’ibikomoka kuri peteroli igihe cy’iminsi 30 kugira ngo basohore mu bubiko lisansi na mazutu bimazemo amezi arenga atandatu, bingana na litiro 1.993.750. RRA yasabye abo bacuruzi kwishyura imisoro ikwiye kuri ibyo bicuruzwa mbere yo kubishyira ku isoko, kugira ngo bitangire kugurishwa nk’ibisanzwe. Iki cyemezo kigamije gutuma ibikomoka kuri peteroli…

Soma inkuru yose

Ibitero bya misile na drones by’u Burusiya byahitanye 18, bikomeretsa abarenga 100 muri Ukraine.

Mu masaha yo mu rukerera rwo kuri uyu wa Kabiri, u Burusiya bwagabye ibitero bikomeye bya misile na drones mu bice bitandukanye bya Ukraine, bihitana nibura abantu 18 mu gihe abarenga 100 bakomerekeye muri ibyo bitero. Mu murwa mukuru Kyiv, abayobozi batangaje ko abantu batandatu bishwe naho 79 barakomereka, barimo abana batatu. Mu mujyi wa…

Soma inkuru yose

Dore ibihano bitegereje abahenda abavomyi bitwaje ibura ry’amazi.

WASAC Group yasobanuye ko ibura ry’umuriro ryiyongereye ku kibazo gisanzwe cyo kugabanuka kw’ingano y’amazi mu bihe by’izuba, bituma serivisi yo kugeza amazi ku bafatabuguzi ihungabana. Umuvugizi wa WASAC, Bimenyimana, yavuze ko kugeza ubu ikibazo gikomeye cy’ibura ry’amazi kizwi kiri mu Murenge wa Kigarama mu Karere ka Kicukiro no mu Murenge wa Mageragere mu Karere ka…

Soma inkuru yose

AFC/M23 yavuze ko yiteguye gusubiza yivuye inyuma ibikorwa bya gisirikare bishya bya FARDC.

AFC/M23 yatangaje ko izatanga igisubizo gikomeye kandi gihwanye n’uburemere bw’ibitero byose bishya byagabwa ku bice igenzura mu Burasirazuba bwa RDC. Mu itangazo AFC/M23 yasohoye mu ijoro ryo ku wa 1 Kamena 2026, uyu mutwe watangaje ko mu kwezi kwa Gicurasi 2026 Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’abo zifatanyije ibikorwa bya gisirikare byakajijwe,…

Soma inkuru yose

Kabuga Félicien agiye gushyingurwa mu Bubiligi nyuma y’imyaka myinshi ari mu maboko y’ubutabera mpuzamahanga

Kabuga Félicien, umwe mu bantu bakurikiranyweho uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ategerejwe gushyingurwa mu Bubiligi nyuma y’urupfu rwe rwabereye mu Buholandi ku wa 16 Gicurasi 2026. Amakuru aturuka ku bantu bakurikiranira hafi iki kibazo agaragaza ko imyiteguro yo kumushyingura igeze kure, aho biteganyijwe ko umuhango wo kumusezeraho bwa nyuma ushobora kubera mu…

Soma inkuru yose

Muhanga: Umusore akurikiranyweho kwica nyina

Umusore witwa Nzayisenga Onesphore wo mu Karere ka Muhanga ari mu maboko y’inzego z’umutekano nyuma yo gukekwaho kwica nyina, Mukampfizi Béatha w’imyaka 66 y’amavuko. Ibi byabereye mu Mudugudu wa Gakomeye, Akagari ka Kanyinya, Umurenge wa Muhanga, aho amakuru y’ibanze agaragaza ko amakimbirane yo mu muryango ashobora kuba yarabaye intandaro y’icyo gikorwa. Bamwe mu baturage bavuga…

Soma inkuru yose

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League yongera gushimangira ubufatanye na Visit Rwanda

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yashimiye ikipe ya Paris Saint-Germain nyuma yo kwegukana Igikombe cya UEFA Champions League cya 2025/26, anashimangira akamaro k’ubufatanye iyi kipe ifitanye na gahunda ya Visit Rwanda. Ibi Perezida Kagame yabigarutseho mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa X nyuma y’umukino wa nyuma wabereye muri Puskás Aréna, aho PSG yatsinze…

Soma inkuru yose

RIB isabwe gukurikirana TMP mbere y’uko abaturage benshi bahomba

Mu gihe hirya no hino mu Rwanda hakomeje kumvikana ubucuruzi bw’ikoranabuhanga buzwi nka TMP (The Market Practice), abaturage barasaba inzego zibishinzwe zirimo Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) gukurikirana imikorere yabwo mbere y’uko abaturage benshi bahomba amafaranga yabo. TMP ikomeje kwamamara cyane cyane ku mbuga nkoranyambaga no mu matsinda atandukanye, aho abantu bashishikarizwa gushora amafaranga babwirwa ko…

Soma inkuru yose

Kenneth Law yemeye ibyaha byo gufasha abantu kwiyahura

Kenneth Law, umugabo w’Umunya-Canada ukurikiranyweho kugurisha uburozi ku bantu bo mu bihugu bitandukanye, yemeye ibyaha 14 byo gufasha abantu kwiyahura mu rubanza rwabereye mu Ntara ya Ontario. Uyu mugabo w’imyaka 60 yemeye ibi byaha mu masezerano yagiranye n’Ubushinjacyaha, aho yemeye uruhare rwe mu rupfu rw’abantu batandukanye bo muri Canada. Nyuma y’ayo masezerano, ibirego by’ubwicanyi yari…

Soma inkuru yose

RwandAir yongeye gusubukura ingendo zo muri Qatar na UAE nyuma y’amezi atatu zihagaze

Sosiyete Nyarwanda ikora ubwikorezi bwo mu kirere, RwandAir, yatangaje ko guhera tariki ya 1 Kamena 2026 izongera gukora ingendo zayo zerekeza ndetse ziva mu Mujyi wa Doha muri Qatar no mu Mujyi wa Dubai muri United Arab Emirates, nyuma y’igihe zari zarahagaritswe kubera umutekano muke mu Burasirazuba bwo Hagati. Izi ngendo zari zarahagaritswe kuva tariki…

Soma inkuru yose

Ruhango: Polisi yafashe umugabo wari umaze kwiba miliyoni 1.7 Frw

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo, ku bufatanye n’abaturage, ikomeje ibikorwa byo gukumira no kurwanya ibyaha bitandukanye, cyane cyane ubujura buhungabanya umutekano w’abaturage n’ibyabo. Muri urwo rwego, kuwa 27 Gicurasi 2026, Polisi ikorera mu Karere ka Ruhango mu Murenge wa Bweramana yafatiye mu cyuho umugabo wari umaze kwiba umucuruzi amafaranga asaga miliyoni imwe n’ibihumbi…

Soma inkuru yose

Gatsibo: Abaturage babiri bafungiwe gutera amazirantoki mu rugo rwa mudugudu

Abaturage babiri bo mu Karere ka Gatsibo, barimo umusore na nyina, batawe muri yombi bakekwaho gutera amazirantoki mu rugo rw’Umuyobozi w’Umudugudu wa Kinunga, uherereye mu Kagari ka Rwimitereri, Umurenge wa Murambi. Ibi byabaye mu ijoro ryo ku wa 28 Gicurasi 2026, aho abo bakekwa bivugwa ko bageze kwa Mudugudu bakamena amazirantoki ku muryango w’inzu ndetse…

Soma inkuru yose

Hasojwe imyitozo y’abahagarariye ibihugu bigize EAPCCO

Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Gihugu Dr. Vincent Biruta, ku wa Kane tariki ya 28 Gicurasi, yasoje ku mugaragaro imyitozo yo kurwanya iterabwoba, yahuzaga inzego z’umutekano zo mu bihugu bigize Umuryango wa EAPCCO n’ibindi bihugu byo ku mugabane w’Afurika, yaberaga mu Kigo cy’Amahugurwa yo Kurwanya Iterabwoba (CTTC), i Mayange, mu Karere ka Bugesera. Ni imyitozo yakozwe…

Soma inkuru yose

Gatsibo: Umusore na nyina batawe muri yombi nyuma yo gukekwaho gutera amazirantoki kwa Mudugudu

Abaturage babiri bo mu Karere ka Gatsibo mu Murenge wa Murambi, barimo umusore na nyina, batawe muri yombi bakekwaho gutera amazirantoki kwa Mudugudu nyuma y’uko bivugwa ko bashakaga kwihimura ku buyobozi bw’inzego z’ibanze. Ibi byabaye mu ijoro rishyira tariki ya 28 Gicurasi 2026, bibera mu Mudugudu wa Kinunga, Akagari ka Rwimitereri, Umurenge wa Murambi. Umuyobozi…

Soma inkuru yose

Impamvu zishobora gutera abana kuvukana ubumuga.

Abana bamwe bavukana cyangwa bakagira ubumuga bakiri bato, ibintu bikunze gutera impaka n’amatsiko mu miryango myinshi. Abaganga bavuga ko ubumuga buturuka ku mpamvu zitandukanye, kandi ko akenshi butaba bushingiye ku makosa y’ababyeyi gusa. Hari ubumuga buterwa n’uruherekane mu muryango aho umwana ashobora kuzungura ikibazo cyihariye kivuye ku babyeyi cyangwa ku ihinduka ry’imiterere y’uturemangingo. Izindi mpamvu…

Soma inkuru yose

Akarere ka Rulindo kavuze ku makimbirane y’umuryango wa Habimana n’umugore we

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rulindo bwatangaje ko buri gukurikirana ikibazo cy’amakimbirane amaze igihe hagati ya Habimana Vincent n’umugore we, buhamya ko hari amakuru yatangajwe adafite ishingiro arimo ayo gufungira abaturage mu biro by’umurenge. Iki kibazo cyakuruye impaka nyuma y’uko Habimana Vincent avuze ko ubuyobozi bw’Akagari ka Karengeri mu Murenge wa Burega bwifatanyije n’umugore we kugurisha imwe…

Soma inkuru yose