Munyaneza Moise

Amerika yishe 14 bari mu bwato bikekwa ko ari ubw’abacuruza ibiyobyabwenge

Minisitiri w’Ingabo wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Pete Hegseth, yatangaje ko ingabo z’iki gihugu zishe abantu 14 mu bitero byagabwe ku bwato bune bikekwa ko bwari butwaye ibiyobyabwenge mu Nyanja ya Pacifique. Hegseth yavuze ko umuntu umwe gusa ari we warokotse ibi bikorwa bya gisirikare, aho yatakambiye inzego za Mexique zikamurokora. Ibi bitero biri…

Soma inkuru yose

Trump yijeje ubufasha busesuye Minisitiri w’Intebe mushya w’u Buyapani

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yijeje ubufasha busesuye igihugu cy’u Buyapani ndetse n’umuyobozi mushya wacyo, Minisitiri w’Intebe Sanae Takaichi, uheruka gushyirwaho. Trump yagaragaje ko agiye gukomeza imikoranire ikomeye hagati ya Amerika n’u Buyapani, mu gihe umubano w’Amerika n’u Bushinwa ndetse n’ibindi bihugu byo muri Aziya y’Uburasirazuba ukomeje kuba mubi. Mu ruzinduko…

Soma inkuru yose

Amazon ishobora kwirukana abarenga ibihumbi 14 kubera ikoreshwa rya AI

Kompanyi ya Amazon yatangaje ko iri gutegura gukoresha ubwenge buhangano (AI) mu buryo bukomeye, bikaba bizatuma igabanya abakozi bayo ku Isi hose, cyane cyane abo mu nzego z’ibiro n’ubuyobozi. Ku wa Kabiri, Amazon yatangaje ko abarenga 14.000 bashobora guhagarikwa mu kazi, mu gihe amakuru ya mbere yavugaga ko bashobora kugera kuri 30.000. Umuyobozi mukuru ushinzwe…

Soma inkuru yose

Trump ntiyumva ukuntu atemerewe kwiyamamariza manda ya gatatu

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko atumva ukuntu “atemerewe” kongera kwiyamamariza manda ya gatatu, avuga ko ibyo ari ibintu bimubabaza kandi bitumvikana. Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru ubwo yari mu ndege Air Force One ajya muri Koreya y’Epfo kuri uyu wa Gatatu, Trump yagize ati: “Mpagaze neza mu bijyanye n’ikusanyabitekerezo, kandi…

Soma inkuru yose

Australie: Meta, TikTok na Snapchat byemeye by’amaburakindi gukumira abari munsi y’imyaka 16

Imbuga nkoranyambaga Meta, TikTok na Snapchat zemeye kubahiriza itegeko rishya rya Australie rikumira abana bataruzuza imyaka 16 gukoresha imbuga nkoranyambaga, nubwo zagaragaje ko zitemeranya n’iri tegeko. Iri tegeko rizatangira gukurikizwa ku itariki ya 10 Ukuboza 2025, rikaba risaba izi sosiyete gukumira abakoresha bafite imyaka iri munsi ya 16, cyangwa zikacibwa amande ashobora kugera kuri miliyoni…

Soma inkuru yose

Israel yashinje Hamas kwica umusirikare wayo, igaba ibitero byaguyemo abarenga 60

Ibitero by’indege za gisirikare za Israel byagabwe mu ijoro rishyira kuri uyu wa Gatatu muri Gaza, byahitanye abantu 63, barimo abana 34, nk’uko bitangazwa n’abayobozi b’aho. Ibyo bitero byakurikiye itegeko rya Minisitiri w’Intebe Benjamin Netanyahu, ryatanzwe ku wa 28 Ukwakira 2025, ryo kugaba igitero gikomeye nk’uburyo bwo guhorera umusirikare wa Israel waguye mu mirwano yabereye…

Soma inkuru yose

Ishyaka PPRD rya Kabila ryiyemeje guhangana na Leta yarihagarikiye ibikorwa

Ishyaka Parti du Peuple pour la Reconstruction et la Démocratie (PPRD), ryashinzwe na Joseph Kabila, wahoze ayobora Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuva mu 2001 kugeza mu 2019, ryatangaje ko ryiteguye guhangana na Leta nyuma y’uko ryahagaritswe ku mugaragaro. Urukiko Rukuru rwa Kinshasa ni rwo rwemeje ihagarikwa ry’ibikorwa bya PPRD ku wa 27 Ukwakira 2025,…

Soma inkuru yose

Paul Biya w’imyaka 92 yatorewe manda nshya, akomeza kuba Perezida ukuze ku Isi

Paul Biya, Umukuru w’Igihugu cya Cameroun w’imyaka 92, yongeye gutorerwa indi manda yo kuyobora iki gihugu, akomeza kuba Perezida ukuze kurusha abandi bose ku Isi. Akanama gashinzwe kurengera Itegeko Nshinga ka Cameroun kemeje ko Biya yatsinze amatora n’amajwi 53,66%, mu gihe Issa Tchrioma Bakary wakurikiyeho yabonye 35,19%. Aya majwi yatangajwe ku manywa yo kuri uyu…

Soma inkuru yose

Tanzania: Perezida Samia ahabwa amahirwe menshi mu matora arimo amakimbirane n’ubwumvikane buke

Mu gihe Tanzania yitegura amatora rusange y’Umukuru w’Igihugu n’ay’abagize Inteko Ishinga Amategeko ateganyijwe ku wa 29 Ukwakira 2025, amahirwe menshi ari ku Perezida Samia Suluhu Hassan, usanzwe uyobora igihugu kuva mu 2021. Perezida Samia, uhagarariye ishyaka Chama Cha Mapinduzi (CCM) riri ku butegetsi, azahangana n’abakandida 16, barimo Kunje Ngombale (AAFP), Hassan Almas (NRA), Coaster Kibonde…

Soma inkuru yose

RDC: Ingabo za Leta zagabye ibitero bikomeye mu bice bigenzurwa na AFC/M23

Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) zagabye ibitero bikomeye mu bice bitandukanye bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23, biherereye mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru. Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko kuva mu rukerera rwo kuri uyu wa mbere, ingabo za Leta zagabye ibitero byifashishije drones n’imbunda zirasa kure, mu duce twa Kibati (Walikale), Bibwe, Nyabiondo…

Soma inkuru yose

Mali: Uwahoze ari Minisitiri w’Intebe Moussa Mara Yakatiwe Azira Gushyigikira Imfungwa za Politiki

Moussa Mara, wabaye Minisitiri w’Intebe wa Mali kuva mu 2014 kugeza mu 2015, yakatiwe igifungo cy’imyaka ibiri, irimo umwaka umwe usubitse, nyuma yo guhamywa icyaha cyo gushyigikira imfungwa za politiki no gutesha agaciro Leta. Ibi byaturutse ku butumwa Mara yanyujije ku mbuga nkoranyambaga mu Nyakanga 2025, aho yavugaga ko yasuye imfungwa za politiki muri gereza,…

Soma inkuru yose

Uganda: Umwuzure Wahagaritse Ibikorwa byo Kwiyamamaza kwa Bobi Wine

Robert Kyagulanyi, uzwi cyane nka Bobi Wine, yagowe no gukomeza ibikorwa bye byo kwiyamamariza umwanya w’Umukuru w’Igihugu mu turere twa Otuke na Alebtong kuri uyu wa 28 Ukwakira 2025, kubera umwuzure ukomeye. Abanyamuryango b’ishyaka National Unity Platform (NUP), riyoborwa na Bobi Wine, bagaragaye bagerageza kunyura mu mazi yari yarengeye umuhanda, bamwe bakuramo inkweto kugira ngo…

Soma inkuru yose

Sénégal: Inteko Ishinga Amategeko Yanze Ubusabe bwo Kuburanisha Macky Sall

Inteko Ishinga Amategeko ya Sénégal yatesheje agaciro ubusabe bwo kuburanisha Macky Sall, wahoze ayobora iki gihugu kuva mu 2012 kugeza mu 2024. Ubu busabe bwari bwatanzwe ku wa 15 Mata 2025 n’umudepite Guy Marius Sagna, wo mu ishyaka Pastef riri ku butegetsi, wamushinjaga ubugambanyi bukomeye. Sagna yavugaga ko raporo y’ubugenzuzi yagaragaje ko ubwo Macky Sall…

Soma inkuru yose

Uburyo Akarere kaba Umusemburo w’Icyerekezo n’Iterambere Twifuza

Ubwanditsi: Nyirindekwe Pierre Claver – Umukozi mu Rwego rw’Igihugu rushinzwe Imiyoborere (RGB), Umujyanama mu Nama Njyanama y’Akarere ka Gatsibo, akaba na Perezida wa Komisiyo y’Imiyoborere Myiza Mu Rwanda, Akarere ni urwego rw’ingenzi mu kubaka igihugu gitekanye, giteye imbere kandi gifite abaturage bishimira serivisi bahawe ndetse bagira uruhare mu bibakorerwa. Iyo tuvuga iterambere ry’igihugu, tugomba guhera…

Soma inkuru yose

Abakekwaho kwiba Inzu Ndangamurage ya Louvre batawe muri yombi

Abantu bakekwaho kwiba ibikoresho by’agaciro muri Nzu Ndangamurage ya Louvre i Paris batawe muri yombi n’inzego z’Ubutabera, nyuma y’icyumweru kimwe habaye ubu bujura bwatunguranye kubera ubuhanga n’umuvuduko bwakoranywe. Umushinjacyaha Laure Beccuau yatangaje ko abagenzacyaha b’inzobere mu kurwanya ubujura bukomeye ari bo bafashe abo bakekwa, mu ijoro ryo ku wa 24 Ukwakira 2025. Nk’uko byatangajwe na…

Soma inkuru yose

Abakekwaho kwiba Inzu Ndangamurage ya Louvre batawe muri yombi

Abantu bakekwaho kwiba ibikoresho by’agaciro muri Nzu Ndangamurage ya Louvre i Paris batawe muri yombi n’inzego z’Ubutabera, nyuma y’icyumweru kimwe habaye ubu bujura bwatunguranye kubera ubuhanga n’umuvuduko bwakoranywe. Umushinjacyaha Laure Beccuau yatangaje ko abagenzacyaha b’inzobere mu kurwanya ubujura bukomeye ari bo bafashe abo bakekwa, mu ijoro ryo ku wa 24 Ukwakira 2025. Nk’uko byatangajwe na…

Soma inkuru yose

Kamala Harris ashobora kongera guhatanira kuyobora Amerika mu 2028

Kamala Harris, wabaye Visi Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yatangaje ko ashobora kongera guhatanira umwanya w’Umukuru w’Igihugu mu matora ateganyijwe kuba mu mwaka wa 2028. Mu kiganiro yagiranye na BBC, uyu munyapolitiki wo mu Ishyaka ry’Aba-Démocrates yavuze ko yizera ko umunsi umwe Amerika izagira Perezida w’umugore, kandi ko bishoboka ko yaba ari we….

Soma inkuru yose