Perezida Museveni yahaye impozamarira imiryango yabuze ababo mu mpanuka yahitanye 63

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yatangaje ko yamenye impanuka yabereye mu muhanda uva Kampala ujya Gulu, igahitana abantu 63. Yategetse ko buri muryango wabuze umuntu muri iyi mpanuka uhabwa miliyoni 5 z’Amashilingi ya Uganda, mu gihe uwakomerekejwe ahabwa miliyoni 1 z’Amashilingi. Impanuka yabaye ku ijoro ryo ku wa 22 Ukwakira 2025, mu gice cya…

Soma inkuru yose

FARDC ikomeje ibitero bikomeye mu bice bifitwe na AFC/M23

Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zikomeje kugaba ibitero bikomeye mu bice by’intara ya Kivu y’Amajyaruguru bigenzurwa n’umutwe AFC/M23, urwanya ubutegetsi bwa Kinshasa. Ku wa 21 Ukwakira 2025, FARDC yakoresheje drones za gisirikare zo mu bwoko bwa CH-4 igaba ibitero ku birindiro bya AFC/M23 mu duce twa Kalembe na Kalonge muri teritwari ya…

Soma inkuru yose

Nigeria: Urukiko rwo muri Kano rwategetse ko abagaragaye basomana kuri TikTok bashyingirwa mu minsi 60

Urukiko rwo muri Leta ya Kano muri Nigeria rwategetse ko umusore n’umukobwa, Idris Mai Wushirya na Basira Yar Yuda, bashyingirwa mu gihe kitarenze iminsi 60 nyuma yo kugaragara ku rubuga rwa TikTok basomana. Aba bombi bashyize ku mbuga nkoranyambaga amashusho agaragaza ko bakundana, ibintu byafashwe nk’ibihabanye n’imyitwarire mbonezabupfura muri Kano, leta igendera ku mategeko ya…

Soma inkuru yose

Kinshasa: RDC mu bwoba bw’abasirikare bakekwaho umugambi wo guhungabanya Perezida Tshisekedi

Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) iri mu bwoba ko abasirikare benshi bakoranye n’abayobozi bakuru barimo Gen Christian Tshiwewe Songesha, Gen Franck Ntumba, na Brig Gen Benjamin Katende Batubadila bashobora guhungabanya umutekano wa Perezida Félix Tshisekedi. Aba basirikare bakuru bafunzwe muri Nyakanga 2025, bakurikiranyweho uruhare mu mugambi wo gukora coup d’état. Gen Tshiwewe…

Soma inkuru yose

Ibyo wamenya ku nganda zafunzwe kubera gutunganya ibiribwa bihumanye

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga, yavuze ko nubwo inganda zigira uruhare mu guteza imbere ubukungu no gutanga akazi, bitari bikwiye ko zimwe zikoresha abantu badafite ubumenyi mu byo zikora kandi zikahemba amafaranga make cyangwa mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Yabitangaje ku wa 20 Ukwakira 2025, mu kiganiro n’itangazamakuru cyagaragaje ibicuruzwa bitemewe byafashwe muri…

Soma inkuru yose

Perezida Kagame yibukije ko Afurika ikwiye kwishakamo ibisubizo by’umutekano wayo

Perezida w’u Rwanda akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame, yavuze ko ibihugu bya Afurika bidakwiye kwishingikiriza ku bandi mu gukemura ibibazo by’umutekano, kuko bifite ubushobozi n’ubumenyi bwo kubyikemurira. Yabivugiye mu gutangiza Inama Mpuzamahanga y’Abagaba b’Ingabo zirwanira ku butaka, yabereye i Kigali ku wa 21 Ukwakira 2025, yitabiriwe n’abahagarariye ingabo baturutse mu bihugu bitandukanye…

Soma inkuru yose

Perezida Kagame yongereye manda Prof. Dusingizemungu na Evode, anashyira Dr. Uwamariya na Gasana muri Sena

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yashyizeho Abasenateri bashya barimo Prof. Jean Pierre Dusingizemungu, Uwizeyimana Evode, Dr. Valentine Uwamariya, na Gasana Alfred. Muri bo, Prof. Dusingizemungu na Uwizeyimana Evode bongerewe manda muri Sena, mu gihe Dr. Uwamariya na Gasana Alfred binjiye bwa mbere muri iyi nteko. Ibi byakozwe hashingiwe ku ngingo ya 80 y’Itegeko Nshinga. Dr….

Soma inkuru yose

Ibyihariye kuri Shield Tech Hub: Ikigo cyinjirira abajura b’ikoranabuhanga kikaburira ibigo byo mu Rwanda ku migambi mibi bibateganyiriza

Shield Tech Hub ni rumwe mu bigo by’ikoranabuhanga byo mu Rwanda byihariye mu kurinda umutekano w’amakuru y’ibigo, aho gikoresha uburyo budasanzwe bwo kwinjira mu matsinda y’abajura b’ikoranabuhanga, kikamenya imigambi yabo mbere y’uko bayishyira mu bikorwa. Iki kigo cyashinzwe n’impuguke mu by’ikoranabuhanga Joel Gashayija, kimaze imyaka itatu gikora, kikorera muri Norrsken House Kigali. Gifasha ibigo birenga…

Soma inkuru yose

China Lifts Ban on eSIM Services as Apple Launches iPhone Air in the Market

For the first time in China, Apple’s iPhone Air will officially go on sale following the government’s decision to allow major telecom companies to provide eSIM services, Apple announced on Monday. Until now, eSIM technology had been restricted in China due to national regulations, forcing Apple to manufacture special iPhone models for the Chinese market…

Soma inkuru yose

Samsung yungutse cyane kubera izamuka ry’ibiciro by’ibikoresho bya AI

Sosiyete ya Samsung Electronics iritegura gutangaza inyungu zayo zo hejuru mu gihembwe cya gatatu cy’uyu mwaka, ku nshuro ya mbere mu myaka itatu, bitewe n’izamuka rikomeye ry’ibiciro by’ibikoresho by’ikoranabuhanga bifashishwa mu kubika amakuru bizwi nka Memory Chips. Iyi nyungu yatewe ahanini n’uko ibigo byinshi ku isi biri gushora imari mu kubaka no kongera server zikomeye,…

Soma inkuru yose

Sobanukirwa Blockchain n’akamaro kayo mu bucuruzi bw’ikoranabuhanga

Tekereza ikintu gifite agaciro ku buzima bwawe, nk’amafaranga ari kuri konti, icyangombwa cy’ubutaka, ubwishingizi bw’imitungo cyangwa amabanga yawe yihariye. Akenshi kugira ngo ibyo bintu bibe bihamye, usabwa kwizera umuntu cyangwa ikigo kugira ngo amakuru abikwe neza. Ariko se koko ibyo wizera bihora byizewe? Hari igihe amakosa cyangwa uburiganya bibaho, bigatuma amakuru yawe ahungabana. Blockchain ni…

Soma inkuru yose
Gemini

Ibanga ryo gukoresha Gemini AI Pro ku buntu

Muri iki kinyejana cya 21, ubwenge bukorano burikwigarurira imitima ya benshi ku bwinshi kubera ko imirimo yakorwaga mu binyacumi by’imyaka, ubu bwenge buri kuyikora mu kanya nk’ako guhumbya. Hamwe n’uyu muvuduko wo gukora iyi mirimo, ni nako igiciro cyo gukoresha ubu bwengebukorano kigenda kiyongera. Urugero: ubu kugira ngo ubashe gukoresha ChatGPT bigusaba kwishyura arenga 200,000…

Soma inkuru yose

ChatGPT Imwe mu Porogaramu Zinjiza Miliyari 2$

Porogaramu ya ChatGPT, kuva yasohoka muri Gicurasi 2023, imaze kwinjiza miliyari 2$, amafaranga yikubye inshuro 30 ugereranyije n’izindi porogaramu zose zihanganye nayo. Mu mwaka wa 2025, ChatGPT imaze kwinjiza miliyari 1,35$, mu gihe umwaka ushize yari imaze kwinjiza miliyoni 174$ muri uku kwezi. Bivugwa ko ubu yinjiza miliyoni 193$ ku kwezi. Urubuga rwa Grok, rwo…

Soma inkuru yose

Minisitiri w’Intebe, Dr. Nsengiyumva Justin, yirukanye abayobozi batatu muri RBC

Minisitiri w’Intebe, Dr. Nsengiyumva Justin, yirukanye abayobozi batatu barimo babiri bakoreraga Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) n’umwe ukorera Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubugenzuzi bw’Ubuziranenge, Ihiganwa mu Bucuruzi no Kurengera Umuguzi (RICA). Nk’uko byatangajwe mu Igazeti ya Leta yo ku wa 16 Ukwakira 2025, abakuwe mu mirimo muri RBC ni Dr. Ndikumana Mangara Jean Louis, wari Umuyobozi…

Soma inkuru yose

Ibanga ryafashije Akarere ka Kirehe kuba indashyikirwa mu bizamini bya Leta

Akarere ka Kirehe kagaragaje inzira zafashije amashuri yako kuza imbere mu bizamini bya Leta by’umwaka wa 2024/2025, zirimo ubufatanye hagati y’abarezi, ababyeyi n’abanyeshuri, umwiherero w’abarezi ndetse no kongera amasuzumabumenyi kugira ngo abana bamenyere uburyo bw’ibizamini. Mu mwaka w’amashuri wa 2024/2025, Kirehe yaje ku isonga mu gihugu mu mitsindishirize, aho mu mashuri abanza yatsinze ku kigero…

Soma inkuru yose
Cryptocurrency

Abadepite bo muri Kenya bemeje itegeko rigenga ifaranga koranabuhanga

Inteko Ishinga Amategeko ya Kenya yemeje itegeko rigenga amafaranga y’ikoranabuhanga arimo azwi nka ’Cryptocurrency’, mu rwego rwo gukurura ishoramari no gukemura ikibazo cyo kubura amabwiriza ahamye agenga uru rwego. Iri tegeko nirimara kwemezwa n’umukuru w’igihugu, Banki Nkuru ya Kenya izaba ifite inshingano zo kugenzura no gushyiraho amafaranga y’ikoranabuhanga. Ni mu gihe Urwego rw’Isoko ry’Imari n’Imigabane…

Soma inkuru yose

FARDC yasabye FDLR gushyira hasi intwaro: Ibishobora gukurikiraho?

Ku wa 10 Ukwakira 2025, Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyatangaje ubutumwa butunguranye busaba abarwanyi b’umutwe wa FDLR gushyira hasi intwaro, bakishyikiriza Leta cyangwa ingabo za MONUSCO. Iri tangazo ryatunguye benshi kuko FARDC na FDLR byakunze kuvugwaho gukorana mu buryo butandukanye. Ibi byatangajwe mu itangazo ryasinywe n’Umuvugizi wa FARDC, Gen Maj Sylvain…

Soma inkuru yose

U Rwanda rwashimiwe ubuziranenge n’inovasiyo mu bukerarugendo muri “TT Warsaw-2025”

U Rwanda rwashyizwe mu bafatanyabikorwa b’imena mu imurikagurisha mpuzamahanga ry’ubukerarugendo “TT Warsaw-2025”, rimaze imyaka 30 ribera i Varsovie muri Pologne, kubera ibikorwa byarwo by’ubuziranenge n’inovasiyo mu bukerarugendo. Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) ni rwo rwahagarariye igihugu muri iri murikagurisha, aho rwerekanye amashusho n’ibikorwa bitandukanye bigaragaza ubwiza n’amahirwe ari mu bukerarugendo bw’u Rwanda. Uyu muhango wafunguwe ku…

Soma inkuru yose

Bishop Gafaranga yakatiwe igifungo cy’umwaka umwe gisubitswe

Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo rwakatiye Habiyaremye Zacharie uzwi nka Bishop Gafaranga igifungo cy’umwaka umwe gisubitswe, nyuma yo kumuhamya ibyaha byo guhoza ku nkeke umugore we no gukubita no gukomeretsa. Urukiko rwategetse ko ahita arekurwa kuko yari afunzwe, ndetse yacibwa n’ihazabu ya 100.000 Frw. Icyemezo cyasomwe ku wa 10 Ukwakira 2025. Ubushinjacyaha bwari bwasabiye uyu mugabo…

Soma inkuru yose

U Rwanda rwifatanyije n’isi kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga wita ku buzima bwo mu mutwe

Ku wa 10 Ukwakira 2025, u Rwanda rwizihije Umunsi Mpuzamahanga w’ubuzima bwo mu mutwe kimwe n’ibindi bihugu by’isi. Uyu munsi wagamije kugaragaza akamaro ko kwita ku buzima bwo mu mutwe no gukangurira abantu kwivuza hakiri kare, ufite insanganyamatsiko igira iti: “Ibibazo byo mu mutwe biravurwa kandi bigakira, dufashe ababifite kwivuza kare kandi neza.” Raporo ya…

Soma inkuru yose