Nyanza: Imbangukiragutabara yakoze impanuka ubwo yatwaraga abarwayi barimo uwari wakoze indi mpanuka

Ku wa 3 Nzeri 2025 mu gitondo, imbangukiragutabara y’Ibitaro by’Akarere ka Nyanza yakoze impanuka ubwo yavaga ku Kigo Nderabuzima cya Kirambi itwaye abarwayi babiri, barimo umwana n’umuntu mukuru wari umaze gukora indi mpanuka. Iyi mpanuka yabereye mu Murenge wa Busasamana, Akagari ka Nyanza, Umudugudu wa Nyanza. Dr. Mfitumukiza Jérôme, Umuyobozi Mukuru w’Ibitaro bya Nyanza, yavuze…

Soma inkuru yose

Volkswagen yashyikirije FERWACY imodoka nshya 114 zizifashishwa muri Shampiyona y’Isi y’Amagare i Kigali

Ku wa Kabiri, tariki ya 2 Nzeri 2025, Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare mu Rwanda (FERWACY) ryasinye amasezerano y’imikoranire n’uruganda rwa Volkswagen Rwanda, ruzatanga imodoka nshya 114 zizakoreshwa mu gihe cya Shampiyona y’Isi y’Amagare iteganyijwe kubera i Kigali kuva ku wa 21 kugeza ku wa 28 Nzeri 2025. Iyi mihango yabereye kuri Stade Amahoro, ahahuriye Perezida wa…

Soma inkuru yose

Ubuhamya bwa Kanani “Giturashyamba” wahagaritse ubuhigi muri Nyungwe nyuma yo kwica inyamaswa zisaga 5000

Kanani Callixte, uzwi ku izina rya Giturashyamba w’imyaka 47 utuye mu Kagari ka Cyanyirankora, Umurenge wa Kivu mu Karere ka Nyaruguru, yatanze ubuhamya bw’ubuzima bwe bw’igihe kirekire yamaranye n’ishyamba rya Nyungwe mu bikorwa byo guhiga. Yahawe izina Giturashyamba kubera uburyo yahoraga mu ishyamba, ariko ubu avuga ko yicuza cyane kuko ibyo bikorwa ntacyo byamumariye mu…

Soma inkuru yose
Nyamasheke

Nyamasheke: Abakobwa baravugwaho gushukisha amafaranga abagabo bubatse

Mu Karere ka Nyamasheke, mu Murenge wa Bushekeri, abakobwa baravugwaho gushukisha amafaranga abagabo bafite ingo, maze bagatoteza abagore babo. Aba bagore bavuga ko barembejwe n’inkoni bakubitwa n’abagabo babo bitewe n’abagore ndetse n’abakobwa babarusha amafaranga bashukisha abagabo babo, bagatuma babakubita bagamije ko barambirwa, bakahukana maze izo ngo zigatahamo abo bakobwa. Ibi kandi biteza amakimbirane hagati y’abakazana…

Soma inkuru yose
Umutingito muri Afghanistan

Abarenga 1,400 barapfuye, Nta mugore wari wemerewe kuvurwa n’umugabo!

Umutingito ukomeye wibasiye igihugu cya Afghanistan wasize abarenga 1,400 bitabye Imana n’aho abasaga 3,124 barakomereka nk’uko byatangajwe na leta y’Abatalibani. Ku Cyumweru, nibwo umutingito wo kugipimo cya 6 watangiriye mu ntara ya Kunar ugakomereza mu ntara ya Nangarhar na Laghman biherereye muri Afghanistan. Ni umwe mu mitingito wishe abantu benshi muri iki gihugu cya Afghanistan…

Soma inkuru yose

Nyaruguru: Abashoramari beretswe amahirwe ari mu gushora imari mu burezi

Akarere ka Nyaruguru, gaherereye mu majyepfo y’u Rwanda, kari mu turere turi kwihuta mu iterambere bitewe n’ibikorwaremezo bigenda byiyongera, birimo imihanda, amavuriro, gare n’ibindi bifasha abaturage kwiteza imbere. Kazwi cyane kandi nk’akarere k’ubukerarugendo bushingiye ku iyobokamana, kuko Kibeho gasurwa n’abasaga miliyoni imwe buri mwaka Nubwo ibyo bikorwa remezo bigenda byiyongera, abaturage ndetse n’abafatanyabikorwa b’akarere bagaragaje…

Soma inkuru yose

Abayobozi ba Gisagara barahamagarira abashoramari gushora imari yabo muri aka karere

Abayobozi b’Akarere ka Gisagara barasaba abashoramari b’imbere mu gihugu ndetse n’abanyamahanga gufata umwanzuro wo gushora imari muri aka karere, bakabyaza umusaruro amahirwe menshi ahari mu nzego zitandukanye. Mu kiganiro n’itangazamakuru, Umuyobozi w’Akarere ka Gisagara yavuze ko aka karere gafite amahirwe menshi atarabyazwa umusaruro, arimo ubuhinzi n’ubworozi, inganda zitunganya umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi, ubukerarugendo bushingiye ku…

Soma inkuru yose
Hinton Godfather of AI

Hinton watangije AI yaburiye Isi kubera ibyango bigiye guterwa na AI

Ku myaka 77, Geoffrey Hinton ufatwa nk’umuhanuzi mu ikoranabunga, akaba aherutse no gutsindira igihembo cya Nobel yatangaje ko ubwengebukorano (AI) buzateza ibyago mu Isi ntibutagenzurwa. Uyu mugabo wahawe akazina ka se wa batisimu w’ubwengebukorano (Godfather of AI) azwi nk’umwe mubatangije deep learning ndetse na neural network, ibi bikaba aribyo byashingiweho mu ikorwa rya AI imaze…

Soma inkuru yose
Ibibwana

Muri Congo abantu bafatanywe ibibwana by’intare bigiye kubakoraho

Abantu batandatu batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa ibyana bitatu by’intare ubwo bari mu muhanda wa Kasenga mu bilometero bicye uvuye i Lubumbashi mu Ntara ya Katanga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Aba bantu batandatu bafashwe mu cyumweru gishize tariki 08 Kanama 2025, boherejwe ku biro by’Ubushinjacyaha bw’Urukiko rwisumbuye rwa Lubumbashi kugira ngo basobanure…

Soma inkuru yose

Perezida Donald Trump yagaragaje ko yanyuzwe n’umwihariko w’Umuganda mu Rwanda

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko yashimishijwe n’igikorwa cy’Umuganda rusange gikorwa mu Rwanda, aho abaturage bafata umunsi umwe mu kwezi bagasohoka bagakora ibikorwa by’isuku n’iterambere rusange Ibi yabitangaje ku wa Mbere tariki ya 11 Kanama 2025, avuga ko yanyuzwe n’iyi gahunda, ndetse agaragaza ko ari urugero rwiza igihugu cye cyakwigiraho….

Soma inkuru yose
Indangamuntu

Icyumweru cy’irangamimerere gikemura byinshi ku mwirondoro w’umuntu

Kuri uyu wa Mbere tariki ya 11 Kanama 2025, haratangira icyumweru cyahariwe irangamimerere, aho ibibazo bijyanye na serivisi zaryo, zifasha kuba ku gihe ku bijyanye n’irangamimerere. Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ishishikariza abaturarwanda kwitegura, bakagana inzego bireba kugira ngo, amakuru yabo abe yuzuye kandi ajyanye n’igihe, cyane cyane muri iki gihe ikoranabuhanga rikataje mu nzego zitandukanye z’ubuzima…

Soma inkuru yose

Putin yahaye umunyamerika igihembo cy’ishimwe

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yageneye intumwa yihariye ya Donald Trump igihembo cy’ubutwari, cyahawe umuyobozi ukomeye muri CIA ufite umwana wapfiriye arwana ku ruhande rw’u Burusiya mu ntambara ya Ukraine. Nk’uko bitangazwa na BBC, Putin yahaye Steve Witkoff, intumwa ya Trump, umudali w’ishimwe mu ruzinduko yagiriye i Moscow muri iki cyumweru. Aba bombi bagiranye ibiganiro…

Soma inkuru yose
Job in Rwanda/ Akazi mu rwanda

Amahirwe ya kazi ko muri hotel

Ubuyobozi bwa EAST GATE HOTEL ishami rya Ngoma, Kirehe. Gatsibo na Burera, buramenyensha abantu bose babyifuza kandi babifitiye ubushobozi n’ubushake ko bwifuza gutanga akazi ku myanya ikurikira: Usaba akazi agomba kuba: Uwujuje ibisaba kandi akaba akeneye akazi, agomba kuba yagejeje ibaruwa isaba akazi yandikiwe Umuyobozi mukuru waho Hotel iherereye ishami rya Ngoma, mubiro by’umukozi ushinzwe…

Soma inkuru yose
AFC/23 M23

FARDC yabujije abasirikare bayo gutera AFC/M23

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyabujije abasirikare bacyo kugaba ibitero ku birindiro by’ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bw’iki gihugu. Ubu butumwa bwa Télégramme bwanditswe n’ubuyobozi bwa FARDC bumenyesha abasirikare ba RDC ko bagomba kubahiriza gahunda z’amahoro zikomeje. FARDC yamenyesheje aba basirikare ko “umwanzi nabatera”, bagomba gusubizanya imbaraga nyinshi, bagahangana na we. Ese urashaka…

Soma inkuru yose
Perezida Kagame yashyizeho Minisitiri w’Intebe mushya

Perezida Kagame yashyizeho Minisitiri w’Intebe mushya

Perezida Kagame yagize Dr. Justin Nsengiyumva Minisitiri w’Intebe. Yari asanzwe ari Visi Guverineri wa Banki Nkuru y’Igihugu Dr Nsengiyumva yari asanzwe ari Visi Guverineri wa Banki Nkuru y’Igihugu, umwanya yagiyeho ku wa 25 Gashyantare 2025. Asimbuye Dr Edouard Ngirente wari kuri izi nshingano kuva mu 2017. Mbere yaho, yabaye Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Uburezi kugeza…

Soma inkuru yose
Umuyobozi w’urubyiruko yishwe na Wazalendo

Umuyobozi w’urubyiruko yishwe na Wazalendo

WALIKALE: Umuyobozi w’urubyiruko i Waloa Yungu, muri teritwari ya Walikale mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, yishwe arashwe n’inyeshyamba zibumbiye mu ihuriro rya Wazalendo, rikorana na Leta ya RDC. Uyu muyobozi yishwe ku wa Gatandatu, tariki ya 19 Nyakanga 2025, arashwe n’abo barwanyi bo mu mutwe witwa Mouvement d’Action pour le Changement (MAC). Amakuru avuga ko nyakwigendera…

Soma inkuru yose
M23/AFC na DRC Congo

AFC/M23 na Leta ya Congo bagiranye amasezerano

Intumwa za Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo n’iz’Ihuriro AFC/M23, kuri uyu wa Gatandatu, zashyize umukono ku nyandiko y’amahame ngenderwaho aganisha ku masezerano y’amahoro arambye mu Burasirazuba bwa DRC. Iki gikorwa gihagarariwe na Qatar cyabereye i Doha, Umurwa Mukuru w’iki gihugu. Umuhungano wo gushyira umukono ku masezerano witabiriwe n’intumwa za Qatar ari nawe uyoboye ibi biganiro,…

Soma inkuru yose
ingabire victoire

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

Umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guteza imvururu muri rubanda, yafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30. Ni icyemezo cyatangajwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Nyakanga 2025, nyuma yuko ruburanishije urubanza ku ifungwa ry’agateganyo ruregwamo uyu munyapolitiki. Ingabire Victoire washinze ishyaha DALFA-Umurinzi ritemewe mu Rwanda, akurikuranyweho ibyaha birimo kurema…

Soma inkuru yose