Intambara

Inzobere mu ntambara zivuga ko gutwarwa upfutswe mu maso ari ibisanzwe

Iyi ni yo foto ya mbere ya Perezida wa Venezuela, Nicolás Maduro, yagaragaye ku mbuga nkoranyambaga nyuma y’igihe gito afashwe mu gitero cy’ingabo za Amerika. Ni ifoto itazava mu mitwe y’abatari bake bakurikiranye iby’iki gitero. Col (Rtd) Mark Cancian wabarizwaga mu gisirikare kirwanira mu mazi akaba yarahoze ari umujyanama mukuru mu bijyanye no kurwanya abahungabanya…

Soma inkuru yose
Abapolisi

Abapolisi babiri ba Kenya bafungiwe muri Tanzania

Abapolisi babiri ba Kenya n’Umushoferi bafunzwe n’inzego z’umutekano za Tanzania, ubwo bageragezaga gufata umuntu ukekwaho ibyaha, akaba yambutse umupaka wa Horohoro agahungira muri Tanzania bakinjira mu buryo bunyuranyije n’amategeko bamukiriye . Abo bapolisi bafashwe nyuma yo kwambuka umupaka Horohoro ubahuza na Tanzania wa ku wa 06 Mutarama 2026, aho bafashwe bakekwaho kwambuka umupaka binyuranyije n’amageko….

Soma inkuru yose
Inkingo za COVID 19 zishobora gutera umutima

Ubushakashatsi: Inkingo za mRNA zitera indwara z’umutima ku ngimbi no kubangavu

Ubushakashatsi  bwa Stanford Medicine bwerekanye uburyo inkingo  za COVID-19 zakozwe na mRNA zishobora gutera indwara y’umutima cyane cyane ku ngimbi n’abangavu. SOMA UBUSHAKASHATSI BWOSE HANO Abashakashatsi bwagaragaje ko hari ibintu bibiri bibaho  nyuma yo gutera vaccine. Icya mbere, utunyangingo tw’umubiri twitwa macrophages twohereza proteyine yitwa CXCL10. Iyi proteyine itera utundi tunyangingo twitwa T cells kurekura…

Soma inkuru yose
Zelensky

Ukraine: Perezida Zelensky yemeye amatora mu gihe kiri imbere

Perezida wa Ukraine  Volodymyry Zelensky, yavuze ko yasabye abayoboke b’ishyaka rye gutangira gutegura itegeko ryatuma igihugu gishobora gukora amatora nubwo bakiri mu ntambara n’u Burusiya. Amatora ya Perezida muri Ukraine yagombaga kuba yarabaye muri Gicurasi 2025, arasubikwa kubera ko iki gihugu cyari gisumbirijwe mu ntambara bahanganyemo n’u Burusiya. Ni ibintu byakomeje gukoma mu nkokora ibiganiro…

Soma inkuru yose
RDC

RDC: AFC/M23 Yemeje ko yamaze gufata umujyi wa Uvira

Ingabo za AFC/M23 zirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zaraye zinjiye mu Mujyi wa Uvira ku mugoroba wo ku wa Kabiri, Tariki 09 Ukuboza nta mirwano ihambaye ibayeho.‎‎Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, abinyujije ku rukuta rwe rwa X yatangaje ko bidasubirwaho Umujyi wa Uvira uri mu biganza bya AFC/M23.‎‎Nkuko Kanyuka akomeza abitangaza, avuga…

Soma inkuru yose

Mu Rwanda hakorwa filime ivuga ku ipfunwe ry’abakuze banyara ku buriri

Umwanditsi n’umuremyi wa filime nyarwanda, Deborah Ishimwe, yamuritse umushinga we mushya yise “Bedwetter”, werekana uburyo abantu bakuru bahura n’ipfunwe rikomoka ku kibazo cyo kunyara ku buriri—ikintu gikunze guhishwa kubera isoni nyinshi. Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, Deborah yavuze ko yatekereje gukora iyi filime kugira ngo agaragaze ubuzima bw’abantu bahura n’aka kaga, kandi bakunze guhabwa urwamenyo…

Soma inkuru yose

Yagabiwe Inyambo: Umunsi wa Mbere w’Uruzinduko rwa Emir wa Qatar i Kigali (Amafoto)

Uruzinduko rw’iminsi ibiri rwa Emir wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, mu Rwanda rwatangiye ku wa 20 Ugushyingo 2025, aho umunsi wa mbere waranzwe no gusura urwuri rw’Inyambo rwa Perezida Kagame, anagabirwa Inyambo na Perezida. Sheikh Tamim yageze mu Rwanda ku gicamunsi cyo ku wa 20 Ugushyingo ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali,…

Soma inkuru yose

Dubai: Impanuka y’indege ya gisirikare y’u Buhinde yahitanye umupilote mu myiyerekanire

Umupilote w’Ingabo z’u Buhinde zirwanira mu kirere (IAF) yahasize ubuzima nyuma y’uko indege ya gisirikare yo mu bwoko bwa Tejas ikoze impanuka mu gihe yari iri mu myiyerekano ya Dubai Airshow ku wa Gatanu. IAF yemeje iby’iyi mpanuka binyuze ku rubuga X, itangaza ko “ibabajwe bikomeye n’urupfu rw’uyu mupilote, kandi yifatanyije n’umuryango we muri ibi…

Soma inkuru yose

AFC/M23 yavuze ko itazihanganira ibikorwa by’ingabo z’u Burundi bikomeje kwibasira abasivili

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa RDC ryatangaje ko ritazemera na gacye ibikorwa bivugwa ko bikorwa n’ingabo z’u Burundi mu Burasirazuba bwa Congo, birimo no kubuza abaturage amafunguro bikabasiga mu kaga. Umunyamabanga Uhoraho wa AFC/M23, Benjamin Mbonimpa, yabwiye itangazamakuru ko iri huriro riri kurwana ku nyungu z’abaturage b’Abanye-Congo, bityo ko igihugu cyangwa itsinda ryose ririvangamo rizafatwa…

Soma inkuru yose

Kenya irateganya kugeza umuhanda wa gari ya moshi wihuta (SGR) hafi y’umupaka wa Uganda

Perezida wa Kenya, Dr. William Ruto, yatangaje ko kuva muri Mutarama 2025 gahunda yo kongera uburebure bw’umuhanda wa gari ya moshi uva Naivasha ujya Kisumu no kugera i Malaba hafi y’u Rwanda izatangira gushyirwa mu bikorwa. Ibi yabivugiye mu mbwirwaruhame yagejeje ku Nteko Ishinga Amategeko ubwo yagaragazaga uko igihugu gihagaze, avuga ko kimwe mu byo…

Soma inkuru yose

RURA yasabye ko iterambere ry’igihugu rihuzwa n’iyongerwa ry’ibikorwaremezo by’itumanaho

Umuyobozi Ushinzwe Ikoranabuhanga muri RURA, Gahungu Charles, yavuze ko iterambere ryihuta cyane mu gihugu, cyane cyane mu Mujyi wa Kigali, rigomba kugendana n’izamuka ry’ibikorwaremezo by’itumanaho kugira ngo hirindwe ibibazo by’ihuzanzira. Mu kiganiro yagiranye na Televiziyo y’u Rwanda, Gahungu yagaragaje ko uko umujyi waguka ari ko hagomba kwiyongera iminara n’ibindi bikorwa bifasha mu gutanga ‘network’. Avuga…

Soma inkuru yose

Minisitiri w’Intebe Nsengiyumva yashimye icyemezo cy’u Busuwisi cyo gufungura Ambasade mu Rwanda

Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva, yakiriye Ignazio Cassis, Umunyamabanga wa Leta y’u Busuwisi ushizwe Ububanyi n’Amahanga, bagirana ibiganiro bigamije kurushaho guteza imbere umubano w’u Rwanda n’u Busuwisi, by’umwihariko nyuma y’uko icyo gihugu gifashe icyemezo cyo guhindura ibiro byacyo by’ubufatanye biherereye i Kigali Ambasade ifite ububasha busesuye. Ibi biganiro byabaye ku mugoroba wo ku wa 20…

Soma inkuru yose

Mushikiwabo yavuze aho OIF ihagaze ku birebana n’intambara yo mu Burasirazuba bwa RDC

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, yavuze ko nyuma y’uruzinduko rw’intumwa za OIF muri RDC, mu Rwanda no muri Togo bagamije kumenya imiterere y’intambara yo mu Burasirazuba bwa RDC, uyu muryango wahisemo gushyigikira inzira y’ibiganiro birimo kugeragezwa hagamijwe amahoro arambye. Mushikiwabo yavuze ko byinshi mu bibazo by’umutekano muke biri mu bihugu binyamuryango…

Soma inkuru yose

Kamonyi-Runda/Gihara: Polisi yataye muri yombi ukekwaho Ubucuruzi bw’Ibiyobyabwenge

Kuri uyu wa 20 Ugushyingo 2025, ku bufatanye n’Abaturage hamwe n’Inzego z’Ibanze, Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Kamonyi yafashe Umugabo w’imyaka 37 y’Amavuko ukekwaho GUCURUZA no GUKWIRAKWIZA Ibiyobyabwenge. Yafatiwe mu Mudugudu wa Bimba, Akagari ka Gihara ho mu Murenge wa Runda, afatanwa Ibiro birenga bibiri(2kgs) by’Urumogi. Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara…

Soma inkuru yose

Umuti mushya wa malaria wagaragaje ubushobozi bwo kuyirwanya ku kigero cya 97%

Ikigo cy’Abasuwisi, Novartis, ku bufatanye na Medicines for Malaria Venture (MMV), cyatangaje ko umuti mushya wa malaria witwa ganaplacide/lumefantrine (GanLum) wagaragaje ubushobozi bwo kurwanya malaria ku rugero rwa 97%. Ibi byavuye mu igerageza ryakozwe ku bantu 1,688 barimo abana n’abantu bakuru, mu cyiciro cya gatatu cy’ubushakashatsi. Igerageza ryakorewe mu bigo 34 byo mu bihugu 12…

Soma inkuru yose

Abashakashatsi basanze iturika ry’inyenyeri rishobora kugira ingaruka ku mibumbe harimo n’Isi

Abahanga mu bya siyansi y’isi n’isanzure batangaje ko ku nshuro ya mbere babashije gukurikirana iturika rikomeye ry’inyenyeri ryarangiye riri hanze y’urusobe rw’imibumbe igaragiye Izuba, bagasanga rifite ibintu bishobora kugira ingaruka ku Isi. Ibi byavuye mu bushakashatsi bwakozwe n’itsinda riyobowe na J.R. Callingham wo mu Buholandi, bwatangajwe ku wa 12 Ugushyingo 2025. Ubushakashatsi bwibanze ku nyenyeri…

Soma inkuru yose

Ubushakashatsi bushya bwerekana ko Vitamin D ishobora kurinda kanseri ya prostate

Ubushakashatsi bushya bwerekana ko Vitamin D, izwi cyane ko ifasha mu gukomeza amagufwa, ishobora no kugira uruhare runini mu kurinda no kugabanya ubukana bwa kanseri ya prostate, imwe mu ndwara zikunda kugaragara ku bagabo bakuze. Prostate ni urugingo ruboneka ku bagabo gusa, ruba munsi y’uruhago rukikije umuyoboro usohora inkari n’amasohoro, inyuma hakaba hifatanye n’igice cya…

Soma inkuru yose

Ubushakashatsi bugaragaza uko indwara zo mu mutwe zibasiye abagabo kurusha abagore mu Rwanda

Indwara zo mu mutwe zigenda ziyongera ku rwego rw’Isi, no mu Rwanda zigahinduka ikibazo gikomeye kuko nibura umuntu 1 muri 5 aba yarigeze kugira ikibazo kijyanye n’ubuzima bwo mu mutwe. Izi ndwara zimaze imyaka isaga 50 zivurirwa mu Bitaro bya Ndera, ariko umubare w’ababigana urenze ubushobozi bwabyo ku kigero cya 116%. Muri 2024/2025 byakiriye abarwayi…

Soma inkuru yose

Itegeko rishya rya Mississippi risaba kugenzura imyaka y’abakoresha imbuga nkoranyambaga ryatumye urubuga rwa Bluesky rureka gukora muri iyi Leta.

Bluesky, urubuga rukora mu buryo bwegeranye n’urwa X (Twitter), rwatangaje ko rwasibye burundu serivisi zarwo muri Mississippi kubera itegeko rya HB 1126 rimaze kwemerwa, risaba ko umuntu wese yinjira ku mbuga nkoranyambaga yabanza kwemeza imyaka ye. Abatarageza ku myaka 18 basabwa no kuba bafite uruhushya rw’ababyeyi. Iri tegeko riteganya ihazabu ya 10.000$ ku rubuga rutubahirije…

Soma inkuru yose

Nyuma y’iminsi ibiri gusa OpenAI ishyize hanze ‘Atlas’, Microsoft nayo yahise isubiza mu buryo bukomeye.

Nyuma y’iminsi ibiri gusa OpenAI isohoye porogaramu nshya yitwa Atlas, Microsoft nayo yahise isohora uburyo bushya bwitwa Copilot Mode bukorera muri Microsoft Edge, bugamije kongerera imbaraga ikoreshwa ry’ubwenge buhangano. Ubu buryo bushya bushobora gukurikirana ibyo ukora byose kuri Edge, bukamenya aho ukeneye ubufasha kugira ngo AI ihite igufasha mu buryo bwihuse. Copilot Mode ishobora kugusobanurira…

Soma inkuru yose