Abanyeshuri 1,097 bakopeye ibizamini bya Leta bahawe igihano gikomeye

Abanyeshuri 1,097 bakopeye ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye mu mwaka w’amashuri wa 2025/2026, ntibazahabwa andi mahirwe yo kongera gukora ibyo bizamini. Amakuru dukesha IGIHE avuga ko ibi byatangajwe na Minisitiri w’Uburezi, Nsengimana Joseph, kuri uyu wa 11 Nzeri 2026, ubwo hatangazwaga amanota y’abanyeshuri 108,405 bakoze ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye. Minisitiri Nsengimana yavuze…

Soma inkuru yose

Bugesera: Umusaza w’imyaka 80 yafashwe ari kugerageza kwisayidira ku mugore w’abandi

Umusaza w’imyaka 80 wo mu Karere ka Bugesera yafashwe ari kumwe n’umugore w’undi mugabo, ibyabereye mu Mudugudu wa Kigusa, Akagari ka Musenyi, Umurenge wa Musenyi. Amakuru yatangajwe na TV na Radio 1 avuga ko umugabo wari ugiye gushaka umugore we kugira ngo bajye gusangira akabenzi, yamusanze mu nzu ari kumwe n’uyu musaza. Umugabo wari uherekejwe…

Soma inkuru yose

Amanota y’ibizamini bya Leta arasohoka uyu munsi

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA) cyatangaje ko kuri uyu wa 11 Nzeri 2026 ari bwo hasohoka amanota y’ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye, ndetse n’ay’abanyeshuri basubiyemo ibizamini bisoza amashuri abanza. NESA yatangaje ko amanota y’ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye by’umwaka w’amashuri wa 2025/2026 aratangazwa saa Munani z’amanywa. Ibi bizazana igisubizo ku banyeshuri…

Soma inkuru yose

Ese wari uzi impamvu abakundana benshi bakora imibonano mpuzabitsina mbere y’ubukwe? Sobanukirwa

Ubukwe ni imwe mu ntambwe zikomeye mu buzima bw’umuntu, cyane cyane mu muco nyarwanda aho gushyingirwa byagiye bifatwa nk’ishingiro ryo gushinga umuryango no kubaka ejo hazaza h’abashakanye. Icyakora, uko imyaka ishira, uburyo abantu binjira mu mibanire y’urukundo n’ubuzima bw’umuryango buragenda buhinduka. Abantu benshi bashobora gutangira gukundana, bakabana ndetse bagatangira ubuzima bw’imibonano mpuzabitsina mbere y’uko bashyingirwa….

Soma inkuru yose

Muhanga: Umugabo yafatanwe udupfunyika 2,213 tw’urumogi

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Muhanga, ku bufatanye n’abaturage, yafashe umugabo w’imyaka 40 ukekwaho gukwirakwiza urumogi, asanganwa udupfunyika 2,213 tw’urumogi. Ibi byabaye kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 29 Kanama 2026, mu Murenge wa Nyamabuye, Akagari ka Gitarama, Umudugudu wa Nyabisindu, aho uyu mugabo yafatiwe iwe mu rugo. Amakuru y’ibanze agaragaza ko urwo…

Soma inkuru yose

Ikigega cya pansiyo mu Rwanda: Ishoramari ryacyo ryagira uruhe ruhare mu iterambere ry’ubukungu?

Abasesenguzi bagaragaza ko ikigega cya pansiyo ari umwe mu bashoramari bakomeye mu bukungu bw’u Rwanda, mu gihe hakomeje kwibazwa uko umutungo wacyo wakomeza gutanga umusaruro ku banyamuryango no gufasha mu iterambere ry’igihugu. Ikigega cya pansiyo gifite umwanya ukomeye mu bukungu bw’igihugu kubera umutungo gikoresha mu ishoramari ry’igihe kirekire. Uko ayo mafaranga ashorwamo bishobora kugira uruhare…

Soma inkuru yose

Amajyepfo: Polisi ivuga ko ibyaha byagabanutse nyuma yo guca ibinyobwa bitujuje ubuziranenge

Polisi y’u Rwanda ivuga ko ibikorwa byo kurwanya ibinyobwa bitujuje ubuziranenge, birimo ibizwi cyane ku izina ry“ibyuma”, byagize uruhare mu kugabanya ibyaha n’imyitwarire ibangamira umutekano mu Ntara y’Amajyepfo. Ibi byagarutsweho ku wa Kane tariki ya 27 Kanama 2026, mu bukangurambaga bukomeje gukorerwa mu bice bitandukanye by’Intara y’Amajyepfo, bugamije kurandura ibinyobwa bitujuje ubuziranenge no gukumira ingaruka…

Soma inkuru yose

Shema Ngoga yasabiwe gufungwa iminsi 30 ku byaha bifitanye isano na sheki za $600,000

Ubushinjacyaha bw’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge bwasabiye Umunyemari akaba na Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Shema Ngoga Fabrice, gufungwa iminsi 30 y’agateganyo, mu rubanza aregwamo ibyaha bibiri bifitanye isano no gutanga sheki zitazigamiye zifite agaciro ka $600,000. Shema yaburanye ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo kuri uyu wa Kane, tariki ya 27 Kanama 2026, nyuma y’iminsi…

Soma inkuru yose

Ibintu by’ingenzi ugomba kuzirikana mbere yo guha umwana Paracetamol

Iyo umwana muto afite umuriro, ababyeyi benshi bahita bahangayika, cyane cyane ko umwana aba adashobora gusobanura neza aho ababara cyangwa aho afite kibazo. Umuriro ushobora kujyana no kurira cyane, kubura ubushake bwo kurya no kunywa ndetse n’umwuma. Nubwo umuriro ari ikimenyetso gikunze gutera impungenge, abaganga b’abana bagaragaza ko ubwawo wonyine atari indwara, ahubwo ushobora kuba…

Soma inkuru yose

Abana bavuka bafite ibiro bike bakomeje kwiyongera mu Rwanda, abagore batwite basabwe kwitwararika

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare mu Rwanda (NISR) cyagaragaje ko umubare w’abana bavuka bafite ibiro bikeya ukomeje kwiyongera, ibintu bishobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga no kugira ingaruka ku mikurire yabo. Imibare igaragaza ko abana bavuka bafite munsi y’ibiro 2.5 bakomeje kwiyongera ugereranyije n’imyaka yashize. Mu 2010, abana bavukaga bafite ibiro biri munsi ya 2.5 bari…

Soma inkuru yose

NESA yatangiye ubugenzuzi ku mashuri arenga 600 akorera mu buryo butemewe

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Uburezi bw’Ibanze (NESA) cyatangije ubugenzuzi ku bigo by’amashuri birenga 600 byashinzwe n’abikorera ariko bikaba bikora bitarabona ibyangombwa bisabwa. Amakuru dukesha IGIHE avuga ko ubu bugenzuzi bukorerwa mu gihugu hose, hagamijwe kureba niba ibyo bigo byujuje ibisabwa kugira ngo bikomeze gutanga uburezi mu buryo bwemewe, butabangamira umutekano w’abanyeshuri ndetse n’ireme ry’uburezi. Umuyobozi w’Ishami…

Soma inkuru yose

Mugabowagahunde Maurice yaburiye urubyiruko kuvana amaboko mu mifuka rugakora

Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Mugabowagahunde Maurice, yasabye urubyiruko n’abandi bantu bafite ingeso yo kwiringira imikino y’amahirwe, ibisindisha n’ibiyobyabwenge kubivamo, bagashyira imbaraga mu gukora no kwiteza imbere. Ibi Guverineri Mugabowagahunde yabigarutseho ku wa Gatandatu tariki ya 22 Kanama 2026, ubwo yatangizaga ku mugaragaro imurikagurisha ry’abikorera bo mu Ntara y’Amajyaruguru, ribera mu Karere ka Musanze. Iri murikagurisha ryatangiye…

Soma inkuru yose

Mu burasirazuba: Hatangiye gufungurwa buhoro buhoro amasoko y’amatungo

Guverinoma y’u Rwanda yatangiye gufungura buhoro buhoro amasoko y’amatungo mu turere tune two mu Ntara y’Iburasirazuba, nyuma y’uko indwara ya Rift Valley Fever (RVF) imaze iminsi yibasiye amatungo itangiye kugabanuka. Nk’uko Ijari News yabitangaje, iki cyemezo cyafashwe nyuma y’ingamba zitandukanye zari zarashyizweho mu rwego rwo kurwanya no gukumira ikwirakwira ry’iyi ndwara yibasira amatungo. Amasoko yatangiye…

Soma inkuru yose

MINEDUC yasobanuye ikosa ryatumye uwabaye uwa mbere mu bizamini bya Leta ataboneka mu muhango wo gutanga ibihembo

Ku wa 20 Kanama 2026, ku mbuga nkoranyambaga havutse impaka nyuma y’uko Uwamariya Leontine, wabaye uwa mbere mu bizamini bya Leta bisoza icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye, atagaragaye mu muhango wo gutanga ibihembo. Uwamariya ukomoka mu Karere ka Rusizi, yigaga mu Ishuri ry’Isumbuye rya ISF Nyamasheke, aho yagize amanota 98,7%, anganya na Musonga Isimbi Orah wigaga…

Soma inkuru yose

Umunyarwanda yashyizeho uburyo bwo gukatisha itike ya bisi utiriwe ujya kuri gare

Abantu barenga 2.000 bamaze gukoresha urubuga rwa Tega Bus, ikoranabuhanga ryashyizweho mu gufasha abagenzi bakora ingendo zo mu ntara gukata amatike batiriwe batonda imirongo miremire aho bategera imodoka. Urubuga rwa Tega Bus rwashyizweho hagamijwe gukemura imwe mu mbogamizi abagenzi bakunze guhura na zo, cyane cyane igihe cyo gushaka imodoka zijya mu bice bitandukanye by’igihugu. Bruno…

Soma inkuru yose

Ibyuma biragatsindwa n’Imana: Musenyeri Sinayobye agira icyo asaba urubyiruko

Umushumba wa Diyosezi Gatolika ya Cyangugu, Musenyeri Sinayobye Edouard, yasabye urubyiruko kugira inyota yo kumenya Imana no kuyegera, aho gukururwa n’ibisindisha, cyane cyane ibinyobwa bitemewe kandi bitujuje ubuziranenge bizwi nka ‘ibyuma’. Amakuru dukesha IGIHE avuga ko Musenyeri Sinayobye yabigarutseho kuri uyu wa Gatanu tariki ya 21 Kanama 2026, ubwo yaganirizaga urubyiruko Gatolika rwitabiriye ihuriro ryo…

Soma inkuru yose

Huye: Polisi yahuguye abakozi n’abarwaza ku gukumira no kurwanya inkongi y’umuriro

Polisi y’u Rwanda ikorera mu ntara y’Amajyepfo yahuguye abayobozi, abakozi ndetse n’abarwaza bo mu bitaro bya Kabutare mu karere ka Huye , uburyo bwo gukumira no kurwanya inkongi y’umuriro, ndetse n’uko bakwitwara mu gihe inkongi ibaye. Aya mahugurwa yatanzwe mu rwego rw’ubukangurambaga Polisi y’u Rwanda ikomeje gukora ku bufatanye n’abaturage ndetse n’izindi nzego, hagamijwe kwirinda…

Soma inkuru yose

Polisi y’u Rwanda n’iya Koreya y’Epfo zongereye ubufatanye

Polisi y’u Rwanda n’iya Koreya y’Epfo zasinyanye amasezerano agamije gukomeza imikoranire mu bijyanye no kurwanya ibyaha no kongerera ubushobozi inzego zombi. Nk’uko Imvaho Nshya yabitangaje, ayo masezerano yashyiriweho umukono i Seoul kuri uyu wa Kane, tariki ya 20 Kanama 2026, asinywa n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, CG Felix Namuhoranye, na mugenzi we uyobora Polisi…

Soma inkuru yose

Inyuma y’inkundura ya gatanya, abagiye gushakana basabwe kujya babanza kwitonda

Mu Rwanda, imanza zo gutandukana kw’abashakanye ku bwumvikane zikomeje kwiyongera, mu gihe abanyamategeko basaba abitegura gushyingiranwa kutibanda gusa ku muhango w’ubukwe, ahubwo bakabanza gusobanukirwa neza n’amasezerano ajyanye n’ishyingirwa ndetse n’inshingano zizakurikiraho. Abanyamategeko bavuga ko hari abantu benshi bashyira imbaraga nyinshi mu gutegura umunsi w’ubukwe, ariko ntibahabwe umwanya uhagije wo gusobanukirwa ibyo bemera n’inshingano baba bagiye…

Soma inkuru yose

Nyaxo yahishuye ko gahunda yo guca ibinyobwa bitujuje ubuziranenge yamuhombeje Miliyoni 5 Frw

Umunyarwenya Kanyabugande Olivier, uzwi cyane nka Nyaxo, wamamaye muri sinema Nyarwanda by’umwihariko mu gutera urwenya, yavuze ko gahunda yo guca no guhagarika ibinyobwa bitujuje ubuziranenge yamuhombeje amafaranga agera kuri miliyoni 5 Frw. Nyaxo yabivuze nyuma y’uko mu minsi ishize inzego bireba zatangiye ibikorwa byo kugenzura no guhagarika ibinyobwa bitujuje ubuziranenge, bikaba byaragejeje ku ifungwa ry’inganda…

Soma inkuru yose

Igabanuka ry’inkunga ya HCR ritangiye kugira ingaruka ku mirire y’abana b’impunzi i Mahama

Ababyeyi b’impunzi ziri mu Nkambi ya Mahama mu Karere ka Kirehe bavuga ko igabanuka ry’inkunga bahabwaga ryatumye imibereho irushaho gukomera, ku buryo bamwe batakibasha kubona indyo ihagije ibafasha konsa no kurera abana neza. Ibi byagarutsweho ku wa 11 Kanama 2026, ubwo muri iyi nkambi hatangizwaga icyumweru mpuzamahanga cyahariwe konsa, cyabaye umwanya wo kugaragaza imbogamizi ababyeyi…

Soma inkuru yose

Abaganga bavuga ko nta rugero rw’inzoga rwizewe ku buzima

Mu gihe u Rwanda rukomeje ibikorwa byo kurwanya ibiyobyabwenge n’inzoga zitujuje ubuziranenge, abaganga n’inzego z’ubuzima bakomeje kwibutsa abaturage ko nta rugero rw’inzoga rwemejwe nk’urutateza ingaruka ku buzima bw’umuntu. Nubwo bamwe bemeza ko kunywa inzoga nke bitateza ikibazo, ubushakashatsi butandukanye bugaragaza ko inzoga zose, yaba divayi, biya (beer)cyangwa izindi nzoga gakondo, zishobora kugira ingaruka ku mubiri…

Soma inkuru yose

Ibintu bine Minisitiri Utumatwishima asaba urubyiruko kwitaho kugira ngo rutere imbere

Ibintu bine Minisitiri Utumatwishima asaba urubyiruko kwitaho kugira ngo rutere imbereMinisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Abdallah, yasabye urubyiruko rw’u Rwanda kwita ku bintu bine by’ingenzi birimo kugira ubuzima bwiza, gushaka ubumenyi, gutozwa no kugira uruhare mu nzego zifata ibyemezo. Amakuru dukesha IGIHE Avuga ko ibi Minisitiri Utumatwishima yabigarutseho kuri uyu wa 15 Kanama 2026,…

Soma inkuru yose

Kunywa ibikombe 2–3 by’ikawa ku munsi bishobora kugabanya ibyago by’indwara zimwe z’umutima

Ubushakashatsi bushya bugaragaza ko abantu banywa ikawa irimo caféine ku rugero ruringaniye bashobora kuba bafite ibyago bike byo kurwara zimwe mu ndwara z’umutima, stroke ndetse na diyabete yo mu bwoko bwa kabiri. Abashakashatsi bagaragaje ko kunywa hagati ya miligarama 200 na 300 za caféine ku munsi, zingana n’ibikombe bibiri cyangwa bitatu by’ikawa bitewe n’ubwoko n’ingano…

Soma inkuru yose

Kenya yatangaje ko inzoga zayo zaciwe mu Rwanda zujuje ubuziranenge

Guverinoma ya Kenya yatangaje ko inzoga eshanu zo muri icyo gihugu zaciwe kugurishwa ku isoko ry’u Rwanda zari zujuje ubuziranenge, nyuma y’uko hagaragaye impungenge ku bipimo byazo. Nk’uko Ukweli Times yabitangaje, Kenya Bureau of Standards (KEBS) yatangaje ko inzoga eshanu zo muri Kenya ziherutse guhagarikwa mu Rwanda, zirimo: Kenya King Gin, Safari Gin, na Gilbey’s…

Soma inkuru yose

Ubuzima burushaho guhenda mu Rwanda ibiciro by’ubwikorezi byazamutseho 24,2%

Ibiciro by’ibicuruzwa na serivisi mu Rwanda byakomeje kuzamuka, aho mu kwezi kwa Nyakanga 2026 byiyongereyeho 14,5% ugereranyije n’ukwezi kwa Nyakanga 2025. Ibi bigaragazwa n’imibare mishya y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, NISR, yashyizwe ahagaragara ku wa 10 Kanama 2026. Iyi mibare igaragaza ko izamuka ry’ibiciro ryakomeje kugira ingaruka ku bice bitandukanye bigize imibereho y’abaturage. Amakuru arambuye kuri iyi…

Soma inkuru yose

RIB yataye muri yombi abantu 16 barimo Umuyobozi wa Inguvu Gin Ltd bakekwaho gukora inzoga zitujuje ubuziranenge

Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko rumaze gufata abantu barenga 80 bakekwaho kugira uruhare mu bikorwa byo gukora inzoga zitujuje ubuziranenge hirya no hino mu gihugu. Muri abo bafashwe harimo abantu 16 bafatiwe mu Mujyi wa Kigali, barimo ba nyir’inganda n’abakozi bazo. Muri bo harimo n’Umuyobozi wa Inguvu Gin Ltd, Ntihanabose Samuel uzwi ku izina rya…

Soma inkuru yose

Iburasirazuba: Polisi yafashe abantu 43 bakekwaho guhisha inzoga zabujijwe ku isoko

Abantu 43 bo mu Ntara y’Iburasirazuba bafashwe n’inzego z’umutekano nyuma yo gukekwaho gukomeza kubika no gucuruza inzoga zari zarakuwe ku isoko kubera kutujuje ubuziranenge. Nk’uko Polisi y’u Rwanda ibitangaza, aba bantu bafashwe mu gikorwa kimaze iminsi itatu kigamije gukura ku isoko ibinyobwa byagaragajwe nk’ibishobora guteza ibibazo ku buzima bw’ababinywa. Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba,…

Soma inkuru yose

Afurika y’Epfo yakuwe ku rutonde rwa Banki y’Isi rw’ibihugu bifite ingamba za AI

Nk’uko iAfrica yabitangaje, Afurika y’Epfo ntiri ku ikarita ya Banki y’Isi (World Bank) igaragaza ibihugu bifite ingamba z’igihugu zigenga ikoreshwa ry’Ubwenge Buhangano (Artificial Intelligence – AI), nyuma y’uko muri Mata 2026 Guverinoma ikuyeho umushinga wayo wa politiki yari yarateguye kubera amakosa akomeye yari yawugaragayemo. Ibi byatangajwe muri raporo ya World Development Report 2026: The Promise…

Soma inkuru yose

Wari uziko ushobora kwemerera undi kwitaba abahamagara telefone yawe? Dore uko bikorwa n’uko wabigenzura

Hari igihe umuntu akubwira ko yaguhamagaye ariko agasanga yitabwe n’undi muntu, ugahita ugira impungenge ukakeka ko telefone yawe yinjiwe cyangwa yibasiwe n’abajura b’ikoranabuhanga (hackers). Hari n’abahita bashinja ibigo by’itumanaho kuba ari byo byateye icyo kibazo. Nyamara, si ko biba bimeze buri gihe. Mu by’ukuri, telefoni nyinshi zifite uburyo bwemewe buzwi nka Call Forwarding cyangwa Call…

Soma inkuru yose

Abaturage bishimiye ikurwa ku isoko ry’‘ibyuma’, basaba ko urugamba rwo kurwanya ibiyobyabwenge rwakomeza

Nk’uko IGIHE yabitangaje, abaturage bo hirya no hino mu Rwanda bakomeje kwakira neza icyemezo cyo gukura ku isoko inzoga zitujuje ubuziranenge zizwi nka “ibyuma”, bavuga ko zari zimaze imyaka ziteza ibibazo bikomeye birimo uburwayi, gusenya imiryango no gushyira ubuzima bw’urubyiruko mu kaga. Iki cyemezo cyafashwe nyuma y’uko Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibiribwa n’Imiti (Rwanda FDA) gifunze…

Soma inkuru yose

WHO Yaburiye Abanywa Inzoga: Ethanol Ishobora Guteza Indwara Zirenga 200

Ubushakashatsi bw’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO) bugaragaza ko ethanol, ikinyabutabire gisindisha kiboneka mu nzoga, ari kimwe mu bitera indwara nyinshi zidakira ndetse kigira uruhare mu rupfu rw’abantu barenga miliyoni 2.6 buri mwaka. Ibi bituma inzoga zikomeza kuba ikibazo gikomeye ku buzima rusange ku Isi. Nubwo inzoga zinyobwa n’abantu benshi mu rwego rw’imyidagaduro cyangwa…

Soma inkuru yose

Minisitiri w’ubuzima yasobanuye impamvu yihishe inyuma y’inkubiri yo gufunga inzoga zitujuje ubuziranenge.

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, yatangaje ko isuzuma ryakozwe ku nzoga zimwe zitujuje ubuziranenge ryagaragaje ibintu biteye inkeke, birimo kuba hari izari zifite 90% bya alcool ndetse zikarimo n’ibinyabutabire by’uburozi nka methanol, bidakwiye kunyobwa na gato. Yabitangaje kuru uyu wa 3 Kanama 2026 mu kiganiro cyatambutse kuri Televiziyo y’Igihugu cyagarukaga ku ngamba zafashwe zo kurwanya…

Soma inkuru yose

Uruganda Rukora Indodo za Silk n’Urutunganya Chips Bigiye Kongera Gukora

Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Sebahizi Prudence, yatangaje ko Guverinoma iri gushaka uburyo bwo kongera gukora uruganda rukora indodo za silk n’urutunganya ifiriti z’ibirayi (chips), nyuma y’igihe ibikorwa byarwo bihagaze. Ibi biri mu rwego rwo kongera imbaraga mu iterambere ry’inganda no guteza imbere urwego rw’inganda zitanga agaciro ku musaruro w’u Rwanda. Minisitiri Sebahizi yabigarutseho ku wa Kabiri,…

Soma inkuru yose

Ubugenzuzi bwa MIFOTRA bwafashe ibigo 71 bitubahiriza amategeko y’umurimo

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA) yatangaje ko mu mezi atandatu ya mbere ya 2026, kuva muri Mutarama kugeza muri Kamena, yakoze ubugenzuzi mu bigo 2.290 bikorera hirya no hino mu Rwanda hagamijwe kureba niba byubahiriza amategeko agenga umurimo no kurengera uburenganzira bw’abakozi. Raporo yashyizwe ahagaragara na MIFOTRA igaragaza ko muri ibyo bigo byose byagenzuwe,…

Soma inkuru yose

Nyamagabe: Visi Meya yatawe muri yombi mu iperereza ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Nyamagabe ushinzwe Imibereho Myiza, Uwamariya Agnes, akekwaho icyaha cyo kutamenyekanisha icyaha cy’ubugome nyuma y’uko bivuzwe ko yamenyeshejwe ihohoterwa rishingiye ku gitsina ariko ntagirire uwahohotezwaga ubutabazi. Ifungwa rye ryabaye ku gicamunsi cyo ku wa 29 Nyakanga 2026, rikaba rifitanye isano n’iperereza ryatangiye rikurikiranye dosiye y’Umunyamabanga…

Soma inkuru yose

Leta Igiye Guhana Abahinzi Bahinga Binyuranyije n’Amategeko

Mu rwego rwo kurushaho kurengera ubutaka no kongera umusaruro w’ubuhinzi, Guverinoma y’u Rwanda yashyizeho itegeko rishya riteganya ibihano ku bahinzi batubahiriza amabwiriza agenga ubuhinzi. Iri tegeko rigamije gukumira ibikorwa byangiza ubutaka no guteza imbere ubuhinzi burambye buzafasha igihugu kugera ku ntego zacyo z’umutekano w’ibiribwa. Abayobozi bagaragaza ko uburyo bwo guhinga budakurikije amategeko butagira ingaruka ku…

Soma inkuru yose

Madamu Jeannette Kagame yatashye ‘Imbuto Hub’ i Bugesera

Madamu Jeannette Kagame kuri uyu wa Gatanu yitabiriye umuhango wo gutaha ikigo cyiswe Imbuto Hub giherereye mu Murenge wa Nyamata, Akarere ka Bugesera, cyubatswe ku bufatanye n’Umuryango Imbuto Foundation kugira ngo gitange serivisi zitandukanye ku baturage ku buntu. Iki kigo kizajya gitanga serivisi zirimo ubujyanama ku buzima n’imibereho, amahugurwa y’imyuga, ikoranabuhanga, imikino n’imyidagaduro, irerero ry’abana…

Soma inkuru yose

Igwingira mu Ntara y’Iburengerazuba riracyari hejuru, Guverineri Ntibitura arasaba ubufatanye mu kurirwanya

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Ntibitura Jean Bosco, yavuze ko ikibazo cy’igwingira gikomeje kwibasira abana bo muri iyi Ntara giterwa ahanini n’imirire mibi, ubukene, isuku n’isukura bidahagije ndetse n’ubumenyi buke ku mirire iboneye. Yasabye inzego zose n’abaturage guhuriza hamwe imbaraga kugira ngo iki kibazo gihashywe burundu. Yabitangaje ku wa 23 Nyakanga 2026 i Karongi, mu nama nyunguranabitekerezo…

Soma inkuru yose

U Rwanda rwatangije ikoranabuhanga mu gutera intanga inka n’ingurube

Mu rwego rwo gukomeza guteza imbere ubworozi bukoresha ikoranabuhanga, Sosiyete KT Hub yamuritse uburyo bushya bwo gutera inka n’ingurube intanga hifashishijwe camera zifasha abaganga b’amatungo gusuzuma mbere y’uko intanga ziterwa, hagamijwe kugabanya ikibazo cy’intanga zidafata no kongera umusaruro mu bworozi. Iri koranabuhanga ryamuritswe ku wa 23 Nyakanga 2026, mu imurikabikorwa ry’ubuhinzi n’ubworozi ritegurwa na Minisiteri…

Soma inkuru yose

Abanyarwanda bacurujwe mu mahanga bamaze gutahuka

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Dr. Emmanuel Ugirashebuja, yatangaje ko hagati ya Nyakanga 2025 na Werurwe 2026, Abanyarwanda 289 bari baracurujwe mu bihugu bitandukanye bamaze gutahukanwa ku bufatanye bw’inzego za Leta n’abafatanyabikorwa. Yabitangaje mu gihe u Rwanda rukomeje kongera ingamba zo kurwanya icuruzwa ry’abantu, by’umwihariko iryambukiranya imipaka. Imibare yatangajwe igaragaza ko muri abo…

Soma inkuru yose