Madamu Jeannette Kagame yatashye ‘Imbuto Hub’ i Bugesera

Madamu Jeannette Kagame kuri uyu wa Gatanu yitabiriye umuhango wo gutaha ikigo cyiswe Imbuto Hub giherereye mu Murenge wa Nyamata, Akarere ka Bugesera, cyubatswe ku bufatanye n’Umuryango Imbuto Foundation kugira ngo gitange serivisi zitandukanye ku baturage ku buntu. Iki kigo kizajya gitanga serivisi zirimo ubujyanama ku buzima n’imibereho, amahugurwa y’imyuga, ikoranabuhanga, imikino n’imyidagaduro, irerero ry’abana…

Soma inkuru yose

Igwingira mu Ntara y’Iburengerazuba riracyari hejuru, Guverineri Ntibitura arasaba ubufatanye mu kurirwanya

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Ntibitura Jean Bosco, yavuze ko ikibazo cy’igwingira gikomeje kwibasira abana bo muri iyi Ntara giterwa ahanini n’imirire mibi, ubukene, isuku n’isukura bidahagije ndetse n’ubumenyi buke ku mirire iboneye. Yasabye inzego zose n’abaturage guhuriza hamwe imbaraga kugira ngo iki kibazo gihashywe burundu. Yabitangaje ku wa 23 Nyakanga 2026 i Karongi, mu nama nyunguranabitekerezo…

Soma inkuru yose

U Rwanda rwatangije ikoranabuhanga mu gutera intanga inka n’ingurube

Mu rwego rwo gukomeza guteza imbere ubworozi bukoresha ikoranabuhanga, Sosiyete KT Hub yamuritse uburyo bushya bwo gutera inka n’ingurube intanga hifashishijwe camera zifasha abaganga b’amatungo gusuzuma mbere y’uko intanga ziterwa, hagamijwe kugabanya ikibazo cy’intanga zidafata no kongera umusaruro mu bworozi. Iri koranabuhanga ryamuritswe ku wa 23 Nyakanga 2026, mu imurikabikorwa ry’ubuhinzi n’ubworozi ritegurwa na Minisiteri…

Soma inkuru yose

Abanyarwanda bacurujwe mu mahanga bamaze gutahuka

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Dr. Emmanuel Ugirashebuja, yatangaje ko hagati ya Nyakanga 2025 na Werurwe 2026, Abanyarwanda 289 bari baracurujwe mu bihugu bitandukanye bamaze gutahukanwa ku bufatanye bw’inzego za Leta n’abafatanyabikorwa. Yabitangaje mu gihe u Rwanda rukomeje kongera ingamba zo kurwanya icuruzwa ry’abantu, by’umwihariko iryambukiranya imipaka. Imibare yatangajwe igaragaza ko muri abo…

Soma inkuru yose

Abantu 5,500 bapfa buri mwaka bazize itabi mu Rwanda: Dore intambwe 10 zagufasha kurireka burundu

Mu gihe Isi yizihije Umunsi Mpuzamahanga wo Kureka Itabi, inzobere mu buzima zongeye kwibutsa ko guhagarika kurikoresha ari imwe mu ntambwe zikomeye umuntu yafata mu kurengera ubuzima bwe. Nubwo kubireka bitoroshye kuri bamwe, ubushakashatsi bugaragaza ko bishoboka iyo umuntu afashe icyemezo, akagira gahunda ihamye kandi akabona ubufasha bukwiye. Buri mwaka ku wa 31 Gicurasi, Isi…

Soma inkuru yose

Ibimenyetso 8 by’indwara z’umutima ku bana ababyeyi badakwiye kwirengagiza

Indwara z’umutima zikunze gufatwa nk’izibasira abantu bakuru, nyamara n’abana na bo zishobora kubibasira, ndetse hari abazivukana. Abaganga bagaragaza ko iyo zimenyekanye hakiri kare, abana benshi bashobora kuvurwa bagakira, bityo bagakura neza nk’abandi. Ibi byagarutsweho na Dr. Rusingiza Emmanuel, inzobere mu kuvura indwara z’umutima zifata abana mu Bitaro bya Kaminuza bya Kigali (CHUK), mu kiganiro cyatambutse…

Soma inkuru yose

AG Promoter yavuze abo Diamond Platnumz ashobora kubanza guhura na bo i Kigali

Umwe mu bamamaye mu gutegura no kwamamaza ibitaramo mu Rwanda, Agiraneza Pacifique uzwi nka AG Promoter, yatangaje ko mu gihe umuhanzi wo muri Tanzania, Diamond Platnumz, yagera mu Rwanda, ashobora kuzabanza gushaka guhura n’abantu babiri barimo Kagarara (Ashton Small) na The Ben. Ibi AG Promoter yabivuze nyuma y’uko Kagarara asoje urugendo rwamuzengurukije ibihugu bitandukanye byo…

Soma inkuru yose

U Rwanda Rwongereye Imbaraga mu Kwamamaza Ubukerarugendo Binyuze muri Aston Villa FC

U Rwanda rwongeye gukora indi ntambwe ikomeye mu kwamamaza isura yarwo ku rwego mpuzamahanga, nyuma y’uko gahunda ya Visit Rwanda isinyanye amasezerano y’ubufatanye na Aston Villa FC, imwe mu makipe akomeye akina muri Shampiyona y’u Bwongereza (Premier League). Ni ubufatanye butegerejweho kongera kumenyekanisha igihugu, gukurura ba mukerarugendo, abashoramari ndetse n’abashaka amahirwe y’ubucuruzi. Aya masezerano yatangajwe…

Soma inkuru yose

Rwamagana: Umugabo Yafashwe Agiye Gutoroka Nyuma yo Gukekwaho Kwica Umugore we Amukubise Ikibando

Mu Karere ka Rwamagana haravugwa inkuru y’incamugongo nyuma y’uko umugabo akekwaho kwica umugore we amukubise ikibando mu mutwe, nyuma y’amakimbirane yari asanzwe avugwa muri uru rugo. Ibi byabaye mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 15 Nyakanga 2026, mu Mudugudu w’Akabare, Akagari k’Akabare, Umurenge wa Musha, aho abaturage babyutse basanga umugore yishwe mu…

Soma inkuru yose

Visit Rwanda yatangiye ubufatanye bushya na Aston Villa nyuma yo gusoza amasezerano na Arsenal

Visit Rwanda yinjiye mu masezerano mashya y’ubufatanye n’ikipe ya Aston Villa yo mu Cyiciro cya Mbere mu Bwongereza (Premier League), aho ikirango cyayo kizajya kigaragara ku gituza cy’umwambaro w’iyi kipe. Aya masezerano aje nyuma y’uko ubufatanye Visit Rwanda yari imaze imyaka umunani ifitanye na Arsenal burangiye hasozwa umwaka w’imikino wa 2025-2026. Mu rwego rwo gukomeza…

Soma inkuru yose

Abanyeshuri barenga Ibihumbi 258 mu bizamini bya Leta by’amashuri yisumbuye

Ibizamini bya Leta bisoza umwaka w’amashuri wa 2025/2026 mu cyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye (O-Level) n’icyiciro cya kabiri (A-Level) biratangira ejo ku wa Gatatu, tariki ya 15 Nyakanga 2026, hirya no hino mu Rwanda. Ibi bizamini biteganyijwe ko bizasozwa ku wa 24 Nyakanga 2026, nk’uko bigaragara mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’inzego zibishinzwe kuri uyu wa Kabiri…

Soma inkuru yose

NHIC Yakoresheje Ubwenge Buhangano na ‘e-Banguka’ mu Guhindura Urwego rw’Ubuzima

Ikigo cy’Igihugu Gikusanya Amakuru Ajyanye n’Ubuzima (NHIC) cyatsinze intambwe ikomeye mu mavugurura y’urwego rw’ubuvuzi mu Rwanda, nyuma yo gutangaza ko ubu gifite ubushobozi bwo gukusanya amakuru afite ubuziranenge n’icyizere ku gipimo cya 90,1%. Ibi byatangarijwe mu nama yahuje ibihugu byo muri Afurika ku wa 13 Nyakanga 2026, aho n’u Rwanda rwagaragaje ko ubu buryo bushya…

Soma inkuru yose

Ikibazo cy’ibinyobwa bitujuje ubuziranenge gikomeje guhangayikisha Leta y’u Rwanda

Ikibazo cy’ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye bitujuje ubuziranenge gikomeje kuba kimwe mu bibazo bihangayikishije inzego z’ubuyobozi mu Rwanda, nyuma y’uko hagaragaye abantu benshi bagize ibibazo by’ubuzima ndetse n’abapfuye bazize kubinywa. Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Habimana Dominique, yavuze ko bitangaje kubona bamwe mu baturage bagikomeza kunywa inzoga zizwiho kuba zishobora guteza ibibazo, harimo n’izifite amazina ateye ubwoba nka “Dundubwonko”….

Soma inkuru yose

RBC: Ubwandu bwa Virusi itera Sida mu bagabo baryamana bahuje ibitsina buri kuri 5.8%

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) cyatangaje ko abagabo baryamana n’abo bahuje ibitsina bakomeje kuba mu byiciro byugarijwe cyane na Virusi itera Sida mu Rwanda, aho ubushakashatsi bwacyo bugaragaza ko ubwandu muri iki cyiciro buri ku gipimo cya 5.8%. Amakuru ya RBC agaragaza kandi ko umubare w’abagabo baryamana n’abo bahuje ibitsina wiyongereye uva ku bihumbi 18…

Soma inkuru yose

U Rwanda Rugiye Gutangiza Serivisi ya ‘Gériatrie’ Yo Kwita ku Bageze mu Zabukuru

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje gahunda nshya igamije guteza imbere ubuzima bw’abageze mu zabukuru, aho bagiye kujya bahabwa serivisi z’ubuvuzi zibagenewe by’umwihariko ndetse bakigishwa uburyo bwo kubaho ubuzima buzira umuze no gukomeza kugira imbaraga nubwo imyaka yaba yiyongereye. Ibi byatangajwe na Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, ubwo yagezaga ibisobanuro ku Nteko Ishinga Amategeko ku wa 9…

Soma inkuru yose

Ishoramari mu Buhinzi Riracyari Rito, BRD Isaba Kongera Inkunga Ihabwa Abahinzi

Banki y’Amajyambere y’u Rwanda (BRD) yatangaje ko hakiri amahirwe menshi yo kongera ishoramari mu rwego rw’ubuhinzi n’ubworozi, ishimangira ko gukomeza gufasha amabanki kugabanya ibyago byo gutanga inguzanyo bizafasha abahinzi n’aborozi kubona igishoro bakeneye. Ibi byagarutsweho mu kiganiro cyibanze ku buryo bwo korohereza urwego rw’ubuhinzi kubona serivisi z’imari, aho hagaragajwe ko nubwo hari intambwe imaze guterwa,…

Soma inkuru yose

Perezida Kagame Yagizwe Umuyobozi Mukuru wa Komisiyo ya Loni Izayobora Iterambere rya AI Ku Isi

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yagizwe Umuyobozi Mukuru wa Komisiyo nshya y’Umuryango w’Abibumbye igamije guteza imbere ikoreshwa ry’ubwenge buhangano (Artificial Intelligence – AI) ku rwego rw’isi, mu rwego rwo gufasha ibihugu byose kungukira muri iri koranabuhanga no kugabanya icyuho kiri hagati y’ibihugu bikize n’ibikiri mu nzira y’amajyambere. Iyi komisiyo yiswe AI for Good…

Soma inkuru yose

Mu Ntara y’Amajyepfo Hatashywe Ibikorwa by’Iterambere Byakozwe n’Ingabo na Polisi Mu Kwizihiza Kwibohora32

Mu rwego rwo gusoza ibikorwa by’Ingabo z’u Rwanda (RDF) na Polisi y’u Rwanda byo gufasha abaturage no kwizihiza ku nshuro ya 32 Umunsi wo Kwibohora, mu Ntara y’Amajyepfo hafunguwe ku mugaragaro ibikorwa bitandukanye by’iterambere byubatswe mu bufatanye n’abaturage. Ibi bikorwa byabereye mu turere dutandukanye tw’Intara y’Amajyepfo, aho abayobozi bakuru mu nzego za Leta, iz’umutekano n’abaturage…

Soma inkuru yose

ARJ yahakanye ibaruwa yavugwaga ko itabariza abanyamakuru, ivuga ko yari impimbano

Umuryango Nyarwanda w’Abanyamakuru (ARJ) watangaje ko ibaruwa yari imaze iminsi ikwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga, ivugwa ko yanditswe n’uyu muryango isaba Leta guhagurukira ihohoterwa rikorerwa abanyamakuru, atari inyandiko yawo. Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa 3 Nyakanga 2026, ARJ yavuze ko iyo baruwa yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga ari impimbano, isaba abaturage n’ibitangazamakuru kutayiha agaciro kuko…

Soma inkuru yose

BNR Yahurije Uburyo Bwose Bwo Kwishyurana Mu Ikoranabuhanga Muri Sisitemu Imwe y’Igihugu ya “eKash”

U Rwanda rukomeje gutera intambwe mu rugendo rwo kubaka ubukungu bushingiye ku ikoranabuhanga, nyuma y’uko Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) itangaje ko ibikorwa byinshi byo kwishyurana mu buryo bw’ikoranabuhanga bigiye gukorera muri sisitemu imwe y’igihugu izwi nka Rwanda National Digital Payment System (RNDPS) cyangwa eKash. Iri vugurura rigamije koroshya uburyo abakiliya, amabanki, ibigo bitanga serivisi…

Soma inkuru yose

Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko ikirego RDC yareze u Rwanda Muri ICJ ari “Amayeri ya Politiki”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yavuze ko ikirego Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yajyanye mu Rukiko Mpuzamahanga rw’Ubutabera (ICJ) kigamije impamvu za politiki, aho yavuze ko ari uburyo bwo guhisha ubufatanye Leta ya RDC ifitanye n’umutwe wa FDLR u Rwanda rushinja kuba ugizwe n’abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Ibi yabitangaje ku…

Soma inkuru yose

Minisitiri Uwimana Yasabye Ababyeyi n’Urubyiruko Gufatanya Kurwanya Ihohoterwa Rikorerwa Abana

Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Uwimana Consolee, yashimangiye ko kurinda abana ihohoterwa no gukumira inda ziterwa abangavu bisaba ubufatanye bw’ababyeyi, abarimu, abaturage n’inzego za Leta, aho buri wese agira uruhare mu kubaka umuryango utekanye. Yabitangaje ku wa Gatanu, tariki ya 26 Kamena 2026, ubwo yasozaga Ihuriro ry’Urubyiruko, anashimira Madamu Jeannette Kagame witabiriye icyo gikorwa kubera uruhare…

Soma inkuru yose

AMRV Igiye kuzana Amakamyo akoresha Amashanyarazi no kubaka Uruganda ruyateranya mu Rwanda

Ubuyobozi bw’Ikigo Asia Machinery Rwanda Vehicles, gisanzwe gicuruza amakamyo yo mu bwoko bwa Howo mu Rwanda, bwatangaje ko bufite gahunda yo gutangira kuzana amakamyo akoresha amashanyarazi ndetse no kubaka uruganda ruzajya ruteranyirizwamo amakamyo akoresha mazutu mu Karere ka Kayonza. Ibi byatangajwe ku wa 26 Kamena 2026 mu gikorwa cyo kwizihiza imyaka 10 iki kigo kimaze…

Soma inkuru yose

U Rwanda Ntiruzaba Ingwate y’Abashaka kugoreka Amateka yarwo – Perezida Kagame

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yavuze ko u Rwanda rutazigera rwemera kuba ingwate y’abantu bashaka kugoreka amateka yarwo cyangwa kuyasobanura uko babyumva aho gushingira ku kuri, ibimenyetso n’amasomo igihugu cyakuye mu bihe bikomeye cyanyuzemo. Yabitangaje kuri uyu wa Gatandatu mu Intare Arena, aho we na Madamu Jeannette Kagame bifatanyije n’abanyamuryango ba Unity Club Intwararumuri ndetse…

Soma inkuru yose

U Buholandi bwasabiye Eugène Ntambara igifungo cya burundu ku byaha bya Jenoside

Ubushinjacyaha bw’u Buholandi bwasabye Urukiko rwa La Haye gukatira Umunyarwanda Eugène Ntambara igifungo cya burundu, bumushinja uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Nk’uko IGIHE yabitangaje, Ntambara w’imyaka 66 yaburanishijwe nyuma y’iperereza ryamaze imyaka myinshi rikozwe n’inzego z’u Buholandi zishinzwe gukurikirana ibyaha mpuzamahanga. Amakuru yatangajwe na IGIHE agaragaza ko Ntambara yahoze atuye muri Komini Mbazi…

Soma inkuru yose

Mu Rwanda: Abangavu basaga 23,000 baterwa inda buri mwaka

Ikibazo cy’inda ziterwa abangavu gikomeje kuba imwe mu mbogamizi zikomeye ku buzima n’iterambere ry’urubyiruko mu Rwanda, aho imibare mishya igaragaza ko buri mwaka abarenga ibihumbi 23 baterwa inda, bingana n’abagera kuri 60 buri munsi. Ibi byagarutsweho na Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Nsanzimana Sabin, ku wa Gatanu tariki ya 26 Kamena 2026, mu biganiro by’Ihuriro ry’Urubyiruko byateguwe…

Soma inkuru yose

Abasore n’Inkumi bashyiriweho Urubuga rubahuza n’Abo bifuza Gukundana na bo

Muri iki kinyejana cy’ikoranabuhanga rikomeje guhindura imibereho y’abatuye Isi, mu Rwanda hadutse uburyo bushya bwo gushaka umukunzi hifashishijwe urubuga rwo kuri internet. Inyuma y’uko hari uburyo busa nk’ubusanzwe abantu bahuzwaga n’imbugankoranyambaga bakubaka ubushuti, wenda byaba bitabaye umwaku urukundo rugakomera bakaba banemeranya kubana, kuri ubu noneho abasore n’inkumi bifuza gukundana bashyiriweho urubuga rugenewe iyo gahunda gusa….

Soma inkuru yose

Burera: Umusore yafashwe atwaye ibilo 100 by’urumogi agerageza gutanga ruswa

Polisi ikorera mu karere ka Burera yataye muri yombi umusore ukekwaho gutwara ibiyobyabwenge byinshi by’urumogi, ndetse akagerageza gutanga ruswa ku bapolisi bari bamufashe kugira ngo arekurwe. Uyu musore yafashwe mu rukerera rwo ku itariki ya 24 Kamena 2026, mu Murenge wa Bungwe, Akagari ka Tumba, mu Mudugudu wa Mubuga. Yari atwaye moto ipakiye ibiro 100…

Soma inkuru yose

U Rwanda Rwateye Intambwe Nshya Mu Rugendo rwo Kuba Igicumbi cy’Ikoranabuhanga muri Afurika

Mu gihe ibihugu byinshi ku Isi bikomeje gushora imari mu ikoranabuhanga rishingiye ku bwenge buhangano, u Rwanda na rwo rwafashe indi ntambwe ikomeye mu rugendo rwo kwiyubaka nk’igihugu gishingiye ku bumenyi n’ikoranabuhanga. Inama y’Abaminisitiri yemeje ishyirwaho ry’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubwenge Buhangano, kizaba gifite inshingano zo guhuza, kuyobora no guteza imbere ibikorwa byose bifitanye isano n’ubu…

Soma inkuru yose

NYAMAGABE: Ababyeyi barataka kubuzwa ifu ya ‘Shisha Kibondo’ kubera kubura amafaranga ya Mituweli

Mu Murenge wa Musebeya, mu Karere ka Nyamagabe, haravugwa ikibazo cy’ababyeyi bafite abana bari mu kaga k’imirire mibi n’igwingira, bataka kwakwa amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza (Mutuelle de Santé) nk’itegeko n’urwaho rwo guhabwa ifu yongerera abana ubuzimu ya Shisha Kibondo. Ibi ngo bituma bamwe batayihabwa cyangwa bakajya gufata amadeni ngo bayifate, bigateza ikibazo ku rugamba rwo…

Soma inkuru yose

Kuryama mu nzu irimo imbabura yaka: Ingeso ishobora gushyira ubuzima mu kaga

Mu gihe bamwe bakoresha imbabura mu rwego rwo kwirinda imbeho cyangwa gushaka ubushyuhe nijoro, abahanga mu buzima bakomeje kuburira abaturage ko kuryama mu nzu irimo imbabura yaka bishobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga gakomeye, rimwe na rimwe bikavamo urupfu. Mu ngo zitandukanye, cyane cyane mu bihe by’imbeho, usanga hari abashyira imbabura mu cyumba baryamamo kugira…

Soma inkuru yose

Ruhango: Urubyiruko rwasabwe kumenya amateka y’u Rwanda no kugira uruhare mu gukumira ibyaha

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yakomeje ubukangurambaga bugamije gushishikariza abaturage, by’umwihariko urubyiruko, kugira uruhare mu kwirinda no gukumira ibyaha. Mu Karere ka Ruhango, urubyiruko rw’abakorerabushake n’abakoresha umuhanda basobanuriwe uruhare rwabo mu kubungabunga umutekano. Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Ruhango, SSP B. Kagenza, yavuze ko ibyaha bikunze kugaragara cyane mu rubyiruko birimo ikoreshwa…

Soma inkuru yose

Umugabo wari ugiye gusengera ahatemewe mu mugezi wa Musogoro yabonetse yapfuye

Umugabo wo mu Karere ka Karongi witwa Hakizumwami Emmanuel w’imyaka 40 yabonetse yapfuye nyuma y’aho yari yavuye mu rugo agiye gusengera ahantu hatemewe mu mugezi wa Musogoro, mu Murenge wa Rubengera. Ibi byabereye mu Mudugudu wa Buhoro, Akagari ka Kibilizi, Umurenge wa Rubengera ku wa 14 Kamena 2026. Nyakwigendera yari atuye mu Mudugudu wa Ruvumbu,…

Soma inkuru yose

RDB Yatangaje Amasaha Mashya y’Ubucuruzi mu Gihe cy’Imikino y’Igikombe cy’Isi

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Iterambere (RDB) rwatangaje amabwiriza mashya agenga amasaha y’ubucuruzi n’ubukerarugendo mu Rwanda mu gihe cy’imikino y’Igikombe cy’Isi, hagamijwe korohereza abaturage n’abakerarugendo gukurikirana iyo mikino no kwidagadura mu buryo bwubahiriza amategeko. Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa 12 Kamena 2026, RDB yavuze ko ayo mabwiriza azatangira kubahirizwa kuva ku wa 12 Kamena kugeza…

Soma inkuru yose

Pariki ya Nyandungu igiye kwakira Iserukiramuco Mpuzamahanga ry’Ubugeni n’Ibidukikije

Pariki ya Nyandungu, imwe mu hantu nyaburanga hakomeje gukurura abakerarugendo benshi mu Mujyi wa Kigali, igiye kwakira iserukiramuco mpuzamahanga rizahuza abahanzi n’abanyabugeni bo hirya no hino ku Isi mu rwego rwo guteza imbere ubukangurambaga bwo kubungabunga ibidukikije binyuze mu bugeni. Iri serukiramuco riteganyijwe kuba hagati ya Kanama 2026 na Werurwe 2027, rikazaba ririmo ibikorwa bitandukanye…

Soma inkuru yose

U Rwanda Rwanditse Amateka Muri Afurika nyuma yo Guhabwa Icyemezo Mpuzamahanga cya Teleport

Mu gihe ibihugu byinshi ku Isi bikomeje gushora imari mu ikoranabuhanga ryisumbuyeho, u Rwanda rukomeje kwigaragaza nk’imwe mu ngero z’ibihugu bya Afurika biri gutera intambwe igaragara mu rwego rw’ikoranabuhanga ry’isanzure. Ibi byongeye kugaragarira mu cyemezo mpuzamahanga giherutse guhabwa teleport y’u Rwanda, kikaba ari ikimenyetso cyerekana ko ibikorwaremezo by’itumanaho rya satellite byujuje ibisabwa ku rwego mpuzamahanga….

Soma inkuru yose

Mazutu yazamutseho 722 Frw, RURA itangaza ibiciro bishya by’ibikomoka kuri peteroli

Urwego Ngenzuramikorere, RURA, rwatangaje ibiciro bishya by’ibikomoka kuri peteroli bizatangira gukurikizwa guhera ku wa 6 Kamena 2026 Saa Kumi n’Ebyiri za mu gitondo, aho litiro ya mazutu yiyongereyeho amafaranga 722 Frw mu gihe iya lisansi yagumye ku giciro yari isanzweho. Nk’uko byatangajwe na RURA, litiro ya lisansi izakomeza kugurishwa 2.938 Frw, mu gihe litiro ya…

Soma inkuru yose

Kabuga Félicien agiye gushyingurwa mu Bubiligi nyuma y’imyaka myinshi ari mu maboko y’ubutabera mpuzamahanga

Kabuga Félicien, umwe mu bantu bakurikiranyweho uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ategerejwe gushyingurwa mu Bubiligi nyuma y’urupfu rwe rwabereye mu Buholandi ku wa 16 Gicurasi 2026. Amakuru aturuka ku bantu bakurikiranira hafi iki kibazo agaragaza ko imyiteguro yo kumushyingura igeze kure, aho biteganyijwe ko umuhango wo kumusezeraho bwa nyuma ushobora kubera mu…

Soma inkuru yose

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League yongera gushimangira ubufatanye na Visit Rwanda

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yashimiye ikipe ya Paris Saint-Germain nyuma yo kwegukana Igikombe cya UEFA Champions League cya 2025/26, anashimangira akamaro k’ubufatanye iyi kipe ifitanye na gahunda ya Visit Rwanda. Ibi Perezida Kagame yabigarutseho mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa X nyuma y’umukino wa nyuma wabereye muri Puskás Aréna, aho PSG yatsinze…

Soma inkuru yose

RwandAir yongeye gusubukura ingendo zo muri Qatar na UAE nyuma y’amezi atatu zihagaze

Sosiyete Nyarwanda ikora ubwikorezi bwo mu kirere, RwandAir, yatangaje ko guhera tariki ya 1 Kamena 2026 izongera gukora ingendo zayo zerekeza ndetse ziva mu Mujyi wa Doha muri Qatar no mu Mujyi wa Dubai muri United Arab Emirates, nyuma y’igihe zari zarahagaritswe kubera umutekano muke mu Burasirazuba bwo Hagati. Izi ngendo zari zarahagaritswe kuva tariki…

Soma inkuru yose

MIFOTRA yasobanuye impinduka ku mafaranga y’inyongera ahabwa abakozi ba Leta

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, MIFOTRA, yatangaje ko impinduka ziherutse gukorwa ku buryo amafaranga y’inyongera ahabwa abakozi ba Leta abarwa, zidafite intego yo kongera cyangwa kugabanya amafaranga batahana buri kwezi, ahubwo zigamije guhuza uburyo bwo kubara umushahara n’impinduka zakozwe mu bwiteganyirize bwa pansiyo. Mu minsi yashize, bamwe mu bakozi ba Leta batangiye kwibaza niba hari…

Soma inkuru yose

MINISANTE yasabye Abanyarwanda gukomeza kwitwararika nyuma y’ikwirakwira rya Ebola mu karere

Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yongeye guhumuriza Abanyarwanda ko nta cyorezo cya Ebola kiragaragara mu gihugu, ariko isaba abaturage gukomeza kwitwararika no kubahiriza amabwiriza yo kwirinda nyuma y’uko iyi ndwara ikomeje gukwirakwira mu bihugu bituranye n’u Rwanda. Ubu butumwa bwatanzwe mu gihe Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse na Uganda bikomeje kugaragaramo abarwayi ba Ebola, ibintu byatumye…

Soma inkuru yose