Isuzuma rya MINEDUC ryashimangiye ko abanyeshuri batsindwa Icyongereza

Ishusho rusange y’Uburezi mu mashuri yisumbuye yagaragajwe na Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yerekanye ko ku rwego rw’Igihugu mu Cyiciro Rusange (O’Level), mu masomo atatu y’ingenzi bareberaho imitsindire y’abanyeshuri; abatsinda Icyongereza bari ku kigero cya 47%, Imibare bari kuri 64% mu gihe Siyansi bari kuri 66%. Ishusho yamuritswe kuri uyu wa Gatanu tariki ya 20 Kamena 2025,…

Soma inkuru yose

Musanze: Umumotari utwara moto anahetse umwana ashobora gukurikiranwa na polisi

Polisi y’u Rwanda yavuze ko umumotari wagaragaye atwaye moto anahetse umwana mu mugongo yakoze ibitemewe, ndetse ko uru rwego rwatangiye kubimubazaho. Ni nyuma yuko ku mbuga nkoranyambaga hagaragaye amashusho y’umumotari utwaye moto mu mujyi wa Musanze mu Karere ka Musanze, anahetse umwana mu mpetso mu mugongo. Ni amashusho yazamuye impaka nyinshi, bamwe bibaza kuri uyu…

Soma inkuru yose

U Rwanda na RDC byemeranyije ku ngingo zigize amasezerano y’amahoro

Itsinda rya tekiniki ry’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byemeranyije ku ngingo ngari zigize amasezerano y’amahoro hagati y’ibihugu byombi, nyuma y’iminsi hari ibiganiro byaberaga muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ku wa 18 Kamena ni bwo Ibiro bishinzwe Ububanyi n’Amahanga muri Amerika byatangaje ko impande zombi zemeranyije ibikubiye mu masezerano agomba kuzashyirwaho umukono…

Soma inkuru yose

Gakenke: Ikamyo ikoze impanuka ikomeye

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko umuhanda uva Kigali werekeza mu Gakenke utakiri nyabagendwa kubera impanuka yabereye ahitwa Buranga. Ubuyobozi bwa Polisi bubinyujije ku mbuga nkoranyambaga za Polisi, bwasabye abakoresha uwo muhanda kwihangana mu gihe imirimo yo gukuramo ikamyo yaguye mu muhanda ikomeje. Polisi yagize iti: “Turabamenyesha ko kubera impanuka y’ikamyo yabereye ahitwa Buranga, mu kagari…

Soma inkuru yose

Elon Musk yaba akoresha ibiyobyabwenge?

Umuherwe Elon Musk yifatishije ibizamini byo muri Laboratwari agamije guhinyuza abavuze ko akoresha ibiyobyabwenge byo mu bwoko bwa cocaine, ketamine n’ibindi. Donald Trump ni we wabanje kuzamura ingingo y’uko Musk yaba anywa ibiyobyabwenge, anasaba ko niba bakeka ko akoresha ibiyobyabwenge hakorwa igenzura ryimbitse. Nyuma ikinyamakuru The New York Times cyasohoye inkuru ihamya ko Elon Musk…

Soma inkuru yose

Agashya: Mu Rwanda hageze imodoka ikorapa ikanakubura imihanda

Umujyi wa Kigali watangiye kwifashisha imodoka idasanzwe ikoresha ikoranabuhanga rigezweho mu gukubura no gukoropa imihanda ya kaburimbo. Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali, Emma-Claudine Ntirenganya, yavuze ko iyo modoka yifashisha ibiroso n’ubundi buryo bw’ikoranabuhanga mu gusukura, kandi ikaba idateza ivumbi cyangwa indi myanda mu gihe iri mu kazi. Ati: “Iyi modoka ifite ikigega gikusanyirizwamo umwanda, ikawujyana aho…

Soma inkuru yose

Babiri batambutsa ibiganiro kuri YouTube bafunzwe

Abagabo babiri batambutsa ibiganiro ku muyoboro wa YouTube witwa ‘Dawa Rwanda TV’, usanzwe unyuzwaho inyigisho zitandukanye z’idini ya Islam, batawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB). RIB yatangaje ko bakurikiranyweho ibyaha birimo gutangaza amakuru y’ibihuha, bakoresheje imvugo zigamije gukurura amacakubiri no guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda. Umuvugizi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr. Murangira B. Thierry,…

Soma inkuru yose

Izajya ihabwa n’impinja- Ibyo wamenya ku ndangamuntu nshya

Nk’uko byatangajwe n’ikigo k’igihugu gishinzwe indangamuntu (NIDA), mu minsi iri imbere izi ndangamuntu dufite zizasimburwa n’indangamuntu y’ikoranabuhanga. Biragaragara ko iki ari cyo gihe kugira ngo uwo mushinga ushyirwe mu bikorwa, inkuru dukesha Umuryango.rw iravuga ko NIDA yamaze kwemeza ko igeragezwa ryo gushyira mu bikorwa uyu mushinga rizatangira muri Nyakanga uyu mwaka wa 2025. Ni irihe…

Soma inkuru yose

Imirimo igeze kuri 60%: Ibyo wamenya ku nyubako ya Equity Bank igiye guhindura isura ya Kigali

U Rwanda rufite intego yo guhinduka igicumbi cy’imari, nka rumwe mu nzego z’ingenzi zizagira uruhare mu kubaka ubukungu bushingiye ku bumenyi, ibikuye mu ntego z’u Rwanda kugera mu 2050. Icyakora kuba igicumbi cy’imari ntabwo ari ibintu byikora kuko bikenera ibintu byinshi birimo ibikorwaremezo, ubumenyi n’ibindi. Mu cyiciro cy’ibikorwaremezo, inyubako zigezweho ni ingenzi cyane ko u…

Soma inkuru yose

U Rwanda rwiyemeje kongera ikoranabuhanga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare

Guverinoma yiyemejeje kongera ibikorwa remezo by’ikoranabuhanga mu Ishuri Rikuru ry’Ubuyobozi rya Gisirikare ry’Ingabo z’u Rwanda (RDF Command and Staff College) riherereye i Nyakinama mu Karere ka Musanze kuko rifite umumaro mu gutyaza ubumenyi bw’abayobozi mu nzego z’umutekano z’u Rwanda ndetse n’ibihugu by’inshuti. Kuri uyu wa Mbere tariki ya 16 Kamena, muri iri shuri riherereye mu…

Soma inkuru yose

Abofisiye bakuru 108 bo mu bihugu 20 barangirije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama

Minisitiri w’Intebe, Dr. Ngirente Edouard, yasabye abasirikare bakuru 108 bo mu bihugu 20 byo hirya no hino ku Isi barangije amasomo ajyanye n’imiyoborere mu bya gisirikare (Senior Command and staff Course) mu ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama, gukomeza gushyira imbaraga mu kurinda ubusugire bw’ibihugu byabo no kurangwa n’indangagaciro nzima. Abo basirikare bari bamaze umwaka…

Soma inkuru yose

Afurika y’Epfo yasobanuye impamvu kunyuza ingabo za SADC ku kibuga cy’indege cya Goma bitashobotse

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Afurika y’Epfo, Gen Rudzani Maphwanya, yasobanuye ko ingabo z’Umuryango w’Ubukungu n’Iterambere rya Afurika y’amajyepfo (SADC) zitanyura ku kibuga cy’indege cya Goma bitewe n’uko kugisana bitari gushoboka ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo butabigizemo uruhare. Mu biganiro byahuje abahagarariye SADC na AFC/M23 tariki ya 28 Werurwe 2025, impande zombi zemeranyije gusana…

Soma inkuru yose

Nyabugogo – Imodoka yagonze inzu ikatirwamo amatike

Imodoka itwara abagenzi yo mu bwoko bwa Youtong yagonze inzu ikatirwamo amatike igikuta kigwira abantu barimo barakomereka. Iyi mpanuka yabaye ahagana Saa sita n’igice (12h30) z’amanywa, mu Murenge wa Kimisagara mu kagari ka Kimisagara, mu Mudugudu wa Nyabugogo,mu  karere ka Nyarugenge. Imodoka yavaga mu Mujyi yekeza muri gare mpuzamahanga ya Nyabugogo, igonga urukuta rw’inzu ikatirwamo…

Soma inkuru yose

Amakuru Mashya: Ibitero Bikomeye hagati ya Israel na Iran Byakajije Umurego – Abantu Bapfuye, Ibikorwa Remezo Birasenyuka

Ijoro ryo ku wa Gatandatu rishyira ku Cyumweru ryari iry’umutekano muke muri Israel na Iran, aho ibihugu byombi byasubiranyemo bikomeye. Iran yohereje ibisasu bikomeye ku mijyi ya Tel Aviv na Haifa, aho igisasu kinini cyagwiriye inyubako ndende zicumbikira abaturage mu gace ka Bat Yam muri Tel Aviv, gihitana abantu 6, abandi barenga 200 barakomereka. Mu…

Soma inkuru yose

Amahirwe ku rubyiruko rufite imyaka 18-25

ITANGAZO KU BIFUZA KWINJIRA MU NGABO Z’ U RWANDA Ubuyobozi b’ukuru bw’ Ingabo z’u Rwanda buramenyesha Abanyarwanda bose bifuza kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda ku rwego rw’abasirikare bato n’urw’abagize Umutwe w’Inkeragutabara ko kwiyandikisha ku turere no ku mirenge bizatangira tariki ya 21 Kamena kugeza tariki ya 20 Nyakanga 2025. Abatazabona umwanya wo kwiyandisha ntibyababuza kuza…

Soma inkuru yose

Kicukiro: Umugabo yishe umugore urwagashinyaguro

Umugabo wo mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro akurikiranyweho kwica ateraguye ibyuma umugore bari bamaranye amezi abiri babana, nyuma yuko yari amubwiye ko atagishaka ko bakomeza kubana. Uyu mugabo w’imyaka 28 akekwaho kwica umugore we na we w’imyaka 28 amuhengereye asinziriye akamuteragura ibyuma mu ijosi. Iki cyaha cyabaye mu ijoro ryo ku ya…

Soma inkuru yose

Impamvu 5 ugomba kurya imineke buri munsi

Imineke ni zimwe mu mbuto zikunzwe Kandi ziboneka ahantu henshi cyane ku Isi. Uretse uburyohe bwayo butuma abantu benshi bayikunda, burya yifitemo n’irindi banga rikomeye tutarenza ingohe. Muri iyi nyandiko ngiye kukubwira akamaro k’imineke, ibi biratuma uyikunda kurushaho. 1. Imineke igabanya ibiro. Ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo cya Frontiers in Health bugaragaza ko imbuto z’ifitemo fibure (Fiber),…

Soma inkuru yose

Umunsi Ingabo za FPR-Inkotanyi zihoza Umujyi wa Gitarama Guverinoma y’abicanyi igahungira ku Gisenyi

Nyuma yo kubohoza inkambi ya Kabgayi tariki 2 Kamena 1994, Ingabo za FPR-INKOTANYI zakomeje kotsa igitutu iz’abicanyi mu bice birandukanye by’igihugu, harimo Umujyi wa Kigali na Gitarama. Mu Mujyi wa Kigali, Ingabo za FPR-INKOTANYI zakomeje kugenda zirokora abantu mu gace ka Nyamirambo n’ahandi. Iyi tariki ya 14 Kamena 1994 yaranzwe n’intsinzi ikomeye yo kubohoza Umujyi…

Soma inkuru yose

Ese Israheli yabonye ko igihuru kizabyara igihunyira ?

Mu gitero kidasanzwe cyagabwe n’igisirikare cya Israheli ku wa gatanu, abayobozi bakomeye ba Irani barishwe harimo n’umukuru wa IRGC n’umujyanama mukuru w’ingabo. Kuri Israheli, ibi ni ibikorwa byo kurwanya iterabwoba n’ikorwa ry’intwaro za kirimbuzi za Irani (nuclear ). Ariko se, haba hari indi ntego Netanyahu ahishe?  Uyu muyobozi wa Israheli “Benjamin Netanyahu” yatangaje amagambo yatumye…

Soma inkuru yose