Yampano n'umukunzi we

Umuhanzi Yampano yavuze amagambo akomeye k’umugore we

Umuhanzi Uworizagwira Florien wamamaye nka Yampano yongeye kugaragaza ko aryohewe n’urukundo, ashyira ahagaragara amafoto yishimanye n’umukunzi we, ndetse amwibutsa ko urwo amukunda ruhebuje byose. Ni amafoto uyu muhanzi yanyujije ku rubuga rwa Instagram kuri iki Cyumweru tariki 15 Kamena 2025, agaragaza umukunzi we nyuma y’igihe abantu benshi bagaragaza ko bafite amatsiko menshi yo kumubona, ndetse…

Soma inkuru yose

Nyabugogo – Imodoka yagonze inzu ikatirwamo amatike

Imodoka itwara abagenzi yo mu bwoko bwa Youtong yagonze inzu ikatirwamo amatike igikuta kigwira abantu barimo barakomereka. Iyi mpanuka yabaye ahagana Saa sita n’igice (12h30) z’amanywa, mu Murenge wa Kimisagara mu kagari ka Kimisagara, mu Mudugudu wa Nyabugogo,mu  karere ka Nyarugenge. Imodoka yavaga mu Mujyi yekeza muri gare mpuzamahanga ya Nyabugogo, igonga urukuta rw’inzu ikatirwamo…

Soma inkuru yose

Amakuru Mashya: Ibitero Bikomeye hagati ya Israel na Iran Byakajije Umurego – Abantu Bapfuye, Ibikorwa Remezo Birasenyuka

Ijoro ryo ku wa Gatandatu rishyira ku Cyumweru ryari iry’umutekano muke muri Israel na Iran, aho ibihugu byombi byasubiranyemo bikomeye. Iran yohereje ibisasu bikomeye ku mijyi ya Tel Aviv na Haifa, aho igisasu kinini cyagwiriye inyubako ndende zicumbikira abaturage mu gace ka Bat Yam muri Tel Aviv, gihitana abantu 6, abandi barenga 200 barakomereka. Mu…

Soma inkuru yose

APR FC yatandukanye n’abakinnyi batandatu

Ubuyobozi bw’ikipe y’Ingabo, bwatangaje ko iyi kipe itazakomezanya n’abakinnyi batandatu barimo Victor Mbaoma na Taddeo Lwanga. Mbere yo kwinjiza abakinnyi bashya, APR FC, yatangiye gutandukana n’abo itazakomezanya na bo. Ikipe y’Ingabo ibicishije ku rukuta rwa X, yatangaje ko yatandukanye n’abakinnyi batandatu. Aba barimo Taddeo Lwanga, Victor Mbaoma, Ndayishimiye Dieudonne, Kwitonda Alain Bacca, Nshimirimana Ismail Pitchou…

Soma inkuru yose

Amahirwe ku rubyiruko rufite imyaka 18-25

ITANGAZO KU BIFUZA KWINJIRA MU NGABO Z’ U RWANDA Ubuyobozi b’ukuru bw’ Ingabo z’u Rwanda buramenyesha Abanyarwanda bose bifuza kwinjira mu Ngabo z’u Rwanda ku rwego rw’abasirikare bato n’urw’abagize Umutwe w’Inkeragutabara ko kwiyandikisha ku turere no ku mirenge bizatangira tariki ya 21 Kamena kugeza tariki ya 20 Nyakanga 2025. Abatazabona umwanya wo kwiyandisha ntibyababuza kuza…

Soma inkuru yose

Umuhanzi King James atsinze icy’umutwe Bruce Melodie

Ruhumuriza James wamamaye nka King James mu muziki Nyarwanda atsinze igitego cy’umutwe Bruce Melodie nyuma yo gutanganzwa ko ariwe muhanzi mukuru uzagaragara mu bitaramo bya MTN Iwacu Na Muzika Festival. Twavuga ko King James atsinze icy’umutwe kubera ko ahigitse Bruce Melodie wari umaze iminsi uvuna umuheha akiyongeza undi muri ibi bitaramo bizenguruka igihugu cyose. Iby’uyu…

Soma inkuru yose

Impamvu 5 ugomba kurya imineke buri munsi

Imineke ni zimwe mu mbuto zikunzwe Kandi ziboneka ahantu henshi cyane ku Isi. Uretse uburyohe bwayo butuma abantu benshi bayikunda, burya yifitemo n’irindi banga rikomeye tutarenza ingohe. Muri iyi nyandiko ngiye kukubwira akamaro k’imineke, ibi biratuma uyikunda kurushaho. 1. Imineke igabanya ibiro. Ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo cya Frontiers in Health bugaragaza ko imbuto z’ifitemo fibure (Fiber),…

Soma inkuru yose

Umunsi Ingabo za FPR-Inkotanyi zihoza Umujyi wa Gitarama Guverinoma y’abicanyi igahungira ku Gisenyi

Nyuma yo kubohoza inkambi ya Kabgayi tariki 2 Kamena 1994, Ingabo za FPR-INKOTANYI zakomeje kotsa igitutu iz’abicanyi mu bice birandukanye by’igihugu, harimo Umujyi wa Kigali na Gitarama. Mu Mujyi wa Kigali, Ingabo za FPR-INKOTANYI zakomeje kugenda zirokora abantu mu gace ka Nyamirambo n’ahandi. Iyi tariki ya 14 Kamena 1994 yaranzwe n’intsinzi ikomeye yo kubohoza Umujyi…

Soma inkuru yose

Ese Israheli yabonye ko igihuru kizabyara igihunyira ?

Mu gitero kidasanzwe cyagabwe n’igisirikare cya Israheli ku wa gatanu, abayobozi bakomeye ba Irani barishwe harimo n’umukuru wa IRGC n’umujyanama mukuru w’ingabo. Kuri Israheli, ibi ni ibikorwa byo kurwanya iterabwoba n’ikorwa ry’intwaro za kirimbuzi za Irani (nuclear ). Ariko se, haba hari indi ntego Netanyahu ahishe?  Uyu muyobozi wa Israheli “Benjamin Netanyahu” yatangaje amagambo yatumye…

Soma inkuru yose

Fatakumavuta yakatiwe imyaka ibiri n’igice n’ihazabu ya miliyoni 1.3 Frw n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge

Ku wa Kane tariki 13 Kamena 2025, Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwasomye urubanza ruregwamo Fatakumavuta, rumuhamya ibyaha bitatu, rumukatira igifungo cy’imyaka ibiri n’igice ndetse n’ihazabu ya miliyoni 1 na 300,000 Frw. Isomwa ry’uyu mwanzuro ryagombaga kuba ku wa 6 Kamena 2025 ariko risubikwa kubera ko uwo munsi wari ikiruhuko cya Eid al-Adha, umunsi mukuru w’igitambo…

Soma inkuru yose

Kigali: Ibiribwa birikugura umugabo bigasiba undi

Abaturage bavuga ko kubona ibiribwa by’ibanze bisaba amafaranga menshi, ibintu bitari bisanzwe, cyane cyane ku bantu binjiza amafaranga make. Abacuruzi nabo bavuga ko bahanganye n’ibiciro biri hejuru ku masoko batumizaho ibicuruzwa, biterwa ahanini n’umusaruro muke w’ihinga uheruka. Pascal Vuningoma yagize ati: “Ubu kugira ngo uhahire urugo bisaba amafaranga menshi. Ikilo cy’ibirayi, umuceri, ibishyimbo byose byarahenze….

Soma inkuru yose

Kazungu Denis wishe abakobwa arasaba kugabanyirizwa igihano

Kuri uyu wa kane, Kazungu Denis yaburaye mu bujurire bwe asaba ko yagabanyirizwa igihano cya burundu yari yarahawe atanga impamvu nyoroshyacyaha y’uko yaburanye yemera icyaha kandi ko ari nawe watanze amakuru y’ibanze. Inkuru dukesha Inyarwanda ivuga ko yaganiriye n’umunyamakuru akaba n’umunyamategeko, Nisingizwe Alain Jean Baptiste wa RBA yasobanuye ko mu nkiko n’amategeko muri rusange hari…

Soma inkuru yose

Umuhanzi Chriss eazy ari mu gahinda gakomeye

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 13 Kamena 2025, Nibwo umubyeyi w’umuhanzi Chriss Eazy yitabye Imana, bivugwa ko azize indwara ya Diyabete yari amaze iminsi arwariye mu bitaro bya Nyarugenge Ikinyamakuru IGIHE dukesha iyi nkuru, cyanditse ko iyi nkuru y’inshamugongo cyayihamirijwe na Junior Giti usanzwe areberera inyungu z’uyu muhanzi. Junior Giti yagize…

Soma inkuru yose

Muhire Kevin yabonye ikipe nshya muri Sudani y’Epfo

Muhire Kevin wari kapiteni wa Rayon Sports yerekeje mu ikipe ya Jamus SC yo mu cyiciro cya mbere muri Sudani y’Epfo. Ibi byatangajwe n’iyi kipe ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga ihamagarira abafana bayo kwakira neza Muhire Kevin nk’umukinnyi wayo mushya ku kibuga cy’indege cya Juba International Airport kuri uyu wa Gatanu. Ibi bibaye nyuma y’uko Muhire…

Soma inkuru yose

Ikubuga k’indege cya Bugesera cyagenewe akayabo

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Murangwa Yusuf, yatangaje ko Leta yateganyije miliyoni 600$ [arenga miliyari 853,6 Frw] mu ngengo y’Imari y’umwaka wa 2025/26, azakoreshwa mu mirimo yo kubaka Ikibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali, kiri kubakwa i Bugesera. Yabigarutseho kuri uyu wa 12 Kamena 2025, mu kiganiro kigufi yagiranye n’abanyamakuru, nyuma yo kugeza ku nama ihuriweho n’imitwe yombi…

Soma inkuru yose

Burundi: Barasaba ko amatora yasubirwamo

Mu minsi ishize nibwo Abarundi bitabiriye amatora ya perezida aho yasize uwa hoze ari umukuru w’iki gihugu yongeye kuba perezida, n’ubwo ibyavuye mu matora bitemeranywaho n’impande zigiye zitandukanye. Impande zitemera ibyavuye mu matora zivuga ko aya matora atabaye muri demokarasi ndetse no mu bwisanzure. Ishyaka CENI ryamaganye ryivuye inyuma ibyavuye mu matora aho mwitangazo ryasohowe…

Soma inkuru yose

Covid-19 yongeye kugaragara mu Rwanda

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima, RBC, cyatangaje ko icyorezo cya Covid-19 cyongeye kugaragara mu Rwanda, nyuma y’uko mu bihugu bitandukanye by’Isi hashize iminsi kiri kwiyongera. Umuyobozi Mukuru wa RBC, Prof. Claude Mambo Muvunyi, yabwiye IGIHE ko nyuma yo kubona ko icyorezo cyongeye kugaragara mu bihugu bitandukanye, hakozwe isuzuma rigamije kureba uko byifashe mu gihugu. Yavuze ko mu…

Soma inkuru yose

Impamvu 5 zatuma Whatsapp yawe ifungwa burundu

Ese nimero yawe ya Whatsapp yaba yarigeze gufungwa na Whatsapp ku buryo utakongera kuyikoresha? Soma iyi nkuru usobanukirwe impamvu. Ubusanzwe iyo nimero yawe ya Whatsapp yahagaritswe, ufungura Whatsapp aho kubona ibiganiro wagiranye n’inshuti n’abavandimwe ukabona message ikubwira ko utemerewe gukoresha Whatsapp. Iyo message iba igira iti: “This account can no longer use WhatsApp” Tugenekereje mu…

Soma inkuru yose

Kigali: Mu bishanga hagiye kubakwa inzira zifite kilometero zisaga 58

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Kurengera Ibidukikije (REMA) cyatangaje ko ibishanga 5 birimo gutanywa mu Mujyi wa Kigali, bizashyirwamo inzira za kilometero 58,5 zagenewe abanyamaguru n’abagendera ku magare, hagamijwe guteza imbere imyidagaduro n’imikino mu Murwa Mukuru Kigali. Umukozi wa REMA ushinzwe Porogaramu yo gucengeza ibikorwa by’ibidukikije muri gahunda za Leta no kurengera urusobe bw’ibinyabuzima, yagaragaje ko inzira…

Soma inkuru yose