M23/AFC yerekanye abarwanyi ba Congo yafashe

Ihuriro AFC/M23 rirwanya Leta ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC) ryeretse itangazamakuru abarwanyi bakekwaho guhungabanya umutekano w’abaturage i Goma no muri Kivu y’Amajyepfo barimo ab’umutwe wa FDLR, Ingabo za Congo FARDC ndetse n’aba Wazalendo. Abo barwanyi bafashwe ku wa Gatandatu tariki ya 10 Gicurasi, bashinjwa guhohotera abaturage b’abasivile i Goma no kubakorera ibikorwa by’urugomo….

Soma inkuru yose

U Rwanda rurateganya ko ikoranabuhanga rizagabanya ubushomeri ku kigero cyo hejuru

U Rwanda rwiteguye korohereza abari mu rwego rw’ikoranabuhanga kwinjira ku masoko yo mu gihugu Abahanga mu by’ikoranabuhanga basanga uru rwego rufite uruhare runini mu guhanga imirimo mishya kuri benshi, mu gihe leta ivuga ko izakomeza korohereza abari muri uru rwego rw’ikoranabuhanga kwinjira ku masoko y’imbere mu gihugu no hanze yacyo. Muri 2016 nibwo Umunya-Kenyakazi, Joanna…

Soma inkuru yose

Umwana w’imyaka 16 yiyahuriye Kwa Pasiteri

Tuyizere Amos w’imyaka 16 yasanzwe yimanitse mu cyumba yararagamo mu rugo rwa Pasiteri Ntaganira Fabien mu Mudugudu wa Cyijima, Akagari ka Vugangoma, Umurenge wa Macuba, Akarere ka Nyamasheke, aho yabaga nk’umwana mu rugo anabafasha mu mirimp. Uwo musore yasanzwe anagana muri mushipiri bikekwa ko yimanitse, ariko intandaro yo kwiyahura ntiyahise imenyekana. Amakuru dukesha Invaho Nshya…

Soma inkuru yose

Umupaka uzajya urindwa n’u Rwanda na Congo

Tariki ya 25 Mata 2025, u Rwanda na RDC byashyize umukono ku masezerano y’amahame ngenderwaho aganisha ku masezerano y’amahoro mu karere ka Afurika y’Ibiyaga Bigari, bibifashijwemo na Amerika. Iki gikorwa cyabereye i Washington D.C. Mu kiganiro na Mama Urwagasabo TV, Minisitiri Nduhungirehe yasobanuye ko ingingo nyamukuru igize amahame ngenderwaho ari iy’umutekano nko gukumira ibikorwa by’umutwe…

Soma inkuru yose

“U Rwanda ntirugendera ku bihano” Amb NDUHUNGIREHE

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko amahanga yamaze kubona ko gufatira u Rwanda ibihano atari wo muti, kuko rudashobora kubyishinga ngo bishyire mu kaga abaturage barwo.   Ibihugu birimo u Bubiligi, Canada n’ibindi byo ku Mugabane w’u Burayi, mu ntangiro z’uyu mwaka, byokeje igitutu u Rwanda bigera n’aho birufatira ibihano rushinjwa gushyigikira…

Soma inkuru yose

Impamvu zatumye RGB ifunga Grace room Ministries ya KABANDA Julienne

Buri wa Kabiri na buri wa Kane guhera Saa kumi n’imwe z’umugoroba, abantu baba ari urujya n’uruza berekeje i Nyarutarama ahakorera Grace Room Ministries bagiye gusenga. Ku Cyumweru nabwo byaba ari uko guhera Saa kenda z’amanywa. Magingo aya, aya materaniro ntabwo azongera kubaho nyuma y’aho Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere, RGB, rutangaje ko rwambuye ubuzima gatozi, Grace…

Soma inkuru yose

Abayobozi 13 ba Chadema basezeye ku mirimo kubera kutumvikana n’imiyoborere y’ishyaka

Itsinda rigizwe n’abayobozi 13 bakuru b’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi rya Chadema muri Tanzania ryatangaje ko ryeguye ku mirimo kubera kutemeranya n’imiyoborere y’ishyaka ndetse no kunyuranya n’amabwiriza shingiro yaryo Mu itangazo ryashyizwe hanze ku wa 10 Gicurasi 2025, aba bayobozi bakomoka mu turere twa Pwani, Serengeti, Nyasa, Victoria n’ahandi, bavuze ko banahagaritse burundu ubunyamuryango bwabo muri…

Soma inkuru yose

Byagusaba angahe kugira ngo ugure Isi n’ibiyirimo?

Isi ni kimwe mu byo Imana yaremye bitangaje, dore ko nta n’ahandi hantu na hamwe haraboneka ubuzima ku kiremwa muntu. Ashingiye ku kibazo yabajijwe n’umukunzi we, Muhire Munana yatanze fagitire y’Isi [igiciro cy’amafaranga watanga maze ukegukana Isi yose]. Ikibazo cyagiraga kiti: “Munana, niba ku Isi buri kintu cyose cyabyazwa amafaranga kizwi, na buri giceri cyangwa…

Soma inkuru yose

Suede: Umugore yahamijwe icyaha cyo guhohotera umwana we yifashishije igi

Mu 2023, ngo nibwo habayeho inkubiri y’ababyeyi bo hirya no hino ku Isi, bashyira za videwo ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, aho babaga bifotoye bamena amagi ari uko babanje kuyakubita ku duhanga tw’abana babo, nubwo hari abana babaga babyanze ababyeyi bakabibahatira, kuko ngo babifataga nk’ibintu byo gusetsa kuri TikTok. Nubwo kuri benshi icyo gikorwa cyafatwaga…

Soma inkuru yose

Intambara y’Ubuhinde na Pakistan yahinduye isura nyuma y’ibitero karahabutaka

Nyuma y’iminsi mike u Buhinde butangije kuri Pakistan ibitero bya gisirikare bwise “Operation Sindoor”, intambara hagati y’ingabo z’ibihugu byombi ikomeje gufata indi ntera. Mu ijoro ryacyeye u Buhinde bwarashe ku birindiro bitatu by’ingabo za Pakistan zirwanira mu kirere bukoresheje missile zirasirwa ku butaka zizwi nka “air-to-surface missiles”. Ni ibitero Pakistan ivuga ko byiciwemo abantu 13…

Soma inkuru yose

RGB yafunze itorero rya KABANDA Julliene uherutse kwibasirwa kuri X

Mu munsi ishize KABANDA Julliene yibasiwe n’uwitwa Bakame kuri X. Aho yamureze kwigisha ibinyoma ndetse n’ububeshyi, akimara gushyira ubu butumwa bwe kuri X yahise yandika ubundi buvuguruza ubu yanditse mbere, ndetse anasaba imbabazi kubera gutangaza ibinyoma. Kuri ubu, inkuru dukesha Igihe ivuga ko idini KABANDA Julliene yashinze rya Grace room ryamaze gufungwa n’ikigo cya RGB….

Soma inkuru yose

Indege yari ikongowe n’umuriro kubera uburangare bw’umupilote

Abagenzi basaga 334 n’abandi bakozi b’indege 13 bari bateze indege ya Boeing 777 jet ni bo bari bahiriye mu ndege yarifashwe n’inkongi y’umuriro. Iyi ndege yari igiye guhagurukira mu Bwongereza ku kibuga cya Gatwick. Iyi mpanuka yari itewe n’amakosa y’umupilot, aho uyu mupilot yananiwe gutandukanya ibuto y’ubumoso n’uburyo. Raporo yatanzwe na Air accident Investigation Branch…

Soma inkuru yose

Ibrahim Traore yitabiriye ibirori byo kwizihiza imyaka 80, Uburusiya butsinze intambara ya 2 y’isi

Kuri uyu wa 9 Gicurasi 2025, mu mbuga nini yo mu mujyi wa Moscow mu Burusiya hari kuba ibirori byo kwizihiza umunsi ingabo za Leta Zunze Ubumwe z’Abasoviyete zatsinze iz’Abanazi mu Ntambara ya Kabiri y’Isi. Mu iyi mbuga, hari kuba akarasisi karyoheye ijisho kagizwe n’abasirikare, ibifaru na misile. Amabendera ndetse n’amafoto y’abasirikare barwanye uru rugamba…

Soma inkuru yose

Musanze: Umuyobozi w’umurenge yibasiwe n’abaturage

Abaturage bo mu murenge wa Shingiro ho mu karere ka Musanze, kuri uyu wa Kane bahutaje umunyamabanga nshingwabikorwa w’uyu murenge. Byabaye ku wa Kane tariki ya 7 Gicurasi, ubwo Gitifu Hanyurwabake Théoneste n’abandi bayobozi bo mu nzego z’ibanze bashakaga gusenya inzu umwe mu baturage yubatse muri Site igenewe ubuhinzi. Amakuru y’uko uriya muyobozi yahutajwe yemejwe…

Soma inkuru yose

Yago yibarutse imfura ye! Umwana yamwise nde?

Umuhanzi akaba n’umunyamakuru NYARWAYA Innocent wamamaye nka Yago Pon dat mu muziki Nyarwanda yatangaje ko yibarutse imfura ye y’umuhungu.   Ni umwana yabyaranye na TETA Christa. Mu kiganiro aherutse kugirana n’ikinyamakuru Igihe yavuze ko uyu yahoze ari umufana we, yagize ati: “Byatangiye ari umufana wanjye bisanzwe, nyuma turahuza. Tugiye kumarana imyaka ibiri.”   Uyu ni…

Soma inkuru yose

Robert Francis Prevost Yatorewe Kuba Papa, ahabwa izina Leon wa XIV

Ku wa 8 Gicurasi 2025, Vatican yabaye ahantu h’amateka ubwo Abakardinali 133 bateraniye muri Chapelle ya Sistine batangazaga ko batoye Umushumba mushya wa Kiliziya Gatolika. Uwatoranyijwe ni Cardinal Robert Francis Prevost ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, wahise afata izina rya Leon wa XIV. Ibyo byatangajwe ku mugaragaro binyuze mu kimenyetso kizwi ku isi…

Soma inkuru yose

Rwamagana: Irondo ry’abagore riri gutanga umusaruro ugaragara

Mu rwego rwo kwishakamo ibisubizo, abagore batuye mu karere ka Rwamagana, mu murenge wa Mwulire batangiye kurara irondo. Iri ni irondo ryitwa “Mutimawurugo” riba ritagamije gukesha ijoro, ahubwo ryashyizweho kugira ngo rikangurire Bamutima w’urugo (abagore) bo mu karere ka Rwamagana gutaha kare bakajya kwita ku bana babo. Dore uko rikorwa. Iri ni irondo riba rigizwe…

Soma inkuru yose

Bugesera: Imirimo yo kubaka ikibuga k’indege izarangira 2027

Imirimo yo kubaka Ikibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Bugesera irarimbanyije aho igeze ku kigero kiri hagati ya 25% na 30%, ndetse nta gihindutse igomba kuzarangira mu 2027 ihaye akazi abantu barenga 6000. Ikibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Bugesera cyatangiye kubakwa na Leta y’u Rwanda mu 2017, nyuma hiyongeramo ubufatanye na Qatar Airways bituma hanozwa inyigo yo kucyagura….

Soma inkuru yose

Umwotsi w’umukara wongeye kugaragara mu itorwa Papa

Mugitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 8 Gicurasi 2025 i Vatican hongeye kugaragara umwotsi w’umukara bivuze ko Umushumba Mukuru wa Kiliziya Gatolika ku Isi ataraboneka. Uwo mwotsi wongeye kugaragara nyuma y’uko amatora y’Abakaridinali bose bari muri uwo muhango ibisubizo byabo bigaragaje ko Papa ataraboneka. Umwotsi w’umukara ugaragaye ku nshuro ya kabiri nyuma y’uko…

Soma inkuru yose

APR FC Yatsinze Marines FC 3-0, Igaruka ku Isonga rya ShampiyonaKu wa 7 Gicurasi 2025, Kigali

Mu mukino w’umunsi wa 26 wa Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere, APR FC yanyagiye Marines FC ibitego 3-0, itsinda ryayihesheje kugaruka ku mwanya wa mbere by’agateganyo Uyu mukino wabereye kuri Kigali Pele Stadium ku mugoroba wo ku wa Gatatu, tariki ya 7 Gicurasi 2025. APR FC yari ikeneye amanota atatu kugira ngo isubire ku isonga, mu…

Soma inkuru yose

U Rwanda rwasinyanye amasezerano yo gucapa n’isosiyete yo muri UAE

Guverinoma y’u Rwanda yasinyanye amasezerano n’isosiyete ‘E7 Group’ izobereye mu bucuruzi bujyanye no gutanga serivisi z’icapiro ritekanye ndetse no gufunika. E7 Group ni ishami ry’Ikigo cy’iterambere cya Leta zunze ubumwe za Abarabu ikorera mu Mujyi w’i Abu Dhabi. Amasezerano yashyizweho umukono kuri uyu wa Gatatu tariki 07 Gicurasi 2025, ashingiye k’ubufatanye buzajyamo serivisi zitandukanye. Urwego…

Soma inkuru yose

Umukecuru wari umaze imyaka 62 yaraburiwe irengero yasanzwe akiri muzima.

Umukecuru witwa Audrey Backeberg wo mu gace ka Wisconsin yaburiwe irengero mu gihe kingana n’imyaka 62 yose. Wakibaza uti yabuze ate? Bijya gutangira, byatangiye uyu mukecuru asaba rifuti (Lift) imodoka yerekezaga i Indianapolis. Kuva icyo gihe ntawongeye kumuca iryera. Ibintu byahinduye isura ubwo umuyobozi w’umugi yari yaraburiyemo yamurabutswe ubundi akihutira kubimenyesha abo mu muryango we….

Soma inkuru yose

UBUTABERA: “ESE MUGANGA YAMWANDIKIYE UMUTI WO KUNYWA URUMUGI?” TURAHIRWA MOSES ASUBIZA IMPAMVU ANYWA IBIYOBYABWENGE.

Imbere y’ubutabera TURAHIRWA Moses yaburanye yemera icyaha cyo kunywa urumogi ashijwa. Umucamanza yamubajije impamvu anywa ibiyobyabwenge, Moses yasubije ko anywa ibiyobyabwenge kubera ko ari umuti umuvura uburwayi afite ndetse ukanamurinda agahinda gakabije afite, nubwo uyu muti atawandikiwe n’amuganga. Yongeyeho ko asaba kuburanishwa adafunze kugira ngo yitabweho n’abaganga, dore ko ngo yari yaramaze no kugura itike…

Soma inkuru yose

Imirwano ikaze yongeye kubura hagati y’inyeshyamba za M23/AFC na Wazalendo.

Kuva mu mpera z’icyumweru gishize, biravugwa ko inyeshyamba za M23 n’abarwanyi ba Wazalendo ba CMC / FDP bagiye bashyamirana mu duce twinshi, nka Lubwe Sud, Businene, Kabizo na Mutanga.   Mu gihe hari amakuru yatangajwe mu mpera z’iki cyumweru gishize ko Abawazalendo bashoboye gusubiza inyuma inyeshyamba za M23, ibintu byahindutse mu gitondo cyo kuri uyu…

Soma inkuru yose

ITANGAZO RIGENEWE ABIFUZA KWINJIRA MURI POLISI Y’U RWANDA (RNP).

Nkuko isanzwe ibigenza, Rwanda National Police (RNP) yatangaje ko guhera tariki 07/07 kugeza tariki 17/05/2025 izatangira kwandika abifuza kwinjira muri Police ku rwego rw’aba ofisiye bato (Cardet course), kwiyandikisha bizabera ku karere uwiyandikisha atuyemo. Iyi serivisi izajya itangwa kuva saa 8:00 z’amanywa kugeza saa 05:00 z’ijoro. Dore ibyangombwa ugomba kuba ufite wowe wifuza kwinjira muri…

Soma inkuru yose

Donald Trump yatangaje ko amahoro agiye kuboneka muri Congo.

Kuri uyu wa 05-Gicurasi-2025, leta y’u Rwanda na leta ya Congo zashyikirije leta ya Amerika umushinga w’amahoro uhuriweho n’ibi bihugu byombi. Ni amasezerano asinywe nyuma y’ibiganiro byabereye n’ubundi muri America. Umunjyanama wa America muri Africa Massad yemeje aya makuru anaboneraho gutangaza ko yishimiye intambwe yatewe n’ibi bihugu byombi. Aho yagize ati: “Nakiriye neza inyandiko y’umushinga…

Soma inkuru yose

M23/AFC yongeye kuganira n’abahagarariye Congo (DRC).

Umunyamabanga Uhoraho wa AFC/M23, Benjamin Mbonimpa, n’itsinda ayoboye bageze muri Qatar mu mpera z’icyumweru gishize, basangayo abahagarariye Leta ya RDC bari bamazeyo iminsi ibiri. Abahagarariye AFC/M23 baherukaga guhura n’aba RDC tariki ya 23 Mata 2025 ubwo basinyaga amasezerano yo guhagarika imirwano, babifashijwemo na Qatar, kugira ngo ibiganiro bikomeze mu mwuka mwiza. Bivugwa ko abahagarariye impande…

Soma inkuru yose

Kigali: Abakekwaho kwiba amabuye y’agaciro batawe muri yombi.

Abiyita Imparata baherereye mu karere ka Nyarugenge, batawe muri yombi na Polisi yako karere bakekwaho kwiba amabuye y’agaciro mu birombe. Inkuru dukesha ikinyamakuru Umuryango ivuga ko aba bakekwaho ubu bujura bafashwe kuri uyu wa 05-Gicurasi-2025. CIP Wellars yatangaje ko hashize iminsi abafite ibirombe by’amabuye barigutaka kwibwa. Bavugaga ko aba bajura bitwaza ibyuma, bityo bakaba bashobora…

Soma inkuru yose

Karongi: Imodoka yakoze impanuka umushoferi wari uyitwaye ahita apfa

Imodoka yari itwaye abanyeshuri biga ku ishuri rya ES Kirinda riherereye mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Karongi bakoze impanuka ubwo bari batashye bavuye gukinira i Rubavu shoferi ahasiga ubuzima. Ni impanuka yabereye mu Murenge wa Rugabano. Iyo mpanuka yabaye mu ma saa yine z’ijoro kugeza ubu abakomeretse bakaba barimo kuvurirwa ku kigo nderabuzima cya Kirinda mu…

Soma inkuru yose

Inama z’impuguke ku cyafasha ubukungu bw’u Rwanda kuzamuka

Impuguke mu by’ubukungu bavuga ko ingamba zihariye zizamura ubukungu Leta y’u Rwanda yashyizeho zikwiye kujyana no gutegura abantu bafite ubumenyi bukenewe mu nzego zose z’ubukungu. Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) cyerekana ko urwego rwa serivisi rwagize uruhare rwa 48% mu musaruro mbumbe w’Igihugu mu mwaka ushize wa 2024. NISR ivuga ko mu gihembwe cya mbere cy’umwaka…

Soma inkuru yose

“Harifunzwa Leta y’inzibacyuho muri Congo (DRC)” Iki ni ikifuzo cy’umuhuza washyizeho na SADEC na EAC.

Obasanjo wayoboye Nigeria aherutse guhura n’umujyanama wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu by’ubufatanye na Afurika, Massad Boulos, banoza umushinga uzafasha Abanye-Congo kugera ku mahoro arambye. Ni umushinga uzahuza abanyapolitiki bo muri RDC, abahoze mu mitwe yitwaje intwaro, abahagarariye za sosiyete sivile, kandi nibiba ngombwa abanyapolitiki bahunze RDC na bo bashobora kubyitabira. Uyu mushinga ufite…

Soma inkuru yose

Perezida Ruto wa Kenya yakubiswe urukweto n’abaturage, batatu bamaze gutabwa muri yombi.

Umwe muri abo bashinzwe umutekano wasabye ko amazina ye adatangazwa, kubera uburemere bw’iyo dosiye akurikiranye, yemeje ko iperereza rikomeje kugira ngo niba hari n’abandi bafite aho bahuriye n’icyo gikorwa kigayitse, cyo guhungabanya umutekano w’Umukuru w’igihugu nabo bafatwe. Yongeyeho ko icyo gikorwa hagendewe ku byavuye mu iperereza ry’ibanze, gishobora kuba cyakozwe n’abafana b’Abadepite babiri batavuga rumwe…

Soma inkuru yose

USA: Trump yatangaje umusoro wi 100% kuri filime zatunganyirijwe hanze y’Amerika.

Trump yavuze ko filime zibangamiye umutekano w’igihugu, ahita asaba ikigo cy’ubucuruzi gutangira gusoresha izi filime. Abicishije ku rubuga rwe”trust” yavuze ko Amerika izashyiraho umusoro wi 100% kuri filime zose zatunganyirijwe ku butaka butari ubw’Amerika. Trump yasobanuye ko uyu musoro yawushyizeho mu rwego rwo kurokora uruganda rwa filime muri America rwari rugeze mu mwobo. Abinyujije muri…

Soma inkuru yose

“Igihe cyo kwiyunga n’Ububiligi ntikiragera” Minister NDUHUNGIREHE

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko kugeza ubu nta biganiro bihari bigamije kuzahura umubano hagati y’u Rwanda n’u Bubiligi, ndetse ashimangira ko icyo gihe kitaragera. Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Maxime Prévot, aherutse kugirira uruzinduko mu bihugu byo mu karere birimo Uganda, u Burundi na RDC. Ubwo yari muri Uganda yagiranye ibiganiro na…

Soma inkuru yose