Madamu Jeannette Kagame yabwiye urubyiruko kuko nubwo rutahisemo amateka u Rwanda rwanyuzemo ariko rukwiye kwishimira ko rwaruvukiyemo kandi ari rwo Gihugu rudafite undi rukiburanaho.

Madamu Jeannette Kagame yabwiye urubyiruko kuko nubwo rutahisemo amateka u Rwanda rwanyuzemo ariko rukwiye kwishimira ko rwaruvukiyemo kandi ari rwo Gihugu rudafite undi rukiburanaho. Ni ubutumwa yahaye abasaga 2000 bitabiriye Ihuriro Igihango cy’Urungano, ryabereye ku Intare Arena, i Rusororo mu Karere ka Gasabo, kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 25 Mata 2025. Iri huriro ryo…

Soma inkuru yose

Amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC agiye gusinyirwa imbere ya Amerika.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Olivier NDUHUNGIREHE na mugenzi we Therese Kayikwamba Waganer bagiye gushyira umukono ku masezerano ahuriweho n’ibihugu byombi [u Rwanda na Congo]. Nk’uko byatangajwe n’ibiro by’ububanyi n’amahanga bya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Aya masezerano arasinywa kuri uyu wa Gatanu ku wa 25 Mata 2025, saa munani za manywa. Ibikubiye muri aya masezerano…

Soma inkuru yose

Niyo Bosco ari mugahinda ko kubura umubyeyi we.

Umuhanzi NIYOKWIZERWA Bosco wamamaye nka NIYOBOSCO mu muziki nyarwanda yatangaje ko Papa we [NGAYABANYAGA Augusin] yamaze kwitaba Imana, ibi byabaye kuwa 23 Mata 2025 azize uburyayi. Abinyujuje kuri Instagram yanditse ati: “Muruhukire mu mahoro Papa. Umunsi umwe w’agahinda uruta umwaka w’ibyishimo”. Uyu mubyeyi yavutse kuwa 01 Mutarama 1962 yitabye Imana Ku wa 23 Mata 2025….

Soma inkuru yose

Davido yavuze ko azatanga miliyoni ku bafana be.

Umuhanzi David Adedeji Adeleke wamamaye nka Davido mu muziki wa Africa yatangaje ko agiye gutanga amadolari 1,000$ ku mufana uzatanga igitekerezo ku ndirimbo ye afatanyije n’umuhanzikazi Victoria Monèt mu ndirimbo yitwa Offa me “offer me”. Abanyijuje muri comment David yanditse ati: “Thank you guys for all the support on this project, sending 1,000$ to whomever…

Soma inkuru yose

“Miliyari 9$ zigenewe urubyiruko” u Rwanda muri gahunda yo kurwanya ubushomeri.

Guverinoma y’u Rwanda ifatanyije n’Ikigo Mpuzamahanga mu gihugu cya Korea y’Epfo (KOICA) batangije umushinga w’agaciro k’asaga miliyari 9 z’amafaranga (miliyoni 6.5 z’amadolari ya Amerika) wo gufasha urubyiko kugira ubumenyi bw’ikoranabuhanga hagamijwe guteza imbere umurimo no guhanga udushya. Ni umushinga watangirijwe i Kigali kuri uyu wa Gatatu tariki ya 24 Mata 2025, aho inzego za Leta…

Soma inkuru yose

Kenny Sol mu miryango isohoka muri 1:55 Am, Coach Gael yamaze gusohora ibaruwa.

Inzu iri muzikomeye zitunganya umuziki mu Rwanda 1:55 Am, yamaze kugaragaza ko itagishaka gukorana n’umuhanzi Kenny Sol. Ibi byatagajwe mu itangazo CEO MUGARURA Kenny yageneye abanyamakuru. Tugenekereje mu Kinyarwanda yanditse ati: “Kubera ibimaze iminsi bizenguruka mu itangazamakuru ndetse n’amakuru y’ibanga yagiye hanze kubw’amakosa, 1:55 Am yifuza gushyira umucyo kubishyiraho umucyo: 1. 1:55 Am irakomeza gukora…

Soma inkuru yose

“Aho kubana n’umugabo cyangwa umugore wabana n’imbwa” Ibyavuye mu bushakashatsi.

Ubushakashatsi bwakorewe ku bantu 717 bwagaragaje imbwa nk’inyamaswa irenze uko tuyibona ahubwo ni umufatanyabikorwa wizewe wa muntu. “Imbwa ntabwo ari inyamaswa cyangwa se inshuti yawe gusa ahubwo ni byose” Ibi ni Ibyavuye mu bushakashatsi” Abitabiriye ubu bushakashatsi bagaragaza ko kubana n’imbwa bishobora kunezeza kurusha kubana n’ikiremwamuntu. Nubwo bwose ubu bushakashakatsi butagaragaje ko isano y’umuntu n’imbwa…

Soma inkuru yose

Amerika n’u Rwanda mu biganiro by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

Amarika n’u Rwanda barikuganira ku mikoreshereze nimitunganyirize y’ibirombe bicukurwamo “Worflum” yifashishwa mu gukora imodoka. Ubwo aherutse mu Rwanda, umuvugizi wa Amerika muri Africa Massad Boulos yagiranye ikiganiro na HE Paul KAGAME anatemberezwa mu birombe bicukurwamo amabuye y’agaciro mu Rwanda. Mu byo yasuye harimo ikirombe cya Nyakabingo gicukurwamo “Wolfram” iki kirombe nicyo cyonyine rukumbi gicukurwamo “Wolflum”…

Soma inkuru yose

M23 na DRC batangaje ko bagiye guhagarika Imirwano.

Nyuma yo guhurira i Doha muri Quatar, ubuyobozi bw’inyeshyamba za M23 na Congo (DRC) bwatangaje ko bwemeranyije guhagarika Imirwano bishobora no gutuma bagera ku musozo w’intambara imaze iminsi ibera muri Congo. Itangazo rihuriweho n’impande zombi rivuga ko ubuyobozi bwa M23 na DRC bwemeranyije guhagarika imirwano aka kanya Kandi bagahaharika n’imvugo z’ubushotoranyi , imvugo z’urwango cyangwa…

Soma inkuru yose

Ingabo za Congo zirashijwa kurya inka za Joseph Kabila wahoze ari perezida wa Congo (DRC).

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Mata 2025, ingabo za Congo ziraye mu nka zasanze mu rwuri rwa J.Kabila maze zirazibaga. Izi ngabo zoherejwe na Leta ya Congo. Ibi bibaye nyuma y’uruzinduko rugufi Kabila utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Tschisekedi yagiriye muri Goma kuri ubu iri mu maboko ya AFC/M23. Madamu Kabila yagaragaje…

Soma inkuru yose

Abamotari barasubijwe! “Kubera iki hashyizweho Drone mu muhanda? Ngo Parikingi zirabangamye.

Ubwo yaganiraga n’ikinyamakuru Mama Urwagasabo Tv, ACP Rutikanga Boniface umuvugizi wa polisi y’u Rwanda yasubije ibibazo byibazwaga n’abamotari bakorera akazi kabo muri Kigali. Abamotari bakunze kumvikana bavuga ko batishimiye imikoreshereze y’indege za drone zikoreshwa mugucunga umutekano. Impamvu batanga ngo ni uko izi drone zibahanira amakosa batakoze, bavuga ko Kandi batishimiye na Parikingi (Parking) bashyiriweho. ACP…

Soma inkuru yose

I Doha muri Qatar M23 na DCR bahavuye nta mwanzuro ku byerekeye umutekano

M23 yavuye mu biganiro byo muri Qatar nta mwanzuro uhamye ugezweho Ku wa Kabiri, tariki ya 22 Mata 2025, itsinda ry’intumwa za M23 ryari riyobowe na Bertrand Bisiimwa ryasubiye muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC) ritishimye, nyuma y’ibiganiro bimaze ibyumweru bibiri i Doha muri Qatar, nta mwanzuro uhamye ugerwaho. Amakuru ya Radio Okapi avuga…

Soma inkuru yose

Burera: Umunyeshuri wari uri muri sitaje yarohamye mu kiyaga ahita ahasiga ubuzima.

Nyakwigendera Kwizera Samuel wari ufite imyaka 19 yarohamye mu kiyaga kiri mu karere ka Burera ahasiga ubuzima. Kwizera Samuel yigaga mu kigo cya Lycee de Nyanza akaba yakoreraga imenyererezamwuga (Sitaje) mu karere ka Musanze muri resitora yitwa “Two chef’s Coffee Business Co Ltd” Bivugwa ko yajyanye n’abagenzi be 36 bagiye mu rugendoshuri, i Burera muri…

Soma inkuru yose

Inkongi y’umuriro yongeye kwibasira America, ishobora kugera ahabitse ibisasu kirimbuzi, abasaga ibihumbi 3 bamaze kugirwaho ingaruka niyi nkongi.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu nibwo amakuru y’inkongi y’umuriro wongeye kwibasira Leta Zunze Ubumwe z’Amerika muri Leta ya New Jersey yamenyekanye, uyu muriro ushobora guteza ibibazo kubera ko uri gusatira ahabitse ibisasu kirimbuzi bitunzwe n’Amerika. Inkongi y’umuriro irigukwirakwira ku buryo budasanzwe imaze kugera kuri hegitare zirenga ibihumbi 3 nk’uko bitangazwa n’ubuyobozi bwa New…

Soma inkuru yose

Nyagatare: RBC irabasaba gukaza ingamba z’ubwirinzi.

Minisiteri y’Ubuzima yibukije abaturage bo mu Karere ka Nyagatare ko kwirinda Malaria bitangirira ku ruhare rw’umuntu. Ni ubutumwa bwatanzwe nyuma y’aho imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) igaragaza ko Akarere ka Nyagatare kari muri dutanu twa mbere mu Gihugu mu kugira abarwayi ba Malaria benshi kuko iheruka yerekana ko gafite abagera ku 4,810. Umurenge wa Karangazi…

Soma inkuru yose

Amaze imyaka 17 yibera mu ishyamba, Kanani Jean Bosco aratabaza Leta.

Uyu musore w’imyaka 45, avuga ko yitwa KANANI Jean Bosco, atuye mu karere ka Rulindo, mu murenge wa Kisaro, akagari ka Mushenyi, umudugudu wa Mutete, avuga ko amaze imyaka 17 yirarira mu ishyamba atari ku bwo urukundo ahubwo ari ukubera gushoberwa. Ni gute yisanze atuyeu ishyamba? KANANI Jean Bosco yisanze mu ishyamba nyuma y’urupfu ry’ababyeyi…

Soma inkuru yose

Museveni wa Uganda yashimangiye ko adashyigikiye ubutinganyi habe namba.

Perezida wa Uganda Yoweri MUSEVENI yagaragaje ko ibihano ibihugu byo mu Burengerazuba byashyizeho bitabujije igihugu cya Uganda gutera imbere. Museveni yanditse kuri X yahoze yitwa Twitter ati: “Twashyizeho itegeko rikumira ubutinganyi, Mr Biden yadukuye mu muryango we wa AGOA, banki y’Isi ihagarika inguzanyo, none ubukungu bwacu bwiyongereyeho 6%”. Mu 2023, Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ziherutse…

Soma inkuru yose