Kenny Sol mu miryango isohoka muri 1:55 Am, Coach Gael yamaze gusohora ibaruwa.

Inzu iri muzikomeye zitunganya umuziki mu Rwanda 1:55 Am, yamaze kugaragaza ko itagishaka gukorana n’umuhanzi Kenny Sol. Ibi byatagajwe mu itangazo CEO MUGARURA Kenny yageneye abanyamakuru. Tugenekereje mu Kinyarwanda yanditse ati: “Kubera ibimaze iminsi bizenguruka mu itangazamakuru ndetse n’amakuru y’ibanga yagiye hanze kubw’amakosa, 1:55 Am yifuza gushyira umucyo kubishyiraho umucyo: 1. 1:55 Am irakomeza gukora…

Soma inkuru yose

“Aho kubana n’umugabo cyangwa umugore wabana n’imbwa” Ibyavuye mu bushakashatsi.

Ubushakashatsi bwakorewe ku bantu 717 bwagaragaje imbwa nk’inyamaswa irenze uko tuyibona ahubwo ni umufatanyabikorwa wizewe wa muntu. “Imbwa ntabwo ari inyamaswa cyangwa se inshuti yawe gusa ahubwo ni byose” Ibi ni Ibyavuye mu bushakashatsi” Abitabiriye ubu bushakashatsi bagaragaza ko kubana n’imbwa bishobora kunezeza kurusha kubana n’ikiremwamuntu. Nubwo bwose ubu bushakashakatsi butagaragaje ko isano y’umuntu n’imbwa…

Soma inkuru yose

Amerika n’u Rwanda mu biganiro by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

Amarika n’u Rwanda barikuganira ku mikoreshereze nimitunganyirize y’ibirombe bicukurwamo “Worflum” yifashishwa mu gukora imodoka. Ubwo aherutse mu Rwanda, umuvugizi wa Amerika muri Africa Massad Boulos yagiranye ikiganiro na HE Paul KAGAME anatemberezwa mu birombe bicukurwamo amabuye y’agaciro mu Rwanda. Mu byo yasuye harimo ikirombe cya Nyakabingo gicukurwamo “Wolfram” iki kirombe nicyo cyonyine rukumbi gicukurwamo “Wolflum”…

Soma inkuru yose

M23 na DRC batangaje ko bagiye guhagarika Imirwano.

Nyuma yo guhurira i Doha muri Quatar, ubuyobozi bw’inyeshyamba za M23 na Congo (DRC) bwatangaje ko bwemeranyije guhagarika Imirwano bishobora no gutuma bagera ku musozo w’intambara imaze iminsi ibera muri Congo. Itangazo rihuriweho n’impande zombi rivuga ko ubuyobozi bwa M23 na DRC bwemeranyije guhagarika imirwano aka kanya Kandi bagahaharika n’imvugo z’ubushotoranyi , imvugo z’urwango cyangwa…

Soma inkuru yose

Ingabo za Congo zirashijwa kurya inka za Joseph Kabila wahoze ari perezida wa Congo (DRC).

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Mata 2025, ingabo za Congo ziraye mu nka zasanze mu rwuri rwa J.Kabila maze zirazibaga. Izi ngabo zoherejwe na Leta ya Congo. Ibi bibaye nyuma y’uruzinduko rugufi Kabila utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Tschisekedi yagiriye muri Goma kuri ubu iri mu maboko ya AFC/M23. Madamu Kabila yagaragaje…

Soma inkuru yose

Abamotari barasubijwe! “Kubera iki hashyizweho Drone mu muhanda? Ngo Parikingi zirabangamye.

Ubwo yaganiraga n’ikinyamakuru Mama Urwagasabo Tv, ACP Rutikanga Boniface umuvugizi wa polisi y’u Rwanda yasubije ibibazo byibazwaga n’abamotari bakorera akazi kabo muri Kigali. Abamotari bakunze kumvikana bavuga ko batishimiye imikoreshereze y’indege za drone zikoreshwa mugucunga umutekano. Impamvu batanga ngo ni uko izi drone zibahanira amakosa batakoze, bavuga ko Kandi batishimiye na Parikingi (Parking) bashyiriweho. ACP…

Soma inkuru yose

Burera: Umunyeshuri wari uri muri sitaje yarohamye mu kiyaga ahita ahasiga ubuzima.

Nyakwigendera Kwizera Samuel wari ufite imyaka 19 yarohamye mu kiyaga kiri mu karere ka Burera ahasiga ubuzima. Kwizera Samuel yigaga mu kigo cya Lycee de Nyanza akaba yakoreraga imenyererezamwuga (Sitaje) mu karere ka Musanze muri resitora yitwa “Two chef’s Coffee Business Co Ltd” Bivugwa ko yajyanye n’abagenzi be 36 bagiye mu rugendoshuri, i Burera muri…

Soma inkuru yose

Inkongi y’umuriro yongeye kwibasira America, ishobora kugera ahabitse ibisasu kirimbuzi, abasaga ibihumbi 3 bamaze kugirwaho ingaruka niyi nkongi.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu nibwo amakuru y’inkongi y’umuriro wongeye kwibasira Leta Zunze Ubumwe z’Amerika muri Leta ya New Jersey yamenyekanye, uyu muriro ushobora guteza ibibazo kubera ko uri gusatira ahabitse ibisasu kirimbuzi bitunzwe n’Amerika. Inkongi y’umuriro irigukwirakwira ku buryo budasanzwe imaze kugera kuri hegitare zirenga ibihumbi 3 nk’uko bitangazwa n’ubuyobozi bwa New…

Soma inkuru yose

Nyagatare: RBC irabasaba gukaza ingamba z’ubwirinzi.

Minisiteri y’Ubuzima yibukije abaturage bo mu Karere ka Nyagatare ko kwirinda Malaria bitangirira ku ruhare rw’umuntu. Ni ubutumwa bwatanzwe nyuma y’aho imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) igaragaza ko Akarere ka Nyagatare kari muri dutanu twa mbere mu Gihugu mu kugira abarwayi ba Malaria benshi kuko iheruka yerekana ko gafite abagera ku 4,810. Umurenge wa Karangazi…

Soma inkuru yose

Museveni wa Uganda yashimangiye ko adashyigikiye ubutinganyi habe namba.

Perezida wa Uganda Yoweri MUSEVENI yagaragaje ko ibihano ibihugu byo mu Burengerazuba byashyizeho bitabujije igihugu cya Uganda gutera imbere. Museveni yanditse kuri X yahoze yitwa Twitter ati: “Twashyizeho itegeko rikumira ubutinganyi, Mr Biden yadukuye mu muryango we wa AGOA, banki y’Isi ihagarika inguzanyo, none ubukungu bwacu bwiyongereyeho 6%”. Mu 2023, Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ziherutse…

Soma inkuru yose

“Ntuzongera gucuranga indirimbo y’umuhanzi utaramwishyuye!” Hagiye gushyirwaho ikigo kibishizwe.

Minisitiri w’urubyiruko, umuco n’iterambere ry’ubuhanzi UTUMATWISHIMA Jean Nepo Abdallah yatangaje ko hagiye gushyirwaho ikigo gishizwe gukusanya umubare w’abakoresheje igihangano cy’umuhanzi batabihirewe uburenganzira bakishyuzwa, amafaranga agahabwa umuhanzi. Minisitiri ati: “Kimwe mu bintu dukurikirana muri Minisiteri ni uko umuhanzi yahabwa uburenganzira, igihangano ke kikamubyarira umusaruro. Icyo dushima itegeko ryagiyeho, rigenga uburenganzira ku mutungo bwite mu by’ubwenge”. Kandi…

Soma inkuru yose

Twarahurwa Moses yatawe muri yombi n’urwego rwa RIB

Turahirwa Moses afunzwe akekwaho gukoresha ibiyobyabwenge Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi Turahirwa Moses, washinze inzu y’imideli ya Moshions, akurikiranyweho gukoresha ibiyobyabwenge. Dr. Murangira B. Thierry, Umuvugizi wa RIB, yabwiye itangazamakuru ko koko bafashe Turahirwa nyuma y’uko ibisubizo by’ibizamini byafashwe ku mubiri we byemeje ko yari yakoresheje ibiyobyabwenge. Ibyo bizamini byakorewe mu Kigo cy’Igihugu…

Soma inkuru yose

Gen Mubarakh Muganga ari mu ruzinduko rw’akazi muri Algeria.

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Mubarakh Muganga ari mu ruzinduko rw’akazi muri Algeria, aho yakiriwe na General Saïd Chanegriha, Umugaba w’Ingabo z’iki gihugu. Baganiriye ku guteza imbere ubufatanye mu bya gisirikare hagati y’ibihugu byombi. U Rwanda na Algeria bimaze kubaka umubano uhamye ushingiye ku mikoranire mu nzego zitandukanye. Mu bihe bitandukanye, abayobozi bakuru mu…

Soma inkuru yose

Gushimira cg Kwisegura kuri ChatGPT bihombya amamiliyari menshi banyirayo (OpenAI)”Sam Altoman”

Umuyobozi wa OpenAI akaba n’umumiliyoneri Sam Altoman yatangaje ko kwandikira ChatGPT “Please cg Thank you” bihombya kampani (Company) ye ya OpenAI amamiliyoni atangira ingano. Ibi byabaye nyuma ya Post yashyizwe kuri X yahoze yitwa Twitter. Aho uwabajije iki kibazo yagize ati: “Ni amafaranga angahe muhomba iyo umuntu yandikiye Robot ngo ‘Thank you and please’?” Altman…

Soma inkuru yose

National Bank of Rwanda(BNR) itanze miliyari icumi kubantu bose bifuza kugura impapuro mpeshamwenda zizamara imyaka 10..

Kuri uyu wa Kabiri, BNR yashyize hanze impapurompeshamwenda zihwanye na miliyali icumi . Guhera uyu munsi taliki 22 Mata 2025 kugeza taliki 24 Mata 2025 wemerewe kugura izi mpapuro zizamara imyaka icumi. Ishyirwa hanze kw’izi mpapuro byakozwe kugira ngo hatezwe imbere isoko ry’imigabane ndetse n’ibikorwaremezo. Impapuro mpeshamwenda ni iki? Izi ni impapuro zikorwa na leta…

Soma inkuru yose

Antoine Karidanari Kambanda agiye kwerekeza i Vatican gushyingura Papa.

Umushumba mukuru wa Kiliziya Gaturika mu Rwanda Karidanali KAMBANDA yatangaje ko abakaridinari bose baturutse imihanda yose bagiye kwerekeza i Vatican. Uyu Karidanali KAMBANDA yabanje kuvuga ko abakirisitu bazibukura Papa ku rukundo rwe ndetse n’impuhwe ze. Papa Francis azashyingurwa ku wa Gatandatu ku taliki ya 26 Mata 2025, saa 100:00 za mugitondo zo mu Rwanda. Ku…

Soma inkuru yose

HE Paul KAGAME yababajwe n’urupfu rwa Papa Francis.

Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yababajwe n’urupfu rwa Papa Fransisco,avuga ko yaranzwe no kwicisha bugufi no kwifatanya n’abandi ku Isi yose. Perezida Kagame kuri X , yavuze ko ku buyobozi bwa Papa Fransisco, bwaranzwe “no kwemera Amateka ya Kiliziya Gatolika mu Rwanda, biganisha mu gihe gishya cy’imibanire myiza hagati ya Kiliziya Gatolika n’Igihugu cyacu, ’ukuri,…

Soma inkuru yose

Rayon yahahwe amafaranga ngo yemere gukina umukino yari yarahiriye kutawukina

Mu Cyumweru gishize, ni bwo umukino wahuzaga Mukura VS na Rayon Sports mu Gikombe cy’Amahoro, wasubitswe kubera ibura ry’urumuri ruhagije muri Stade Mpuzamahanga ya Huye. Gikundiro yahise yandikira Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, Ferwafa, igaragaza ko ikwiye Ubutabera ikipe ya Mukura igaterwa mpaga. Mu guca uru rubanza, Ferwafa, yahisemo kuvuga ko umukino ugomba gusubirwamo uhereye…

Soma inkuru yose

Mu Bwongereza: Abajura bibye umusarani (Toilet ) wa $6 Million bafashwe.

Umusarani ukozwe muri zahabu wakozwe 2016 ukozwe n’umunyabugeni witwa Mauzurizio Cattelan ufite inkomoko mu Butaliyani (Italy) wagaragajwe ku nshuro ya mbere mu nzu ndangamurage ya New York, nyuma ujyanwa mu ngoro y’ubwami bw’ubwongereza, mu 2019 abajura bateye iyi ngoro biba uyu musarani (Toilet). Urukiko rwo mu Bwongereza rwatangaje ko rwatangiye kuburanisha Abajura 2 bakekwaho ubu…

Soma inkuru yose

HE Paul KAGAME yakiriye Faurre Essozima Perizida waTogo.

Perezida wa Togo, Faure Essozimna Gnassingbé ari mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda, guhera kuri uyu wa Mbere tariki ya 21 Mata 2025, aho biteganyijwe ko azagirana ibiganiro na Perezida Paul Kagame. Ni ibiganiro biri mu murongo w’inshingano aherutse guhabwa n’Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe (AU) nk’umuhuza w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nk’uko byatangajwe…

Soma inkuru yose

Ni nde uri guhabwa amahirwe menshi yo gusimbura Papa Francis?

Ikigiye gukurikira urupfu rwa Papa Francis ni ugutorwa k’undi mu Papa uzamusimbura. Muri iyi nkuru naguteguriye abahabwa amahirwe menshi yo kuzasimbura Pope Francis. Mu gihe abakaridinari barigushyashyana bashaka uzasimbura Papa Francis, Twebwe Gate of wise twagerageje gukusanya amakuru agaragaza abahabwa amahirwe menshi yo kuzasimbura Papa Francis. Iyi nama iraterana nyuma y’urupfu rwa Papa Francis. Mu…

Soma inkuru yose

Papa Francis umushumba mukuru wa kiriziya Gatholic ku isi yamaze kuva mu buzima

Umushumba wa Catholic Pop Francis wari umaze igihe arwaye yamaze gushiramo umwuka azize indwara y’umusonga wo mu bihaha Umushumba wa Kiriziya Cotholic Pop Francis yamaze gushiramo umwuka nk’uko byatangajwe na Vatican, Uyu mushumba yari amaze igihe arwaye indwara y’umusonga wo mu bihaha indwara yatangiye ku murembya mu ntangiriro z’uyu mwaka wa 2025 akaba ari nayo…

Soma inkuru yose

Ukraine yasutsweho ibisasu nyuma y’amasaha 30 y’agahenge.

Igisirikare cya Ukraine cyatagaje ko dorone (Drone) z’Abarusiya zarashe uduce twinshi two muri Ukraine, ibi byabaye nyuma y’agahenge kari kabaye kuri Pasika. Igisirikare kirwanira mu kirere cya Ukraine cyaburiye uduce twa Kyiv, Kherson, Dnpropetrovsk, Cherkasy, Mykalaiv na Zaporizhzhia. Umuyobozi wa karere ka Mykalaiv yatangaje ko mu m’ajyaruguru y’agace ka Mykalaiv humvikanye iturika ry’ibisasu. Ariko igisirikare…

Soma inkuru yose

Nshimiyimana Emmanuel ukekwaho kwica umugore we yafashwe n’abanyerondo.

Umugabo witwa NSHIMIYIMANA Emmanuel ufite imyaka 38 yacakiwe n’abanyerondo bakorera mu karere ka Muhanga, umurenge wa Nyamabuye, akagari ka Gifunga, umudugudu wa Rugarama, arakekwaho kwica umugore we MUGWANEZA Julienne w’imyaka 32. Mu gitondo cyo kuri Pasika uyu mugabo Emmanuel nibwo yafashwe biturutse ku makuru yatanzwe na BIZIYAREMYE Colenel wari warahaye icumbi uyu muryango. Abaturanyi batabaye…

Soma inkuru yose

Soma amateka ya Rosalie Gicanda umwamikazi wa nyuma w’uRwanda.

Tariki 20 Mata 1994, ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yari irimbanyije mu bice byose by’Igihugu, ni bwo Captain Ildephonse Nizeyimana, wari ushinzwe Ubutasi mu Kigo cya Gisirikare cya ESO [École des Sous-Officiers], yatanze itegeko ryo kwica Umwamikazi Rosalie Gicanda. Kuri ubu hashize imyaka 31, Umwamikazi Rosalie Gicanda, yishwe azize Jenoside yakorewe Abatutsi, aho buri tariki 20…

Soma inkuru yose

“Kuba umukobwa ntibyoroshye!” Amagambo yatangajwe na Arielwayz.

Umuhanzikazi UWAYEZU Ariel uri mu bakobwa bamenyekanye mu bakora umuziki mu Rwanda yasangije ubutumwa abamukurikirana kuri X bwatumye benshi bongera kumwibazaho cyane. Mu magambo make yaranditse ati: “Kuba umukobwa ntibyoroshye” Nyuma yo gutangaza ibitekerezo byaje byisukiranya, ariko hari uwagize ati: “Nicyo kintu cyoroshye kurusha ibindi, kereka iyo ugikoresheje nabi nibwo utangira kwicuza. Ubwo umaze gukura…

Soma inkuru yose

M.Irene yanyomoje amakuru avuga ko yatandukanye na Vesitine na Dorcas.

M.Irene yanyomoje amakuru avuga ko yatandukanye na Vesitine na Dorcas. Umunyamakuru akaba n’ureberera inyungu z’abahanzi baririmba indirimbo zo guhimbaza Imana Vesitine na Dorcas yabwiye ikinyamakuru The choice Live ko “Amakuru arigukwirakiwira ku mbuga nkoranyambaga agaragaza ‘ko yatandukanye n’abahanzi Vesitine na Dorcas ari ikinyoma cyambaye ubusa!” Ahubwo uyu M.Irene yahise atangaza ko aba bahanzi bagiye gusohora…

Soma inkuru yose

Joseph Kabila: Arashijwa gufasha M23, none ishyaka rye (PPRD) ryahagaritswe by’agateganyo

Congo (DRC) yahagaritse by’agateganyo ishyaka ry’uwahoze ari perezida wa Congo (DRC) Joseph Kabila ndetse banafatira imitungo ye. Uyu mugabo w’imyaka 53 arashijwa gutera inkunga umutwe wa M23. Guhagarika ishyaka rye byatangarijwe mu itangazo ryasohowe na minisitiri w’ububanyi n’amahanga, aho uyu mu minisitiri yatangaje ko ishyaka People’s Party for Reconstruction and Democracy (PPRD) rihagaritswe kubera ibyo…

Soma inkuru yose

Umuhanzi Niyobosco yagaragaje ko agiye gusohora indirimbo.

Umuhanzi Niyobosco agiye gusohora indirimbo nshya. Umuhanzi NIYOKWIZERWA Bosco uzwi nka NIYOBOSCO wari umaze igihe adasohora indirimbo yagaragaje ko agiye gushyira hanze indirimbo ye nshya yitwa “Daddy God”. Amaashusho yasangije abamukurikirana ku rubuga rwe rwa Instagram agaragaramo we n’umunyarwenya  umaze kwigarurira imitima y’Abanyarwanda hafi ya bose Dr.Nsabi, uyu Dr Nsabi agaragara arikuroga Niyobosco ariko aka…

Soma inkuru yose

“Nabaye mayibobo muri Tanzania” Amagambo ya Evariste NDAYISHIMIYE.

Perezida Evariste NDAYISHIMIYE yatangaje ko yabaye mayibobo ndetse akaniba mudasobwa muri Ambasade y’u Burundi yari iherereye muri Tanzania. Abinyujije mu kiganiro yakoranye n’umuyoboro wa youtube witwa “Intumwa” Evarisite NDAYISHIMIYE yagaragaje ubuzima bugoye yanyuzemo ubwo yari yoherejwe nk’intumwa yo ku ganira na Leopard NYANGOMA wabarizwaga mu nyeshyamba rya CNDD-FDD. NDAYISHIMIYE avuga ko yageze Tanzania akananirwa kumvikana…

Soma inkuru yose

Burundi: Ambasade y’u Buholande igiye gufungwa mu gihugu cy’u Burundi.

U Buholandi bwatangaje ko bugiye gufunga Ambasade yabwo mu bihugu bitandukanye harimo n’u Burundi. Ibi byatagajwe na Caspar Veldkamp, uyu ni minisitiri w’ububanyi n’amahanga mu gihugu cy’u Buholandi. Ibi yabivuze mu ibaruwa yandikiye inteko nshingamategeko, ambasade zigera muri 5 nizo zizafungwa. Mu ibaruwa yagize ati: “Mfite gahunda yo gufunga Ambasade eshanu ndetse n’ibiro bihagarariye inyungu…

Soma inkuru yose

R.I.P!! KILIMOBENECYO Alphonse yitabye Imana.

Umunyarwanda wahanze ibirango byinshi dukoresha mu gihugu cyacu cy’u Rwanda yamaze kwitaba Imana azize uburwayi. Uyu KILIMOBENECYO Alphonse yagize urahare mu guhanga ibendera ry’u Rwanda, Ikirangontego cy’u Rwanda ndetse n’inoti ya 5,000 Frw. Inkuru y’urupfu rwe yasakaye ku wa 19 Mata 2025,yitabye Imana afite imyaka 66.Umwe mubo bakoranye BIRASA Bernard yatangaje ko asize umurage mwiza!

Soma inkuru yose

Twaganiriye na Alex, wa mwana uririmba Tenoro! Ku myaka 8 arifuza kuba Padiri.

Ku wa 18 Mata 2025, nibwo amashusho y’uwitwa NSHIMIYIMANA Alexis, Umwana ifite imyaka umunani (8), utuye mu karere ka Burera, mu murenge wa Gitovu, akagari ka Runoga, umudugudu wa Kiraho yakwirakwiye ku mbugankoranyambaga atangajwe n’uwitwa “M.Jean de Paix”. Uyu mwana yagaragaye afite ishyaka ryo kuririmba indirimbo yitwa “Mariya ni umubyeyi”. Nka Gate of Wise twifuje…

Soma inkuru yose

Perezida wa leta zunze ubumwe z’Amerika yavugurujwe n’urukiko rukuru.

Urukiko rw’Ikirenga rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika rwahagaritse by’agateganyo ishyirwa mu bikorwa ry’icyemezo cy’ubutegetsi bwa Perezida Donald Trump cyo kwirukana abimukira baturutse muri Venezuela. Urukiko rw’Ikirenga muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika rwategetse ko Leta itazakomeza kwirukana abimukira bari bafunzwe n’urwego rw’abinjira n’abasohoka, kugeza igihe hazasohokera umwanzuro mushya. Iyi ngingo yafashwe ku itariki ya 17…

Soma inkuru yose