Muri Zambia: Abagabo babiri bakatiwe nyuma yo gushinjwa umugambi wo kuroga Perezida w’icyo gihugu.

Mu gihugu cya Zambia, Urukiko rwahamije abagabo babiri icyaha cyo kugerageza kwivugana Perezida Hakainde Hichilema bakoresheje uburozi, rubakatira igifungo cy’imyaka ibiri. Abakatiwe ni Leonard Phiri, umuturage wa Zambia, na Jasten Mabulesse Candunde, ukomoka muri Mozambique. Bombi bafashwe mu Ukuboza 2024 batunze ibintu bivugwaho kuba amarozi, birimo n’umurizo w’uruvu. Ubushinjacyaha bwavuze ko aba bombi bari bahawe…

Soma inkuru yose

UNHCR yohereje mu Rwanda Abanyarwanda barenga 280 bari barashimuswe na FDLR

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR) ryafashije gutaha mu Rwanda Abanyarwanda 284, bari baragizwe imfungwa n’umutwe wa FDLR mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC). Aba baturage bari bamaze igihe mu nkambi y’agateganyo iherereye i Goma, nyuma yo gukurwa mu bice bitandukanye FDLR yari ibafungiye. Iki gikorwa cyo kubacyura gishingiye ku byemezo…

Soma inkuru yose

Waruziko kuryama amasaha macye bigira ingaruka ku buzima bw’umuntu ?

Ubushakashatsi bwakozwe n’inzobere mu by’ubuzima bwagaragaje ko gusinzira amasaha 7–9 mu ijoro ari ingenzi cyane ku buzima bw’umuntu. Gusa nubwo bimeze bityo, ubushakashatsi bwagaragaje ko abantu benshi ku isi badasinzira bihagije, kandi bibagiraho ingaruka zikomeye mu mubiri n’ubwonko bwabo mu buryo butandukanye. Kuryama amasaha make adahagije bigira ingaruka nyinshi zirimo: Kudasinzira bihagije byongera ibyago byo…

Soma inkuru yose
Umutingito muri Afghanistan

Abarenga 1,400 barapfuye, Nta mugore wari wemerewe kuvurwa n’umugabo!

Umutingito ukomeye wibasiye igihugu cya Afghanistan wasize abarenga 1,400 bitabye Imana n’aho abasaga 3,124 barakomereka nk’uko byatangajwe na leta y’Abatalibani. Ku Cyumweru, nibwo umutingito wo kugipimo cya 6 watangiriye mu ntara ya Kunar ugakomereza mu ntara ya Nangarhar na Laghman biherereye muri Afghanistan. Ni umwe mu mitingito wishe abantu benshi muri iki gihugu cya Afghanistan…

Soma inkuru yose
Nanga wa 23

IFOTO: Corneille Nangaa ukuriye AFC/M23 yahawe umugisha na Musenyeri

Corneille Nangaa, Umuhuzabikorwa w’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi buriho muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yitabiriye ibikorwa bya Kiliziya Gatulika i Goma, anahabwa umugisha na bamwe mu Basenyeri muri Kiliziya Gatulika, barimo Musenyeri wa Lubumbashi, Fulgence Muteba. Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 09 Nyakanga 2025 mu Mujyi wa Goma, umaze amezi atandatu…

Soma inkuru yose

U Rwanda rwiyemeje kongera ikoranabuhanga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare

Guverinoma yiyemejeje kongera ibikorwa remezo by’ikoranabuhanga mu Ishuri Rikuru ry’Ubuyobozi rya Gisirikare ry’Ingabo z’u Rwanda (RDF Command and Staff College) riherereye i Nyakinama mu Karere ka Musanze kuko rifite umumaro mu gutyaza ubumenyi bw’abayobozi mu nzego z’umutekano z’u Rwanda ndetse n’ibihugu by’inshuti. Kuri uyu wa Mbere tariki ya 16 Kamena, muri iri shuri riherereye mu…

Soma inkuru yose

U Burusiya ntabwo bushyigikiye na gato ko ibiganiro by’amahoro na Ukraine bibera i Vatican

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burusiya, Sergey Lavrov, yatangaje ko bitashoboka ko ibiganiro by’amahoro na Ukraine byabera i Vatican, avuga ko bitaba byubashye ibihugu bikurikiza imyemerere y’idini rya Orthodox. Lavrov yabitangaje ku wa 23 Gicurasi 2025, mu ijambo yavugiye i Moscow. Yagize ati “Tekereza ibiganiro bibereye i Vatican hagati y’ibihugu bibiri by’Aba-Orthodox. Icyo ni ikintu cyatuma…

Soma inkuru yose

Minisitiri yeguye nyuma yo gutangaza ko ataragura umuceri na rimwe mu buzima bwe

Minisitiri w’Ubuhinzi w’u Buyapani, Taku Eto yeguye ku mirimo ye nyuma yo kuvugira mu ruhame ko atigeze na rimwe agura umuceri, mu gihe igihugu cye kiri guhangana n’ibura ryawo n’izamuka rikabije ry’ibiciro byawo. Mu ijambo yavuze ku cyumweru mu nama y’ishyaka, Bwana Eto yavuze ko “inkunga ahabwa n’abamushyigikiye yamuteye kudakenera kugura umuceri.” Aya magambo yakurikiwe…

Soma inkuru yose

Lamine Yamal agiye guhabwa nimero ya Messi

Umukinnyi ukiri muto w’Umunyasipanye, Lamine Yamal, aravugwaho kuzahabwa nimero y’icyamamare Lionel Messi muri FC Barcelona, nyuma yo kugirana amasezerano mashya y’igihe kirekire n’iyi kipe. Amakuru atangazwa n’urubuga Memorabilia1899.co aravuga ko Yamal, ufite imyaka 17, azashyira umukono ku masezerano mashya azamara igihe kirekire muri Nyakanga ubwo azaba yujuje imyaka 18. Ayo masezerano azaba arimo ingingo yo…

Soma inkuru yose

Tanzania: Polisi ya Tanzania yabitse Perezida Samia Suluhu Hassan

Imbuga nkoranyambaga zitandukanye za Leta ya Tanzania, tariki ya 20 Gicurasi zagabweho ibitero by’ikoranabuhanga, zitambutswaho ubutumwa burimo ububika Perezida Samia Suluhu Hassan. Ubu butumwa bwatambukijwe ku mbuga zirimo urwa X rwahoze rwitwa Twitter rukoreshwa na Polisi ya Tanzania, umuyoboro wa YouTube w’ishyaka Chama Cha Mapinduzi (CCM) riri ku butegetsi ndetse no ku rubuga rwa X…

Soma inkuru yose

Ni nde uri guhabwa amahirwe menshi yo gusimbura Papa Francis?

Ikigiye gukurikira urupfu rwa Papa Francis ni ugutorwa k’undi mu Papa uzamusimbura. Muri iyi nkuru naguteguriye abahabwa amahirwe menshi yo kuzasimbura Pope Francis. Mu gihe abakaridinari barigushyashyana bashaka uzasimbura Papa Francis, Twebwe Gate of wise twagerageje gukusanya amakuru agaragaza abahabwa amahirwe menshi yo kuzasimbura Papa Francis. Iyi nama iraterana nyuma y’urupfu rwa Papa Francis. Mu…

Soma inkuru yose