CYIZA Theogene

Professional Writer & Knowledge Enthusiast Creating meaningful content that informs and inspires. 📞 +250 791 972 215 ✉️ [email protected]

Agaseke: Urubuga rwa Mbere mu Rwanda Rufasha Abanyempano Kwinjiza Amafaranga

Niba uri umuhanzi (Content Creator) mu Rwanda haba mu gusetsa, kuririmba, kwigisha, gukora ibiganiro by’amajwi (Podcasts), cyangwa uri umuntu ufite abagukurikira benshi ku mbuga nkoranyambaga, usobanukiwe neza imvune, umwanya, n’imbaraga bisaba mu rugendo rwo kubaka izina no kuzamura umubare w’abantu bagukurikira. Ariko se, guhindura uko gukundwa n’izo “likes” mo amafaranga afatika ajya kuri konti yawe…

Soma inkuru yose

Kenya imaze kuza imbere muri Afurika mu gukoresha ikoranabuhanga rya AI

Raporo nshya yakozwe n’ikigo Zoho ku bufatanye na Arion Research, yagaragaje ko igihugu cya Kenya ari cyo kiyoboye ibindi bihugu byakoreweho ubushakashatsi muri Afurika mu gukoresha ikoranabuhanga rya “Artificial Intelligence” (AI). Imibare yerekana ko ibigo birenga 35% muri Kenya bimaze gushyira uyu muvuduko mu bikorwa byabyo bya buri munsi. Imyubakire y’ikoranabuhanga n’ishoramari Iyi raporo yiswe…

Soma inkuru yose

InnoPower Africa na Luma Learn bagiye kugeza inyigisho za AI ku rubyiruko rwinshi muri Afurika

Ikigo InnoPower Africa cyatangaje ubufatanye bukomeye n’urubuga rw’inyigisho rwa Luma Learn, bugamije koroshya uburyo urubyiruko rwa Afurika rwigamo ikoranabuhanga rya “Artificial Intelligence” (AI) n’ubundi bumenyi mu by’ikoranabuhanga rigezweho. Ubu bufatanye buje gukemura ibibazo bikunze kubera inzitizi abashaka kwiga ikoranabuhanga, birimo: igiciro gihanitse cy’amasomo, aho umuntu aherereye (aho atuye), ndetse n’ikibazo cyo kutabona amahirwe yo guhugurwa…

Soma inkuru yose

Kaminuza ya Wits yamuritse uburyo bushya bw’ikoranabuhanga rya AI mu muziki wa Afurika

Ku itariki ya 16 Mata, muri Kaminuza ya Witwatersrand (Wits) i Johannesburg, habereye ibirori bidasanzwe byahuje abanyamuziki n’abahanga mu by’ikoranabuhanga (AI). Intego yari imwe: kwerekana uko ikoranabuhanga rigezweho ryakwifashishwa mu kubungabunga no guteza imbere umuziki gakondo wa Afurika. Iri murikagurisha ryitabiriwe n’amakipe atano aturutse mu bihugu bitandukanye birimo Afurika y’Epfo, Ghana, Cameroon, Kenya, n’Isi yopiya….

Soma inkuru yose

Uburyo 4 bw’ingenzi bwo kurinda amakuru yawe bwite kwinjirirwa

Muri iki gihe isi iri mu ikoranabuhanga, abantu benshi bakoresha internet mu buzima bwa buri munsi nko kohereza amafaranga, kuganira, kubika inyandiko, gukora ubucuruzi no kwiga. Ibi bituma amakuru bwite yacu aba afite agaciro gakomeye cyane. Ariko kandi, uko ikoranabuhanga rigenda ritera imbere ni nako abajura bo kuri internet bagenda bashaka uburyo bwo kwiba ayo…

Soma inkuru yose

Sobanukirwa igare “Bugatti Factor One” rihenze cyane rifite agaciro ka miliyoni zirenga 34 Frw

Mu gihe isi ikomeje gutera imbere mu bijyanye n’ikoranabuhanga rikoreshwa mu ngendo n’ubwikorezi, uruganda rukora amagare rwa Factor Bikes rwifatanyije n’uruganda rukora imodoka zihenze cyane rwa Bugatti, bamurika igare ridasanzwe ryiswe Bugatti Factor One, rifite agaciro ka 23,599$, asaga miliyoni 34 z’amafaranga y’u Rwanda. Iri gare ryamuritswe ku mugaragaro muri Werurwe 2026, rikaba ari kimwe…

Soma inkuru yose

Netflix yashyize hanze porogaramu nshya “Netflix Playground” igenewe abana bato

Sosiyete itanga serivisi zo kureba filime n’ibiganiro kuri internet, Netflix, yatangaje ko yashyize hanze porogaramu nshya yitwa Netflix Playground, igamije gufasha abana bato kwidagadura binyuze mu mikino y’ikoranabuhanga. Iyi porogaramu yateguriwe by’umwihariko abana bafite imyaka umunani (8) n’abari munsi yayo. Igaragaza umwihariko wo gushyira imbere: Icyo itandukaniyeho n’izindi porogaramu Netflix Playground ije nk’igisubizo ku babyeyi…

Soma inkuru yose

U Bugereki bwafashe icyemezo cyo gukumira abana bari munsi y’imyaka 15 ku mbuga nkoranyambaga

Guverinoma y’u Bugereki yatangaje gahunda nshya igamije kurinda abana bato ingaruka ziterwa no gukoresha imbuga nkoranyambaga, aho guhera tariki ya 1 Mutarama 2027 abana bose bari munsi y’imyaka 15 bazaba babujijwe kuzikoresha. Iyi gahunda iri mu mushinga w’itegeko riteganyijwe gutorwa n’Inteko Ishinga Amategeko y’iki gihugu, rikaba rifite intego nyamukuru yo kurwanya ibibazo bigenda byiyongera byibasira…

Soma inkuru yose

Uburyo bwizewe bwagufasha guhaha wifashishije ikoranabuhanga

Ikoranabuhanga rimaze guhindura ubuzima bwa buri munsi, rihindura uburyo abantu baganira, bakora, biga ndetse banahahirana. Muri iki gihe, abantu benshi bagura imyenda, ibikoresho byo mu rugo, telefoni, ibiribwa n’ibindi banyuze kuri internet bakoresheje telefoni cyangwa mudasobwa, bigatuma batagomba kujya ku isoko cyangwa mu maduka kure. Nubwo guhaha hifashishijwe murandasi (internet) byoroshye kandi byihuse, bifite n’ingaruka…

Soma inkuru yose

Ibintu 5 utari uzi ugomba kwirinda bishobora kwangiza telefone yawe n’uburyo bwo kubyirinda

Muri iki gihe ikoranabuhanga rimaze gufata indi ntera, aho telefone ngendanwa zabaye igikoresho cy’ingenzi mu buzima bwa buri munsi. Tuzikoresha: mu itumanaho, kwiga, gukora ubucuruzi n’ibindi byinshi cyane. Nyamara, nubwo ari ingenzi gutyo, hari imyitwarire myinshi ikunze kugaragara mu ikoreshwa ryazo ituma zangirika vuba cyangwa zikabura ubudahangarwa, ari nayo mpamvu muri iyi nyandiko naguteguriye ibintu…

Soma inkuru yose

Dr Habumuremyi ashimangira ko urubyiruko rugomba guhanga udushya mu ikoranabuhanga mu guteza imbere u Rwanda

Dr Habumuremyi Pierre Damien, wahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda kandi ubu uri akaba ari mu bagize Urwego Ngishwanama rw’Inararibonye (REAF), yavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda ndetse na Afurika muri rusange rufite amahirwe akomeye yo guteza imbere igihugu binyuze mu ikoranabuhanga ririmo ubwenge buhangano (AI). Yabigarutseho mu gikorwa cyiswe “Tech Forward Live”, cyateguwe na kaminuza…

Soma inkuru yose

Uburyo 7 bwo kurinda abana mu gihe bakoresha Ikoranabuhanga

Mu gihe abana bakoresha ikoranabuhanga, baba bari mu kaga k’ihungabana rishobora guterwa n’iterabwoba ryo kuri murandasi, ihohoterwa, cyangwa kubona amakuru atabateganyirijwe. Nk’abarezi cyangwa ababyeyi, kugira ubumenyi buhagije ku byo abana bakorera ku ikoranabuhanga ni ingenzi kugira ngo barinde umutekano wabo. Dore uburyo 7 bw’ingenzi bwo kurinda abana igihe bakoresha ikoranabuhanga: 1. Shyiraho Imbuga Zigenwe Abana…

Soma inkuru yose

OpenAI yahagaritse Adult Mode muri Porogaramu ya ChatGPT

Ikigo gikora ikoranabuhanga rya ChatGPT, OpenAI, cyafashe icyemezo cyo guhagarika by’agateganyo gahunda ikora mu buryo bwiswe “Adult Mode” cyangwa “Erotic mode” muri ChatGPT. Ubu buryo bwari bugenewe abantu bakuze gusa, bukemerera ibiganiro birimo ibintu by’abantu bakuru byari bisanzwe bibujijwe muri ChatGPT. Iyi gahunda yari yatangiye kuvugwa mu 2025, aho ubuyobozi bwa OpenAI bwavugaga ko bushaka…

Soma inkuru yose

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo Yerekana Ubufatanye n’Ibigo Byigenga mu Guhanga Imirimo Binyuze mu Ikoranabuhanga

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA) yagaragaje ubushake bwo gukorana n’ibigo byigenga bifite ubushobozi bwo guhanga imirimo, by’umwihariko binyuze mu ikoranabuhanga rihuza abashaka akazi n’abatanga akazi. Ubu bufatanye bugamije guhangana n’ikibazo cy’ubushomeri, koroshya kubona akazi, ndetse no gufasha abakozi kubona amahirwe akwiye kandi mu buryo bwihuse. Uyu murongo w’akazi wagarutsweho na Musonera Abdou, Umuyobozi ushinzwe…

Soma inkuru yose

Bamwe mu rubyiruko rukorera ku mbuga nkoranyambaga bavuga ko ari inzira iganisha ku iterambere

Urubyiruko rurenga 1,000 rukoresha umuyoboro nka YouTube n’izindi mbuga nkoranyambaga, rwibumbiye mu itsinda ryitwa: Smart250 Academy, rutangaza ko rufata imbuga nkoranyambaga nk’inzira ikomeye izarufasha kugera ku iterambere no ku nzozi zarwo z’ahazaza. Aba basore n’inkumi bavuga ko nubwo imbuga nkoranyambaga zikunze kuvugwaho byinshi, bo bahisemo kuzibyaza umusaruro mu buryo bwiza, birinda kuzikoresha mu buryo bwangiza…

Soma inkuru yose

Inama 5 z’Ingenzi zo Kurinda Umutekano wawe kuri WhatsApp

Mu gihe WhatsApp ikoreshwa n’abantu benshi ku isi yose, buri munsi abantu bagirana ibiganiro, bagasangira amafoto, amashusho, n’amakuru yihariye cyangwa y’ibanga. Ni yo mpamvu umutekano w’iyi porogaramu ari ingenzi cyane. Abagizi ba nabi ku ikoranabuhanga bakunze kugerageza kwinjirira konti z’abantu kugira ngo babone amakuru yihariye cyangwa bagire ibyo babikoresha nabi. Kugira ngo wirinde iyi myitwarire,…

Soma inkuru yose

Mu buyapani hakozwe imashini nshya ikarabya umuntu mu minota 15 gusa

Mu isi yihuta aho buri munota ufite agaciro, abantu barushaho gushaka uburyo bwo gukora ibintu vuba kandi neza, harimo no kwita ku isuku yabo. Ubuyapani, igihugu kizwi ku udushya n’ikoranabuhanga rihanitse, cyongeye kugaragaza ubushobozi buhambaye mu guhanga igikoresho gishya gishobora guhindura burundu uburyo abantu basukura imibiri yabo. Iyo mashini yiswe Mirai Ningen Sentakuki, yakozwe na…

Soma inkuru yose

Ibigo by’itumanaho muri Afurika bigiye kuzana telefone zigezweho ku giciro cyo hasi mu bihugu birimo n’u Rwanda

Ibigo bitandukanye by’itumanaho bikorera muri Afurika byatangaje gahunda nshya igamije gufasha abaturage batunze make kubona telefone zigezweho, izo telefone zikaba zigomba kugurwa ku giciro kitarenze Amadolari 40 (hafi Frw 58.183). Iyi gahunda izatangirwa mu bihugu bitandatu bya Afurika, birimo u Rwanda, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Ethiopia, Nigeria, Tanzania, na Uganda, hagamijwe gukemura ikibazo cy’abantu…

Soma inkuru yose

Digital Trust Seal: Ikirango cyongera icyizere ku bakorera ubucuruzi kuri internet

Mu gihe ubucuruzi n’itangwa rya serivisi bikorwa hifashishijwe internet bikomeje kwiyongera mu Rwanda no ku isi, icyizere n’umutekano w’amakuru bikomeje kuba ingenzi. Ni muri urwo rwego hashyizweho ikirango cya Digital Trust Seal, gihabwa ibigo byujuje ibisabwa mu mutekano n’ubuziranenge bw’ikoranabuhanga bakoresha.Inkuru nyamukuru Digital Trust Seal ni iki ? Digital Trust Seal ni ikirango mpuzamahanga gihabwa…

Soma inkuru yose

Apple iri gutegura Siri nshya izajya ikoresha ubwenge buhangano

Ikigo cy’ikoranabuhanga cya Apple kiri gutegura gushyira ahagaragara verisiyo nshya ya Siri izakora nk’umufasha ukoresha ubwenge buhangano (Artificial Intelligence). Iyi verisiyo nshya izatuma Siri ishobora kuganira n’abayikoresha mu buryo busa n’ikiganiro gisanzwe, ikoresheje ijwi cyangwa inyandiko. Biteganyijwe ko Apple izerekana Siri nshya ku wa 8 Kamena mu nama mpuzamahanga y’abakora porogaramu ya Apple izwi nka…

Soma inkuru yose