CYIZA Theogene

Professional Writer & Knowledge Enthusiast Creating meaningful content that informs and inspires. 📞 +250 791 972 215 ✉️ cyizatheogene777@gmail.com

Nyanza: Hari gukorwa iperereza ku rupfu rw’umugabo wasanzwe mu muhanda, abantu batanu bafashwe

Inzego z’umutekano n’iz’ubugenzacyaha mu Karere ka Nyanza zatangiye iperereza ku rupfu rw’umugabo wasanzwe mu muhanda wa Kigali-Huye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 10 Kamena 2026, nyuma y’uko abaturage batanze amakuru ku makimbirane yabaye mu ijoro ryabanjirije uwo munsi. Ibi byabereye mu Murenge wa Mukingo, Akagari ka Gatagara, aho abaturage bavuga ko…

Soma inkuru yose

Introvert, Extrovert na Ambivert: Ese wowe uzi ikiciro uherereyemo? Sobanukirwa!

Mu buzima bwa buri munsi, abantu benshi bakunze kwibaza impamvu hari abandi bantu bakunda kuba ahantu hari abantu benshi, bakagira inshuti nyinshi kandi bakagirana umubano usesuye n’abandi bakisanzura mu buryo bwuzuye, nyamara hakaba n’abandi bakunda kwibera mu buzima bw’umutuzo cyane, bagashimishwa no kumara igihe kinini ari bonyine cyangwa mu matsinda mato bitandukanye cyane n’abandi. Mu…

Soma inkuru yose

Nyaruguru na Huye: Abagabo bane bafatiwe mu bujura bw’inka zirindwi

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo, ku bufatanye n’inzego z’ibanze ndetse n’abaturage, ikomeje ibikorwa byo gukumira no kurwanya ibyaha, aho amakuru atangwa n’abaturage akomeje kugira uruhare rukomeye mu gufata abakekwaho ibikorwa by’ubujura. Muri urwo rwego, abantu bane bakekwaho ubujura bw’amatungo bafatiwe mu bikorwa byo kwiba inka zirindwi mu Turere twa Nyaruguru na Huye. Amakuru…

Soma inkuru yose

Muhanga: Polisi y’u Rwanda yasabye urubyiruko rw’abakorerabushake kugira uruhare mu gukumira ibyaha

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yakanguriye urubyiruko rw’abakorerabushake gukomeza kugira uruhare rugaragara mu gukumira ibyaha no kubungabunga umutekano, ishimangira ko ari bamwe mu bafatanyabikorwa b’ingenzi mu kubaka igihugu gitekanye. Ibi byagarutsweho kuri uyu wa 05 Kamena 2026 mu bukangurambaga bwabereye kuri Muhanga Regional Stadium mu Karere ka Muhanga, bwahuje Polisi y’u Rwanda, ubuyobozi…

Soma inkuru yose

Yampano yisobanuye ku byaha aregwa, Ubushinjacyaha busaba ko afungwa iminsi 30

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano yagejejwe imbere y’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro kuri uyu wa 2 Kamena 2026, aho yaburanye ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo nyuma yo gukurikiranwaho ibyaha bitandukanye bifitanye isano n’amakimbirane yo mu rugo. Mu iburanisha ryamaze amasaha menshi, Ubushinjacyaha bwagaragaje ko hari impamvu zikomeye zituma Yampano akekwaho ibyaha bitandatu birimo gukubita no gukomeretsa…

Soma inkuru yose

Spiro yashoye miliyoni $215 mu kwagura ibikorwa by’imoto z’amashanyarazi muri Afurika

Sosiyete ya Spiro, ifatwa nk’iya mbere muri Afurika mu gutanga serivisi z’ubwikorezi bukoresha amashanyarazi, yatangaje ko yabonye ishoramari rya miliyoni 215 z’Amadolari ya Amerika rizifashishwa mu kwagura ibikorwa byayo byo gukwirakwiza ibinyabiziga bikoresha amashanyarazi ndetse n’imiyoboro yo gusimburanya batiri (battery-swapping stations) hirya no hino ku mugabane wa Afurika. Iri shoramari rishya rije rikurikira imyaka myinshi…

Soma inkuru yose

Kamonyi: Umusore yafashwe amaze kwiba ihene eshatu z’umuturage

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo, ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano ndetse n’abaturage, ikomeje ibikorwa bigamije gukumira no kurwanya ubujura bw’amatungo hagamijwe kubungabunga umutekano w’abantu n’ibyabo. Muri urwo rwego, kuri uyu wa 31 Gicurasi 2025, mu Karere ka Kamonyi, Umurenge wa Nyamiyaga, Akagari ka Ngoma, hafatiwe mu cyuho umusore wari umaze kwiba ihene eshatu…

Soma inkuru yose

Nyamasheke: Abaturage batewe impungenge n’umusanzu wa “EjoHeza” bavuga ko batabona muri sisitemu

Mu Karere ka Nyamasheke, Umurenge wa Karambi, hari abaturage bavuga ko batewe impungenge n’imikorere ya gahunda y’ubwizigame bw’igihe kirekire ya “EjoHeza”, nyuma yo gutanga amafaranga y’umusanzu ariko ntibabone ubutumwa bubemeza ko amafaranga yabo yashyizwe muri sisitemu nk’uko bisanzwe bigenda ku banyamuryango b’iyi gahunda. Iki kibazo cyatumye bamwe mu baturage batangira kugira amakenga ku mikorere y’ikusanywa…

Soma inkuru yose

Intsinzi ya PSG muri Champions League yakurikiwe n’imvururu zikomeye i Paris

Mu mujyi wa Paris waraye uranzwe n’akaduruvayo gakomeye nyuma y’uko ikipe ya Paris Saint-Germain (PSG) yegukanye igikombe cya UEFA Champions League itsinze Arsenal ku mukino wa nyuma mu ijoro ryo kuri uyu wa 30 Gicuransi 2026. Mu gihe ibihumbi by’abafana byari byuzuye mu mihanda byishimira iyo ntsinzi y’amateka, bamwe muri bo baje kwisanga mu bikorwa…

Soma inkuru yose

Ubushakashatsi: Abagabo benshi bahangayikishwa n’ingano y’ibitsina byabo

Ubushakashatsi bushya bwakozwe n’abahanga ku ndwara z’abagabo bwagaragaje ko umubare munini w’abagabo ku Isi bahura n’ikibazo cy’ihungabana n’ipfunwe bitewe n’ingano y’ibitsina byabo, nubwo benshi mu bagore babo baba banyuzwe n’imibonano mpuzabitsina bagirana. Ubwo bushakashatsi bwashyizwe hanze binyuze mu kinyamakuru mpuzamahanga cya Sexual Medicine, bwagaragaje ko hagati ya 45% na 68% by’abagabo bagira impungenge z’uko ibitsina…

Soma inkuru yose

Ruhango: Polisi yafashe umugabo wari umaze kwiba miliyoni 1.7 Frw

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo, ku bufatanye n’abaturage, ikomeje ibikorwa byo gukumira no kurwanya ibyaha bitandukanye, cyane cyane ubujura buhungabanya umutekano w’abaturage n’ibyabo. Muri urwo rwego, kuwa 27 Gicurasi 2026, Polisi ikorera mu Karere ka Ruhango mu Murenge wa Bweramana yafatiye mu cyuho umugabo wari umaze kwiba umucuruzi amafaranga asaga miliyoni imwe n’ibihumbi…

Soma inkuru yose

Inteko Ishinga Amategeko yatangiye ingendo zo kugenzura umusaruro w’ubuhinzi

Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, Umutwe w’Abadepite, yatangaje ko igiye kohereza Abadepite mu ngendo z’akazi mu gihugu hose hagamijwe gusuzuma ishyirwa mu bikorwa ry’ingamba zo guteza imbere ubuhinzi, by’umwihariko kongera umusaruro w’ibiribwa n’ibihingwa ngengabukungu. Izi ngendo zizatangira ku itariki ya 28 Gicurasi 2026 kugeza ku ya 4 Kamena 2026 mu turere twose tw’igihugu, hanyuma zikomereze…

Soma inkuru yose

Huye: Polisi yasabye abakora mu ibagiro gukaza ingamba zo kurwanya ubujura bw’amatungo

Kuri uyu wa 27 Gicurasi 2026, Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yakomeje ibikorwa by’ubukangurambaga bigamije gukumira ibyaha no gushimangira uruhare rw’abaturage mu kubungabunga umutekano. Muri urwo rwego, mu Karere ka Huye mu Murenge wa Ngoma, abakora mu ibagiro rya Matyazo basabwe kongera imbaraga mu gukumira ubujura bw’amatungo, cyane cyane harebwa inkomoko y’amatungo yose…

Soma inkuru yose

Sobanukirwa akaga gaterwa no kurya amafunguro atujuje ubuziranenge

Kurya amafunguro atujuje ubuziranenge ni kimwe mu bibazo bikomeye byugarije ubuzima bw’abatuye Isi, aho buri mwaka abantu barenga miliyoni 600 barwara indwara ziterwa n’ibiribwa byanduye, mu gihe abarenga ibihumbi 420 bahitanwa na zo. Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, OMS, rigaragaza ko abana bari munsi y’imyaka itanu ari bo bibasirwa cyane n’iki kibazo kuko bangana…

Soma inkuru yose

Ese koko haba hari ibiribwa byongera ingano y’igitsina ? “Sobanukirwa”

Hari abantu benshi bagira impungenge ku ngano y’igitsina cyabo, cyane cyane bitewe n’ibyo babona ku mbuga nkoranyambaga, muri filime cyangwa mu biganiro bitandukanye bikunze kuvuga ko hari uburyo bworoshye bwo kongera uburebure cyangwa umubyimba w’igitsina cy’umugabo. Ikibazo cy’ubunini bw’igitsina cy’umugabo cyabaye kimwe mu bikomeje kuganirwaho cyane ku mbuga nkoranyambaga no mu biganiro birebana n’ubuzima bw’imyororokere….

Soma inkuru yose

Muhanga: Polisi yafashe abantu 9 mu bucukuzi butemewe bw’amabuye y’agaciro

Mu Ntara y’Amajyepfo, Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’izindi nzego ndetse n’abaturage, ikomeje ibikorwa bigamije gukumira ibyaha bitandukanye hirya no hino mu gihugu. Ni muri urwo rwego, kuri uyu wa 26 Gicurasi 2026, mu Karere ka Muhanga mu Murenge wa Kabacuzi, Akagari ka Butare, Polisi yafatiye mu cyuho abantu icyenda (9) bakekwaho gukora ibikorwa binyuranyije…

Soma inkuru yose

Ruhango: Umujura umwe yishwe arashwe nyuma yo gushaka gutema abaturage

Abajura babiri bitwaje intwaro gakondo bibye ihene ebyiri z’umuturage mu Karere ka Ruhango, umwe muri bo araraswa arapfa nyuma yo gushaka gutema abaturage n’abapolisi bari bamaze gutabara, undi arafatwa. Ibi byabaye ku wa 25 Gicurasi 2026 mu Karere ka Ruhango, Umurenge wa Ntongwe, Akagari ka Kyebero.Amakuru yatangajwe na Polisi y’u Rwanda avuga ko aba bajura…

Soma inkuru yose

Polisi y’u Rwanda yakanguriye Abanyeshuri ba TSS Kabutare Kwirinda no Gukumira ibyaha

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo, ku bufatanye n’izindi nzego ndetse n’abaturage, ikomeje ibikorwa by’ubukangurambaga bigamije gukumira ibyaha bitaraba, cyane cyane mu rubyiruko rwiga mu mashuri atandukanye. Muri urwo rwego, Polisi yasuye Ishuri rya TSS Kabutare riherereye mu Karere ka Huye, aho yahuguye abanyeshuri 642 hamwe n’abarezi babo 49 ku ruhare rwabo mu gukumira…

Soma inkuru yose

Hasohotse amadarubindi akoranye ikoranabuhanga rihambaye

Sosiyete ya Brilliant Labs ifite icyicaro gikuru mu gihugu cya Singapore, yashyize hanze ubwoko bw’amadarubindi y’ikoranabuhanga yiswe “Halo AI Glasses“, yakozwe mu buryo bugezweho hifashishijwe ubwenge buhangano bwa “Noa AI“, bushobora kumva, kureba no gusobanukirwa ibyo buri kubona cyangwa bwumva, hanyuma bugatanga ibisubizo bijyanye n’ibiri kuba ako kanya ku muntu uyambaye. Aya madarubindi mashya yaje…

Soma inkuru yose

Uko kugenda n’amaguru bifasha umuntu guhorana akanyamuneza

Mu buzima bwa buri munsi, usanga abantu benshi baba bahugiye mu kazi, mu masomo n’izindi nshingano zitandukanye ku buryo bamwe bavuga ko batabona umwanya wo gukora siporo. Nyamara abaganga n’abashakashatsi mu by’ubuzima bagaragaza ko n’iminota mike yo kugenda n’amaguru ishobora kugira uruhare runini mu buzima bw’umuntu haba ku mubiri no mu mitekerereze. Ubushakashatsi butandukanye bwerekana…

Soma inkuru yose

“Study Now, Pay Later” Ishobora Guhindura Ubuzima bw’Urubyiruko Rutabona Amafaranga yo Kwiga Kaminuza

Mu gihe mu Rwanda no mu bindi bihugu byinshi bya Afurika, ikibazo cy’amikoro macye gikomeje kubera imbogamizi urubyiruko rwinshi rufite inzozi zo gukomeza amashuri makuru. Hari abanyeshuri barangiza amashuri yisumbuye bafite amanota meza, bafite ubushake bwo gukomeza kwiga, ariko bakabura ubushobozi bwo kubona amafaranga ya kaminuza. Ni ikibazo kimaze imyaka kigarukwaho cyane, aho bamwe mu…

Soma inkuru yose

Togo yakuyeho “Visa” ku Banyafurika bose mu rwego rwo koroshya urujya n’uruza

Leta ya Togo yatangaje ko abaturage bose bakomoka mu bihugu bya Afurika batagikeneye visa kugira ngo binjire muri iki gihugu, mu cyemezo cyafashwe nk’intambwe ikomeye igamije guteza imbere ubumwe bwa Afurika no koroshya urujya n’uruza rw’abantu ku mugabane. Iki cyemezo cyatangiye gushyirwa mu bikorwa kuva ku wa Mbere tariki ya 18 Gicurasi 2026, kikaba cyashyizweho…

Soma inkuru yose

Nyanza: Hafashwe umugabo ukekwaho gucuruza inyama z’imbwa mu baturage

Inzego z’umutekano n’ubuyobozi bwo mu Karere ka Nyanza zata muri yombi umugabo ukekwaho kubaga no gucuruza inyama z’imbwa mu baturage. Uyu mugabo witwa Banguwiha uzwi ku izina rya Mugoyi, afite imyaka 44 y’amavuko. Yafatiwe mu Murenge wa Busasamana, Akagari ka Nyanza, mu Mudugudu wa Kavumu. Amakuru yatangajwe n’abaturage avuga ko uyu mugabo yafashwe nyuma y’uko…

Soma inkuru yose

Imipaka ya Rusizi yafunzwe by’agateganyo kubera Ebola

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi bwatangaje ko imipaka ya Rusizi I na Rusizi II ihuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yafunzwe by’agateganyo mu rwego rwo gukumira no kurwanya icyorezo cya Ebola cyagaragaye muri iki gihugu cy’igituranyi. Ni icyemezo cyatangajwe kuri uyu wa 18 Gicurasi 2026, mu rwego rwo kurinda ubuzima bw’abaturage no…

Soma inkuru yose

Rubavu yashyizeho ingamba zikomeye nyuma y’icyorezo cya ‘Ebola’ kiri muri Goma

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwatangaje ko bwashyizeho ingamba zikomeye zigamije gukumira icyorezo cya Ebola nyuma y’uko hagaragaye abarwayi muri Goma no mubindi bice bimwe bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Ni imyanzuro yafatiwe mu nama yabaye kuri uyu wa 17 Gicurasi 2026, yahuje abayobozi bo ku rwego rw’Intara, Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (Rwanda Biomedical Centre), ubuyobozi…

Soma inkuru yose

Imipaka ya Rubavu na Goma yafunzwe by’agateganyo kubera ‘Ebola’

Gisenyi–Goma yafunzwe mu rwego rwo gukumira icyorezo cya “Ebora” Kiri kuvuza ubuhuha muri DRC. Kuva mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru tariki ya 17 Gicurasi 2026, imipaka ihuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) mu Karere ka Rubavu District yafunzwe by’agateganyo kubera icyorezo cya Ebola gikomeje kugaragara muri RDC. Imipaka yafunzwe irimo…

Soma inkuru yose

Inkindi Aisha yavuze ukuri ku mubano we na M. Iréné nyuma y’itangazwa ry’ubukwe bwe

Mu gihe hari hashize imyaka myinshi ku mbuga nkoranyambaga hacicikana amakuru avuga ko Inkindi Aisha akundana na Murindahabi IrĂ©nĂ© uzwi nka M. IrĂ©nĂ©, uyu mukobwa yavuze ko nta rukundo rwigeze rubahuza ahubwo ko ari inshuti zisanzwe.Ibi bije nyuma y’uko M. IrĂ©nĂ© atangaje ko ari mu myiteguro y’ubukwe bwe na Nishimwe Liliane, buzaba ku wa 15…

Soma inkuru yose

Imirwano ishingiye ku birombe yahitanye abantu i Lomami muri RDC

Imirwano ikomeye yabereye mu Ntara ya Lomami Province muri Democratic Republic of the Congo yahitanye abantu batanu, abandi benshi barakomereka ndetse inzu ziratwikwa. Aya makimbirane yabaye ku wa 15 Gicurasi 2026 hagati y’abaturage bo mu midugudu ya Bena Mukendi na Bena Mutaamba, iherereye muri Teritwari ya Ngandajika Territory. Aya makuru yatangajwe na Radio Okapi, yavuze…

Soma inkuru yose

M. Iréné yatangaje itariki y’ubukwe bwe na Nishimwe Liliane

Umunyamakuru akaba n’umushabitsi mu ruganda rw’imyidagaduro nyarwanda, Murindahabi IrĂ©nĂ© uzwi cyane nka M. IrĂ©nĂ©, yatangaje ku mugaragaro itariki y’ubukwe bwe na Nishimwe Liliane bamaze igihe bakundana. Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, M. IrĂ©nĂ© yavuze ko bazasezerana ku wa 15 Kanama 2026, anaherekesha ubutumwa bwuje amarangamutima uyu mukobwa basangiye urukundo. Yagize ati: “Ndagukunda cyane.” Ubukwe butegerejwe n’abatari…

Soma inkuru yose

Lynda Priya yahishuye amayeri umugabo we yakoresheje kugira ngo amutsindire umutima

Umunyamakuru akaba n’umukinnyi wa filime w’icyatwa mu Rwanda, Lynda Priya, yanyuze mu nyanja y’urukundo maze ahishura amayeri n’uburyo umugabo we, Christian Irenge, yakoresheje ikoranabuhanga rishingiye ku kazi kugira ngo amwiyegereze kugeza bemeranije kurushinga. Mu kiganiro cyuje amarangamutima menshi cyatambutse ku muyoboro wa YouTube, Lynda yagaragaje ko urugendo rwabo rw’urukundo rutatangiye nk’uburyo busanzwe bw’abasore b’iki gihe,…

Soma inkuru yose

Aliko Dangote yavuze ko u Rwanda ruri mu bihugu bitanga icyizere cy’ishoramari muri Afurika

Dangote yavuze ko Afurika ikeneye ishoramari rikomeye Umuherwe wo muri Nigeria, Aliko Dangote, yatangaje ko u Rwanda ruri mu bihugu bya Afurika abona bifite amahirwe akomeye y’iterambere kandi bikwiye gushorwamo imari. Yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’Umuyobozi Mukuru wa Norges Bank Investment Management, Nicolai Tangen, aho baganiriye ku iterambere rya Afurika n’uruhare rw’ishoramari mu kuzamura ubukungu…

Soma inkuru yose

Hatangijwe ikoranabuhanga rizafasha kubika no kwibuka amazina y’abazize Jenoside

Mu rwego rwo gukomeza kubungabunga amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 no guha agaciro abazize ayo mahano, Aegis Trust yatangaje umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ugaragaza amazina y’abazize Jenoside mu buryo bwa 3D. Uyu mushinga wiswe: “Inkingi z’Amazina y’Abacu” wamuritswe ku wa 14 Gicurasi 2026, ukaba ugamije gufasha Abanyarwanda ndetse n’Isi yose gukomeza kwibuka abazize…

Soma inkuru yose

Ubwishingizi nk’ishingiro ry’ubukungu bwa Afurika: Ibiganiro bya Africa CEO Forum 2026

Mu gihe Afurika ikomeje gushaka uburyo bwo kongera ubudahangarwa bw’ubukungu bwayo, inama ya Africa CEO Forum 2026 iri kubera i Kigali kuva tariki ya 14 na 15 Gicuransi, yahindutse urubuga rukomeye rwo kuganiriraho uko urwego rw’ubwishingizi rwashyirwa ku rwego rw’ibikorwaremezo by’ingenzi nk’imihanda, amashanyarazi n’ikoranabuhanga. Abayobozi mu nzego z’imari, ubwishingizi n’ubuyobozi bwa za banki nkuru z’ibihugu…

Soma inkuru yose

Abarenga 3,500 basoje ikiciro cya Kaminuza muri RP

Guverinoma y’u Rwanda yongeye gushimangira ko guteza imbere amashuri ya tekiniki n’ay’imyuga bikomeje gushyirwa imbere, mu rwego rwo kubaka ubukungu bushingiye ku bumenyi n’ubumenyingiro. Ibi byagarutsweho na Minisitiri w’Intebe, Justin Nsengiyumva, mu muhango wo gutanga impamyabumenyi ku banyeshuri barangije muri Rwanda Polytechnic, wabaye ku nshuro ya cyenda ku wa 14 Gicurasi 2026. Abanyeahuri basabwe gukoresha…

Soma inkuru yose

Ndahiro Valens Papy yahakanye ibyaha byatumye Ubushinjacyaha bumusabira gufungwa imyaka itanu

Ndahiro Valens Papy yahakanye ibyaha aregwa birimo gutangaza amakuru y’ibihuha no gutukana mu ruhame, nyuma y’uko Ubushinjacyaha bumusabiye igifungo cy’imyaka itanu n’ihazabu ya miliyoni 1,2 Frw. Uru rubanza rwabereye mu Rukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge ku wa 14 Gicurasi 2026, aho areganwa n’umushoramari Ndayisenga Materne umushinja kumwangiriza izina binyuze mu nkuru yatambutse kuri BTN TV mu…

Soma inkuru yose

Aegis Trust yahuguye abarenga 6000 ku burezi bwimakaza amahoro mu Rwanda

Umuryango mpuzamahanga uharanira kurwanya Jenoside no kubaka amahoro ku Isi, Aegis Trust, watangaje ko mu myaka ine ishize wahuguye abarenga 6000 barimo abarimu, urubyiruko, abarezi, abashakashatsi n’abafata ibyemezo ku buryo bwo gutanga uburezi n’uburere bwimakaza amahoro n’ubumwe mu Rwanda. Ibi byatangajwe ku wa 13 Gicurasi 2026, mu muhango wabereye ku Kigali Genocide Memorial, aho hasozwaga…

Soma inkuru yose

BRD yegereje abaturage inguzanyo zihendutse binyuze muri SACCO zo hirya no hino mu gihugu

Banki y’Amajyambere y’u Rwanda, BRD PLC, yatangije gahunda nshya igamije kwegereza abaturage serivisi z’imari binyuze muri za SACCO zo ku rwego rw’uturere, mu rwego rwo gufasha cyane cyane abahinzi, aborozi n’urubyiruko kubona inguzanyo zoroshye kandi zihendutse. Iyi gahunda yatangirijwe mu Karere ka Nyamagabe ku bufatanye na Ishema SACCO, ifite abanyamuryango barenga ibihumbi 180. Harimo inguzanyo…

Soma inkuru yose

Umunyarwenya Nyaxo yaguriye ibikorwa bye mu bucuruzi

Kanyabugande Olivier uzwi nka Nyaxo mu ruganda rw’imyidagaduro nyarwanda, yatangiye ibikorwa by’ubucuruzi nyuma y’igihe kinini akora umwuga wo gusetsa no gukina filime. Uyu munyarwenya ukunzwe cyane cyane ku mbuga nkoranyambaga, yinjiye mu rwego rw’ubucuruzi bwo kwakira abantu aho yatangije serivisi zirimo akabari, restaurant, amacumbi, sauna ndetse na massage mu Mujyi wa Kigali. Avuga ko sinema…

Soma inkuru yose

Ise: Indwara y’uruhu ifata benshi ariko ikaba ivurwa igakira

Indwara y’ise ni imwe mu ndwara z’uruhu zikunze kwibasira abantu benshi, cyane cyane ahantu hashyuha cyangwa ku bantu bakunda kubira ibyuya byinshi. Nubwo bamwe bayitiranya n’izindi ndwara z’uruhu, ise iterwa n’agakoko ko mu bwoko bw’imiyege (fungi) gashobora kwiyongera ku ruhu kakarutera guhindura ibara. Ise ni iki? Ise ni indwara y’uruhu iterwa n’udukoko duto twitwa Malassezia…

Soma inkuru yose

Menya indwara zitandukanye zifata ‘Prostate’ n’uburyo wakwirinda

Iyo havuzwe ijambo “Prostate”, abantu benshi bahita batekereza kanseri, nyamara abaganga bavuga ko kanseri ari imwe gusa mu ndwara nyinshi zishobora gufata uru rugingo rw’umubiri w’umugabo. Prostate ni urugingo rujyanye n’imyororokere y’abagabo, ruherereye munsi y’uruhago rw’inkari. Rukora amatembabuzi afasha intangangabo kubaho no gukora neza. Abahanga mu buvuzi bavuga ko uko umugabo agenda akura, ari na…

Soma inkuru yose

Ibitabo byinshi birimo kuborera mu bubiko mu gihe amashuri amwe akibura ibyo kwigishirizamo

Raporo nshya y’Urwego rw’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta yagaragaje ibibazo bikomeje kugaragara mu micungire y’ibitabo by’amasomo mu mashuri yo mu Rwanda, aho ibitabo byinshi biguma mu bubiko igihe kirekire mu gihe hari amashuri avuga ko adafite ibikoresho bihagije byo kwifashisha mu myigishirize. Iyi raporo igaragaza ko nubwo Leta yashoye amafaranga menshi mu kugura ibitabo byagenewe…

Soma inkuru yose