Musanze: Gashaki umugabo yatoraguwe ku muhanda yapfuye, hakekwa ubusinzi

Mu Karere Musanze, Umurenge wa Gashaki, Akagari ka Kigabiro, Umudugudu wa Buzoza mu Karere ka Musanze, haravugwa urupfu rutunguranye rw’umugabo witwa Rumbiya Eric, watoraguwe ku muhanda yapfuye, bikekwa ko yishwe n’inzoga cyangwa indi mpanuka yaba yabayeho nyuma yo kunywa. Rumbiya Eric, w’imyaka 40, yasanzwe munsi y’umukingo ku muhanda, aho abamubonye bwa mbere bavuze ko yari…

Soma inkuru yose

Umubano w’u Rwanda n’u Burundi waganiriweho hagati y’Abayobozi mu nzego nkuru z’Ibihugu byombi

Perezida wa Sena y’u Burundi, Hon. Sinzohagera Emmanuel yagiriye uruzinduko mu Rwanda, yakirwa na mugenzi we Perezida wa Sena, Dr François Xavier Kalinda banagirana ibiganiro ku ruhare rw’izi nzego bayobora mu gutsimbataza umubano w’Ibihugu byombi. Amakuru dukesha Sena y’u Burundi, avuga ko Perezida wayo, yakirwe na mugenzi we w’u Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu…

Soma inkuru yose

Nyanza: Umugabo yatwitse umwana we kubera gukora mu nkono

Umugabo w’imyaka 44 y’amavuko wo mu Murenge wa Kibirizi mu Karere ka Nyanza, ukurikiranyweho gutwika umwana we w’imyaka itanu akoresheje umuhoro yabanje gushyushya, yemera icyaha, akavuga ko yamuhoye gukora mu nkono y’ibishyimbo bari batetse. Uyu mugabo ubu ukurikiranywe n’Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Huye, akekwaho gukora iki cyaha tariki 05 Kamena 2025 agikoreye iwe mu…

Soma inkuru yose

Umuryango FPR wasinyanye amasezerano n’Ishyaka Communist Party of China

Umuryango FPR Inkotanyi wasinyanye amasezerano mashya n’Ishyaka Communist Party of China riri ku butegetsi mu Bushinwa, agamije kongera imbaraga mu mikoranire nyuma y’imyaka 20 impande zombi zifitanye umubano mwiza. Ayo masezerano yashyizweho umukono ku wa Gatanu tariki ya 20 Kamena 2025, impande zombi zemeranyije gufatanya no gusangira ubumenyi mu byo kubungabunga ingoro ndangamuco n’amateka n’andi…

Soma inkuru yose

Ubwenge buhangano AI, bugiye kwigishwa mu mashuri yisumbuye

Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC), iratangaza ko mu rwego rwo gushyigikira ubumenyi bufite ireme, mu mashuri yisumbuye n’ayigisha imyuga n’ubumenyi ngiro, hagiye gutangizwa kwiga amasomo ajyanye no gukoresha ubwenge buhangano (AI). Minisitiri w’Uburezi Joseph Nsengimana, yabitangarije mu kiganiro kigamije gusobanura uko uburezi bw’amashuri yisumbuye mu byiciro byombi buhagaze, n’icyakorwa ngo burusheho gutezwa imbere, aho yagaragaje ko ikoranabuhanga…

Soma inkuru yose

Umuhanzi Yago ntameranye neza n’umugore we nyuma yo kwibaruka imfura yabo

Umuhanzi akaba n’umunyamakuru, Yago Pon Dat n’umugore we Teta Christa batumye benshi bibaza ku mubano wabo nyuma y’ibyo bakoze bigaragaza ko ushobora kuba wajemo agatotsi. Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane, nibwo hatangiye gukwirakwira inkuru ku mbuga nkoranyambaga aho byavugwaga ko Yago Pon Dat n’umugore we basanzwe babana muri Uganda baba batameranye neza. Ni…

Soma inkuru yose

Musanze: Umumotari utwara moto anahetse umwana ashobora gukurikiranwa na polisi

Polisi y’u Rwanda yavuze ko umumotari wagaragaye atwaye moto anahetse umwana mu mugongo yakoze ibitemewe, ndetse ko uru rwego rwatangiye kubimubazaho. Ni nyuma yuko ku mbuga nkoranyambaga hagaragaye amashusho y’umumotari utwaye moto mu mujyi wa Musanze mu Karere ka Musanze, anahetse umwana mu mpetso mu mugongo. Ni amashusho yazamuye impaka nyinshi, bamwe bibaza kuri uyu…

Soma inkuru yose

U Rwanda na RDC byemeranyije ku ngingo zigize amasezerano y’amahoro

Itsinda rya tekiniki ry’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byemeranyije ku ngingo ngari zigize amasezerano y’amahoro hagati y’ibihugu byombi, nyuma y’iminsi hari ibiganiro byaberaga muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ku wa 18 Kamena ni bwo Ibiro bishinzwe Ububanyi n’Amahanga muri Amerika byatangaje ko impande zombi zemeranyije ibikubiye mu masezerano agomba kuzashyirwaho umukono…

Soma inkuru yose

Gakenke: Ikamyo ikoze impanuka ikomeye

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko umuhanda uva Kigali werekeza mu Gakenke utakiri nyabagendwa kubera impanuka yabereye ahitwa Buranga. Ubuyobozi bwa Polisi bubinyujije ku mbuga nkoranyambaga za Polisi, bwasabye abakoresha uwo muhanda kwihangana mu gihe imirimo yo gukuramo ikamyo yaguye mu muhanda ikomeje. Polisi yagize iti: “Turabamenyesha ko kubera impanuka y’ikamyo yabereye ahitwa Buranga, mu kagari…

Soma inkuru yose

Agashya: Mu Rwanda hageze imodoka ikorapa ikanakubura imihanda

Umujyi wa Kigali watangiye kwifashisha imodoka idasanzwe ikoresha ikoranabuhanga rigezweho mu gukubura no gukoropa imihanda ya kaburimbo. Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali, Emma-Claudine Ntirenganya, yavuze ko iyo modoka yifashisha ibiroso n’ubundi buryo bw’ikoranabuhanga mu gusukura, kandi ikaba idateza ivumbi cyangwa indi myanda mu gihe iri mu kazi. Ati: “Iyi modoka ifite ikigega gikusanyirizwamo umwanda, ikawujyana aho…

Soma inkuru yose

Babiri batambutsa ibiganiro kuri YouTube bafunzwe

Abagabo babiri batambutsa ibiganiro ku muyoboro wa YouTube witwa ‘Dawa Rwanda TV’, usanzwe unyuzwaho inyigisho zitandukanye z’idini ya Islam, batawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB). RIB yatangaje ko bakurikiranyweho ibyaha birimo gutangaza amakuru y’ibihuha, bakoresheje imvugo zigamije gukurura amacakubiri no guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda. Umuvugizi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr. Murangira B. Thierry,…

Soma inkuru yose

Izajya ihabwa n’impinja- Ibyo wamenya ku ndangamuntu nshya

Nk’uko byatangajwe n’ikigo k’igihugu gishinzwe indangamuntu (NIDA), mu minsi iri imbere izi ndangamuntu dufite zizasimburwa n’indangamuntu y’ikoranabuhanga. Biragaragara ko iki ari cyo gihe kugira ngo uwo mushinga ushyirwe mu bikorwa, inkuru dukesha Umuryango.rw iravuga ko NIDA yamaze kwemeza ko igeragezwa ryo gushyira mu bikorwa uyu mushinga rizatangira muri Nyakanga uyu mwaka wa 2025. Ni irihe…

Soma inkuru yose

Kora ibi bintu 7 mbere yo gukoresha laptop yawe nshya

Congratulations, umaze kubona laptop nshya! Hakurikiye kuyifungura maze ugatangira kuyikoresha mu kazi kawe ka buri munsi. Ariko buretse gato! Mbere yo kuyifungura hari ibintu by’ingenzi ugomba gukora kugira ngo bizakurinde guhora urwaye umutwe wa buri gihe kubera ibibazo laptop yawe ihura na byo. Dore icyo ubanza gukorera laptop yawe: 1. Suzuma Ubuzima bwa laptop yawe….

Soma inkuru yose

U Rwanda rwiyemeje kongera ikoranabuhanga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare

Guverinoma yiyemejeje kongera ibikorwa remezo by’ikoranabuhanga mu Ishuri Rikuru ry’Ubuyobozi rya Gisirikare ry’Ingabo z’u Rwanda (RDF Command and Staff College) riherereye i Nyakinama mu Karere ka Musanze kuko rifite umumaro mu gutyaza ubumenyi bw’abayobozi mu nzego z’umutekano z’u Rwanda ndetse n’ibihugu by’inshuti. Kuri uyu wa Mbere tariki ya 16 Kamena, muri iri shuri riherereye mu…

Soma inkuru yose

Abofisiye bakuru 108 bo mu bihugu 20 barangirije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama

Minisitiri w’Intebe, Dr. Ngirente Edouard, yasabye abasirikare bakuru 108 bo mu bihugu 20 byo hirya no hino ku Isi barangije amasomo ajyanye n’imiyoborere mu bya gisirikare (Senior Command and staff Course) mu ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama, gukomeza gushyira imbaraga mu kurinda ubusugire bw’ibihugu byabo no kurangwa n’indangagaciro nzima. Abo basirikare bari bamaze umwaka…

Soma inkuru yose
Akamaro k'igitunguru

Impamvu 10 ukwiye kurya igitunguru buri munsi

Impuguke mu mirire ziti: “Ifunguro ryuje intungamubiri rinarinda indwara” Muri rusange, ibitunguru ni ibirungo bisanzwe mu gikoni, ariko se wari uzi ko bifite ubushobozi budasanzwe bwo kurinda no gukomeza ubuzima bwawe? Waba ubirya bidatetse cyangwa ubitetse (Ubikaranze), ibi bimera biciriritse bifite ububasha bwo kukurinda indwara z’umutima, gutuma igogora rigenda neza, utibagiwe no kongera ubudahangarwa bw’umubiri….

Soma inkuru yose

Kicukiro: Umugabo yishe umugore urwagashinyaguro

Umugabo wo mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro akurikiranyweho kwica ateraguye ibyuma umugore bari bamaranye amezi abiri babana, nyuma yuko yari amubwiye ko atagishaka ko bakomeza kubana. Uyu mugabo w’imyaka 28 akekwaho kwica umugore we na we w’imyaka 28 amuhengereye asinziriye akamuteragura ibyuma mu ijosi. Iki cyaha cyabaye mu ijoro ryo ku ya…

Soma inkuru yose

Umunsi Ingabo za FPR-Inkotanyi zihoza Umujyi wa Gitarama Guverinoma y’abicanyi igahungira ku Gisenyi

Nyuma yo kubohoza inkambi ya Kabgayi tariki 2 Kamena 1994, Ingabo za FPR-INKOTANYI zakomeje kotsa igitutu iz’abicanyi mu bice birandukanye by’igihugu, harimo Umujyi wa Kigali na Gitarama. Mu Mujyi wa Kigali, Ingabo za FPR-INKOTANYI zakomeje kugenda zirokora abantu mu gace ka Nyamirambo n’ahandi. Iyi tariki ya 14 Kamena 1994 yaranzwe n’intsinzi ikomeye yo kubohoza Umujyi…

Soma inkuru yose