Israel VS Iran: Ni inde ufite indege z’intambara zikomeye?

Ushobora kugira abasirikare benshi, batojwe neza kandi bafite ubushake, ariko iyo udafite intwaro zigezweho, biragora cyane gutsinda urugamba hashingiwe ku miterere y’intambara zigezweho. Iran na Israel biri mu ntambara karundura, ndetse ibikoresho birimo indege za gisirikare ziri mu za mbere ku Isi, biri kwifashishwa muri iyi ntambara. Duhereye nko ku bijyanye n’indege z’intambara, Israel ni…

Soma inkuru yose

Iran yateguje ibyago by’ibihe byose nyuma y’igitero yagabweho na Amerika

Iran yatangaje ko kuba Leta Zunze Ubumwe za Amerika zishoye mu ntambara bahanganyemo na Isiraheli ikagaba ibitero; bizagira ingaruka z’igihe kirekire. Minisitiri w’Ubabanyi n’Amahanga wa Iran, Abbas Araghchi yavuze ko ibyo bitero ari iby’ubugome kandi bigiye kubyara akaga gakomeye. Yagize ati: “Ibi bitero ni amahano kandi bizagira ingaruka z’ibihe byose.” Nubwo kugeza ubu ntacyo Umuyobozi…

Soma inkuru yose

Minisitiri weguye muri Guverinoma ya Congo yabyegetse ku Rwanda

Constant Mutamba weguye ku mwanya wa Minisitiri w’Ubutabera muri Repubuklika Iharanira Demokarasi ya Congo kubera ibyaha byo kunyereza amafaranga ya Leta akurikiranyweho, yavuze ko kujyanwa mu bucamanza kwe ari umugambi wacuriwe i Kigali mu Rwanda. Constant Mutamba watanze ubwegure bwe hirya y’ejo hashize tariki 17 Kamena 2025, nyuma yuko atangiye gukurikiranwa n’Ubushinjacyaha bw’Urukiko rusesa Imanza…

Soma inkuru yose

Tanzania yirukanye Boniface Mwangi wa Kenya

Impirimbanyi y’uburenganzira bwa muntu wo muri Kenya, Boniface Mwangi, yirukanywe mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane avanwa muri Tanzaniya aho yavanwe n’imodoka ikamujugunya ahitwa Ukunda mu Ntara ya Kwale, ku mupaka wa Kenya na Tanzaniya. Yahise ajyanwa mu Bitaro bya Diani kugira ngo akorerwe ibizamini byo kwa muganga nyuma yo kugaragara bwa mbere asa…

Soma inkuru yose

Tanzania: Polisi ya Tanzania yabitse Perezida Samia Suluhu Hassan

Imbuga nkoranyambaga zitandukanye za Leta ya Tanzania, tariki ya 20 Gicurasi zagabweho ibitero by’ikoranabuhanga, zitambutswaho ubutumwa burimo ububika Perezida Samia Suluhu Hassan. Ubu butumwa bwatambukijwe ku mbuga zirimo urwa X rwahoze rwitwa Twitter rukoreshwa na Polisi ya Tanzania, umuyoboro wa YouTube w’ishyaka Chama Cha Mapinduzi (CCM) riri ku butegetsi ndetse no ku rubuga rwa X…

Soma inkuru yose

USA: Trump yatangaje umusoro wi 100% kuri filime zatunganyirijwe hanze y’Amerika.

Trump yavuze ko filime zibangamiye umutekano w’igihugu, ahita asaba ikigo cy’ubucuruzi gutangira gusoresha izi filime. Abicishije ku rubuga rwe”trust” yavuze ko Amerika izashyiraho umusoro wi 100% kuri filime zose zatunganyirijwe ku butaka butari ubw’Amerika. Trump yasobanuye ko uyu musoro yawushyizeho mu rwego rwo kurokora uruganda rwa filime muri America rwari rugeze mu mwobo. Abinyujije muri…

Soma inkuru yose

Ingabo za Congo zirashijwa kurya inka za Joseph Kabila wahoze ari perezida wa Congo (DRC).

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 23 Mata 2025, ingabo za Congo ziraye mu nka zasanze mu rwuri rwa J.Kabila maze zirazibaga. Izi ngabo zoherejwe na Leta ya Congo. Ibi bibaye nyuma y’uruzinduko rugufi Kabila utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Tschisekedi yagiriye muri Goma kuri ubu iri mu maboko ya AFC/M23. Madamu Kabila yagaragaje…

Soma inkuru yose

Inkongi y’umuriro yongeye kwibasira America, ishobora kugera ahabitse ibisasu kirimbuzi, abasaga ibihumbi 3 bamaze kugirwaho ingaruka niyi nkongi.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu nibwo amakuru y’inkongi y’umuriro wongeye kwibasira Leta Zunze Ubumwe z’Amerika muri Leta ya New Jersey yamenyekanye, uyu muriro ushobora guteza ibibazo kubera ko uri gusatira ahabitse ibisasu kirimbuzi bitunzwe n’Amerika. Inkongi y’umuriro irigukwirakwira ku buryo budasanzwe imaze kugera kuri hegitare zirenga ibihumbi 3 nk’uko bitangazwa n’ubuyobozi bwa New…

Soma inkuru yose

Museveni wa Uganda yashimangiye ko adashyigikiye ubutinganyi habe namba.

Perezida wa Uganda Yoweri MUSEVENI yagaragaje ko ibihano ibihugu byo mu Burengerazuba byashyizeho bitabujije igihugu cya Uganda gutera imbere. Museveni yanditse kuri X yahoze yitwa Twitter ati: “Twashyizeho itegeko rikumira ubutinganyi, Mr Biden yadukuye mu muryango we wa AGOA, banki y’Isi ihagarika inguzanyo, none ubukungu bwacu bwiyongereyeho 6%”. Mu 2023, Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ziherutse…

Soma inkuru yose