Chancen International mu Rwanda: Uburyo bushya bwo guteza imbere uburezi binyuze muri Income Share Agreements (ISA)

Mu rwego rwo gufasha urubyiruko rwo mu miryango ikennye kubona uburezi bufite ireme, hatangiye gukorera mu Rwanda umuryango Chancen International. Uyu muryango wihariye mu gutanga ubufasha bushingiye ku bwumvikane bwitwa Income Share Agreement (ISA), aho umunyeshuri ashobora kwiga atabanje kwishyura amafaranga y’ishuri mbere, ahubwo akazishyura nyuma yo kurangiza no kubona akazi. Iyi gahunda izwi nka…

Soma inkuru yose

Dore uburyo watandukana burundu n’indwara y’umutwe udakira

Umutwe w’umuntu ni igice cy’ingenzi kiyobora ibindi bice byose by’umubiri. Bityo iyo umuntu ahorana indwara y’umutwe, usanga bituma n’izindi nshingano z’umubiri zidakora neza. Hari abantu bahorana iki kibazo kandi mu by’ukuri nta yindi ndwara igaragara bafite, nyamara abahanga mu buvuzi bavuga ko hari intandaro zitandukanye zituma abantu benshi bahura n’iki kibazo cyo kuribwa umutwe igihe…

Soma inkuru yose

Intambwe nshya mu ruganda rw’ubuhanzi: Ibarura rizagaragaza abahanzi n’impano nshya mu gihugu

Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi ku bufatanye n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) n’Ishami rya LONI rishinzwe Uburezi, Ubumenyi n’Umuco (UNESCO), yatangije umushinga witwa “Guha imbaraga Inganda ndangamuco mu Rwanda, hubakwa inzego zihamye”. Umushinga ufite intego nyamukuru yo guteza imbere uruganda ndangamuco n’ubuhanzi mu Rwanda binyuze mu: Kimwe mu bikorwa by’ingenzi bigize uyu mushinga ni ugukora ibarura…

Soma inkuru yose

Ku wa 17 Nzeri 2025, umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene, biyemeza ko bazarushinga vuba aha.

GATEOFWISE.COM Ibi birori byabereye muri Hotel La Palisse i Gashora. Byari biteganyijwe kuba ku gicamunsi, ariko byatangiye bitinze cyane, bitangira ahagana saa tatu z’ijoro mu gihe abari babitumirijwe bari bahageze kuva saa munani z’amanywa. Niyo Bosco akigera aho byabereye, yafashe gitari ye maze ubwo Irene yinjiraga mu cyumba cyari cyateguwe, yamuririmbira indirimbo y’urukundo. Nyuma yamufashe…

Soma inkuru yose

Scovia, Sadate, Bashabe, Castar na Meddy mu bahataniye ibihembo bya Vision 2050 Summit & Awards 🎉🏆

GATEOFWISE.COM/18SEPT Umunyamakuru Scovia Mutesi, umushoramari Munyakazi Sadate, Kate Bashabe, umunyamakuru n’umunyabigwi mu myidagaduro Bagirishya Jean de Dieu “Castar”, umuhanzi Meddy n’abandi bafite izina rikomeye mu Rwanda, bari mu bahataniye ibihembo byateguwe hagamijwe gushimira abafite uruhare mu ntego z’Icyerekezo 2050. Iki gikorwa, cyiswe Vision 2050 Summit & Awards, gihuza inama nyunguranabitekerezo n’umwanya wo guha icyubahiro abantu…

Soma inkuru yose

Ariel Wayz na Babo bagejejwe mu kigo ngororamuco cy’i Huye

GATEOFWISE.COM/18SEPT Ariel Wayz n’abandi bari bafunganywe nyuma yo gufatirwa mu kabari barenze amasaha yagenwe, bakaza no gupimwa basangwamo ibiyobyabwenge, bamaze kugezwa mu kigo ngororamuco giherereye i Huye. Amakuru IGIHE yahawe n’umwe mu bo mu miryango y’abagiye kugororerwa hamwe na Ariel Wayz, wanabasuyeyo, yemeza ko uyu muhanzi, Babo ndetse n’abo bari kumwe bageze muri iki kigo…

Soma inkuru yose

Abatega bisi mu Mujyi wa Kigali bazishyura urugendo rwose mu gihe cya Shampiyona y’Isi y’Amagare

GATEOFWISE.COM/18SEPT Umujyi wa Kigali watangaje ko mu gihe Shampiyona y’Isi y’Amagare izaba iri kubera mu Rwanda, kuva ku wa 21 kugeza ku wa 28 Nzeri 2025, abagenzi bakoresha bisi rusange bazajya bishyura igiciro cy’urugendo rwose, kubera ko ibyapa bahagararaho byahinduwe. Nk’uko byatangajwe, imihanda izakoreshwa n’amagare izajya ifungwa kuva mu gitondo kugeza nimugoroba, hanyuma igakoreshwa bisanzwe…

Soma inkuru yose

Menya uturere 10 twambere tunini kurusha utundi mu Rwanda

Nyuma y’uko hari benshi bagiye bakunda kwibaza Akarere kaba gafite ubuso bunini mu Rwanda, bamwe bagiye bavuga Nyagatare, abandi n’abo bakavuga Kayonza. Urujijo rwagiye rugaragara no ku mbuga zimwe na zimwe za interineti, ari byo byatumye GATE OF WISE isuzuma amakuru aturuka mu nzego zemewe, harimo n’ibyavuye mu ibarura rusange rya 2022. Ukurikije ubuso, Kayonza…

Soma inkuru yose

Imyanya y’ibanga: Ese kuki itakiri ibanga muri iki gihe?

Mu gihe ikoranabuhanga n’imbuga nkoranyambaga byihutisha buri kimwe, imyanya y’ibanga yo yabaye nk’aho ari ibintu bisanzwe byo kugaragaza. Uyu niwo mwanya wo kwisuzuma ku ngaruka zabyo no kugaruka ku muco n’indangagaciro. Hari igihe imyanya y’ibanga yari ishingiro ry’icyubahiro n’ubwubahane. Aho kera ibintu bitaradogera, umuntu warangwa no kwifata no kubika amabanga ye yagiraga agaciro gakomeye mu…

Soma inkuru yose

Uko wahagarika burundu ikintu cyakugize Imbata

Menya uburyo bwo gucika ku ngeso zakugize imbata. Iyi nkuru irimo ingero zifatika, inama n’ubuhanga byagufasha gusubirana ubuzima n’iterambere. Mu buzima bwa buri munsi, usanga buri wese afite cyangwa yarigeze kugira ikintu runaka yibasira cyane, akagiha umwanya uhagije cyane kandi nta n’inyungu igaragara kimufitiye. Gusa kigakomeza kumwigenzurira kuko nyine yagihaye umutima n’amaraso bye. Bimwe mu…

Soma inkuru yose

Waruziko kuryama amasaha macye bigira ingaruka ku buzima bw’umuntu ?

Ubushakashatsi bwakozwe n’inzobere mu by’ubuzima bwagaragaje ko gusinzira amasaha 7–9 mu ijoro ari ingenzi cyane ku buzima bw’umuntu. Gusa nubwo bimeze bityo, ubushakashatsi bwagaragaje ko abantu benshi ku isi badasinzira bihagije, kandi bibagiraho ingaruka zikomeye mu mubiri n’ubwonko bwabo mu buryo butandukanye. Kuryama amasaha make adahagije bigira ingaruka nyinshi zirimo: Kudasinzira bihagije byongera ibyago byo…

Soma inkuru yose

Umuhanzikazi Gloriose Musabyimana uzwi nka Gogo yitabye Imana

Inkuru ibabaje y’urupfu rwa Gloriose Musabyimana, uzwi cyane ku izina rya Gogo, yamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, tariki ya 4 Nzeri 2025. Gogo yari umuririmbyi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, akaba yarazamutse cyane mu muziki binyuze mu ndirimbo ye “Blood of Jesus” yakunzwe n’abatari bake. Amakuru aturuka muri Uganda, aho yari…

Soma inkuru yose
GUHEKENYA SHIKARETE

UBUSHAKASHATSI BWAGARAGAJE IBYIZA BYO KURYA SHIKARETE

Guhekenya shikarete ni umuco umaze kwamamara cyane, inzobere mu buzima zivuga ko uyu muco wo guhekenya shikarete ari mwiza kubera ko bigabanya impumuro mbi mu kanwa. Nubwo bimeze bityo ariko hari abantu batishimira uyu muco wo guhekenya shikarete akaba ariyo mpamvu ikigo cya Nutrients cyakoreye ubushakashatsi bwacyo ku bantu batanduakanye. Ubu bushakashatsi bwagaragazaga ibyiza ndetse…

Soma inkuru yose
Tyla

Tyla yahishuye ko indirimbo water yamuzaniye ibibi byari bigiye gutuma areka umuziki

Tyla uri mu bahanziakazi bagezweho ku mugabane w’Afurika, yavuze ko indirimbo ye “Water” yatumye yegukana igihembo cya Grammy ariko yanamuzaniye ibicantege byinshi. Umuhanzikazi wo muri Afurika y’Epfo, Tyla yavuze ko nubwo indirimbo “Water” yatumye yegukana igihembo cya Grammy yari igeye gutuma areka umuziki burundu. Amaze kwegukana Grammy mu kiciro cya “Best African Music Performance” mu…

Soma inkuru yose
Injangwe yiba

Injangwe yibaga imyenda y’imbere yafashwe

Injangwe yo muri News Land yahawe izina rya “Leonardo da Pinchy” kubera kwihereza (Kwiba) ibintu by’abaturanyi birimo n’imyenda y’imbere yafashwe. Nyiri iyi njangwe yari imaze kuzengereza abaturage ba News Land, Helen North yatangaje ko iyi njagwe ifite amezi 14, yatangarije abanyamakuru ko iyi njangwe imaza kwiba ibintu bigera ku 150 mu mezi 9 yonyine. Yagize…

Soma inkuru yose

Umunyarwenya burikantu yarekuwe nyuma y’iminsi micye afunzwe azira abakobwa.

Mwitende Abdoulkarim uzwi nka Burikantu kumbuga nkoranyambaga wari watawe muri yombi azira gufungirana abana b’abakobwa yongeye kurekurwa. Mu minsi ishize ku mbugankoranyambaga hakwirakwijwe amakuru ko umunyarwenya Burikantu yatawe muri yombi, aya makuru yanemejwe n’urwego rw’ubugenzacyaha RIB. Bivugwako uyu musore yatawe muri yombi azira gukingirana abana b’abakobwa babiri, bivugwa ko aba bakobwa bashwanye na Burikantu bapfa…

Soma inkuru yose
Dore uko mugore yiberega mu ishyamba n'udukobwa twe 2

India: Dore uko mugore yiberega mu isenga n’udukobwa twe 2

Polisi yo m’Ubuhinde (India) yatangaje ko yavumbuye umugore ukomoka m’Uburusiya wiberaga mu ishyamba rya wenyine n’udukobwa twe tubiri (2). Nkuko byatangajwe n’apolisi yo m’Ubuhinde, uyu mugore yitwa Nina Kutina afite imyaka 40, akaba afite abana babiri umwe w’imyaka 6 n’undi w’imyaka 4, basanzwe mu musozi wa  Ramatirtha kamwe mu dusozi dukunda gusurwa n’abamukerarugendo, aka gasozi…

Soma inkuru yose
Inkweto zishaje cyane ku Isi

Ni zo nkweto zifite imyaka myinshi-Menya byinshi kuri izi nkweto

Abashakashatsi bo mu Bwongereza bataburuye urukweto rufite imyaka 2,000, aba bashakashatsi bagaragaje ko uru ari rwo rukweto runini cyane ku Isi-Ni urukweto rwataburuwe mu mbuga yo muri Roma. Aba bashakashatsi babwiye ikinyamakuru AFP ko bagiye gukora ubushakashatsi bwimbitse. Izo nkweto zifite uburebure burenga sentimetero 30, izo nkweto zataburuwe n’itsinda ry’abashakisha ibisigaratongo bo muri Vindolanda Charity…

Soma inkuru yose
Ubukwe bwa Vestine ISHIMWE

Ubukwe bwa ISHIMWE Vestine na  Idrissa Ouédraogo bwatashywe

Mu minsi ishize ni bwo amakuru y’ubukwe bw’umuhanzi ISHIMWE Vestine usanzwe uririmba indirimbo zo guhimbaza imana yagiye hanze. Binyuze mu mashusho yasakajwe ku mbugankoranyambaga uyu ISHIMWE Vestine yagaragaye asezerana na Ouedraogo Idrissa, ibi ni ibirori byabereye mu murenge wa Kinyinya, mu Karere ka Gasabo, umujyi wa Kigali, ku wa 15 Mutarama 2025. Nyuma y’aya makuru,…

Soma inkuru yose