Intambwe nshya mu ruganda rw’ubuhanzi: Ibarura rizagaragaza abahanzi n’impano nshya mu gihugu

Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi ku bufatanye n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) n’Ishami rya LONI rishinzwe Uburezi, Ubumenyi n’Umuco (UNESCO), yatangije umushinga witwa “Guha imbaraga Inganda ndangamuco mu Rwanda, hubakwa inzego zihamye”. Umushinga ufite intego nyamukuru yo guteza imbere uruganda ndangamuco n’ubuhanzi mu Rwanda binyuze mu: Kimwe mu bikorwa by’ingenzi bigize uyu mushinga ni ugukora ibarura…

Soma inkuru yose

Menya uturere 10 twambere tunini kurusha utundi mu Rwanda

Nyuma y’uko hari benshi bagiye bakunda kwibaza Akarere kaba gafite ubuso bunini mu Rwanda, bamwe bagiye bavuga Nyagatare, abandi n’abo bakavuga Kayonza. Urujijo rwagiye rugaragara no ku mbuga zimwe na zimwe za interineti, ari byo byatumye GATE OF WISE isuzuma amakuru aturuka mu nzego zemewe, harimo n’ibyavuye mu ibarura rusange rya 2022. Ukurikije ubuso, Kayonza…

Soma inkuru yose

Muri Zambia: Abagabo babiri bakatiwe nyuma yo gushinjwa umugambi wo kuroga Perezida w’icyo gihugu.

Mu gihugu cya Zambia, Urukiko rwahamije abagabo babiri icyaha cyo kugerageza kwivugana Perezida Hakainde Hichilema bakoresheje uburozi, rubakatira igifungo cy’imyaka ibiri. Abakatiwe ni Leonard Phiri, umuturage wa Zambia, na Jasten Mabulesse Candunde, ukomoka muri Mozambique. Bombi bafashwe mu Ukuboza 2024 batunze ibintu bivugwaho kuba amarozi, birimo n’umurizo w’uruvu. Ubushinjacyaha bwavuze ko aba bombi bari bahawe…

Soma inkuru yose

Nyarugenge: Inkuru y’urupfu rw’umusore bikekwako yiyahuye abitewe n’umukino w’akadege

Mu Murenge wa Kimisagara mu Karere ka Nyarugenge, hamenyekanye inkuru y’inshamugongo ubwo umurambo w’umugabo witwa: Turimumahoro Antoine, wari usanzwe ukora akazi ko gutwara abantu kuri moto, wabonekaga muri ruhurura ya Mpazi. Amakuru dukesha abaturiye ako gace avuga ko nyakwigendera yaherukaga kubonwa ku wa Kane, tariki ya 11 Nzeri 2025, ari mu kabari akina umukino w’amahirwe…

Soma inkuru yose

Imyanya y’ibanga: Ese kuki itakiri ibanga muri iki gihe?

Mu gihe ikoranabuhanga n’imbuga nkoranyambaga byihutisha buri kimwe, imyanya y’ibanga yo yabaye nk’aho ari ibintu bisanzwe byo kugaragaza. Uyu niwo mwanya wo kwisuzuma ku ngaruka zabyo no kugaruka ku muco n’indangagaciro. Hari igihe imyanya y’ibanga yari ishingiro ry’icyubahiro n’ubwubahane. Aho kera ibintu bitaradogera, umuntu warangwa no kwifata no kubika amabanga ye yagiraga agaciro gakomeye mu…

Soma inkuru yose

Bugesera: Haravugwa inkuru mbi y’umusore wasanzwe mu cyumba yapfuye

Mu Murenge wa Gashora, Akarere ka Bugesera, humvikanye inkuru y’akababaro y’urupfu rw’umusore w’imyaka 24 witwa Baributsa Augiste, ukomoka mu Karere ka Nyamagabe. Uyu musore yasanzwe mu nzu ye yibanagamo wenyine yapfuye, aho bikekwa ko mu byamuhitanye harimo: uburwayi n’inzara, bitewe n’uko yari amaze igihe adafite akazi kandi adafite amikoro ahagije. Uko byamenyekanye Amakuru y’urupfu rwa…

Soma inkuru yose

Nepal: Amashyaka yasabye ko abakuwe k’ubutegetsi babusubizwaho

Amashyaka yo mu gihugu cya Nepal yasabye perezida w’iki gihugu ko yasubiza k’ubutegetsi abagize intekonshingamategeko yari aherutse kwirukana, ni nyuma y’imyigaragambyo ikomeye yabaye mu rwego rwo kurwanya ruswa. Abicishije mu nyandiko, amashyaka 8 arimo n’amashyaka akomeye nka Nepali Congress, CPN-UML na Maoist Centre, yavuze ko Perezida Ram Chandra Poudel yakoze ibinyuranije n’itegekonshinga. Perezida Poudel yirukanye…

Soma inkuru yose

Ese bigenda bite iyo umuntu arangije amashuri yisumbuye?

Nshuti yange, wowe warangije amashuri yisumbuye cyangwa wowe witegura kuyarangiza, mpa akanya gato katarengeje iminota 5 kugeza ku minota 10 nkuganirize. Kurangiza amashuri yisumbuye ni intambwe ikomeye mu buzima bw’umuntu. Ndetse benshi bumva ari igihe cyo gutangira inzira nshya, aho bamwe baba barangamiye gukomereza amashuri muri Kaminuza, abandi barangamiye akazi, abandi na bo bagashakisha ubundi…

Soma inkuru yose

UNHCR yohereje mu Rwanda Abanyarwanda barenga 280 bari barashimuswe na FDLR

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR) ryafashije gutaha mu Rwanda Abanyarwanda 284, bari baragizwe imfungwa n’umutwe wa FDLR mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC). Aba baturage bari bamaze igihe mu nkambi y’agateganyo iherereye i Goma, nyuma yo gukurwa mu bice bitandukanye FDLR yari ibafungiye. Iki gikorwa cyo kubacyura gishingiye ku byemezo…

Soma inkuru yose

Waruziko kuryama amasaha macye bigira ingaruka ku buzima bw’umuntu ?

Ubushakashatsi bwakozwe n’inzobere mu by’ubuzima bwagaragaje ko gusinzira amasaha 7–9 mu ijoro ari ingenzi cyane ku buzima bw’umuntu. Gusa nubwo bimeze bityo, ubushakashatsi bwagaragaje ko abantu benshi ku isi badasinzira bihagije, kandi bibagiraho ingaruka zikomeye mu mubiri n’ubwonko bwabo mu buryo butandukanye. Kuryama amasaha make adahagije bigira ingaruka nyinshi zirimo: Kudasinzira bihagije byongera ibyago byo…

Soma inkuru yose
Nyamasheke

Nyamasheke: Abakobwa baravugwaho gushukisha amafaranga abagabo bubatse

Mu Karere ka Nyamasheke, mu Murenge wa Bushekeri, abakobwa baravugwaho gushukisha amafaranga abagabo bafite ingo, maze bagatoteza abagore babo. Aba bagore bavuga ko barembejwe n’inkoni bakubitwa n’abagabo babo bitewe n’abagore ndetse n’abakobwa babarusha amafaranga bashukisha abagabo babo, bagatuma babakubita bagamije ko barambirwa, bakahukana maze izo ngo zigatahamo abo bakobwa. Ibi kandi biteza amakimbirane hagati y’abakazana…

Soma inkuru yose
Umutingito muri Afghanistan

Abarenga 1,400 barapfuye, Nta mugore wari wemerewe kuvurwa n’umugabo!

Umutingito ukomeye wibasiye igihugu cya Afghanistan wasize abarenga 1,400 bitabye Imana n’aho abasaga 3,124 barakomereka nk’uko byatangajwe na leta y’Abatalibani. Ku Cyumweru, nibwo umutingito wo kugipimo cya 6 watangiriye mu ntara ya Kunar ugakomereza mu ntara ya Nangarhar na Laghman biherereye muri Afghanistan. Ni umwe mu mitingito wishe abantu benshi muri iki gihugu cya Afghanistan…

Soma inkuru yose
Hinton Godfather of AI

Hinton watangije AI yaburiye Isi kubera ibyango bigiye guterwa na AI

Ku myaka 77, Geoffrey Hinton ufatwa nk’umuhanuzi mu ikoranabunga, akaba aherutse no gutsindira igihembo cya Nobel yatangaje ko ubwengebukorano (AI) buzateza ibyago mu Isi ntibutagenzurwa. Uyu mugabo wahawe akazina ka se wa batisimu w’ubwengebukorano (Godfather of AI) azwi nk’umwe mubatangije deep learning ndetse na neural network, ibi bikaba aribyo byashingiweho mu ikorwa rya AI imaze…

Soma inkuru yose
Ibibwana

Muri Congo abantu bafatanywe ibibwana by’intare bigiye kubakoraho

Abantu batandatu batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa ibyana bitatu by’intare ubwo bari mu muhanda wa Kasenga mu bilometero bicye uvuye i Lubumbashi mu Ntara ya Katanga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Aba bantu batandatu bafashwe mu cyumweru gishize tariki 08 Kanama 2025, boherejwe ku biro by’Ubushinjacyaha bw’Urukiko rwisumbuye rwa Lubumbashi kugira ngo basobanure…

Soma inkuru yose
Indangamuntu

Icyumweru cy’irangamimerere gikemura byinshi ku mwirondoro w’umuntu

Kuri uyu wa Mbere tariki ya 11 Kanama 2025, haratangira icyumweru cyahariwe irangamimerere, aho ibibazo bijyanye na serivisi zaryo, zifasha kuba ku gihe ku bijyanye n’irangamimerere. Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ishishikariza abaturarwanda kwitegura, bakagana inzego bireba kugira ngo, amakuru yabo abe yuzuye kandi ajyanye n’igihe, cyane cyane muri iki gihe ikoranabuhanga rikataje mu nzego zitandukanye z’ubuzima…

Soma inkuru yose