Perezida Kagame yagaragaje icyatuma umutekano wa Afurika ugerwaho utavangiwe n’amahanga

Perezida Paul Kagame yatangaje ko Afurika ikwiye kwita ku nkingi yo kwishakamo ibisubizo biyifasha kwirindira umutekano, yirinda ko ukomeza kujya mu maboko y’amahanga kuko mu myaka myinshi yashize bikorwa n’abandi, nta musaruro byatanze ku mugabane no ku Isi muri rusange. Yabigarutseho ku wa 19 Gicurasi 2025 ubwo yafunguraga Inama Mpuzamahanga ku Mutekano muri Afurika yabereye…

Soma inkuru yose

Abandi Banyarwanda 796 bari barafashwe bugwate na FDLR bageze mu Rwanda

U Rwanda rwakiriye kuri uyu wa 19 Gicurasi 2025 abandi Banyarwanda 796 bari barafashwe bugwate n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR ukorera mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Abakozi b’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe impunzi (UNHCR) bakuye aba Banyarwanda mu nkambi iherereye mu Mujyi wa Goma mu gitondo, baberekeza ku mupaka munini wa RDC n’u Rwanda….

Soma inkuru yose

U Rwanda rushobora kwakira amashami amwe ya Loni

U Rwanda ni kimwe mu bihugu byagaragaje inyota yo kuba byaba icyicaro cy’amashami amwe n’amwe ya Loni, bigendanye n’amavugurura ari gukorwa n’uyu muryango ajyanye no kwimura amashami mu guhangana n’ibibazo by’ubukungu. Ibaruwa Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Edouard Ngirente, yandikiye Umunyamabanga Mukuru wa Loni ku wa 15 Gicurasi, igaragaza ko u Rwanda rwiteguye kuba rwakwakira…

Soma inkuru yose

Dore impamvu ikomeye yatumye ahazwi nko kwa Yezu Nyirimpuhwe hafungwa

Kuwa 17 Gicurasi 2025, Urwego rw’Igihugu rushinzwe imiyoborere, RGB mu ibaruwa rwandikiye, Mgr Dr. NTIVUGURUZWA Balthazar Umwepisikopi wa Diocese Gatolika ya Kabgayi Akarere ka Muhanga. Impamvu ni uguhagarika by’agateganyo amasengesho abera ku Ngoro ya Yezu Nyirimpuhwe mu Karere ka Ruhango. Muri iyi baruwa RGB yagaragaje ko ibi yabikoze ibishingiye ku itegeko No 56/2016 ryo ku…

Soma inkuru yose

Amb. Uwihanganye yatanze impapuro zo guhagararira u Rwanda muri Brunei

Ambasaderi Jean de Dieu Uwihanganye yashyikirije Umwami wa Brunei Darussalam, Haji Hassanal Bolkiah Mu’izzaddin Waddaulah, impapuro zimwemerera guhagarira u Rwanda muri icyo gihugu. Izo nyandiko Amb. Uwhihanganye akaba yazitanze ku mugaragaro ku wa Gatandatu tariki 17 Gicurasi 2025. Brunei Darussalam ni igihugu gito giherereye mu Majyepfo y’Iburasirazuba bw’Umugabane wa Aziya mu majyaruguru y’inkengero z’ikirwa cya…

Soma inkuru yose

Ubuyobozi bwa Association Rayon Sports bwagize icyo buvuga ku mvururu zabaye ubwo Rayon Sport yakinaga na Bugesera FC

Ubuyobozi bwa Association Rayon Sports buramenyesha abakunzi b’umupira w’amaguru ko bwababajwe bikomeye n’ibyabereye kuri Stade ya Bugesera ku wa Gatandatu, tariki ya 17 Gicurasi 2025, mu mukino wahuzaga Bugesera FC na Rayon Sports FC, utabashije kurangira. Ibyabaye bihabanye n’indangagaciro z’umupira w’amaguru, gukina mu mucyo no kubahana. Ubuyobozi bwa Association Rayon Sports burashimangira ubushake bwo gukorana…

Soma inkuru yose

Nyamasheke: Umukecuru warokotse Jenoside yishwe atemwe ijosi

Nyirangirinshuti Thérèsie w’imyaka 63 warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yishwe n’utaramenyekana amutemaguje umupanga ku ijosi n’umusaya w’ibumoso. Byabereye mu Mudugudu wa Ngoboka, Akagari ka Shangi, Umurenge wa Shangi, Akarere ka Nyamasheke mu ijoro rishyira ku wa Gatandatu tariki ya 17 Gicurasi, bikaba bikekwa ko byakozwe n’uwasabitswe n’ingengabitekerezo ya Jenoside. Nyurangirinshuti ni umupfakazi wiciwe umugabo…

Soma inkuru yose

Perezida Kagame, Clare Akamanzi, na Amadou Gallo baganiriye ku iterambere rya BAL

Perezida Paul Kagame yahuye n’abayobozi ba NBA baganira ku iterambere rya Shampiyona Nyafurika ya Basketball (Basketball Africa League) rikomeje kuba ubukombe muri Afurika. Mu bo yakiriye harimo Umuyobozi Mukuru wa NBA Africa Clare Akamanzi, Perezida w’Irushanwa Nyafurika rya Basketball (BAL) Amadou Gallo Fall n’Umuyobozi ushinzwe Ibikorwa Mpuzamahanga muri NBA Leah McNab. Perezida Kagame na Madamu…

Soma inkuru yose

Yakoze amahano- Boris Johnson kuri Starmer wahagaritse gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda

Boris Johnson wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza kuva mu 2019 kugeza mu 2022, yatangaje ko Keir Starmer uyoboye Guverinoma y’igihugu cyabo kuva muri Nyakanga 2024 yakoze ikosa rikomeye ryo guhagarika gahunda yo kohereza mu Rwanda abimukira batemewe n’amategeko. Guverinoma yayoborwaga na Boris muri Mata 2022 yagiranye n’iy’u Rwanda amasezerano y’ubufatanye mu gukemura ikibazo cy’abimukira no…

Soma inkuru yose

Kicukiro: Umugabo yamize inyama nk’umira ibinini iramuhitana

Mu Karere ka Kicukiro Umurenge wa Gahanga Akagari ka Kagasa, umugabo witwa Habiyambere Abdou uri mu kigero cy’imyaka 48, yagiye muri kantine kugura isambusa zishyushye bamubwira ko izihari zidashyushye. Yahise abona bagenzi be barimo barya ibiryo biriho inyama nawe ahita abyaka nyuma y’akanya gato abaryaga byabiryo baje gusigaza inyama ni uko arayibasaba ngo ayirire itaza…

Soma inkuru yose

HE Paul KAGAME ati: ” Ntabwo dufite byinshi byatuma duteta”

Perezida Paul Kagame yakiriye abanyeshuri biga muri ishami ry’ubucuruzi rya Kaminuza ya Havard yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, abasobanurira ko uko Abanyarwanda babayeho, badashobora guteta kuko badafite byinshi byatuma bitwara batyo. Umukuru w’Igihugu yagize ati “Nko mu kindi gihugu cyangwa indi sosiyete, Abanyarwanda bafite uburyo bwabo, bafite ibibazo byabo, bafite uko bahangana na…

Soma inkuru yose

Uruganda rutunganya urumogi rugeze kuri 83%

Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) rwatangaje ko ibikorwa remezo by’icyiciro cya mbere cyo gutunganya urumogi rwifashishwa mu buvuzi bimaze kugerwaho ku kigero cya 83%. Urwo rwego ruherutse kubibwira Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko ubwo rwasobanuraga ibijyanye n’imikoreshereze y’ingongo y’imari ya 2024/2025. Umuyobozi Mukuru Ushinzwe Imari muri RDB Joseph Cedrick Nsengiyumva, yagize ati: “Imirimo imaze kugerwaho ku…

Soma inkuru yose

Umwuka mubi uracyatutumba hagati y’u Rwanda na Congo

Nubwo ibihugu byombi bigaragaza ko biri mu nzira nziza yo gukemura amakimbirane bifitanye, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Thérèse Kayikwamba Wagner, yagaragaje ko agifitiye u Rwanda akangononwa. Inkuru nziza yatashye i Kigali n’i Kinshasa tariki ya 25 Mata 2025, ubwo u Rwanda na RDC, bibifashijwemo na Leta Zunze Ubumwe za Amerika,…

Soma inkuru yose

M23/AFC ikomeje guhiga abahungabanya umutekano i Goma

Abarwanyi b’ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bamaze iminsi bagaragara ku ngo z’abaturage mu bice bitandukanye by’umujyi wa Goma, bashakisha abahungabanya umutekano wawo ndetse n’abandi babitse intwaro. Ni ibikorwa byakangaranyije abaturage bamwe na bamwe, cyane cyane abacumbikiye abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba wa FDLR, ingabo za RDC zahunze ndetse n’imitwe ya Wazalendo. Hari…

Soma inkuru yose

Kirehe: Miliyoni 4.2$ nizo ziri guhabwa abaturage

U Rwanda ruri kubakira inzu abaturage batuye mu Karere ka Kirehe mu ntara y’Uburasirazuba, izi ni inzu zizahabwa abangiririjwe n’iyubakwa ry’urugomero rutanga amashanyarazi mu bihugu 3 aribyo U Rwanda, Tanzania n’u Burundi. Uyu ni umushinga uriguterwa inkunga na Banki y’Isi binyuze mu mushinga wa Nile Equatorial Lakes Subsidiary Action Programe binyuze na none mu mushinga…

Soma inkuru yose

Gicumbi: Ubworozi bw’amasazi bwamugize umukungu

Uyu mugabo uri mu kigero cy’imyaka 31, avuga ko mbere yari mu batishoboye bo mu Murenge wa Byumba, ariko ingurube ebyiri yahawe ku nkunga y’Umushinga PRISM zamuhinduriye ubuzima nyuma yo kuzororana n’amasazi. PRISM ni umushinga w’imyaka itanu watangijwe na Guverinoma ifatanyije n’Ikigo cy’u Bubiligi gishinzwe Iterambere (Enabel) mu 2021, ari na cyo cyawuteye inkunga ya…

Soma inkuru yose

Polisi yabaguye gitumo bafite udupfunyika 93 tw’urumogi

Habimana Djuma w’imyaka 49 na Ntirenganya Felecien ufite imyaka 51 batawe muri yombi nyuma yo gusanganywa udupfunyika 93 tw’urumogi, nk’uko byatangajwe n’umukuru wa Polisi mu mujyi wa Kigali CIP Gahonzayire, yagize ati: “Uyu yafashwe afite urumogi udupfunyika 89 naho Uwitwa Ntirenganya Félicien w’imyaka 51 yafatanywe udupfunyika 4. Ifatwa ry’aba bagabo ryaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.”…

Soma inkuru yose

Papa Leo XIV yategetse ko abanyamakuru bafunzwe bafungurwa

Papa Leo XIV yahuye n’itangazamakuru ryo muri Rome kugira ngo barebere hamwe imigendekere y’amatora yamusize atorewe kuyobora kiliziya Gatorika. Iminsi 4 irirenze nyuma y’uko habayeho utorwa rya Papa mushya, Papa Leo XIV niwe wegukanye uyu mwanya wo kuyobora Kiliziya mu myaka iri imbere. Ku wa mbere taliki 12 Gicurasi 2025, nibwo yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru rya…

Soma inkuru yose

HE Paul KAGAME yagiranye ibiganiro na mugenzi we Alassane Ouattara

Perezida Paul Kagame uri i Abidjan muri Côte d’Ivoire, aho yitabiriye inama y’Ihuriro ry’abayobozi bakuru b’Ibigo byigenga muri Afurika (Africa CEO Forum), yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Côte d’Ivoire, Alassane Ouattara. Ibiro by’Umukuru w’igihugu, Village Urugwiro, byatangaje ko abakuru b’ibihugu byombi baganiriye ku kwagura umubano usanzweho mu nzego zitandukanye hagati y’u Rwanda na Côte…

Soma inkuru yose

M23/AFC yerekanye abarwanyi ba Congo yafashe

Ihuriro AFC/M23 rirwanya Leta ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC) ryeretse itangazamakuru abarwanyi bakekwaho guhungabanya umutekano w’abaturage i Goma no muri Kivu y’Amajyepfo barimo ab’umutwe wa FDLR, Ingabo za Congo FARDC ndetse n’aba Wazalendo. Abo barwanyi bafashwe ku wa Gatandatu tariki ya 10 Gicurasi, bashinjwa guhohotera abaturage b’abasivile i Goma no kubakorera ibikorwa by’urugomo….

Soma inkuru yose

“U Rwanda ntirugendera ku bihano” Amb NDUHUNGIREHE

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko amahanga yamaze kubona ko gufatira u Rwanda ibihano atari wo muti, kuko rudashobora kubyishinga ngo bishyire mu kaga abaturage barwo.   Ibihugu birimo u Bubiligi, Canada n’ibindi byo ku Mugabane w’u Burayi, mu ntangiro z’uyu mwaka, byokeje igitutu u Rwanda bigera n’aho birufatira ibihano rushinjwa gushyigikira…

Soma inkuru yose

Impamvu zatumye RGB ifunga Grace room Ministries ya KABANDA Julienne

Buri wa Kabiri na buri wa Kane guhera Saa kumi n’imwe z’umugoroba, abantu baba ari urujya n’uruza berekeje i Nyarutarama ahakorera Grace Room Ministries bagiye gusenga. Ku Cyumweru nabwo byaba ari uko guhera Saa kenda z’amanywa. Magingo aya, aya materaniro ntabwo azongera kubaho nyuma y’aho Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere, RGB, rutangaje ko rwambuye ubuzima gatozi, Grace…

Soma inkuru yose

Ibrahim Traore yitabiriye ibirori byo kwizihiza imyaka 80, Uburusiya butsinze intambara ya 2 y’isi

Kuri uyu wa 9 Gicurasi 2025, mu mbuga nini yo mu mujyi wa Moscow mu Burusiya hari kuba ibirori byo kwizihiza umunsi ingabo za Leta Zunze Ubumwe z’Abasoviyete zatsinze iz’Abanazi mu Ntambara ya Kabiri y’Isi. Mu iyi mbuga, hari kuba akarasisi karyoheye ijisho kagizwe n’abasirikare, ibifaru na misile. Amabendera ndetse n’amafoto y’abasirikare barwanye uru rugamba…

Soma inkuru yose

Rwamagana: Irondo ry’abagore riri gutanga umusaruro ugaragara

Mu rwego rwo kwishakamo ibisubizo, abagore batuye mu karere ka Rwamagana, mu murenge wa Mwulire batangiye kurara irondo. Iri ni irondo ryitwa “Mutimawurugo” riba ritagamije gukesha ijoro, ahubwo ryashyizweho kugira ngo rikangurire Bamutima w’urugo (abagore) bo mu karere ka Rwamagana gutaha kare bakajya kwita ku bana babo. Dore uko rikorwa. Iri ni irondo riba rigizwe…

Soma inkuru yose

Gen Mubarakh Muganga ari mu ruzinduko rw’akazi muri Algeria.

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Mubarakh Muganga ari mu ruzinduko rw’akazi muri Algeria, aho yakiriwe na General Saïd Chanegriha, Umugaba w’Ingabo z’iki gihugu. Baganiriye ku guteza imbere ubufatanye mu bya gisirikare hagati y’ibihugu byombi. U Rwanda na Algeria bimaze kubaka umubano uhamye ushingiye ku mikoranire mu nzego zitandukanye. Mu bihe bitandukanye, abayobozi bakuru mu…

Soma inkuru yose

Mu Bwongereza: Abajura bibye umusarani (Toilet ) wa $6 Million bafashwe.

Umusarani ukozwe muri zahabu wakozwe 2016 ukozwe n’umunyabugeni witwa Mauzurizio Cattelan ufite inkomoko mu Butaliyani (Italy) wagaragajwe ku nshuro ya mbere mu nzu ndangamurage ya New York, nyuma ujyanwa mu ngoro y’ubwami bw’ubwongereza, mu 2019 abajura bateye iyi ngoro biba uyu musarani (Toilet). Urukiko rwo mu Bwongereza rwatangaje ko rwatangiye kuburanisha Abajura 2 bakekwaho ubu…

Soma inkuru yose

Ni nde uri guhabwa amahirwe menshi yo gusimbura Papa Francis?

Ikigiye gukurikira urupfu rwa Papa Francis ni ugutorwa k’undi mu Papa uzamusimbura. Muri iyi nkuru naguteguriye abahabwa amahirwe menshi yo kuzasimbura Pope Francis. Mu gihe abakaridinari barigushyashyana bashaka uzasimbura Papa Francis, Twebwe Gate of wise twagerageje gukusanya amakuru agaragaza abahabwa amahirwe menshi yo kuzasimbura Papa Francis. Iyi nama iraterana nyuma y’urupfu rwa Papa Francis. Mu…

Soma inkuru yose

Ukraine yasutsweho ibisasu nyuma y’amasaha 30 y’agahenge.

Igisirikare cya Ukraine cyatagaje ko dorone (Drone) z’Abarusiya zarashe uduce twinshi two muri Ukraine, ibi byabaye nyuma y’agahenge kari kabaye kuri Pasika. Igisirikare kirwanira mu kirere cya Ukraine cyaburiye uduce twa Kyiv, Kherson, Dnpropetrovsk, Cherkasy, Mykalaiv na Zaporizhzhia. Umuyobozi wa karere ka Mykalaiv yatangaje ko mu m’ajyaruguru y’agace ka Mykalaiv humvikanye iturika ry’ibisasu. Ariko igisirikare…

Soma inkuru yose

Nshimiyimana Emmanuel ukekwaho kwica umugore we yafashwe n’abanyerondo.

Umugabo witwa NSHIMIYIMANA Emmanuel ufite imyaka 38 yacakiwe n’abanyerondo bakorera mu karere ka Muhanga, umurenge wa Nyamabuye, akagari ka Gifunga, umudugudu wa Rugarama, arakekwaho kwica umugore we MUGWANEZA Julienne w’imyaka 32. Mu gitondo cyo kuri Pasika uyu mugabo Emmanuel nibwo yafashwe biturutse ku makuru yatanzwe na BIZIYAREMYE Colenel wari warahaye icumbi uyu muryango. Abaturanyi batabaye…

Soma inkuru yose

Minisitiri Nduhungirehe yahaye ikaze abafana ba Arsenal baturutse hirya no hino muri Afurika

Minisitiri Nduhungirehe yahaye ikaze abafana ba Arsenal baturutse hirya no hino muri Afurika Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb Olivier Nduhungirehe yahaye ikaze abafana ba Arsenal yo mu Bwongereza baturutse hirya no hino muri Afurika aho bitabiriye Iserukiramuco rizwi nka Arsenal Africa Fans Festival 2025. Iri serukiramuco ry’iminsi itatu, ribereye mu Rwanda ku nshuro ya kabiri,…

Soma inkuru yose

Nta munyamahanga uzongera kwiga muri Amerika! Donald Trump yarahiye.

Ubuyobozi bwa Trump bwabujije University ya Harvard kutakira abanyeshuri bashya babanyamahanga. White house yasabye kaminuza zikomeye cyane nka Harvard kugenzura uko bakira abanyeshuri bashya, uko batanga akazi ku bakozi bashya, ndetse n’uko bigisha. Ibi byakozwe ngo murwego rwo kurwanya “antisemitism” (ivangura rikorerwa abayahudi) Noem umwe mu bashinzwe umutekano yasabye Harvard kwerekana ibyo yita ibirego by’urugomo…

Soma inkuru yose

Ese umukwe n’umugeni bazajya batanga umusoro? RRA irabivugaho iki?

Ku wa 14-04-2025, amakuru yacicikanye ku mbugankoranyambaga nka X, yakuruye impaka za ngo turwane. Aya makuru agaragaza ko abakora ubukwe bazajya bishyura umusoro. Ubuyobozi bwa RRA (Rwanda Revenue Authority) bubajijwe ku byiri tangazo bwagize buti: “Dushingiye ku makuru ari guhanahanwa ku mbuga nkoranyambaga, turamesha abantu Bose ko amakuru agendanye n’abatanga serivise (service) zishyurwa mu birori…

Soma inkuru yose