Munyaneza Moise

Venezuela yashyize abaturage mu bikorwa byo kunekana hagati yabo kubera ubwoba bwa Amerika

Mu gihe umwuka ukomeje kuba mubi hagati ya Venezuela na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Perezida Nicolás Maduro yashyize abaturage be mu bikorwa byo gukoresha porogaramu ya telefoni yitwa VenApp, ifashishwa mu gukusanya amakuru no kunekana hagati yabo. Iyi porogaramu yashyizweho mu 2022 nk’igikoresho cyo gufasha abaturage mu bijyanye n’imibereho – nko gutanga ibibazo by’ibura…

Soma inkuru yose

Mamdani wavukiye muri Uganda yatorewe kuyobora Umujyi wa New York City

Umunyamerika ufite inkomoko muri Uganda, Zohran Kwame Mamdani, ni we watorewe kuyobora Umujyi wa New York City, atsinda abarimo Andrew Cuomo, wahoze ari Guverineri wa Leta ya New York, na Curtis Sliwa wo mu Ishyaka ry’Aba-Républicains riri ku butegetsi. Mamdani, uzwi nk’umusore w’umuyisilamu ufite ibitekerezo bishya muri politiki, yatsinze amatora ku majwi 50,4%, mu gihe…

Soma inkuru yose

Abanya-Ukraine bashinjwe uruhare mu kwiba amakuru y’abarenga 200.000 bo muri Hongrie

Minisitiri w’Intebe wa Hongrie, Viktor Orbán, yashinje Abanya-Ukraine gufatanya n’Ishyaka Tisza ritavuga rumwe n’ubutegetsi mu kwiba no gushyira hanze amakuru y’abantu barenga 200.000 bo muri Hongrie. Ayo makuru yashyizwe ku rubuga rwo muri Hongrie rwitwa LeakBase.la mu cyumweru gishize, akaba arimo amazina, nimero za telefone n’andi makuru bwite y’abaturage. Ubuyobozi bwa Hongrie buvuga ko ayo…

Soma inkuru yose

U Bushinwa bwasubitse gahunda yo gucyura Abashinwa batatu bari mu isanzure

Ikigo cy’u Bushinwa gishinzwe iby’isanzure, CNSA (China National Space Administration), cyatangaje ko cyasubitse gahunda yo kugarura ku Isi Abashinwa batatu bari mu isanzure, nyuma y’uko hagaragaye ibibazo bikekwa ku cyogajuru cyagombaga kubacyura. Aba basanzwe mu isanzure barimo Chen Dong, Chen Zhongrui na Wang Jie, bajyanywe muri Mata 2025 mu rugendo rw’amezi atandatu. Byari biteganyijwe ko…

Soma inkuru yose

Tanzania iragana he nyuma y’uko Suluhu arahiriye mu muhezo

Tanzania, kimwe mu bihugu byigeze gufatwa nk’intangarugero mu bya demokarasi muri Afurika y’Iburasirazuba, iri mu bihe bikomeye nyuma y’amatora y’Umukuru w’Igihugu yabaye ku wa 29 Ukwakira 2025. Aya matora yavuyemo intsinzi ya Samia Suluhu Hassan, ariko akurikirwa n’imvururu n’imyigaragambyo yatumye igihugu gihindura isura ya politiki. Tanzania ifite abaturage bagera kuri miliyoni 68 n’ubuso bwa kilometero…

Soma inkuru yose

Ikibuga cy’indege cya Bruxelles cyahagaritse imirimo kubera kwikanga drone

Ubuyobozi bw’ikibuga cy’indege cya Bruxelles mu Bubiligi bwahagaritse imirimo by’agateganyo ku mugoroba wo ku wa 4 Ugushyingo 2025, nyuma y’uko habonetse drone yikekwa ko ishobora kuba yoherejwe mu mugambi wo guhungabanya umutekano. Urwego rw’igihugu rushinzwe kugenzura indege mu kirere rwatangaje ko rwabonye drone iri hafi y’ikibuga, bituma hafatwa icyemezo cyo gusubika ingendo zose mu rwego…

Soma inkuru yose

Kim Kardashian ashobora kubura impamyabumenyi kubera kwishingikiriza ChatGPT cyane

Umunyamideli w’icyamamare akaba n’umukinnyi wa filime z’uruhererekane (reality TV), Kim Kardashian, yavuze ko ashobora kuzatsindwa ibizamini byo kuba umunyamategeko w’umwuga kubera kwishingikiriza cyane ChatGPT mu gihe yigaga. Mu kiganiro Lie Detector Test cya Vanity Fair, yari kumwe na mugenzi we Teyana Taylor, bakinanye muri filime All’s Fair ya Ryan Murphy. Teyana yamubajije niba akoresha ChatGPT…

Soma inkuru yose

Bwa mbere i Kigali hagiye kubera Isôoko Great Lakes Festival ihuza abahanzi bo mu Karere

Ku nshuro ya mbere, Umujyi wa Kigali uritegura kwakira Isôoko Great Lakes Festival 2025, iserukiramuco rishya ry’ubuhanzi n’umuco rizahuriza hamwe abanyempano baturutse mu bihugu bitandatu byo mu Karere k’Ibiyaga Bigari. Iri serukiramuco rizamara iminsi ine kuva ku wa 6 kugeza ku wa 9 Ugushyingo 2025, ribere mu bice bitandukanye bya Kigali. Rigamije guteza imbere ubuhanzi…

Soma inkuru yose

Suède: Element agiye guhurira mu gitaramo na Kizz Daniel

Umuhanzi Element, umwe mu bagezweho cyane mu muziki w’u Rwanda, agiye guhurira na Kizz Daniel mu gitaramo gikomeye kizabera muri Suède ku wa 8 Ugushyingo 2025. Iki gitaramo kizaba ari intangiriro y’uruzinduko rw’ibitaramo bya Element muri bimwe mu bihugu by’i Burayi, nk’uko byemezwa n’amakuru ava mu bo bakorana bya hafi. Amakuru yizewe avuga ko uyu…

Soma inkuru yose

Shein Yahagaritse Kugurisha Ibipupe bya “Sex Dolls” Bisa n’Abana Nyuma yo Kuregwa mu Bufaransa

Urubuga rwa Shein rwatangaje ko rwahagaritse burundu kugurisha ibipupe bikoreshwa mu mibonano mpuzabitsina (sex dolls) nyuma y’uko ruregwe kugurisha ibifite isura isa n’iy’abana bato, ibintu byafashwe nk’ibishobora guteza ibyaha byo gusambanya abana.Byatangiriye ku itangazo ry’Urwego rushinzwe kurengera abaguzi mu Bufaransa (DGCCRF), rwasabye iperereza ku bicuruzwa bya Shein nyuma yo kubona ibipupe bifite isura nk’iy’abana bicururizwa…

Soma inkuru yose

Iran igiye kongera kubaka inganda za nucléaire zasenywe na Israel

Perezida wa Iran, Masoud Pezeshkian, yatangaje ko igihugu cye kigiye kongera kubaka inganda za nucléaire zatewe zigasenywa na Israel, ashimangira ko izi ngufu zigamije iterambere ry’abaturage, atari intwaro. Mu ijambo rye, Pezeshkian yavuze ko ingufu za nucléaire ari ikimenyetso cy’iterambere n’ubumenyi, atari icyago ku mutekano w’Isi. Yagize ati: “Ubuhanga mu bya siyansi ni umutima w’ubwenge…

Soma inkuru yose

Minaloc yatangiye urugamba rwo kuzamura imitangire ya serivisi

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Habimana Dominique, yijeje Abaturarwanda ko ibibazo bigaragara mu mitangire ya serivisi mu nzego z’ibanze bigiye kuvugutirwa umuti, mu rwego rwo kwegereza ubuyobozi abaturage no kunoza imiyoborere ibafasha kwiteza imbere. Ibi yabivugiye ku wa 2 Ugushyingo 2025, ubwo hasozwaga umwiherero w’abayobozi b’intara n’uturere wabereye ku Ishuri Rikuru rya Gisirikare i Gako, wari umaze…

Soma inkuru yose

Umusirikare ukomeye wa Israel mu mazi abira kubera amashusho y’iyicarubozo ryakorewe Abanya-Palestine

Maj. Gen. Yifat Tomer-Yerushalmi, wahoze ari Umunyamategeko Mukuru w’Igisirikare cya Israel (IDF), yafunzwe nyuma y’isosoka ry’amashusho agaragaza abasirikare ba Israel bakorera iyicarubozo imfungwa yo muri Palestine, bikaba byateje impaka n’uburakari ku rwego mpuzamahanga. Tomer-Yerushalmi yari yeguye ku mwanya we icyumweru gishize, nyuma yo kwemera amakosa mu kuba ayo mashusho yaragiye hanze atagombaga gusohoka. Ku wa…

Soma inkuru yose

Akarere ka Rwamagana kamaze impungenge abarerera mu ishuri ryibasiwe n’inkongi

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rwamagana bwamaze impungenge ababyeyi barerera mu ishuri ryisumbuye Institute Women for Excellence (IWE), nyuma y’uko icumbi ry’abanyeshuri 150 rifashwe n’inkongi y’umuriro ku wa 3 Ugushyingo 2025, ibintu byabo byose bikaba byahiye. Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Mbonyumuvunyi Radjab, yavuze ko hashyizweho ingamba zihuse kugira ngo abanyeshuri bakomeze amasomo yabo nta murundo w’ingaruka z’iyo…

Soma inkuru yose

Pasiteri Rutayisire yahawe igihembo kubera umusanzu we mu bumwe n’ubwiyunge

Umuvugabutumwa akaba n’umwanditsi, Rev. Canon Dr. Antoine Rutayisire, yahawe igihembo cy’icyubahiro ku bw’umusanzu we mu kwimakaza ubumwe n’ubwiyunge mu Banyarwanda, by’umwihariko abikesha igitabo cye “Reconciliation is My Lifestyle”. Ni mu muhango “Inzu y’Ibitabo Summit 2025” wabereye kuri Saint-Paul mu Mujyi wa Kigali ku wa 2 Ugushyingo 2025, utegurwa n’Umunyamakuru Dashim, uzwi cyane mu bikorwa byo…

Soma inkuru yose

U Rwanda rwahembwe nk’igihugu gifite ibikorwaremezo by’ubukerarugendo byiza muri Afurika

U Rwanda rwegukanye igihembo cy’icyubahiro nk’igihugu gifite ibikorwaremezo bifasha ubukerarugendo byiza kandi bigezweho muri Afurika, mu bihembo mpuzamahanga bya African Tourism Awards 2025. Uyu muhango wabereye i Londres mu Bwongereza ku wa 2 Ugushyingo 2025, ugamije gushimira no guteza imbere ibikorwa n’abantu b’indashyikirwa mu rwego rw’ubukerarugendo ku mugabane wa Afurika. Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza,…

Soma inkuru yose

Impu zinjirije u Rwanda arenga miliyari 11 Frw kuva mu 2024

Ubuyobozi bw’Ihuriro ry’Abatunganya Ibikomoka ku Mpu mu Rwanda, Kigali Leather Cluster, bugaragaza ko kuva mu ntangiriro za 2024 impu zoherejwe mu mahanga zinjirije igihugu miliyari 11,7 Frw, mu gihe uru rwego rwari rumaze igihe rwaragize ibibazo by’igabanuka ry’agaciro k’impu. Umuyobozi wa Kigali Leather Cluster, Kamayirese Jean D’amour, yavuze ko iri terambere ryatewe ahanini n’ingamba za…

Soma inkuru yose

Ibitero byo kuri internet n’ahazaza h’ikoranabuhanga muri BNR: Ikiganiro na Ndengeyingoma

Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ikoranabuhanga n’Inovasiyo muri Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR), Ndengeyingoma Bertrand, yatangaje ko ibitero by’ikoranabuhanga bikomeje kuba kimwe mu byago bikomeye bishobora kwibasira urwego rw’imari, asaba Abanyarwanda kugira ubushishozi no kugira uruhare mu kurinda umutekano w’amakuru yabo. Mu kiganiro yagiranye na BNR Podcast, Ndengeyingoma yasobanuye uko ikoranabuhanga rikomeje guhindura imikorere ya banki, anagaragaza…

Soma inkuru yose