Munyaneza Moise

Abahinzi ba kawa bari mu mazi abira nyuma yuko Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kohereza mu mahanga ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB) gitangaje ko kitazongera kubagenera ifumbere.

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kohereza mu mahanga ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB) cyatangaje ko guhera mu gihembwe cy’ihinga cya mbere cya 2026, abahinzi ba kawa bazajya biyishyurira ifumbire aho kuyihabwa ku buntu nk’uko byari bisanzwe bikorwa. Ibi byakozwe hagamijwe gukemura ikibazo cy’uko ifumbire yatangwaga yari nkeya, kuko buri muhinzi yahabwaga hagati ya 30% na 40% y’ifumbire…

Soma inkuru yose

Nyanza: Imbangukiragutabara yakoze impanuka ubwo yatwaraga abarwayi barimo uwari wakoze indi mpanuka

Ku wa 3 Nzeri 2025 mu gitondo, imbangukiragutabara y’Ibitaro by’Akarere ka Nyanza yakoze impanuka ubwo yavaga ku Kigo Nderabuzima cya Kirambi itwaye abarwayi babiri, barimo umwana n’umuntu mukuru wari umaze gukora indi mpanuka. Iyi mpanuka yabereye mu Murenge wa Busasamana, Akagari ka Nyanza, Umudugudu wa Nyanza. Dr. Mfitumukiza Jérôme, Umuyobozi Mukuru w’Ibitaro bya Nyanza, yavuze…

Soma inkuru yose

Volkswagen yashyikirije FERWACY imodoka nshya 114 zizifashishwa muri Shampiyona y’Isi y’Amagare i Kigali

Ku wa Kabiri, tariki ya 2 Nzeri 2025, Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare mu Rwanda (FERWACY) ryasinye amasezerano y’imikoranire n’uruganda rwa Volkswagen Rwanda, ruzatanga imodoka nshya 114 zizakoreshwa mu gihe cya Shampiyona y’Isi y’Amagare iteganyijwe kubera i Kigali kuva ku wa 21 kugeza ku wa 28 Nzeri 2025. Iyi mihango yabereye kuri Stade Amahoro, ahahuriye Perezida wa…

Soma inkuru yose

Ubuhamya bwa Kanani “Giturashyamba” wahagaritse ubuhigi muri Nyungwe nyuma yo kwica inyamaswa zisaga 5000

Kanani Callixte, uzwi ku izina rya Giturashyamba w’imyaka 47 utuye mu Kagari ka Cyanyirankora, Umurenge wa Kivu mu Karere ka Nyaruguru, yatanze ubuhamya bw’ubuzima bwe bw’igihe kirekire yamaranye n’ishyamba rya Nyungwe mu bikorwa byo guhiga. Yahawe izina Giturashyamba kubera uburyo yahoraga mu ishyamba, ariko ubu avuga ko yicuza cyane kuko ibyo bikorwa ntacyo byamumariye mu…

Soma inkuru yose

Minisiteri y’Uburezi Yatangaje Amanota y’Abanyeshuri Basoje Amashuri y’Isumbuye

Kigali, ku wa 1 Nzeri 2025 – Minisiteri y’Uburezi mu Rwanda (MINEDUC) yatangaje ku mugaragaro amanota y’abanyeshuri basoje amashuri yisumbuye, harimo abo mu mashuri rusange (S6), abarangije mu mashuri y’abarezi (TTC), abiga imyuga n’ubumenyingiro (TVET), ndetse n’abarangije amashuri y’imyuga n’ubuhanga ngiro byisumbuye (TSS). Nk’uko byagarutsweho n’itangazo rya Minisiteri, ikigero cy’imitsindire kiri hejuru ugereranyije n’imyaka yabanje,…

Soma inkuru yose

Nyaruguru: Abashoramari beretswe amahirwe ari mu gushora imari mu burezi

Akarere ka Nyaruguru, gaherereye mu majyepfo y’u Rwanda, kari mu turere turi kwihuta mu iterambere bitewe n’ibikorwaremezo bigenda byiyongera, birimo imihanda, amavuriro, gare n’ibindi bifasha abaturage kwiteza imbere. Kazwi cyane kandi nk’akarere k’ubukerarugendo bushingiye ku iyobokamana, kuko Kibeho gasurwa n’abasaga miliyoni imwe buri mwaka Nubwo ibyo bikorwa remezo bigenda byiyongera, abaturage ndetse n’abafatanyabikorwa b’akarere bagaragaje…

Soma inkuru yose

Abayobozi ba Gisagara barahamagarira abashoramari gushora imari yabo muri aka karere

Abayobozi b’Akarere ka Gisagara barasaba abashoramari b’imbere mu gihugu ndetse n’abanyamahanga gufata umwanzuro wo gushora imari muri aka karere, bakabyaza umusaruro amahirwe menshi ahari mu nzego zitandukanye. Mu kiganiro n’itangazamakuru, Umuyobozi w’Akarere ka Gisagara yavuze ko aka karere gafite amahirwe menshi atarabyazwa umusaruro, arimo ubuhinzi n’ubworozi, inganda zitunganya umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi, ubukerarugendo bushingiye ku…

Soma inkuru yose

M23/AFC yerekanye abarwanyi ba Congo yafashe

Ihuriro AFC/M23 rirwanya Leta ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC) ryeretse itangazamakuru abarwanyi bakekwaho guhungabanya umutekano w’abaturage i Goma no muri Kivu y’Amajyepfo barimo ab’umutwe wa FDLR, Ingabo za Congo FARDC ndetse n’aba Wazalendo. Abo barwanyi bafashwe ku wa Gatandatu tariki ya 10 Gicurasi, bashinjwa guhohotera abaturage b’abasivile i Goma no kubakorera ibikorwa by’urugomo….

Soma inkuru yose

U Rwanda rurateganya ko ikoranabuhanga rizagabanya ubushomeri ku kigero cyo hejuru

U Rwanda rwiteguye korohereza abari mu rwego rw’ikoranabuhanga kwinjira ku masoko yo mu gihugu Abahanga mu by’ikoranabuhanga basanga uru rwego rufite uruhare runini mu guhanga imirimo mishya kuri benshi, mu gihe leta ivuga ko izakomeza korohereza abari muri uru rwego rw’ikoranabuhanga kwinjira ku masoko y’imbere mu gihugu no hanze yacyo. Muri 2016 nibwo Umunya-Kenyakazi, Joanna…

Soma inkuru yose

Umwana w’imyaka 16 yiyahuriye Kwa Pasiteri

Tuyizere Amos w’imyaka 16 yasanzwe yimanitse mu cyumba yararagamo mu rugo rwa Pasiteri Ntaganira Fabien mu Mudugudu wa Cyijima, Akagari ka Vugangoma, Umurenge wa Macuba, Akarere ka Nyamasheke, aho yabaga nk’umwana mu rugo anabafasha mu mirimp. Uwo musore yasanzwe anagana muri mushipiri bikekwa ko yimanitse, ariko intandaro yo kwiyahura ntiyahise imenyekana. Amakuru dukesha Invaho Nshya…

Soma inkuru yose

Umupaka uzajya urindwa n’u Rwanda na Congo

Tariki ya 25 Mata 2025, u Rwanda na RDC byashyize umukono ku masezerano y’amahame ngenderwaho aganisha ku masezerano y’amahoro mu karere ka Afurika y’Ibiyaga Bigari, bibifashijwemo na Amerika. Iki gikorwa cyabereye i Washington D.C. Mu kiganiro na Mama Urwagasabo TV, Minisitiri Nduhungirehe yasobanuye ko ingingo nyamukuru igize amahame ngenderwaho ari iy’umutekano nko gukumira ibikorwa by’umutwe…

Soma inkuru yose

“U Rwanda ntirugendera ku bihano” Amb NDUHUNGIREHE

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko amahanga yamaze kubona ko gufatira u Rwanda ibihano atari wo muti, kuko rudashobora kubyishinga ngo bishyire mu kaga abaturage barwo.   Ibihugu birimo u Bubiligi, Canada n’ibindi byo ku Mugabane w’u Burayi, mu ntangiro z’uyu mwaka, byokeje igitutu u Rwanda bigera n’aho birufatira ibihano rushinjwa gushyigikira…

Soma inkuru yose

Impamvu zatumye RGB ifunga Grace room Ministries ya KABANDA Julienne

Buri wa Kabiri na buri wa Kane guhera Saa kumi n’imwe z’umugoroba, abantu baba ari urujya n’uruza berekeje i Nyarutarama ahakorera Grace Room Ministries bagiye gusenga. Ku Cyumweru nabwo byaba ari uko guhera Saa kenda z’amanywa. Magingo aya, aya materaniro ntabwo azongera kubaho nyuma y’aho Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere, RGB, rutangaje ko rwambuye ubuzima gatozi, Grace…

Soma inkuru yose

Byagusaba angahe kugira ngo ugure Isi n’ibiyirimo?

Isi ni kimwe mu byo Imana yaremye bitangaje, dore ko nta n’ahandi hantu na hamwe haraboneka ubuzima ku kiremwa muntu. Ashingiye ku kibazo yabajijwe n’umukunzi we, Muhire Munana yatanze fagitire y’Isi [igiciro cy’amafaranga watanga maze ukegukana Isi yose]. Ikibazo cyagiraga kiti: “Munana, niba ku Isi buri kintu cyose cyabyazwa amafaranga kizwi, na buri giceri cyangwa…

Soma inkuru yose

RGB yafunze itorero rya KABANDA Julliene uherutse kwibasirwa kuri X

Mu munsi ishize KABANDA Julliene yibasiwe n’uwitwa Bakame kuri X. Aho yamureze kwigisha ibinyoma ndetse n’ububeshyi, akimara gushyira ubu butumwa bwe kuri X yahise yandika ubundi buvuguruza ubu yanditse mbere, ndetse anasaba imbabazi kubera gutangaza ibinyoma. Kuri ubu, inkuru dukesha Igihe ivuga ko idini KABANDA Julliene yashinze rya Grace room ryamaze gufungwa n’ikigo cya RGB….

Soma inkuru yose

Indege yari ikongowe n’umuriro kubera uburangare bw’umupilote

Abagenzi basaga 334 n’abandi bakozi b’indege 13 bari bateze indege ya Boeing 777 jet ni bo bari bahiriye mu ndege yarifashwe n’inkongi y’umuriro. Iyi ndege yari igiye guhagurukira mu Bwongereza ku kibuga cya Gatwick. Iyi mpanuka yari itewe n’amakosa y’umupilot, aho uyu mupilot yananiwe gutandukanya ibuto y’ubumoso n’uburyo. Raporo yatanzwe na Air accident Investigation Branch…

Soma inkuru yose

Ibrahim Traore yitabiriye ibirori byo kwizihiza imyaka 80, Uburusiya butsinze intambara ya 2 y’isi

Kuri uyu wa 9 Gicurasi 2025, mu mbuga nini yo mu mujyi wa Moscow mu Burusiya hari kuba ibirori byo kwizihiza umunsi ingabo za Leta Zunze Ubumwe z’Abasoviyete zatsinze iz’Abanazi mu Ntambara ya Kabiri y’Isi. Mu iyi mbuga, hari kuba akarasisi karyoheye ijisho kagizwe n’abasirikare, ibifaru na misile. Amabendera ndetse n’amafoto y’abasirikare barwanye uru rugamba…

Soma inkuru yose