Amerika yagabye ibitero kuri Iran

Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatangaje ko yagabye ibitero kuri Iran, igamije kuburizamo umugambi w’iki gihugu wo gukora intwaro za nucléaire. Ni ibitero byagabwe mu rukerera rwo kuri iki Cyumweru tariki 22 Kamena 2025. Perezida Donald Trump wa Amerika yavuze ko ibi bitero byagabwe ahantu hatatu (Natanz, Esfahan na Fordow) hakorerwaga intwaro za nucléaire. Yashimangiye…

Soma inkuru yose

Sobanukirwa ibyerekeye amadarobindi y’ubwenge buhangano AI Meta yakoze

Ikigo Meta kiritegura gushyira ku isoko amadarubindi mashya y’ubwenge buhangano (smart glasses) ku bufatanye n’isosiyete Oakley, yiswe Oakley Meta HSTN. Aya madarubindi azatangira gutumizwa kuva ku itariki ya 11 Nyakanga 2025, agurishwa ku giciro cya $499. Uretse Oakley Meta HSTN, hari n’andi madarubindi ya Oakley azaba afite ikoranabuhanga rya Meta, azagera ku isoko mu gihe…

Soma inkuru yose

Umubano w’u Rwanda n’u Burundi waganiriweho hagati y’Abayobozi mu nzego nkuru z’Ibihugu byombi

Perezida wa Sena y’u Burundi, Hon. Sinzohagera Emmanuel yagiriye uruzinduko mu Rwanda, yakirwa na mugenzi we Perezida wa Sena, Dr François Xavier Kalinda banagirana ibiganiro ku ruhare rw’izi nzego bayobora mu gutsimbataza umubano w’Ibihugu byombi. Amakuru dukesha Sena y’u Burundi, avuga ko Perezida wayo, yakirwe na mugenzi we w’u Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu…

Soma inkuru yose

Nyanza: Umugabo yatwitse umwana we kubera gukora mu nkono

Umugabo w’imyaka 44 y’amavuko wo mu Murenge wa Kibirizi mu Karere ka Nyanza, ukurikiranyweho gutwika umwana we w’imyaka itanu akoresheje umuhoro yabanje gushyushya, yemera icyaha, akavuga ko yamuhoye gukora mu nkono y’ibishyimbo bari batetse. Uyu mugabo ubu ukurikiranywe n’Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Huye, akekwaho gukora iki cyaha tariki 05 Kamena 2025 agikoreye iwe mu…

Soma inkuru yose

Umuryango FPR wasinyanye amasezerano n’Ishyaka Communist Party of China

Umuryango FPR Inkotanyi wasinyanye amasezerano mashya n’Ishyaka Communist Party of China riri ku butegetsi mu Bushinwa, agamije kongera imbaraga mu mikoranire nyuma y’imyaka 20 impande zombi zifitanye umubano mwiza. Ayo masezerano yashyizweho umukono ku wa Gatanu tariki ya 20 Kamena 2025, impande zombi zemeranyije gufatanya no gusangira ubumenyi mu byo kubungabunga ingoro ndangamuco n’amateka n’andi…

Soma inkuru yose

Ubwenge buhangano AI, bugiye kwigishwa mu mashuri yisumbuye

Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC), iratangaza ko mu rwego rwo gushyigikira ubumenyi bufite ireme, mu mashuri yisumbuye n’ayigisha imyuga n’ubumenyi ngiro, hagiye gutangizwa kwiga amasomo ajyanye no gukoresha ubwenge buhangano (AI). Minisitiri w’Uburezi Joseph Nsengimana, yabitangarije mu kiganiro kigamije gusobanura uko uburezi bw’amashuri yisumbuye mu byiciro byombi buhagaze, n’icyakorwa ngo burusheho gutezwa imbere, aho yagaragaje ko ikoranabuhanga…

Soma inkuru yose

Samuel Eto’o yongeye gujya mu mazi abira

Umuyobozi w’Ishyirahamwe rya Ruhago muri Cameroon, Samuel Eto’o, ashobora guhagarikwa imyaka itanu mu mupira w’amaguru kubera gukoresha umutungo nabi wa FECAFOOT, ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ayoboye. Uyu mugabo muwo yari yafatiwe ibihano n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), ashinjwa ibyaha bijyanye no gutega ndetse na ruswa yakoze mu bihe bitandukanye. Samuel Eto’o yaje kujurira mu rukiko…

Soma inkuru yose

Isuzuma rya MINEDUC ryashimangiye ko abanyeshuri batsindwa Icyongereza

Ishusho rusange y’Uburezi mu mashuri yisumbuye yagaragajwe na Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yerekanye ko ku rwego rw’Igihugu mu Cyiciro Rusange (O’Level), mu masomo atatu y’ingenzi bareberaho imitsindire y’abanyeshuri; abatsinda Icyongereza bari ku kigero cya 47%, Imibare bari kuri 64% mu gihe Siyansi bari kuri 66%. Ishusho yamuritswe kuri uyu wa Gatanu tariki ya 20 Kamena 2025,…

Soma inkuru yose

Umuhanzi Yago ntameranye neza n’umugore we nyuma yo kwibaruka imfura yabo

Umuhanzi akaba n’umunyamakuru, Yago Pon Dat n’umugore we Teta Christa batumye benshi bibaza ku mubano wabo nyuma y’ibyo bakoze bigaragaza ko ushobora kuba wajemo agatotsi. Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane, nibwo hatangiye gukwirakwira inkuru ku mbuga nkoranyambaga aho byavugwaga ko Yago Pon Dat n’umugore we basanzwe babana muri Uganda baba batameranye neza. Ni…

Soma inkuru yose

Rayon Sport igiye kugarura Bakame nk’umunyezamu

Ndayishimiye Eric ‘Bakame’ wabaye umunyezamu ukomeye muri Rayon Sports, yongeye kuyisubiramo nk’umutoza w’abanyezamu mu mwaka utaha w’imikino wa 2025/26. Rayon Sports FC ikomeje kwiyubaka igerageza kureba uko izitwara neza mu mwaka utaha mu marushanwa y’imbere mu gihugu ndetse na CAF Confederation Cup. Muri iyi myiteguro harimo no gusinyisha abatoza bashya, aho nyuma ya Afahmia Lotfi…

Soma inkuru yose

“Umwana akina n’ibere rya Nyina ntakina akora mu bwanwa bwa se” Umugore wa TomClose yarakaye

Niyonshuti Ange Tricia, yagaragaje ko yababajwe bikomeye n’umunyamakuru Ngabo Roben wavuze ko Muyombo Thomas uzwi nka Tom Close ari we muhanzi wakabirijwe kurusha abandi mu mateka y’umuziki nyarwanda, kuva mu myaka 30 ishize. Tricia yanditse ubu butumwa kuri uyu wa Kane tariki 19 Kamena 2025, nyuma y’ikiganiro cyakozwe na Chitta agaragaza ko ntawe ukwiye guhakana…

Soma inkuru yose

Whatsapp igiye gukora impinduka zikomeye

Umuyobozi w’ikigo Meta, Mark Zuckerberg yatangaje ko iki kigo cya Whatsapp kigiye gushyiraho uburyo bwo kwinjiriza amafaranga abakoresha uru rubuga rwa Whatsapp. Ibi yabitangaje ku wa 16-06-2025. Abinyujije mu butumwa yashyize kuri Whatsapp channel ye, ikurukiranwa n’abasaga billion, yagize ati: “Turimwigerageza ryo gutangira gahunda nshya, iyi gahunda izafasha abafite Whatsapp channel kubona amafaranga binyuze mu…

Soma inkuru yose

Minisitiri weguye muri Guverinoma ya Congo yabyegetse ku Rwanda

Constant Mutamba weguye ku mwanya wa Minisitiri w’Ubutabera muri Repubuklika Iharanira Demokarasi ya Congo kubera ibyaha byo kunyereza amafaranga ya Leta akurikiranyweho, yavuze ko kujyanwa mu bucamanza kwe ari umugambi wacuriwe i Kigali mu Rwanda. Constant Mutamba watanze ubwegure bwe hirya y’ejo hashize tariki 17 Kamena 2025, nyuma yuko atangiye gukurikiranwa n’Ubushinjacyaha bw’Urukiko rusesa Imanza…

Soma inkuru yose

Amateka ya Fireman na Tuff Gang

Ni ikimenyabose mu njyana ya Rap mu Rwanda! Mama we yitabye Imana arimo kumubyara! Yakinnye Karate kugera mu ikipe y’igihugu ya batarengeje imyaka 15. Reka turebere hamwe amateka y’umuraperi Fireman. Mu busanzwe amazina yiswe na babyeyi ni Uwimana Francis Yvan Rashid Ronald, yabonye izuba ku wa Gatatu Tariki ya 4/1/1989. Fireman yavukiye I Kigali mu…

Soma inkuru yose

Musanze: Umumotari utwara moto anahetse umwana ashobora gukurikiranwa na polisi

Polisi y’u Rwanda yavuze ko umumotari wagaragaye atwaye moto anahetse umwana mu mugongo yakoze ibitemewe, ndetse ko uru rwego rwatangiye kubimubazaho. Ni nyuma yuko ku mbuga nkoranyambaga hagaragaye amashusho y’umumotari utwaye moto mu mujyi wa Musanze mu Karere ka Musanze, anahetse umwana mu mpetso mu mugongo. Ni amashusho yazamuye impaka nyinshi, bamwe bibaza kuri uyu…

Soma inkuru yose

Uko Ikoranabuhanga Riri Guhindura Ubuhinzi mu Rwanda

Ubuhinzi n’ ingenzi mu bukungu bw’u Rwanda, kuko rutunze benshi mu baturage, cyane cyane abatuye mu byaro. Mu myaka ishize, ikoranabuhanga ryatangiye kugera mu buhinzi, rikaba rifasha mu gukemura ibibazo byabaye karande no guteza imbere umusaruro. Ikoranabuhanga ryahinduye uburyo bwo gukora ubuhinzi mu buryo butandukanye, ryongereye umusaruro, rigabanya ibihombo, kandi rinafasha abahinzi kubona amasoko. Tugiye…

Soma inkuru yose

U Rwanda na RDC byemeranyije ku ngingo zigize amasezerano y’amahoro

Itsinda rya tekiniki ry’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byemeranyije ku ngingo ngari zigize amasezerano y’amahoro hagati y’ibihugu byombi, nyuma y’iminsi hari ibiganiro byaberaga muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ku wa 18 Kamena ni bwo Ibiro bishinzwe Ububanyi n’Amahanga muri Amerika byatangaje ko impande zombi zemeranyije ibikubiye mu masezerano agomba kuzashyirwaho umukono…

Soma inkuru yose