Regulatory Passporting: Impinduka Nshya mu Ikoranabuhanga ry’Imari (Fintech)

Mu myaka ya vuba, isi iri kwihuta mu ikoreshwa ry’ikoranabuhanga mu by’imari (Fintech). Ubu buryo buri guhindura cyane uko abantu babitsa, bohereza, bakira ndetse banashora amafaranga. Muri uru rwego, igitekerezo kiri kuvugwa cyane ni Regulatory Passporting, gifatwa nk’intambwe ikomeye mu koroshya ubucuruzi bwambukiranya imipaka. Regulatory Passporting Ni Iki? Regulatory Passporting ni uburyo amategeko y’ibihugu cyangwa…

Soma inkuru yose

Netflix yashyize hanze porogaramu nshya “Netflix Playground” igenewe abana bato

Sosiyete itanga serivisi zo kureba filime n’ibiganiro kuri internet, Netflix, yatangaje ko yashyize hanze porogaramu nshya yitwa Netflix Playground, igamije gufasha abana bato kwidagadura binyuze mu mikino y’ikoranabuhanga. Iyi porogaramu yateguriwe by’umwihariko abana bafite imyaka umunani (8) n’abari munsi yayo. Igaragaza umwihariko wo gushyira imbere: Icyo itandukaniyeho n’izindi porogaramu Netflix Playground ije nk’igisubizo ku babyeyi…

Soma inkuru yose

Amazon iri mu biganiro byo kugura sosiyete y’itumanaho ryo mu kirere (Globalstar)

Ikigo Amazon cyongeye kuvugwa mu biganiro byo kugura sosiyete Globalstar ikora ibikorwa by’itumanaho rinyuze mu byogajuru. iyi sosiyete isanzwe ishyigikiwe n’ikigo kitwa Apple. Nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru Financial Times, impande zombi zimaze igihe kinini mu biganiro bigamije kureba niba aya masezerano ashobora kugerwaho. Nubwo bimeze bityo, haracyari impungenge ko ibyo biganiro bishobora guhindura icyerekezo cyangwa bikarangira…

Soma inkuru yose

U Bugereki bwafashe icyemezo cyo gukumira abana bari munsi y’imyaka 15 ku mbuga nkoranyambaga

Guverinoma y’u Bugereki yatangaje gahunda nshya igamije kurinda abana bato ingaruka ziterwa no gukoresha imbuga nkoranyambaga, aho guhera tariki ya 1 Mutarama 2027 abana bose bari munsi y’imyaka 15 bazaba babujijwe kuzikoresha. Iyi gahunda iri mu mushinga w’itegeko riteganyijwe gutorwa n’Inteko Ishinga Amategeko y’iki gihugu, rikaba rifite intego nyamukuru yo kurwanya ibibazo bigenda byiyongera byibasira…

Soma inkuru yose

Sobanukirwa iby’ihangana rikomeye hagati ya Watsapp n’izindi mbuga nkoranyambaga

Mu myaka ya vuba ishize ndetse kugeza n’uyu munsi, urubuga rwa WhatsApp rwabaye kimwe mu bikoresho by’itumanaho bikunzwe cyane ku isi. Rwatangiye nk’uburyo bworoshye bwo kohereza ubutumwa bugufi, ariko uko imyaka yagiye ishira, rwagiye rwiyongera mu mikorere kugeza ubwo ruba igikoresho gikomeye gikoreshwa n’abantu babarirwa muri miliyari. Ariko uko WhatsApp yagiye itera imbere, ni ko…

Soma inkuru yose

Uburyo bwizewe bwagufasha guhaha wifashishije ikoranabuhanga

Ikoranabuhanga rimaze guhindura ubuzima bwa buri munsi, rihindura uburyo abantu baganira, bakora, biga ndetse banahahirana. Muri iki gihe, abantu benshi bagura imyenda, ibikoresho byo mu rugo, telefoni, ibiribwa n’ibindi banyuze kuri internet bakoresheje telefoni cyangwa mudasobwa, bigatuma batagomba kujya ku isoko cyangwa mu maduka kure. Nubwo guhaha hifashishijwe murandasi (internet) byoroshye kandi byihuse, bifite n’ingaruka…

Soma inkuru yose

Ubucuruzi bwo kuri Murandasi (E-commerce) Bukomeje Guhindura Isi

Ubucuruzi bwo kuri murandasi buzwi nka E-commerce bwazamutse ku rwego rudasanzwe, buhindura uburyo abantu bagura n’uko amasoko akora. Uyu munsi, umuntu ashobora kugura igicuruzwa ari mu rugo, akishyura hakoreshejwe ikoranabuhanga, kandi akakigezwaho mu gihe gito. E-commerce ishingiye ku ikoreshwa rya interineti mu kugurisha no kugura ibicuruzwa n serivisi. Imbuga n’amaporogaramu byifashishwa muri ubu bucuruzi byatumye…

Soma inkuru yose

Ibintu 5 utari uzi ugomba kwirinda bishobora kwangiza telefone yawe n’uburyo bwo kubyirinda

Muri iki gihe ikoranabuhanga rimaze gufata indi ntera, aho telefone ngendanwa zabaye igikoresho cy’ingenzi mu buzima bwa buri munsi. Tuzikoresha: mu itumanaho, kwiga, gukora ubucuruzi n’ibindi byinshi cyane. Nyamara, nubwo ari ingenzi gutyo, hari imyitwarire myinshi ikunze kugaragara mu ikoreshwa ryazo ituma zangirika vuba cyangwa zikabura ubudahangarwa, ari nayo mpamvu muri iyi nyandiko naguteguriye ibintu…

Soma inkuru yose

Iterambere rya Mobile Money mu Ikoranabuhanga

Muri iki gihe isi iri kugenda itera imbere cyane mu ikoranabuhanga, uburyo bwo gukoresha amafaranga nabwo bwarahindutse ku buryo bugaragara. Mobile Money n’ubwishyu bwa digital biri mu byagize uruhare runini mu koroshya ubuzima bw’abantu, cyane cyane mu bihugu byo muri Afurika birimo n’u Rwanda. Ubu umuntu ashobora kohereza, kwakira no kubika amafaranga akoresheje telefone igendanwa,…

Soma inkuru yose

Dr Habumuremyi ashimangira ko urubyiruko rugomba guhanga udushya mu ikoranabuhanga mu guteza imbere u Rwanda

Dr Habumuremyi Pierre Damien, wahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda kandi ubu uri akaba ari mu bagize Urwego Ngishwanama rw’Inararibonye (REAF), yavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda ndetse na Afurika muri rusange rufite amahirwe akomeye yo guteza imbere igihugu binyuze mu ikoranabuhanga ririmo ubwenge buhangano (AI). Yabigarutseho mu gikorwa cyiswe “Tech Forward Live”, cyateguwe na kaminuza…

Soma inkuru yose

Uburyo 7 bwo kurinda abana mu gihe bakoresha Ikoranabuhanga

Mu gihe abana bakoresha ikoranabuhanga, baba bari mu kaga k’ihungabana rishobora guterwa n’iterabwoba ryo kuri murandasi, ihohoterwa, cyangwa kubona amakuru atabateganyirijwe. Nk’abarezi cyangwa ababyeyi, kugira ubumenyi buhagije ku byo abana bakorera ku ikoranabuhanga ni ingenzi kugira ngo barinde umutekano wabo. Dore uburyo 7 bw’ingenzi bwo kurinda abana igihe bakoresha ikoranabuhanga: 1. Shyiraho Imbuga Zigenwe Abana…

Soma inkuru yose

OpenAI yahagaritse Adult Mode muri Porogaramu ya ChatGPT

Ikigo gikora ikoranabuhanga rya ChatGPT, OpenAI, cyafashe icyemezo cyo guhagarika by’agateganyo gahunda ikora mu buryo bwiswe “Adult Mode” cyangwa “Erotic mode” muri ChatGPT. Ubu buryo bwari bugenewe abantu bakuze gusa, bukemerera ibiganiro birimo ibintu by’abantu bakuru byari bisanzwe bibujijwe muri ChatGPT. Iyi gahunda yari yatangiye kuvugwa mu 2025, aho ubuyobozi bwa OpenAI bwavugaga ko bushaka…

Soma inkuru yose

Meta irimo gukoresha AI mu kunoza umutekano n’isuzuma ry’ibicuruzwa byayo

Isosiyete mpuzamahanga y’ikoranabuhanga (Meta) irimo kwifashisha ubwenge buhangano (AI) mu rwego rwo gufasha bimwe mu bikorwa bigamije kubaka ibicuruzwa na serivisi bifite umutekano mwinshi, nk’uko iyi sosiyete yabivuze mu nyandiko yasohotse ku wa Kabiri (31 Werurwe 2026). Porogaramu yabo yitwa Risk Review ikoresha AI ibasha kubafasha kumenya ibyago bishobora kubaho hakiri kare, gushyiraho ingamba zo…

Soma inkuru yose

Uruhare rwa 5G mu Guteza Imbere Itumanaho Ryihuta

Icya mbere, 5G izwi cyane ku muvuduko wayo. Ifasha kohereza no kwakira amakuru mu gihe gito cyane (high speed). Urugero, gukuramo (download) filimi cyangwa video bishobora gufata amasegonda make cyane ugereranyije n’iminota byafata kuri 4G. Ibi bituma ikoreshwa rya internet riba ryiza kandi ryihuse. Mu isi ya none, ikoranabuhanga rikomeje gutera imbere ku muvuduko udasanzwe,…

Soma inkuru yose

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo Yerekana Ubufatanye n’Ibigo Byigenga mu Guhanga Imirimo Binyuze mu Ikoranabuhanga

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA) yagaragaje ubushake bwo gukorana n’ibigo byigenga bifite ubushobozi bwo guhanga imirimo, by’umwihariko binyuze mu ikoranabuhanga rihuza abashaka akazi n’abatanga akazi. Ubu bufatanye bugamije guhangana n’ikibazo cy’ubushomeri, koroshya kubona akazi, ndetse no gufasha abakozi kubona amahirwe akwiye kandi mu buryo bwihuse. Uyu murongo w’akazi wagarutsweho na Musonera Abdou, Umuyobozi ushinzwe…

Soma inkuru yose

Bamwe mu rubyiruko rukorera ku mbuga nkoranyambaga bavuga ko ari inzira iganisha ku iterambere

Urubyiruko rurenga 1,000 rukoresha umuyoboro nka YouTube n’izindi mbuga nkoranyambaga, rwibumbiye mu itsinda ryitwa: Smart250 Academy, rutangaza ko rufata imbuga nkoranyambaga nk’inzira ikomeye izarufasha kugera ku iterambere no ku nzozi zarwo z’ahazaza. Aba basore n’inkumi bavuga ko nubwo imbuga nkoranyambaga zikunze kuvugwaho byinshi, bo bahisemo kuzibyaza umusaruro mu buryo bwiza, birinda kuzikoresha mu buryo bwangiza…

Soma inkuru yose

Kim Kardashian yagaragaje uko gukoresha ChatGPT byamugizeho ingaruka mu masomo y’amategeko

Umunyamideri w’icyamamare Kim Kardashian aherutse gutangaza ko gukoresha ikoranabuhanga rya ChatGPT mu masomo ye y’amategeko bitamugiriye akamaro nk’uko yabitekerezaga, ahubwo byatumye atsindwa ibizamini inshuro nyinshi. Ibi yabitangaje mu kiganiro yagiranye na Teyana Taylor mu gice cya Vanity Fair Lie Detector Test, aho yabajijwe niba akoresha ChatGPT mu kwiga amategeko. Mu gusubiza, Kardashian yavuze ko ayifashisha…

Soma inkuru yose

Inama 5 z’Ingenzi zo Kurinda Umutekano wawe kuri WhatsApp

Mu gihe WhatsApp ikoreshwa n’abantu benshi ku isi yose, buri munsi abantu bagirana ibiganiro, bagasangira amafoto, amashusho, n’amakuru yihariye cyangwa y’ibanga. Ni yo mpamvu umutekano w’iyi porogaramu ari ingenzi cyane. Abagizi ba nabi ku ikoranabuhanga bakunze kugerageza kwinjirira konti z’abantu kugira ngo babone amakuru yihariye cyangwa bagire ibyo babikoresha nabi. Kugira ngo wirinde iyi myitwarire,…

Soma inkuru yose

Uruhare rw’Ikoranabuhanga mu Iterambere ry’Ubuzima bwa Muntu

Mu myaka ya vuba, ikoranabuhanga rikomeje guhindura ubuzima bw’abantu ku buryo bugaragara mu nzego zitandukanye zirimo uburezi, ubucuruzi, ubuvuzi, itumanaho n’imiyoborere. Ikoranabuhanga ntirikiri ikintu cyifashishwa n’ibihugu bikize gusa, ahubwo ryageze no mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere aho rifasha abaturage kubona serivisi byihuse kandi ku giciro gito. Ikoranabuhanga mu itumanaho ni imwe mu nzego zateye…

Soma inkuru yose

Mu buyapani hakozwe imashini nshya ikarabya umuntu mu minota 15 gusa

Mu isi yihuta aho buri munota ufite agaciro, abantu barushaho gushaka uburyo bwo gukora ibintu vuba kandi neza, harimo no kwita ku isuku yabo. Ubuyapani, igihugu kizwi ku udushya n’ikoranabuhanga rihanitse, cyongeye kugaragaza ubushobozi buhambaye mu guhanga igikoresho gishya gishobora guhindura burundu uburyo abantu basukura imibiri yabo. Iyo mashini yiswe Mirai Ningen Sentakuki, yakozwe na…

Soma inkuru yose

Ibigo by’itumanaho muri Afurika bigiye kuzana telefone zigezweho ku giciro cyo hasi mu bihugu birimo n’u Rwanda

Ibigo bitandukanye by’itumanaho bikorera muri Afurika byatangaje gahunda nshya igamije gufasha abaturage batunze make kubona telefone zigezweho, izo telefone zikaba zigomba kugurwa ku giciro kitarenze Amadolari 40 (hafi Frw 58.183). Iyi gahunda izatangirwa mu bihugu bitandatu bya Afurika, birimo u Rwanda, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Ethiopia, Nigeria, Tanzania, na Uganda, hagamijwe gukemura ikibazo cy’abantu…

Soma inkuru yose

Digital Trust Seal: Ikirango cyongera icyizere ku bakorera ubucuruzi kuri internet

Mu gihe ubucuruzi n’itangwa rya serivisi bikorwa hifashishijwe internet bikomeje kwiyongera mu Rwanda no ku isi, icyizere n’umutekano w’amakuru bikomeje kuba ingenzi. Ni muri urwo rwego hashyizweho ikirango cya Digital Trust Seal, gihabwa ibigo byujuje ibisabwa mu mutekano n’ubuziranenge bw’ikoranabuhanga bakoresha.Inkuru nyamukuru Digital Trust Seal ni iki ? Digital Trust Seal ni ikirango mpuzamahanga gihabwa…

Soma inkuru yose

Ibihugu 9 bya Afurika byahagaritse ikoreshwa rya ChatGPT n’ubwenge buhangano

Ikoranabuhanga rya ChatGPT, ryakozwe na OpenAI, rikomeje kuba ihurizo ku isi yose, rihangayikisha abategetsi, abanyamategeko, abashakashatsi n’abakoresha internet. Ku mugabane wa Afurika, hari ibihugu byafashe icyemezo cyo guhagarika ikoreshwa ry’iri koranabuhanga ry’ubwenge buhangano (AI), ibintu byateje impaka ku birebana n’ubwisanzure bwo kurikoresha, uburyo bwo kurigenzura, ndetse n’ubushobozi bwa Afurika bwo kwinjira mu isoko ry’udushya tw’ikoranabuhanga….

Soma inkuru yose

Apple iri gutegura Siri nshya izajya ikoresha ubwenge buhangano

Ikigo cy’ikoranabuhanga cya Apple kiri gutegura gushyira ahagaragara verisiyo nshya ya Siri izakora nk’umufasha ukoresha ubwenge buhangano (Artificial Intelligence). Iyi verisiyo nshya izatuma Siri ishobora kuganira n’abayikoresha mu buryo busa n’ikiganiro gisanzwe, ikoresheje ijwi cyangwa inyandiko. Biteganyijwe ko Apple izerekana Siri nshya ku wa 8 Kamena mu nama mpuzamahanga y’abakora porogaramu ya Apple izwi nka…

Soma inkuru yose

U Rwanda rwiyemeje kuba igicumbi cya AI muri Afurika

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko igiye gutangira gushyira mu bikorwa imishinga itandukanye igamije guteza imbere ikoranabuhanga ry’ubwenge muntu buhangano (AI), hagamijwe guhindura u Rwanda igicumbi cy’iri koranabuhanga muri Afurika, cyane cyane mu nzego z’ubuzima, uburezi n’ubuhinzi. Ibi bikorwa bizashyigikirwa n’inkunga itangwa n’umuryangoBill & Melinda Gates Foundationwatangaje ko uzafasha muri iyi gahunda igamije guteza imbere ikoreshwa…

Soma inkuru yose

Banki Nkuru zo muri Afurika zahuriye i Kigali ziga ku hazaza h’ifaranga n’uburyo bwo kwishyurana hakoreshejwe ikoranabuhanga

I Kigali habereye inama ihuje abayobozi ba Banki Nkuru z’ibihugu byo muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara, igamije kuganira ku buryo bwo kunoza uburyo bwo kwishyurana hagati y’ibihugu hifashishijwe ikoranabuhanga ndetse no kongera ubufatanye mu rwego rw’imari. Iyi nama yateguwe ku bufatanye na International Monetary Fund (IMF), ihuriza hamwe abayobozi ba za Banki Nkuru…

Soma inkuru yose

Inkuru ya Eugene Torres Yerekana Ingaruka Zo Kwishingikiriza Kuri ChatGPT

Umugabo yahishuye inkuru itangaje kandi iteye agahinda aho yavuze ko ChatGPT yigeze kumushuka ngo ashobora kuguruka aramutse asimbutse ku nyubako y’amagorofa 19 nyuma yo gutandukana n’umukunzi we.Ikoranabuhanga rya Artificial Intelligence (AI) ririmo kwifashishwa n’abantu babarwa muri za miliyoni ku isi hose mu bikorwa byabo bya buri munsi nko gukora emails, gutegura ingendo, gusuzuma inyandiko no…

Soma inkuru yose
Basketball

Basketball: Henriette Uwimpuhwe yerekeje muri REG WBBC

Ikipe ya REG WBBC ikomeje kwitegura Shampiyona y’u Rwanda muri Basketball yaguze Henriette Uwimpuhwe wakiniraga Kepler WBBC asinya amasezerano y’imyaka ibiri. Uyu mukinnyi w’imyaka 26 yari amaze imyaka ibiri muri Kepler WBBC, mu mwaka ushize w’imikino yayifashije gusoza ku mwanya wa Kabiri muri Shampiyona ku nshuro ya mbere kuva yashingwa mu 2024. Uwimpuhwe uzwiho gutsinda…

Soma inkuru yose
perezida wa togo

Perezida wa Togo yatangiye uruzinduko mu Rwanda

Perezida wa Togo, Faure Essozimna Gnassingbé yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi. Ku kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali giherereye i Kanombe yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb Oliver Nduhungirehe. Perezida wa Togo Faure Gnassingbé yaherukaga mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda ku wa 18-19 Mutarama 2025, bigamije kurushaho kwimakaza umubano w’ibihugu byombi.  Urwo ruzinduko rwaranzwe…

Soma inkuru yose
Pom Pom

Melodie yahakanye ibyo kwishyura Diamond Miliyoni 70 Frw ngo bakorane ‘Pom Pom’

Bruce Melodie uri muri Tanzania mu ruzinduko rwo gukora umuziki we by’umwihariko kumenyekanisha indirimbo Pom Pom. Aheruka gukorana n’abarimo Diamond Platinumz uvuka muri icyo gihugu, yateye utwatsi amakuru amaze igihe avugwa ko hari amafaranga yishyuye uwo muhanzi kugira ngo bakorane bakorane iriya ndirimbo. Bruce Melodie yasubije ibyo ubwo yari mu kiganiro na Radio Clouds FM,…

Soma inkuru yose
Intambara

Inzobere mu ntambara zivuga ko gutwarwa upfutswe mu maso ari ibisanzwe

Iyi ni yo foto ya mbere ya Perezida wa Venezuela, Nicolás Maduro, yagaragaye ku mbuga nkoranyambaga nyuma y’igihe gito afashwe mu gitero cy’ingabo za Amerika. Ni ifoto itazava mu mitwe y’abatari bake bakurikiranye iby’iki gitero. Col (Rtd) Mark Cancian wabarizwaga mu gisirikare kirwanira mu mazi akaba yarahoze ari umujyanama mukuru mu bijyanye no kurwanya abahungabanya…

Soma inkuru yose
Abapolisi

Abapolisi babiri ba Kenya bafungiwe muri Tanzania

Abapolisi babiri ba Kenya n’Umushoferi bafunzwe n’inzego z’umutekano za Tanzania, ubwo bageragezaga gufata umuntu ukekwaho ibyaha, akaba yambutse umupaka wa Horohoro agahungira muri Tanzania bakinjira mu buryo bunyuranyije n’amategeko bamukiriye . Abo bapolisi bafashwe nyuma yo kwambuka umupaka Horohoro ubahuza na Tanzania wa ku wa 06 Mutarama 2026, aho bafashwe bakekwaho kwambuka umupaka binyuranyije n’amageko….

Soma inkuru yose
Somaliland

Israel igiye gufungura Ambasade muri Somaliland

Nyuma y’iminsi mike Israel itangaje ko yemeye Somaliland nk’igihugu, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wayo, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko rwa mbere muri Somaliland ndetse anatangaza ko bagiye kuhafungura ambasade mu minsi iri imbere. Leta ya Somalia isanzwe ifata Somaliland nk’intara yayo yahise yamagana urwo ruzinduko rwa Israel, ivuga ko ari ukwivanga mu bibazo by’imbere mu gihugu cyayo…

Soma inkuru yose
Abadepite

Abadepite bagaragaje impungenge ku gipimo cya alukoro cyemererwa abatwara ibinyabiziga

Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda bagaragaje impungenge ku ngingo iri mu mushinga w’itegeko rigenga imikoreshereze y’umuhanda. Iyo ngingo iteganya ko utwaye ikinyabiziga yemerewe kugira alukoro mu maraso, itarenze garama 0,80 kuri litiro imwe y’amaraso. Byongeye kandi, uwo mushinga uteganya ko icyo gipimo gishobora kugabanywa n’Iteka rya Minisitiri ufite gutwara abantu n’ibintu mu nshingano….

Soma inkuru yose
Inkingo za COVID 19 zishobora gutera umutima

Ubushakashatsi: Inkingo za mRNA zitera indwara z’umutima ku ngimbi no kubangavu

Ubushakashatsi  bwa Stanford Medicine bwerekanye uburyo inkingo  za COVID-19 zakozwe na mRNA zishobora gutera indwara y’umutima cyane cyane ku ngimbi n’abangavu. SOMA UBUSHAKASHATSI BWOSE HANO Abashakashatsi bwagaragaje ko hari ibintu bibiri bibaho  nyuma yo gutera vaccine. Icya mbere, utunyangingo tw’umubiri twitwa macrophages twohereza proteyine yitwa CXCL10. Iyi proteyine itera utundi tunyangingo twitwa T cells kurekura…

Soma inkuru yose
Zelensky

Ukraine: Perezida Zelensky yemeye amatora mu gihe kiri imbere

Perezida wa Ukraine  Volodymyry Zelensky, yavuze ko yasabye abayoboke b’ishyaka rye gutangira gutegura itegeko ryatuma igihugu gishobora gukora amatora nubwo bakiri mu ntambara n’u Burusiya. Amatora ya Perezida muri Ukraine yagombaga kuba yarabaye muri Gicurasi 2025, arasubikwa kubera ko iki gihugu cyari gisumbirijwe mu ntambara bahanganyemo n’u Burusiya. Ni ibintu byakomeje gukoma mu nkokora ibiganiro…

Soma inkuru yose
RDC

RDC: AFC/M23 Yemeje ko yamaze gufata umujyi wa Uvira

Ingabo za AFC/M23 zirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zaraye zinjiye mu Mujyi wa Uvira ku mugoroba wo ku wa Kabiri, Tariki 09 Ukuboza nta mirwano ihambaye ibayeho.‎‎Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, abinyujije ku rukuta rwe rwa X yatangaje ko bidasubirwaho Umujyi wa Uvira uri mu biganza bya AFC/M23.‎‎Nkuko Kanyuka akomeza abitangaza, avuga…

Soma inkuru yose

Ni ryari Umwana Akwiye Gutangira Gukoresha Smartphone?

https://mobile.igihe.com/ubuzima/article/ni-ku-myaka-ingahe-umwana-akwiye-gutangira-gukoresha-smartphoneIkibazo cy’ikoreshwa rya smartphone mu bana bato gikomeje gutera impungenge mu Rwanda. Abana benshi bakoresha imbuga nkoranyambaga bakabona ibirimo bidahuye n’imyaka yabo. Ibyo bishobora kubangiriza ubuzima bwo mu mutwe. Inzobere zivuga ko gukoresha smartphone hakiri kare bishobora gutera imyitwarire mibi n’agahinda gakabije. Impamvu Ikoresha rya Smartphones Riyobera Ababyeyi Abana baracyari bato ntibamenya gusobanura amakuru babona…

Soma inkuru yose

Amashimwe ni yose kuri Bamenya nyuma yo kwegukana irushwanwa rya Mashariki

Amashimwe ni yose kuri Benimana Ramadhan wamenyekanye cyane nka Bamenya, nyuma yo kwegukana igihembo cy’imodoka mu marushanwa ya Mashariki African Film Festival 2025,  ahigitse abarimo Aime Valens Tuyisenge wamenyekanye nka Boss Rukundo. Ni amatora yarangiye mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki 28 Ugushyingo 2025 ahagana saa tanu z’ijoro, aho hamenyekanye abakinnyi babiri bazahembwa imodoka z’agaciro…

Soma inkuru yose