ingabire victoire

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

Umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guteza imvururu muri rubanda, yafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30. Ni icyemezo cyatangajwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Nyakanga 2025, nyuma yuko ruburanishije urubanza ku ifungwa ry’agateganyo ruregwamo uyu munyapolitiki. Ingabire Victoire washinze ishyaha DALFA-Umurinzi ritemewe mu Rwanda, akurikuranyweho ibyaha birimo kurema…

Soma inkuru yose
SHEMA Fabrice muri FERWAFA

Shema Fabrice agiye kwiyamamariza kuyobora FERWAFA

Perezida wa AS Kigali, Shema Ngoga Fabrice, agiye gutanga kandidatire yo kuyobora Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA). Ibi byatangajwe n’iyi kipe y’Umujyi wa Kigali abereye Umuyobozi mu itangazo yashyize hanze kuri uyu wa Gatanu tariki ya tariki ya 18 Nyakanga 2025. Iyi kipe yavuze ko Shema Fabrice n’itsinda bazakorana bazatanga ku mugaragaro kandidatire zabo…

Soma inkuru yose

Nyagatare: Umurenge wa Karangazi wasoje umwiherero w’iminsi itatu, aho hahembwe abayobozi besheje imihigo 2024-2025

kuri uyu wa 13 Nyakanga 2025, mu murenge wa Karangazi wo mu karere ka Nyagatare, hasojwe umwiherero w’iminsi itatu wahurije hamwe abayobozi b’inzego z’ibanze n’abafatanyabikorwa batandukanye, hagamijwe kunoza imikorere no kongera imbaraga mu gukorera hamwe mu guteza imbere imibereho myiza y’abaturage. Uyu mwiherero wasojwe mu buryo bwihariye, aho abayobozi bagaragaje ubwitange n’ubunyamwuga mu nshingano bahawe…

Soma inkuru yose
Lamin Yamar

Lamine Yamal yashinjwe gutesha agaciro abafite ubumuga

Rutahizamu wa FC Barcelone, Lamine Yamal, yashinjwe gutesha agaciro abafite ubumuga, nyuma yo kwishyura abafite ubumuga bw’ubugufi ngo abifashishe yishimisha mu birori by’isabukuru ye. Ku Cyumweru, tariki ya 13 Nyakanga 2025, ni bwo Lamine Yamal yizihije isabukuru y’imyaka 18, atumira inshuti ze mu munsi mukuru wo kwishimira ibyo yagezeho. Mu kurushaho kunezerwa no kunezeza bagenzi…

Soma inkuru yose
Wema sepetu

Wema Sepetu yanyomoje ibihuha byavugaga ko yapfuye

Umunyamideri, Umukinnyi wa filime akaba na Nyampinga wa Tanzania ubitse ikamba rya 2006, Wema Sepetu yanyomoje ibihuha byazengurutse ku mbuga nkoranyambaga bivuga ko yitabye Imana avuga ko nubwo ntacyo bimutwaye ariko atari ibintu byiza. Ni amakuru yatangiye gucicikana ku mbuga nkoranyambaga ku mugoroba w’itariki 13 Nyakanga, aho bafashe ifoto ye bashyiraho urumuri rukunze gukoreshwa iyo…

Soma inkuru yose
Inkweto zishaje cyane ku Isi

Ni zo nkweto zifite imyaka myinshi-Menya byinshi kuri izi nkweto

Abashakashatsi bo mu Bwongereza bataburuye urukweto rufite imyaka 2,000, aba bashakashatsi bagaragaje ko uru ari rwo rukweto runini cyane ku Isi-Ni urukweto rwataburuwe mu mbuga yo muri Roma. Aba bashakashatsi babwiye ikinyamakuru AFP ko bagiye gukora ubushakashatsi bwimbitse. Izo nkweto zifite uburebure burenga sentimetero 30, izo nkweto zataburuwe n’itsinda ry’abashakisha ibisigaratongo bo muri Vindolanda Charity…

Soma inkuru yose

Perezida wa Botswana Duma Boko yahigiye guhura na Donald Trump

Perezida wa Botswana, Gideon Duma Boko, yatangaje ko afite umugambi wo guhura na Donald Trump, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, kugira ngo baganire ku bucuruzi n’imisoro hagati y’ibihugu byombi. Ibi yabivuze mu kiganiro n’abanyamakuru, aho yasobanuye amahirwe igihugu cye gifite mu bijyanye n’ishoramari. Yagarutse ku ruzinduko yagiriye i Washington muri Werurwe 2025, aho…

Soma inkuru yose
KAZUNGU Denis

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Urukiko Rukuru rwatesheje agaciro ubujurire bwa Kazungu Denis wari wajuririye icyemezo yafatiwe cyo gufungwa burundu nyuma yo guhamywa ibyaha birimo ibishingiye ku bantu barenga 10 babonetse bashyinguye mu cyobo yari yaracukuye aho yari acumbitse, rutegeka ko igihano yahanishijwe kigumaho. Ni icyemezo cyatangajwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 11 Nyakanga 2025, nyuma yuko…

Soma inkuru yose

Nyagatare barishimira ibikorwa remezo begerejwe

Abatuye mu karere ka Nyagatare bagaragaje ibyishimo ubwo batahaga amavuriro yuzuye ndetse n’utugari twatashwe. Aha ni mu murenge wa Gatunda ahari ivuriro rimaze iminsi micye ryuzuye rikaba ryaratangiye gufasha abatuye muri uyu murenge bamwe mu bo twahasanze bagaragaza akanyamuneza nyuma yo kuba batakigorwa no kubona serivise z’ubuvuzi bitabasabye kujya kwivuriza kure. Uyu yitwa Turamyimana Ellena…

Soma inkuru yose
HEC Inguzanyo

HEC iri gutanga inguzanyo ku bantu mwifuza gukomeza amashuri

ITANGAZO RIREBA ABIFUZA GUSABA INGUZANYO YO KWIGA MU ISHURI RIKURU RYIGISHA UBUMENYINGIRO N’IKORANABUHANGA (RWANDA POLYTECHNIC), MU MWAKA W’AMASHURI 2025. Ubuyobozi bw’ ikigo gishinzwe amashuri makuru mu Rwanda (Higher Education Council) buramenyesha abanyarwanda barangije umwaka wa gatandatu w’amashuri yisumbuye muri 2024 bakaba bifuza gusaba inguzanyo yo gutangira kwiga umwaka wa mbere mu ishuri rikuru ryigisha ubumenyingiro…

Soma inkuru yose
Indirimbo ya QD

QD yasohoye indirimbo ayita Bruce Melodie

SHEMA wamamaye nka QD mu muziki Nyarwanda yamaze gushyira hanze indirimbo yise Bruce Melodie. Uyu muhanzi wamenyekanye mu ndirimbo Teta, abinyujije ku rukuta rwe rwa instagram aherutse gutangaza ko azashyira hanze indirimbo yitwa Bruce Melodie, ibi byatangaje abasanzwe bakurikira uyu Muhanzi arina ko amatsiko akomeza kwiyongera. Uyu musni ku wa 09-07-2025, uyu muhanzi yamaze amatsiko…

Soma inkuru yose
Nanga wa 23

IFOTO: Corneille Nangaa ukuriye AFC/M23 yahawe umugisha na Musenyeri

Corneille Nangaa, Umuhuzabikorwa w’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi buriho muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yitabiriye ibikorwa bya Kiliziya Gatulika i Goma, anahabwa umugisha na bamwe mu Basenyeri muri Kiliziya Gatulika, barimo Musenyeri wa Lubumbashi, Fulgence Muteba. Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 09 Nyakanga 2025 mu Mujyi wa Goma, umaze amezi atandatu…

Soma inkuru yose
Korea

Koreya y’Epfo igiye guha abaturage bayo amafaranga y’ubuntu

Ubuyobozi bwa Koreya y’Epfo bwatangaje ko bugiye guha abaturage bose b’icyo gihugu amafaranga y’ubuntu, agamije gufasha mu kuzamura ubukungu binyuze mu kongerera abaturage ubushobozi bwo kugura ibintu bitandukanye. Ni gahunda yagenewe ingengo y’imari yihariye ya miliyari 23,3 z’Amadolari. Yemejwe n’Inteko Ishinga Amategeko ya Koreya y’Epfo ku wa 4 Nyakanga 2025. Guha ayo mafaranga abaturage bizakorwa…

Soma inkuru yose
DRC-CONGO

Congo yitabaje abacanshuro b’Abanya-Colombia mu guhangana na M23

Abacanshuro baturutse muri Colombia bakorana na Blackwater y’Abanyamerika bageze muri Congo, aho bo na FARDC bahawe misiyo yo kwigarurira imijyi ya Goma na Bukavu. Abo bacanshuro hamwe n’ingabo za FARDC ku munsi w’ejo hashize bafashijwe n’indege kuva i Kisangani n’i Kindu berekeza i Kalemie mu Ntara ya Tanganyika. Ubwo bageraga ku cyambu mpuzamahanga cya Kalemie,…

Soma inkuru yose
HE KAGAME Paul

Abashakaga gutera u Rwanda bavuye muri Congo bose bari gushira – Kagame

Perezida Paul Kagame yabwiye abari mu gitaramo cyo Kwibohora ko buri wese afite inshingano kugira ngo ibyabaye mu Rwanda bitazongera kurubamo ikindi gihe, yanahaye gasopo abatekereza guhungabanya umutekano w’u Rwanda. Ijambo rye ryamaze iminota 35, Perezida Paul Kagame yavuze ko ashimira buri wese mu bari hariya uruhare yagize mu nzira y’igikorwa cyo kwibohora no kubohora…

Soma inkuru yose
Diogo Jota

Ni Ubumuntu! Liverpool izakomeza kwishyura umushahara wa Diogo Jota

Ubuyobozi bw’ikipe ya Liverpool, bwatangaje ko buzakomeza guha umushahara umuryango wa Diogo Jota mu gihe cy’imyaka ibiri yari asigaje ku masezerano ye nyuma y’uko uyu rutahizamu yitabye Imana azize impanuka y’imodoka. Ku wa kane tariki ya 3 Nyakanga 2025, ni bwo hamenyekanye inkuru yari incamugongo, y’urupfu rwa rutahizamu, Diogo Jota wari kumwe n’umuvandimwe we, André…

Soma inkuru yose
Bruce melody yasabye imbazi abafana be

Bruce Melodie yasabye imbabazi ku bwo kudataramira i Rubavu

Nyuma yo kudataramira i Rubavu mu gitaramo Toxic Xperience, Bruce Melodie yasabye imbabazi abafana bari baje kumushyigikira kubera ikibazo cy’umuriro. Mu ijoro ryakeye, Bruce Melodie yari mu bahanzi bari gutaramira mu gitaramo Toxic Xperience cyabereye mu karere ka Rubavu. Kuva ku itangiro, nta kibazo cyari gihari kugeza ubwo Kivumbi yageze ku rubyiniro atangiye kuririmba indirimbo…

Soma inkuru yose
Ubukwe bwa Vestine ISHIMWE

Ubukwe bwa ISHIMWE Vestine na  Idrissa Ouédraogo bwatashywe

Mu minsi ishize ni bwo amakuru y’ubukwe bw’umuhanzi ISHIMWE Vestine usanzwe uririmba indirimbo zo guhimbaza imana yagiye hanze. Binyuze mu mashusho yasakajwe ku mbugankoranyambaga uyu ISHIMWE Vestine yagaragaye asezerana na Ouedraogo Idrissa, ibi ni ibirori byabereye mu murenge wa Kinyinya, mu Karere ka Gasabo, umujyi wa Kigali, ku wa 15 Mutarama 2025. Nyuma y’aya makuru,…

Soma inkuru yose