

Diamond Platnumz agiye gukora ubukwe
Umuhanzi Naseeb Abdul Juma Issack uzwi nka Diamond Platnumz yatangaje ko agiye gukorana ubukwe n’umukobwa yihebeye. Kuri ubu Diamond Platnumz afite imyaka 35. Kugeza ubu uyu mugabo ni umubyeyi w’abana 5 yabyaranye n’abagore 3 batandukanye. Abicishije ku mbugankoranyambaga Diamond Platnumz yatangaje ko agiye gukora ubukwe aho yanditse ubutumwa burebure bugaragaza ko yagiye aca mu…

Qatar n’u Rwanda bongeye kuganira ku gukemura ibibazo bya DRC
U Rwanda rwongeye guhurira na Qatar mu biganiro bigamije kurushaho kwimakaza ubutwererane no gukemura ibibazo by’umutekano birangwa mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) bigira ingaruka ku Karere k’Ibiyaga Bigari. Ni biganiro byahuje Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Jean Patrick Nduhungirehe na Minisitiri w’Intebe akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Qatar Sheikh…

Umuhanzi w’Umurundi yongeye kwibasira Abanyarwanda
Imyaka yari ibaye 8 abahanzi b’Abarundi badakozanyaho n’Abanyarwanda. Mu munsi mike ishize nibwo umuhanzi JQ aherutse kuzura akaboze maze yifatira ku gahanga abahanzi b’Abanyarwanda mu ndirimbo yise “KAGAME”. Iyi ndirimbo imaze iminsi 13 igiye hanze. Mu busanzwe ibi ni ibisanzwe mu muziki cyane cyane wa “Hip hop” aho umuhanzi umwe ashobora kwibasira mugenzi we, izi…

Ntiharamenyekana icyateye inkongi mu gakiriro ka Gisozi
Mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 30 Gicurasi 2025, agakiriro ka Gisozi kibasiwe n’inkongi y’umuriro, ariko kugeza mu ma saa sita yo kuri uyu wa Gatanu, hari hataramenyekana icyayiteye. Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali, Ntirenganya Emma Claudine, yavuze ko hataramenyekana icyateye iyi nkongi kandi ko Umujyi wa Kigali ufatanyije n’izindi nzego bakora ubugenzuzi….

Kwita Izina abana b’ingagi byasubukuwe
Igikorwa cyo Kwita Izina ku nshuro ya 20, cyari cyarasubitswe cyasubukuwe, kizaba ku wa 5 Nzeri 2025 nk’uko byatangajwe n’abategura uyu muhango kuri uyu wa Gatatu tariki ya 29 Gicurasi 2025. Uyu ni umuhango ngarukamwaka wo kwita amazina abana b’ingagi, ugamije kwishimira uruhare u Rwanda rugira mu kubungabunga ibidukikije. Uwo muhango biteganyijwe ko uzabera muri…

Gicumbi: Abanyeshuri bishe mugenzi wabo bamuziza ibiryo
Ku wa 26 Gicurasi 2025 Abanyeshuri bo mu kigo cya GS Rumuri giherereye mu karere ka Gicumbi, Umurenge wa Miyove, Akagari ka Gakenke mu mudugudu wa Museke nibwo badukiriye mugenzi wabo maze bakamukubita bahagarikiwe n’umwarimu wabo witwa NIBAGWIRE Caline bikamuviramo urupfu. Amakuru avuga ko uyu mwana atari yaje ku ishuri kwiga ahubwo agahengera amasaha yo…

CHUK: Abaganga b’inzobere bakuye igiceri mu nda y’umwana ufite amezi 18
Abaganga b’inzobere bakorera ku bitaro bya Kaminuza bya Kigali (CHUK) bakuye igiceri mu nda y’umwana ufite amezi 18. Amakuru CHUK yashyize hanze avuga ko iki gikorwa cy’ubuvuzi cyabaye ku wa Mbere tariki 26 Gicurasi 2025. Iti “Kuri uyu wa Mbere, itsinda ry’Abaganga ba CHUK muri serivisi y’ubuvuzi bw’indwara zo mu rwungano ngogozi bakuye igiceri mu…

M23/AFC yahaye gasopo ingabo z’Abarundi
Umuyobozi w’Umutwe wa M23 mu rwego rwa Politiki, Bertrand Bisiimwa, yaburiye Ingabo z’u Burundi ziri muri RDC ko zikwiriye gutaha, azibutsa ko iyo abantu barwanira uburenganzira bwabo, nta kintu na kimwe cyo guhomba baba bafite. Yabigarutseho mu kiganiro yagiranye n’Abanyamakuru ku Cyumweru mu Mujyi wa Goma, cyagarutse ku ishusho rusange y’ibice M23 imaze gufata kuva…

Umuturage yatoraguye imbunda yari itabye mu murima
Mu Karere ka Nyanza mu Mudugudu wa Karambo B, Akagari ka Gishike, Umurenge wa Rwabicuma mu Karere ka Nyanza, habonetse imbunda mu murima w’umukecuru w’imyaka 70. Amakuru dukesha UMUSEKE avuga ko iyo mbunda yagaragaye ubwo umugabo yarimo ahinga muri uwo murima umaze igihe kinini udahingwa. Abaturage bavuga ko iyo mbunda ishaje yari izingiye mu mashashi…

Hari ahazishyurwa miliyoni 17 Frw ku ijoro: Imaramatsiko kuri hoteli igiye gushyirwa muri Pariki y’Akagera
Ikigo Wilderness gisanzwe gikora ishoramari mu bijyanye n’ubukerarugendo cyatangaje ko gifite umushinga wo kubaka hoteli yo ku rwego rwo hejuru muri Pariki y’Igihugu y’Akagera. Iyi hoteli yahawe izina rya Wilderness Magashi Peninsula izaba yubatse muri Pariki y’Akagera hafi n’ikiyaga cya Rwanyakazinga. Agace iyi hoteli izaba yubatsemo kazwi nka Magashi gaherereye mu majyaruguru ashyira uburasirazuba bwa…

Jose Chameleone azagaragara mu birori byo kwishimira ibikombe cya APR FC
Umuhanzi w’Umunya-Uganda, Jose Chameleone, uri mu bakomeye mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba, yatumiwe mu birori byo kwishimira ibikombe APR FC yegukanye muri uyu mwaka w’imikino. Iki gikorwa giteganyijwe ku wa Gatatu, tariki ya 28 Gicurasi 2025 kuri Stade Amahoro, aho kizakurikira umukino wa nyuma wa Shampiyona, APR FC izakiramo Musanze FC saa 18:00. Jose Chameleone…

Ubushinjacyaha bwajuririye icyemezo gihagarika iperereza kuri Agathe Kanziga
Urwego rushinzwe kurwanya ibyaha by’iterabwoba mu Bushinjacyaha bw’u Bufaransa, PNAT, rwatangaje ko rwamaze gutanga ubujurire ku cyemezo giherutse gufatwa n’umucamanza ku rwego rw’iperereza mu Bufaransa, watangaje ko bahagaritse iperereza ku ruhare rwa Agathe Kanziga muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Umucamanza wo mu Bufaransa yari aherutse gutangaza ko ahagaritse gukora iperereza kuri Agathe Kanziga wahoze…

Dore uko NESA izajya ibara amanota
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri, NESA, cyatangaje ko hagiye kujya hatangazwa amanota y’ibizamini bya Leta ku ijana (%) kugira ngo hamenyekane impamvu ituma abana boherezwa mu mashuri atandukanye. Byagarutsweho kuri iki Cyumweru tariki 25 Gicurasi 2025, mu kiganiro cyagarukaga kuri gahunda ‘Nzamurabushobozi n’imyiteguro y’ibizamini bya Leta’ cyatambutse kuri RBA. Umuyobozi Mukuru wa NESA, Dr…

Menya by’inshi ku ndangamuntu y’ikoranabuhanga
Guverinoma y’u Rwanda irateganya gushora miliyari 12.2 z’amafaranga y’u Rwanda mu mushinga w’indangamuntu y’ikoranabuhanga urimo gufata ibikumwe n’imboni, mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2025/2026. Mu yandi makuru azagaragara kuri iyo ndangamuntu, hazaba harimo izina rya nyirayo, igitsina, itariki y’amavuko, aho yavukiye, ubwenegihugu, n’izina ry’uwo bashakanye (abaye ahari), nomero ya telefoni, email (niba ihari), aderesi yo…

NESA yatangajwe igihe abanyeshuri bazakorera ibizamini bya Leta
Kuri iki Cyumweru Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizami n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA), cyatangaje ko ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza bizatangira ku wa 30 Kemena bigasozwa ku wa 03 Nyakanga 2025. Ni mu gihe ibizamini bisoza Icyiciro cya mbere cy’ayisumbuye bizakorerwa rimwe n’ibisoza umwaka wa gatandatu w’ayisumbuye kuva wa 09 Nyakanga bigasozwa ku wa 18 Nyakanga 2025….

Sukhoi, Kajugujugu n’ibifaru ku Kibuga cy’Indege cya Goma, nibura umuturage abarirwa imbunda ebyiri
Kuva mu mpera za Mutarama, ubutaka bungana na kilometero kare 75,72, ni ukuvuga ko burutwa na Kigali inshuro hafi 10 bwavugishije Isi yose. Ni umujyi ufatwa nk’Umurwa Mukuru wa Kivu y’Amajyaruguru, Goma, urimo umupaka uri mu igendwa cyane muri Afurika. Intambara y’iminsi ibiri yarangiye tariki 27 Mutarama, ubwo Umutwe wa M23 wafataga Umujyi wa Goma…

Ubuzima bw’i Masisi mu gace katwitswe na FDLR; Sake ho ubucuruzi bwarazanzamutse
Niba hari uduce twiza mu miterere muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Masisi yaza mu twa mbere. Ni hamwe mu hari imisozi ibereye ijisho, bikaba byiza cyane kuyirebera kure. Gusa kuhagera ni indi nkuru kuko imihanda yaho, ituma ahantu ubusanzwe wagenda iminota icumi, uhagenda isaha yose. Ni kimwe mu bibangamiye abaturage batuye muri iyi misozi…

U Burusiya ntabwo bushyigikiye na gato ko ibiganiro by’amahoro na Ukraine bibera i Vatican
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burusiya, Sergey Lavrov, yatangaje ko bitashoboka ko ibiganiro by’amahoro na Ukraine byabera i Vatican, avuga ko bitaba byubashye ibihugu bikurikiza imyemerere y’idini rya Orthodox. Lavrov yabitangaje ku wa 23 Gicurasi 2025, mu ijambo yavugiye i Moscow. Yagize ati “Tekereza ibiganiro bibereye i Vatican hagati y’ibihugu bibiri by’Aba-Orthodox. Icyo ni ikintu cyatuma…

Diamond yatangaje ko yishimiye igitaramo The Ben yakoreye Kampala
Umuhanzi Diamond Platnumz, yagaragarije mugenzi we The Ben basanzwe ari inshuti ko yabonye igitaramo aherutse gukorera i Kampala atangarira inkumi zari zakitabiriye. Ni bimwe mu bigaragara mu mashusho yagaragaye ku mbuga nkoranyambaga abo bahanzi wabonaga bafitanye urugwiro n’urukumbuzi mu biganiro, bagiranye mbere y’uko berekeza ku kibuga cy’indege berekeza Ntungamo aho bari butaramire. The Ben na…

Madamu Jeannette Kagame yasabye Inkubito z’Icyeza kwirinda ababagusha mu bishuko bagamije kubayobya
Ubwo hizihizwaga isabukuru y’imyaka 20 ishize gahunda y’Inkubito z’Icyeza itangiye, Madamu Jeannette Kagame yasabye abahembwe muri yo kwirinda abashobora kubagusha mu bishuko bagamije kubayobya ahubwo bagaharanira kugira uruhare mu iterambere ry’Igihugu. Yabigarutseho kuri uyu wa 24 Gicurasi 2025 ubwo yatangaga ibihembo ku Nkubito z’Icyeza icyiciro cya 20 no kwizihiza isabukuru y’imyaka 20 ishize iyi gahunda…