Trump avuga ko imyitozo ya gisirikare ya Amerika na Koreya y’Epfo igomba kugabanuka nyuma y’uko Seoul yanze gufasha Amerika ku kibazo cya Iran.

Perezida Donald Trump yavuze ko Amerika igiye kugabanya ku buryo bukomeye imyitozo ya gisirikare ihuriweho na Koreya y’Epfo, avuga ko afitanye umubano mwiza cyane n’umuyobozi wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong Un. Mu butumwa yashyize ku rubuga rwe rwa Truth Social, Trump yavuze kandi ko Koreya y’Epfo iherutse kwanga kwifatanya na Amerika mu bikorwa bigamije…

Soma inkuru yose

Ibitero bya Ukraine byahitanye abantu batandatu mu Burusiya, nk’uko guverineri w’agateganyo yabitangaje.

Ibitero bya misile Ukraine yagabye mu gace ka Belgorod mu Burusiya mu ijoro ryakeye byahitanye abantu batandatu, abandi bane barakomereka, nk’uko guverineri w’agateganyo w’ako gace yabitangaje. Ku wa Mbere, Alexander Shuvaev yanditse kuri Telegram ko umwana w’imyaka 14 ari mu bakomeretse. Ku rundi ruhande, abayobozi ba Ukraine batangaje ko abantu babiri bishwe n’ibitero bya drones…

Soma inkuru yose

Igabanuka ry’inkunga ya HCR ritangiye kugira ingaruka ku mirire y’abana b’impunzi i Mahama

Ababyeyi b’impunzi ziri mu Nkambi ya Mahama mu Karere ka Kirehe bavuga ko igabanuka ry’inkunga bahabwaga ryatumye imibereho irushaho gukomera, ku buryo bamwe batakibasha kubona indyo ihagije ibafasha konsa no kurera abana neza. Ibi byagarutsweho ku wa 11 Kanama 2026, ubwo muri iyi nkambi hatangizwaga icyumweru mpuzamahanga cyahariwe konsa, cyabaye umwanya wo kugaragaza imbogamizi ababyeyi…

Soma inkuru yose

Impamvu Umwembe Ufite Umwanya Wihariye Mu Mbuto Zirinda Indwara Zitandukanye

Abantu benshi bakunda umwembe kubera uburyohe bwawo n’impumuro yawo yihariye, ariko abahanga mu buzima bavuga ko aka rubuto karenze kuba imbuto isanzwe iribwa. Umwembe uri mu mbuto zikungahaye cyane ku ntungamubiri zifasha umubiri gukora neza no kwirinda indwara zitandukanye. Uru rubuto rurimo vitamini zirimo A, C, E na K, fibre ndetse na potassium, byose bifite…

Soma inkuru yose

Indwara enye zandurira mu mibonano mpuzabitsina zikomeje gutera impungenge impuguke

Hari indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina zimaze igihe zizwi, ariko uko imyaka ishira hakagaragara impinduka ku buryo zandura, uko zikwirakwira ndetse n’uburyo zimwe muri zo zigenda zirwanya imiti isanzwe ikoreshwa mu kuzivura. Abashakashatsi bakomeje gukurikirana cyane zimwe muri izo ndwara kubera ko zishobora gutera ibibazo bikomeye ku buzima, cyane cyane iyo zitavuwe hakiri kare. Mu…

Soma inkuru yose

Abaganga bavuga ko nta rugero rw’inzoga rwizewe ku buzima

Mu gihe u Rwanda rukomeje ibikorwa byo kurwanya ibiyobyabwenge n’inzoga zitujuje ubuziranenge, abaganga n’inzego z’ubuzima bakomeje kwibutsa abaturage ko nta rugero rw’inzoga rwemejwe nk’urutateza ingaruka ku buzima bw’umuntu. Nubwo bamwe bemeza ko kunywa inzoga nke bitateza ikibazo, ubushakashatsi butandukanye bugaragaza ko inzoga zose, yaba divayi, biya (beer)cyangwa izindi nzoga gakondo, zishobora kugira ingaruka ku mubiri…

Soma inkuru yose

NESA yatangaje igihe amanota y’ibizamini bya Leta azasohokera ku mashuri abanza n’icyiciro rusange 2025-2026.

NESA yatangaje igihe amanota y’ibizamini bya Leta azasohokera ku mashuri abanza n’icyiciro rusange 2025-2026. Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA) cyatangaje ko amanota y’ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza n’icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye y’umwaka w’amashuri wa 2025/2026 azatangazwa ku wa 20 Kanama 2026 saa munani z’amanywa (2:00 PM). NESA yatangaje ko iki cyemezo kigenewe…

Soma inkuru yose

Ibintu bine Minisitiri Utumatwishima asaba urubyiruko kwitaho kugira ngo rutere imbere

Ibintu bine Minisitiri Utumatwishima asaba urubyiruko kwitaho kugira ngo rutere imbereMinisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Abdallah, yasabye urubyiruko rw’u Rwanda kwita ku bintu bine by’ingenzi birimo kugira ubuzima bwiza, gushaka ubumenyi, gutozwa no kugira uruhare mu nzego zifata ibyemezo. Amakuru dukesha IGIHE Avuga ko ibi Minisitiri Utumatwishima yabigarutseho kuri uyu wa 15 Kanama 2026,…

Soma inkuru yose

Koreya y’Epfo yasabye ibiganiro byo kurangiza ku mugaragaro intambara na Koreya ya Ruguru.

Perezida wa Koreya y’Epfo, Lee Jae Myung, yasabye Koreya ya Ruguru gutangiza ibiganiro bigamije kurangiza ku mugaragaro intambara ibihugu byombi birimo kuva mu 1953, kuko kugeza ubu iracyafatwa nk’intambara itararangira mu buryo bw’amategeko. Lee yasabye ko hashyirwaho “uburyo bw’umutekano bufite ibyiciro byinshi” bwo gukumira imirwano mishya ku mupaka w’ibihugu byombi, uzwi nka Demilitarised Zone (DMZ)….

Soma inkuru yose

Kunywa ibikombe 2–3 by’ikawa ku munsi bishobora kugabanya ibyago by’indwara zimwe z’umutima

Ubushakashatsi bushya bugaragaza ko abantu banywa ikawa irimo caféine ku rugero ruringaniye bashobora kuba bafite ibyago bike byo kurwara zimwe mu ndwara z’umutima, stroke ndetse na diyabete yo mu bwoko bwa kabiri. Abashakashatsi bagaragaje ko kunywa hagati ya miligarama 200 na 300 za caféine ku munsi, zingana n’ibikombe bibiri cyangwa bitatu by’ikawa bitewe n’ubwoko n’ingano…

Soma inkuru yose

Amanota y’abanyeshuri bakoze ibizini bya leta Ari hari gutangazwa, Menya igihe abanyeshuri bazamenyeraho uko batsinze

Minisiteri y’Uburezi yatangaje ko amanota y’ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza n’Icyiciro Rusange cy’amashuri yisumbuye mu mwaka w’amashuri wa 2025/2026 azatangazwa ku wa Kabiri, tariki ya 18 Kanama 2026, saa cyenda z’amanywa. Nk’uko imvahonshya yabitangaje, Ibi byatangajwe na Minisiteri y’Uburezi ku wa Gatanu tariki ya 14 Kanama 2026, mu gihe abanyeshuri bakoze ibi bizamini ndetse…

Soma inkuru yose

Ujya ku musarane kangahe? Abaganga basobanuye igihe bikwiye gutera impungenge

Kwituma ni kimwe mu bikorwa bisanzwe umubiri ukora buri munsi, ariko inshuro umuntu ajya ku musarane zishobora gutandukana bitewe n’imikorere y’umubiri we. Abahanga basobanura ko icy’ingenzi atari umubare w’inshuro gusa, ahubwo ari ukumenya uko amara asanzwe akora no kwitondera impinduka zidasanzwe. Amara ni igice cy’ingenzi mu mikorere y’umubiri, cyane cyane mu igogora no mu gusohora…

Soma inkuru yose

Rayon Sports yaguze Elie Mokono, umukinnyi mushya w’Umurundi

Rayon Sports yatangaje ko yungutse umukinnyi mushya, Elie “Eldihno” Mokono, ukina hagati mu kibuga kandi akaba ari umwe mu bakinnyi b’ikipe y’igihugu y’u Burundi. Iyi kipe y’i Nyarugenge yatangaje aya makuru ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 14 Kanama 2026, mu gihe ikomeje kwitegura umwaka mushya w’imikino wa 2026/27, aho izitabira imikino…

Soma inkuru yose

Kuki hari abantu bashimishwa no kubaho mu buzima bw’ikinyoma ?

Muby’ukuri kubeshya ku buzima bw’umuntu, amashuri yize, akazi yakoze cyangwa inkomoko ye si ibintu bidasanzwe. Gusa mu bihe bitandukanye, hari abantu bagiye bubaka isura y’ubuzima itandukanye n’ukuri nyirizina, rimwe na rimwe bakabikora igihe kirekire ku buryo abo babeshya ako kageni batangira kubyemera nk’ukuri. Ibi bigatuma hibazwa ikibazo gikomeye kigira kiti: “Ni iki gituma umuntu yumva…

Soma inkuru yose

Ubushakashatsi bugaragaza ko kugira amatako manini birinda ibyago byo gupfa.

Ubushakashatsi bwakorewe ku bantu barenga miliyoni 2.5, bwagaragaje ko uko umuzenguruko w’ibibero wiyongera, ari na ko ibyago byo gupfa ku mpamvu zitandukanye bigabanuka. Abashakashatsi basanze kongera umuzenguruko w’ibibero ho santimetero 5 bifitanye isano no kugabanuka kwa 18% kw’ibyago byo gupfa. Ku bijyanye n’amatako, kongera umuzenguruko ho santimetero 10 byari bifitanye isano no kugabanuka kwa 10% kw’ibyago byo gupfa. Ibi byagaragajwe…

Soma inkuru yose

Ese Koko umuntu wese akwiriye kubyara umwana? Dore ukuri abahanga bagaragaza ku kubyara n’agaciro k’ubuzima

Kimwe mu bintu bishobora kuzana ibyishimo bikomeye mu buzima bw’umuntu ni ukubyara no kubona umwana akura imbere ye. Ku bantu benshi, kubyara ni umugisha ukomeye ndetse bikaba ari kimwe mu byifuzo by’ingenzi baba bafite mu buzima. Ariko kandi, kuba umuntu yarabyaye ntibivuze ko ari cyo kintu cyonyine cyerekana ko hari icyo yagezeho mu buzima. Umuntu…

Soma inkuru yose

Inyuma y’inkundura y’ibinyobwa bitujuje ubuziranenge, ibya FDA Leta ibigarutseho

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwerekanye abantu 18 bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano n’ikorwa n’itangwa ry’ibyangombwa ku binyobwa bisembuye bitujuje ubuziranenge. Mu berekanywe harimo Prof Emile Bienvenu, Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibiribwa n’Imiti, Rwanda FDA. Abandi ni abakozi b’ibigo bya Leta bitandukanye, barimo 10 bakorera Rwanda FDA, abakozi b’Ikigo cy’Igihugu gisuzuma Ubuziranenge (RSB), ndetse n’Abanyamabanga Nshingwabikorwa…

Soma inkuru yose

Impaka ku birwa bya Kuril zikomeje gukoma mu nkokora umubano w’u Buyapani n’u Burusiya.

Minisitiri w’Intebe w’u Buyapani, Sanae Takaichi, yamaganye uruzinduko rwa Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, mu birwa bya Kuril biharanirwa n’u Burusiya n’u Buyapani, avuga ko ari igikorwa “kitemewe na gato.” Itangazamakuru rya Leta y’u Burusiya ryatangaje ko Putin yasuye ikirwa cya Iturup, u Buyapani bwita Etorofu, kimwe mu birwa bine byo mu majyepfo y’urunigi rwa…

Soma inkuru yose

Ese wibaza impamvu bamwe bakoresha ukuboko kw’ibumoso? Dore ibyo abahanga bagaragaje

Tariki ya 13 Kanama buri mwaka, hizihizwa Umunsi Mpuzamahanga wahariwe abantu bakoresha ukuboko kw’ibumoso, uzwi nka Left-Handers Day. Uyu munsi ugamije kwibutsa abantu ko abakoresha imoso na bo bakwiye kubaho no gukora nta vangura, ndetse hakitabwa ku mbogamizi bahura na zo mu buzima bwa buri munsi. Nubwo gukoresha ukuboko kw’ibumoso ari ibintu bisanzwe ku bantu…

Soma inkuru yose

Uganda: Hateye indwara itaramenyekana yica umuntu mu minsi 2 gusa

Abaturage bo mu gace ka Rakai muri Uganda basabwe gukomeza kuba maso nyuma y’indwara itaramenyekana neza imaze guhitana abantu bane mu bice bya Muddala, Kyakabikwa na Kyabigondo, mu Murenge wa Lwamagwa. Nk’uko Taarifa Rwanda ibitangaza, iyi ndwara iteye impungenge kubera uburyo yibasira uyirwaye ndetse n’umuvuduko ifite bityo ikaba ishobora gutera ibibazo bikomeye ku buzima bw’abaturage….

Soma inkuru yose

Kurota inzozi mbi utwite: Impamvu bishobora kubaho n’icyo ubushakashatsi bubivugaho

Iyo uganiriye na bamwe mu bagore batwite, ushobora kumva bavuga ko batangiye kurota inzozi zitandukanye n’izo bajyaga barota mbere yo gutwita. Hari abavuga ko barota inda zabo zivuyemo, abandi bakarota bahigwa n’abagizi ba nabi, bagiye kubyara nabi cyangwa abana babo bagize ibibazo. Izo nzozi zishobora gutera ubwoba bukomeye, cyane cyane iyo umugore abyutse azirikana neza…

Soma inkuru yose

Konkombure: Urubuto rukungahaye ku mazi n’intungamubiri umubiri ukenera

Konkombure ni urubuto rukungahaye ku mazi, vitamine n’imyunyungugu, ku buryo kurushyira mu ndyo bishobora gufasha umubiri kubona amazi n’intungamubiri zitandukanye. Konkombure, izwi nka cucumber mu Cyongereza na concombre mu Gifaransa, ni urubuto rukunze gukoreshwa mu mafunguro atandukanye, cyane cyane muri salade. Rukungahaye ku mazi kandi rufite intungamubiri zitandukanye zishobora kugira uruhare mu mirire myiza. Nubwo…

Soma inkuru yose

Kubura amaraso: Indwara ikunze kwirengagizwa nyamara ishobora kugira ingaruka zikomeye

Kubura amaraso ni kimwe mu bibazo by’ubuzima bikunze kugaragara ku bantu benshi hirya no hino ku Isi. Abaganga bavuga ko iyo insoro zitukura zigabanutse mu mubiri, umuntu ashobora kugira umunaniro ukabije, guhumeka nabi ndetse n’ibindi bibazo bishobora kugira ingaruka zikomeye ku buzima iyo bitavuwe hakiri kare. Kubura amaraso (Anemia) ni indwara iterwa no kugira insoro…

Soma inkuru yose

Kenya yatangaje ko inzoga zayo zaciwe mu Rwanda zujuje ubuziranenge

Guverinoma ya Kenya yatangaje ko inzoga eshanu zo muri icyo gihugu zaciwe kugurishwa ku isoko ry’u Rwanda zari zujuje ubuziranenge, nyuma y’uko hagaragaye impungenge ku bipimo byazo. Nk’uko Ukweli Times yabitangaje, Kenya Bureau of Standards (KEBS) yatangaje ko inzoga eshanu zo muri Kenya ziherutse guhagarikwa mu Rwanda, zirimo: Kenya King Gin, Safari Gin, na Gilbey’s…

Soma inkuru yose

Charlene Ruto yakowe Kajugujugu ebyiri, miliyari 7 z’amashilingi ya Kenya,bus ebyiri n’impeta y’agaciro gakomeye

Umuhango wo guhuza imiryango wa Charlene Ruto, umukobwa wa Perezida wa Kenya William Ruto, n’umushoramari w’Umutanzaniya Isaya Yunge, wakomeje kuvugisha benshi nyuma y’amakuru akomeje gukwirakwira ku mutungo uvugwa ko watanzwe mu rwego rwo gukwa. Mu mafoto n’amakuru biri gukwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga, uyu muhango wagaragajwe nk’uwari wihariye kandi witabiriwe n’abantu bo mu miryango yombi. Icyatumye…

Soma inkuru yose

Kwita Izina 2026: Abantu barenga ibihumbi 10 biteganyijwe mu birori byo kwita amazina abana 22 b’Ingagi

Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) rwatangaje ko u Rwanda rwitegura kwakira ibirori ngarukamwaka byo Kwita Izina abana b’Ingagi, aho uyu mwaka hazatangwa amazina ku bana 22 b’Ingagi. Uyu muhango uteganyijwe ku wa 4 Nzeri 2026, ukaba uzitabirwa n’abashyitsi baturutse mu Rwanda no mu bindi bihugu, barimo ba mukerarugendo ndetse n’inshuti z’u Rwanda.RDB ivuga ko hategerejwe abantu…

Soma inkuru yose

Mbere wari uziko kwitera parfum bishobora kw’angiza uruhu rwawe? Sobanukirwa

Parfum ni kimwe mu bikoresho abantu benshi bakoresha buri munsi kugira ngo bagire impumuro nziza. Hari abayitera ku maboko, mu kwaha, ku ijosi ndetse no ku bindi bice by’umubiri. Ariko kuyitera ku ruhu kenshi bishobora gutera ibibazo ku bantu bafite uruhu rworoshye cyangwa abagirwaho ingaruka n’ibinyabutabire bigize izo mpumuro. Parfum ntabwo igizwe n’impumuro gusa. Akenshi…

Soma inkuru yose

Urubyiruko rw’u Rwanda mu nzira itoroshye yo kwiyubakira ubuzima

Mu Rwanda, urubyiruko rwinshi rwinjira mu buzima bw’ubukure rufite inzozi, amashuri, ubumenyi n’ikoranabuhanga birenze ibyo ibisekuruza byarwo byarubanjirije byari bifite. Ariko kuri benshi, kugera ku bwigenge bw’ubukungu no kwiyubakira ubuzima bwigenga bigakomeza kuba urugendo rutoroshye. Umusore cyangwa umukobwa ashobora kuba afite impamyabumenyi, telefoni igezweho n’ubushobozi bwo kubona amakuru menshi mu kanya gato, ariko ibyo ntibimubuze…

Soma inkuru yose

Afurika Ishaka Gukoresha AI mu Kubaka Ubukungu no Gukemura Ibibazo Byayo

Ikiganiro cya Afurika kibanda kuri AI Kigiye mu Cyiciro Gishya Ikibazo ntikikiri ukumenya niba Afurika yiteguye gukoresha ubwenge buhangano (AI), ahubwo ni ukumenya icyo izakora na bwo. Mu bijyanye n’ingufu, ibikorwa remezo, ubucuruzi na politiki, Afurika iri gushyiraho imfatiro z’ubukungu bushingiye kuri AI, ariko bukazashingira ku byihutirwa n’ibyihariye ku mugabane. Abideen Sobanke ari kubaka ikoranabuhanga…

Soma inkuru yose

Mu ibanga rikomeye cyane Irene Murindahabi akaba yigaranzuye iy’ubusiribateri

Umunyamakuru Murindahabi Iréné, uzwi nka M. Iréné, yasezeranye imbere y’amategeko na Nikuze Liliane, mu muhango wabereye mu Murenge wa Gishari mu Karere ka Rwamagana, witabirwa n’abantu batandukanye barimo ibyamamare bikomeye mu myidagaduro nyarwanda. Nk’uko amakuru dukesha IGIHE abivuga, uyu muhango wabaye ku mugoroba wo kuri uyu munsi, aho M. Iréné na Nikuze Liliane bageze ku…

Soma inkuru yose

Ese angine itera ubugumba ku bahungu? Sobanukirwa ibyo muganga yagaragaje ukuri ku ngaruka zayo

Kuva kera hakunze kumvikana imvugo ivuga ko umwana w’umuhungu urwaye ‘angine’ kandi ntavurwe neza ashobora kuzagira ubugumba cyangwa uburemba mu gihe azaba amaze gukura. Icyakora, inzobere mu ndwara zo mu muhogo, mu mazuru, mu matwi no mu ijosi, Dr. Kamaliza Marie Aimée ukora mu Bitaro bya Kaminuza bya Kigali (CHUK), yasobanuye ko iyi myumvire atari…

Soma inkuru yose

Trump yahishwe mu modoka itwara amafunguro mu ndege mu rwego rwo kumurinda igitero cya Iran.

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yahinduye indege mu ibanga ubwo yavaga mu nama ya NATO yabereye muri Türkiye mu kwezi gushize, nyuma y’uko Amerika yari ifite amakuru y’uko hashoboraga kuba igitero cya Iran cyibasiye indege yari itwaye Perezida. Trump yabanje kugaragara imbere y’abanyamakuru n’amakamera azamuka mu ndege ya Air Force One….

Soma inkuru yose

OpenAI yaguze NextSlide, ikoranabuhanga rishobora guhindura uburyo dutegura ibiganiro n’ibyerekanwa (presentation)

Ikigo OpenAI gikomeje kwagura ubushobozi bwa serivisi zacyo zishingiye ku bwenge buhangano, aho cyaguze NextSlide, ikigo cyari cyaribanze ku gukora porogaramu zifasha abantu gutegura ibyerekanwa (presentation) mu nama, mu kazi no mu zindi gahunda. NextSlide yari yarubatse ikoranabuhanga rishobora gufata amabwiriza umuntu aha mudasobwa, inyandiko ngufi, inyandiko ndende cyangwa ubushakashatsi, rukabihinduramo ibyerekanwa byateguwe neza. Amakuru…

Soma inkuru yose

Kuki urukundo rwa mbere rutibagirana? Ubushakashatsi bugaragaza ibanga ryarwo

  Hari abantu benshi bavuga ko igihe gihita kigatuma umuntu yibagirwa byinshi byamubayeho. Ariko ku bijyanye n’urukundo rwa mbere, si ko bigenda kuri bose. Hari abamara imyaka myinshi batandukanye n’uwo bakundanye bwa mbere, ariko bakomeza kwibuka ibihe bagiranye nk’aho byabaye ejo. Ubushakashatsi bw’umushakashatsi Catherine Lovey bugaragaza ko urukundo rwa mbere rushobora kugira umwanya wihariye mu…

Soma inkuru yose

Ubuzima burushaho guhenda mu Rwanda ibiciro by’ubwikorezi byazamutseho 24,2%

Ibiciro by’ibicuruzwa na serivisi mu Rwanda byakomeje kuzamuka, aho mu kwezi kwa Nyakanga 2026 byiyongereyeho 14,5% ugereranyije n’ukwezi kwa Nyakanga 2025. Ibi bigaragazwa n’imibare mishya y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, NISR, yashyizwe ahagaragara ku wa 10 Kanama 2026. Iyi mibare igaragaza ko izamuka ry’ibiciro ryakomeje kugira ingaruka ku bice bitandukanye bigize imibereho y’abaturage. Amakuru arambuye kuri iyi…

Soma inkuru yose

Huye: Abakorera mu isoko rya Rango bahuguwe ku gukumira no kurwanya inkongi z’umuriro

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yahuguye abarema n’abakorera mu isoko rya kijyambere rya Rango mu Karere ka Huye, ibereka uburyo bwo kwirinda, gukumira no guhangana n’inkongi z’umuriro kuri uyu wa 8 Kanama 2026. Aya mahugurwa yari agamije kongerera abitabiriye ubumenyi bw’ibanze ku nkongi z’umuriro, kugira ngo igihe habaye impanuka bashobore gufata ingamba zihuse…

Soma inkuru yose

Abahinzi ba tangawizi i Rusizi bahangayikishijwe no kubura isoko

Abahinzi ba tangawizi bo mu Karere ka Rusizi, mu Ntara y’Iburengerazuba, bavuga ko bahuye n’ibihombo bikomeye nyuma yo kubura isoko ry’umusaruro wabo, ku buryo bamwe bahisemo kuwusiga mu mirima kubera ko abaguzi batakiboneka. Aba bahinzi bavuga ko iki kibazo cyafashe intera mu 2026, kandi ko cyabatunguye kuko mu myaka yashize bari basanzwe babona abaguzi ndetse…

Soma inkuru yose

Ese wari uzi ko gukorakoranaho kw’abashakanye bishobora gukomeza umubano wabo ?

Ubushakashatsi bushya bwerekanye ko gukorakora buhoro kandi mu buryo bwuje urugwiro ku kuboko k’uwo mwashakanye bishobora gufasha kongera ibyishimo no kugabanya umunabi, ndetse bikaba byagira uruhare mu gukomeza umubano hagati y’abashakanye. Nk’uko Igihe yabitangaje, ubu bushakashatsi bwakozwe n’abashakashatsi bo muri Kaminuza ya Károli Gáspár muri Hongrie, bugamije kureba uko gukorwaho n’umuntu umuntu afitanye na we…

Soma inkuru yose

Trump na Iran bongeye kugera aharindimuka: Ese ibiganiro by’amahoro birapfuye?

Umwuka wa politiki n’umutekano hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Iran wongeye kuba mubi, nyuma y’uko Tehran itangaje ko itagiteganya gutangira ibiganiro na Washington mu gihe ivuga ko Amerika ikomeje kurenga ku masezerano y’agateganyo. Ibi bibaye mu gihe Perezida wa Amerika, Donald Trump, yari amaze iminsi agaragaza ko ibiganiro bishobora kongera gutangira ndetse…

Soma inkuru yose