Abanyarwanda basuzumisha ubuzima biyongereye bava kuri 45% bagera kuri 73,9%

Kuwa 30 Nyakanga 2026, Banki ya Kigali (BK) yatangije gahunda yiswe BK Wellness Festival 2026, igamije guteza imbere ubuzima bwiza bw’abakozi bayo n’Abanyarwanda muri rusange. Iyi gahunda igamije gushyigikira ingamba za Leta zo guteza imbere ubuzima no gukumira indwara, by’umwihariko indwara zitandura zikomeje kwiyongera mu Rwanda no ku Isi. Mu muhango wo kuyitangiza, Umuyobozi w’Ishami…

Soma inkuru yose

Hamas yemeye gushyira intwaro hasi, haboneka icyizere cyo kurangiza intambara yo muri Gaza.

Umuyobozi mukuru wa Hamas yatangarije BBC ko uyu mutwe wemeye gahunda y’amahoro yateguwe n’Akanama k’Amahoro (Board of Peace), gashyigikiwe na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump. Hamas itegerejweho no gusohora itangazo ryemeza ku mugaragaro iki cyemezo. Amasezerano yagezweho ateganya ko intwaro ziremereye Hamas isigaje zizabarurwa, zikabikwa ahagenzurwa n’ubuyobozi bwa Palestine. Anateganya gufunga…

Soma inkuru yose

Uruganda Rukora Indodo za Silk n’Urutunganya Chips Bigiye Kongera Gukora

Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Sebahizi Prudence, yatangaje ko Guverinoma iri gushaka uburyo bwo kongera gukora uruganda rukora indodo za silk n’urutunganya ifiriti z’ibirayi (chips), nyuma y’igihe ibikorwa byarwo bihagaze. Ibi biri mu rwego rwo kongera imbaraga mu iterambere ry’inganda no guteza imbere urwego rw’inganda zitanga agaciro ku musaruro w’u Rwanda. Minisitiri Sebahizi yabigarutseho ku wa Kabiri,…

Soma inkuru yose

Ubugenzuzi bwa MIFOTRA bwafashe ibigo 71 bitubahiriza amategeko y’umurimo

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA) yatangaje ko mu mezi atandatu ya mbere ya 2026, kuva muri Mutarama kugeza muri Kamena, yakoze ubugenzuzi mu bigo 2.290 bikorera hirya no hino mu Rwanda hagamijwe kureba niba byubahiriza amategeko agenga umurimo no kurengera uburenganzira bw’abakozi. Raporo yashyizwe ahagaragara na MIFOTRA igaragaza ko muri ibyo bigo byose byagenzuwe,…

Soma inkuru yose

RDB yahagaritse Forzza Bet gukorera mu Rwanda

Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), rubinyujije mu Ishami rishinzwe kugenzura ibikorwa by’imikino y’amahirwe (National Lottery and Gambling Commission – NLGC), rwafashe icyemezo cyo guhagarika uruhushya rwa sosiyete Baron Sports Gaming Ltd, yakoreshaga izina rya Forzza Bet mu gutanga serivisi zo gutega imikino mu Rwanda. Iri tangazo risobanura ko Forzza Bet itemerewe gukomeza ibikorwa byose by’imikino y’amahirwe…

Soma inkuru yose

Ese wari uzi ko uretse kuba ‘Viagra’ yongera umurego w’igitsina inagabanya ikwirakwira rya Kanseri mu mubiri ?

Mu myaka irenga 25 ishize, Viagra yabaye umwe mu miti izwi cyane ku Isi kubera ubushobozi bwayo bwo gufasha abagabo bafite ikibazo cyo kudahagarara neza kw’igitsina ari byo byitwa (erectile dysfunction) mu rurimi rw’amahanga. Uyu muti ukoreshwa n’abantu babarirwa muri za miliyoni, byaje kuvumburwa ko ushobora kuba wanifashishwa mu kuvura zimwe mu ndwara zifitanye isano…

Soma inkuru yose

Nyamagabe: Visi Meya yatawe muri yombi mu iperereza ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Nyamagabe ushinzwe Imibereho Myiza, Uwamariya Agnes, akekwaho icyaha cyo kutamenyekanisha icyaha cy’ubugome nyuma y’uko bivuzwe ko yamenyeshejwe ihohoterwa rishingiye ku gitsina ariko ntagirire uwahohotezwaga ubutabazi. Ifungwa rye ryabaye ku gicamunsi cyo ku wa 29 Nyakanga 2026, rikaba rifitanye isano n’iperereza ryatangiye rikurikiranye dosiye y’Umunyamabanga…

Soma inkuru yose

Honourable Mukabalisa Donathire wayoboye ishyaka PL yitabye imana k’umunsi we w’amavuko.

Senateri Donatille Mukabalisa yitabye imana mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 30/Nyakanga/2026 nyuma y’iminsi yari amaze arwariye mu Bitaro byitiriwe umwami Faisal i Kigali. Urupfu rwe rwashenguye benshi, cyane abo bakoranye mu nzego zitandukanye z’ubuyobozi bw’Igihugu, aho yari azwi nk’umunyapolitiki w’inararibonye wagize uruhare rukomeye mu kubaka no guteza imbere inzego z’ubuyobozi n’Inteko Ishinga…

Soma inkuru yose

Ibitero by’u Burusiya muri Ukraine byahitanye abantu umunani.

Nibura abantu umunani bishwe, abandi barenga 20 barakomereka nyuma y’uko u Burusiya bugabye ibitero by’indege n’ibisasu bya misile mu bice bitandukanye bya Ukraine mu ijoro ryo kuwa 29 rishyira kuwa 30 Nyakanga 2026, nk’uko abayobozi ba Ukraine babitangaje. Iki gitero cyakurikiye umuburo wa Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, wari waburiye abaturage n’ibihugu bifatanya na Ukraine…

Soma inkuru yose

Nyamagabe: Visi Meya akurikiranyweho guhishira Umuyobozi w’Umurenge ukekwaho gusaba ishimishamubiri.

Ku gicamunsi cyo kuwa 29 Nyakanga 2026, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwafunze Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Nyamagabe ushinzwe Imibereho Myiza, Uwamariya Agnes, akurikiranyweho icyaha cyo kutamenyekanisha icyaha cy’ubugome. Icyo cyaha gifitanye isano na dosiye ya Nkurikiyimana Pierre, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Musebeya, wafashwe kuwa 24 Nyakanga 2026 akurikiranyweho ibyaha birimo guhoza undi ku nkeke bifitanye…

Soma inkuru yose

Ntukabure gukora ibi bintu 5 niba ushaka ko umwana wawe akura neza

Mu gihe isi ikomeje guhinduka ku muvuduko munini, kurera umwana ufite indangagaciro, icyizere n’ubushobozi bwo guhangana n’ubuzima byabaye inshingano ikomeye ku babyeyi. Nubwo buri muryango ugira uburyo bwawo bwo kurera, abahanga bagaragaza ko hari amahame y’ibanze ashobora gufasha umwana gukura neza no kuzavamo umuntu ugirira umumaro umuryango n’igihugu. Urubuga Inc.com, rushingiye ku bitekerezo bikubiye mu…

Soma inkuru yose

U Rwanda rwakiriye miliyari 2,9 Frw zo kongera ubushobozi bwo kwitegura guhangana na Ebola

U Rwanda rwashyikirijwe inkunga ya miliyoni 2 z’Amadolari ya Amerika, angana na miliyari 2,9 Frw, yatanzwe n’Umuryango w’Abibumbye mu rwego rwo gufasha igihugu gukomeza kwitegura no gukumira icyorezo cya Ebola gishobora kwambuka imipaka giturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), aho iki cyorezo gikomeje kwiyongera. Iyi nkunga yatanzwe binyuze mu Kigega cya Loni gishinzwe…

Soma inkuru yose

Tenge Tenge yavuze uko yakiriwe ageze mu Rwanda

Umunyarwenya w’icyamamare Rango Tenge Tenge ukomoka muri Uganda yavuze ko yishimiye cyane kugera mu Rwanda, aho yitabiriye ibikorwa biteganyijwe mbere y’igitaramo Tintin Summer Festival kizaba ku wa 1 Kanama 2026 i Kanombe. Akigera ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, Tenge Tenge yagaragaje ibyishimo byinshi, ashimira abo yita ababyeyi…

Soma inkuru yose

Kuki abashakanye batandukana? Dore impamvu zikunze gutuma urushako rusenyuka

Mu myaka ishize, ikibazo cy’ukwahukana kw’abashakanye gikomeje kuvugwaho cyane hirya no hino ku Isi. Nubwo hari ibihugu bikigaragaramo umubare muto w’abahukana, impuguke mu by’imibanire zigaragaza ko impamvu zitera gutandukana zisa ahantu henshi, kandi ko impinduka z’imibereho zatumye abantu bafata ibyemezo bitandukanye n’ibyari bisanzwe. Ubushakashatsi butandukanye bwerekana ko umubare w’ingo zisenyuka uterwa n’ibintu byinshi birimo ibibazo…

Soma inkuru yose

Leta Igiye Guhana Abahinzi Bahinga Binyuranyije n’Amategeko

Mu rwego rwo kurushaho kurengera ubutaka no kongera umusaruro w’ubuhinzi, Guverinoma y’u Rwanda yashyizeho itegeko rishya riteganya ibihano ku bahinzi batubahiriza amabwiriza agenga ubuhinzi. Iri tegeko rigamije gukumira ibikorwa byangiza ubutaka no guteza imbere ubuhinzi burambye buzafasha igihugu kugera ku ntego zacyo z’umutekano w’ibiribwa. Abayobozi bagaragaza ko uburyo bwo guhinga budakurikije amategeko butagira ingaruka ku…

Soma inkuru yose

Ibintu bitanu ukwiye gukora kugira ngo ukomeze kubungabunga ubuzima bwiza bw’umwijima wawe

Ku wa 28 Nyakanga hizihizwa Umunsi Mpuzamahanga wahariwe kurwanya indwara ya Hepatite, hagamijwe gukangurira abantu kumenya iyi ndwara no gufata ingamba zo kuyirinda. Hepatite ni indwara yibasira umwijima, ishobora kuwangiza bikomeye ndetse ikaba yanatera kanseri y’umwijima iyo itavuwe kare. Uyu munsi wahariwe kandi kuzirikana uruhare rwa Dr. Baruch Blumberg, umuhanga wavumbuye virusi ya Hepatite B,…

Soma inkuru yose

Perezida Kagame yasabye ko Ikinyarwanda kirushaho kwigishwa mu nzego z’umutekano

Perezida Paul Kagame yasabye ko Ikinyarwanda kirushaho guhabwa umwanya mu mahugurwa ahabwa abasirikare n’abapolisi, agaragaza ko gukoresha neza ururimi rw’Igihugu ari imwe mu nkingi zo kubungabunga umuco n’indangagaciro z’Abanyarwanda. Yabitangaje kuri uyu wa 28 Nyakanga 2026 ubwo yaganiraga n’Intore 769 zigize icyiciro cya 16 cy’Indangamirwa, ziri gutozwa mu Kigo cy’Imyitozo cya Gabiro giherereye mu Karere…

Soma inkuru yose

Intore z’Indangamirwa ziyemeje kwigira no kwishakamo ibisubizo.

Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE) yatangaje ko Intore z’Indangamirwa zigize icyiciro cya 16 zasoje amahugurwa ziyemeje kwishingikiriza ku bushobozi bwazo no kuba umusemburo w’iterambere ry’Igihugu. Ibi byagarutsweho na Minisitiri Dr. Jean Damascene BIZIMANA kuwa 28 Nyakanga 2026, ubwo Perezida Paul KAGAME yasuraga izi Ntore ziri gutozwa mu Kigo cy’Imyitozo cya Gabiro. Iki cyiciro kigizwe…

Soma inkuru yose

U Rwanda rwatangaje gahunda yo guhagarika buhoro buhoro imiyoboro ya 2G na 3G, rugakomereza ku ikoranabuhanga rya 4G na 5G

Guverinoma y’u Rwanda, ibinyujije muri Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo (MINICT), yatangaje ku mugaragaro gahunda yo guhagarika buhoro buhoro ikoreshwa ry’imiyoboro ya telefone ya 2G na 3G, mu rwego rwo kongera umuvuduko, ubwizerwe n’ubushobozi bw’itumanaho rikoresha internet mu gihugu hose. Iyi gahunda yatangajwe mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku wa 27 Nyakanga 2026, rivuga ko iri hinduka…

Soma inkuru yose

Gatsibo: Abagabo babiri bakurikiranyweho guheza mugenzi wabo mu bwiherero

Abagabo babiri bo mu Karere ka Gatsibo batawe muri yombi nyuma y’uko umuturage wahawe akazi ko kuvidura ubwiherero bwari bumaze igihe budakoreshwa agwirwe n’itaka agahita apfa. Iyi mpanuka yabaye mu ijoro rishyira ku wa 27 Nyakanga 2026, mu Kagari ka Marimba, Umurenge wa Kabarore, mu Karere ka Gatsibo. Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kabarore, Rugaragavu Jean…

Soma inkuru yose

Trump yavuze ko ashobora kongera kugaba ibitero kuri Iran ibiganiro nibidatanga umusaruro.

Trump yavuze ko ibiganiro hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Iran bishobora gutanga umusaruro, ariko yihanangiriza ko nibitagera ku ntego yabyo, Amerika izongera gusubukura ibikorwa bya gisirikare. Yabitangaje ari mu ndege ya Air Force One, ubwo yasubizaga ibibazo by’abanyamakuru ku ihagarikwa ry’imirwano rimaze iminsi hagati y’impande zombi. Trump yavuze ko ibiganiro biri gukorwa…

Soma inkuru yose

Leta n’abikorera barimo guhuza imbaraga mu guteza imbere ikoranabuhanga mu burezi

Mu gihe u Rwanda rukomeje gushyira imbaraga mu kubaka uburezi bushingiye ku ikoranabuhanga, ubufatanye hagati ya Leta n’abikorera burimo gufatwa nk’inkingi y’ingenzi izafasha kuzamura ireme ry’uburezi. Inzobere zivuga ko ikoranabuhanga rikwiye kuba igikoresho gifasha abarimu n’abanyeshuri, aho kuba ikibasimbura, kandi rigashyirwa mu mashuri nyuma yo gusuzumwa neza. Ibi byagarutsweho mu kiganiro Ed Tech Mondays gitambuka…

Soma inkuru yose

Rutsiro: Umugabo afunzwe akekwaho kwica umugore bapfuye 2,000 Frw byo kunywera inzoga

Umugabo wo mu Karere ka Rutsiro yatawe muri yombi akekwaho kwica umugore we bari bafitanye abana batatu, nyuma y’amakimbirane bivugwa ko yaturutse ku mafaranga 2,000 Frw yari yasabye umugore ngo ajye kunywera inzoga akayamwima.Ibi byabereye mu ijoro ryo ku wa 26 Nyakanga 2026, mu Mudugudu wa Mucaca, Akagari ka Kageyo, Umurenge wa Mukura, mu Karere…

Soma inkuru yose

Kuki abagore bari guhindura uburyo bakunda bitewe n’impinduka ziri mu rukundo rwo kuri internet? Sobanukirwa

Mu myaka ishize, uburyo abantu bahura bakubaka urukundo bwahindutse cyane bitewe n’iterambere ry’ikoranabuhanga. Imbuga nkoranyambaga n’izindi porogaramu zifasha abantu gushaka abakunzi byatumye benshi babona urukundo bitabagoye, ariko na none bizana ibibazo birimo kubeshywa, guhemukirwa no kubura icyizere. Muri urwo rwego, hagaragaye umugendo mushya witwa “Fémosphère”, uri gukurura abagore benshi cyane cyane mu Burayi no muri…

Soma inkuru yose

Ese gukoresha AI cyane biri kugabanya ubushobozi bwo gutekereza? Dore icyo Ubushakashatsi bugaragaza

Mu gihe ubwenge buhangano (Artificial Intelligence-AI) bukomeje guhindura uburyo abantu bakora, biga ndetse banakemura ibibazo bya buri munsi, ubushakashatsi bushya bwagaragaje ko kubwishingikirizaho cyane bushobora kugira ingaruka ku bushobozi bwo gutekereza, kwibuka no gushaka ibisubizo umuntu yishingikirijeho. Nubwo AI yatumye akazi koroha kandi kakihuta mu nzego zitandukanye, abahanga bavuga ko hakenewe kuyikoresha mu buryo buringaniye…

Soma inkuru yose

Macron yahamagaje inama idasanzwe kubera inkongi zugarije Bordeaux

Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yahamagaje inama idasanzwe y’Abaminisitiri mu rwego rwo gusuzuma ingamba zihutirwa zo guhangana n’inkongi z’umuriro zikomeje gukwira mu bice bitandukanye by’igihugu, zirimo n’izegereje Umujyi wa Bordeaux mu Majyepfo ashyira Uburengerazuba bw’u Bufaransa. Izi nkongi zatewe n’ubushyuhe bukabije n’umuyaga mwinshi, byatumye umuriro ukwira vuba, usenya amashyamba n’ibindi bikorwa remezo ndetse uhatira abaturage…

Soma inkuru yose

RDB yimutse nyuma y’ibibazo by’ubuziranenge bw’inyubako yakoreragamo.

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere (RDB) rwatangaje ko rwimuriye ibikorwa byarwo ku cyicaro gishya giherereye ku muhanda KN 69 Street, ahateganye na Cathédrale Saint Michel mu Mujyi wa Kigali, nyuma y’impungenge zari zimaze igihe zivugwa ku nyubako rwakoreragamo i Gishushu. Itangazo RDB yashyize hanze mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere rigaragaza ko serivisi zose zatangirwaga…

Soma inkuru yose

U Rwanda na Tanzania mu biganiro byo kurushaho gushimangira umubano.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, yagiriye uruzinduko rw’akazi i Dar es Salaam muri Tanzania, aho yagiranye ibiganiro na mugenzi we, Amb. Mahmoud Thabit Kombo, hagamijwe gukomeza guteza imbere umubano n’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi. Ibi biganiro byabaye ku Cyumweru, tariki ya 26 Nyakanga 2026, byitabirwa kandi n’Umuyobozi ushinzwe Afurika muri Minisiteri y’Ububanyi…

Soma inkuru yose

Se wa Kitoko yitabye Imana

Se w’umuhanzi Kitoko Bibarwa Patrick yitabye Imana mu ijoro ryo ku wa 26 Nyakanga 2026, nyuma y’igihe yari amaze avurirwa mu Bitaro Byitiriwe Umwami Faisal i Kigali. Mu minsi yashize, uyu mubyeyi yari arembeye muri ibi bitaro, aho Kitoko yakundaga kumuba hafi amwitaho. Kuba yari amaze igihe agarutse gutura mu Rwanda, byatumye abona umwanya uhagije…

Soma inkuru yose

Taleb wa APR FC yavuze ko batsinzwe ariko batazacika intege, ashimangira ko bagiye gukosora amakosa

Nyuma yo kunyagirwa na Gor Mahia ibitego 5-0 mu mukino wa mbere wa CECAFA Kagame Cup 2026, umutoza wa APR FC, Taleb Abderrahim, yatangaje ko iryo tsindwa rikomeye ritagomba gufatwa nk’ikimenyetso cy’uko ikipe ye ari intege nke, ahubwo ko ryaturutse ku makosa agomba gukosorwa mbere y’imikino ikurikira. APR FC iri mu rugendo rwo gushaka kwisubiza…

Soma inkuru yose

Inkongi z’Imiriro Muri Espagne Zasize Abaturage Ibihumbi Bimuwe Mu Byabo

Madrid, Espagne – Abaturage ibihumbi bakomeje guhunga inkongi z’imiriro zikomeje kwibasira uduce twinshi twa Espagne, aho inzego z’ubutabazi zatangaje ko abantu 2,468 bamaze kwakirwa mu bigo 15 by’agateganyo byashyiriweho gufasha abimuwe mu ngo zabo. Ibi bigo byakira abaturage byubatswe cyane cyane mu nyubako z’imikino, aho bahabwa ibikenewe by’ibanze birimo amafunguro, ibikoresho by’isuku n’uburiri bwo kuraramo….

Soma inkuru yose

MINALOC yasabye abazategura ibirori kujya babanza kubimenyesha ubuyobozi

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Habimana Dominique, yasabye abaturage bose bifuza gutegura ibirori mu ngo zabo kujya babanza kubimenyesha ubuyobozi bw’inzego z’ibanze kugira ngo bubafashe kugenzura ko amafunguro n’ibinyobwa bizatangwa byujuje ubuziranenge, bityo hirindwe ibibazo bishobora gushyira ubuzima bw’ababyitabira mu kaga. Yabitangaje ku wa 25 Nyakanga 2026 ubwo yifatanyaga n’abaturage bo mu Karere ka Kamonyi mu Muganda…

Soma inkuru yose

Nyamagabe: Gitifu w’Umurenge wa Musebeya yatawe muri yombi akurikiranyweho ikirego cy’ihohoterwa

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Musebeya mu Karere ka Nyamagabe, Nkurikiyimana Pierre, yatawe muri yombi nyuma yo kwitaba ihamagazwa ry’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), aho akurikiranyweho ikirego cy’ihohoterwa cyatanzwe n’umwe mu bayobozi b’utugari tugize uwo murenge. Amakuru avuga ko Nkurikiyimana yatawe muri yombi ku wa 24 Nyakanga 2026, nyuma yo kwitaba ihamagazwa rya kabiri rya RIB, ishami…

Soma inkuru yose

Urukiko Rwongeye Gukoma Mu Nkokora Itegeko rya Trump ku Matora

Boston, Amerika – Urukiko rw’Ubujurire rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika rwatesheje agaciro icyifuzo cy’ubutegetsi bwa Perezida Donald Trump cyari kigamije gushyira mu bikorwa itegeko rikaza gukaza amabwiriza agenga amatora akorwa hakoreshejwe amabaruwa mbere y’amatora ateganyijwe mu Ugushyingo 2026. Uru rukiko rwemeje icyemezo cyari cyafashwe n’Umucamanza Indira Talwani, wavuze ko bimwe mu bikubiye muri iri…

Soma inkuru yose

Nyamasheke: Abajura batemye umucuruzi w’ingurube banamwambura amafaranga arenga miliyoni 1 Frw

Abagabo babiri bo mu Karere ka Nyamasheke batawe muri yombi bakekwaho gutema umucuruzi w’amatungo witwa Barutusanumwe Zacharie no kumwambura amafaranga arenga miliyoni 1 Frw yari avanye mu bucuruzi bw’ingurube. Ibi byabereye mu Mudugudu wa Kabeza, Akagari ka Gasovu, Umurenge wa Karambi, mu ijoro ryo ku wa 24 Nyakanga 2026, ahagana saa munani z’ijoro. Amakuru avuga…

Soma inkuru yose

Facebook igiye guhinduka nka TikTok? Dore impinduka nshya ziteganyijwe

Mu gihe TikTok ikomeje kwigarurira imitima ya miliyoni z’abayikoresha ku Isi binyuze mu mashusho magufi, Facebook nayo iri gutegura impinduka zikomeye zishobora guhindura uburyo abantu bayikoresha buri munsi. Amakuru mashya agaragaza ko Facebook iri kugerageza uburyo bushya buzatuma umuntu ufunguye porogaramu yayo kuri telefoni atazabanza kubona amakuru y’inshuti, amafoto cyangwa inyandiko nk’uko bisanzwe. Ahubwo azajya…

Soma inkuru yose

Inkongi z’Umuriro Zikomeje Guteza Icyoba mu Bufaransa na Espagne, Abaturage Ibihumbi Bimurwa

Abantu ibihumbi n’ibihumbi bamaze kwimurwa mu Bufaransa no muri Espagne nyuma y’aho inkongi z’umuriro zikomeye zikomeje gukwira mu buryo budasanzwe, zigatwika amashyamba, inzu n’ibikorwaremezo. Ubuyobozi bw’ibihugu byombi bwatangaje ko buri gukora ibishoboka byose kugira ngo burokore ubuzima bw’abaturage mu gihe ubushyuhe bukabije n’umuyaga bikomeje gukaza ikibazo. Mu majyepfo y’uburengerazuba bw’u Bufaransa, ubuyobozi bwategetse ko abaturage…

Soma inkuru yose

Nyambo Jesca yambitswe impeta n’umukunzi we mu muhango wabaye mu ibanga rikomeye

Umukinnyi wa sinema nyarwanda Nyambo Jesca yateye indi ntambwe mu rugendo rw’urukundo nyuma yo kwambikwa impeta n’umukunzi we usanzwe atuye muri Australie, mu muhango wabaye mu ibanga rikomeye, watunguye benshi barimo na Nyambo ubwe. Amakuru y’uko Nyambo yambitswe impeta yatangiye gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga ku wa 23 Nyakanga 2026, nyuma y’uko bamwe mu bari bitabiriye…

Soma inkuru yose

Madamu Jeannette Kagame yatashye ‘Imbuto Hub’ i Bugesera

Madamu Jeannette Kagame kuri uyu wa Gatanu yitabiriye umuhango wo gutaha ikigo cyiswe Imbuto Hub giherereye mu Murenge wa Nyamata, Akarere ka Bugesera, cyubatswe ku bufatanye n’Umuryango Imbuto Foundation kugira ngo gitange serivisi zitandukanye ku baturage ku buntu. Iki kigo kizajya gitanga serivisi zirimo ubujyanama ku buzima n’imibereho, amahugurwa y’imyuga, ikoranabuhanga, imikino n’imyidagaduro, irerero ry’abana…

Soma inkuru yose

Chris Brown yongeye kurekurwa by’agateganyo, amateka y’ihohotera yakoreye Rihanna arongera kuvugwa

Umuhanzi w’Umunyamerika Chris Brown yongeye kurekurwa by’agateganyo n’urukiko nyuma yo gutanga ingwate ya miliyoni 5 z’amapawundi (£5 miliyoni), mu gihe akomeje gukurikiranwa n’amategeko. Nubwo yemerewe gukomeza urugendo rw’ibitaramo bye, urubanza rwamuhamije ihohotera yakoreye uwahoze ari umukunzi we, Rihanna, mu 2009 rwongeye kuvugwa nk’urugero rw’ibibazo by’amategeko bimaze imyaka bimukurikirana. Chris Brown yitabye urukiko ku wa Gatanu,…

Soma inkuru yose

AI n’ingaruka zayo ku bushobozi bwo gutekereza no guhanga udushya ku banyeshuri

Mu gihe ubwenge buhangano (AI) bukomeje kwinjira mu nzego zitandukanye z’ubuzima, harimo n’uburezi, impuguke mu gutegura abanyeshuri bajya kwiga muri kaminuza zikomeye ku Isi ziraburira ko gukoresha AI mu kwandika inyandiko y’ubusabe (Personal Statement cyangwa College Essay) bishobora kugabanya amahirwe yo kwakirwa. Ibi bibaye mu gihe impaka ku ikoreshwa rya AI mu burezi zikomeje kwiyongera…

Soma inkuru yose

Igwingira mu Ntara y’Iburengerazuba riracyari hejuru, Guverineri Ntibitura arasaba ubufatanye mu kurirwanya

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Ntibitura Jean Bosco, yavuze ko ikibazo cy’igwingira gikomeje kwibasira abana bo muri iyi Ntara giterwa ahanini n’imirire mibi, ubukene, isuku n’isukura bidahagije ndetse n’ubumenyi buke ku mirire iboneye. Yasabye inzego zose n’abaturage guhuriza hamwe imbaraga kugira ngo iki kibazo gihashywe burundu. Yabitangaje ku wa 23 Nyakanga 2026 i Karongi, mu nama nyunguranabitekerezo…

Soma inkuru yose