Somaliland

Israel igiye gufungura Ambasade muri Somaliland

Nyuma y’iminsi mike Israel itangaje ko yemeye Somaliland nk’igihugu, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wayo, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko rwa mbere muri Somaliland ndetse anatangaza ko bagiye kuhafungura ambasade mu minsi iri imbere. Leta ya Somalia isanzwe ifata Somaliland nk’intara yayo yahise yamagana urwo ruzinduko rwa Israel, ivuga ko ari ukwivanga mu bibazo by’imbere mu gihugu cyayo…

Soma inkuru yose
Umutoza wa Chelsea

Liam Rosenior yagizwe umutoza mushya wa Chelsea

Umwongereza Liam Rosenior yagizwe umutoza mushya wa Chelsea FC yo mu Bwongereza, asinya amasezerano y’imyaka itandatu. Iyi kipe yabitangaje kuri uyu wa Kabiri, tariki 6 Mutarama 2026, binyuze mu itangazo yashyize hanze. Liam Rosenior yagaragaje ko intego afite ari ugukomeza gutwara ibikombe muri iyi kipe. Ati’’ Akazi kanjye ni kurinda umwihariko w’iyi kipe no kubaka…

Soma inkuru yose
Abadepite

Abadepite bagaragaje impungenge ku gipimo cya alukoro cyemererwa abatwara ibinyabiziga

Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda bagaragaje impungenge ku ngingo iri mu mushinga w’itegeko rigenga imikoreshereze y’umuhanda. Iyo ngingo iteganya ko utwaye ikinyabiziga yemerewe kugira alukoro mu maraso, itarenze garama 0,80 kuri litiro imwe y’amaraso. Byongeye kandi, uwo mushinga uteganya ko icyo gipimo gishobora kugabanywa n’Iteka rya Minisitiri ufite gutwara abantu n’ibintu mu nshingano….

Soma inkuru yose
Inkingo za COVID 19 zishobora gutera umutima

Ubushakashatsi: Inkingo za mRNA zitera indwara z’umutima ku ngimbi no kubangavu

Ubushakashatsi  bwa Stanford Medicine bwerekanye uburyo inkingo  za COVID-19 zakozwe na mRNA zishobora gutera indwara y’umutima cyane cyane ku ngimbi n’abangavu. SOMA UBUSHAKASHATSI BWOSE HANO Abashakashatsi bwagaragaje ko hari ibintu bibiri bibaho  nyuma yo gutera vaccine. Icya mbere, utunyangingo tw’umubiri twitwa macrophages twohereza proteyine yitwa CXCL10. Iyi proteyine itera utundi tunyangingo twitwa T cells kurekura…

Soma inkuru yose
Zelensky

Ukraine: Perezida Zelensky yemeye amatora mu gihe kiri imbere

Perezida wa Ukraine  Volodymyry Zelensky, yavuze ko yasabye abayoboke b’ishyaka rye gutangira gutegura itegeko ryatuma igihugu gishobora gukora amatora nubwo bakiri mu ntambara n’u Burusiya. Amatora ya Perezida muri Ukraine yagombaga kuba yarabaye muri Gicurasi 2025, arasubikwa kubera ko iki gihugu cyari gisumbirijwe mu ntambara bahanganyemo n’u Burusiya. Ni ibintu byakomeje gukoma mu nkokora ibiganiro…

Soma inkuru yose
RDC

RDC: AFC/M23 Yemeje ko yamaze gufata umujyi wa Uvira

Ingabo za AFC/M23 zirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zaraye zinjiye mu Mujyi wa Uvira ku mugoroba wo ku wa Kabiri, Tariki 09 Ukuboza nta mirwano ihambaye ibayeho.‎‎Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, abinyujije ku rukuta rwe rwa X yatangaje ko bidasubirwaho Umujyi wa Uvira uri mu biganza bya AFC/M23.‎‎Nkuko Kanyuka akomeza abitangaza, avuga…

Soma inkuru yose

Ni ryari Umwana Akwiye Gutangira Gukoresha Smartphone?

https://mobile.igihe.com/ubuzima/article/ni-ku-myaka-ingahe-umwana-akwiye-gutangira-gukoresha-smartphoneIkibazo cy’ikoreshwa rya smartphone mu bana bato gikomeje gutera impungenge mu Rwanda. Abana benshi bakoresha imbuga nkoranyambaga bakabona ibirimo bidahuye n’imyaka yabo. Ibyo bishobora kubangiriza ubuzima bwo mu mutwe. Inzobere zivuga ko gukoresha smartphone hakiri kare bishobora gutera imyitwarire mibi n’agahinda gakabije. Impamvu Ikoresha rya Smartphones Riyobera Ababyeyi Abana baracyari bato ntibamenya gusobanura amakuru babona…

Soma inkuru yose

Amashimwe ni yose kuri Bamenya nyuma yo kwegukana irushwanwa rya Mashariki

Amashimwe ni yose kuri Benimana Ramadhan wamenyekanye cyane nka Bamenya, nyuma yo kwegukana igihembo cy’imodoka mu marushanwa ya Mashariki African Film Festival 2025,  ahigitse abarimo Aime Valens Tuyisenge wamenyekanye nka Boss Rukundo. Ni amatora yarangiye mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki 28 Ugushyingo 2025 ahagana saa tanu z’ijoro, aho hamenyekanye abakinnyi babiri bazahembwa imodoka z’agaciro…

Soma inkuru yose

Mu Rwanda hakorwa filime ivuga ku ipfunwe ry’abakuze banyara ku buriri

Umwanditsi n’umuremyi wa filime nyarwanda, Deborah Ishimwe, yamuritse umushinga we mushya yise “Bedwetter”, werekana uburyo abantu bakuru bahura n’ipfunwe rikomoka ku kibazo cyo kunyara ku buriri—ikintu gikunze guhishwa kubera isoni nyinshi. Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, Deborah yavuze ko yatekereje gukora iyi filime kugira ngo agaragaze ubuzima bw’abantu bahura n’aka kaga, kandi bakunze guhabwa urwamenyo…

Soma inkuru yose

Yagabiwe Inyambo: Umunsi wa Mbere w’Uruzinduko rwa Emir wa Qatar i Kigali (Amafoto)

Uruzinduko rw’iminsi ibiri rwa Emir wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, mu Rwanda rwatangiye ku wa 20 Ugushyingo 2025, aho umunsi wa mbere waranzwe no gusura urwuri rw’Inyambo rwa Perezida Kagame, anagabirwa Inyambo na Perezida. Sheikh Tamim yageze mu Rwanda ku gicamunsi cyo ku wa 20 Ugushyingo ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali,…

Soma inkuru yose

Abagore benshi ku Isi bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’abashakanye

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ryagaragaje ko abagore barenga miliyoni 830 ku Isi bakozweho ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’abashakanye nibura inshuro imwe mu buzima bwabo. OMS ivuga ko umugore umwe kuri batatu bashatse ku Isi yaba yarahuye n’iri hohoterwa, kandi mu 2024 gusa, abagore bagera kuri miliyoni 316 bari hejuru y’imyaka 15 bakozweho….

Soma inkuru yose

Australia: Meta izafunga konti z’abana bari munsi y’imyaka 16 ku mbuga nka Facebook na Instagram

Meta yatangaje ko yatangiye kumenyesha abakoresha Instagram, Facebook na Threads bo muri Australia bari munsi y’imyaka 16 ko konti zabo zizafungwa. Iki ni igikorwa gitegurwa mbere y’uko Australia ishyira mu bikorwa itegeko ribuza abana bari munsi y’imyaka 16 gukoresha imbuga nkoranyambaga, rizatangira ku wa 10 Ukuboza 2025. Abakoresha bafite hagati y’imyaka 13 na 15 bazahabwa…

Soma inkuru yose

Meta yaciwe miliyoni 550$ kubera gukoresha amakuru y’abakoresha mu buryo bunyuranyije n’amategeko

Urukiko rwo muri Espagne rwasabiye Sosiyete ya Meta – ifite Facebook na Instagram – kwishyura ibitangazamakuru amafaranga arenga miliyoni 550$ nyuma yo guhamwa no gukoresha amakuru bwite mu kwamamaza mu buryo butubahirije amategeko. Ibitangazamakuru 80 byari byareze Meta mu 2023, bivuga ko hagati ya 2018 na 2023 iyi sosiyete yawukoresheje mu bikorwa by’iyamamazabikorwa amakuru menshi…

Soma inkuru yose

Nestlé irashinjwa kugurisha ‘Cerelac’ zifite isukari nyinshi ku masoko ya Afurika

Imiryango irengera uburenganzira bw’abana yasabye Nestlé yo mu Busuwisi kwisobanura ku birego byo kurenga ku mabwiriza mpuzamahanga y’imirire, ikagurisha ibiribwa by’abana birimo isukari nyinshi muri Afurika. Raporo nshya ya Public Eye yasohotse ku wa 18 Ugushyingo 2025, yerekana ko mu bipimo byafashwe kuri ‘Cerelac’ ziguzwe hirya no hino muri Afurika, hejuru ya 90% byazo byagaragayemo…

Soma inkuru yose

Dubai: Impanuka y’indege ya gisirikare y’u Buhinde yahitanye umupilote mu myiyerekanire

Umupilote w’Ingabo z’u Buhinde zirwanira mu kirere (IAF) yahasize ubuzima nyuma y’uko indege ya gisirikare yo mu bwoko bwa Tejas ikoze impanuka mu gihe yari iri mu myiyerekano ya Dubai Airshow ku wa Gatanu. IAF yemeje iby’iyi mpanuka binyuze ku rubuga X, itangaza ko “ibabajwe bikomeye n’urupfu rw’uyu mupilote, kandi yifatanyije n’umuryango we muri ibi…

Soma inkuru yose

AFC/M23 yavuze ko itazihanganira ibikorwa by’ingabo z’u Burundi bikomeje kwibasira abasivili

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa RDC ryatangaje ko ritazemera na gacye ibikorwa bivugwa ko bikorwa n’ingabo z’u Burundi mu Burasirazuba bwa Congo, birimo no kubuza abaturage amafunguro bikabasiga mu kaga. Umunyamabanga Uhoraho wa AFC/M23, Benjamin Mbonimpa, yabwiye itangazamakuru ko iri huriro riri kurwana ku nyungu z’abaturage b’Abanye-Congo, bityo ko igihugu cyangwa itsinda ryose ririvangamo rizafatwa…

Soma inkuru yose

Kenya irateganya kugeza umuhanda wa gari ya moshi wihuta (SGR) hafi y’umupaka wa Uganda

Perezida wa Kenya, Dr. William Ruto, yatangaje ko kuva muri Mutarama 2025 gahunda yo kongera uburebure bw’umuhanda wa gari ya moshi uva Naivasha ujya Kisumu no kugera i Malaba hafi y’u Rwanda izatangira gushyirwa mu bikorwa. Ibi yabivugiye mu mbwirwaruhame yagejeje ku Nteko Ishinga Amategeko ubwo yagaragazaga uko igihugu gihagaze, avuga ko kimwe mu byo…

Soma inkuru yose

RURA yasabye ko iterambere ry’igihugu rihuzwa n’iyongerwa ry’ibikorwaremezo by’itumanaho

Umuyobozi Ushinzwe Ikoranabuhanga muri RURA, Gahungu Charles, yavuze ko iterambere ryihuta cyane mu gihugu, cyane cyane mu Mujyi wa Kigali, rigomba kugendana n’izamuka ry’ibikorwaremezo by’itumanaho kugira ngo hirindwe ibibazo by’ihuzanzira. Mu kiganiro yagiranye na Televiziyo y’u Rwanda, Gahungu yagaragaje ko uko umujyi waguka ari ko hagomba kwiyongera iminara n’ibindi bikorwa bifasha mu gutanga ‘network’. Avuga…

Soma inkuru yose

Blue Origin yohereje kuri Mars ibyogajuru bibiri bya NASA mu bushakashatsi bushya

Ikigo cya Blue Origin cya Jeff Bezos cyakoze urugendo rwihariye rwohereza rocket yacyo mu isanzure, itwaye ibyogajuru bibiri bya NASA bigiye gukora ubushakashatsi ku mubumbe wa Mars. Ibyo byogajuru byiswe Escapade, bigiye gusesengura imiterere y’ikirere cya Mars n’imyuka iyigize, ndetse no kumenya icyatumye uyu mubumbe utakaza ikirere cyiza n’ubutaka bwari bworoshye, ukagubwa n’ubukonje bukabije no…

Soma inkuru yose

Telefoni za Google Pixel zahawe ubushobozi bwo koherereza ibintu iza iPhone hakoreshejwe Airdrop

Google yatangaje ko yavuguruye porogaramu yayo yo koherezanya amakuru, Quick Share, ku buryo ubu ishobora kohereza amafayili kuri telefoni za iPhone hifashishijwe uburyo bwa Airdrop. Airdrop ni tekinoloji ikoreshwa n’ibikoresho bya Apple bikoresha IOS mu guhanahana amafayili, kandi yari isanzwe ikorera hagati y’abakoresha ibikoresho bya Apple gusa. Ariko guhera ku rwego rwa telefoni Google Pixel…

Soma inkuru yose