Rayon Sports ishobora kubuzwa gukina CAF Confederation Cup kubera amadeni ya Daffé na Lotfi

Perezida wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje ko iyi kipe yamenyeshejwe n’Impuzamashyirahamwe ya Ruhago muri Afurika (CAF) ko itemerewe gukina irushanwa rya CAF Confederation Cup mu gihe itarishyura amafaranga ibereyemo uwahoze ari umukinnyi wayo Souleymane Daffé ndetse n’uwahoze ari umutoza wayo Afahmia Lotfi. Kuva muri Werurwe 2026, Rayon Sports iri ku rutonde rw’amakipe yabujijwe kwandikisha…

Soma inkuru yose

Ikoranabuhanga ry’Abashinwa ryigaruriye Igikombe cy’Isi.

Ikipe y’u Bushinwa ishobora kuba itabonetse mu Gikombe cy’Isi cya 2026, ariko igihugu cyayo kiri kugaragara cyane binyuze mu bigo by’ikoranabuhanga byabaye abafatanyabikorwa b’ingenzi b’iri rushanwa, bikomeje kwerekana imbaraga zabyo ku rwego mpuzamahanga. Nubwo Ikipe y’Igihugu y’u Bushinwa itari mu Gikombe cy’Isi cya 2026, ikoranabuhanga n’ibicuruzwa by’icyo gihugu byo biri mu bikomeje kugaragara cyane muri…

Soma inkuru yose

Ishuri rya NISS ryo muri Nijeriya ryasuye Ikigo cya Mutobo mu rwego rwo kwiga ku ngamba z’u Rwanda zo gusubiza mu buzima busanzwe abavuye mu mitwe yitwaje intwaro.

Intumwa ziturutse mu Ishuri Rikuru ry’Ubushakashatsi ku Mutekano rya Nigeria (NISS), ziri mu Rwanda mu rugendoshuri rw’icyumweru, zasuye Ikigo cya Mutobo giherereye mu Karere ka Musanze, gishinzwe kwakira no gufasha abahoze mu mitwe yitwaje intwaro gusubira mu buzima busanzwe no kongera kwinjira mu muryango nyarwanda. Izi ntumwa zakiriwe na Perezida wa Komisiyo y’Igihugu ishinzwe Gusezerera…

Soma inkuru yose

Ruhango: Urubyiruko rwasabwe kumenya amateka y’u Rwanda no kugira uruhare mu gukumira ibyaha

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yakomeje ubukangurambaga bugamije gushishikariza abaturage, by’umwihariko urubyiruko, kugira uruhare mu kwirinda no gukumira ibyaha. Mu Karere ka Ruhango, urubyiruko rw’abakorerabushake n’abakoresha umuhanda basobanuriwe uruhare rwabo mu kubungabunga umutekano. Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Ruhango, SSP B. Kagenza, yavuze ko ibyaha bikunze kugaragara cyane mu rubyiruko birimo ikoreshwa…

Soma inkuru yose

Bebe Cool yemeye guhindura imvugo ku kibazo cya Miss Jolly nyuma y’inama ya Gen. Muhoozi.

Gen Muhoozi Kainerugaba yasabye Bebe Cool guhagarika amagambo n’ibikorwa bimushinja guharabika Miss Mutesi Jolly, amakimbirane bari bamazemo iminsi ku mbuga nkoranyambaga. Mu butumwa yashyize ku rubuga rwe rwa X kuri uyu wa Kane, umuhanzi Bebe Cool yatangaje ko yakiriye telefoni ya Gen Muhoozi Kainerugaba, amusaba guhagarika gukomeza guharabika Mutesi Jolly ku mbuga nkoranyambaga, ahubwo ikibazo…

Soma inkuru yose

Kurara Utambaye: Ese Hari Inyungu Bigira ku Buzima? Dore Ibyo Ubushakashatsi Bwerekana

Abantu benshi bafite akamenyero ko kuryama bambaye imyenda yabugenewe cyangwa indi myambaro isanzwe, mu gihe hari n’abahitamo kurara batambaye. Nubwo bamwe babifata nk’umuco cyangwa uburyo bwo kwiyorohereza, hari ubushakashatsi bugaragaza ko kurara utambaye bishobora kugira akamaro ku buzima mu bihe bimwe na bimwe. Abahanga mu buzima bavuga ko inyungu z’ubu buryo ziterwa n’imiterere y’umuntu, aho…

Soma inkuru yose

Perezida Ramaphosa yagaragaje kutemeranya n’abaturage bamwe basaba ko abanyamahanga birukanwa muri Afurika y’Epfo.

Perezida Cyril Ramaphosa yavuze ko Guverinoma ya Afurika y’Epfo itashyizeho itegeko isaba abanyamahanga bari mu gihugu mu buryo butemewe n’amategeko kuhava, ahubwo ko iri gukora ku ngamba z’igihe kirekire zigamije gukemura iki kibazo mu buryo burambye. Ibi yabivuze nyuma y’aho imiryango imwe n’imwe irwanya abanyamahanga badafite ibyangombwa, harimo March and March Movement, yatanze tariki ya…

Soma inkuru yose

U Rwanda Rwakiriye Abandi Bimukira 173 Baturutse muri Libya Basaba Ubuhungiro

Guverinoma y’u Rwanda yongeye kwakira icyiciro gishya cy’abimukira n’abasaba ubuhungiro 173 bavanwe muri Libya, mu rwego rwo gukomeza gahunda yo gutabara Abanyafurika bahura n’ibibazo by’umutekano n’ihohoterwa mu rugendo rwo gushaka ubuzima bwiza. Aba bimukira bageze mu Rwanda mu ijoro ryo ku wa 17 Kamena 2026, bakaba bagizwe n’abaturage bakomoka mu bihugu bitandukanye byo ku Mugabane…

Soma inkuru yose

Uko Wakwitandukanya n’Umukunzi Ugukoresha mu Nyungu Ze

Ubushakashatsi bushya bwagaragaje ko abantu bakoresha abo bakundana mu nyungu zabo bashobora gutuma umubano uba umutwaro, ugasiga uwo bakoresha yumva adafite ijambo, ananiwe ndetse atishimye. Impuguke zivuga ko kumenya ibimenyetso by’iyo myitwarire no gufata ingamba hakiri kare bishobora kurinda umubano gusenyuka cyangwa kurinda umuntu gukomeza kubaho mu buzima bumubangamiye. Mu buzima bwa buri munsi, hari…

Soma inkuru yose

Impaka ku kudahanwa kwa Messi zakomeje kuvugisha benshi

Abafana benshi b’umupira w’amaguru ku isi bakomeje kuganira ku cyemezo cya FIFA n’abasifuzi nyuma y’uko kapiteni Lionel Messi adahanwe ku ikosa ryavuzwe ko yakoreye myugariro wa Algeria, Aïssa Mandi, mu mukino Argentina yatsinzemo ibitego 3-0. Amashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga agaragaza Messi akandagira Mandi inyuma ku kaguru mu gihe cy’umukino. Nubwo icyo gikorwa cyateje impaka,…

Soma inkuru yose

Bebe Cool akomeje gushinja Mutesi Jolly ubutubuzi, asaba ko hakorwa iperereza

Bebe Cool yashyize hanze ubutumwa avuga ko yagiranye n’uwo yaterezaga ko ari Mutesi Jolly Umuhanzi w’icyamamare muri Uganda, Bebe Cool, yakomeje kuvuga ku kibazo cy’umuntu avuga ko yamutuburiye yiyita Mutesi Jolly, ndetse asaba inzego zibishinzwe gukora iperereza kuri iki kibazo. Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwa X, Bebe Cool yavuze ko ibyabaye byatangiye muri Mutarama…

Soma inkuru yose

Nyuma yo Gutoranywa na Apple Music, Element EleéeH Agiye Gutaramira Abakunzi Be Muri Amerika

Umuhanzi nyarwanda akaba n’umutunganya w’indirimbo, Mugisha Robinson wamamaye nka Element EleéeH, agiye gutangira urugendo rw’ibitaramo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), mu gikorwa gitegerejweho kumwegereza abakunzi be batuye muri diaspora no gukomeza guteza imbere umuziki nyarwanda ku rwego mpuzamahanga. Uru rugendo rwiswe “USA Tour”, ruzaba mu mezi y’Ugushyingo n’Ukuboza 2026, aho Element EleéeH azataramira…

Soma inkuru yose

Indwara 4 zandurira mu mibonano mpuzabitsina zihangayikishije

Mu myaka ya vuba, impuguke mu by’ubuzima zigaragaza ko hari indwara nshya ziri kugaragara cyane zandurira mu mibonano mpuzabitsina (STIs). Zimwe muri izi ndwara ziterwa na bagiteri zigenda zihindura uburyo zikwirakwira, bikaba bituma zirushaho guteza ibibazo ku buzima bw’abantu ndetse no kugora uburyo bwo kuzivura. Ubushakashatsi kuri izi ndwara bwakozwe n’inzego zitandukanye z’ubuzima n’abashakashatsi bo…

Soma inkuru yose

Nyamagabe: Abantu 5 bakekwaho ubujura bw’amatungo, imyaka no gutega abaturage batawe muri yombi

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yatangaje ko yafashe abagabo batanu bakekwaho ibikorwa bitandukanye by’ubujura byari bimaze igihe biteza umutekano muke mu bice bitandukanye by’Akarere ka Nyamagabe. Aba bagabo bafashwe ku wa 16 Kamena 2026 mu Murenge wa Kibirizi, nyuma y’amakuru yatanzwe n’abaturage bafatanyije n’inzego z’umutekano mu bikorwa byo gukumira no kurwanya ibyaha. Bakekwaho…

Soma inkuru yose

AC Millan yatangaje Roben Amorim nk’umutoza wayo mushya.

Ikipe ya AC Milan yatangaje ku mugaragaro ko yagize Ruben Amorim umutoza wayo mushya, asimbura Massimiliano Allegri wirukanwe nyuma y’umusaruro mubi yagize mu mwaka w’imikino ushize 2025-2026. Amorim w’imyaka 41 y’amavuko, ukomoka muri Portugal, yahawe inshingano zo kongera kubaka AC Milan nyuma y’uko iyi kipe isoje ku mwanya wa gatanu muri Shampiyona y’u Butaliyani (Serie A), bityo ikabura itike yo gukina…

Soma inkuru yose

Ubushakashatsi Bushya Bugaragaza Uko Gutekereza Byimbitse Bihindura Imikorere y’Ubwonko n’Umubiri

Mu gihe isi ikomeje gushakisha uburyo bwo guhangana n’ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe birimo stress, agahinda gakabije n’ubwoba bukabije, ubushakashatsi bwa siyansi bukomeje kugaragaza ko gutekereza byimbitse ari kimwe mu bikorwa bifite uruhare rukomeye mu guteza imbere ubuzima bw’umuntu. Nubwo gutekereza byimbitse bimaze imyaka myinshi bikorwa hirya no hino ku isi, ubushakashatsi buheruka gukorwa bwerekana…

Soma inkuru yose

Ifunguro rya Saa Sita: Impamvu Ridakwiye Gusimbukwa Niba Ushaka Kugumana Imbaraga n’Ubuzima Bwiza

Mu buzima bwa buri munsi, abantu benshi bahura n’umunaniro n’ibibazo byo kutabasha kwibanda ku kazi cyangwa ku masomo mu masaha y’igicamunsi. Abahanga mu mirire bavuga ko imwe mu mpamvu zibitera ari ukudasuzugura cyangwa gusimbuka ifunguro rya saa sita, nyamara rifite uruhare rukomeye mu kongera imbaraga no kubungabunga ubuzima. Ifunguro rya saa sita rifatwa nk’ikiraro gihuza…

Soma inkuru yose

Inkuru Itunguranye: Kevin Kade Ntazagaragara muri MTN Iwacu Muzika Festival 2026

Abakunzi b’umuziki nyarwanda bari biteze kubona umuhanzi Ngabo Richard uzwi nka Kevin Kade mu bitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival 2026, babonye inkuru itunguranye nyuma y’uko hatangajwe ko atazitabira iri serukiramuco kubera ibibazo by’ubuzima. Aya makuru yashyizwe ahagaragara ku wa 15 Kamena 2026 binyuze mu itangazo ryasohowe n’inzu ireberera inyungu z’uyu muhanzi, YEEBAA Music. Iri…

Soma inkuru yose

Ebola ikomeje gusiga ubuzima bw’abaturage bo muri RDC mu kangaratete.

Abaturage bo mu duce twugarijwe na Ebola muri RDC bakomeje kwibasirwa n’imibereho mibi, bitewe n’uko icyorezo cyiyongereye ku bibazo byari bisanzwe birimo ubukene, ikibazo cy’amazi meza n’isuku, ndetse n’intege nke z’urwego rw’ubuzima. Umuryango Oxfam uvuga ko imibare y’abanduye Ebola ishobora kuba iri hejuru kurusha itangazwa, kuko mu duce twinshi twugarijwe n’icyorezo bigoye kumenya abarwayi bose…

Soma inkuru yose

Umugabo wari ugiye gusengera ahatemewe mu mugezi wa Musogoro yabonetse yapfuye

Umugabo wo mu Karere ka Karongi witwa Hakizumwami Emmanuel w’imyaka 40 yabonetse yapfuye nyuma y’aho yari yavuye mu rugo agiye gusengera ahantu hatemewe mu mugezi wa Musogoro, mu Murenge wa Rubengera. Ibi byabereye mu Mudugudu wa Buhoro, Akagari ka Kibilizi, Umurenge wa Rubengera ku wa 14 Kamena 2026. Nyakwigendera yari atuye mu Mudugudu wa Ruvumbu,…

Soma inkuru yose

Impungenge ku bana b’Abanyarwanda badasobanukirwa ibyo basoma nubwo bazi gusoma neza

Ubushakashatsi bushya bwakozwe n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA) bwagaragaje ikibazo gikomeye mu burezi bw’u Rwanda, aho abana benshi bashobora gusoma amagambo n’interuro ariko bakagira ikibazo cyo gusobanukirwa ibyo basoma. Ni ikibazo impuguke zigaragaza ko gishobora kugira ingaruka zikomeye ku myigire y’abana, kuko gusoma bidahagije iyo umunyeshuri adashoboye kumva no gusobanura ubutumwa buri mu…

Soma inkuru yose

Impungenge ku bana b’Abanyarwanda badasobanukirwa ibyo basoma nubwo bazi gusoma neza

Ubushakashatsi bushya bwakozwe n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA) bwagaragaje ikibazo gikomeye mu burezi bw’u Rwanda, aho abana benshi bashobora gusoma amagambo n’interuro ariko bakagira ikibazo cyo gusobanukirwa ibyo basoma. Ni ikibazo impuguke zigaragaza ko gishobora kugira ingaruka zikomeye ku myigire y’abana, kuko gusoma bidahagije iyo umunyeshuri adashoboye kumva no gusobanura ubutumwa buri mu…

Soma inkuru yose

Yari afite abamukurikira ibihumbi 50 gusa! Uko amarira ya Vozinha yahise amuhindura icyamamare ku isi mu ijoro rimwe

Umuzamu wa Cape Verde wabaye intwari y’umukino wahuje igihugu cye na Espagne Mu ijoro ryabaye amateka kuri Cape Verde, umunyezamu wayo w’inararibonye, Vozinha, yigaruriye imitima y’abakunzi b’umupira w’amaguru ku isi yose nyuma yo gufasha ikipe ye kunganya ubusa ku busa (0-0) na Spain mu mukino wa mbere wa Cape Verde mu Gikombe cy’Isi cya 2026….

Soma inkuru yose

Kigali International Peace Marathon yanditse amateka mashya mu Mujyi wa Kigali.

Irushanwa Mpuzamahanga ryo Gusiganwa ku Maguru rya Kigali International Peace Marathon 2026 ryanditse amateka mashya mu Mujyi wa Kigali, haba mu mubare munini w’abaryitabiriye, imigendekere myiza yaryo, ibihembo byatanzwe, ndetse n’umusaruro ushimishije w’Abanyarwandakazi mu cyiciro cya Half Marathon, aho bagaragaje ubwitange n’ubushobozi budasanzwe. Iri rushanwa mpuzamahanga ryabaye ku wa 13 no kuwa 14 Kamena 2026…

Soma inkuru yose

Ese Kwambikana Impeta Byonyine Birahagije Gushimangira Umubano w’Abakundana?

Mu mibanire y’abakundana, kwambikana impeta bifatwa nk’intambwe ikomeye igaragaza urukundo, ukwizerana n’ubwiyemezi bwo kubaka ejo hazaza hamwe. Kuri bamwe, ni ikimenyetso cyerekana ko umubano wageze ku rwego rwo hejuru, mu gihe abandi babibona nk’isezerano ryo kuzabana ubuzima bwose. Icyakora, ikibazo gikomeje kwibazwa ni ukumenya niba impeta yonyine ihagije kugira ngo umubano ukomere kandi urambe. Abahanga…

Soma inkuru yose

Ikibazo Kimwe Abashakanye Bakwiriye Kwibaza

Abashakanye benshi bagera igihe bakumva hari ibitagenda neza mu mubano wabo ariko bakabura uburyo bwo kubisobanura cyangwa aho bahera bashaka ibisubizo. Hari abumva urukundo rwagabanutse, abandi bakumva amakimbirane yiyongereye, mu gihe hari n’abibaza niba umubano wabo ukiri ku murongo mwiza. Nk’uko umuhanga mu bijyanye n’imibanire y’abashakanye Assael Romanelli abigaragaza, hari ikibazo kimwe cyoroshye ariko gikomeye…

Soma inkuru yose

Zari Hassan na Shakib Cham Batandukanye Nyuma y’Imyaka Itanu Bari Kumwe

Umunyamyidagaduro n’umushoramari uzwi cyane muri Afurika y’Iburasirazuba, Zari Hassan, ndetse n’umugabo we Shakib Cham Lutaaya, batangaje ko bamaze gutandukana nyuma y’urugendo rw’urukundo rwari rumaze imyaka itanu. Aya makuru yamenyekanye binyuze mu itangazo ryasohowe n’aba bombi, bagaragaza ko nubwo bafashe umwanzuro wo gutandukana, bazakomeza kubahana no kwifurizanya ibyiza mu buzima bwabo bw’ahazaza. Iri tandukana ryatunguranye ku…

Soma inkuru yose

Watermelon: Imbuto yoroshye ariko ifite akamaro gatangaje ku buzima bw’imibonano mpuzabitsina

Watermelon, cyangwa pastèque, ni imwe mu mbuto zikunzwe cyane kubera uburyohe bwayo n’ubushobozi ifite bwo kuruhura inyota cyane cyane mu bihe by’izuba. Ariko uretse kuba ari imbuto ikungahaye ku mazi, abashakashatsi bavuga ko ishobora no kugira uruhare mu guteza imbere ubuzima bw’imibonano mpuzabitsina ndetse n’imikorere y’imiyoboro y’amaraso. Ubushakashatsi bwakozwe n’abahanga bo muri Leta Zunze Ubumwe…

Soma inkuru yose

Elon Musk yaciye agahigo ko kuzuza tiriyoni imwe y’Amadorali y’Amerika.

Umuherwe w’umunyamerika ukomoka muri Afurika y’Epfo, Elon Musk, akomeje kwandika amateka mu bukungu bw’isi. Kuri ubu afite imyaka 54 y’amavuko, akaba ari we muntu wa mbere ku isi waciye agahigo ko gutunga umutungo urengeje  tiriyoni 1 y’amadolari ya Amerika. Amakuru yatanzwe n’ikinyamakuru Bloomburg kuri uyu wa 12 Kamena 2026. Ikinyamakuru Forbes nicyo cyatangaje ko Elon Musk yinjiye…

Soma inkuru yose

Vestine na Dorcas batangaje ko batandukanye na MIE nyuma y’imyaka itanu y’ubufatanye

Vestine na Dorcas batangaje ko batandukanye na MIE nyuma y’imyaka itanu y’ubufatanye.Abahanzi bakomeye mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana bahisemo gukomeza urugendo rwabo bigenga. Itsinda ry’abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana rigizwe na Vestine Ishimwe na Kamikazi Dorcas ryatangaje ku mugaragaro ko rihagaritse imikoranire ryari rifitanye na M. Irene Entertainment (MIE), sosiyete iyobowe…

Soma inkuru yose

Ese ujya ugira ikibazo cy’amenyo? Menya ibiribwa bikunze kuyangiza n’uko wabirinda

Mu gihe abantu benshi bita ku mirire hagamijwe kugira ubuzima bwiza, inzobere mu by’imirire n’ubuvuzi bw’amenyo ziragaragaza ko hari ibiribwa n’ibinyobwa bishobora kugira ingaruka zikomeye ku menyo iyo bifashwe kenshi kandi isuku yo mu kanwa ikirengagizwa. Abahanga bavuga ko ibiribwa birimo isukari nyinshi ndetse n’ibinyobwa bifite aside nyinshi biri mu bituma amenyo yangirika, agacukuka cyangwa…

Soma inkuru yose

Ni gute wamenya ko wanduye Virusi itera SIDA? Impuguke zisobanura ibimenyetso n’akamaro ko kwipimisha

Nubwo ubumenyi ku kwirinda Virusi itera SIDA (HIV) bukomeje kwiyongera hirya no hino ku Isi, haracyari abantu benshi bibaza uburyo bashobora kumenya niba baranduye nyuma yo gukora imyitwarire ishobora kubagusha mu kaga ko kugira aho ihurira n’agakoko. Abaganga n’inzobere mu buzima bashimangira ko umuntu adakwiriye gushingira gusa ku bimenyetso ngo yemeze ko yanduye cyangwa atanduye…

Soma inkuru yose

RDB Yatangaje Amasaha Mashya y’Ubucuruzi mu Gihe cy’Imikino y’Igikombe cy’Isi

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Iterambere (RDB) rwatangaje amabwiriza mashya agenga amasaha y’ubucuruzi n’ubukerarugendo mu Rwanda mu gihe cy’imikino y’Igikombe cy’Isi, hagamijwe korohereza abaturage n’abakerarugendo gukurikirana iyo mikino no kwidagadura mu buryo bwubahiriza amategeko. Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa 12 Kamena 2026, RDB yavuze ko ayo mabwiriza azatangira kubahirizwa kuva ku wa 12 Kamena kugeza…

Soma inkuru yose

Urukundo Ruramba Rwubakwa Rute? Ibyo Abahanga Basaba Abakundana Gukora Kugira ngo Barinde Umubano Wabo

Mu gihe urukundo rukomeje kuba kimwe mu bintu biha abantu benshi ibyishimo n’icyizere cy’ejo hazaza, hari imibanire myinshi igenda isenyuka bitewe n’ibibazo birimo kutizerana, kubura itumanaho, kutubahana ndetse no kudashyira imbere inyungu z’umubano. Abahanga mu by’imibanire n’urukundo bavuga ko urukundo nyarwo rutubakwa n’amagambo gusa, ahubwo ko rushingira ku bikorwa bya buri munsi bigaragaza urukundo, icyizere…

Soma inkuru yose

IMITEZI (GONORRHEA): INDWARA YANDURIRA MU MIBONANO MPUZABITSINA N’UKO YAKIRINDWA

Imitezi, izwi ku izina rya gonorrhea, ni indwara yandurira cyane mu mibonano mpuzabitsina iterwa na bagiteri yitwa Neisseria gonorrhoeae. Iyi ndwara ni imwe mu ziri mu bwoko bw’indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina (STIs), kandi ikomeje kugaragara cyane mu bice bitandukanye by’isi, cyane cyane ahari ubusumbane mu bumenyi ku buzima bw’imyororokere no kudakoresha neza uburyo bwo…

Soma inkuru yose

Impamvu guhatira abana kurya bidatanga umusaruro mwiza

Ababyeyi benshi bahangayikishwa n’imirire y’abana babo. Hari abatinya ko abana babo barya bike cyane, abandi bagahangayikishwa n’uko barya byinshi cyangwa bakunda ibiryo byongera ibiro. Kubera urukundo bakunda abana babo n’icyifuzo cyo kubarinda ibibazo by’ubuzima, bamwe bahora babahatira kurya cyangwa bakababuza kurya ibiryo runaka. Nyamara, abahanga mu mikurire n’imirire y’abana bavuga ko guhatira umwana kurya cyangwa…

Soma inkuru yose

U Rwanda rugiye gushora imari nini mu kongera ibigega bya Peteroli

Guverinoma y’u Rwanda ku bufatanye n’abatumiza ibikomoka kuri peteroli barimo gutegura ishoramari rinini rigamije kwagura no kubaka ibigega bishya bya lisansi na mazutu, mu rwego rwo kongera ubushobozi bw’igihugu bwo kubika ibi bikomoka kuri peteroli no kugabanya ingaruka z’ihindagurika ry’ibiciro ku isoko mpuzamahanga. Ibi bikorwa biri guteganywa mu gihe ibiciro bya peteroli bikomeje kuzamuka ku…

Soma inkuru yose

Mukorogo: Ubushakashatsi ku ngaruka zikomeye ziterwa no guhindura uruhu ku buzima

Mu myaka yashize, kwisiga amavuta ahindura uruhu azwi nka Mukorogo cyangwa Skin Bleaching Products yakomeje kwiyongera mu bihugu byinshi bya Afurika no ku Isi. Nubwo bamwe bayakoresha bagamije guhindura ibara ry’uruhu cyangwa gukuraho ibizinga byo ku ruhu, impuguke mu buzima ziburira ko ayo mavuta ashobora kugira ingaruka zikomeye ku ruhu no ku buzima muri rusange….

Soma inkuru yose

Pariki ya Nyandungu igiye kwakira Iserukiramuco Mpuzamahanga ry’Ubugeni n’Ibidukikije

Pariki ya Nyandungu, imwe mu hantu nyaburanga hakomeje gukurura abakerarugendo benshi mu Mujyi wa Kigali, igiye kwakira iserukiramuco mpuzamahanga rizahuza abahanzi n’abanyabugeni bo hirya no hino ku Isi mu rwego rwo guteza imbere ubukangurambaga bwo kubungabunga ibidukikije binyuze mu bugeni. Iri serukiramuco riteganyijwe kuba hagati ya Kanama 2026 na Werurwe 2027, rikazaba ririmo ibikorwa bitandukanye…

Soma inkuru yose

Kamonyi: Umugabo yafatiwe mu cyuho ari gusambanya umugore ufite uburwayi bwo mu mutwe

Mu Mudugudu wa Kiranzi, Akagari ka Kidahwe mu Murenge wa Nyamiyaga ho mu Karere ka Kamonyi, haravugwa umugabo wafatiwe mu cyuho asambanya umugore ufite uburwayi bwo mu mutwe, nyuma y’uko abaturage bumvise uwakorewe ayo mahano ataka bagatabaza. Ibi byabaye ahagana saa munani z’amanywa ku wa 8 Kamena 2026, mu gashyamba kari hafi y’Urwunge rw’Amashuri rwa…

Soma inkuru yose

Kamonyi: Polisi yakanguriye abaturage gufata iya mbere mu gukumira ibyaha

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yakomeje ibikorwa by’ubukangurambaga bugamije gukumira no kurwanya ibyaha, isaba abaturage gukomeza kugira uruhare rugaragara mu kubungabunga umutekano no gutanga amakuru ku gihe. Iki gikorwa cyabereye mu Murenge wa Musambira, Akarere ka Kamonyi, kuri uyu wa 10 Kamena 2026, guhera saa munani z’amanywa, cyitabirwa n’abayobozi batandukanye barimo Umuyobozi w’Umurenge…

Soma inkuru yose

Ubwiyongere bw’ibiciro muri Amerika bwazamutse bugera kuri 4,2%.

Ibiciro by’ibicuruzwa na serivisi muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika byazamutse ku muvuduko mwinshi muri Gicurasi 2026, aho igipimo cy’izamuka ry’ibiciro (inflation) cyageze kuri 4,2%, kivuye kuri 3,8% cyariho muri Mata. Nk’uko Ibiro bishinzwe Ibarurishamibare ry’Umurimo muri Amerika (BLS) byabitangaje, iri zamuka ryatewe ahanini n’izamuka rikabije ry’ibiciro by’ingufu zirimo lisansi, gaze n’amashanyarazi. Ni inshuro ya…

Soma inkuru yose