Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo Yerekana Ubufatanye n’Ibigo Byigenga mu Guhanga Imirimo Binyuze mu Ikoranabuhanga

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA) yagaragaje ubushake bwo gukorana n’ibigo byigenga bifite ubushobozi bwo guhanga imirimo, by’umwihariko binyuze mu ikoranabuhanga rihuza abashaka akazi n’abatanga akazi. Ubu bufatanye bugamije guhangana n’ikibazo cy’ubushomeri, koroshya kubona akazi, ndetse no gufasha abakozi kubona amahirwe akwiye kandi mu buryo bwihuse. Uyu murongo w’akazi wagarutsweho na Musonera Abdou, Umuyobozi ushinzwe…

Soma inkuru yose

Bamwe mu rubyiruko rukorera ku mbuga nkoranyambaga bavuga ko ari inzira iganisha ku iterambere

Urubyiruko rurenga 1,000 rukoresha umuyoboro nka YouTube n’izindi mbuga nkoranyambaga, rwibumbiye mu itsinda ryitwa: Smart250 Academy, rutangaza ko rufata imbuga nkoranyambaga nk’inzira ikomeye izarufasha kugera ku iterambere no ku nzozi zarwo z’ahazaza. Aba basore n’inkumi bavuga ko nubwo imbuga nkoranyambaga zikunze kuvugwaho byinshi, bo bahisemo kuzibyaza umusaruro mu buryo bwiza, birinda kuzikoresha mu buryo bwangiza…

Soma inkuru yose

Kim Kardashian yagaragaje uko gukoresha ChatGPT byamugizeho ingaruka mu masomo y’amategeko

Umunyamideri w’icyamamare Kim Kardashian aherutse gutangaza ko gukoresha ikoranabuhanga rya ChatGPT mu masomo ye y’amategeko bitamugiriye akamaro nk’uko yabitekerezaga, ahubwo byatumye atsindwa ibizamini inshuro nyinshi. Ibi yabitangaje mu kiganiro yagiranye na Teyana Taylor mu gice cya Vanity Fair Lie Detector Test, aho yabajijwe niba akoresha ChatGPT mu kwiga amategeko. Mu gusubiza, Kardashian yavuze ko ayifashisha…

Soma inkuru yose

Inama 5 z’Ingenzi zo Kurinda Umutekano wawe kuri WhatsApp

Mu gihe WhatsApp ikoreshwa n’abantu benshi ku isi yose, buri munsi abantu bagirana ibiganiro, bagasangira amafoto, amashusho, n’amakuru yihariye cyangwa y’ibanga. Ni yo mpamvu umutekano w’iyi porogaramu ari ingenzi cyane. Abagizi ba nabi ku ikoranabuhanga bakunze kugerageza kwinjirira konti z’abantu kugira ngo babone amakuru yihariye cyangwa bagire ibyo babikoresha nabi. Kugira ngo wirinde iyi myitwarire,…

Soma inkuru yose

Uruhare rw’Ikoranabuhanga mu Iterambere ry’Ubuzima bwa Muntu

Mu myaka ya vuba, ikoranabuhanga rikomeje guhindura ubuzima bw’abantu ku buryo bugaragara mu nzego zitandukanye zirimo uburezi, ubucuruzi, ubuvuzi, itumanaho n’imiyoborere. Ikoranabuhanga ntirikiri ikintu cyifashishwa n’ibihugu bikize gusa, ahubwo ryageze no mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere aho rifasha abaturage kubona serivisi byihuse kandi ku giciro gito. Ikoranabuhanga mu itumanaho ni imwe mu nzego zateye…

Soma inkuru yose

Mu buyapani hakozwe imashini nshya ikarabya umuntu mu minota 15 gusa

Mu isi yihuta aho buri munota ufite agaciro, abantu barushaho gushaka uburyo bwo gukora ibintu vuba kandi neza, harimo no kwita ku isuku yabo. Ubuyapani, igihugu kizwi ku udushya n’ikoranabuhanga rihanitse, cyongeye kugaragaza ubushobozi buhambaye mu guhanga igikoresho gishya gishobora guhindura burundu uburyo abantu basukura imibiri yabo. Iyo mashini yiswe Mirai Ningen Sentakuki, yakozwe na…

Soma inkuru yose

Ibigo by’itumanaho muri Afurika bigiye kuzana telefone zigezweho ku giciro cyo hasi mu bihugu birimo n’u Rwanda

Ibigo bitandukanye by’itumanaho bikorera muri Afurika byatangaje gahunda nshya igamije gufasha abaturage batunze make kubona telefone zigezweho, izo telefone zikaba zigomba kugurwa ku giciro kitarenze Amadolari 40 (hafi Frw 58.183). Iyi gahunda izatangirwa mu bihugu bitandatu bya Afurika, birimo u Rwanda, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Ethiopia, Nigeria, Tanzania, na Uganda, hagamijwe gukemura ikibazo cy’abantu…

Soma inkuru yose

Digital Trust Seal: Ikirango cyongera icyizere ku bakorera ubucuruzi kuri internet

Mu gihe ubucuruzi n’itangwa rya serivisi bikorwa hifashishijwe internet bikomeje kwiyongera mu Rwanda no ku isi, icyizere n’umutekano w’amakuru bikomeje kuba ingenzi. Ni muri urwo rwego hashyizweho ikirango cya Digital Trust Seal, gihabwa ibigo byujuje ibisabwa mu mutekano n’ubuziranenge bw’ikoranabuhanga bakoresha.Inkuru nyamukuru Digital Trust Seal ni iki ? Digital Trust Seal ni ikirango mpuzamahanga gihabwa…

Soma inkuru yose

Ibihugu 9 bya Afurika byahagaritse ikoreshwa rya ChatGPT n’ubwenge buhangano

Ikoranabuhanga rya ChatGPT, ryakozwe na OpenAI, rikomeje kuba ihurizo ku isi yose, rihangayikisha abategetsi, abanyamategeko, abashakashatsi n’abakoresha internet. Ku mugabane wa Afurika, hari ibihugu byafashe icyemezo cyo guhagarika ikoreshwa ry’iri koranabuhanga ry’ubwenge buhangano (AI), ibintu byateje impaka ku birebana n’ubwisanzure bwo kurikoresha, uburyo bwo kurigenzura, ndetse n’ubushobozi bwa Afurika bwo kwinjira mu isoko ry’udushya tw’ikoranabuhanga….

Soma inkuru yose

Apple iri gutegura Siri nshya izajya ikoresha ubwenge buhangano

Ikigo cy’ikoranabuhanga cya Apple kiri gutegura gushyira ahagaragara verisiyo nshya ya Siri izakora nk’umufasha ukoresha ubwenge buhangano (Artificial Intelligence). Iyi verisiyo nshya izatuma Siri ishobora kuganira n’abayikoresha mu buryo busa n’ikiganiro gisanzwe, ikoresheje ijwi cyangwa inyandiko. Biteganyijwe ko Apple izerekana Siri nshya ku wa 8 Kamena mu nama mpuzamahanga y’abakora porogaramu ya Apple izwi nka…

Soma inkuru yose

U Rwanda rwiyemeje kuba igicumbi cya AI muri Afurika

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko igiye gutangira gushyira mu bikorwa imishinga itandukanye igamije guteza imbere ikoranabuhanga ry’ubwenge muntu buhangano (AI), hagamijwe guhindura u Rwanda igicumbi cy’iri koranabuhanga muri Afurika, cyane cyane mu nzego z’ubuzima, uburezi n’ubuhinzi. Ibi bikorwa bizashyigikirwa n’inkunga itangwa n’umuryangoBill & Melinda Gates Foundationwatangaje ko uzafasha muri iyi gahunda igamije guteza imbere ikoreshwa…

Soma inkuru yose

Banki Nkuru zo muri Afurika zahuriye i Kigali ziga ku hazaza h’ifaranga n’uburyo bwo kwishyurana hakoreshejwe ikoranabuhanga

I Kigali habereye inama ihuje abayobozi ba Banki Nkuru z’ibihugu byo muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara, igamije kuganira ku buryo bwo kunoza uburyo bwo kwishyurana hagati y’ibihugu hifashishijwe ikoranabuhanga ndetse no kongera ubufatanye mu rwego rw’imari. Iyi nama yateguwe ku bufatanye na International Monetary Fund (IMF), ihuriza hamwe abayobozi ba za Banki Nkuru…

Soma inkuru yose

Inkuru ya Eugene Torres Yerekana Ingaruka Zo Kwishingikiriza Kuri ChatGPT

Umugabo yahishuye inkuru itangaje kandi iteye agahinda aho yavuze ko ChatGPT yigeze kumushuka ngo ashobora kuguruka aramutse asimbutse ku nyubako y’amagorofa 19 nyuma yo gutandukana n’umukunzi we.Ikoranabuhanga rya Artificial Intelligence (AI) ririmo kwifashishwa n’abantu babarwa muri za miliyoni ku isi hose mu bikorwa byabo bya buri munsi nko gukora emails, gutegura ingendo, gusuzuma inyandiko no…

Soma inkuru yose
Basketball

Basketball: Henriette Uwimpuhwe yerekeje muri REG WBBC

Ikipe ya REG WBBC ikomeje kwitegura Shampiyona y’u Rwanda muri Basketball yaguze Henriette Uwimpuhwe wakiniraga Kepler WBBC asinya amasezerano y’imyaka ibiri. Uyu mukinnyi w’imyaka 26 yari amaze imyaka ibiri muri Kepler WBBC, mu mwaka ushize w’imikino yayifashije gusoza ku mwanya wa Kabiri muri Shampiyona ku nshuro ya mbere kuva yashingwa mu 2024. Uwimpuhwe uzwiho gutsinda…

Soma inkuru yose
perezida wa togo

Perezida wa Togo yatangiye uruzinduko mu Rwanda

Perezida wa Togo, Faure Essozimna Gnassingbé yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi. Ku kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali giherereye i Kanombe yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb Oliver Nduhungirehe. Perezida wa Togo Faure Gnassingbé yaherukaga mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda ku wa 18-19 Mutarama 2025, bigamije kurushaho kwimakaza umubano w’ibihugu byombi.  Urwo ruzinduko rwaranzwe…

Soma inkuru yose
Pom Pom

Melodie yahakanye ibyo kwishyura Diamond Miliyoni 70 Frw ngo bakorane ‘Pom Pom’

Bruce Melodie uri muri Tanzania mu ruzinduko rwo gukora umuziki we by’umwihariko kumenyekanisha indirimbo Pom Pom. Aheruka gukorana n’abarimo Diamond Platinumz uvuka muri icyo gihugu, yateye utwatsi amakuru amaze igihe avugwa ko hari amafaranga yishyuye uwo muhanzi kugira ngo bakorane bakorane iriya ndirimbo. Bruce Melodie yasubije ibyo ubwo yari mu kiganiro na Radio Clouds FM,…

Soma inkuru yose
Intambara

Inzobere mu ntambara zivuga ko gutwarwa upfutswe mu maso ari ibisanzwe

Iyi ni yo foto ya mbere ya Perezida wa Venezuela, Nicolás Maduro, yagaragaye ku mbuga nkoranyambaga nyuma y’igihe gito afashwe mu gitero cy’ingabo za Amerika. Ni ifoto itazava mu mitwe y’abatari bake bakurikiranye iby’iki gitero. Col (Rtd) Mark Cancian wabarizwaga mu gisirikare kirwanira mu mazi akaba yarahoze ari umujyanama mukuru mu bijyanye no kurwanya abahungabanya…

Soma inkuru yose
Abapolisi

Abapolisi babiri ba Kenya bafungiwe muri Tanzania

Abapolisi babiri ba Kenya n’Umushoferi bafunzwe n’inzego z’umutekano za Tanzania, ubwo bageragezaga gufata umuntu ukekwaho ibyaha, akaba yambutse umupaka wa Horohoro agahungira muri Tanzania bakinjira mu buryo bunyuranyije n’amategeko bamukiriye . Abo bapolisi bafashwe nyuma yo kwambuka umupaka Horohoro ubahuza na Tanzania wa ku wa 06 Mutarama 2026, aho bafashwe bakekwaho kwambuka umupaka binyuranyije n’amageko….

Soma inkuru yose
CAN 2025

CAN 2025: Algeria na Côte d’Ivoire zasanze andi makipe muri 1/4

Ikipe y’Igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yahabwaga amahirwe kubera uko imaze iminsi yitwara, yasezerewe mu Gikombe cya Afurika itsinzwe na Algeria igitego 1-0, mu gihe Côte d’Ivoire yakuyemo Burkina Faso zombi zibona itike ya 1/4. Ku wa Kabiri, tariki 6 Mutarama 2025, ni bwo hakinwe imikino ya nyuma ya 1/8 y’Igikombe cya Afurika…

Soma inkuru yose