Gisagara: Polisi yashimiye Clubs zo mu mashuri zishinzwe zikumira ibyaha

GATEOFWISE.COM/17SEPT Ku wa 17 Nzeri 2025, ku kigo cy’amashuri abanza cya Kabumbwe mu Murenge wa Mamba, habereye igikorwa cyo gushimira no guhemba Anti-crime Clubs, ku bufatanye bw’Akarere ka Gisagara na Polisi y’u Rwanda. Madamu Dusabe Denise, Umuyobozi wungirije w’Akarere ka Gisagara ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, yasabye abanyeshuri bibumbiye muri ayo matsinda gushyira imbere amasomo, ariko…

Soma inkuru yose
Telephone ihenze cyane ku Isi

Top 10: Telephone icumi (10) zihenze ku Isi

Telephone zikorwa n’uruganda rwa Apple nizo zifatwa nka telephone zihenze ku Isi, nubwo hari izindi zihenze cyane kurusha izikorwa n’uru ruganda, izi ni telephone zikosha akayabo abaziguze kandi zikaba zitungwa n’umugabo zigasiba undi. Bene izi telephone zikozwe muri zahabu itavangiye ukongeraho na Diamond ituma zibengerana. Mu gihe hari abantu bahitamo kugura telephone zihenze bitewe n’uko…

Soma inkuru yose

Menya uturere 10 twambere tunini kurusha utundi mu Rwanda

Nyuma y’uko hari benshi bagiye bakunda kwibaza Akarere kaba gafite ubuso bunini mu Rwanda, bamwe bagiye bavuga Nyagatare, abandi n’abo bakavuga Kayonza. Urujijo rwagiye rugaragara no ku mbuga zimwe na zimwe za interineti, ari byo byatumye GATE OF WISE isuzuma amakuru aturuka mu nzego zemewe, harimo n’ibyavuye mu ibarura rusange rya 2022. Ukurikije ubuso, Kayonza…

Soma inkuru yose

Abahinzi ba kawa bari mu mazi abira nyuma yuko Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kohereza mu mahanga ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB) gitangaje ko kitazongera kubagenera ifumbere.

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kohereza mu mahanga ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB) cyatangaje ko guhera mu gihembwe cy’ihinga cya mbere cya 2026, abahinzi ba kawa bazajya biyishyurira ifumbire aho kuyihabwa ku buntu nk’uko byari bisanzwe bikorwa. Ibi byakozwe hagamijwe gukemura ikibazo cy’uko ifumbire yatangwaga yari nkeya, kuko buri muhinzi yahabwaga hagati ya 30% na 40% y’ifumbire…

Soma inkuru yose

Muri Zambia: Abagabo babiri bakatiwe nyuma yo gushinjwa umugambi wo kuroga Perezida w’icyo gihugu.

Mu gihugu cya Zambia, Urukiko rwahamije abagabo babiri icyaha cyo kugerageza kwivugana Perezida Hakainde Hichilema bakoresheje uburozi, rubakatira igifungo cy’imyaka ibiri. Abakatiwe ni Leonard Phiri, umuturage wa Zambia, na Jasten Mabulesse Candunde, ukomoka muri Mozambique. Bombi bafashwe mu Ukuboza 2024 batunze ibintu bivugwaho kuba amarozi, birimo n’umurizo w’uruvu. Ubushinjacyaha bwavuze ko aba bombi bari bahawe…

Soma inkuru yose

Nyarugenge: Inkuru y’urupfu rw’umusore bikekwako yiyahuye abitewe n’umukino w’akadege

Mu Murenge wa Kimisagara mu Karere ka Nyarugenge, hamenyekanye inkuru y’inshamugongo ubwo umurambo w’umugabo witwa: Turimumahoro Antoine, wari usanzwe ukora akazi ko gutwara abantu kuri moto, wabonekaga muri ruhurura ya Mpazi. Amakuru dukesha abaturiye ako gace avuga ko nyakwigendera yaherukaga kubonwa ku wa Kane, tariki ya 11 Nzeri 2025, ari mu kabari akina umukino w’amahirwe…

Soma inkuru yose

Ibyo wamenya ku ruganda rw’icyayi rwa Gatare Tea Company Ltd

Muri iyi nyandiko naguteguriye isesengura ryuzuye ku ruganda rw’icyayi rwa Gatare Tea Company Ltd (Karambi-Nyamasheke), Nibanze ku mateka, imirima, umusaruro, inyungu ku bahinzi, imbogamizi n’ingamba z’iterambere ryerekeranye n’uru ruganda. Uruganda rwa Gatare Tea Company Ltd, ruherereye mu Murenge wa Karambi, mu Karere ka Nyamasheke mu Ntara y’uburengerazuba bw’u Rwanda, rukaba ari kimwe mu bigo bikomeye…

Soma inkuru yose

Imyanya y’ibanga: Ese kuki itakiri ibanga muri iki gihe?

Mu gihe ikoranabuhanga n’imbuga nkoranyambaga byihutisha buri kimwe, imyanya y’ibanga yo yabaye nk’aho ari ibintu bisanzwe byo kugaragaza. Uyu niwo mwanya wo kwisuzuma ku ngaruka zabyo no kugaruka ku muco n’indangagaciro. Hari igihe imyanya y’ibanga yari ishingiro ry’icyubahiro n’ubwubahane. Aho kera ibintu bitaradogera, umuntu warangwa no kwifata no kubika amabanga ye yagiraga agaciro gakomeye mu…

Soma inkuru yose

Bugesera: Haravugwa inkuru mbi y’umusore wasanzwe mu cyumba yapfuye

Mu Murenge wa Gashora, Akarere ka Bugesera, humvikanye inkuru y’akababaro y’urupfu rw’umusore w’imyaka 24 witwa Baributsa Augiste, ukomoka mu Karere ka Nyamagabe. Uyu musore yasanzwe mu nzu ye yibanagamo wenyine yapfuye, aho bikekwa ko mu byamuhitanye harimo: uburwayi n’inzara, bitewe n’uko yari amaze igihe adafite akazi kandi adafite amikoro ahagije. Uko byamenyekanye Amakuru y’urupfu rwa…

Soma inkuru yose

Uko wahagarika burundu ikintu cyakugize Imbata

Menya uburyo bwo gucika ku ngeso zakugize imbata. Iyi nkuru irimo ingero zifatika, inama n’ubuhanga byagufasha gusubirana ubuzima n’iterambere. Mu buzima bwa buri munsi, usanga buri wese afite cyangwa yarigeze kugira ikintu runaka yibasira cyane, akagiha umwanya uhagije cyane kandi nta n’inyungu igaragara kimufitiye. Gusa kigakomeza kumwigenzurira kuko nyine yagihaye umutima n’amaraso bye. Bimwe mu…

Soma inkuru yose

Nepal: Amashyaka yasabye ko abakuwe k’ubutegetsi babusubizwaho

Amashyaka yo mu gihugu cya Nepal yasabye perezida w’iki gihugu ko yasubiza k’ubutegetsi abagize intekonshingamategeko yari aherutse kwirukana, ni nyuma y’imyigaragambyo ikomeye yabaye mu rwego rwo kurwanya ruswa. Abicishije mu nyandiko, amashyaka 8 arimo n’amashyaka akomeye nka Nepali Congress, CPN-UML na Maoist Centre, yavuze ko Perezida Ram Chandra Poudel yakoze ibinyuranije n’itegekonshinga. Perezida Poudel yirukanye…

Soma inkuru yose

Abasirikare n’Abapolisi bagiye koherezwa mu butumwa muri Mozambique bahawe impanuro

Umugaba w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku Butaka Gen. Maj. Vincent Nyakarundi ari kumwe n’Umuyobozi Mukuru Wungirije wa Polisi y’Igihugu ushinzwe ibikorwa, DIGP Vincent B. Sano, bahaye impanuro Ingabo n’Abapolisi b’u Rwanda bagiye koherezwa mu butumwa bw’amahoro mu Ntara ya Cabo Delgado, mu Majyaruguru ya Mozambique. Ni ubutumwa batanze kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 13…

Soma inkuru yose

Abasore batatu bagaragaye mu mashusho bambura umukobwa bakanamukomeretsa batawe muri yombi

Kuri uyu wa gatandatu Polisi y’u Rwanda yerekanye abasore bagera kuri batatu baherutse kugaragara mu mashusho bahohotera umugore, aho wabonaga ko bamutema ndetse banamuryamishije hasi Ni amashusho amaze iminsi ahererekanwa ku mbuga nkoranyambaga agaragaza aba basore bombi bagerageza kwambura umugore maze bagakoresha ingufu aho umwe yagaragaye afite umuhoro ndetse anatema uwo mugore, ni amashusho abantu…

Soma inkuru yose

Nyagatare:Urubyiruko n’abagore bakangurirwa kubyaza umusaruro amahirwe ahari haba mu buhinzi ndetse no mu bworozi.

Abarwanashyaka b’ishyaka riharanira demokarasi no kurengera ibidukikije bo mu karere ka Nyagatare bahuguwe ku mishinga ibateza imbere no kurengera ibidukikije, barushaho kubyaza umusaruro amahirwe agaragara aho batuye mu kuzamura ubukungu n’iterambere ryabo. Ibi yabigarutseho kuri uyu wa Gatanu tariki 12 Nzeri 2025, ubwo ishaka riharanira demokarasi no kurengera ibidukikije ryahuguraga abarwanashyaka baryo bo mu karere…

Soma inkuru yose

Ese bigenda bite iyo umuntu arangije amashuri yisumbuye?

Nshuti yange, wowe warangije amashuri yisumbuye cyangwa wowe witegura kuyarangiza, mpa akanya gato katarengeje iminota 5 kugeza ku minota 10 nkuganirize. Kurangiza amashuri yisumbuye ni intambwe ikomeye mu buzima bw’umuntu. Ndetse benshi bumva ari igihe cyo gutangira inzira nshya, aho bamwe baba barangamiye gukomereza amashuri muri Kaminuza, abandi barangamiye akazi, abandi na bo bagashakisha ubundi…

Soma inkuru yose

UNHCR yohereje mu Rwanda Abanyarwanda barenga 280 bari barashimuswe na FDLR

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR) ryafashije gutaha mu Rwanda Abanyarwanda 284, bari baragizwe imfungwa n’umutwe wa FDLR mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC). Aba baturage bari bamaze igihe mu nkambi y’agateganyo iherereye i Goma, nyuma yo gukurwa mu bice bitandukanye FDLR yari ibafungiye. Iki gikorwa cyo kubacyura gishingiye ku byemezo…

Soma inkuru yose

Waruziko kuryama amasaha macye bigira ingaruka ku buzima bw’umuntu ?

Ubushakashatsi bwakozwe n’inzobere mu by’ubuzima bwagaragaje ko gusinzira amasaha 7–9 mu ijoro ari ingenzi cyane ku buzima bw’umuntu. Gusa nubwo bimeze bityo, ubushakashatsi bwagaragaje ko abantu benshi ku isi badasinzira bihagije, kandi bibagiraho ingaruka zikomeye mu mubiri n’ubwonko bwabo mu buryo butandukanye. Kuryama amasaha make adahagije bigira ingaruka nyinshi zirimo: Kudasinzira bihagije byongera ibyago byo…

Soma inkuru yose

Umuziki: Umuti wa roho n’umubiri

Bujya bwose, Umuziki ubamo ibanga rikomeye cyane ku buryo abahanga mu by’umuziki badatinya kuvuga ko ari nk’umuti wa roho n’umubiri. Hirya no hino ku isi, abantu benshi bakoresha umuziki atari ukwinezeza gusa, ahubwo no kwihumuriza no gukira mu mutima. Uburyo bwa buri munsi ndetse n’ubushakashatsi butandukanye bigaragaza ko kumva umuziki bifitiye akamaro kanini ubuzima bwo…

Soma inkuru yose