Jeff Bezos yaciye agahigo ko kunguka miliyari 24$ mu munsi umwe

Umunyemari Jeff Bezos, washinze Amazon, yongeye kwandika amateka mu isoko ry’imari n’imigabane rya Amerika, nyuma yo kunguka arenga miliyari 24 z’amadorali mu munsi umwe gusa, biturutse ku kuzamuka gukomeye kw’imigabane y’ikigo cye. Ku wa 31 Ukwakira 2025, imigabane ya Amazon yazamutseho 11,5%, umugabane umwe ugera kuri $248,60, nyuma y’uko iki kigo gitangaje inyungu ziruta kure…

Soma inkuru yose

Ibyifuzo by’Abanyarwanda batungukirwa n’imbuga nkoranyambaga kandi bakoze

Mu gihe ikoreshwa ry’imbuga nkoranyambaga rikomeje gufata indi ntera, bamwe mu Banyarwanda bagaragaza ko batungukirwa n’izi mbuga kandi bakoze cyane, kubera ko u Rwanda rutemerewe ku rwego mpuzamahanga kubona inyungu zivuye ku bantu barukoreramo. Imbuga nka YouTube, TikTok na Instagram zahindutse amasoko yinjiriza miliyari ku Isi, aho ibyamamare nka Kylie Jenner cyangwa Mr Beast binjiza…

Soma inkuru yose

U Rwanda ku isonga muri Afurika mu bihugu bifite ubuyobozi bwubahiriza amategeko

U Rwanda rwabaye urwa mbere muri Afurika n’urwa 39 ku Isi mu bihugu byubahiriza amategeko, nk’uko byatangajwe muri raporo ya World Justice Project (Global Rule of Law Index 2025). Mu bihugu 34 bya Afurika byagenzuwe, u Rwanda ruri imbere rukurikirwa na Namibia, Ibirwa bya Maurice, Botswana, na Senegal. Ibihugu byagaragaye inyuma muri Afurika ni Mozambique,…

Soma inkuru yose

Umugore wa Perezida Macron yahungabanyijwe n’abavuga ko yavutse ari umuhungu

Umukobwa wa Brigitte Macron, Tiphaine Auzière, yagejeje imbere y’urukiko rwo mu Bufaransa ubuhamya bugaragaza uburyo ubuzima bwa nyina, umugore wa Perezida Emmanuel Macron, bwahungabanyijwe n’abakomeje gukwirakwiza ibihuha bivuga ko yavutse ari umuhungu. Brigitte Macron, w’imyaka 72 y’amavuko, yareze abantu 10 bavugiye ku mbuga nkoranyambaga ko yahoze ari umugabo witwa Jean-Claude Trogneux — nyamara Jean-Claude ari…

Soma inkuru yose

Aba-Republicain bashidikanya ku byemezo byasinyishijwe “autopen” ku butegetsi bwa Biden

Ishyaka ry’Aba-Republicain muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ryashyikirije ubushinjacyaha raporo ishinja ubutegetsi bwa Perezida Joe Biden gukoresha nabi imashini isinya inyandiko “autopen”, bikavamo ibyemezo n’amategeko yafashwe Perezida atabizi. Raporo ivuga ko amabwiriza n’amategeko amwe yasinywe hakoreshejwe autopen atigeze amenyeshwa Perezida Biden, ndetse ko hari ibyemezo byafatwaga mu izina rye mu gihe yari agaragaje intege…

Soma inkuru yose

Umusenateri w’Amerika yaburiye Perezida Maduro ko Ingoma ye igiye guhanguka

Senateri Rick Scott wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yaburiye Perezida Nicolas Maduro wa Venezuela ko ubutegetsi bwe bushobora guhinduka vuba, anamusaba guhunga mu gihe ingabo za Amerika zikomeje kwitoreza hafi y’inkombe z’iki gihugu. Mu kiganiro n’itangazamakuru ku wa 26 Ukwakira 2025, Senateri Scott, uhagarariye komisiyo ishinzwe ingabo n’imibanire y’ibihugu muri Sena, yavuze ko…

Soma inkuru yose

Umwami Charles III yatashye urwibutso rw’abasirikare baryamana bahuje ibitsina

Umwami w’u Bwongereza, Charles III, yatashye ku mugaragaro urwibutso rushya rw’Igihugu rwubakiwe abasirikare babarizwa mu muryango wa LGBT+, uhuriza hamwe abaryamana n’abo bahuje ibitsina n’abafite ibindi byiyumviro bitandukanye ku mibonano mpuzabitsina. Ibi bibaye mu gihe hashize imyaka 25 u Bwongereza bukuyeho itegeko ryababuzaga gukorera mu ngabo, rikaba ari n’intambwe ikomeye mu rugendo rwo kwimakaza uburinganire…

Soma inkuru yose

Umuyaga wiswe Melissa wishe abantu batatu muri Jamaica

Inkubi y’umuyaga Melissa ikomeje kuyogoza ibirwa byo muri Caraïbes, aho muri Jamaica yahitanye abantu batatu, ndetse ihita ishyirwa ku rwego rw’umuyaga ukomeye kurusha indi yose ibaye muri uyu mwaka wa 2025. Uyu muyaga watangiye kwibasira Jamaica mu ijoro ryo ku wa Mbere, nyuma y’iminsi Leta yari yatangaje impuruza y’uko ushobora kugera ku kirwa. Mu rwego…

Soma inkuru yose

U Burusiya bwashinje Perezida Macron gushaka kohereza ingabo muri Ukraine

Urwego rw’u Burusiya rushinzwe ubutasi mu mahanga (SVR) rwatangaje ko Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, afite umugambi wo kwivanga mu ntambara iri hagati y’u Burusiya na Ukraine ndetse ko ateganya koherezayo ingabo z’igihugu cye. Ibi byatangajwe n’uru rwego ku wa 28 Ukwakira 2025, mu itangazo ruvuga ko Macron ashaka kwerekana ubutwari nk’ubwa Napoleon Bonaparte, kugira…

Soma inkuru yose

U Butaliyani: Urukiko rwategetse ko uwaturikije umuyoboro wa gaz yoherezwa mu Budage

Urukiko rw’Ubujurire rwo mu Butaliyani rwategetse kohereza Umunya-Ukraine, Sergey Kuznetsov, mu Budage kugira ngo akurikiranweho guturitsa umuyoboro wa gaz wa Nord Stream 2 waturikiye mu Nyanja ya Baltic muri Nzeri 2022. Kuznetsov, wahoze ari umusirikare mu ngabo za Ukraine, akekwaho guteza igisasu cyangije uwo muyoboro uvana gaz mu Burusiya ujya mu Budage, ibikorwa byafashwe nk’igitero…

Soma inkuru yose

Amerika yishe 14 bari mu bwato bikekwa ko ari ubw’abacuruza ibiyobyabwenge

Minisitiri w’Ingabo wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Pete Hegseth, yatangaje ko ingabo z’iki gihugu zishe abantu 14 mu bitero byagabwe ku bwato bune bikekwa ko bwari butwaye ibiyobyabwenge mu Nyanja ya Pacifique. Hegseth yavuze ko umuntu umwe gusa ari we warokotse ibi bikorwa bya gisirikare, aho yatakambiye inzego za Mexique zikamurokora. Ibi bitero biri…

Soma inkuru yose

Trump yijeje ubufasha busesuye Minisitiri w’Intebe mushya w’u Buyapani

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yijeje ubufasha busesuye igihugu cy’u Buyapani ndetse n’umuyobozi mushya wacyo, Minisitiri w’Intebe Sanae Takaichi, uheruka gushyirwaho. Trump yagaragaje ko agiye gukomeza imikoranire ikomeye hagati ya Amerika n’u Buyapani, mu gihe umubano w’Amerika n’u Bushinwa ndetse n’ibindi bihugu byo muri Aziya y’Uburasirazuba ukomeje kuba mubi. Mu ruzinduko…

Soma inkuru yose

Amazon ishobora kwirukana abarenga ibihumbi 14 kubera ikoreshwa rya AI

Kompanyi ya Amazon yatangaje ko iri gutegura gukoresha ubwenge buhangano (AI) mu buryo bukomeye, bikaba bizatuma igabanya abakozi bayo ku Isi hose, cyane cyane abo mu nzego z’ibiro n’ubuyobozi. Ku wa Kabiri, Amazon yatangaje ko abarenga 14.000 bashobora guhagarikwa mu kazi, mu gihe amakuru ya mbere yavugaga ko bashobora kugera kuri 30.000. Umuyobozi mukuru ushinzwe…

Soma inkuru yose

Trump ntiyumva ukuntu atemerewe kwiyamamariza manda ya gatatu

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko atumva ukuntu “atemerewe” kongera kwiyamamariza manda ya gatatu, avuga ko ibyo ari ibintu bimubabaza kandi bitumvikana. Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru ubwo yari mu ndege Air Force One ajya muri Koreya y’Epfo kuri uyu wa Gatatu, Trump yagize ati: “Mpagaze neza mu bijyanye n’ikusanyabitekerezo, kandi…

Soma inkuru yose

Australie: Meta, TikTok na Snapchat byemeye by’amaburakindi gukumira abari munsi y’imyaka 16

Imbuga nkoranyambaga Meta, TikTok na Snapchat zemeye kubahiriza itegeko rishya rya Australie rikumira abana bataruzuza imyaka 16 gukoresha imbuga nkoranyambaga, nubwo zagaragaje ko zitemeranya n’iri tegeko. Iri tegeko rizatangira gukurikizwa ku itariki ya 10 Ukuboza 2025, rikaba risaba izi sosiyete gukumira abakoresha bafite imyaka iri munsi ya 16, cyangwa zikacibwa amande ashobora kugera kuri miliyoni…

Soma inkuru yose

Israel yashinje Hamas kwica umusirikare wayo, igaba ibitero byaguyemo abarenga 60

Ibitero by’indege za gisirikare za Israel byagabwe mu ijoro rishyira kuri uyu wa Gatatu muri Gaza, byahitanye abantu 63, barimo abana 34, nk’uko bitangazwa n’abayobozi b’aho. Ibyo bitero byakurikiye itegeko rya Minisitiri w’Intebe Benjamin Netanyahu, ryatanzwe ku wa 28 Ukwakira 2025, ryo kugaba igitero gikomeye nk’uburyo bwo guhorera umusirikare wa Israel waguye mu mirwano yabereye…

Soma inkuru yose

Ishyaka PPRD rya Kabila ryiyemeje guhangana na Leta yarihagarikiye ibikorwa

Ishyaka Parti du Peuple pour la Reconstruction et la Démocratie (PPRD), ryashinzwe na Joseph Kabila, wahoze ayobora Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuva mu 2001 kugeza mu 2019, ryatangaje ko ryiteguye guhangana na Leta nyuma y’uko ryahagaritswe ku mugaragaro. Urukiko Rukuru rwa Kinshasa ni rwo rwemeje ihagarikwa ry’ibikorwa bya PPRD ku wa 27 Ukwakira 2025,…

Soma inkuru yose

Paul Biya w’imyaka 92 yatorewe manda nshya, akomeza kuba Perezida ukuze ku Isi

Paul Biya, Umukuru w’Igihugu cya Cameroun w’imyaka 92, yongeye gutorerwa indi manda yo kuyobora iki gihugu, akomeza kuba Perezida ukuze kurusha abandi bose ku Isi. Akanama gashinzwe kurengera Itegeko Nshinga ka Cameroun kemeje ko Biya yatsinze amatora n’amajwi 53,66%, mu gihe Issa Tchrioma Bakary wakurikiyeho yabonye 35,19%. Aya majwi yatangajwe ku manywa yo kuri uyu…

Soma inkuru yose

Tanzania: Perezida Samia ahabwa amahirwe menshi mu matora arimo amakimbirane n’ubwumvikane buke

Mu gihe Tanzania yitegura amatora rusange y’Umukuru w’Igihugu n’ay’abagize Inteko Ishinga Amategeko ateganyijwe ku wa 29 Ukwakira 2025, amahirwe menshi ari ku Perezida Samia Suluhu Hassan, usanzwe uyobora igihugu kuva mu 2021. Perezida Samia, uhagarariye ishyaka Chama Cha Mapinduzi (CCM) riri ku butegetsi, azahangana n’abakandida 16, barimo Kunje Ngombale (AAFP), Hassan Almas (NRA), Coaster Kibonde…

Soma inkuru yose