OMS yashyize hanze imibare igaragaza uko kanseri yica abana benshi mu bihugu bikennye.

Mu rwego rw’inshingano zayo zo gukurikirana uko kanseri y’abana ihagaze ku Isi, Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS/WHO) ryakoze ku nshuro ya mbere imibare igaragaza amahirwe yo kurokoka ku bana bafite kanseri. Iyo mibare igereranya ibihugu byose igaragaza ijanisha ry’abana bafite imyaka 0 kugeza kuri 14 n’ingimbi n’abangavu bafite imyaka 15 kugeza kuri 19…

Soma inkuru yose

RAB yatangiye gukurikirana abaveterineri bakingira ikibaba abarya amatungo yipfushije

Rwanda Agriculture and Animal Resources Development Board (RAB) yatangaje ko igiye gufatira ibihano bikomeye abaveterineri bagira uruhare mu gushuka abaturage cyangwa kubakingira ikibaba bakarya amatungo yipfushije, ibintu bishobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga. Ibi byagarutsweho ku wa 8 Gicurasi 2026, ubwo i Kigali hasozwaga amahugurwa y’iminsi itatu yahuje abaveterineri 98 baturutse mu turere twose tw’u…

Soma inkuru yose

Viagra Ishobora Kugabanya Ibyago bya Glaucoma Itera Ubuhumyi

Ubushakashatsi bushya bwakozwe na University of Miami muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bwagaragaje ko imiti yifashishwa mu kongera akanyabugabo, nka Viagra, ishobora kugira uruhare mu kurinda abagabo indwara ya glaucoma ishobora gutera ubuhumyi. Abashakashatsi bakurikiranye abagabo ibihumbi 74 bafite imyaka irenga 40 mu gihe cy’imyaka itatu. Muri bo, abarenga ibihumbi 41 bakoreshaga iyi miti…

Soma inkuru yose

Kuki kunywa amazi bihabwa agaciro gake kandi ari yo nkingi y’ubuzima?

Amazi ni cyo kinyobwa cya mbere gifasha ubuzima bw’umuntu gukomeza gukora neza, ariko abantu benshi bayafata nk’ikintu gisanzwe. Hari abamara amasaha menshi cyangwa umunsi wose batanywa amazi ahagije, bamwe bakavuga basetsa ko bazayanywa “barohamye gusa”, nyamara umubiri w’umuntu ubaho kubera amazi. Abahanga mu buzima bavuga ko hagati ya 55% na 60% by’umubiri w’umuntu mukuru bigizwe…

Soma inkuru yose

Putin yavuze ko intambara ya Ukraine ishobora kuba iri kugana ku musozo

Perezida w’uburusiya Vladimir Putin yavuze ko abona intambara igihugu cye kirimo na Ukraine ishobora kuba iri kugera ku musozo, mu ijambo yagejeje ku banyamakuru nyuma y’umuhango wo kwizihiza intsinzi y’Abasoviyeti mu Ntambara ya Kabiri y’Isi Yose wabereye i Moscow. Putin yavuze ko icyo u Burusiya bwise “ibikorwa bya gisirikare byihariye” muri Ukraine bishobora kurangira vuba,…

Soma inkuru yose

Menya amateka y’Umunsi Mpuzamahanga wahariwe Umubyeyi

Buri mwaka mu cyumweru cya kabiri cya Gicurasi, ibihugu byinshi ku Isi byizihiza Mother’s Day, umunsi wahariwe gushimira no guha icyubahiro ababyeyi kubera uruhare rukomeye bagira mu buzima bw’imiryango n’iterambere ry’umuryango mugari. Uyu munsi wizihizwa cyane muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse no mu bindi bihugu byinshi byo ku Isi, aho abantu bafata umwanya…

Soma inkuru yose

Batatu bamaze guhitanwa na Hantavirus yagaragaye mu bwato bw’ubukerarugendo.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, World Health Organization (WHO), ryakajije ingamba zo guhangana n’icyorezo cya Hantavirus cyagaragaye ku bwato bunini butwara ba mukerarugendo bwa MV Hondius, nyuma y’uko abantu umunani bakekwaho kwandura, batatu muri bo bakaba bamaze kwitaba Imana. Iki cyorezo cyateje impungenge kubera ko cyatewe n’ubwoko bwa virusi bwa Andes virus, buzwiho kuba…

Soma inkuru yose

Impamvu zitera ifaranga ry’ibihugu biri mu nzira y’iterambere guta agaciro.

Ifaranga ni inkingi y’ubukungu bw’igihugu. Rikoreshwa mu kugura, kugurisha no kubika agaciro k’umutungo. Agaciro k’ifaranga kagaragaza ubushobozi igihugu gifite ku masoko mpuzamahanga no mu mibereho y’abaturage,Mu myaka yashize, ibihugu byinshi biri mu nzira y’iterambere byahuye n’ikibazo cyo guta agaciro kw’ifaranga. Ibi byateye izamuka ry’ibiciro, ubuzima burushaho guhenda ndetse n’ubukungu buradindira. Raporo za International Monetary Fund…

Soma inkuru yose

Instagram yiyemeje gufasha abantu bahanga ibyabo bwite no guhagarika abakoporora iby’abandi

Urubuga rwa Instagram rwatangaje amategeko mashya agiye gufasha abantu birushya bahanga udushya twabo, rukajya ruhagarika konti zimenyereye gufata iby’abandi zikabigira ibyazo. Icyo Instagram igiye guhindura Muri iki gihe, hari konti nyinshi zizwi nka “Aggregator accounts” (izi ni konti zidahanga ibintu bishya, ahubwo zikusanya amafoto n’amashusho by’abandi zikabishyira kuri paji zazo). Instagram yavuze ko izi konti…

Soma inkuru yose

Ibyafasha igitsina gore kongera ubushake bwo gukora imibonano mpuzabitsina

Ubushake bwo gukora imibonano mpuzabitsina ni kimwe mu bigira uruhare mu mubano mwiza hagati y’abashakanye. Bityo iyo ubu bushake bugabanutse, bishobora gutera impungenge cyangwa kutumvikana hagati y’abakundana. Abahanga mu buzima bagaragaza ko kugabanuka k’ubushake ku bagore akenshi bidaterwa gusa n’impamvu z’umubiri, ahubwo ko bishobora guterwa n’ubuzima bwa buri munsi, imitekerereze cyangwa ibibazo byo mu muryango….

Soma inkuru yose

Uko wagabanya n’uko wakirinda ikirungurira mu buryo bworoshye

Indwara y’ikirungurira ni ikibazo gikunze kubangamira abantu benshi, cyane cyane nyuma yo kurya cyangwa igihe baryamye. Akenshi umuntu yumva ibintu bishyushye cyangwa bisharira bizamuka mu muhogo, rimwe na rimwe bikamurya mu gatuza cyangwa bikamutera kutamererwa neza. Abaganga bavuga ko ikirungurira giterwa n’uko aside yo mu gifu izamuka ikagera mu muhogo, ibintu bizwi nka acid reflux….

Soma inkuru yose

Putin yongeye kunenga NATO mu birori bya “Victory Day” byitabiriwe n’abasirikare ba Koreya ya Ruguru

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yongeye kunenga ibihugu byo muri NATO mu birori byo kwizihiza umunsi wa “Victory Day” wabereye ku rubuga rwa Red Square i Moscow.Ibi birori bikorwa buri mwaka mu kwibuka intsinzi y’icyahoze ari Leta Zunze Ubumwe z’Abasoviyeti mu Ntambara ya Kabiri y’Isi yose, izwi mu Burusiya nka “Great Patriotic War”. Uyu mwaka,…

Soma inkuru yose

Urukingo rwa Malaria rwagabanyije impfu z’abana muri Afurika – Ubushakashatsi

Ubushakashatsi bushya kandi bwizewe bwashyizwe ahagaragara mu kinyamakuru cya siyansi cya The Lancet, bwemeje ko urukingo rwa Malaria rwa RTS,S rwagize uruhare rukomeye mu kugabanya impfu z’abana mu bihugu bya mbere byatangiye kurutanga muri Afurika. Mu gihe cy’imyaka ine, ubushakashatsi bwagaragaje ko nibura umwana umwe mu bana umunani bapfaga bazize Malaria yarokowe mu bana bari…

Soma inkuru yose

Uburyo bwo kwipima inda ukoresheje ibikoresho byo mu rugo: Ese birizewe?

Hari abantu benshi bakoresha uburyo bwabo bwihariye mu rugo bashaka kumenya niba batwite mbere yo kujya kwa muganga cyangwa gukoresha ‘test de grossesse’. Aho bamwe bifashisha ibikoresho bisanzwe birimo umuti w’amenyo, isukari, isabune cyangwa vinaigre, bavuga ko bishobora kubereka niba batwite. Gusa abaganga n’inzobere mu buzima bagaragaza ko ubu buryo budafite gihamya ya siyansi ibwemeza,…

Soma inkuru yose

Uwahoze Ahagarariye u Rwanda muri Loni, Eugene Gasana, Yatsinzwe Urubanza rw’Ihohotera rishingiye ku Gitsina

Urukiko rw’i Manhattan muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika rwemeje ko Eugene Richard Gasana wahoze ahagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye (Loni), yakoze ihohotera rishingiye ku gitsina ku mukobwa wari umwimenyereza-mwuga muri Ambasade y’u Rwanda. Iki cyemezo cyafashwe ku wa 7 Gicurasi 2026 nyuma y’urubanza rwari rumaze imyaka myinshi ruburanishwa kuva ikirego cyatangirwa mu mwaka…

Soma inkuru yose

Ikihishe Inyuma y’Ubwiyongere bw’Abiyahura

Kwamamaza kw’ikoranabuhanga, ubuzima buhenze, kwigunga, ibibazo by’ubukungu n’ihungabana ryo mu mutwe biri mu bikomeje gushyira benshi mu mwijima wo kwiheba. Mu gihe abantu benshi bakomeza guceceka ku bibazo bibaremereye, imibare mishya yerekana ko ikibazo cyo kwiyahura gikomeje gufata indi ntera ku Isi yose, cyane cyane mu rubyiruko. Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima, World Health…

Soma inkuru yose

Davido agiye gushyirwa mu banyamuziki bakoze amateka ku Isi

Umuziki wa Afurika ukomeje kugenda waguka no kumenyekana ku rwego mpuzamahanga, cyane cyane binyuze mu bahanzi bakomeje gukora ibikorwa bihindura amateka y’umuziki ku Isi. Muri urwo rugendo, umuhanzi w’icyamamare muri Nigeria, Davido, agiye kongera gukora amateka nyuma yo gutangazwa mu bazahabwa icyubahiro muri Black Music and Entertainment Walk of Fame yo muri Leta Zunze Ubumwe…

Soma inkuru yose

Kaminuza zo muri Afurika zikomeje kuyoboka AI, iza Leta ziri imbere mu kuyikoresha

Ubushakashatsi bwakozwe ku ikoreshwa ry’Ubwenge Buhangano (AI) muri kaminuza zo muri Afurika bwagaragaje ko kaminuza za Leta ari zo zikomeje gukoresha iri koranabuhanga ku rwego rwo hejuru kurusha iza private, cyane cyane mu bikorwa byo kwigisha no kuyobora ibigo. Ibyavuye muri ubu bushakashatsi byatangajwe mu nama ya ELITE Africa Workshop, yahuje ibigo bitandukanye by’amashuri makuru…

Soma inkuru yose

Abajyanama b’Uturere n’Umujyi wa Kigali bagiye kujya batorwa mu buryo buziguye

Inteko Ishinga Amategeko umutwe w’Abadepite yatoye itegeko ngenga rishya rigenga amatora, rizanye impinduka mu buryo Abajyanama b’Uturere n’Umujyi wa Kigali bazajya batorwa. Muri iri tegeko rishya, hateganyijwe ko abo bajyanama bazajya batorwa mu buryo buziguye, aho kuba mu buryo butaziguye nk’uko byari bisanzwe bikorwa. Iri tegeko ryatowe kuri uyu wa Gatanu tariki ya 8 Gicurasi…

Soma inkuru yose

Harimo Imijyi ine yo muri Afrika! Urutonde rw’imijyi 50 myiza ku Isi yo gusura muri 2026-2050.

Urutonde rw’imijyi 50 myiza yo gusura ku Isi mu mwaka wa 2026 rwatangajwe, u Bwongereza bukaba bwagaragaje ko bufite imijyi ihagaze neza muri uru rutonde, mu gihe umugane wa Afrika uhagarariwe n’imijyi ine gusa. Uru rutonde rwakozwe n’ikinyamakuru Time Out gifatanyije na sosiyete ikora ibijyanye n’ingendo yitwa Intrepid Travel, mu bushakashatsi bwiswe “Best Cities of…

Soma inkuru yose

U Rwanda rurateganya kongera amashanyarazi akomoka kuri Gaz méthane yo mu Kivu akagera kuri Megawatt 100

U Rwanda rukomeje gushora imbaraga mu kongera ingano y’amashanyarazi kugira ngo rubashe guhaza abaturage n’ibikorwa by’iterambere bikomeje kwiyongera. Mu rwego rwo gushaka ibisubizo birambye, igihugu cyahisemo gukomeza kubyaza umusaruro Gaz méthane iboneka mu Kiyaga cya Kivu, aho biteganyijwe ko amashanyarazi akomoka kuri iyo gaz azagera kuri megawatt 100 mu myaka iri imbere. Ibi byatangajwe n’…

Soma inkuru yose

Sobanukirwa ibimenyetso simusiga byakwereka ko uri kugira isukari nyinshi mu mubiri

Isukari ni kimwe mu bintu umubiri ukenera kugira ngo ubashe kubona imbaraga no gukora neza. Iboneka mu biribwa byinshi birimo imbuto, ibinyampeke, imitobe ndetse n’ibindi biribwa bitunganyirizwa mu nganda. Nubwo isukari ari ingenzi, kuyirya mu buryo bukabije bishobora kugira ingaruka zikomeye ku buzima bw’umuntu. Mu myaka yashize, abahanga mu by’imirire n’ubuzima bakomeje kugaragaza ko abantu…

Soma inkuru yose

Abashakanye baba bafite ibyago byinshi byo kurwara ‘Dementia’ kurusha ingaragu

Mu gihe abantu benshi bafata gushaka nk’intambwe ifasha umuntu kugira ubuzima bwiza no kubaho igihe kirekire, ubushakashatsi bushya bwagaragaje ko hari aho gushyingiranwa bishobora no kugira ingaruka ku buzima bwo mu mutwe, cyane cyane ku ndwara yo kwibagirwa izwi nka Dementia. Ubwo bushakashatsi bwakozwe na Florida State University College of Medicine, bwagaragaje ko abantu bashakanye…

Soma inkuru yose

Davido yamaze gutangazwa mu bazashimirwa muri Amerika.

Davido wateje imbere Ndetse akanadika amateka akomeye muri Afrobeats ku ruhando rw’afurika ndetse no kuruhando mpuzamahanga agiye guhabwa inyenyeri y’abanyabigwi bagize uruhare mu guteza imbere umuco w’abirabura. Davido yumviswe na miliyari eshanu ku mbuga zicururizwaho imiziki. Amashusho y’indirimbo yasakaje kuri Youtube yarebwe n’abarenga miliyari 1.2. Mu 2023 byatumye ahita aba umunyafurika wa mbere wumviswe cyane…

Soma inkuru yose
gate of wise

Bwa mbere muri Africa umusifuzi agiye gukoresha Camera ihambaye.

Mu mukino ukomeye wa Derby yo muri Morocco uzahuza Wydad Athletic Club na Raja Club Athletic, hitezwe ikoreshwa bwa mbere rya kamera ya “Body Camera” izambarwa n’umusifuzi wo hagati. Ni umukino uzaba kuwa Gatandatu tariki 9 Gicurasi 2026 ukabera kuri sitade Muhammad V saa 7:00 PM zo mu Rwanda bikaba 8:00 PM zo muri Morroco. Ni uburyo bushya bugamije kuzamura…

Soma inkuru yose

Dore ingaruka ushobora guhura na zo mu gihe wirengagije gusinzira bihagije

Gusinzira ni kimwe mu bintu abantu benshi badaha agaciro cyane, nyamara ni ingenzi nk’uko kurya no kunywa amazi ari ingenzi ku mubiri. Hari abantu bakunda kuvuga bati “kuryama si akazi”, abandi bakajya bamara amajoro bareba filimi, bakora akazi cyangwa bari ku mbuga nkoranyambaga, bibwira ko gusinzira atari ikibazo gikomeye. Ariko se byagenda bite uramutse uretse…

Soma inkuru yose

Imyuzure ikomeje guhitana benshi: Ese hari igisubizo kirambye?

Raporo zitandukanye zigaragaza ko ibiza by’imyuzure biri mu bibazo bikomeye byugarije isi muri iki gihe.Ubushakashatsi bw’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe kugabanya ingaruka z’ibiza, UNDRR, bwagaragaje ko hagati ya 2000 na 2023 abantu barenga miliyari 1.6 ku isi bahuye n’ingaruka zituruka ku myuzure n’ibindi biza bifitanye isano n’imvura nyinshi. Mu Rwanda naho ikibazo gikomeje gufata indi ntera….

Soma inkuru yose

Ikoranabuhanga n’Uburinganire: Ese Abagore Bahabwa Amahirwe Angana mu Rwanda no ku Isi?

Mu mateka y’Isi, iterambere ry’ikoranabuhanga ryagiye rikorwa no gutezwa imbere ahanini n’abagabo. Ibi byatumye uburyo ikoranabuhanga rikoreshwamo ndetse n’imikorere yaryo byubakwa hashingiwe ku bitekerezo, ibibazo n’ibyifuzo by’abagabo kurusha uko byita ku bagore. Nubwo isi imaze gutera imbere cyane mu rwego rw’ikoranabuhanga, haracyagaragara icyuho kinini hagati y’abagabo n’abagore, cyane cyane mu bijyanye no kubona amahirwe angana…

Soma inkuru yose

Leta ihangayikishijwe n’akazi, urubyiruko rwo ruhugiye mu buzima bwo kwinezeza mu mibonano mpuzabitsina

Mu gihe u Rwanda rukomeje gushyira imbaraga mu guhanga imirimo mishya no kugabanya ubushomeri cyane cyane mu rubyiruko, gusa haracyari impungenge z’uko bamwe mu rubyiruko bo basa n’abamaze kwitakariza icyizere cy’ejo hazaza ahubwo bakaba bari mu buzima bwo kwishora mu ngeso zibangiriza ubuzima n’iterambere. SnapChat yahindutse ahantu ho gusangiza ibibazo by’urukundo n’imibonano Raporo y’Ikigo cy’Igihugu…

Soma inkuru yose

Ibiciro bya peteroli byakomeje kugabanuka ku isoko mpuzamahanga nyuma y’icyizere cy’amahoro hagati ya Iran na Amerika

Mu gihe ibiganiro bigamije guhagarika intambara hagati ya Iran na Leta Zunze Ubumwe za Amerika bikomeje gufata indi ntera, ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli ku isoko mpuzamahanga byongeye kumanuka, bitanga icyizere ku bukungu bw’Isi bwari bumaze iminsi buhungabanye. Amakuru mashya aturuka mu biganiro bya dipolomasi arerekana ko impande zombi ziri kwegera amasezerano y’agateganyo ashobora guhagarika imirwano…

Soma inkuru yose

Sex toys” mu nzira zo gusimbura abantu mu buriri?

Isi irimo kwinjira mu gihe cy’impinduramatwara mu myumvire ku mibIsionano mpuzabitsina, aho ibikoresho byifashishwa mu gushimisha mu buryo bw’ibanga bizwi nka ‘sex toys’ biri kugenda byifashishwa na benshi, by’umwihariko urubyiruko, abagore n’abagabo batandukanye. Ntabwo naje gukangurira abantu kubikoresha munyumve neza, ahubwo ni uko akariho kavugwa! Ubusanzwe, ibi bikoresho byari bimenyerewe cyane mu bihugu byateye imbere…

Soma inkuru yose

PSG igeze k’umukino wa nyuma wa UEFA Champions League yikurikiranya.

Tariki 6 Gicurasi 2026, Bayern Munich yanganyirije iwayo na Paris Saint Germain (PSG) igitego 1-1. Isezererwa ku giteranyo cy’ibitego 7-5. Ni umukino wabereye kuri sitade Allianz Arena. Mu mukino wari utegerejwe na benshi ku mugabane w’u Burayi, Paris Saint-Germain yatsinze Bayern Munich mu mukino waranzwe n’ishyaka, ubuhanga ndetse n’udushya twinshi twagaragaye ku mpande zombi. Ikipe…

Soma inkuru yose

Umukecuru w’imyaka 70 uvuga ko yavuye ba Perezida Paul Kagame na Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, arifuza kubonana na bo.

Kasese, Uganda – Umukecuru witwa Deborah Maate w’imyaka 70, utuye mu gace ka Kasese mu burengerazuba bwa Uganda, arifuza guhura n’abakuru b’ibihugu byombi, Perezida w’u Rwanda Paul Kagame na Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni. Avuga ko yigeze kubamenya mu myaka ya 1980 mu gihe cy’urugamba rwo kubohora Uganda. Deborah Maate, atangaza ko mu mwaka…

Soma inkuru yose

Uburyo telefoni igutera umuhangayiko n’uko wawugabanya

Mu buzima bwa buri munsi, telefoni zigendanwa zimaze kuba igikoresho cy’ingenzi ku bantu benshi. Kuko zibafasha mu itumanaho, mu kazi, mu myigire, my myidagaduro n’ahandi hatandukanye henshi hatuma ikomeza kubabera iy’ingenzi cyane. Icyakora, uko ikoreshwa ryazo rikomeza kwiyongera, ninako hagenda hagaragara ingaruka ku buzima bwo mu mutwe, zirimo umuhangayiko uterwa n’ubutumwa buhora bwinjira muri telefoni…

Soma inkuru yose

Pakistan: Ihuriro rishya rya Dipolomasi mu gukemura amakimbirane ya Amerika na Iran

Mu gihe amaso y’isi yose ahanzwe uburasirazuba bwo hagati, umujyi wa Islamabad muri Pakistan wamaze kuba ihuriro rikomeye rishobora guhindura amateka y’intambara yatangiye muri Gashyantare 2026. Nyuma y’itangazo rya Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Iran, hari andi makuru akomeye ari kuvugwa: Ingingo zifatika ziri kwibandwa ho mu biganiro Nubwo ingingo nyirizina zagizwe ibanga, amakuru ava mu…

Soma inkuru yose

Uganda: Umugore yafunzwe azira guhatiriza umwana kumira inshinge 46

Mu gihugu cya Uganda, umugore w’imyaka 45 witwa Juliet Tushabeomwe yafunzwe akurikiranyweho guhatiriza umwana w’imyaka umunani, abereye mukase, kumira inshinge 46 zifashishwa mu kudoda. Uyu mugore yatawe muri yombi ku wa 1 Gicurasi 2026, nyuma y’uko abaganga bavumbuye izi nshinge mu nda y’uwo mwana. Byaje kumenyekana nyuma y’igihe umwana amaranye ububabare bukomeye mu nda, ibintu…

Soma inkuru yose

Kanseri Ntikiri Indwara y’Abakuze Gusa: Uko Iri Kwibasira Urubyiruko

Mu gihe kanseri yari isanzwe ifatwa nk’indwara yibasira cyane abantu bakuze, ubushakashatsi bushya burerekana ko iri no kwiyongera mu rubyiruko, ibintu bikomeje gutera impungenge ku rwego mpuzamahanga. Ubwiyongere bwa kanseri zitandukanye Abashakashatsi bagaragaje ko hari ubwoko bwinshi bwa kanseri bukomeje kwiyongera, burimo: Ndetse n’iyibasira imyanya myibarukiro Muri izo, kanseri yo mu mara n’iy’ibere ni zo…

Soma inkuru yose

Arsenal k’umukino wa nyuma wa UEFA Champions League nyuma y’imyaka 20.

Mu ijoro rya tariki 5 Gicurasi 2026, Arsenal F.C yatsinze Atlético Madrid igitego 1-0 mu mukino wo kwishyura wa ½ cy’amakipe yabaye aya mbere iwayo k’umugabane w’Uburayi(UEFAChampionsLeague) mu mukino wabereye mu Bwongereza. Ni Mu gihe umukino ubanza wabereye muri Esipanye wari warangiye ari igitego 1-1. Igice cya mbere cyaranzwe no gusatirana, Arsenal igaragaza imbaraga mu…

Soma inkuru yose

U Burayi bukomeje urugamba rwo kwigenga ku ikoranabuhanga rya Amerika

Mu gihe isi ikomeje kugendera cyane ku ikoranabuhanga rituruka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ibihugu byinshi byo ku Mugabane w’u Burayi birimo gushyira imbaraga mu gushaka uburyo byakwihaza mu rwego rw’ikoranabuhanga no kugabanya kwishingikiriza kuri sosiyete zikomeye zo muri Amerika zirimo Google, Microsoft na Amazon. Ibi biri guterwa ahanini n’impungenge zimaze imyaka zigaragazwa ku…

Soma inkuru yose

Ikigega ‘Aguka Youth Fund’ kimaze kugeramo miliyari 1,5 Frw, cyitezweho gufasha urubyiruko kwiteza imbere

Ikigega cy’Ingwate cy’Urubyiruko kizwi nka Aguka Youth Fund kimaze kugeramo miliyari 1,5 z’amafaranga y’u Rwanda, mu rwego rwo gufasha urubyiruko kubona inguzanyo zoroshye zo guteza imbere imishinga yarwo. Ibi byatangajwe na Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Jean Népo Abdallah Utumatwishima, mu kiganiro yagiranye n’ikigo cy’itangazamakuru cya Rwanda Broadcasting Agency kuri uyu wa Kabiri tariki ya 5…

Soma inkuru yose

Minisitiri Sebahizi yasobanuye impamvu itumizwa ry’isukari mu mahanga ryagabanutseho 36%

Imibare mishya ituruka muri Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) igaragaza ko mu mwaka wa 2025, ingano y’isukari u Rwanda rwatumiza mu mahanga yamanutse cyane ugereranyije n’umwaka wabanjirije. Ibi byajyaniranye n’igabanuka ry’agaciro k’amafaranga igihugu cyasohoraga kuri iki gicuruzwa. Raporo nshya ya MINICOM igaragaza ko mu mwaka wa 2025, u Rwanda rwatumije mu mahanga toni 195,610 z’isukari zifite…

Soma inkuru yose