Teng Teng yasabye gusubizwa imbuga nkoranyambaga ze nyuma yo gutandukana na ‘manager’ we

Umwana w’umunyarwenya akaba n’icyamamare ku mbuga nkoranyambaga, Teng Teng, ari kumwe n’umuryango we, batangaje ko bafite impungenge zikomeye nyuma y’uko bavuga ko uwari ushinzwe kureberera inyungu ze, Michael, yigaruriye imbuga nkoranyambaga z’uyu mwana ndetse akamwambura ububasha bwo kuzigenzura. Mu byo batangaje, bavuga ko izo mbuga zafunguwe mu mazina ya Teng Teng kandi zikaba zarubatswe hashingiwe…

Soma inkuru yose

Benzoo yavuze ko yiteguye guha Abanyarwandakazi n’Abanyarwanda ibirori bitazibagirana

Umuhanzi w’icyamamare muri Afurika y’Epfo mu njyana ya Amapiano, Benzoo, yavuze ko yiteguye gutanga igitaramo cyihariye mu Rwanda ubwo azaba yitabiriye iserukiramuco rya Ivy Summer Fest riteganyijwe kubera mu Karere ka Rubavu. Uyu muhanzi uri mu bagezweho muri Afurika y’Epfo no mu bindi bihugu bya Afurika, azataramira bwa mbere mu Rwanda ku wa 4 Nyakanga…

Soma inkuru yose

MIFOTRA yasobanuye impinduka ku mafaranga y’inyongera ahabwa abakozi ba Leta

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, MIFOTRA, yatangaje ko impinduka ziherutse gukorwa ku buryo amafaranga y’inyongera ahabwa abakozi ba Leta abarwa, zidafite intego yo kongera cyangwa kugabanya amafaranga batahana buri kwezi, ahubwo zigamije guhuza uburyo bwo kubara umushahara n’impinduka zakozwe mu bwiteganyirize bwa pansiyo. Mu minsi yashize, bamwe mu bakozi ba Leta batangiye kwibaza niba hari…

Soma inkuru yose

Inteko Ishinga Amategeko yatangiye ingendo zo kugenzura umusaruro w’ubuhinzi

Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, Umutwe w’Abadepite, yatangaje ko igiye kohereza Abadepite mu ngendo z’akazi mu gihugu hose hagamijwe gusuzuma ishyirwa mu bikorwa ry’ingamba zo guteza imbere ubuhinzi, by’umwihariko kongera umusaruro w’ibiribwa n’ibihingwa ngengabukungu. Izi ngendo zizatangira ku itariki ya 28 Gicurasi 2026 kugeza ku ya 4 Kamena 2026 mu turere twose tw’igihugu, hanyuma zikomereze…

Soma inkuru yose

Huye: Polisi yasabye abakora mu ibagiro gukaza ingamba zo kurwanya ubujura bw’amatungo

Kuri uyu wa 27 Gicurasi 2026, Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yakomeje ibikorwa by’ubukangurambaga bigamije gukumira ibyaha no gushimangira uruhare rw’abaturage mu kubungabunga umutekano. Muri urwo rwego, mu Karere ka Huye mu Murenge wa Ngoma, abakora mu ibagiro rya Matyazo basabwe kongera imbaraga mu gukumira ubujura bw’amatungo, cyane cyane harebwa inkomoko y’amatungo yose…

Soma inkuru yose

Rutsiro: Abaturage basabwe gukaza amarondo nyuma y’ikorwa ry’ubujura bw’Ibendera ry’Igihugu

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Manihira mu Karere ka Rutsiro bwongeye gusaba abaturage gukaza amarondo no kurushaho kwita ku mutekano, nyuma y’uko Ibendera ry’Igihugu ryari rimaze iminsi ryibwe ribonetse rirambuye mu ishyamba hafi y’umugezi wa Rutsiro. Iri bendera ryari ryaribwe ku biro by’Akagari ka Muyira, mu Murenge wa Manihira, aho amakuru y’ikorwa ry’ubujura yamenyekanye mu gitondo cyo…

Soma inkuru yose

Menya indwara ushobora kwandura igihe wogosha umusatsi wawe

Kogosha umusatsi ni kimwe mu bikorwa bisanzwe bikorwa n’abagabo benshi, abagore, ndetse n’abana kugira ngo bagire isuku, bagaragare neza kandi bumve bisanzuye. Hari abogosha buri cyumweru, abandi buri mezi make bitewe n’uburyo bakunda gutunganya imisatsi yabo. Nubwo kogosha bifatwa nk’igikorwa gisanzwe kidateza ikibazo, abahanga mu by’ubuzima bavuga ko bishobora kuba intandaro y’indwara zitandukanye igihe isuku…

Soma inkuru yose

Abayisilamu basabwe gukomeza kwimakaza urukundo n’ubufatanye mu kwizihiza Eid Al-Adha

Abayisilamu bo hirya no hino mu Rwanda bizihije Eid Al-Adha, umwe mu minsi mikuru ikomeye mu Idini ya Islam, basabwa gukomeza kwimakaza urukundo, gufashanya no gusangira n’abatishoboye Uyu munsi ku rwego rw’igihugu byabereye kuri Kigali Pele Stadium i Nyamirambo, aho hateraniye ibihumbi by’Abayisilamu mu isengesho ryayobowe n’abayobozi b’Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda. Mu nyigisho zatangiwe muri…

Soma inkuru yose

Miss Rwanda 2020, Nishimwe Naomi n’umugabo we bakomeje kunezererwa i Bali

Nyampinga w’u Rwanda 2020, Nishimwe Naomi hamwe n’umugabo we Michael Tesfay bakomeje kuryoherwa n’urugendo rwabo rw’ubukerarugendo ku Kirwa cya Bali, kimwe mu bice bikurura ba mukerarugendo benshi ku Isi. Aba bombi bamaze iminsi basangiza abakunzi babo amafoto n’amashusho binyuze ku mbuga nkoranyambaga, bagaragaza uburyo bakomeje kunezezwa n’ubwiza bw’iki kirwa kizwiho imico gakondo, inyanja nziza ndetse…

Soma inkuru yose

Sobanukirwa akaga gaterwa no kurya amafunguro atujuje ubuziranenge

Kurya amafunguro atujuje ubuziranenge ni kimwe mu bibazo bikomeye byugarije ubuzima bw’abatuye Isi, aho buri mwaka abantu barenga miliyoni 600 barwara indwara ziterwa n’ibiribwa byanduye, mu gihe abarenga ibihumbi 420 bahitanwa na zo. Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, OMS, rigaragaza ko abana bari munsi y’imyaka itanu ari bo bibasirwa cyane n’iki kibazo kuko bangana…

Soma inkuru yose

Ese koko haba hari ibiribwa byongera ingano y’igitsina ? “Sobanukirwa”

Hari abantu benshi bagira impungenge ku ngano y’igitsina cyabo, cyane cyane bitewe n’ibyo babona ku mbuga nkoranyambaga, muri filime cyangwa mu biganiro bitandukanye bikunze kuvuga ko hari uburyo bworoshye bwo kongera uburebure cyangwa umubyimba w’igitsina cy’umugabo. Ikibazo cy’ubunini bw’igitsina cy’umugabo cyabaye kimwe mu bikomeje kuganirwaho cyane ku mbuga nkoranyambaga no mu biganiro birebana n’ubuzima bw’imyororokere….

Soma inkuru yose

Muhanga: Polisi yafashe abantu 9 mu bucukuzi butemewe bw’amabuye y’agaciro

Mu Ntara y’Amajyepfo, Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’izindi nzego ndetse n’abaturage, ikomeje ibikorwa bigamije gukumira ibyaha bitandukanye hirya no hino mu gihugu. Ni muri urwo rwego, kuri uyu wa 26 Gicurasi 2026, mu Karere ka Muhanga mu Murenge wa Kabacuzi, Akagari ka Butare, Polisi yafatiye mu cyuho abantu icyenda (9) bakekwaho gukora ibikorwa binyuranyije…

Soma inkuru yose

DIVISION ya 4 ikomeje kwitwara neza mu Irushanwa rya Liberation Cup

Mu mikino ihuza Ingabo z’u Rwanda mu irushanwa ryo guhatanira igikombe cyo Kwibohora “Liberation Cup”, ikipe ya DIVISION ya 4 ikomeje kwitwara neza nyuma yo gutsinda DIVISION ya 1 mu mikino ibiri itandukanye ya volleyball ndetse n’umupira w’amaguru, ari nabyo byayihesheje intsinzi y’ingenzi mu itsinda B. Volleyball: Intsinzi y’amaseti 3-0 Umukino wa volleyball wabereye muri…

Soma inkuru yose

Ruhango: Umujura umwe yishwe arashwe nyuma yo gushaka gutema abaturage

Abajura babiri bitwaje intwaro gakondo bibye ihene ebyiri z’umuturage mu Karere ka Ruhango, umwe muri bo araraswa arapfa nyuma yo gushaka gutema abaturage n’abapolisi bari bamaze gutabara, undi arafatwa. Ibi byabaye ku wa 25 Gicurasi 2026 mu Karere ka Ruhango, Umurenge wa Ntongwe, Akagari ka Kyebero.Amakuru yatangajwe na Polisi y’u Rwanda avuga ko aba bajura…

Soma inkuru yose

Polisi y’u Rwanda yakanguriye Abanyeshuri ba TSS Kabutare Kwirinda no Gukumira ibyaha

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo, ku bufatanye n’izindi nzego ndetse n’abaturage, ikomeje ibikorwa by’ubukangurambaga bigamije gukumira ibyaha bitaraba, cyane cyane mu rubyiruko rwiga mu mashuri atandukanye. Muri urwo rwego, Polisi yasuye Ishuri rya TSS Kabutare riherereye mu Karere ka Huye, aho yahuguye abanyeshuri 642 hamwe n’abarezi babo 49 ku ruhare rwabo mu gukumira…

Soma inkuru yose

Uganda: Urupfu rw’umufana wa Arsenal rwongeye kuzamura impungenge ku makimbirane y’abafana b’amakipe

Urupfu rw’umumotari Denis wari uzwi nk’umufana wa Arsenal mu Mujyi wa Kampala muri Uganda, rwongeye gutuma abantu benshi bagaruka ku kibazo cy’amakimbirane hagati y’abafana b’amakipe y’umupira w’amaguru, cyane cyane iyo amarangamutima yarenze urugero. Uyu mugabo w’imyaka 34 yapfuye nyuma y’impaka bivugwa ko yagiranye n’undi mugabo bivugwa ko ari umufana wa Manchester United. Polisi ya Uganda…

Soma inkuru yose

Karongi: Urupfu rw’umwarimu warohamye mu Kivu rwasigiye icyuho gikomeye GS Sainte Marie Kibuye

Urupfu rwa Nahimana Ernest wari umwarimu w’ikoranabuhanga muri GS Sainte Marie Kibuye, warohamye mu kiyaga cya Kivu ku wa 23 Gicurasi 2026, rwateye agahinda gakomeye abo bakoranaga, abanyeshuri ndetse n’umuryango we, cyane ko yari amaze igihe gito agaragaza ubuhanga mu kazi ke. Uyu mwarimu wari ufite imyaka 30 y’amavuko, yarohamye ku mugoroba wo ku wa…

Soma inkuru yose

Umunyamakuru Ndahiro Valens Papy yasohoye indirimbo nshya yise ‘Abanzi’

Umunyamakuru ndetse n’umuhanzi nyarwanda Ndahiro Valens Papy yashyize hanze indirimbo nshya yise “Abanzi”, igaruka ku rugamba abantu bafite impano banyuramo, cyane cyane igihe bahura n’ababaca intege cyangwa abafite inyungu zo kubazimya. Iyi ndirimbo yasohotse ku wa 23 Gicurasi 2026, ikaba iri mu zigaragaza amarangamutima ndetse n’ubuzima bwite bw’uyu munyamakuru umaze igihe azwi mu itangazamakuru nyarwanda,…

Soma inkuru yose

Kuki kugabanya amabere biri kurushaho kwamamara muri iki gihe?

Mu myaka ya vuba, kubagwa hagamijwe kugabanya amabere biri kugenda byamamara cyane mu bihugu bitandukanye ku isi, aho abagore benshi bavuga ko babiterwa n’impamvu z’ubuzima bw’umubiri n’ubwo mu mutwe. Nubwo bamwe bakibifata nk’igikorwa cyo kwihindura ubwiza, abaganga n’ababikoze bavuga ko akenshi bikorwa kugira ngo bigabanye ububabare bw’umugongo, amajosi n’ibitugu, ndetse bifashe umuntu kwisanzura no kwiyakira…

Soma inkuru yose

Rutsiro: Abakozi bane ba SACCO ya Kigeyo bakekwaho kunyereza miliyoni zisaga 88 Frw batawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafunze abantu bane bakoreraga SACCO y’Umurenge wa Kigeyo mu Karere ka Rutsiro, bakekwaho kunyereza umutungo wa miliyoni zisaga 88 Frw no gukoresha inyandiko mpimbano. Aba batawe muri yombi barimo Havugimana James wahoze ari Umuyobozi wa SACCO, Nishimwe Espérance wari ushinzwe kwakira no kubika amafaranga, Uwanyirijuru André ushinzwe ibaruramari, ndetse…

Soma inkuru yose

Ivugururwa rishya rya mudasobwa rigiye koroshya akazi no kongera umutekano w’abayikoresha.

Sosiyete zikomeye zikora porogaramu za mudasobwa zikomeje gushyira hanze amavugurura mashya agamije korohereza abakoresha mudasobwa no kongera umutekano w’amakuru yabo. Mu mavugurura aheruka gushyirwa hanze harimo ayakozwe na Microsoft kuri sisiteme ya Windows 11 ndetse n’ikorwa na Apple kuri macOS. Aya mavugurura mashya azanye uburyo bwihuse bwo gukoresha mudasobwa, kunoza imikorere ya internet, gukemura ibibazo…

Soma inkuru yose

U Bushinwa bwakomeje kwagura ubushobozi mu by’isanzure nyuma yo kohereza Shenzhou-23

U Bushinwa bwongeye kwerekana ubushake bwo gukomeza kuba kimwe mu bihugu bikomeye mu bushakashatsi bwo mu isanzure, nyuma yo kohereza icyogajuru cya Shenzhou-23 gitwaye aba astronaut batatu bafite inshingano zikomeye zirimo gukora ubushakashatsi bwihariye no gutegura ingendo zizagera ku Kwezi. Iki cyogajuru cyahagurutse mu ijoro ryo ku wa 24 Gicurasi 2026 kivuye muri Jiuquan Satellite…

Soma inkuru yose

Udushya tuzaranga igikombe cy’isi cya 2026.

Igikombe cy’Isi cya 2026 kizabera muri Amerika, Canada na Mexico gitegerejwemo udushya ugereranyije n’ibindi bikombe byabanje, aho FIFA iri gutegura udushya twinshi tugamije kongera imyidagaduro, ikoranabuhanga no kurinda abakinnyi. Kimwe mu bikomeje kuvugisha benshi n’igitaramo (halftime show) kizaba ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi ku nshuro ya mbere, mu buryo busa n’ubukoreshwa muri muri NFL….

Soma inkuru yose

Chris Brown yahawe impamyabumenyi y’icyubahiro na Harvest Christian University

Umuhanzi w’icyamamare muri muzika ya R&B, Chris Brown, yahawe impamyabumenyi y’ikirenga y’icyubahiro (Honorary PhD) na Harvest Christian University yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, kubera uruhare rwe rukomeye mu guteza imbere umuziki n’ubugeni ku rwego mpuzamahanga. Iyi mpamyabumenyi yahawe Chris Brown ku wa 23 Gicurasi 2026, mu birori byitabiriwe n’abanyeshuri barangije amasomo atandukanye muri…

Soma inkuru yose

Hasohotse amadarubindi akoranye ikoranabuhanga rihambaye

Sosiyete ya Brilliant Labs ifite icyicaro gikuru mu gihugu cya Singapore, yashyize hanze ubwoko bw’amadarubindi y’ikoranabuhanga yiswe “Halo AI Glasses“, yakozwe mu buryo bugezweho hifashishijwe ubwenge buhangano bwa “Noa AI“, bushobora kumva, kureba no gusobanukirwa ibyo buri kubona cyangwa bwumva, hanyuma bugatanga ibisubizo bijyanye n’ibiri kuba ako kanya ku muntu uyambaye. Aya madarubindi mashya yaje…

Soma inkuru yose

MINISANTE yasabye Abanyarwanda gukomeza kwitwararika nyuma y’ikwirakwira rya Ebola mu karere

Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yongeye guhumuriza Abanyarwanda ko nta cyorezo cya Ebola kiragaragara mu gihugu, ariko isaba abaturage gukomeza kwitwararika no kubahiriza amabwiriza yo kwirinda nyuma y’uko iyi ndwara ikomeje gukwirakwira mu bihugu bituranye n’u Rwanda. Ubu butumwa bwatanzwe mu gihe Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse na Uganda bikomeje kugaragaramo abarwayi ba Ebola, ibintu byatumye…

Soma inkuru yose

Imvo n’imvano ku kwahukana cyangwa gutana kw’abashakanye mu Rwanda

Muri iki gihe, ikibazo cyo kwahukana cyangwa gutana kw’abashakanye gikomeje kugaragara cyane mu miryango itandukanye yo mu Rwanda. Nubwo urugo rushingwa hagamijwe kubaka ubuzima bwiza no kurera abana mu rukundo, hari impamvu nyinshi zituma bamwe mu bashakanye batabasha gukomeza kubana, bikarangira bahisemo gutandukana. 1. Kutumvikana mu rugo Imwe mu mpamvu zikunze kuvugwa cyane ni ukutumvikana…

Soma inkuru yose

Uko kugenda n’amaguru bifasha umuntu guhorana akanyamuneza

Mu buzima bwa buri munsi, usanga abantu benshi baba bahugiye mu kazi, mu masomo n’izindi nshingano zitandukanye ku buryo bamwe bavuga ko batabona umwanya wo gukora siporo. Nyamara abaganga n’abashakashatsi mu by’ubuzima bagaragaza ko n’iminota mike yo kugenda n’amaguru ishobora kugira uruhare runini mu buzima bw’umuntu haba ku mubiri no mu mitekerereze. Ubushakashatsi butandukanye bwerekana…

Soma inkuru yose

Ikoranabuhanga rigezweho mu gukama inka riri guhindura ubworozi bw’amata mu Rwanda

Mu gihe ubworozi bukomeje kuba imwe mu nkingi z’iterambere ry’ubuhinzi mu Rwanda, ikoreshwa ry’ikoranabuhanga mu gukama inka rikomeje kuzana impinduka zikomeye mu musaruro no mu buryo bwo kwita ku nka. Mu mashuri n’ibigo byigisha ubuhinzi n’ubworozi agezweho nka Rwanda Institute for Conservation Agriculture (RICA), hakomeje gukoreshwa uburyo bugezweho bwo gukama inka hifashishijwe imashini zifasha aborozi…

Soma inkuru yose

DJ Toxxyk yakatiwe gufungwa umwaka n’amezi atandatu nyuma yo guhamywa ibyaha bine

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwakatiye Shema Arnaud de Bosscher uzwi nka DJ Toxxyk igifungo cy’umwaka n’amezi atandatu ndetse rumuca ihazabu ya 1.050.000 Frw nyuma yo kumuhamya ibyaha bifitanye isano n’impanuka yahitanye umupolisi. Iki cyemezo cyafashwe kuri uyu wa 22 Gicurasi 2026 nyuma y’uko Ubushinjacyaha bujuririye icyemezo cyari cyafashwe mbere n’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro. DJ Toxxyk…

Soma inkuru yose

Trump yavuze ko Amerika ishobora gusubiza miliyari 149$: Impaka ku misoro ya tariffs zongeye gukomera

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yavuze ko Amerika ishobora gusubiza amafaranga arenga miliyari 149 z’amadolari nyuma y’impaka zikomeje kuvuka ku misoro ya “tariffs” yashyizweho mu gihe cy’ubutegetsi bwe. Trump yavuze ko bishoboka ko Leta ya Amerika ishobora gusubiza ayo mafaranga nyuma y’ibibazo by’amategeko ndetse n’impaka zagaragaye ku buryo iyo misoro yashyizweho…

Soma inkuru yose

“Ikintu cyagutunze ntushobora kukireka” – Alice Mukankwiro yavuze uko ubuvumvu bwahinduye ubuzima bwe

Mu gihe hari bamwe bafata ubworozi bw’inzuki nk’umwuga woroheje cyangwa ukorerwa mu rwego rwo kwishakira ubuki bwo mu rugo, bamwe mu baturage bo mu Karere ka Ngororero bavuga ko ubuvumvu bwabahinduriye ubuzima ndetse bubafasha kubona amafaranga abafasha kwiteza imbere. Mu Murenge wa Muhororo, Koperative Terimberemuvumvu ni imwe mu makoperative amaze kwagura ibikorwa by’ubuvumvu, aho abaturage…

Soma inkuru yose

Mu Bwongereza: Cancer y’uruhu ikomeje guteza impungenge.

Mu Bwongereza, umubare w’abantu basanganywe indwara ya cancer y’uruhu ya melanoma wageze ku rwego rwo hejuru rutigeze rubaho mbere. Mu mwaka wa 2022 honyine habonetse abantu 20,980 bayirwaye bwa mbere. Iyi ndwara ya melanoma ni yo cancer y’uruhu ikomeye kandi ishobora kwica umuntu iyo itavuwe hakiri kare. Umuryango Cancer Research UK uvuga ko hafi abantu…

Soma inkuru yose

Ibanga ryatumye Arsenal yongera kwegukana igikombe cya Premier League nyuma y’imyaka 22

Nyuma y’imyaka 22 yose itegereje, Arsenal yongeye kugaruka ku ntebe y’icyubahiro y’umupira w’amaguru mu Bwongereza, yegukana igikombe cya shampiyona ya Premier League. Iyi ntsinzi yabaye nyuma y’uko Manchester City inganyije na Bournemouth igitego 1-1, bituma Arsenal ihita iba iya mbere yegukana igikombe mbere y’umunsi wa nyuma wa shampiyona. Uyu mwaka wabaye udasanzwe kuri Mikel Arteta,…

Soma inkuru yose

RDC: Abarwayi ba Ebola batorotse ibitaro bya Rampara

Abaturage bo mu Ntara ya Ituri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bakomeje kugira ubwoba nyuma y’uko abarwayi ba Ebola n’abari bayikekwaho batorotse ibitaro bya Rampara biherereye hafi y’Umujyi wa Bunia. Amakuru yatangajwe n’urubuga Actualite.cd avuga ko aba barwayi bari batandatu, barimo batatu byari byamaze kwemezwa ko banduye Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo, ndetse…

Soma inkuru yose

“Study Now, Pay Later” Ishobora Guhindura Ubuzima bw’Urubyiruko Rutabona Amafaranga yo Kwiga Kaminuza

Mu gihe mu Rwanda no mu bindi bihugu byinshi bya Afurika, ikibazo cy’amikoro macye gikomeje kubera imbogamizi urubyiruko rwinshi rufite inzozi zo gukomeza amashuri makuru. Hari abanyeshuri barangiza amashuri yisumbuye bafite amanota meza, bafite ubushake bwo gukomeza kwiga, ariko bakabura ubushobozi bwo kubona amafaranga ya kaminuza. Ni ikibazo kimaze imyaka kigarukwaho cyane, aho bamwe mu…

Soma inkuru yose

Ese birakwiye “Guhuhura” umurwayi urembye ?

Ikibazo cyo guhuhura umurwayi urembye cyane, kizwi nka Euthanasia (gufasha umurwayi utazakira gupfa mu mahoro), gikomeje guteza impaka zikomeye mu bihugu byinshi ku Isi. Hari ababona ko ari uburyo bwo kugabanya ububabare bukabije bw’umurwayi, mu gihe abandi bavuga ko binyuranyije n’agaciro k’ubuzima ndetse n’inyigisho z’idini. Mu Rwanda, iki gitekerezo ntikirashyigikirwa n’amategeko ndetse n’umuco nyarwanda ukomeza…

Soma inkuru yose

Impamvu abagore bashobora gukora ibintu byinshi icyarimwe kurusha abagabo

Mu myaka myinshi ishize, hirya no hino ku Isi hakunze kuvugwa ibitekerezo bitandukanye ku bushobozi bw’abagore n’abagabo. Hari igihe abantu bamwe bumvaga ko abagore bafite ubushobozi buri hasi ugereranyije n’ubw’abagabo, cyane cyane mu kazi, mu miyoborere cyangwa mu gufata ibyemezo bikomeye. Ariko uko ubushakashatsi bwa siyansi bwagiye bukorwa, byinshi muri ibyo bitekerezo byagiye bihinduka. Ubu…

Soma inkuru yose

Ibiryo Urya Buri Munsi Bishobora Kukurinda Indwara Cyangwa Kuzigutera

Mu gihe abantu benshi bakomeje kwibasirwa n’indwara zirimo diyabete, umutima n’umuvuduko w’amaraso, abaganga bavuga ko kimwe mu bintu bikomeye bishobora kubitera cyangwa kubyirinda ari ibiryo umuntu afata buri munsi. Hari abantu batekereza ko kurya indyo yuzuye bisaba amafaranga menshi, nyamara abahanga mu mirire bavuga ko no kurya ibiribwa bisanzwe biboneka hafi yacu bishobora gufasha umubiri…

Soma inkuru yose