Abamotari bijejwe kutazangera gucibwa amande arenze ibihumbi 10 Frw.

Nyuma y’igihe abakora umwuga wo gutwara abantu n’ibintu biciye kuri moto, abakora uyu mwuga bijejwe ko amande bacibwaga yagabanyijwe ndetse ku buryo atazongera kurenga ibihumbi 10 Frw. Kuri uyu wa Gatatu, ni bwo Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Olivier Kabera ari kumwe n’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Dusengiyumva Samuel, Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda,…

Soma inkuru yose

Ubu ushobora gutunga virtual master card, nawe ugatangira guhahira ku masoko nka Amazon, Alibaba n’andi mpuzamahanga.

Kuba mu kinyejana cya 21 bisaba kujyana n’iterambere! Ntabwo bikiri ngombwa kwitwaza umuba w’inoti cyangwa ibiceri kuko ushobora gutwara mafaranga muri telephone yawe, ariko wa mugani w’umunyarwanda wagize ati: “Isi yabaye umudugudu” Ushobora gukenera guhahira iyo mu mahanga ya kure, kugira ngo uhahire iyo muri ayo mahanga bizagusaba kuba ufite ikarita ya Banki (Bank Card)….

Soma inkuru yose

Nawe ushobora kurya ku mafaranga ya youtube! Abanyarwanda bagiye gutangira kwinjiza agatubutse kuri YouTube.

Abahanzi, abanyamakuru, na bakora amashusho azwi nka Vlog bagiye gutangira kwinjiza amafaranga kuri YouTube bidasabye ko bahindura aho baherereye (location). Ibi byatangajwe na Minisitiri w’urubyiruko (Minister of Youth and Art) UTUMATWISHIMA Jean Nèpo Abdallah, aho yavuze ko Leta irikuganira na ba nyiri YouTube kugira ngo abanyarwanda nabo bashyirwe ku rutonde rwabemerewe guhembwa nayo binyuze mu…

Soma inkuru yose

Abaturage bisabiye serivisi zirenga Miliyoni 5 ku Irembo mu mwaka umwe

Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula, avuga ko mu mwaka wa 2023-2024, serivisi zirenga miliyoni 5 zasabwe n’abaturage ubwabo ku Irembo, ndetse abarenga ibihumbi 400 bakaba bamaze gufungura konti bwite ku Irembo. Minisitiri Ingabire yagaragaje ko kuri ubu abakoresha interineti ngendanwa ya 4G bangana na 58%, iya 3G ni 25.8% mu gihe iya 2G bari…

Soma inkuru yose

Burera: Abakorera Poste de sante barasaba guhemberwa ibirarane by’amezi atanu yose

Bamwe mu bakora mu mavuriro mato azwi nka ‘Poste de Santé’ yubatswe ku mupaka uhuza u Rwanda na Uganda mu Karere ka Burera, bavuga ko bakomeje kuba mu ihurizo ry’imibereho ibagoye mu miryango yabo, biturutse ku kuba bamaze amezi arenga atanu badahembwa, bakaba basaba gukemurirwa icyo kibazo. Abafite iki kibazo ni abakora akazi ko kuyacungira…

Soma inkuru yose

Visit Rwanda: U Rwanda na Atletico Madrid basinye amasezerano yo kwamamaza

Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB, ndetse n’ikipe y’umupira w’amagaru mu cyiciro cya mbere muri Esipanye (Atletico Madrid) binyuze muri gahunda ya Visit Rwanda bemeje ko basinyanye amasezerano y’ubufatanye mu kumenyekanisha ubucyerarugendo bw’u Rwanda. Ibi bikubiye mu itanganzo “RDB” yashyize hanze kuri uyu gatatu tariki 30 Mata 2025 aho ikipe ya Atlético Madrid izajya imenyekanisha ubucyerarugendo bw’u…

Soma inkuru yose

Abaturage ni abakire, batanze miliyari zirenga 40 Frw.

Mu minsi ishize BNR yashyize hanze impapuro mpeshamwenda zihwanye na miliyari 10. Umuyobozi wa Rwanda Stock Exchange, RWABUKUMBA Celestin yatangaje ko izi mpapuro zaguzwe ku kigero cya 400% . Leta ivuga ko yasubije miliyali 30 Frw zarengaga ko yarakenewe. Ibi byakozwe n’abaturage byagaragaje ko abaturage bafite amafaranga.   RWABUKUMBA ati: “Buriya bwitabire icya mbere buvuze…

Soma inkuru yose

Rutsiro: Umusore ari gushakishwa nyuma yo gukekwaho gukubita Nyina bikamuviramo urupfu

Umusore w’imyaka 33 wo mu Karere ka Rutsiro ari guhigwa akakekwaho gukubita nyina bikomotse ku businzi, yamenya ko byamuviriyemo urupfu agatoroka.   Uru rupfu rwamenyekanye, kuri uyu wa kabiri, tariki 29 Mata 2025 mu masaha ashyira saa mbili z’ijoro. Amakuru dukesha ikinyamakuru IGIHE nk’uko cyahawe n’umwe mu baturage bo mu Murenge wa Mushonyi, Akagari ka…

Soma inkuru yose

Abadepite batoye itegeko rigena igifungo ku bacuruzi banyereza umusoro.

Ku wa 29 Mata 2025, nibwo abadepite batoye itegeko rishyiraho umusoro ku bicuruzwa bigiye bitandukanye. Mu mategeko yatowe harimo nk’iryo kwishyuza umusoro wa 40% abafite ibigo by’imikino y’amahirwe, n’umusoro wa 40% kubafite imodoka za Hybrid. Muri iyi nama Kandi, abadepite bagiye impaka ku itegeko ryo gukatira igifungo abacuruzi bateye bakerewe kwishyura umusoro. Depite UWAMARIYA Odette…

Soma inkuru yose

Ibinyabiziga bikoresha amashanyarazi mu byakuriweho umusoro ku nyongeragaciro

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 29 Mata 2025, Inteko Ishinga Amategeko yagejejweho na Komisiyo y’Ubukungu ibyerekeye umusoro ku nyongeragaciro, bemeza bimwe mu bizasonerwa birimo imodoka zikoresha amashanyarazi.   Ni umushinga w’Itegeko rihindura itegeko No 049/2023 ryo ku wa 5 Nzeri 2023 rishyiraho umusoro ku nyongeragaciro.   Umushinga w’itegeko ushyiraho ibintu bisonerwa imisoro birimo ibikoresho…

Soma inkuru yose

Tom Close, Jay C na Khalifan bahuriye mu ndirimbo Agaca

Umuhanzi Tom Close yasobanuye impamvu yahisemo guhuriza mu ndirimbo yise ‘Agaca’ Jay C na Khalifan Govinda kugira ngo bafatanye guhumuriza abantu bacibwa intege n’amagambo mabi babwirwa. Ni indirimbo Tom Close yashyize ahagaragara kuri uyu wa kabiri tariki 29 Mata 2025, avuga ko yahisemo gukoresha abo bahanzi kuko ari bamwe mu bahanzi bamaze igihe kandi yari…

Soma inkuru yose

Ese u Rwanda na Congo byaba bigiye kwiyunga? Ni ki twakitega kuri Trump?

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yatangaje ko mu minsi iri imbere hari amakuru meza yerekeye u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo azamenyekana; ateguza amahoro ibihugu byombi. Trump yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki ya 28 Mata, mu kiganiro n’itangazamakuru. Mu minsi ibiri ishize Trump yari yanditse ku rubuga nkoranyambaga…

Soma inkuru yose

Dufite ubushobozi bwo kwirinda Kandi ubuzima buruta amafaranga” Amagambo ya Brig Gen RWIVANGA.

U Rwanda dufite ubushobozi bwo kwirinda, kurinda umupaka wacu, tukarinda n’ibindi bihugu – Brig Gen Rwivanga Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga, yatangaje ko uyu munsi u Rwanda rufite ubushobozi bwo kwirinda, kurinda umupaka warwo no kurinda ibindi bihugu byahuye n’ibibazo. Mu kiganiro yahaye abakozi b’ibigo 8 bifite aho bihuriye n’ingendo zo mu…

Soma inkuru yose

Rwanda: Abatunganya ibikoresho bituruka ku mpu barasaba uruganda rutunganya impu.leta k

Aborozi hamwe n’abakora ibikoresho bitandukanye mu mpu, barasaba ko Leta yagira icyo ikora hagashyirwaho uruganda rugezweho mu gutunganya impu mu rwego rwo kongerera agaciro ibizikomokaho ndetse n’ingano yabyo ikarushaho kwiyongera ku masoko y’imbere mu gihugu no hanze yacyo. Ni amajwi y’aborozi bumvikanisha ikibazo cyo kutabona isoko ry’impu z’amatungo yabo, bikarangira bubitsweho urusyo n’abamamyi bazigura amafaranga…

Soma inkuru yose

Ingabo za SADC Zatangiye Gukurwa mu Burasirazuba bwa Congo, Zinyura mu Rwanda

Ingabo z’Umuryango w’Ibihugu byo mu Majyepfo ya Afurika (SADC) zatangiye kuva mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), aho zari zoherejwe kurwanya umutwe wa M23, zisubira iwabo zinyuze mu Rwanda. Ibikoresho bikomeye bya gisirikare, birimo ibifaru bikururwa n’iminyururu ndetse n’imodoka zitwara abasirikare, byatangiye gutambuka ku mupaka wa Rubavu binjira mu Rwanda, aho biri…

Soma inkuru yose

Umutoza Gatera Moussa ntiyemera icyatumye ahagarikwa nyuma yo gutsindwa n’APR FC

Ku wa 28 Mata 2025, ni bwo ubuyobozi bwa Rutsiro FC, bwasohoye Itangazo rivuga ko bwamaze guhagarika umutoza, Gatera Moussa n’umunyezamu, Matumele Monzobo igihe gisigaye ngo shampiyona irangire. Muri iri tangazo, bavuga ko aba bombi bahagaritswe kubera umusaruro nkene wagaragaye ubwo APR FC yatsindaga iyi kipe ibitego 5-0 mu mukino w’umunsi wa 25 wa shampiyona….

Soma inkuru yose

Nyagatare: Bujuje Ibiro by’akarere bigezweho, abayobozi bitwezweho gutanga umusaruro ufatika.

Nyuma y’imyaka myinshi Ibiro by’Akarere ka Nyagatare bibarizwa mu nyubako nto kandi itajyanye n’igihe, abakozi n’abakenera serivisi baravuga imyato inyubako nshya y’ibiro yuzuye itwaye miliyoni 677 z’amafaranga y’u Rwanda. Bishimira ko kuri ubu serivisi zinoze zirimo gutangirwa ahantu hisanzuye, hatekanye kandi hari ibikorwa remezo n’ibikoresho bigezweho byatwaye miliyoni zirenga 91 z’amafaranga y’u Rwanda. Ikindi bishimira…

Soma inkuru yose