Apple Watch Series 11: Gupima Umwuka mu Maraso Bizagaruka hamwe na Chip Nshya

Apple iteganya kumurikira Apple Watch Series 11 hamwe na iPhone 17 ku itariki ya 09 Nzeri 2025, aho pre-orders zizatangira ku ya 12 Nzeri, mu gihe kugurishwa ku isoko rusange bizatangira ku ya 19 Nzeri 2025. Ibikenewe kumenyekana ku Apple Watch Series 11: Mu ncamake: Series 11 izazana impinduka zifatika mu mikorere y’imbere, harimo chip…

Soma inkuru yose

ChatGPT Yongerera Abakoresha Ubushobozi: Ubu Buhuza na Porogaramu Ndetse Bukorohereza Imirimo

OpenAI yongereye ubushobozi bwa ChatGPT, ubu ikomeje koroshya ubuzima bwa buri munsi mu buryo bukomeye. Ubu buryo bushya buremera ChatGPT guhuzwa n’izindi porogaramu (app integrations), bigatuma umuntu ashobora gukoresha izo porogaramu atavuye muri ChatGPT. Iby’ingenzi kuri ubu buryo: Mu ncamake: Ubu buryo bushya buroroshya imirimo ya buri munsi, butuma umuntu akora ibintu byinshi akoresheje ChatGPT…

Soma inkuru yose

Ibikoresho by’iPhone 17 Pro Max bihendutse cyane ugereranyije n’igiciro cyayo ku isoko

iPhone 17 Pro Max ni telefoni igezweho ya Apple, ikaba izwi ku bwiza bwayo n’imikorere yihanitse, cyane cyane ku bijyanye na camera eshatu z’inyuma n’ishusho nshya y’igice cyo hejuru inyuma. Ariko hari ikintu gishishikaje: igiciro cy’ibikoresho by’ingenzi bikenerwa mu gukora iyi telefoni kiri hasi cyane ugereranyije n’igiciro cyayo ku isoko. Dore uko ibikoresho bikomeye by’iyi…

Soma inkuru yose

Amazon yamuritse amadarubindi ya AI azafasha abakozi batwara ibicuruzwa gukora neza

Sosiyete y’ikoranabuhanga Amazon yatangaje ko yatangiye igerageza ry’amadarubindi mashya akoresha ubwenge buhangano (AI), azajya yifashishwa n’abakozi bayo batwara ibicuruzwa, mu rwego rwo kuborohereza akazi no kongera umutekano n’ubushobozi bwabo mu kazi ka buri munsi. Nk’uko byatangajwe ku wa Gatatu, aya madarubindi azajya afasha abakozi kubona amakuru yose ajyanye n’ibyo batwaye, aho bagiye n’inzira nyayo bagomba…

Soma inkuru yose

“Nshaka kuzajya mu ijuru” – Museveni asobanura impamvu ahora asaba Abanya-Uganda kuva mu bukene

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yavuze ko impamvu ahora yingingira abaturage be kuva mu bukene ari uko abifata nk’inshingano yahawe n’Imana, kandi ashaka kuzayisubiza neza igihe izamubaza icyo yakoze ku gihugu cye. Ibi yabigarutseho mu mpera z’icyumweru, ubwo yari mu bikorwa byo kwiyamamaza mu Majyaruguru ya Uganda, mu gace ka Karamoja, aho yasabye abaturage…

Soma inkuru yose

Havumbuwe uburyo bushya bwo gupima ubwoko burenga 50 bwa kanseri icyarimwe

Abashakashatsi bo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bavumbuye uburyo bushya bwo gupima kanseri bushobora gutahura ubwoko burenga 50 icyarimwe, bikaba bitegerejweho guhindura uburyo bwo kuvumbura no kuvura kanseri ku isi. Ubu buryo bwiswe Galleri, bwakozwe n’Ikigo cy’Ubuvuzi cyo muri Amerika, bufite ubushobozi bwo kumenya utunyangingo tugaragaza ko kanseri iri gukura mu mubiri w’umuntu, ndetse…

Soma inkuru yose

Umuyaga ukaze wasubitse ingendo z’indege zirenga 100 muri Nouvelle-Zélande

Inkubi y’umuyaga ikaze ifite umuvuduko wa kilometero 155 ku isaha yibasiye Nouvelle-Zélande, ituma ingo zirenga ibihumbi 90 zibura amashanyarazi ndetse ingendo z’indege zirenga 100 zisubikwa. Ku wa 23 Ukwakira 2025, ikigo cy’iteganyagihe cy’iki gihugu cyatangaje ko uyu muyaga uri kugenda usatira igihugu cyose, ukagera mu bice by’amajyepfo n’amajyaruguru, ukaba ushobora kugira ingaruka zikomeye mu mijyi…

Soma inkuru yose

OpenAI yahagurukiye Google, ishyira hanze ‘browser’ ikoresha ChatGPT yitwa Atlas

Sosiyete ya OpenAI yatangije porogaramu nshya yo gufungura no gukoresha imbuga za interineti ikoresha ubwenge buhangano (AI), yise ChatGPT Atlas, mu rwego rwo guhatana na Google Chrome ndetse na Microsoft Edge zisanzwe zifite abakoresha benshi ku Isi. Iyi browser nshya itandukanye n’izisanzwe kuko itagira “address bar” yo kwandikamo izina rya website, ahubwo yubakiye ku bushobozi…

Soma inkuru yose

Paris: Inzu ndangamurage ya Louvre yahagaritse imirimo kubera ubujura bwateje impagarara

Inzu ndangamurage ya Louvre Museum iri mu Mujyi wa Paris mu Bufaransa, yahagaritse imirimo kuri iki Cyumweru nyuma y’uko habaye ubujura bwateje impagarara, nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’Umuco w’u Bufaransa, Rachida Dati. Abinyujije ku rubuga rwa X (yahoze ari Twitter), Minisitiri Dati yavuze ko ubwo bujura bwabaye mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru, ariko nta…

Soma inkuru yose

Inzu ndangamurage ya Louvre yongeye gufungura imiryango nyuma y’ubujura bwaciye ibintu

Inzu ndangamurage ya Louvre yo mu Mujyi wa Paris yongeye gufungura imiryango mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, nyuma y’iminsi itatu yari ifunze kubera ubujura bwakorewe muri bimwe mu bintu by’agaciro byari biyirimo. Umushinjacyaha w’i Paris yatangaje ko ibikoresho byibwe birimo imikufi, amaherena, n’udutako twambarwa bifite agaciro kagereranywa na miliyoni 88 z’amayero (ahwanye na…

Soma inkuru yose

Trump yari hafi gukaranga umunyamakuru wari ugiye kumena ikirahure cyo mu biro bye

Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye muri White House ubwo Perezida Donald Trump yakiraga Minisitiri w’Intebe wa Australia, Anthony Albanese, habayeho akanya k’urusaku rwatewe n’umucameraman wari hafi kumena ikirahure cy’icyumba cy’inama. Trump wari wicaye iruhande rwa Albanese, yahise atabara avuga mu buryo busekeje ati: “Oh, witonde aho! Nta bwo mushobora kukimena. Icyo kirahure kimaze imyaka 400. Camera…

Soma inkuru yose

EU yashinje Meta na TikTok kutubahiriza amategeko agenga ikoranabuhanga

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) washinje ibigo by’ikoranabuhanga Meta (nyir’amakuru ya Facebook na Instagram) na TikTok kutubahiriza amategeko agenga uburyo amakuru ashyirwa ku mbuga nkoranyambaga agomba gucungwa no gusangizwa. Komisiyo ya EU yatangaje ko ibi bigo byanze guha abashakashatsi uburenganzira bwo kugera ku makuru byakusanyije, nyamara amategeko y’i Burayi asaba imbuga zihuza abantu benshi gusangiza…

Soma inkuru yose

Malaysia: Trump yatunguranye acinya akadiho ubwo yageraga i Kuala Lumpur

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yagaragaye mu mashusho yateye urwamenyo ari kubyinana n’abana bari baje kumwakira ubwo yageraga ku kibuga cy’indege cya Kuala Lumpur, muri Malaysia. Ni mu rugendo rw’iminsi itatu yatangiriye muri Malaysia ku wa 26 Ukwakira 2025, mbere yo gukomereza mu Buyapani (27–29 Ukwakira) no muri Koreya y’Epfo (29–30…

Soma inkuru yose

Uko GS Karambi Yahindutse Isoko y’Uburezi Bufite Ireme muri Nyamasheke

Mu Karere ka Nyamasheke, mu Murenge wa Karambi, Haravugwa ishuri rya GS Karambi rizwi nk’ Urwunge rw’amashuri abanza n’ayisumbuye rwa Mutagatifu Dominiko Saviyo (Group Scoraile St Dominique Savio De Karambi) rikomeje kwandika amateka adasanzwe mu rwego rw’uburezi, aho hari n’abavuga ko ari hafi ya ntaho wasanga ibindi bigo by’amashuri nk’iryo mu Rwanda. Iri shuri rigaragaza…

Soma inkuru yose

Gahunda ya Trump yo guhuza Perezida Kagame na Tshisekedi yigijwe inyuma

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yigije inyuma gahunda yari yo guhuriza hamwe Paul Kagame w’u Rwanda na Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), mu muhango wari uteganyijwe nk’“amasezerano ya nyuma y’amahoro” hagati y’ibihugu byombi. Ku wa 27 Kamena 2025, u Rwanda na RDC byasinyiye amasezerano y’amahoro afashijwe na…

Soma inkuru yose

Abacanshuro ba Blackwater bazarusyaho imbere ya M23?

Byari bisa nko muri filime mu mpera za Mutarama 2025, ubwo Lt Col Willy Ngoma, Umuvugizi w’umutwe wa M23, yatonganyaga abacanshuro b’Abanyaburayi biganjemo abo muri Romania, abashinja gukoreshwa na Perezida Félix Tshisekedi mu kurwanya Abanye-Congo, aho kubarengera. Abo basirikare b’abacanshuro bari barafashwe mu mirwano ikomeye yo mu nkengero za Goma, aho basaga 300 bari barwanye…

Soma inkuru yose

Mu Rwanda abarimu basaga 150 bamaze guhugurwa ku ikoreshwa ry’ubwenge buhangano (AI)

Minisitiri w’Uburezi, Dr. Nsengimana Joseph, yatangaje ko abarimu basaga 150 bamaze guhugurwa ku ikoreshwa ry’ubwenge buhangano (AI), ibintu yise intambwe ikomeye u Rwanda rumaze gutera mu ishyirwa mu bikorwa rya politiki y’ikoranabuhanga yatangiye imyaka ibiri ishize. Yabivuze mu nama Mobile World Congress 2025, yigaga ku ikoreshwa rya telefoni zigendanwa n’ikoranabuhanga rigezweho. Minisitiri Nsengimana yavuze ko…

Soma inkuru yose

Abarenga miliyoni bagiye gufashwa na Plan International Rwanda, biganjemo abagore n’abakobwa

Umuryango Plan International Rwanda, ukorera mu guteza imbere uburenganzira bw’umwana, uburinganire n’iterambere ry’umukobwa, watangaje ko mu myaka itanu iri imbere (2026–2030) uzafasha abana, abakobwa n’urubyiruko bagera kuri miliyoni 1.2, biganjemo abakobwa 750,000. Ibi byatangarijwe mu muhango wabaye ku wa 23 Ukwakira 2025, ubwo Plan International Rwanda yamurikaga igenamigambi rishya ry’imyaka itanu, ryubakiye ku nkingi ebyiri…

Soma inkuru yose

Ambasaderi w’u Bwongereza mu Rwanda yishimiye gukama inka ku nshuro ya mbere i Bigogwe

Ambasaderi w’u Bwongereza mu Rwanda, Alison Thorpe, yagaragaje akanyamuneza kadasanzwe nyuma yo gukama inka ku nshuro ye ya mbere, ubwo yasuraga agace ka Bigogwe, mu Karere ka Nyabihu, aho yamenye byinshi ku kamaro k’inka mu muco nyarwanda. Ambasaderi Thorpe yanyuze i Bigogwe mu rugendo rwe rwo kwerekeza i Gisenyi, aho hateganywaga imikino ya King’s Baton…

Soma inkuru yose

U Rwanda rwahagaritse ibiganiro byo kuzahura umubano n’u Burundi

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko ibiganiro byari bigamije kuzahura umubano w’u Rwanda n’u Burundi byahagaze, kubera uruhare rw’u Burundi mu ntambara iri mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC). Mu kiganiro yagiranye na Ukweli Times, Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko ibiganiro byabaye hagati y’impande zombi byibanze cyane ku kibazo…

Soma inkuru yose