Ukraine yasutsweho ibisasu nyuma y’amasaha 30 y’agahenge.

Igisirikare cya Ukraine cyatagaje ko dorone (Drone) z’Abarusiya zarashe uduce twinshi two muri Ukraine, ibi byabaye nyuma y’agahenge kari kabaye kuri Pasika. Igisirikare kirwanira mu kirere cya Ukraine cyaburiye uduce twa Kyiv, Kherson, Dnpropetrovsk, Cherkasy, Mykalaiv na Zaporizhzhia. Umuyobozi wa karere ka Mykalaiv yatangaje ko mu m’ajyaruguru y’agace ka Mykalaiv humvikanye iturika ry’ibisasu. Ariko igisirikare…

Soma inkuru yose

Nshimiyimana Emmanuel ukekwaho kwica umugore we yafashwe n’abanyerondo.

Umugabo witwa NSHIMIYIMANA Emmanuel ufite imyaka 38 yacakiwe n’abanyerondo bakorera mu karere ka Muhanga, umurenge wa Nyamabuye, akagari ka Gifunga, umudugudu wa Rugarama, arakekwaho kwica umugore we MUGWANEZA Julienne w’imyaka 32. Mu gitondo cyo kuri Pasika uyu mugabo Emmanuel nibwo yafashwe biturutse ku makuru yatanzwe na BIZIYAREMYE Colenel wari warahaye icumbi uyu muryango. Abaturanyi batabaye…

Soma inkuru yose

Soma amateka ya Rosalie Gicanda umwamikazi wa nyuma w’uRwanda.

Tariki 20 Mata 1994, ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yari irimbanyije mu bice byose by’Igihugu, ni bwo Captain Ildephonse Nizeyimana, wari ushinzwe Ubutasi mu Kigo cya Gisirikare cya ESO [École des Sous-Officiers], yatanze itegeko ryo kwica Umwamikazi Rosalie Gicanda. Kuri ubu hashize imyaka 31, Umwamikazi Rosalie Gicanda, yishwe azize Jenoside yakorewe Abatutsi, aho buri tariki 20…

Soma inkuru yose

Joseph Kabila: Arashijwa gufasha M23, none ishyaka rye (PPRD) ryahagaritswe by’agateganyo

Congo (DRC) yahagaritse by’agateganyo ishyaka ry’uwahoze ari perezida wa Congo (DRC) Joseph Kabila ndetse banafatira imitungo ye. Uyu mugabo w’imyaka 53 arashijwa gutera inkunga umutwe wa M23. Guhagarika ishyaka rye byatangarijwe mu itangazo ryasohowe na minisitiri w’ububanyi n’amahanga, aho uyu mu minisitiri yatangaje ko ishyaka People’s Party for Reconstruction and Democracy (PPRD) rihagaritswe kubera ibyo…

Soma inkuru yose

Burundi: Ambasade y’u Buholande igiye gufungwa mu gihugu cy’u Burundi.

U Buholandi bwatangaje ko bugiye gufunga Ambasade yabwo mu bihugu bitandukanye harimo n’u Burundi. Ibi byatagajwe na Caspar Veldkamp, uyu ni minisitiri w’ububanyi n’amahanga mu gihugu cy’u Buholandi. Ibi yabivuze mu ibaruwa yandikiye inteko nshingamategeko, ambasade zigera muri 5 nizo zizafungwa. Mu ibaruwa yagize ati: “Mfite gahunda yo gufunga Ambasade eshanu ndetse n’ibiro bihagarariye inyungu…

Soma inkuru yose

R.I.P!! KILIMOBENECYO Alphonse yitabye Imana.

Umunyarwanda wahanze ibirango byinshi dukoresha mu gihugu cyacu cy’u Rwanda yamaze kwitaba Imana azize uburwayi. Uyu KILIMOBENECYO Alphonse yagize urahare mu guhanga ibendera ry’u Rwanda, Ikirangontego cy’u Rwanda ndetse n’inoti ya 5,000 Frw. Inkuru y’urupfu rwe yasakaye ku wa 19 Mata 2025,yitabye Imana afite imyaka 66.Umwe mubo bakoranye BIRASA Bernard yatangaje ko asize umurage mwiza!

Soma inkuru yose

Perezida wa leta zunze ubumwe z’Amerika yavugurujwe n’urukiko rukuru.

Urukiko rw’Ikirenga rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika rwahagaritse by’agateganyo ishyirwa mu bikorwa ry’icyemezo cy’ubutegetsi bwa Perezida Donald Trump cyo kwirukana abimukira baturutse muri Venezuela. Urukiko rw’Ikirenga muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika rwategetse ko Leta itazakomeza kwirukana abimukira bari bafunzwe n’urwego rw’abinjira n’abasohoka, kugeza igihe hazasohokera umwanzuro mushya. Iyi ngingo yafashwe ku itariki ya 17…

Soma inkuru yose

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Abdel Fattah wa Misiri

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Abdel Fattah wa Misiri Perezida Kagame yagiranye ikiganiro kuri telefoni na mugenzi we wa Misiri, Abdel Fattah El-Sisi, cyibanze ku kurushaho kwimakaza ubutwererane hagati y’u Rwanda na Misiri.  Umuvugizi w’Ibiro bya Perezida wa Misiri,Amb Mohamed El-Shenawy, yatangaje ko iki kiganiro cyabaye ku wa 17 Mata 2025, aho abakuru b’ibihugu byombi…

Soma inkuru yose

Umuhanda Nyaruvumu-Gituku witezweho guhindura ubuzima bwa benshi

Abatuye mu Murenge wa Rukira mu Karere ka Ngoma n’uwa Kabare mu Karere Kayonza, bishimiye kuba bagiye guhabwa umuhanda babona nk’igisubizo mu koroshya ubuhahirane n’ibindi bice bigize utwo turere. Uyu muhanda w’itaka wa kilometer 9, uzahyura Nyaruvumu-Gahushyi-Gituku, kuri ubu watangiye kubakwa. Abaturage baganiriye na RBA bavuze ko uyu muhanda uje ari igisubizo mu koroshya ubuhahirane…

Soma inkuru yose

Nyanza: Abasore 15 bakekwagaho kujya mu mitwe y’iterabwoba babonetse.

Ubuyobozi bwa karere ka Nyanza buratanga ihumure ku baturage b’aka karere, ibi bikozwe nyuma y’ubwoba abaturage bari bafite nyuma yo kumva ko hari hari umuntu waje agatawara Abasore 15 avuga ko agiye kubaha akazi, ariko abaturage bo bakaba bavuga ko bumvise ko aba basore bafatiwe muri Nyungwe bagiye mu mitwe y’iterabwoba, ariko ubuyobozi bwabiteye utwatsi….

Soma inkuru yose

Musanze: Arakekwaho kwica umugabo we maze akiyahura

Umutoni Fracoise w’imyaka 37 yasize amarira n’imiborogo mu banana be n’abaturanyi b’umuryango we bazindukiye ku nkuru y’inshamugongo, aho bikekwa ko yivuganye umugabo we witwa Hagenimana Innocent maze na we akiyahura. Mu ijoro ryo ku wa 17 Mata 2025, mu Mudugudu wa Gacondo, Akagari ka Rubindi, Umurenge wa Gataraga, Akarere ka Musanze, habaye igikorwa cy’ubwicanyi bwagize…

Soma inkuru yose

Kigali: Umugore yamennye isombe ishyushye ku mugabo we

Umugore w’imyaka 38 wo mu Murenge wa Kimisagara mu karere ka Nyarugenge,akurikiranyweho gukomeretsa umugabo we amumennyeho isombe ishyushye. Amakuru dukesha bagenzi bacu bo kuri Radio/TV10, avuga ko  yemera icyaha, akavuga ko atari yabigambiriye ahubwo ko yabitewe n’umujinya yatewe no gusanga umugabo we asangira n’indaya mu kabari. Uyu mugore ukurikiranywe n’Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Nyarugenge,…

Soma inkuru yose

Nta munyamahanga uzongera kwiga muri Amerika! Donald Trump yarahiye.

Ubuyobozi bwa Trump bwabujije University ya Harvard kutakira abanyeshuri bashya babanyamahanga. White house yasabye kaminuza zikomeye cyane nka Harvard kugenzura uko bakira abanyeshuri bashya, uko batanga akazi ku bakozi bashya, ndetse n’uko bigisha. Ibi byakozwe ngo murwego rwo kurwanya “antisemitism” (ivangura rikorerwa abayahudi) Noem umwe mu bashinzwe umutekano yasabye Harvard kwerekana ibyo yita ibirego by’urugomo…

Soma inkuru yose

Abafite imitungo kuri Gare ya Nyabugogo baratangira kubarurirwa imitungo

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko guhera kuri uyu wa Kane tariki ya 17 Mata 2025, hatangira igikorwa cyo kubarura imitungo n’ibikorwa by’ubucuruzi bizimurwa mu rwego rwo kuvugurura Gare ya Nyabugogo. Ni igikorwa kigiye gukorwa n’abakozi ba Sosiyete Mpuzamahanga BESSTLtd, ikorera mu Rwanda ibijyanye n’inyigo z’ubwubatsi n’ibidukikije, igenagaciro no gusesengura ibyago by’ingaruka z’ibidukikije. Iri barura riratangira…

Soma inkuru yose

U Rwanda rwasobanuye aho Ihuriro AFC/M23 rivana intwaro

“Iyo bigeze ku ntwaro, umuterankunga wabo wa mbere mu by’ukuri ni Ingabo za Congo (FARDC), kubera ko buri ntambara M23 yarwanye ikanayitsinda ingabo zarahungaga zigasiga intwaro ahongaho.” Umuvugizi wa Guverinoma Yolande Makolo, yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na Anastasiya Lavrina, umunyamakuru w’ikinyamakuru ‘AnewZ’. Yavuze ko mu myaka itatu ishize M23 yabashije gukusanya intwaro nyinshi n’ibikoresho bya…

Soma inkuru yose

Meya wa Nyanza yatawe muri yombi nyuma yo kweguzwa na njyanama y’Akarere.

Ntazinda wayoboraga Akarere ka Nyanza yafunzwe nyuma y’amasaha make akuwe ku mwanya we Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi Ntazinda Erasme wahoze ari Meya w’Akarere ka Nyanza, hashize amasaha make ahagaritswe ku mirimo ye. Amakuru y’itabwa muri yombi rya Ntazinda yemejwe na Dr Murangira B. Thierry, Umuvugizi wa RIB, ubwo yavuganaga n’ikinyamakuru IGIHE kuri…

Soma inkuru yose

Ese umukwe n’umugeni bazajya batanga umusoro? RRA irabivugaho iki?

Ku wa 14-04-2025, amakuru yacicikanye ku mbugankoranyambaga nka X, yakuruye impaka za ngo turwane. Aya makuru agaragaza ko abakora ubukwe bazajya bishyura umusoro. Ubuyobozi bwa RRA (Rwanda Revenue Authority) bubajijwe ku byiri tangazo bwagize buti: “Dushingiye ku makuru ari guhanahanwa ku mbuga nkoranyambaga, turamesha abantu Bose ko amakuru agendanye n’abatanga serivise (service) zishyurwa mu birori…

Soma inkuru yose

Trump yashinje Biden wahoze ayobora iki gihugu guteza intambara muri Ukraine

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yagaragaje Joe Biden yasimbuye ku butegetsi ari we wateye intambara yo muri Ukraine. Donald Trump wahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yavuze ko intambara iri hagati ya Ukraine n’u Burusiya yatangiye muri Gashyantare 2022 idakwiye kumwitirirwa, ahubwo ari iyatewe n’ubuyobozi bwa Joe Biden….

Soma inkuru yose