Ibibwana

Muri Congo abantu bafatanywe ibibwana by’intare bigiye kubakoraho

Abantu batandatu batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa ibyana bitatu by’intare ubwo bari mu muhanda wa Kasenga mu bilometero bicye uvuye i Lubumbashi mu Ntara ya Katanga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Aba bantu batandatu bafashwe mu cyumweru gishize tariki 08 Kanama 2025, boherejwe ku biro by’Ubushinjacyaha bw’Urukiko rwisumbuye rwa Lubumbashi kugira ngo basobanure…

Soma inkuru yose

Perezida Donald Trump yagaragaje ko yanyuzwe n’umwihariko w’Umuganda mu Rwanda

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko yashimishijwe n’igikorwa cy’Umuganda rusange gikorwa mu Rwanda, aho abaturage bafata umunsi umwe mu kwezi bagasohoka bagakora ibikorwa by’isuku n’iterambere rusange Ibi yabitangaje ku wa Mbere tariki ya 11 Kanama 2025, avuga ko yanyuzwe n’iyi gahunda, ndetse agaragaza ko ari urugero rwiza igihugu cye cyakwigiraho….

Soma inkuru yose
Indangamuntu

Icyumweru cy’irangamimerere gikemura byinshi ku mwirondoro w’umuntu

Kuri uyu wa Mbere tariki ya 11 Kanama 2025, haratangira icyumweru cyahariwe irangamimerere, aho ibibazo bijyanye na serivisi zaryo, zifasha kuba ku gihe ku bijyanye n’irangamimerere. Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ishishikariza abaturarwanda kwitegura, bakagana inzego bireba kugira ngo, amakuru yabo abe yuzuye kandi ajyanye n’igihe, cyane cyane muri iki gihe ikoranabuhanga rikataje mu nzego zitandukanye z’ubuzima…

Soma inkuru yose

Putin yahaye umunyamerika igihembo cy’ishimwe

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yageneye intumwa yihariye ya Donald Trump igihembo cy’ubutwari, cyahawe umuyobozi ukomeye muri CIA ufite umwana wapfiriye arwana ku ruhande rw’u Burusiya mu ntambara ya Ukraine. Nk’uko bitangazwa na BBC, Putin yahaye Steve Witkoff, intumwa ya Trump, umudali w’ishimwe mu ruzinduko yagiriye i Moscow muri iki cyumweru. Aba bombi bagiranye ibiganiro…

Soma inkuru yose
Job in Rwanda/ Akazi mu rwanda

Amahirwe ya kazi ko muri hotel

Ubuyobozi bwa EAST GATE HOTEL ishami rya Ngoma, Kirehe. Gatsibo na Burera, buramenyensha abantu bose babyifuza kandi babifitiye ubushobozi n’ubushake ko bwifuza gutanga akazi ku myanya ikurikira: Usaba akazi agomba kuba: Uwujuje ibisaba kandi akaba akeneye akazi, agomba kuba yagejeje ibaruwa isaba akazi yandikiwe Umuyobozi mukuru waho Hotel iherereye ishami rya Ngoma, mubiro by’umukozi ushinzwe…

Soma inkuru yose
Job in Rwanda/ Akazi mu rwanda

Akazi ko kwigisha mu mashuri abanza-Primary schools

KING SALOMON ACADEMYParish Academy, tel: 0781 701213- G.R. BKE-mail: kingsalomonacademy@yahoo.comE.A.R. Diocese Byumba“Train a child in the way he should go and when he is old he will not turn from it” Proverbs 22:6 Shaka akandi kazi aha ITANGAZO RIHAMAGARIRA ABANTU IPIGANWA RY’IMYANYA Y’AKAZI KO KWIGISHA MU MASHURI ABANZA Ubuyobozi bw’ishuri rya King Salomon Academy burifuza…

Soma inkuru yose
DirectAid

DirectAid irigutanga amahirwe yo kurihirwa amashuri ku buntu

ITANGAZO KWAKIRA ABANA B’IMFUBYI BAKENNYE BIFUZA KWIGA MU BIGO BY’AMASHURI BICUMBIKA BYA DIRECTAID DIRECTAID ku bufatanye n’UMURYANGO W’ABISLAM MU RWANDA (RMC) iramenyesha abantu bose ko yatangiye kwakira dosiye z’abana b’imfubyi bakenye bashaka kwiga mu bigo byayo, ari byo: AMABWIRIZA YO KWEMERERWA Umwana ushaka guhabwa ubwo bufasha yuzuza ibi bikurikira: IBYANGOMBWA BISABWA Umwana usaba agomba gutanga…

Soma inkuru yose
AFC/23 M23

FARDC yabujije abasirikare bayo gutera AFC/M23

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyabujije abasirikare bacyo kugaba ibitero ku birindiro by’ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bw’iki gihugu. Ubu butumwa bwa Télégramme bwanditswe n’ubuyobozi bwa FARDC bumenyesha abasirikare ba RDC ko bagomba kubahiriza gahunda z’amahoro zikomeje. FARDC yamenyesheje aba basirikare ko “umwanzi nabatera”, bagomba gusubizanya imbaraga nyinshi, bagahangana na we. Ese urashaka…

Soma inkuru yose
Perezida Kagame yashyizeho Minisitiri w’Intebe mushya

Perezida Kagame yashyizeho Minisitiri w’Intebe mushya

Perezida Kagame yagize Dr. Justin Nsengiyumva Minisitiri w’Intebe. Yari asanzwe ari Visi Guverineri wa Banki Nkuru y’Igihugu Dr Nsengiyumva yari asanzwe ari Visi Guverineri wa Banki Nkuru y’Igihugu, umwanya yagiyeho ku wa 25 Gashyantare 2025. Asimbuye Dr Edouard Ngirente wari kuri izi nshingano kuva mu 2017. Mbere yaho, yabaye Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Uburezi kugeza…

Soma inkuru yose
Dore uko mugore yiberega mu ishyamba n'udukobwa twe 2

India: Dore uko mugore yiberega mu isenga n’udukobwa twe 2

Polisi yo m’Ubuhinde (India) yatangaje ko yavumbuye umugore ukomoka m’Uburusiya wiberaga mu ishyamba rya wenyine n’udukobwa twe tubiri (2). Nkuko byatangajwe n’apolisi yo m’Ubuhinde, uyu mugore yitwa Nina Kutina afite imyaka 40, akaba afite abana babiri umwe w’imyaka 6 n’undi w’imyaka 4, basanzwe mu musozi wa  Ramatirtha kamwe mu dusozi dukunda gusurwa n’abamukerarugendo, aka gasozi…

Soma inkuru yose
Umuyobozi w’urubyiruko yishwe na Wazalendo

Umuyobozi w’urubyiruko yishwe na Wazalendo

WALIKALE: Umuyobozi w’urubyiruko i Waloa Yungu, muri teritwari ya Walikale mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, yishwe arashwe n’inyeshyamba zibumbiye mu ihuriro rya Wazalendo, rikorana na Leta ya RDC. Uyu muyobozi yishwe ku wa Gatandatu, tariki ya 19 Nyakanga 2025, arashwe n’abo barwanyi bo mu mutwe witwa Mouvement d’Action pour le Changement (MAC). Amakuru avuga ko nyakwigendera…

Soma inkuru yose

Minisitiri w’Uburezi Nsengimana Joseph yasobanuye impamvu isomo rya mudasobwa ryakuwe mu mashami y’amashuri yisumbuye

Minisitiri w’Uburezi, Bwana Nsengimana Joseph, yatangaje ko mu mavugurura mashya y’imyigire mu mashuri yisumbuye, isomo ryihariye rya mudasobwa (computer science) ryakuwe mu mashami asanzwe ryigagamo, rikazajya ryigishwa mu mashuri abifitiye ubushobozi cyangwa ku babihisemo by’umwihariko. Ibi yabivuze ku wa 20 Nyakanga 2025 mu kiganiro “Urubuga rw’Itangazamakuru”, ubwo yasobanuraga impamvu n’inyigo by’iri vugurura. Yasobanuye ko aho…

Soma inkuru yose
M23/AFC na DRC Congo

AFC/M23 na Leta ya Congo bagiranye amasezerano

Intumwa za Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo n’iz’Ihuriro AFC/M23, kuri uyu wa Gatandatu, zashyize umukono ku nyandiko y’amahame ngenderwaho aganisha ku masezerano y’amahoro arambye mu Burasirazuba bwa DRC. Iki gikorwa gihagarariwe na Qatar cyabereye i Doha, Umurwa Mukuru w’iki gihugu. Umuhungano wo gushyira umukono ku masezerano witabiriwe n’intumwa za Qatar ari nawe uyoboye ibi biganiro,…

Soma inkuru yose
ingabire victoire

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe umunyapolitiki Ingabire Victoire ku ifungwa yasabiwe

Umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guteza imvururu muri rubanda, yafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30. Ni icyemezo cyatangajwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Nyakanga 2025, nyuma yuko ruburanishije urubanza ku ifungwa ry’agateganyo ruregwamo uyu munyapolitiki. Ingabire Victoire washinze ishyaha DALFA-Umurinzi ritemewe mu Rwanda, akurikuranyweho ibyaha birimo kurema…

Soma inkuru yose

Nyagatare: Umurenge wa Karangazi wasoje umwiherero w’iminsi itatu, aho hahembwe abayobozi besheje imihigo 2024-2025

kuri uyu wa 13 Nyakanga 2025, mu murenge wa Karangazi wo mu karere ka Nyagatare, hasojwe umwiherero w’iminsi itatu wahurije hamwe abayobozi b’inzego z’ibanze n’abafatanyabikorwa batandukanye, hagamijwe kunoza imikorere no kongera imbaraga mu gukorera hamwe mu guteza imbere imibereho myiza y’abaturage. Uyu mwiherero wasojwe mu buryo bwihariye, aho abayobozi bagaragaje ubwitange n’ubunyamwuga mu nshingano bahawe…

Soma inkuru yose
Wema sepetu

Wema Sepetu yanyomoje ibihuha byavugaga ko yapfuye

Umunyamideri, Umukinnyi wa filime akaba na Nyampinga wa Tanzania ubitse ikamba rya 2006, Wema Sepetu yanyomoje ibihuha byazengurutse ku mbuga nkoranyambaga bivuga ko yitabye Imana avuga ko nubwo ntacyo bimutwaye ariko atari ibintu byiza. Ni amakuru yatangiye gucicikana ku mbuga nkoranyambaga ku mugoroba w’itariki 13 Nyakanga, aho bafashe ifoto ye bashyiraho urumuri rukunze gukoreshwa iyo…

Soma inkuru yose
Inkweto zishaje cyane ku Isi

Ni zo nkweto zifite imyaka myinshi-Menya byinshi kuri izi nkweto

Abashakashatsi bo mu Bwongereza bataburuye urukweto rufite imyaka 2,000, aba bashakashatsi bagaragaje ko uru ari rwo rukweto runini cyane ku Isi-Ni urukweto rwataburuwe mu mbuga yo muri Roma. Aba bashakashatsi babwiye ikinyamakuru AFP ko bagiye gukora ubushakashatsi bwimbitse. Izo nkweto zifite uburebure burenga sentimetero 30, izo nkweto zataburuwe n’itsinda ry’abashakisha ibisigaratongo bo muri Vindolanda Charity…

Soma inkuru yose

Perezida wa Botswana Duma Boko yahigiye guhura na Donald Trump

Perezida wa Botswana, Gideon Duma Boko, yatangaje ko afite umugambi wo guhura na Donald Trump, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, kugira ngo baganire ku bucuruzi n’imisoro hagati y’ibihugu byombi. Ibi yabivuze mu kiganiro n’abanyamakuru, aho yasobanuye amahirwe igihugu cye gifite mu bijyanye n’ishoramari. Yagarutse ku ruzinduko yagiriye i Washington muri Werurwe 2025, aho…

Soma inkuru yose
KAZUNGU Denis

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Urukiko Rukuru rwatesheje agaciro ubujurire bwa Kazungu Denis wari wajuririye icyemezo yafatiwe cyo gufungwa burundu nyuma yo guhamywa ibyaha birimo ibishingiye ku bantu barenga 10 babonetse bashyinguye mu cyobo yari yaracukuye aho yari acumbitse, rutegeka ko igihano yahanishijwe kigumaho. Ni icyemezo cyatangajwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 11 Nyakanga 2025, nyuma yuko…

Soma inkuru yose

Nyagatare barishimira ibikorwa remezo begerejwe

Abatuye mu karere ka Nyagatare bagaragaje ibyishimo ubwo batahaga amavuriro yuzuye ndetse n’utugari twatashwe. Aha ni mu murenge wa Gatunda ahari ivuriro rimaze iminsi micye ryuzuye rikaba ryaratangiye gufasha abatuye muri uyu murenge bamwe mu bo twahasanze bagaragaza akanyamuneza nyuma yo kuba batakigorwa no kubona serivise z’ubuvuzi bitabasabye kujya kwivuriza kure. Uyu yitwa Turamyimana Ellena…

Soma inkuru yose
HEC Inguzanyo

HEC iri gutanga inguzanyo ku bantu mwifuza gukomeza amashuri

ITANGAZO RIREBA ABIFUZA GUSABA INGUZANYO YO KWIGA MU ISHURI RIKURU RYIGISHA UBUMENYINGIRO N’IKORANABUHANGA (RWANDA POLYTECHNIC), MU MWAKA W’AMASHURI 2025. Ubuyobozi bw’ ikigo gishinzwe amashuri makuru mu Rwanda (Higher Education Council) buramenyesha abanyarwanda barangije umwaka wa gatandatu w’amashuri yisumbuye muri 2024 bakaba bifuza gusaba inguzanyo yo gutangira kwiga umwaka wa mbere mu ishuri rikuru ryigisha ubumenyingiro…

Soma inkuru yose
Indirimbo ya QD

QD yasohoye indirimbo ayita Bruce Melodie

SHEMA wamamaye nka QD mu muziki Nyarwanda yamaze gushyira hanze indirimbo yise Bruce Melodie. Uyu muhanzi wamenyekanye mu ndirimbo Teta, abinyujije ku rukuta rwe rwa instagram aherutse gutangaza ko azashyira hanze indirimbo yitwa Bruce Melodie, ibi byatangaje abasanzwe bakurikira uyu Muhanzi arina ko amatsiko akomeza kwiyongera. Uyu musni ku wa 09-07-2025, uyu muhanzi yamaze amatsiko…

Soma inkuru yose
Nanga wa 23

IFOTO: Corneille Nangaa ukuriye AFC/M23 yahawe umugisha na Musenyeri

Corneille Nangaa, Umuhuzabikorwa w’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi buriho muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yitabiriye ibikorwa bya Kiliziya Gatulika i Goma, anahabwa umugisha na bamwe mu Basenyeri muri Kiliziya Gatulika, barimo Musenyeri wa Lubumbashi, Fulgence Muteba. Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 09 Nyakanga 2025 mu Mujyi wa Goma, umaze amezi atandatu…

Soma inkuru yose
Korea

Koreya y’Epfo igiye guha abaturage bayo amafaranga y’ubuntu

Ubuyobozi bwa Koreya y’Epfo bwatangaje ko bugiye guha abaturage bose b’icyo gihugu amafaranga y’ubuntu, agamije gufasha mu kuzamura ubukungu binyuze mu kongerera abaturage ubushobozi bwo kugura ibintu bitandukanye. Ni gahunda yagenewe ingengo y’imari yihariye ya miliyari 23,3 z’Amadolari. Yemejwe n’Inteko Ishinga Amategeko ya Koreya y’Epfo ku wa 4 Nyakanga 2025. Guha ayo mafaranga abaturage bizakorwa…

Soma inkuru yose
DRC-CONGO

Congo yitabaje abacanshuro b’Abanya-Colombia mu guhangana na M23

Abacanshuro baturutse muri Colombia bakorana na Blackwater y’Abanyamerika bageze muri Congo, aho bo na FARDC bahawe misiyo yo kwigarurira imijyi ya Goma na Bukavu. Abo bacanshuro hamwe n’ingabo za FARDC ku munsi w’ejo hashize bafashijwe n’indege kuva i Kisangani n’i Kindu berekeza i Kalemie mu Ntara ya Tanganyika. Ubwo bageraga ku cyambu mpuzamahanga cya Kalemie,…

Soma inkuru yose
HE KAGAME Paul

Abashakaga gutera u Rwanda bavuye muri Congo bose bari gushira – Kagame

Perezida Paul Kagame yabwiye abari mu gitaramo cyo Kwibohora ko buri wese afite inshingano kugira ngo ibyabaye mu Rwanda bitazongera kurubamo ikindi gihe, yanahaye gasopo abatekereza guhungabanya umutekano w’u Rwanda. Ijambo rye ryamaze iminota 35, Perezida Paul Kagame yavuze ko ashimira buri wese mu bari hariya uruhare yagize mu nzira y’igikorwa cyo kwibohora no kubohora…

Soma inkuru yose
Bruce melody yasabye imbazi abafana be

Bruce Melodie yasabye imbabazi ku bwo kudataramira i Rubavu

Nyuma yo kudataramira i Rubavu mu gitaramo Toxic Xperience, Bruce Melodie yasabye imbabazi abafana bari baje kumushyigikira kubera ikibazo cy’umuriro. Mu ijoro ryakeye, Bruce Melodie yari mu bahanzi bari gutaramira mu gitaramo Toxic Xperience cyabereye mu karere ka Rubavu. Kuva ku itangiro, nta kibazo cyari gihari kugeza ubwo Kivumbi yageze ku rubyiniro atangiye kuririmba indirimbo…

Soma inkuru yose
KAGAME

Wamvana he? Perezida Kagame abwira abumva bamutera ubwoba

Umukuru w’igihugu Paul Kagame yakomoje ku bihugu by’ibihanganye mu iterambere byumva ko byatanga amasomo cyangwa bigafatira ibihano abantu, ko ibyo ari ugutera ubwoba. Perezida Kagame yavuze ko abarega u Rwanda gukoresha ibyo rukora mu kwirinda, kurinda Abanyarwanda, kurinda igihugu cyabo bituruka ku mabuye y’agaciro ahubwo ko ari bo biba amabuye y’agaciro muri Congo. Yabivuzeho mu…

Soma inkuru yose
Kabila na Tschisekedi

Perezida Kagame yavuze ku buryo Tshisekedi yahawe ubutegetsi mu manyanga Kenyatta na Ramaphosa bareba

Perezida Paul Kagame yashimangiye ko uburyo Félix Antoine Tshisekedi yabaye Perezida burimo ikibazo, kuko yahamagawe mu biro ahabwa ubutegetsi, kubera inyungu yari yitezweho. Ibibazo byo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Perezida Kagame yabigarutseho mu Kiganiro yagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa Gatanu. Ni ikiganiro cyagarutse ku ngingo zitandukanye zirimo ibyagezweho mu myaka 31 nyuma yo…

Soma inkuru yose
APR FC

APR FC ntiyatangiye yambara umweru n’umukara: Amavu n’amavuko ya APR FC iri kwizihiza imyaka 32

APR FC ni ikipe y’ubukombe mu Rwanda, aho mu myaka 32 imaze ishinzwe yegukanye Igikombe cya Shampiyona inshuro 23. Mu gihe iri kwizihiza imyaka imaze, IGIHE yaganiriye na Byusa Wilson wamenyekanye nka Rudifu uri mu batangiranye nayo ubwo yashingirwaga ku Mulindi mu Karere ka Gicumbi. Rudifu yavuze ko iyi kipe yashinzwe biturutse ku gitekerezo cya…

Soma inkuru yose

U Rwanda rugiye gufungura ibitaro 10 bya Kaminuza mu Ntara

Minisiteri y’Ubuzima yagaragaje intambwe yatewe mu rwego rw’ubuvuzi, ubu mu Rwanda hakaba habarurwa Ibigo Nderabuzima birenga 500 n’ibitaro birenga 50. Kuri ubu, ngo mu Rwanda hagiye gufungura ibitaro 10 bya Kaminuza hirya no hino mu Ntara. Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana, yabigarutseho mu kiganiro yahaye RBA. Yasobanuye ko amateka y’amavuriro mu Rwanda, agaragaza ko yatangiye…

Soma inkuru yose

Trump yatumiye Perezida Kagame na Tshisekedi mu nama i Washington

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika Donald J. Trump yandikiye Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame na Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo Felix Antoine Tshisekedi Tshilombo, abatumira mu nama izabahuriza i Washington DC. Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane Olivier Jean Patrick Nduhungirehe, yemeje ko ayo mabaruwa yohererejwe Abakuru b’Ibihugu bombi nyuma yo gushyira…

Soma inkuru yose

Miliyoni 14 z’abana bashobora gupfa mu myaka itanu kubera umwanzuro wa Trump

Impinduka Donald Trump yakoze zo kugabanya hafi yose inkunga Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaga ku bikorwa by’ubutabazi mpuzamahanga, zishobora gutuma abantu barenga miliyoni 14 bapfa mbere y’umwaka wa 2030, nk’uko ubushakashatsi bwatangajwe mu kinyamakuru cy’ubuvuzi cya The Lancet bubigaragaza. Ubushakashatsi buvuga ko kimwe cya gatatu cy’abari mu kaga ko gupfa imburagihe ari abana. Mu…

Soma inkuru yose

Dosiye ya Ingabire Victoire yaregewe urukiko

Ubushinjacyaha Bukuru bwaregeye dosiye ya Ingabire Victoire Umuhoza Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro kugira ngo aburanishwe ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo. Ingabire washinze ishyaka DALFA-Umurinzi ritemewe mu Rwanda, yatawe muri yombi tariki ya 19 Kamena 2025, hashingiwe ku cyemezo cy’Urukiko Rukuru rwa Kigali. Urukiko Rukuru rwafashe iki cyemezo nyuma yo gusanga hari impamvu zikomeye zituma Ingabire akekwaho…

Soma inkuru yose

Uko byari bimeze tariki ya 1 Nyakanga 1962, umunsi wahaye Abanyarwanda icyizere nyuma kikaraza amasinde

“Ibyo twari twizeye si byo twabonye, nakugereranyiriza nk’umugore waba utwite yizeye ko azabyara akana kazima, hanyuma agakuramo inda, ukabona ibintu wari wizeye si byo bibaye.” Ayo ni amagambo ya Mugesera Antoine, umwe mu bagize Urubuga Ngishwanama rw’Inararibonye z’u Rwanda, mu kiganiro cyihariye na IGIHE, asobanura ko ibyo Abanyarwanda bari biteze nyuma y’uko igihugu kibonye Ubwigenge…

Soma inkuru yose

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi mu Karere ka Muhanga ubwo yari kumwe na bagenzi be mu bwato bwakoze impanuka bukarohama. Uyu musore witwa Niyonshuti Michel yarohamye ku wa Gatandatu w’icyumweru twaraye dusoje, umurambo we uboneka kuri iki Cyumweru tariki 29…

Soma inkuru yose
Job in Rwanda/ Akazi mu rwanda

Habonetse andi mahirwe y’akazi

ITANGAZO RY’AKAZI  Ibitaro bya King Faisal, Rwanda –Ikigo cy’indashyikirwa mu gutanga serivisi z’ubuzima, uburezi mu by’ubuvuzi, no mu bushakashatsi.”Ibi ni ibihe bishimishije kuri King Faisal Hospital, Rwanda, kuko turi kwinjira mu cyerekezo gishya cy’iterambere. Ibitaro bikomeje kwaguka kubera kwamamara mu gutanga serivisi z’ubuvuzi zifite ireme Ukongeraho n’abaganga b’inzobere cyane, cyane cyane mu buvuzi n’ibikorwa byo…

Soma inkuru yose

Ingamba z’ubwirinzi zijyanye n’ikibazo kizwi – Amb Ngoga abwira Akanama ka Loni

Ambasaderi w’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yagaragaje ko rwiteze impinduka mu mikorere y’ubutumwa bw’amahoro bwawo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (MONUSCO) nyuma y’aho impande zombi zigiranye amasezerano y’amahoro ku wa 27 Kamena 2025. Nk’uko bigaragara muri aya masezerano yasinyiwe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, u Rwanda na RDC byemeranyije gufasha MONUSCO…

Soma inkuru yose

Amasezerano y’amateka hagati y’u Rwanda na Congo yasinywe

Isi yose yakurikiye umuhango wo gusinya amasezerano agamije amahoro hagati y’u Rwanda na Repubulika ya Demokarasi ya Congo, ba Minisitiri b’Ububanyi n’amahanga b’ibi bihugu bayasinyiye imbere y’Umunyamabanga wa leta ya America, Marco Rubio. Ni inkuru yari yabaye kimomo mu bitangazamakuru byo mu Rwanda, muri Congo Kinshasa no ku isi. Impande zirebwa ntizatengushye abafite amatsiko yo…

Soma inkuru yose