Job in Rwanda/ Akazi mu rwanda

Habonetse andi mahirwe y’akazi

ITANGAZO RY’AKAZI  Ibitaro bya King Faisal, Rwanda –Ikigo cy’indashyikirwa mu gutanga serivisi z’ubuzima, uburezi mu by’ubuvuzi, no mu bushakashatsi.”Ibi ni ibihe bishimishije kuri King Faisal Hospital, Rwanda, kuko turi kwinjira mu cyerekezo gishya cy’iterambere. Ibitaro bikomeje kwaguka kubera kwamamara mu gutanga serivisi z’ubuvuzi zifite ireme Ukongeraho n’abaganga b’inzobere cyane, cyane cyane mu buvuzi n’ibikorwa byo…

Soma inkuru yose

Ingamba z’ubwirinzi zijyanye n’ikibazo kizwi – Amb Ngoga abwira Akanama ka Loni

Ambasaderi w’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yagaragaje ko rwiteze impinduka mu mikorere y’ubutumwa bw’amahoro bwawo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (MONUSCO) nyuma y’aho impande zombi zigiranye amasezerano y’amahoro ku wa 27 Kamena 2025. Nk’uko bigaragara muri aya masezerano yasinyiwe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, u Rwanda na RDC byemeranyije gufasha MONUSCO…

Soma inkuru yose

Amasezerano y’amateka hagati y’u Rwanda na Congo yasinywe

Isi yose yakurikiye umuhango wo gusinya amasezerano agamije amahoro hagati y’u Rwanda na Repubulika ya Demokarasi ya Congo, ba Minisitiri b’Ububanyi n’amahanga b’ibi bihugu bayasinyiye imbere y’Umunyamabanga wa leta ya America, Marco Rubio. Ni inkuru yari yabaye kimomo mu bitangazamakuru byo mu Rwanda, muri Congo Kinshasa no ku isi. Impande zirebwa ntizatengushye abafite amatsiko yo…

Soma inkuru yose

Kenya: Abigaragambya barashinjwa kugerageza guhirika ubutegetsi

Muri Kenya, abari mu myigaragambyo mu rwego rwo kwibuka bagenzi babo bapfuye baguye mu myigaragambyo yakozwe umwaka ushize wa 2024, bafashwe nk’abashaka guhirika ubutegetsi. Abo bibukwa muri iyo myigaragambyo yatangiye ku itariki 25 Kamena 2025, ni abaguye mu myigaragambyo yakozwe ahanini n’urubyiruko rwiswe ‘Gen-Z’, rwamaganaga izamuka rikabije ry’imisoro ndetse n’ubuzima buhenze cyane muri icyo gihugu….

Soma inkuru yose
Job in Rwanda/ Akazi mu rwanda

Amahirwe y’akazi ku bantu mufite A0 na A2

Intego y’Akazi Gucunga imikorere, isuku n’umutekano w’amacumbi y’ibitaro (Lync-House), hagamijwe gutanga ahantu hatuje, hasukuye kandi hatekanye ku bakozi b’ibitaro, abanyeshuri bari muri sitage (internship ) n’abashyitsi. Inshingano Nyamukuru 1. Gucunga Imikorere y’Amacumbi Gukurikirana ibikorwa bya buri munsi bya Lync-House no kwemeza ko ibikorwaremezo byose bikora neza.  Guhuza gahunda zo gutanga ibyumba, kwakira (check-in) no kohereza…

Soma inkuru yose

Isi turimo irarwaye – Tito Rutaremara

Iyi nyandiko ni ibitekerezo bya Tito Rutaremara. Ni Inararibonye muri Politiki akaba ari n’Umuyobozi w’Urwego Ngishwanama rw’Inararibonye z’u Rwanda. Isi turimo irarwaye, indwara yayo ni Judeo-Christian civilization Philosophy ( intekerezo) na ideology (ingengabitekerezo) by’iri terambere rishingiye ku binyoma. Duhere ku biriho muri iki gihe: Muri Gaza abantu, inyamanswa, ibintu, amazu, imihanda byose Israel irabishwanyaguza. Wabaza…

Soma inkuru yose

Kenya: Abaturage biraye mu mihanda mu kwibuka bagenzi babo biciwe mu myigaragambyo

Abaturage b’i Nairobi, mu Murwa Mukuru wa Kenya, bongeye kwirara mu mihanda mu myigaragambyo yitabiriwe ku rwego rwo hejuru, aho bari kwibuka bagenzi babo bishwe mu myigaragambyo yabaye mu mwaka ushize ndetse batishimiye uburyo ubuzima bukomeje guhenda, ari nako amahirwe y’iterambere ku rubyiruko arushaho kuyoyoka. Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, abaturage ibihumbi babyukiye…

Soma inkuru yose
Trump na Putin

Trump yanze ubufasha bwa Putin ku kibazo cya Iran na Israel

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yavuze ko mugenzi we w’u Burusiya, Vladimir Putin, yamuhamagaye amubwira ko yamuha ubufasha bagakemura amakimbirane ari hagati ya Iran na Israel, arabyanga. Ibi Trump yabitangarije itangazamakuru ubwo yari yitabiriye inama ya NATO ku wa 24 Kamena 2025. Yavuze ko Putin yamuhamagaye, amwizeza ubufasha ariko amubwira ko…

Soma inkuru yose
Umusirikare wishe abandi

Walikale: Umusirikare wasinze yishe bagenzi be batatu, akomeretsa benshi

Umusirikare wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yishe arashe bagenzi be batatu muri gurupoma ya Luberike muri Teritwari ya Walikale, abandi umunani barakomereka. Mu gitondo cyo ku wa 24 Kamena 2025 ni bwo uyu musirikare yakoze aya mahano. Abashinzwe umutekano basobanuye ko iyi myitwarire yayitewe n’ubusinzi kuko yari yanyoye inzoga. Abaturage bo batekerezaga ko ari…

Soma inkuru yose
Abakozi ba UR

Harumvikana uruhererekane mu kibazo cy’abarenga 150 bakoze imirimo muri Kaminuza y’u Rwanda bakamburwa

Abaturage 150 bavuga ko bamaze imyaka ibiri bambuwe na Kompanyi yabahaye akazi mu kubaka muri kaminuza y’u Rwanda Ishami rya Huye, mu gihe nyiri iyi kompanyi avuga ko na we yambuwe n’indi yari yamuhaye akazi. Aba baturage bavuga ko iyi kompanyi bakoreye yitwa METCO Ltd, ihagarariwe n’uwitwa Kanyandekwe Fils batahwemye kwishyuza, ariko imyaka ikaba ibaye…

Soma inkuru yose

Musanze: Gashaki umugabo yatoraguwe ku muhanda yapfuye, hakekwa ubusinzi

Mu Karere Musanze, Umurenge wa Gashaki, Akagari ka Kigabiro, Umudugudu wa Buzoza mu Karere ka Musanze, haravugwa urupfu rutunguranye rw’umugabo witwa Rumbiya Eric, watoraguwe ku muhanda yapfuye, bikekwa ko yishwe n’inzoga cyangwa indi mpanuka yaba yabayeho nyuma yo kunywa. Rumbiya Eric, w’imyaka 40, yasanzwe munsi y’umukingo ku muhanda, aho abamubonye bwa mbere bavuze ko yari…

Soma inkuru yose

Israel VS Iran: Ni inde ufite indege z’intambara zikomeye?

Ushobora kugira abasirikare benshi, batojwe neza kandi bafite ubushake, ariko iyo udafite intwaro zigezweho, biragora cyane gutsinda urugamba hashingiwe ku miterere y’intambara zigezweho. Iran na Israel biri mu ntambara karundura, ndetse ibikoresho birimo indege za gisirikare ziri mu za mbere ku Isi, biri kwifashishwa muri iyi ntambara. Duhereye nko ku bijyanye n’indege z’intambara, Israel ni…

Soma inkuru yose

Perezida Samiya wa Tanzania yahaye gasopo abapfumu bo mu gihugu cye

Perezida wa Tanzania, Samia Suluhu Hassan, yasabye abapfumu n’abavuzi gakondo kwitwararika mu gihe cy’amatora, birinda kubeshya abakandida cyangwa gukora ibikorwa bishobora guteza umwiryane mu gihugu. Ibi yabitangaje ku wa 21 Kamena 2025, ubwo yari mu birori by’umuco bya Bulabo Cultural Festival byabereye mu Ntara ya Mwanza. Perezida Samia yavuze ko hari bamwe mu banyepolitike bashobora…

Soma inkuru yose

Iran yateguje ibyago by’ibihe byose nyuma y’igitero yagabweho na Amerika

Iran yatangaje ko kuba Leta Zunze Ubumwe za Amerika zishoye mu ntambara bahanganyemo na Isiraheli ikagaba ibitero; bizagira ingaruka z’igihe kirekire. Minisitiri w’Ubabanyi n’Amahanga wa Iran, Abbas Araghchi yavuze ko ibyo bitero ari iby’ubugome kandi bigiye kubyara akaga gakomeye. Yagize ati: “Ibi bitero ni amahano kandi bizagira ingaruka z’ibihe byose.” Nubwo kugeza ubu ntacyo Umuyobozi…

Soma inkuru yose