Honourable Mukabalisa Donathire wayoboye ishyaka PL yitabye imana k’umunsi we w’amavuko.

Senateri Donatille Mukabalisa yitabye imana mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 30/Nyakanga/2026 nyuma y’iminsi yari amaze arwariye mu Bitaro byitiriwe umwami Faisal i Kigali. Urupfu rwe rwashenguye benshi, cyane abo bakoranye mu nzego zitandukanye z’ubuyobozi bw’Igihugu, aho yari azwi nk’umunyapolitiki w’inararibonye wagize uruhare rukomeye mu kubaka no guteza imbere inzego z’ubuyobozi n’Inteko Ishinga…

Soma inkuru yose

Intore z’Indangamirwa ziyemeje kwigira no kwishakamo ibisubizo.

Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE) yatangaje ko Intore z’Indangamirwa zigize icyiciro cya 16 zasoje amahugurwa ziyemeje kwishingikiriza ku bushobozi bwazo no kuba umusemburo w’iterambere ry’Igihugu. Ibi byagarutsweho na Minisitiri Dr. Jean Damascene BIZIMANA kuwa 28 Nyakanga 2026, ubwo Perezida Paul KAGAME yasuraga izi Ntore ziri gutozwa mu Kigo cy’Imyitozo cya Gabiro. Iki cyiciro kigizwe…

Soma inkuru yose

DRC: Abatavuga Rumwe n’Ubutegetsi Basabye Tshisekedi Guhagarika Gahunda yo Guhindura Itegeko Nshinga

I Kinshasa, Ihuriro C64, rihuza amashyaka n’abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi, ryatangaje ko ritazemera kwitabira ibiganiro bya politiki bifite ireme igihe cyose hakomeje gahunda yo guhindura Itegeko Nshinga rya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC). Iri huriro rivuga ko ibiganiro bishobora gutanga umusaruro ari ibigamije gushakira igihugu ibisubizo birambye, aho kwibanda gusa…

Soma inkuru yose

U Rwanda rwongeye gusaba u Burundi kudakomeza kugira uruhare mu ntambara iri kubera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

U Rwanda rwasabye u Burundi guhagarika uruhare rwabwo rutaziguye mu makimbirane akomeje kubera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), runarusaba kongera imbaraga mu kubahiriza no guteza imbere uburenganzira bwa muntu. Ibi byagarutsweho mu biganiro byahuje ibihugu bitandukanye n’Intumwa Yihariye ishinzwe gukurikirana uko uburenganzira bwa muntu bwifashe mu Burundi. U Rwanda rwashishikarije u Burundi gukora…

Soma inkuru yose

Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko ikirego RDC yareze u Rwanda Muri ICJ ari “Amayeri ya Politiki”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yavuze ko ikirego Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yajyanye mu Rukiko Mpuzamahanga rw’Ubutabera (ICJ) kigamije impamvu za politiki, aho yavuze ko ari uburyo bwo guhisha ubufatanye Leta ya RDC ifitanye n’umutwe wa FDLR u Rwanda rushinja kuba ugizwe n’abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Ibi yabitangaje ku…

Soma inkuru yose

Igitabo Gishya Cyateje Impaka Muri White House Nyuma yo Kugaragaza Amabanga ya Trump

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yasabye abakozi bo mu biro bye kudatanga ibisobanuro cyangwa kugira icyo batangaza ku gitabo gishya cyanditswe n’abanyamakuru Maggie Haberman na Jonathan Swan, gikubiyemo amakuru yihariye ku mwaka wa mbere wa manda ye ya kabiri ku butegetsi. Nk’uko abanditsi b’iki gitabo babivuga, bagaragaza Trump nk’umuntu ufite imyitwarire…

Soma inkuru yose

U Rwanda Ntiruzaba Ingwate y’Abashaka kugoreka Amateka yarwo – Perezida Kagame

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yavuze ko u Rwanda rutazigera rwemera kuba ingwate y’abantu bashaka kugoreka amateka yarwo cyangwa kuyasobanura uko babyumva aho gushingira ku kuri, ibimenyetso n’amasomo igihugu cyakuye mu bihe bikomeye cyanyuzemo. Yabitangaje kuri uyu wa Gatandatu mu Intare Arena, aho we na Madamu Jeannette Kagame bifatanyije n’abanyamuryango ba Unity Club Intwararumuri ndetse…

Soma inkuru yose

RDC yareze u Rwanda mu Rukiko Mpuzamahanga rw’Ubutabera

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yashyikirije Urukiko Mpuzamahanga rw’Ubutabera (ICJ) ikirego irega u Rwanda, irushinja kurenga ku masezerano mpuzamahanga atandukanye ajyanye no kurengera uburenganzira bwa muntu no gukumira ibyaha bikomeye. Nk’uko TEDROS INFO yabitangaje kuwa 26 Kamena 2026, iki kirego cyashyikirijwe urwo rukiko na Minisitiri w’Ubutabera wa RDC, Guillaume Ngefa, uri mu ruzinduko i…

Soma inkuru yose

Keir Starmer yeguye ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza.

Kuri uyu wa Mbere tariki 22, Kamena 2026, Keir Starmer yatangaje ko yeguye ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza ndetse no ku buyobozi bw’ishyaka ry’abakozi (Labour Party) nyuma y’igihe kitageze ku myaka ibiri ageze ku butegetsi. Mu ijambo yagejeje ku baturage kuri uyu wa Mbere, Starmer yagize ati: “Nafashe iki cyemezo nyuma yo kubona ko…

Soma inkuru yose

Amasaha asigaye ya Keir Starmer ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza arabarirwa ku ntoki.

Ibintu bikomeje guhinduka mu Bwongereza, aho igitutu gikomeje kwiyongera kuri Minisitiri w’Intebe Keir Starmer. Hari abari muri Guverinoma ndetse no mu Ishyaka ry’Abakozi (Labour Party) batangiye kuvuga ko ashobora gutangaza icyemezo cyo kwegura mu gihe gito cyane kiri imbere, hashobora kuba mu masaha cyangwa iminsi iri hafi. Nubwo kugeza ubu Minisitiri w’Intebe Keir Starmer ataratangaza…

Soma inkuru yose

Perezida Évariste Ndayishimiye w’u Burundi ategerejwe i Kinshasa mu gihe imirwano ikomeje gufata indi ntera mu gace ka Minembwe, muri RDC.

Perezida w’u Burundi, Évariste Ndayishimiye, yageze i Kinshasa muri RDC mu ruzinduko rw’iminsi ibiri rugamije kuganira na Perezida Félix Tshisekedi ku bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bw’iki gihugu, cyane cyane intambara ikomeje kubera muri Kivu y’Amajyepfo na Kivu y’Amajyaruguru. Ibiro bya Perezida wa RDC byatangaje ko aba bayobozi bombi baganira ku bibazo bihangayikishije ibihugu byombi,…

Soma inkuru yose

Putin yavuze ko intambara itazarangira u Burusiya butaragera ku ntego zabwo

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yongeye gushimangira ko igihugu cye kitazahagarika ibikorwa bya gisirikare muri Ukraine kugeza igihe intego zacyo zose zizaba zagezweho, nubwo Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yakomeje gusaba ibiganiro by’amahoro hagati y’impande zombi. Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye ihuriro ry’ubukungu ryabereye i Saint Petersburg ku wa 5 Kamena 2026, Putin yavuze ko…

Soma inkuru yose

Zelensky yanditse asaba Guhura na Putin ngo Hahagarikwe Imirwano

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yandikiye mugenzi we w’u Burusiya, Vladimir Putin, ibaruwa ifunguye asaba ko bahura imbonankubone ndetse anagaragaza ubushake bwo guhagarika intambara burundu. Ibiganiro n’Amahahirwe y’Amahoro Mu ibaruwa idasanzwe yoherejwe ku wa Kane, Zelensky yasabye ko hashyirwaho itariki ihamye yo kwicarana nk’abakuru b’ibihugu byombi. Yashimangiye ko igihugu cye kiteguye guhagarika kurasa mu gihe…

Soma inkuru yose

MIFOTRA yasobanuye impinduka ku mafaranga y’inyongera ahabwa abakozi ba Leta

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, MIFOTRA, yatangaje ko impinduka ziherutse gukorwa ku buryo amafaranga y’inyongera ahabwa abakozi ba Leta abarwa, zidafite intego yo kongera cyangwa kugabanya amafaranga batahana buri kwezi, ahubwo zigamije guhuza uburyo bwo kubara umushahara n’impinduka zakozwe mu bwiteganyirize bwa pansiyo. Mu minsi yashize, bamwe mu bakozi ba Leta batangiye kwibaza niba hari…

Soma inkuru yose

Trump yavuze ko Amerika ishobora gusubiza miliyari 149$: Impaka ku misoro ya tariffs zongeye gukomera

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yavuze ko Amerika ishobora gusubiza amafaranga arenga miliyari 149 z’amadolari nyuma y’impaka zikomeje kuvuka ku misoro ya “tariffs” yashyizweho mu gihe cy’ubutegetsi bwe. Trump yavuze ko bishoboka ko Leta ya Amerika ishobora gusubiza ayo mafaranga nyuma y’ibibazo by’amategeko ndetse n’impaka zagaragaye ku buryo iyo misoro yashyizweho…

Soma inkuru yose

Anita Among wahoze ayobora Inteko ya Uganda yafungiwe iwe, telefoni ye ifatirwa mu iperereza rikomeye rya ruswa

Uwahoze ari Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Uganda, Anita Among, ari mu bibazo bikomeye nyuma y’uko inzego z’umutekano n’iz’ubugenzacyaha zitangiye kumukoraho iperereza ku byaha bya ruswa, kunyereza umutungo wa Leta ndetse no kutagaragaza umutungo we nk’uko amategeko abiteganya. Kuri uyu munsi wo ku Cyumweru tariki ya 17 Gicurasi 2026, abashinzwe iperereza basatse urugo rwa Among…

Soma inkuru yose

Muri gutera urujijo Abanyarwanda – Minisitiri Nduhungirehe Ntari kuvuga rumwe na Mutesi Scovia

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko atanyuzwe n’uburyo ibiganiro bya Mama Urwagasabo TV byasesenguye ubutumwa yari yanditse ku rubuga rwa X, avuga ko byateye urujijo mu banyarwanda. Ibi byakurikiye ikiganiro cyatambutse kuri Mama Urwagasabo TV, aho abanyamakuru bagarutse ku butumwa Minisitiri Nduhungirehe yari yanditse mu rurimi rw’Igifaransa, bavuga ku byabereye mu…

Soma inkuru yose

Starmer Ari Mu Gitutu Gikomeye Nyuma y’Amatora Mabi: Abadepite benshi b’Ishyaka rya Labour bamusaba kwegura

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Keir Starmer, ari mu bihe bikomeye bya politiki nyuma y’uko amatora y’inzego z’ibanze aherutse kurangira ishyaka rye rya Labour (Ishyaka ry’Abakozi) ritsinzwe bikomeye. Mu ijambo yagejeje ku bayoboke b’Ishyaka rya Labour i London, Starmer yemeye ko ayo matora yabaye mabi cyane ku ishyaka rye, avuga ko abyemera kandi ko ari we…

Soma inkuru yose

Afurika ikomeje kubamo intambara zidashira: Ese ikibazo kiri hehe?

Mu gihe Isi ikomeza gutera imbere mu bukungu n’ikoranabuhanga, umugabane wa Afurika ugihanganye n’ikibazo cy’intambara n’amakimbirane bimaze imyaka myinshi bihitana abantu, bigateza ubukene ndetse bikadindiza iterambere. Kuva muri Sudani, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Somalia, Sahel kugeza muri Ethiopia, ibice byinshi bya Afurika bikomeje kubamo umutekano muke uhangayikishije Isi yose. Abasesenguzi bavuga ko nubwo buri…

Soma inkuru yose

Putin yavuze ko intambara ya Ukraine ishobora kuba iri kugana ku musozo

Perezida w’uburusiya Vladimir Putin yavuze ko abona intambara igihugu cye kirimo na Ukraine ishobora kuba iri kugera ku musozo, mu ijambo yagejeje ku banyamakuru nyuma y’umuhango wo kwizihiza intsinzi y’Abasoviyeti mu Ntambara ya Kabiri y’Isi Yose wabereye i Moscow. Putin yavuze ko icyo u Burusiya bwise “ibikorwa bya gisirikare byihariye” muri Ukraine bishobora kurangira vuba,…

Soma inkuru yose

Putin yongeye kunenga NATO mu birori bya “Victory Day” byitabiriwe n’abasirikare ba Koreya ya Ruguru

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yongeye kunenga ibihugu byo muri NATO mu birori byo kwizihiza umunsi wa “Victory Day” wabereye ku rubuga rwa Red Square i Moscow.Ibi birori bikorwa buri mwaka mu kwibuka intsinzi y’icyahoze ari Leta Zunze Ubumwe z’Abasoviyeti mu Ntambara ya Kabiri y’Isi yose, izwi mu Burusiya nka “Great Patriotic War”. Uyu mwaka,…

Soma inkuru yose

Abajyanama b’Uturere n’Umujyi wa Kigali bagiye kujya batorwa mu buryo buziguye

Inteko Ishinga Amategeko umutwe w’Abadepite yatoye itegeko ngenga rishya rigenga amatora, rizanye impinduka mu buryo Abajyanama b’Uturere n’Umujyi wa Kigali bazajya batorwa. Muri iri tegeko rishya, hateganyijwe ko abo bajyanama bazajya batorwa mu buryo buziguye, aho kuba mu buryo butaziguye nk’uko byari bisanzwe bikorwa. Iri tegeko ryatowe kuri uyu wa Gatanu tariki ya 8 Gicurasi…

Soma inkuru yose

Umukecuru w’imyaka 70 uvuga ko yavuye ba Perezida Paul Kagame na Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, arifuza kubonana na bo.

Kasese, Uganda – Umukecuru witwa Deborah Maate w’imyaka 70, utuye mu gace ka Kasese mu burengerazuba bwa Uganda, arifuza guhura n’abakuru b’ibihugu byombi, Perezida w’u Rwanda Paul Kagame na Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni. Avuga ko yigeze kubamenya mu myaka ya 1980 mu gihe cy’urugamba rwo kubohora Uganda. Deborah Maate, atangaza ko mu mwaka…

Soma inkuru yose

Pakistan: Ihuriro rishya rya Dipolomasi mu gukemura amakimbirane ya Amerika na Iran

Mu gihe amaso y’isi yose ahanzwe uburasirazuba bwo hagati, umujyi wa Islamabad muri Pakistan wamaze kuba ihuriro rikomeye rishobora guhindura amateka y’intambara yatangiye muri Gashyantare 2026. Nyuma y’itangazo rya Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Iran, hari andi makuru akomeye ari kuvugwa: Ingingo zifatika ziri kwibandwa ho mu biganiro Nubwo ingingo nyirizina zagizwe ibanga, amakuru ava mu…

Soma inkuru yose

Ibyo wamenya ku ruganda rw’icyayi rwa Gatare Tea Company Ltd

Muri iyi nyandiko naguteguriye isesengura ryuzuye ku ruganda rw’icyayi rwa Gatare Tea Company Ltd (Karambi-Nyamasheke), Nibanze ku mateka, imirima, umusaruro, inyungu ku bahinzi, imbogamizi n’ingamba z’iterambere ryerekeranye n’uru ruganda. Uruganda rwa Gatare Tea Company Ltd, ruherereye mu Murenge wa Karambi, mu Karere ka Nyamasheke mu Ntara y’uburengerazuba bw’u Rwanda, rukaba ari kimwe mu bigo bikomeye…

Soma inkuru yose

Imyanya y’ibanga: Ese kuki itakiri ibanga muri iki gihe?

Mu gihe ikoranabuhanga n’imbuga nkoranyambaga byihutisha buri kimwe, imyanya y’ibanga yo yabaye nk’aho ari ibintu bisanzwe byo kugaragaza. Uyu niwo mwanya wo kwisuzuma ku ngaruka zabyo no kugaruka ku muco n’indangagaciro. Hari igihe imyanya y’ibanga yari ishingiro ry’icyubahiro n’ubwubahane. Aho kera ibintu bitaradogera, umuntu warangwa no kwifata no kubika amabanga ye yagiraga agaciro gakomeye mu…

Soma inkuru yose

Kigali: Mu bishanga hagiye kubakwa inzira zifite kilometero zisaga 58

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Kurengera Ibidukikije (REMA) cyatangaje ko ibishanga 5 birimo gutanywa mu Mujyi wa Kigali, bizashyirwamo inzira za kilometero 58,5 zagenewe abanyamaguru n’abagendera ku magare, hagamijwe guteza imbere imyidagaduro n’imikino mu Murwa Mukuru Kigali. Umukozi wa REMA ushinzwe Porogaramu yo gucengeza ibikorwa by’ibidukikije muri gahunda za Leta no kurengera urusobe bw’ibinyabuzima, yagaragaje ko inzira…

Soma inkuru yose