Minisitiri Uwimana aherutse gusaba kurandura imigenzo isaba abakobwa inka cyangwa ibindi bisabwa kugira ngo bashyingirwe

Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Uwimana Consolée, yasabye abaturage bo mu Karere ka Nyamasheke kwirinda imigenzo igoreka uburinganire, irimo gusaba abakobwa kugira ibintu runaka, nk’ikimasa, kugira ngo bashyingiranwe. Yaboneyeho no guhumuriza abasore batinya gushaka kubera kubura inkwano, abibutsa ko amategeko mashya atabategeka gukwa kugira ngo basezerane imbere y’amategeko. Ibi Minisitiri Uwimana yabivugiye ku wa 2 Ukwakira…

Soma inkuru yose

Ingabire Immaculée yitabye Imana ku myaka 64

Ingabire Immaculée, Umuyobozi wa Transparency International Rwanda umuryango urwanya ruswa n’akarengane yitabye Imana mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane azize uburwayi, afite imyaka 64. Urupfu rwe rwemejwe n’abagize umuryango we ndetse n’abo bakoranaga muri Transparency Rwanda, bagaragaza ko atabarutse asize umurage ukomeye mu rugamba rwo kurwanya ruswa no kwimakaza ubunyangamugayo mu Rwanda. Ubuzima n’inzozi…

Soma inkuru yose

Kalisa “Camarade” yajuririye icyemezo cy’Urukiko cyo kumufunga by’agateganyo

Kalisa Adolphe uzwi cyane ku izina rya Camarade, wahoze ari Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), yajuririye icyemezo cy’Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo cyamutegetse gufungwa iminsi 30 y’agateganyo. Icyo cyemezo cyafashwe ku wa 29 Nzeri 2025, Urukiko rusobanura ko hari impamvu zikomeye zituma Kalisa akekwaho ibyaha aregwa, bityo bikaba byari ngombwa ko afungwa by’agateganyo…

Soma inkuru yose

Nyabihu: Abakozi b’Akarere n’abayobozi ba IBUKA 14 bafunzwe kubera amakosa mu iyubakwa ry’inzu z’abarokotse Jenoside

Ku wa 6 Ukwakira 2025, abakozi batandatu b’Akarere ka Nyabihu hamwe n’abayobozi umunani bo mu muryango IBUKA bafunzwe bakurikiranyweho uburiganya mu kubaka inzu zagenewe abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Abafashwe barimo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere, Umuyobozi w’ishami ry’imibereho myiza, umukozi ushinzwe uburenganzira bwo kubaka, n’abandi bakozi bo mu mashami atandukanye y’Akarere. Harimo kandi Perezida wa…

Soma inkuru yose

Perezida Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye basaga 600

Perezida Paul Kagame, akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’ingabo z’u Rwanda (RDF), yazamuye mu ntera abofisiye 632 ku wa 4 Ukwakira 2025. Abo bose bari bafite ipeti rya Sous-Lieutenant, none bahawe irya Lieutenant, nk’uko byatangajwe n’ibiro by’ingabo z’u Rwanda. Ibi bihita bitangira gukurikizwa guhera ubwo itangazo risohotse. Ingabo z’u Rwanda zizwiho kurinda ubusugire bw’igihugu no kugirira akamaro…

Soma inkuru yose

Impamvu Radio Salus igiye kumara hafi ukwezi itumvikana

GATEOFWISE.COM Radio Salus ya Kaminuza y’u Rwanda (UR) imaze igihe kitari gito itumvikana ku mirongo yayo isanzwe ikoreshwa, uretse gusa ibiganiro ikomeje gusakaza binyuze ku mbuga nkoranyambaga. Amakuru agera kuri IGIHE yemeza ko iyi radiyo izamara hafi ukwezi idasubiye ku murongo, nyuma y’uko mu mpera za Kanama 2025 yatangiye guhura n’ibibazo by’itumanaho. N’ubwo byigeze gukemurwa…

Soma inkuru yose

Chancen International mu Rwanda: Uburyo bushya bwo guteza imbere uburezi binyuze muri Income Share Agreements (ISA)

Mu rwego rwo gufasha urubyiruko rwo mu miryango ikennye kubona uburezi bufite ireme, hatangiye gukorera mu Rwanda umuryango Chancen International. Uyu muryango wihariye mu gutanga ubufasha bushingiye ku bwumvikane bwitwa Income Share Agreement (ISA), aho umunyeshuri ashobora kwiga atabanje kwishyura amafaranga y’ishuri mbere, ahubwo akazishyura nyuma yo kurangiza no kubona akazi. Iyi gahunda izwi nka…

Soma inkuru yose

Dore uburyo watandukana burundu n’indwara y’umutwe udakira

Umutwe w’umuntu ni igice cy’ingenzi kiyobora ibindi bice byose by’umubiri. Bityo iyo umuntu ahorana indwara y’umutwe, usanga bituma n’izindi nshingano z’umubiri zidakora neza. Hari abantu bahorana iki kibazo kandi mu by’ukuri nta yindi ndwara igaragara bafite, nyamara abahanga mu buvuzi bavuga ko hari intandaro zitandukanye zituma abantu benshi bahura n’iki kibazo cyo kuribwa umutwe igihe…

Soma inkuru yose

Microsoft yahagaritse serivisi zimwe za gisirikare cya Israel

Ikigo cya Microsoft cyatangaje ko cyahagaritse bimwe mu bikoresho cyahaga igisirikare cya Israel, nyuma yo gusanga byifashishwaga mu kuneka abaturage ba Palestine mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Brad Smith, Visi Perezida wa Microsoft, yavuze ko serivisi zakuweho zari zikoreshwa na Unit 8200, ishami rikomeye ry’ubutasi mu gisirikare cya Israel, rikoresha ikoranabuhanga rya Azure Cloud mu kubika…

Soma inkuru yose

Imiti yinjira muri Amerika igiye kujya isoreshwa ku rugero rwa 100%

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko imiti ikorwa n’inganda zitandukanye zo mu bindi bihugu, izatangira gusoreshwa 100% guhera mu Ukwakira 2025. Imiti irebwa n’izi ngamba ni izwi nka ‘branded drugs’. Ni imiti iba yarakozwe bwa mbere n’uruganda rwayivumbuye. Iba yarahaye amazina yihariye ku buryo urwo ruganda aba ari rwo ruyikora…

Soma inkuru yose

Kirehe: GIZ yatangije icyiciro cya kabiri cya Job Fair ihuza abashaka akazi n’abagatanga

Umuryango w’Abadage ushinzwe Iterambere (GIZ), ku bufatanye n’Akarere ka Kirehe, watangije icyiciro cya kabiri cya Job Fair binyuze mu mushinga Dutere Imbere, ugamije guhuza abashaka akazi n’abagatanga. Job Fair ni urubuga rutegurwa hagamijwe gufasha urubyiruko rw’impunzi n’Abanyarwanda baturiye inkambi kubona amahirwe y’akazi no kwihangira imirimo. Intego nyamukuru ni ukubaka ubushobozi, guteza imbere kwigira no gushakira…

Soma inkuru yose

Uwayoboye FBI akurikiranyweho ibyaha byo gusebya intsinzi ya Trump

Uwahoze ari Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Ubugenzacyaha rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (FBI), ari kuburanishwa n’urukiko rwa Virginia kubera gukwirakwiza amakuru atari yo no kubangamira ubutabera.Ibi birego bifitanye isano n’ibikorwa bye byo gushyigikira ibivugwa ko u Burusiya bwivanze mu matora ya Amerika yo mu 2016.Iperereza rikomeje ryashingiye ku buhamya Comey yatanze muri Nzeri 2020 imbere…

Soma inkuru yose

Kajugujugu zifashishwa mu gutanga serivisi z’ubuzima muri Shampiyona y’Isi y’Amagare

Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko mu gihe Shampiyona y’Isi y’Amagare iri kubera mu Rwanda, hashyizweho ahantu hagenwe hagakorera amatsinda y’abaganga, kugira ngo bafashe abakenera serivisi z’ubuzima. Muri gahunda zashyizweho harimo no gukoresha kajugujugu, izifashishwa mu gutwara uhuye n’ikibazo cy’ubuzima igihe irushanwa ribera, zikamujyana ku bitaro. Ahari site harimo Kigali Heights mu Karere ka Gasabo, aho…

Soma inkuru yose

Ukuri ku ifoto y’umukozi wa Croix Rouge n’umukinnyi w’amagare byavugishije benshi

Mu gihe Shampiyona y’Isi y’Amagare ikomeje kubera i Kigali, hari amafoto atandukanye ari gusakara ku mbuga nkoranyambaga. Rumwe mu rwavugishije abantu ni urufotowe na B&B Fm Kigali, rwerekana umukinnyi w’amagare ufite telefoni mu ntoki, asa n’uvugana n’umukozi wa Croix Rouge y’u Rwanda. Abenshi mu babonye iyo foto bibwirije ko uwo mukinnyi yasabaga nimero y’uwo mukobwa…

Soma inkuru yose

Kasia Niewiadoma, wegukanye Tour de France 2024, yanyuzwe n’urukundo yahawe n’Abanyarwanda

Umunya-Pologne Katarzyna Niewiadoma-Phinney, wegukanye Tour de France Femmes ya 2024, yashimangiye ko yatangajwe n’uburyo abana b’Abanyarwanda bamwakiranye urugwiro ubwo yari mu myitozo yitegura Shampiyona y’Isi y’Amagare ibera i Kigali. Uyu mukinnyi ukinira Canyon–SRAM ari mu bakinnyi batatu bazahagararira igihugu cye mu isiganwa ryo mu muhanda mu bagore [Women Road Race] rizaba ku wa Gatandatu, tariki…

Soma inkuru yose

Umutoza w’u Bufaransa y’Amagare ashimira u Rwanda, nta na kimwe anenga

Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa y’Amagare, Thomas Voeckler, yatangaje ko we n’abakinnyi be bakiriwe neza cyane mu Rwanda, ku buryo nta kintu kibi bashobora kunenga. Avuga ko intego yabo ari ukurushaho kwitwara neza muri Shampiyona y’Isi iri kubera i Kigali. Iyi Shampiyona y’Isi y’Amagare ya 2025 igeze ku munsi wa gatandatu, aho Umujyi wa Kigali…

Soma inkuru yose

Abatishoboye barafashwa kwiga: ASG yatangijwe na Perezida Kagame yamaze gufungura imiryango

Icyari igitekerezo cya Perezida Paul Kagame na Hailemariam Desalegn wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia cyo gushinga ishuri rigamije kurera abayobozi b’ejo hazaza ba Afurika cyabaye impamo. Ku wa 25 Nzeri 2025, batangije ku mugaragaro amasomo y’Ishuri Nyafurika ry’Imiyoborere (ASG), ritangiranye n’abanyeshuri 51 baturutse mu bihugu 14 bya Afurika birimo u Rwanda, Ethiopia, Kenya, Uganda,…

Soma inkuru yose

Muganga Chantal wareze Minister ko yamubeshye urukundo yatsinzwe anacibwa miliyoni

Muganga Chantal uherutse kurega Dr Nsabimana wabaye minisitire amushinja ko yamubeshye urukundo yatsindiwe mu rukiko rwa Nyarugenge anacibwa miliyoni y’amanyarwanda Mu minsi yashize ku mbuga nkoranyambaga hagarutswe cyane ku kirego cyatanzwe na muganga Chantal aho yamushinjaga ko yamubeshye ko azamugira umugore nyuma akaza kumutenguha ibyateje abantu gucika ururondogoro kuko bwari ubwa mbere bene icyo kirego…

Soma inkuru yose

Umunya-Suède niwe wegukanye Shampiyona y’Isi y’Amagare mu cyiciro cy’Abatarengeje imyaka 23

Ku wa Mbere tariki ya 22 Nzeri 2025, hakomeje isiganwa ry’amagare rya Shampiyona y’Isi ribera i Kigali, aho abasore n’inkumi batarengeje imyaka 23 bari mu kibuga. Mu cyiciro cy’abasore, Jakob Soderqvist ukomoka muri Suède ni we wigaranzuye bagenzi be maze yegukana intsinzi, asoza urugendo rw’ibilometero 31,2 akoresheje iminota 38, amasegonda 24 n’ibinyarushyi 43. Ku mwanya…

Soma inkuru yose