Perezida wa leta zunze ubumwe z’Amerika yavugurujwe n’urukiko rukuru.

Urukiko rw’Ikirenga rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika rwahagaritse by’agateganyo ishyirwa mu bikorwa ry’icyemezo cy’ubutegetsi bwa Perezida Donald Trump cyo kwirukana abimukira baturutse muri Venezuela. Urukiko rw’Ikirenga muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika rwategetse ko Leta itazakomeza kwirukana abimukira bari bafunzwe n’urwego rw’abinjira n’abasohoka, kugeza igihe hazasohokera umwanzuro mushya. Iyi ngingo yafashwe ku itariki ya 17…

Soma inkuru yose

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Abdel Fattah wa Misiri

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Abdel Fattah wa Misiri Perezida Kagame yagiranye ikiganiro kuri telefoni na mugenzi we wa Misiri, Abdel Fattah El-Sisi, cyibanze ku kurushaho kwimakaza ubutwererane hagati y’u Rwanda na Misiri.  Umuvugizi w’Ibiro bya Perezida wa Misiri,Amb Mohamed El-Shenawy, yatangaje ko iki kiganiro cyabaye ku wa 17 Mata 2025, aho abakuru b’ibihugu byombi…

Soma inkuru yose

Umuhanda Nyaruvumu-Gituku witezweho guhindura ubuzima bwa benshi

Abatuye mu Murenge wa Rukira mu Karere ka Ngoma n’uwa Kabare mu Karere Kayonza, bishimiye kuba bagiye guhabwa umuhanda babona nk’igisubizo mu koroshya ubuhahirane n’ibindi bice bigize utwo turere. Uyu muhanda w’itaka wa kilometer 9, uzahyura Nyaruvumu-Gahushyi-Gituku, kuri ubu watangiye kubakwa. Abaturage baganiriye na RBA bavuze ko uyu muhanda uje ari igisubizo mu koroshya ubuhahirane…

Soma inkuru yose

Nyanza: Abasore 15 bakekwagaho kujya mu mitwe y’iterabwoba babonetse.

Ubuyobozi bwa karere ka Nyanza buratanga ihumure ku baturage b’aka karere, ibi bikozwe nyuma y’ubwoba abaturage bari bafite nyuma yo kumva ko hari hari umuntu waje agatawara Abasore 15 avuga ko agiye kubaha akazi, ariko abaturage bo bakaba bavuga ko bumvise ko aba basore bafatiwe muri Nyungwe bagiye mu mitwe y’iterabwoba, ariko ubuyobozi bwabiteye utwatsi….

Soma inkuru yose

Musanze: Arakekwaho kwica umugabo we maze akiyahura

Umutoni Fracoise w’imyaka 37 yasize amarira n’imiborogo mu banana be n’abaturanyi b’umuryango we bazindukiye ku nkuru y’inshamugongo, aho bikekwa ko yivuganye umugabo we witwa Hagenimana Innocent maze na we akiyahura. Mu ijoro ryo ku wa 17 Mata 2025, mu Mudugudu wa Gacondo, Akagari ka Rubindi, Umurenge wa Gataraga, Akarere ka Musanze, habaye igikorwa cy’ubwicanyi bwagize…

Soma inkuru yose

Kigali: Umugore yamennye isombe ishyushye ku mugabo we

Umugore w’imyaka 38 wo mu Murenge wa Kimisagara mu karere ka Nyarugenge,akurikiranyweho gukomeretsa umugabo we amumennyeho isombe ishyushye. Amakuru dukesha bagenzi bacu bo kuri Radio/TV10, avuga ko  yemera icyaha, akavuga ko atari yabigambiriye ahubwo ko yabitewe n’umujinya yatewe no gusanga umugabo we asangira n’indaya mu kabari. Uyu mugore ukurikiranywe n’Ubushinjacyaha ku Rwego Rwisumbuye rwa Nyarugenge,…

Soma inkuru yose

Nta munyamahanga uzongera kwiga muri Amerika! Donald Trump yarahiye.

Ubuyobozi bwa Trump bwabujije University ya Harvard kutakira abanyeshuri bashya babanyamahanga. White house yasabye kaminuza zikomeye cyane nka Harvard kugenzura uko bakira abanyeshuri bashya, uko batanga akazi ku bakozi bashya, ndetse n’uko bigisha. Ibi byakozwe ngo murwego rwo kurwanya “antisemitism” (ivangura rikorerwa abayahudi) Noem umwe mu bashinzwe umutekano yasabye Harvard kwerekana ibyo yita ibirego by’urugomo…

Soma inkuru yose

Abafite imitungo kuri Gare ya Nyabugogo baratangira kubarurirwa imitungo

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko guhera kuri uyu wa Kane tariki ya 17 Mata 2025, hatangira igikorwa cyo kubarura imitungo n’ibikorwa by’ubucuruzi bizimurwa mu rwego rwo kuvugurura Gare ya Nyabugogo. Ni igikorwa kigiye gukorwa n’abakozi ba Sosiyete Mpuzamahanga BESSTLtd, ikorera mu Rwanda ibijyanye n’inyigo z’ubwubatsi n’ibidukikije, igenagaciro no gusesengura ibyago by’ingaruka z’ibidukikije. Iri barura riratangira…

Soma inkuru yose

U Rwanda rwasobanuye aho Ihuriro AFC/M23 rivana intwaro

“Iyo bigeze ku ntwaro, umuterankunga wabo wa mbere mu by’ukuri ni Ingabo za Congo (FARDC), kubera ko buri ntambara M23 yarwanye ikanayitsinda ingabo zarahungaga zigasiga intwaro ahongaho.” Umuvugizi wa Guverinoma Yolande Makolo, yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na Anastasiya Lavrina, umunyamakuru w’ikinyamakuru ‘AnewZ’. Yavuze ko mu myaka itatu ishize M23 yabashije gukusanya intwaro nyinshi n’ibikoresho bya…

Soma inkuru yose

Meya wa Nyanza yatawe muri yombi nyuma yo kweguzwa na njyanama y’Akarere.

Ntazinda wayoboraga Akarere ka Nyanza yafunzwe nyuma y’amasaha make akuwe ku mwanya we Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi Ntazinda Erasme wahoze ari Meya w’Akarere ka Nyanza, hashize amasaha make ahagaritswe ku mirimo ye. Amakuru y’itabwa muri yombi rya Ntazinda yemejwe na Dr Murangira B. Thierry, Umuvugizi wa RIB, ubwo yavuganaga n’ikinyamakuru IGIHE kuri…

Soma inkuru yose

Ese umukwe n’umugeni bazajya batanga umusoro? RRA irabivugaho iki?

Ku wa 14-04-2025, amakuru yacicikanye ku mbugankoranyambaga nka X, yakuruye impaka za ngo turwane. Aya makuru agaragaza ko abakora ubukwe bazajya bishyura umusoro. Ubuyobozi bwa RRA (Rwanda Revenue Authority) bubajijwe ku byiri tangazo bwagize buti: “Dushingiye ku makuru ari guhanahanwa ku mbuga nkoranyambaga, turamesha abantu Bose ko amakuru agendanye n’abatanga serivise (service) zishyurwa mu birori…

Soma inkuru yose

Trump yashinje Biden wahoze ayobora iki gihugu guteza intambara muri Ukraine

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yagaragaje Joe Biden yasimbuye ku butegetsi ari we wateye intambara yo muri Ukraine. Donald Trump wahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yavuze ko intambara iri hagati ya Ukraine n’u Burusiya yatangiye muri Gashyantare 2022 idakwiye kumwitirirwa, ahubwo ari iyatewe n’ubuyobozi bwa Joe Biden….

Soma inkuru yose

Abanyarwanda babiri basoje amasomo y’igisirikare mu Bwongereza

Abanyarwanda babiri barimo umuhungu wa Ambasaderi w’u Rwanda mu Budage, Igor Cesar, basoje amasomo mu ishuri rikuru rya gisirikare rya Royal Military Academy riherereye i Sandhurst mu Bwongereza. Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Busingye Johnston, yagaragaje ko Yuhi Cesar na Mugisha Blaine basoje amasomo tariki ya 11 Mata 2025. Ambasaderi Busingye yagize ati “Mushimirwe cyane…

Soma inkuru yose

Leta ya Congo igiye kujyanwa mu nkiko n’abaturage bayo

Abaturage batatu bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bajyanye Leta yabo mu rukiko rw’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, EACJ, bayishinja ibyaha by’intambara n’ibyibasiye inyokomuntu. Masoso Bideri Antoinette ukomoka muri Minembwe, David Fati Karambi ukomoka i Goma na Mandro Logoliga Paul ukomoka muri Bunia, batanze iki kirego tariki ya 11 Mata 2025, bunganiwe n’abanyamategeko bane. Bagaragaje…

Soma inkuru yose

Michelle Obama yagize icyo avuga kuri gatanya iri gututumba hagati ye na Barack Obama

Michelle Obama yanyomoje amakuru yavugaga ko ari mu nzira za gatanya hagati ye n’umugabo we Barack Obama wahoze ayobora leta zunze umumwe z’Amerika Mu minsi yashize nibwo mu binyamakuru bitandukanye byo ku isi yose hakwirakwiye amakuru ko uwahoze ari perezida wa Leta Zunze ubumwe z’Amerka Barack Hussain Obama ashobora kuba atameranye neza n’umugore we Michelle…

Soma inkuru yose

Gakenke: Inyubako ya Leta imaze imyaka 23 idakoreshwa yashibutsemo ibiti 

Abaturage bo mu Kagari ka Muhororo, Umurenge wa Cyabingo mu Karere ka Gakenke, bababazwa n’inyubako ya Leta imaze imyaka igera kuri 23 itabyazwa umusaruro ikaba yarashibutsemo ibiti.  Abo baturage bifuza ko izo nyubako zatunganywa zikabyazwa umusaruro kuko Leta yazubatse izishoyeho akayabo. Abo baturage bavuga ko iyo nyubako yubatswe kugira ngo ibe ibiro by’Uturere twahuje  mu yahoze…

Soma inkuru yose

Byinshi ku bujura bwa Ndagijimana wahunganye amadolari akanagurisha inzu y’u Rwanda i Paris

Imwe mu nkuru zakurikiwe n’abantu benshi mu mwaka wa 2023, ni iyahishuwe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame ku bujura n’ubugambanyi bwa Jean-Marie Vianney Ndagijimana wagiriwe icyizere muri Guverinoma ya mbere nyuma yo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Icyo gihe Perezida Kagame yahishuye ko yatorokanye amadolari y’Amerika arenga 200.000 mu gihe Igihugu…

Soma inkuru yose

Gabon: Brice Clotaire Oligui Nguema wahiritse Ali Bongo ku butegetsi, yatorewe kumusimbura

Gen Brice Clotaire Oligui Nguema uyoboye ubutegetsi bw’igisirikare bwari buyoboye Gabon mu nzibacyuho nyuma yo guhirika Ali Bongo ku wa 30 Kanama 2023, yatorewe kuba Perezida w’icyo gihugu. Minisiteri y’Umutekano mu gihugu yatangaje ko ibyavuye mu matora by’agateganyo, byagaragaje ko Gen Nguema yatsinze agize amajwi 90.35%. Mu Ugushyingo umwaka ushize, muri Gabon habaye referandumu yemeje…

Soma inkuru yose