Abaturage ni abakire, batanze miliyari zirenga 40 Frw.

Mu minsi ishize BNR yashyize hanze impapuro mpeshamwenda zihwanye na miliyari 10. Umuyobozi wa Rwanda Stock Exchange, RWABUKUMBA Celestin yatangaje ko izi mpapuro zaguzwe ku kigero cya 400% . Leta ivuga ko yasubije miliyali 30 Frw zarengaga ko yarakenewe. Ibi byakozwe n’abaturage byagaragaje ko abaturage bafite amafaranga.   RWABUKUMBA ati: “Buriya bwitabire icya mbere buvuze…

Soma inkuru yose

Rutsiro: Umusore ari gushakishwa nyuma yo gukekwaho gukubita Nyina bikamuviramo urupfu

Umusore w’imyaka 33 wo mu Karere ka Rutsiro ari guhigwa akakekwaho gukubita nyina bikomotse ku businzi, yamenya ko byamuviriyemo urupfu agatoroka.   Uru rupfu rwamenyekanye, kuri uyu wa kabiri, tariki 29 Mata 2025 mu masaha ashyira saa mbili z’ijoro. Amakuru dukesha ikinyamakuru IGIHE nk’uko cyahawe n’umwe mu baturage bo mu Murenge wa Mushonyi, Akagari ka…

Soma inkuru yose

Abadepite batoye itegeko rigena igifungo ku bacuruzi banyereza umusoro.

Ku wa 29 Mata 2025, nibwo abadepite batoye itegeko rishyiraho umusoro ku bicuruzwa bigiye bitandukanye. Mu mategeko yatowe harimo nk’iryo kwishyuza umusoro wa 40% abafite ibigo by’imikino y’amahirwe, n’umusoro wa 40% kubafite imodoka za Hybrid. Muri iyi nama Kandi, abadepite bagiye impaka ku itegeko ryo gukatira igifungo abacuruzi bateye bakerewe kwishyura umusoro. Depite UWAMARIYA Odette…

Soma inkuru yose

Ibinyabiziga bikoresha amashanyarazi mu byakuriweho umusoro ku nyongeragaciro

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 29 Mata 2025, Inteko Ishinga Amategeko yagejejweho na Komisiyo y’Ubukungu ibyerekeye umusoro ku nyongeragaciro, bemeza bimwe mu bizasonerwa birimo imodoka zikoresha amashanyarazi.   Ni umushinga w’Itegeko rihindura itegeko No 049/2023 ryo ku wa 5 Nzeri 2023 rishyiraho umusoro ku nyongeragaciro.   Umushinga w’itegeko ushyiraho ibintu bisonerwa imisoro birimo ibikoresho…

Soma inkuru yose

Ese u Rwanda na Congo byaba bigiye kwiyunga? Ni ki twakitega kuri Trump?

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yatangaje ko mu minsi iri imbere hari amakuru meza yerekeye u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo azamenyekana; ateguza amahoro ibihugu byombi. Trump yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki ya 28 Mata, mu kiganiro n’itangazamakuru. Mu minsi ibiri ishize Trump yari yanditse ku rubuga nkoranyambaga…

Soma inkuru yose

Dufite ubushobozi bwo kwirinda Kandi ubuzima buruta amafaranga” Amagambo ya Brig Gen RWIVANGA.

U Rwanda dufite ubushobozi bwo kwirinda, kurinda umupaka wacu, tukarinda n’ibindi bihugu – Brig Gen Rwivanga Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga, yatangaje ko uyu munsi u Rwanda rufite ubushobozi bwo kwirinda, kurinda umupaka warwo no kurinda ibindi bihugu byahuye n’ibibazo. Mu kiganiro yahaye abakozi b’ibigo 8 bifite aho bihuriye n’ingendo zo mu…

Soma inkuru yose

Rwanda: Abatunganya ibikoresho bituruka ku mpu barasaba uruganda rutunganya impu.leta k

Aborozi hamwe n’abakora ibikoresho bitandukanye mu mpu, barasaba ko Leta yagira icyo ikora hagashyirwaho uruganda rugezweho mu gutunganya impu mu rwego rwo kongerera agaciro ibizikomokaho ndetse n’ingano yabyo ikarushaho kwiyongera ku masoko y’imbere mu gihugu no hanze yacyo. Ni amajwi y’aborozi bumvikanisha ikibazo cyo kutabona isoko ry’impu z’amatungo yabo, bikarangira bubitsweho urusyo n’abamamyi bazigura amafaranga…

Soma inkuru yose

Ingabo za SADC Zatangiye Gukurwa mu Burasirazuba bwa Congo, Zinyura mu Rwanda

Ingabo z’Umuryango w’Ibihugu byo mu Majyepfo ya Afurika (SADC) zatangiye kuva mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), aho zari zoherejwe kurwanya umutwe wa M23, zisubira iwabo zinyuze mu Rwanda. Ibikoresho bikomeye bya gisirikare, birimo ibifaru bikururwa n’iminyururu ndetse n’imodoka zitwara abasirikare, byatangiye gutambuka ku mupaka wa Rubavu binjira mu Rwanda, aho biri…

Soma inkuru yose

Nyagatare: Bujuje Ibiro by’akarere bigezweho, abayobozi bitwezweho gutanga umusaruro ufatika.

Nyuma y’imyaka myinshi Ibiro by’Akarere ka Nyagatare bibarizwa mu nyubako nto kandi itajyanye n’igihe, abakozi n’abakenera serivisi baravuga imyato inyubako nshya y’ibiro yuzuye itwaye miliyoni 677 z’amafaranga y’u Rwanda. Bishimira ko kuri ubu serivisi zinoze zirimo gutangirwa ahantu hisanzuye, hatekanye kandi hari ibikorwa remezo n’ibikoresho bigezweho byatwaye miliyoni zirenga 91 z’amafaranga y’u Rwanda. Ikindi bishimira…

Soma inkuru yose

Rwanda: Hagiye kubakwa urukuta ruzashyirwaho amazina y’abakinnyi bazize Jenoside yakorewe Abatutsi 1994.

Biciye mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), hagiye kubakwa urukuta rwanditseho amazina y’abakinnyi bazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, ndetse igikorwa cyo gukusanya ayo mazina, cyaratangiye. Ibi byatangajwe na Perezida wa FERWAFA, Munyantwari Alphonse, ubwo yabitangarizaga mu gikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, cyateguwe n’Umuryango w’abahoze…

Soma inkuru yose

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Umaro Embaló wa Guinea-Bissau.

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye mugenzi we wa Guinea-Bissau, Umaro Sissoco Embaló, uri mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi. Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro byatangaje ko Perezida Kagame na Umaro baganiriye muri Village Urugwiro, ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 28 Mata 2025. Bagiranye ibiganiro byibanze ku bibazo byugarije Afurika n’Isi muri rusange…

Soma inkuru yose

RIB igiye gukurikirana uwise Pasiteri umukozi wa Satani.

Hashize umunsi umwe Uwiyita Bakame Incakura kuri X, yanditse amagambo yibasira Pasiteri Kabanda Julliene Kabiligi. Aho yavuze Pasiteri Kabanda Julliene Kabiligi ari intumwa ya Satani ku Isi, mama w’ikinyoma ndetse akanongeraho ko yifuza guhura nawe maze akamubaza ikibazo kimwe cyo muri Bibiliya. Bakame yagize ati: “Reka mwite intumwa ya Satani kuw’Isi, Mama w’ikinyoma, uyu ni…

Soma inkuru yose

Abafite amazu acumbikamo abakerarugendo bashyiriweho umusoro.

Kuri uyu wa Mbere tariki ya 28 Mata 2025, Inteko Rusange y’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite, yemeje Itegeko rishyiraho umusoro w’ubukerarugendo ku icumbi. Itegeko ryatowe n’abadepite 70 bose bitabiriye Inteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite, bikaba bitaeganywa ko iri tegeko rizatangira gushyirwa mu bikorwa guhera ku ya 1 Nyakanga 2025. Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi yari mu Nteko Ishinga…

Soma inkuru yose

Rwanda: Abadepite batoye itegeko rireba abanyarwanda bose batunze imodoka.

Iyi ni myanzuro ireba abatunze ibinyabiziga by’amapine 4 (Imodoka), aho mu nama iheruka guhuza abadepite, bemeje ko buri muntu wese ufite imodoka azajya atanga umusoro bitewe n’ubwoko bw’ikinyabiziga atunze. Aya mafaranga azajya yakwa abatunze imodoka azakoreshwa iki? Abadepite basobanura impamvu batoye iri tegeko, batangaje ko aya mafaranga agiye kwaka abatunze imodoka azajya ashorwa mu bikorwa…

Soma inkuru yose

U Rwanda rwashimwe n’ishami rishinzwe ubuzima ku isi (WHO).

Mu mwaka ushize u Rwanda rwahuye n’icyorezo kiri mu bihatana abantu benshi ku Isi. Aya makuru yiki cyorezo yatangajwe ku mugaragaro ku wa 27-09-2024, ibi byabaye nyuma y’ipfu zidasobanutse zari zimaze iminsi zigaragara muri Kigali. Ibicishije mu nkuru yanditswe k’urubuga rwayo World Health Organization (WHO) yishimiye uko u Rwanda rwitaye muri iki gihe ki cyorezo…

Soma inkuru yose

Amasezerano America yagiranye na Congo yatitije u Bushinwa.

Ibiganiro hagati ya Congo na America birakomeje. Muri ibi biganiro Congo yiteguye gutanga ibirombe by’amabuye y’agaciro, Amerika nayo ikarinda umutekano wa Congo igihe cyose izaba ihawe ibi birombe. Aya masezerano ashobora kubangamira inyungu z’Abashinwa muri Congo. Bisa nk’aho bitazashoboka ko amahoro agerwaho muri Congo hatabayeho imbaraga z’amahanga. Amahanga nayo ntiyeteguye kwishora mu ntambara adafitemo inyungu….

Soma inkuru yose

Bahujwe n’urupfu rwa Papa, Trump na Zelensky byarangiye baganiriye.

Ku wa 26 Mata 2025, perezida Donald Trump na mugenzi we Volodymyl Zelensky baganiririye i Vatican, aho bari bagiye gushyingura Papa. White house yatangaje ko ari ibiganiro byatanze umusaruro. Aba baherutse kugirana ibiganiro byamaze iminota 15 gusa. Nyuma y’ibi biganiro abayobozi bemeranyije gukomeza kuganira. Kuri uyu wa Gatandatu, ubwo bari i Vatican ntibigeze buhurira hanze,…

Soma inkuru yose

Ese u Bubiligi burashaka kongera kwiyunga n’u Rwanda?

Prévot yagaragaje Museveni nk’umuntu wingenzi ushobora guhuza ibihugu bitandukanye. Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Bubiligi Prévot ari kugirira uruzinduko rw’akazi muri DRC, Uganda na Congo, rwamaze gucana umubano n’u Bubiligi. Ibi byavugiwe i Kampala muri Uganda ubwo Prévot yagiranaga ikiganiro n’itangazamakuru. Prévot yavuze ko yahuye na Museveni akamubona nk’umuntu ufite ubushobozi bwo gukemura amakimbirane ari muri…

Soma inkuru yose

U Rwanda na Congo baganiriye iki? Soma amakuru yose.

U Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ku wa 25 Mata 2025 byasinyiye i Washington D.C muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika amasezerano agena amahame y’ibanze yo gukemura mu buryo burambye ikibazo cy’umutekano muke mu Karere ka Afurika y’Ibiyaga Bigari. Aya masezerano yasinywe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe na…

Soma inkuru yose

U Rwanda mu ngamba zo guhangana n’ingaruka z’ihagarikwa ry’amasezerano ya AGOA

U Rwanda rwatangiye gufata ingamba zo guhangana n’ingaruka zishobora guturuka ku guhagarika amasezerano azwi nka AGOA y’ubuhahirane hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’ibihugu bya Afurika, ashobora guhagarara muri uyu mwaka. Ni ingamba zirimo kwihutisha no kongera imbaraga mu buhahirane hagati y’ibihugu bya Afurika ubwabyo no kwagura amasoko y’ibicuruzwa mu bindi bihugu byo hirya…

Soma inkuru yose