Rwanda: Hagiye kubakwa urukuta ruzashyirwaho amazina y’abakinnyi bazize Jenoside yakorewe Abatutsi 1994.

Biciye mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), hagiye kubakwa urukuta rwanditseho amazina y’abakinnyi bazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, ndetse igikorwa cyo gukusanya ayo mazina, cyaratangiye. Ibi byatangajwe na Perezida wa FERWAFA, Munyantwari Alphonse, ubwo yabitangarizaga mu gikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, cyateguwe n’Umuryango w’abahoze…

Soma inkuru yose

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Umaro Embaló wa Guinea-Bissau.

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye mugenzi we wa Guinea-Bissau, Umaro Sissoco Embaló, uri mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi. Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro byatangaje ko Perezida Kagame na Umaro baganiriye muri Village Urugwiro, ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 28 Mata 2025. Bagiranye ibiganiro byibanze ku bibazo byugarije Afurika n’Isi muri rusange…

Soma inkuru yose

RIB igiye gukurikirana uwise Pasiteri umukozi wa Satani.

Hashize umunsi umwe Uwiyita Bakame Incakura kuri X, yanditse amagambo yibasira Pasiteri Kabanda Julliene Kabiligi. Aho yavuze Pasiteri Kabanda Julliene Kabiligi ari intumwa ya Satani ku Isi, mama w’ikinyoma ndetse akanongeraho ko yifuza guhura nawe maze akamubaza ikibazo kimwe cyo muri Bibiliya. Bakame yagize ati: “Reka mwite intumwa ya Satani kuw’Isi, Mama w’ikinyoma, uyu ni…

Soma inkuru yose

Abafite amazu acumbikamo abakerarugendo bashyiriweho umusoro.

Kuri uyu wa Mbere tariki ya 28 Mata 2025, Inteko Rusange y’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite, yemeje Itegeko rishyiraho umusoro w’ubukerarugendo ku icumbi. Itegeko ryatowe n’abadepite 70 bose bitabiriye Inteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite, bikaba bitaeganywa ko iri tegeko rizatangira gushyirwa mu bikorwa guhera ku ya 1 Nyakanga 2025. Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi yari mu Nteko Ishinga…

Soma inkuru yose

Rwanda: Abadepite batoye itegeko rireba abanyarwanda bose batunze imodoka.

Iyi ni myanzuro ireba abatunze ibinyabiziga by’amapine 4 (Imodoka), aho mu nama iheruka guhuza abadepite, bemeje ko buri muntu wese ufite imodoka azajya atanga umusoro bitewe n’ubwoko bw’ikinyabiziga atunze. Aya mafaranga azajya yakwa abatunze imodoka azakoreshwa iki? Abadepite basobanura impamvu batoye iri tegeko, batangaje ko aya mafaranga agiye kwaka abatunze imodoka azajya ashorwa mu bikorwa…

Soma inkuru yose

U Rwanda rwashimwe n’ishami rishinzwe ubuzima ku isi (WHO).

Mu mwaka ushize u Rwanda rwahuye n’icyorezo kiri mu bihatana abantu benshi ku Isi. Aya makuru yiki cyorezo yatangajwe ku mugaragaro ku wa 27-09-2024, ibi byabaye nyuma y’ipfu zidasobanutse zari zimaze iminsi zigaragara muri Kigali. Ibicishije mu nkuru yanditswe k’urubuga rwayo World Health Organization (WHO) yishimiye uko u Rwanda rwitaye muri iki gihe ki cyorezo…

Soma inkuru yose

Amasezerano America yagiranye na Congo yatitije u Bushinwa.

Ibiganiro hagati ya Congo na America birakomeje. Muri ibi biganiro Congo yiteguye gutanga ibirombe by’amabuye y’agaciro, Amerika nayo ikarinda umutekano wa Congo igihe cyose izaba ihawe ibi birombe. Aya masezerano ashobora kubangamira inyungu z’Abashinwa muri Congo. Bisa nk’aho bitazashoboka ko amahoro agerwaho muri Congo hatabayeho imbaraga z’amahanga. Amahanga nayo ntiyeteguye kwishora mu ntambara adafitemo inyungu….

Soma inkuru yose

Bahujwe n’urupfu rwa Papa, Trump na Zelensky byarangiye baganiriye.

Ku wa 26 Mata 2025, perezida Donald Trump na mugenzi we Volodymyl Zelensky baganiririye i Vatican, aho bari bagiye gushyingura Papa. White house yatangaje ko ari ibiganiro byatanze umusaruro. Aba baherutse kugirana ibiganiro byamaze iminota 15 gusa. Nyuma y’ibi biganiro abayobozi bemeranyije gukomeza kuganira. Kuri uyu wa Gatandatu, ubwo bari i Vatican ntibigeze buhurira hanze,…

Soma inkuru yose

Ese u Bubiligi burashaka kongera kwiyunga n’u Rwanda?

Prévot yagaragaje Museveni nk’umuntu wingenzi ushobora guhuza ibihugu bitandukanye. Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Bubiligi Prévot ari kugirira uruzinduko rw’akazi muri DRC, Uganda na Congo, rwamaze gucana umubano n’u Bubiligi. Ibi byavugiwe i Kampala muri Uganda ubwo Prévot yagiranaga ikiganiro n’itangazamakuru. Prévot yavuze ko yahuye na Museveni akamubona nk’umuntu ufite ubushobozi bwo gukemura amakimbirane ari muri…

Soma inkuru yose

Inguge zafashwe ziri kwinywera agahiye (Inzoga).

Itsinda ry’abashakashatsi bo mu Bwongereza batangaje ko bafite amashusho y’inguge ziri gusangira agahiye (Inzoga). Abashakashatsi ba Kaminuza ya Exeter, batangaje ko camera zabo zashyizwe muri pariki ya Cantanhez iherereye muri Guinea Bissau zafashe amashusho y’inguge zisangira ibiribwa birimo ethanol. Aba bashakashatsi bagaragaje ko impamvu inguge zinywa Inzoga ntaho itandukaniye ni y’umuntu unywa Inzoga. Ubusanzwe, tuziko…

Soma inkuru yose

U Rwanda na Congo baganiriye iki? Soma amakuru yose.

U Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ku wa 25 Mata 2025 byasinyiye i Washington D.C muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika amasezerano agena amahame y’ibanze yo gukemura mu buryo burambye ikibazo cy’umutekano muke mu Karere ka Afurika y’Ibiyaga Bigari. Aya masezerano yasinywe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe na…

Soma inkuru yose

U Rwanda mu ngamba zo guhangana n’ingaruka z’ihagarikwa ry’amasezerano ya AGOA

U Rwanda rwatangiye gufata ingamba zo guhangana n’ingaruka zishobora guturuka ku guhagarika amasezerano azwi nka AGOA y’ubuhahirane hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’ibihugu bya Afurika, ashobora guhagarara muri uyu mwaka. Ni ingamba zirimo kwihutisha no kongera imbaraga mu buhahirane hagati y’ibihugu bya Afurika ubwabyo no kwagura amasoko y’ibicuruzwa mu bindi bihugu byo hirya…

Soma inkuru yose

Ingufu mukoresha mu kazi mwanazikoresha murwanya Jenoside Col Migambi.

Col Migambi Desire yakanguriye abakora muri Sosiyete y’u Rwanda Ishinzwe Ingufu (REG) n’ab’Ikigo gishinzwe Amazi Isuku n’Isukura (WASAC Group) ko ingufu bakoresha ngo akazi kabo kagende neza, bagomba no kuzikoresha bimakaza ubumwe no guhangana n’ingengabitekerezo ya Jenoside. Ni mu kiganiro yatanze kuri uyu wa Gatanu tariki ya 25 Mata 2025, ubwo Sosiyete y’u Rwanda Ishinzwe…

Soma inkuru yose

Amasezerano hagati ya DRC n’u Rwanda yasinywe! intambwe iganisha ku mahoro arambye.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Olivier NDUHUNGIREHE na mugenzi we Therese Kayikwamba Waganer wa DRC (Congo), bamaze gusinya amasezerano yitezweho kuzana amahoro arambye mu karere k’ibiyaga bigari. Babifashijwemo na minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa America Marco Rubio, abaminisitire b’u Rwanda na DRC bamaze gusinya amasezerano kuri uyu Gatanu, taliki 25 Mata 2025. Marco Rubio yishimiye intambwe…

Soma inkuru yose

Madamu Jeannette Kagame yabwiye urubyiruko kuko nubwo rutahisemo amateka u Rwanda rwanyuzemo ariko rukwiye kwishimira ko rwaruvukiyemo kandi ari rwo Gihugu rudafite undi rukiburanaho.

Madamu Jeannette Kagame yabwiye urubyiruko kuko nubwo rutahisemo amateka u Rwanda rwanyuzemo ariko rukwiye kwishimira ko rwaruvukiyemo kandi ari rwo Gihugu rudafite undi rukiburanaho. Ni ubutumwa yahaye abasaga 2000 bitabiriye Ihuriro Igihango cy’Urungano, ryabereye ku Intare Arena, i Rusororo mu Karere ka Gasabo, kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 25 Mata 2025. Iri huriro ryo…

Soma inkuru yose

Amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC agiye gusinyirwa imbere ya Amerika.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Olivier NDUHUNGIREHE na mugenzi we Therese Kayikwamba Waganer bagiye gushyira umukono ku masezerano ahuriweho n’ibihugu byombi [u Rwanda na Congo]. Nk’uko byatangajwe n’ibiro by’ububanyi n’amahanga bya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Aya masezerano arasinywa kuri uyu wa Gatanu ku wa 25 Mata 2025, saa munani za manywa. Ibikubiye muri aya masezerano…

Soma inkuru yose

“Miliyari 9$ zigenewe urubyiruko” u Rwanda muri gahunda yo kurwanya ubushomeri.

Guverinoma y’u Rwanda ifatanyije n’Ikigo Mpuzamahanga mu gihugu cya Korea y’Epfo (KOICA) batangije umushinga w’agaciro k’asaga miliyari 9 z’amafaranga (miliyoni 6.5 z’amadolari ya Amerika) wo gufasha urubyiko kugira ubumenyi bw’ikoranabuhanga hagamijwe guteza imbere umurimo no guhanga udushya. Ni umushinga watangirijwe i Kigali kuri uyu wa Gatatu tariki ya 24 Mata 2025, aho inzego za Leta…

Soma inkuru yose

“Aho kubana n’umugabo cyangwa umugore wabana n’imbwa” Ibyavuye mu bushakashatsi.

Ubushakashatsi bwakorewe ku bantu 717 bwagaragaje imbwa nk’inyamaswa irenze uko tuyibona ahubwo ni umufatanyabikorwa wizewe wa muntu. “Imbwa ntabwo ari inyamaswa cyangwa se inshuti yawe gusa ahubwo ni byose” Ibi ni Ibyavuye mu bushakashatsi” Abitabiriye ubu bushakashatsi bagaragaza ko kubana n’imbwa bishobora kunezeza kurusha kubana n’ikiremwamuntu. Nubwo bwose ubu bushakashakatsi butagaragaje ko isano y’umuntu n’imbwa…

Soma inkuru yose

Amerika n’u Rwanda mu biganiro by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

Amarika n’u Rwanda barikuganira ku mikoreshereze nimitunganyirize y’ibirombe bicukurwamo “Worflum” yifashishwa mu gukora imodoka. Ubwo aherutse mu Rwanda, umuvugizi wa Amerika muri Africa Massad Boulos yagiranye ikiganiro na HE Paul KAGAME anatemberezwa mu birombe bicukurwamo amabuye y’agaciro mu Rwanda. Mu byo yasuye harimo ikirombe cya Nyakabingo gicukurwamo “Wolfram” iki kirombe nicyo cyonyine rukumbi gicukurwamo “Wolflum”…

Soma inkuru yose

M23 na DRC batangaje ko bagiye guhagarika Imirwano.

Nyuma yo guhurira i Doha muri Quatar, ubuyobozi bw’inyeshyamba za M23 na Congo (DRC) bwatangaje ko bwemeranyije guhagarika Imirwano bishobora no gutuma bagera ku musozo w’intambara imaze iminsi ibera muri Congo. Itangazo rihuriweho n’impande zombi rivuga ko ubuyobozi bwa M23 na DRC bwemeranyije guhagarika imirwano aka kanya Kandi bagahaharika n’imvugo z’ubushotoranyi , imvugo z’urwango cyangwa…

Soma inkuru yose

Abamotari barasubijwe! “Kubera iki hashyizweho Drone mu muhanda? Ngo Parikingi zirabangamye.

Ubwo yaganiraga n’ikinyamakuru Mama Urwagasabo Tv, ACP Rutikanga Boniface umuvugizi wa polisi y’u Rwanda yasubije ibibazo byibazwaga n’abamotari bakorera akazi kabo muri Kigali. Abamotari bakunze kumvikana bavuga ko batishimiye imikoreshereze y’indege za drone zikoreshwa mugucunga umutekano. Impamvu batanga ngo ni uko izi drone zibahanira amakosa batakoze, bavuga ko Kandi batishimiye na Parikingi (Parking) bashyiriweho. ACP…

Soma inkuru yose

Burera: Umunyeshuri wari uri muri sitaje yarohamye mu kiyaga ahita ahasiga ubuzima.

Nyakwigendera Kwizera Samuel wari ufite imyaka 19 yarohamye mu kiyaga kiri mu karere ka Burera ahasiga ubuzima. Kwizera Samuel yigaga mu kigo cya Lycee de Nyanza akaba yakoreraga imenyererezamwuga (Sitaje) mu karere ka Musanze muri resitora yitwa “Two chef’s Coffee Business Co Ltd” Bivugwa ko yajyanye n’abagenzi be 36 bagiye mu rugendoshuri, i Burera muri…

Soma inkuru yose

Inkongi y’umuriro yongeye kwibasira America, ishobora kugera ahabitse ibisasu kirimbuzi, abasaga ibihumbi 3 bamaze kugirwaho ingaruka niyi nkongi.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu nibwo amakuru y’inkongi y’umuriro wongeye kwibasira Leta Zunze Ubumwe z’Amerika muri Leta ya New Jersey yamenyekanye, uyu muriro ushobora guteza ibibazo kubera ko uri gusatira ahabitse ibisasu kirimbuzi bitunzwe n’Amerika. Inkongi y’umuriro irigukwirakwira ku buryo budasanzwe imaze kugera kuri hegitare zirenga ibihumbi 3 nk’uko bitangazwa n’ubuyobozi bwa New…

Soma inkuru yose

Nyagatare: RBC irabasaba gukaza ingamba z’ubwirinzi.

Minisiteri y’Ubuzima yibukije abaturage bo mu Karere ka Nyagatare ko kwirinda Malaria bitangirira ku ruhare rw’umuntu. Ni ubutumwa bwatanzwe nyuma y’aho imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC) igaragaza ko Akarere ka Nyagatare kari muri dutanu twa mbere mu Gihugu mu kugira abarwayi ba Malaria benshi kuko iheruka yerekana ko gafite abagera ku 4,810. Umurenge wa Karangazi…

Soma inkuru yose

Museveni wa Uganda yashimangiye ko adashyigikiye ubutinganyi habe namba.

Perezida wa Uganda Yoweri MUSEVENI yagaragaje ko ibihano ibihugu byo mu Burengerazuba byashyizeho bitabujije igihugu cya Uganda gutera imbere. Museveni yanditse kuri X yahoze yitwa Twitter ati: “Twashyizeho itegeko rikumira ubutinganyi, Mr Biden yadukuye mu muryango we wa AGOA, banki y’Isi ihagarika inguzanyo, none ubukungu bwacu bwiyongereyeho 6%”. Mu 2023, Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ziherutse…

Soma inkuru yose

Gen Mubarakh Muganga ari mu ruzinduko rw’akazi muri Algeria.

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Mubarakh Muganga ari mu ruzinduko rw’akazi muri Algeria, aho yakiriwe na General Saïd Chanegriha, Umugaba w’Ingabo z’iki gihugu. Baganiriye ku guteza imbere ubufatanye mu bya gisirikare hagati y’ibihugu byombi. U Rwanda na Algeria bimaze kubaka umubano uhamye ushingiye ku mikoranire mu nzego zitandukanye. Mu bihe bitandukanye, abayobozi bakuru mu…

Soma inkuru yose

National Bank of Rwanda(BNR) itanze miliyari icumi kubantu bose bifuza kugura impapuro mpeshamwenda zizamara imyaka 10..

Kuri uyu wa Kabiri, BNR yashyize hanze impapurompeshamwenda zihwanye na miliyali icumi . Guhera uyu munsi taliki 22 Mata 2025 kugeza taliki 24 Mata 2025 wemerewe kugura izi mpapuro zizamara imyaka icumi. Ishyirwa hanze kw’izi mpapuro byakozwe kugira ngo hatezwe imbere isoko ry’imigabane ndetse n’ibikorwaremezo. Impapuro mpeshamwenda ni iki? Izi ni impapuro zikorwa na leta…

Soma inkuru yose

Antoine Karidanari Kambanda agiye kwerekeza i Vatican gushyingura Papa.

Umushumba mukuru wa Kiliziya Gaturika mu Rwanda Karidanali KAMBANDA yatangaje ko abakaridinari bose baturutse imihanda yose bagiye kwerekeza i Vatican. Uyu Karidanali KAMBANDA yabanje kuvuga ko abakirisitu bazibukura Papa ku rukundo rwe ndetse n’impuhwe ze. Papa Francis azashyingurwa ku wa Gatandatu ku taliki ya 26 Mata 2025, saa 100:00 za mugitondo zo mu Rwanda. Ku…

Soma inkuru yose

HE Paul KAGAME yababajwe n’urupfu rwa Papa Francis.

Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yababajwe n’urupfu rwa Papa Fransisco,avuga ko yaranzwe no kwicisha bugufi no kwifatanya n’abandi ku Isi yose. Perezida Kagame kuri X , yavuze ko ku buyobozi bwa Papa Fransisco, bwaranzwe “no kwemera Amateka ya Kiliziya Gatolika mu Rwanda, biganisha mu gihe gishya cy’imibanire myiza hagati ya Kiliziya Gatolika n’Igihugu cyacu, ’ukuri,…

Soma inkuru yose

Ese Papa witabye Imana ni muntu ki?

Ku isaha ya tatu n’iminota 45 kuri uyu wa Mbere wa Pasika, tariki 21 Mata 2025, ni bwo inkuru y’urupfu rw’Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Francis yamenyekanye binyuze mu itangazo ryasomwe na Karidinali Kevin Farrell, yemeza ko yaguye aho yari atuye muri Casa Santa Marta i Vatikani. asigaranye igice gito cy’ibihaha kubera kubagwa,…

Soma inkuru yose

Mu Bwongereza: Abajura bibye umusarani (Toilet ) wa $6 Million bafashwe.

Umusarani ukozwe muri zahabu wakozwe 2016 ukozwe n’umunyabugeni witwa Mauzurizio Cattelan ufite inkomoko mu Butaliyani (Italy) wagaragajwe ku nshuro ya mbere mu nzu ndangamurage ya New York, nyuma ujyanwa mu ngoro y’ubwami bw’ubwongereza, mu 2019 abajura bateye iyi ngoro biba uyu musarani (Toilet). Urukiko rwo mu Bwongereza rwatangaje ko rwatangiye kuburanisha Abajura 2 bakekwaho ubu…

Soma inkuru yose

HE Paul KAGAME yakiriye Faurre Essozima Perizida waTogo.

Perezida wa Togo, Faure Essozimna Gnassingbé ari mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda, guhera kuri uyu wa Mbere tariki ya 21 Mata 2025, aho biteganyijwe ko azagirana ibiganiro na Perezida Paul Kagame. Ni ibiganiro biri mu murongo w’inshingano aherutse guhabwa n’Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe (AU) nk’umuhuza w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nk’uko byatangajwe…

Soma inkuru yose

Ni nde uri guhabwa amahirwe menshi yo gusimbura Papa Francis?

Ikigiye gukurikira urupfu rwa Papa Francis ni ugutorwa k’undi mu Papa uzamusimbura. Muri iyi nkuru naguteguriye abahabwa amahirwe menshi yo kuzasimbura Pope Francis. Mu gihe abakaridinari barigushyashyana bashaka uzasimbura Papa Francis, Twebwe Gate of wise twagerageje gukusanya amakuru agaragaza abahabwa amahirwe menshi yo kuzasimbura Papa Francis. Iyi nama iraterana nyuma y’urupfu rwa Papa Francis. Mu…

Soma inkuru yose

Papa Francis umushumba mukuru wa kiriziya Gatholic ku isi yamaze kuva mu buzima

Umushumba wa Catholic Pop Francis wari umaze igihe arwaye yamaze gushiramo umwuka azize indwara y’umusonga wo mu bihaha Umushumba wa Kiriziya Cotholic Pop Francis yamaze gushiramo umwuka nk’uko byatangajwe na Vatican, Uyu mushumba yari amaze igihe arwaye indwara y’umusonga wo mu bihaha indwara yatangiye ku murembya mu ntangiriro z’uyu mwaka wa 2025 akaba ari nayo…

Soma inkuru yose

Pope Francis yitabye Imana ku myaka 88.

Uyu munsi ni bwo inkuru y’inshamugongo y’umvikanye mu matwi y’abayoboke ba Kiliziya Gaturika. Iyi nkuru yatangajwe na His Eminence Cardinal Farrel aho yagize ati: “Nshuti bavandimwe, mbabajwe no gutangaza urupfu rwa Nyirubutungane Pope Francis ” Saa moya za mugitondo (GMT) Uyu munsi nibwo Pope Francis yasoje gusoma Misa asubira aho aba, dore ko hafi ubuzima…

Soma inkuru yose

Ukraine yasutsweho ibisasu nyuma y’amasaha 30 y’agahenge.

Igisirikare cya Ukraine cyatagaje ko dorone (Drone) z’Abarusiya zarashe uduce twinshi two muri Ukraine, ibi byabaye nyuma y’agahenge kari kabaye kuri Pasika. Igisirikare kirwanira mu kirere cya Ukraine cyaburiye uduce twa Kyiv, Kherson, Dnpropetrovsk, Cherkasy, Mykalaiv na Zaporizhzhia. Umuyobozi wa karere ka Mykalaiv yatangaje ko mu m’ajyaruguru y’agace ka Mykalaiv humvikanye iturika ry’ibisasu. Ariko igisirikare…

Soma inkuru yose

Nshimiyimana Emmanuel ukekwaho kwica umugore we yafashwe n’abanyerondo.

Umugabo witwa NSHIMIYIMANA Emmanuel ufite imyaka 38 yacakiwe n’abanyerondo bakorera mu karere ka Muhanga, umurenge wa Nyamabuye, akagari ka Gifunga, umudugudu wa Rugarama, arakekwaho kwica umugore we MUGWANEZA Julienne w’imyaka 32. Mu gitondo cyo kuri Pasika uyu mugabo Emmanuel nibwo yafashwe biturutse ku makuru yatanzwe na BIZIYAREMYE Colenel wari warahaye icumbi uyu muryango. Abaturanyi batabaye…

Soma inkuru yose

Soma amateka ya Rosalie Gicanda umwamikazi wa nyuma w’uRwanda.

Tariki 20 Mata 1994, ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yari irimbanyije mu bice byose by’Igihugu, ni bwo Captain Ildephonse Nizeyimana, wari ushinzwe Ubutasi mu Kigo cya Gisirikare cya ESO [École des Sous-Officiers], yatanze itegeko ryo kwica Umwamikazi Rosalie Gicanda. Kuri ubu hashize imyaka 31, Umwamikazi Rosalie Gicanda, yishwe azize Jenoside yakorewe Abatutsi, aho buri tariki 20…

Soma inkuru yose

Joseph Kabila: Arashijwa gufasha M23, none ishyaka rye (PPRD) ryahagaritswe by’agateganyo

Congo (DRC) yahagaritse by’agateganyo ishyaka ry’uwahoze ari perezida wa Congo (DRC) Joseph Kabila ndetse banafatira imitungo ye. Uyu mugabo w’imyaka 53 arashijwa gutera inkunga umutwe wa M23. Guhagarika ishyaka rye byatangarijwe mu itangazo ryasohowe na minisitiri w’ububanyi n’amahanga, aho uyu mu minisitiri yatangaje ko ishyaka People’s Party for Reconstruction and Democracy (PPRD) rihagaritswe kubera ibyo…

Soma inkuru yose