Intambwe nshya mu ruganda rw’ubuhanzi: Ibarura rizagaragaza abahanzi n’impano nshya mu gihugu

Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi ku bufatanye n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) n’Ishami rya LONI rishinzwe Uburezi, Ubumenyi n’Umuco (UNESCO), yatangije umushinga witwa “Guha imbaraga Inganda ndangamuco mu Rwanda, hubakwa inzego zihamye”. Umushinga ufite intego nyamukuru yo guteza imbere uruganda ndangamuco n’ubuhanzi mu Rwanda binyuze mu: Kimwe mu bikorwa by’ingenzi bigize uyu mushinga ni ugukora ibarura…

Soma inkuru yose

Abasirikare 8 b’u Burundi batorokeye mu Burusiya mbere yo koherezwa kurwana muri RDC

Amakuru aturuka i Moscow avuga ko abasirikare umunani b’u Burundi bari baroherejwe mu myitozo ya gisirikare mu Burusiya, batorotse batinya koherezwa mu ntambara yo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC). Ibi byerekana ko hari benshi mu ngabo z’u Burundi batifuza kurwana muri Kivu y’Amajyaruguru, aho bamwe muri bagenzi babo bamaze gufungwa kubera…

Soma inkuru yose

Uwohoze ari Minisitiri arashinjwa kubeshya umukobwa ko azamurongora bikamutera agahinda gakabije

GATEOFWISE.COM Ku itariki ya 16 Nzeri 2025, Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwaburanishije Dr Ernest Nsabimana, wahoze ari Minisitiri w’Ibikorwaremezo, ukurikiranywe na Muganga Chantal wamushinje kumubeshya urukundo no kumusezeranya ko azamugira umugore, ariko nyuma akamwihakana agashaka undi. Chantal avuga ko ibyo byamuteye ibibazo bikomeye birimo uburwayi bukomeye. Uyu mugore yavuze ko urukundo rwabo rwatangiye mu 2010,…

Soma inkuru yose

Menya uturere 10 twambere tunini kurusha utundi mu Rwanda

Nyuma y’uko hari benshi bagiye bakunda kwibaza Akarere kaba gafite ubuso bunini mu Rwanda, bamwe bagiye bavuga Nyagatare, abandi n’abo bakavuga Kayonza. Urujijo rwagiye rugaragara no ku mbuga zimwe na zimwe za interineti, ari byo byatumye GATE OF WISE isuzuma amakuru aturuka mu nzego zemewe, harimo n’ibyavuye mu ibarura rusange rya 2022. Ukurikije ubuso, Kayonza…

Soma inkuru yose

Abahinzi ba kawa bari mu mazi abira nyuma yuko Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kohereza mu mahanga ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB) gitangaje ko kitazongera kubagenera ifumbere.

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kohereza mu mahanga ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB) cyatangaje ko guhera mu gihembwe cy’ihinga cya mbere cya 2026, abahinzi ba kawa bazajya biyishyurira ifumbire aho kuyihabwa ku buntu nk’uko byari bisanzwe bikorwa. Ibi byakozwe hagamijwe gukemura ikibazo cy’uko ifumbire yatangwaga yari nkeya, kuko buri muhinzi yahabwaga hagati ya 30% na 40% y’ifumbire…

Soma inkuru yose

Muri Zambia: Abagabo babiri bakatiwe nyuma yo gushinjwa umugambi wo kuroga Perezida w’icyo gihugu.

Mu gihugu cya Zambia, Urukiko rwahamije abagabo babiri icyaha cyo kugerageza kwivugana Perezida Hakainde Hichilema bakoresheje uburozi, rubakatira igifungo cy’imyaka ibiri. Abakatiwe ni Leonard Phiri, umuturage wa Zambia, na Jasten Mabulesse Candunde, ukomoka muri Mozambique. Bombi bafashwe mu Ukuboza 2024 batunze ibintu bivugwaho kuba amarozi, birimo n’umurizo w’uruvu. Ubushinjacyaha bwavuze ko aba bombi bari bahawe…

Soma inkuru yose

Nyarugenge: Inkuru y’urupfu rw’umusore bikekwako yiyahuye abitewe n’umukino w’akadege

Mu Murenge wa Kimisagara mu Karere ka Nyarugenge, hamenyekanye inkuru y’inshamugongo ubwo umurambo w’umugabo witwa: Turimumahoro Antoine, wari usanzwe ukora akazi ko gutwara abantu kuri moto, wabonekaga muri ruhurura ya Mpazi. Amakuru dukesha abaturiye ako gace avuga ko nyakwigendera yaherukaga kubonwa ku wa Kane, tariki ya 11 Nzeri 2025, ari mu kabari akina umukino w’amahirwe…

Soma inkuru yose

Bugesera: Haravugwa inkuru mbi y’umusore wasanzwe mu cyumba yapfuye

Mu Murenge wa Gashora, Akarere ka Bugesera, humvikanye inkuru y’akababaro y’urupfu rw’umusore w’imyaka 24 witwa Baributsa Augiste, ukomoka mu Karere ka Nyamagabe. Uyu musore yasanzwe mu nzu ye yibanagamo wenyine yapfuye, aho bikekwa ko mu byamuhitanye harimo: uburwayi n’inzara, bitewe n’uko yari amaze igihe adafite akazi kandi adafite amikoro ahagije. Uko byamenyekanye Amakuru y’urupfu rwa…

Soma inkuru yose

Nepal: Amashyaka yasabye ko abakuwe k’ubutegetsi babusubizwaho

Amashyaka yo mu gihugu cya Nepal yasabye perezida w’iki gihugu ko yasubiza k’ubutegetsi abagize intekonshingamategeko yari aherutse kwirukana, ni nyuma y’imyigaragambyo ikomeye yabaye mu rwego rwo kurwanya ruswa. Abicishije mu nyandiko, amashyaka 8 arimo n’amashyaka akomeye nka Nepali Congress, CPN-UML na Maoist Centre, yavuze ko Perezida Ram Chandra Poudel yakoze ibinyuranije n’itegekonshinga. Perezida Poudel yirukanye…

Soma inkuru yose

Abasirikare n’Abapolisi bagiye koherezwa mu butumwa muri Mozambique bahawe impanuro

Umugaba w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku Butaka Gen. Maj. Vincent Nyakarundi ari kumwe n’Umuyobozi Mukuru Wungirije wa Polisi y’Igihugu ushinzwe ibikorwa, DIGP Vincent B. Sano, bahaye impanuro Ingabo n’Abapolisi b’u Rwanda bagiye koherezwa mu butumwa bw’amahoro mu Ntara ya Cabo Delgado, mu Majyaruguru ya Mozambique. Ni ubutumwa batanze kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 13…

Soma inkuru yose

Abasore batatu bagaragaye mu mashusho bambura umukobwa bakanamukomeretsa batawe muri yombi

Kuri uyu wa gatandatu Polisi y’u Rwanda yerekanye abasore bagera kuri batatu baherutse kugaragara mu mashusho bahohotera umugore, aho wabonaga ko bamutema ndetse banamuryamishije hasi Ni amashusho amaze iminsi ahererekanwa ku mbuga nkoranyambaga agaragaza aba basore bombi bagerageza kwambura umugore maze bagakoresha ingufu aho umwe yagaragaye afite umuhoro ndetse anatema uwo mugore, ni amashusho abantu…

Soma inkuru yose

Nyagatare:Urubyiruko n’abagore bakangurirwa kubyaza umusaruro amahirwe ahari haba mu buhinzi ndetse no mu bworozi.

Abarwanashyaka b’ishyaka riharanira demokarasi no kurengera ibidukikije bo mu karere ka Nyagatare bahuguwe ku mishinga ibateza imbere no kurengera ibidukikije, barushaho kubyaza umusaruro amahirwe agaragara aho batuye mu kuzamura ubukungu n’iterambere ryabo. Ibi yabigarutseho kuri uyu wa Gatanu tariki 12 Nzeri 2025, ubwo ishaka riharanira demokarasi no kurengera ibidukikije ryahuguraga abarwanashyaka baryo bo mu karere…

Soma inkuru yose

UNHCR yohereje mu Rwanda Abanyarwanda barenga 280 bari barashimuswe na FDLR

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR) ryafashije gutaha mu Rwanda Abanyarwanda 284, bari baragizwe imfungwa n’umutwe wa FDLR mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC). Aba baturage bari bamaze igihe mu nkambi y’agateganyo iherereye i Goma, nyuma yo gukurwa mu bice bitandukanye FDLR yari ibafungiye. Iki gikorwa cyo kubacyura gishingiye ku byemezo…

Soma inkuru yose
HEC BURUSE

UR NA RP: HEC yagaragaje impamvu gusaba inguzanyo bitari gukunda

Ikigo k’igihugu gishizwe amashuri makuru na za kaminuza Higher Education Council (HEC) cyagaragaje impamvu gusaba ingunzanyo ku banyenyeshuri babaye admitted muri University of Rwanda na Rwanda Polytechnic (RP-Bachelor of Technology) bitari gukunda. Ibi bibaye nyuma yuko HEC iherutse gusohora itangazo rishishikariza abanyeshuri gusaba inguzanyo, aho muri iri tangazo HEC yavugaga ko gusaba inguzanyo bizatangira ku…

Soma inkuru yose

Gatsibo: Gusumwa indwara zitandura basanzwe aho batuye babyitezeho umusaruro wo kugabanya abo zihitana.

Mu karere ka mu karere ka Gatsibo  gahunda yo gusuzuma abaturage indwara zitandura babasanze aho bari  bikozwe n’abajyanama b’ubuzima,bavuga ko bigiye kubafasha  kumenya uko bahagaze badakoze ingendo bajya kwa muganga,ibizatuma barushaho gusobanukirwa uko birinda izo ndwara. Kuriuyuwa05Nzeri,kukigonderabuzimacyaKabarore hatangirijweubukangurambagabwokwirindaindwarazitandura ndetse hanasuzumwa abaturage  bikozwe n’abajyanamab’ubuzimabomuKarerekaGatsibobahugiriwegusuzumaindwarazitandura,bakazafashaabaturagekumenyaukoubuzimabwabobuhagaze. Ababajyanamab’ubuzimabahaweamahugurwakugupimadiyabete,indwaray’umuvudukow’amarasonogupimaumubyibuhoukabijebahereyekuburebureufitebabugereranyijen’ibiroufite,ahahobazajyabapimaumubyibuhoukabijeushoboragutezaumuntuikibazo. Bamwe mu baturage bavuga ko gusuzumwa izo ndwara n’abajyanama bizabasha kuzisonanukirwa…

Soma inkuru yose

Nyanza: Imbangukiragutabara yakoze impanuka ubwo yatwaraga abarwayi barimo uwari wakoze indi mpanuka

Ku wa 3 Nzeri 2025 mu gitondo, imbangukiragutabara y’Ibitaro by’Akarere ka Nyanza yakoze impanuka ubwo yavaga ku Kigo Nderabuzima cya Kirambi itwaye abarwayi babiri, barimo umwana n’umuntu mukuru wari umaze gukora indi mpanuka. Iyi mpanuka yabereye mu Murenge wa Busasamana, Akagari ka Nyanza, Umudugudu wa Nyanza. Dr. Mfitumukiza Jérôme, Umuyobozi Mukuru w’Ibitaro bya Nyanza, yavuze…

Soma inkuru yose

Volkswagen yashyikirije FERWACY imodoka nshya 114 zizifashishwa muri Shampiyona y’Isi y’Amagare i Kigali

Ku wa Kabiri, tariki ya 2 Nzeri 2025, Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare mu Rwanda (FERWACY) ryasinye amasezerano y’imikoranire n’uruganda rwa Volkswagen Rwanda, ruzatanga imodoka nshya 114 zizakoreshwa mu gihe cya Shampiyona y’Isi y’Amagare iteganyijwe kubera i Kigali kuva ku wa 21 kugeza ku wa 28 Nzeri 2025. Iyi mihango yabereye kuri Stade Amahoro, ahahuriye Perezida wa…

Soma inkuru yose

Ubuhamya bwa Kanani “Giturashyamba” wahagaritse ubuhigi muri Nyungwe nyuma yo kwica inyamaswa zisaga 5000

Kanani Callixte, uzwi ku izina rya Giturashyamba w’imyaka 47 utuye mu Kagari ka Cyanyirankora, Umurenge wa Kivu mu Karere ka Nyaruguru, yatanze ubuhamya bw’ubuzima bwe bw’igihe kirekire yamaranye n’ishyamba rya Nyungwe mu bikorwa byo guhiga. Yahawe izina Giturashyamba kubera uburyo yahoraga mu ishyamba, ariko ubu avuga ko yicuza cyane kuko ibyo bikorwa ntacyo byamumariye mu…

Soma inkuru yose